Abagabo 3 bishwe na Covid-19, handura 172, nta wakize

kov.png

Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko kuri uyu wa 13 Mutarama 2021 abagabo batatu bishwe n’icyorezo cya Covid-19, handura 172, mu gihe na none nta wakize. Abapfuye barimo babiri b’imyaka 50 na 61 bapfiriye mu mujyi wa Kigali, n’umusaza w’imyaka 90 wapfiriye mu Karere ka Huye. Abanduye barimo 88 babonetse muri Kigali, 33 muri Huye, 15 muri […]

Umugore wa Bobi Wine mu marira

Umugore w’umukandida Robert Kyagulanyi (Bobi Wine), Barbie Itungo ari mu marira nyuma y’aho atakaje uburyo bwo guhamagarira ku murongo wa telefone. Yabitangaje kuri uyu wa 13 Mutarama 2021 yifashishije urubuga rwa Facebook, aho yagize ati: “Telefone zanjye zahagarikiwe uburyo bwo guhamagara bisanzwe.” Itungo avuga ko guhagarikirwa uburyo bwo guhamagara byakozwe kugira ngo atakaze itumanaho n’abantu […]

Umusirikare w’u Rwanda yiciwe muri Centrafrica

Ifoto: Bamwe mu bagize umutwe w’ingabo zidasanzwe z’u Rwanda zoherejwe muri Centrafrica Umuvugizi w’Intumwa Yihariye y’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye muri Repubulika ya Centrafrica, Vladimir Monteiro, kuri uyu wa 13 Mutarama 2021 yatangaje ko umusirikare w’u Rwanda yiciwe mu gitero cy’imitwe yitwaje intwaro. Nk’uko bigaragara mu itangazo Monteiro yashyize ku rubuga rw’Ingabo za UN ziri mu […]

Kicukiro: Umwana watewe inda afite imyaka 16 ubu asigaye aba muri shitingi- Akeneye ubufasha

138950825_2922028421414122_6792655138406431008_n.jpg

Mu mudugudu wa Murambi, Akagari ka Nyanza, Umurenge wa Gatenga, ho mu Mujyi wa Kigali, hari umwana w’umukobwa uvuga ko ari impfubyi, wafashwe ku ngufu n’abantu ataramenya afite imyaka 16 bakamutera inda. Avuga ko kuva yaterwa inda ari mu burushyi n’ingaruka zarushijeho kuba mbi nyuma y’aho ubuyobozi bwasenye inzu yari yubakiwe n’abaturage ubu akaba ari […]

CHAN: Sadate yemereye Amavubi akayabo mu gihe yaba atsinze Uganda

Munyakazi Sadate wahoze ayobora Ikipe ya Rayon Sports, yemereye agahimbazamusyi kangana na $100 buri mukinnyi w’Amavubi, mu gihe iyi kipe yaba ishoboye gukura amanota atatu ku Misambi ya Uganda. Sadate yemeje intego yahaye abasore b’Amavubi mu butumwa yanditse ku rubuga rwe rwa Twitter. Ati: “Nta kinini navuga ku basore bacu, gusa uko bizagenda kose turabashyigikiye […]

Rwamagana: RIB mu ihurizo ryo gufata umuntu utazwi wafashe umwana ku ngufu

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), ku bufatanye na Polisi ruri gushakisha umugabo wahise aburirwa irengero wafashe ku ngufu agakobwa k’imyaka 10 kuwa Mbere, itariki 11 Mutarama, mu Murenge wa Kigabiro, Akarere ka Rwamagana, mu Ntara y’Iburasirazuba. Ifatwa ku ngufu ry’uyu mwana ryamenyekanye kubera musaza we. Nk’uko yabitangaje, ngo umwana w’umukobwa yari ari kuva ku ishuri ubwo […]

Ngo Amavubi nadahanwa, ntazongera kwambara agapfukamunwa

Uwiyise Mukabaziga ku rubuga rwa Twitter, kuri uyu wa 13 Mutarama 2021 yamenyesheje inzego zirimo Polisi y’Igihugu, Minisiteri ya Siporo ko atazongera kwambara agapfukamunwa, mu giha ikipe y’umupira w’amaguru (Amavubi) yagaragaye itatwambaye yaba idahanwe. Ni nyuma y’aho mu gitondo cy’uyu munsi, Minisiteri ya Siporo (Minisports) yashyize hanze amafoto y’Amavubi (abakinnyi n’abayobozi) yiteguraga kwerekeza muri Cameroon, […]

USA: Umugore rukumbi wari ku rutonde rw’abakatiwe igihano cy’urupfu yanyonzwe

Umugore rukumbi wari ku rutonde rw’abakatiwe igihano cy’urupfu azira ubwicanyi muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika witwa Lisa Montgomery yicishijwe urushinge. Ibi byabereye muri gereza ya Terre Haute yari afungiyemo yo muri Leta ya Indiana nyuma y’aho Urukiko Rukuru isubikiye icyemezo cyo kwegezayo umunsi w’iyicwa rye ku munota wa nyuma. Iyi nkuru dukesha BBC iravuga […]

U Rwanda rufite indembe nyinshi za Coronavirus kuva yakwaduka

Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima (RBC) gitangaza ko hari umubare w’abanduye Coronavirus barembye benshi kuva iki cyorezo cyakwaduka mu Rwanda muri Werurwe 2020. Umuyobozi wa RBC, Dr. Sabin Nsanzimana avuga ko ubu abantu 40 bari ku mashini zibaha umwuka, ingengo iteye inkeke. Ati ” Kuva mu Gushyingo 2020 hagati, abarwayi babaga barembye babaga bari hagati ya 2 […]

Nasabye abantu bacu kwihanangiriza Facebook_Museveni

Perezida wa Repubulika ya Uganda, Yoweri Museveni ubwo yagezaga ijambo ku baturage kuri uyu wa 12 Mutarama 2021, yavuze ko yasabye abantu babo kwihanangirije ikigo cya Facebook. Ni nyuma y’aho iki kigo gifunze imbuga bamwe mu bakomeye mu ishyaka riri ku butegetsi (NRM), kibashinja kutubahiriza amabwiriza agenga imikoreshereze yarwo, na Leta ya Uganda igahitamo guhagarika […]

Meya ujya ubona uko Giporoso isa nabi- Past. Rutayisire avuga uko Kagame yabwiye Ndayisaba

Umupasiteri mu Itorero Angilikani mu Rwanda, Rev. Dr Antoine Rutayisire avuga ko kuba Giporoso ubu yarahindutse, ikibubakwamo inybako nshyashya ari igitekerezo cya Perezida w’ u Rwanda, wahageze akabona ko hari umwanda, agasaba ko havugururwa. Kagame yabwiye Ndayisaba ko Giporoso irimo umwanda kandi ari amarembo y’Umujyi wa Kigali, ingingo Rutayisire avuga ko ariyo yabaye intangiriro yo […]

Umuherwe wa 1 ku Isi yisanze ku mwanya 2 mu masaha 24 ahita yisubiza umwanya we mu munsi umwe

amazon-founder-jeff-bezos.jpg

Umuherwe wa mbere ku Isi, Elon Musk, yagize atya mu masaha 24 atakaza uyu mwanya ajya kuwa kabiri nyuma y’aho ubutunzi bwe bugabanyutseho miliyari 14 nta cyumweru yari amaze kuri uyu mwanya, ariko ahita yongera arazamuka byihuse asubira ku mwanya we. Kuwa Mbere ushize, nibwo imigabane ya sosiyete ye, Tesla, ikora imodoka zikoresha amashanyarazi, imigabane […]

Centrafrica: Inyeshyamba zatangije ibitero ku murwa mukuru Bangui

capture-4.jpg

Nyuma y’amasaha 48 u Burusiya busabye ko indege zabwo zajya zigwa zikanahagurukira ku Kibuga cy’iNdege cya Bangui, inyeshyamba zo muri Centrafrica zafashe icyemezo cyo kugaba igitero ku Murwa Mukuru mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, itariki 13 Mutarama 2021. Biravugwa ko ingabo z’igihugu zihanganye n’izi nyeshyamba mi bice bitandukanye by’inkengero za Bangui. Amakuru atandukanye […]

WhatsApp yahakanye ibyo kwinjira mu mabanga y’abayikoresha

ergkd2kuuac7ja7.jpg

Ikigo cya WhatsApp Inc. gihumuriza abakoresha urubuga rwa WhatsApp bakeka ko cyaba kigiye gutangira kwinjira mu mabanga yabo, kikayasangiza bimwe mu bigo bikorana na Facebook. Ni nyuma y’aho tariki ya 6 Mutarama, iki kigo cyatangiye kumenyesha abakoresha uru rubuga ko tariki ya 8 Gashyantare 2021 hazaba impinduka, bamwe bagakeka ko zirebena n’uburyo bwo kwinjira mu […]

Padiri HermenĂ©gilde wigeze kuyobora Christ-Roi y’i Nyanza yishwe na COVID-19

img_20210113_113635.jpg

Padiri Twagirumukiza HermĂ©nĂ©gilde wigeze kuyobora ishuri rya Koleji Kristu Umwami y’i Nyanza (Christ-Roi), yitabye Imana kuri uyu wa Gatatu tariki ya 13 Mutarama azize icyorezo cya COVID-19. Urupfu rwa Padiri Twagirumukiza rwemejwe n’Umushumba wa Diyosezi Gatolika ya Butare, Filipo Rukamba, mu itangazo yasohoye mu kanya kashize. Itangazo rivuga ko “Nyiricyubahiro Musenyeri Philippe Rukamba, Umwepisikopi wa […]

Kamonyi: Nkera ‘umaze gutema abantu batanu’ yatawe muri yombi

Umuturage witwa Benimana François ubusanzwe wiyita Inkeragutabara (Nkera) yatawe muri yombi n’abashinzwe umutekano nyuma y’aho yari yatemye umuturage witwa Nsabimana Emmanuel ku mugoroba wo ku wa Gatanu tariki ya 08 Mutarama 2021, mu Mudugudu wa Gishyeshye, Akagari ka Gishyeshye, Umurenge wa Rukoma, Akarere ka Kamonyi. Isoko y’amakuru ya BWIZA iri mu Murenge wa Rukoma yadutangarije […]

Umubiri ku wundi! Ifoto ya Miss Pamela na The Ben yatumye abenshi bacika ururondogoro

Abakoresha imbuga nkoranyambaga bacitse ururondogoro, nyuma y’ifoto igaragaza Miss Uwicyeza Pamela yahobeye umuhanzi The Ben bamaze igihe bavugwa mu rukundo. Ku mugoroba wo ku wa Kabiri tariki ya 12 Mutarama ni bwo Miss Uwicyeza yasangije iyo foto abakurikira ku rubuga rwa Instagram. Miss Pamela na The Ben bagaragara bahoberanye, ariko imibiri yabo yegeranye cyane ku […]

Uganda: Minisitiri n’umurinzi we barashweho

Minisitiri (Umunyamabanga) wa Leta ya Uganda mu biro bya Visi Perezida, Dr. Baltazar Kasirivu-Atwooki n’umurinzi we kuri uyu wa 13 Mutarama 2021, yarashweho n’abitwaje intwaro bataramenyekana. Amakuru ya Daily Monitor avuga ko Dr. Kasirivu wari mu modoka mu bilometero bike agana ku rugo rwe, saa saba z’ijoro yageze ahitwa Kakora mu Karere ka Kakumiro, akagwa […]

Uganda: Bobi Wine yambuwe abarindaga iwe bose mbere y’umunsi umwe ngo habe amatora

Umukandida Perezida mu matora y’Umukuru w’Igihugu muri Uganda, Robert Ssentamu Kyagulanyi wamamaye nka Bobi Wine, yavuze ko company yacungiraga umutekano urugo rwe yamwatse abarinzi, atunga agatoki Leta ya Uganda kuba inyuma y’uriya mugambi. Bobi Wine udasiba gushyira ibirego bitandukanye ku butegetsi bwa Uganda, yavuze ko company yari imaze imyaka 12 icunga umutekano mu rugo iwe […]

Kenya: Ikamyo yaguye mu nyanja, shoferi ntiyagira icyo aba

Mu gitondo cy’uyu wa 13 Mutarama 2021, ikamyo yaguye mu nyanja y’Ubuhinde ku cyambu cya Likoni giherera muri Kenya, umushoferi avamo nta cyo abaye. Inkuru ya Daily Nation ivuga ko iyi kamyo yerekezaga ku bwato yapakiraga ubwato bwitwa MV kilindini ubwo yageraga hafi y’inyanja, umushoferi yananiwe kuyiyobora maze igonga ubu bwato, ni ko kugwa mu […]

Abarepubulikani bamwe batangiye kwemeza ko Trump yeguzwa

Abademokarate bakomeje gusiganwa n’iminsi ngo beguze Perezida Donald Trump, igikorwa gitangiye gushyigikirwa na bamwe muri bacyeba babo b’abarepubulikani mu nteko. Liz Cheney, umuntu wa gatatu ku rutonde rw’abarepubulikani bakomeye mu mutwe w’abadepite ba Amerika, yavuze ko azatora yemeza kweguza Trump kubera ibyabaye ku nzuy’inteko mu cyumweru gishize. Ejo kuwa kabiri, Trump yatangaje ko nta ruhare […]

Nyaruguru: Batandatu bafashwe bavanye caguwa mu Burundi

Abashinzwe umutekano, bafatiye abantu batandatu mu Mudugudu wa Rutobwe mu Murenge wa Cyahinda w’Akarere ka Nyaruguru, mu masaa yine y’ijoro rya tariki ya 10 Mutarama 2021, bavanye imyenda ya caguwa mu Burundi. Nk’uko urubuga rwa Polisi y’u Rwanda rwabitangaje, hafashwe Callixte Kayigire wahaye abandi bane akazi ko kwikorera iyi myenda yari ipakiye mu mifuka itandatu: […]

Amavubi mu mwambaro wa Made in Rwanda aserukana muri Caméroun (Amafoto)

img_20210113_065537.jpg

Ikipe y’igihugu Amavubi ya CHAN, yamaze kwitegura urugendo rwerekeza i Douala muri CamĂ©roun aho yitabiriye CHAN ya 2021 izabera muri kiriya gihugu. Ni irushanwa riteganyijwe gutangira ku wa Gatandatu tariki ya 16 Mutarama. Mbere y’uko abakinnyi b’Amavubi bahaguruka kuri Hoteli ya La Parisse i Nyamata aho bari bamaze igihe bari mu mwiherero, bafashe amafoto y’urwibutso […]