Mozambique: Abarenga 50 bishwe baciwe imitwe n’inyeshyamba

Abantu barenga 50 bishwe baciwe imitwe mu majyaruguru y’igihugu cya Mozambique, mu bwicanyi bikekwa ko bwakozwe n’abarwanyi bo mu mutwe ugendera ku mahame y’idini ya Islam wa Islamic State. Amakuru avuga ko abarwanyi bafashe ikibuga cy’umupira w’amaguru bakagihindura ahantu bahuriza abantu bakabica babatemaguye. Mu wundi mudugudu ngo hari abantu benshi baciwe imitwe nk’uko byatangajwe n’ibitangazamakuru […]

Rwamagana: Abantu babiri bishwe na Covid-19

emad-euwmaasolb.jpg

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda, kuri uyu wa 9 Ugushyingo 2020 yatangaje ko abagabo babiri b’imyaka 45 y’amavuko bo mu Karere ka Rwamagana bishwe n’icyorezo cya Covid-19. Ni mu gihe abanduye ari 20 barimo 14 babonetse muri Rwamagana, 1 wabonetse mu mujyi wa Kigali, 3 babonetse muri Huye, uwabonetse muri Kayonza, uwabonetse muri Kirehe; mu bipimo […]

Zaina Namiro na bagenzi be bari bakatiwe gufungwa imyaka 25 bagabanyirijwe igihano

Kuri uyu wa Mbere, Zaina Namiro na bagenzi be bari bakatiwe imyaka 25 y’igifungo bazira kwangiza imyanya ndangagitsina y’umukobwa mugenzi wabo witwa Mukamana Sandrine, bagabanyirijwe igihano bakatirwa imyaka 15 nyuma yo kujurira. Abaregwaga ni Namiro Zaina, Umurisa Gisele, Uwimana Zainabo, Umuhoza Rosine, Mutoni Hadidjah, Muhoza Connie na Kamanzi Cyiza. Ku itariki ya 17 Werurwe 2020, […]

CAF Champions league: APR FC yatomboye ikipe yo muri EAC

Ikipe ya APR FC ihagarariye u Rwanda mu irushanwa rihuza rya Total CAF Champions league rihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo ku mugabane wa Afurika, izahura na Gor Mahia yo mu gihugu cya Kenya mu ijonjora ry’ibanze. Ni nyuma ya tombora ya CAF Champions yabereye i Cairo mu Misiri. Ikipe izarokoka hagati ya APR na […]

Rwanda: Guma mu rugo ishobora gusubizwaho

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Prof. Shyaka Anastase avuga ko Abanyarwanda nibakomeza kudohoka ku kubahiriza amabwiriza yo kwirinda Covid-19 bashobora gusubira mu bihe byo kuguma mu rugo. Aganira na RBA, Shyaka yatangaje ibi ubwo yavugaga ku bimaze iminsi bigaragara by’abantu bandura ndetse n’abafatwa barenze ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19. Minisitiri Shyaka yavuze ko Guma mu rugo ishobora […]

Bobi Wine yiyemeje gukemura ikibazo cy’abaganga b’Abagande bahungira mu Rwanda

Umuhanzi akaba n’Umudepite mu nteko ishinga amategeko ya Uganda, Robert Ssentamu Kyagulanyi alias Bobi Wine, yiyemeje gukemura ikibazo cy’abaganga ba Uganda bava muri kiriya gihugu bakajya gushaka akazi mu bihugu birimo n’u Rwanda kubera imishahara y’intica ntikize. Bobi Wine yiyemeje gukemura ikibazo cy’abaganga bahunga Uganda binyuze mu kubongerera umushahara, ubwo yari i Mbarara aho yatangirije […]

Kenya irasabwa kudacyura ku ngufu umudepite wo muri Tanzania wahunze

Umuryango Mpuzamahanga uharanira Uburenganzira bwa Muntu, Amnesty International, wasabye Guverinoma ya Kenya kutazakora ikosa ryo gucyura umudepite wo muri Tanzania, Gogbless Lema, wahunze igihugu, kuko ashobora kugirirwa nabi. Amnesty International ivuga ko Guverinoma ya Kenya ifite inshingano zo guvumbikira umuntu wese uhunga akaga mu gihugu cye kandi ko kuri Lema ashobora kugirirwa nabi mu gihe […]

Habonetse urukingo rushobora kurinda COVID-19 ku kigero cya 90%

Isesengura ry’ibanze ryerekanye urukingo rwa mbere rushobora kurinda umubiri w’umuntu kwandura Covid-19 ku kigero cya 90% . Kompanyi zarukoze – Pfizer na BioNTech – zavuze ko uyu ari “umunsi ukomeye kuri siyanse n’abantu”. Zivuga ko urukingo rwabo rwasuzumiwe ku bantu 43,500 mu bihugu bitandatu kandi nta bibazo rwateye abaruhawe. Mu mpera z’uku kwezi, izi kompanyi […]

Minisitiri Ngamije yatangaje ko Gereza ya Rwamagana yabonetsemo abagororwa 13 banduye Covid-19

Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Ngamije Daniel kuri uyu wa 9 Ugushyingo 2020 yatangaje ko Gereza ya Nsinda iherereye mu Karere ka Rwamagana yabonetsemo abarwayi 13 banduye icyorezo cya Covid-19. Mu kiganiro Minisitiri Ngamije yagiranye n’Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru (RBA), yagize ati: “Uyu munsi wa none mu gitondo, twakurikiranye ibiri kubera muri serivisi tuvuriramo abantu baturutse muri za […]

Hateye indwara iri guhitana byihuse ingurube

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe iterambere ry’Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB) kiratangaza ko muri iyi minsi mu turere twa Rwamagana, Kicukiro na Gasabo hadutse indwara ziri gufata ingurube zikazica vuba nk’uko byemezwa n’aborozi b’aya matungo bavuga ko biri kudindiza ubworozi bwabo. Mu itangazo iki kigo cyashyize ahagaragara, kiramenyesha aborozi b’ingurube bose ko isuzuma ryakorewe mu borozi barwaje ndetse no […]

Tanzania: Hitezwe imvura izamara iminsi itatu igwa

Ikigo Gishinzwe iby’Ikirere muri Tanzania (TMA) gitangaza ko imvura izamara iminsi itatu igwa ubudaharara mu ntara esheshatu z’igihugu kuva kuwa 8 Ugushyingo 2020. TMA ivuga ko imvura izagwa mu Ntara zikurikira: Dar es Salaam, Morogoro, Tanga, Ibirwa bya Mafia, Unguja na Pemba nk’uko itangazo ryashyizwe hanze ribivuga. Byitezwe ko inzu, imihanda n’ibindi bikorwaremezo bishobora kuzahangirikira. […]

Rwamagana: Abanyerondo barashinjwa guha icyuho abajura babajujubije

Abaturage batuye mu Mudugudu wa Gisanza mu Kagari ka Mwulire, Umurenge wa Mwulire baratabaza basaba ubuyobozi gukemura ikibazo cy’ubujura bubugarije kandi bafite Abanyerondo b’umwuga bishyurwa. Bamwe mu baturage bavuga ko niba irondo ry’umwuga ridashobora gukorwa neza barikuraho abaturage bagashyiraho ubundi buryo bakicungira umutekano . Karara Drocella ni umukecuru wabwiye bwiza.com ko batakiryama batinya kwibwa amatungo […]

Kigali: Kompanyi yatsinzwe urubanza yaregagamo umunyamakuru

Kompanyi yitwa Gabanyirizwa company Ltd (GBC Ltd) yatsinzwe urubanza yaregagamo umunyamakuru Didas Niyibizi wayikozeho inkuru, aho abagore bane bashinja bosi wayo, Rukundo Samuel kubasaba kuryamana kugira ngo abishyure amafaranga babaga barakoreye bacururiza kompanyi ye. Gabanyirizwa company Ltd (GBC Ltd) kuwa 6 Ugushyingo 2020 yatsinzwe urubanza rwari mu Rukiko rw’Ubucuruzi mu Mujyi wa Kigali aho ivuga […]

Le financier présumé du génocide contre les Tutsis face aux juges de l’ONU

Un financier présumé du génocide contre les Tutsis de 1994 fait face à une audience préliminaire à La Haye mercredi, a déclaré lundi un tribunal de l’ONU. Félicien Kabuga, jadis l’un des hommes les plus riches du Rwanda, est accusé d’avoir aidé à créer une milice et avoir utilisé sa société de médias pour inciter […]

La Haye: Kabuga Félicien aragera mu rukiko bwa mbere muri iki cyumweru

Umucamanza Iain Bonomy uzayobora urubanza rwa Kabuga Félicien ukurikiranweho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kuri uyu wa 8 Uguhyingo 2020 yatangaje ko barahurira bwa mbere mu rukiko rw’i La Haye ejo bundi ku wa Gatatu, tariki ya 11. Nk’uko Me Bonomy uri mu bacamanza b’urwego rwa IRMCT rw’Umuryango w’Abibumbye rwasigariyeho Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha […]

Kenya: Urukiko rwashimangiye igihano cy’urupfu cyahawe Miss wa gereza

Urukiko rw’ubujurire muri Kenya rwemeje igihano cy’urupfu cyahawe Miss wa Gereza ya Lang’ata 2016, witwa Ruth Wanjiru Kamande, wari ukurikiranweho kwica uwari umukunzi we. Mu mwaka wa 2018, nibwo Kamande yahamwe n’icyaha cyo kwica umukunzi we Farid Mohammed w’imyaka 24 amuteye icyuma inshuro 22 mu rugo rwe i Nairobi mu 2015 nyuma yo kuvuka igitotsi […]

Mukuru wa Barack Obama yababajwe no gutsindwa kw’inshuti ye Trump

Malik Obama, mukuru wa Barack Obama wahoze ari Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yagereranyije amatora inshuti ye Donald Trump yatsinzwe nk’amatora yabaye iwabo mu gihugu cya Kenya mu 2013, avuga ko yaranzwe n’ibintu bidasanzwe ndetse n’uburiganya. Nubwo ahuje se na Barack Obama, Malik Obama, ni umufana ukomeye wa Perezida Donald Trump kandi yifuzaga […]

Huye: Ikamyo yagonganye na Daihatsu ya Nyirangarama, umwe ahita apfa (amafoto)

img-20201109-wa0029.jpg

Hagati ya saa moya n’igice na saa mbiri z’igitondo cy’uyu wa 9 Ugushyingo 2020 mu murenge wa Ruhashya w’Akarere ka Huye, ikamyo ya rukururana yagonganye n’imodoka ya Daihatsu y’uruganda ‘Entreprise Urwibutso’ rwa Sina Gérard, umwe ahita apfa. Abari aho impanuka yabereye, bavuga ko impanuka yatewe n’iyi kamyo yaturukaga mu mujyi wa Huye, yagenderaga ku muvuduko […]

Bugesera: Uwafatanwe umukobwa w’imyaka 17 muri loji yararekuwe

20201109_015747.jpg

Umugabo bivugwa ko ari mu myaka 40 ku mugoroba wo kuwa 18 Ukwakira 2020, yasanzwe mu macumbi (Lodge) ari ahazwi nko mu Irango mu Murenge wa Mareba, Bugesera, aryamanye n’umwana w’imyaka 17 y’amavuko, nyuma yaje kurekurwa. Ababyeyi b’umwana bavuga ko bumiwe babonye uwafashwe akekwaho gusambanya uyu mwana arekuwe, nyamara ibyangombwa byaba ifishi yakingirijweho( intyoza.com yabashije […]

Amavubi yerekeje i Praia muri Cap-Vert na Jet Privé

img_20201109_101539.jpg

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki ya 09 Ugushyingo, ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’ yahagurutse i Kigali n’indege yihariye (Jet Privé) yerekeza i Praia , aho yitabiriye umukino w’ijonjora ryo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika uzayihuza na Cap Vert. Ni umukino uteganyijwe kuba ku wa Kane w’iki cyumweru, guhera saa kumi n’ebyiri z’umugoroba ku isaha […]

Burundi: Imitungo ya bamwe mu bahunze igihugu iratangira gutezwa cyamunara

justicee.jpg

Amakuru aturuka mu gihugu cy’u Burundi aravuga ko guhera kuri uyu wa Mbere, itariki 09 Ugushyingo 2020, hatangira cyamunara y’imitungo yafatiriwe n’ubutabera mu rwego rwo kugirango itangirika ndetse ikomeze kugirira akamaro igihugu nk’uko bigaragara mu itangazo rya minisiteri y’ubutabera ryashyizwe ahagaragara ku itariki 06 Ugushyingo. Amakuru amwe avuga ko muri iyo mitungo harimo imodoka, amapikipiki […]

Diamond na Zari bahuje imbaraga bajya gushyigikira Simba ikina na Yanga (Amafoto)

zarithebosslady_20201109_10.png.jpg

Umuhanzi Naseeb Abdul Juma uzwi mu muziki wa Tanzania nka Diamond Platnumz n’uwahoze ari umugore we, Zari Hassan, baheruka guhuza imbaraga bajya gushyigikira ikipe ya Simba Sports Club ikina na Yanga Africans bahora bahanganye. Ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize ni bwo ikipe ya Yanga yari yakiriye Simba, mu mukino w’umunsi wa 10 wa Shampiyona ya […]

Musanze/Kabaya: Mudugudu yeguye nyuma yo gukubitwa n’amabandi yitwaje imihoro

Uwari Umuyobozi w’Umudugudu wa Kabaya mu Kagari ka Kigombe mu Murenge wa Muhoza, Akarere ka Musanze, Celestin Bimenyimana yeguye ku mirimo ye nyuma yo gukubitwa n’itsinda ry’amabandi yitwaje imihoro kuwa 16 Ukwakira 2020 ahagana saa yine z’ijoro. Bimenyimana yatangarije Bwiza.com ko yeguye ku mpamvu ze bwite nyuma y’imyaka 12 yari amaze ayobora aka gace ahanini […]

Abasirikare basaga 100 ba Ethiopia bamaze gukomerekera mu mirwano muri Tigray

Abasirikare ba Ethiopia basaga 100 bamaze gukomerekera mu mirwano imaze iminsi itanu ibera mu Ntara ya Tigray, mu gihe imibare ikomeje kuzamuka nk’uko byemejwe na Minisitiri w’Intebe w’iki gihugu, Abiy Ahmed. Amakuru aturuka mu nzego z’ubuzima muri Ethiopia aravuga ko abasirikare babarirwa mu 100 barimo kuvurwa ibikomere mu bitaro byo mu Ntara ya Amhara. Minisitiri […]

Perezida wa Mexique yavuze ko agitegereje ikizava mu matora ya USA mu buryo budasubirwaho

Perezida wa Mexique, Andres Manuel Lopez tariki ya 7 Ugushyingo 2020 yatangaje ko agitegereje ikizava mu matora ya Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, mu buryo budasubirwaho, akabona gushimira uwayatsinze. Ni nyuma y’aho byari bimaze kwemezwa ko Joe Biden ari we watsinze, ubwo yari amaze kubona andi majwi 20 yo muri Leta ya Pennsylvania. Ariko kandi Donald […]

Gasabo: Hoteli yafatiwemo abasinzi basaga 100 bavuga ko bari mu bukwe

Abaturage basinze basaga100 biganjemo urubyiruko bafatiwe muri Hoteli ya Landmark Suites iri mu Murenge wa wa Kinyinya, Akarere ka Gasabo barenze ku mabwiriza yo kurwanya icyorezo cya COVID-19, ihita ifungwa. RBA itangaza ko aba bafashwe na polisi mu masaha ari hagati ya saa sita z’ijoro na Saa kenda. Bafashwe banywa inzoga, babyina, banegeranye. Abafashwe bajyanwe […]

Abunganiraga Rusesabagina bakuyemo akarenge, Gen. Muhoozi akozanyaho na Bobi Wine, Biden yegukana amatora y’indyankurye

Icyumweru gishize cyatangiye tariki ya 2 Ugushyingo 2020, kirangira ku ya 8 Ugushyingo 2020. Zimwe mu nkuru za politiki n’ubutabera zakiranze ni zo twibandaho muri iki cyegeranyo, hiyongereyeho imikino n’imyidagaduro. Imipaka ihuza u Rwanda na RDC yafunguriwe bamwe Tariki ya 2 Ugushyingo 2020, Guverineri Munyentwari Alphonse w’Intara y’Iburengerazuba na Carly Nzanzu Kazivita w’Intara ya Kivu […]