Abantu 182 banduye Covid-19, abandi 170 bakize, abapfuye ni 2

kov2-2.png

Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko kuri uyu wa 17 Mutarama 2021 abandi bantu 186 banduye icyorezo cya Covid-19, abandi 170 bakize, mu gihe 2 ari bo bapfuye. Abanduye barimo 128 babonetse mu mujyi wa Kigali, 13 babonetse muri Kirehe, 10 babonetse muri Gatsibo, 6 babonetse muri Rwamagana, 6 babonetse muri Rulindo, 5 babonetse muri Musanze, 5 […]

Pasiteri Majyambere wari uyoboye Itorero Umuriro wa Pentekote yitabye Imana

Pasiteri Majyambere Joseph uri mu batangije Itorero Umuriro wa Pentekote mu Rwanda, akaba yari anariyoboye, yitabye Imana kuri uyu wa 17 Mutarama 2021. Amakuru y’urupfu rwe Pasiteri Majyambere yemejwe n’umuryango we, aho yapfiriye mu bitaro by’Akarere ka Nyarugenge bivurirwamo abanduye icyorezo cya Covid-19. Umuturanyi we yagize ati: “Hari hashize icyumweru bamujyanye i Kanyinya, bamukurayo, bamushyira […]

Kigali: Amashuri y’incuke, abanza n’ayisumbuye yose arafungwa guhera ejo

mineduc.jpg

Minisiteri y’Uburezi ku bufatanye na Minisiteri y’Ubuzima, kuri uyu wa 17 Mutarama 2021 zafashe icyemezo cyo guhagarika amasomo mu mashuri y’incuke, abanza n’ayisumbuye aherereye mu mujyi wa Kigali mu rwego rwo gukumira icyorezo cya Covid-19. Guhera kuri uyu wa 18 Mutarama 2021, aya mashuri araba afunze mu gihe cy’ibyumweru bibiri, hakorwa isesengura ku buryo icyorezo […]

Icyo inzobere ivuga ku gikona ‘Fifi’ kibana n’abantu nk’inshuti_Amafoto

img-20210116-wa0035.jpg

Igikona cyitwa Fifi kiba mu Kagari ka Karama, Umurenge wa Ruhashya mu Karere ka Huye, kikaba kibana n’abaturage nk’inshuti ku buryo nta muntu n’umwe bakwemera ko akigirira nabi. Bitewe n’uburyo cyitandukanyije n’ibindi biguruka bigenzi byacyo, kigakunda kuba aho abantu bari, kikabisanzuraho, na bo baragikunda, bakanakigurira ibyo kurya birimo imigati n’indagara. Abaturage bo muri Karama bavuga […]

Centrafrica: Inyeshyamba zikuye aho zari zafashe zicyumva ko Ingabo z’u Rwanda ziri mu nzira

Nyuma y’ibyumweru bibiri ziwigaruriye, inyeshyamba zo muri Centrafrica zimaze iminsi zigaba ibitero ku ngabo za leta ya zavanwe mu mujyi wa Bangassou, uherereye mu birometero 750 ugana mu burasirazuba bw’umurwa mukuru Bangui nyuma yo guhabwa igihe ntarengwa n’Umuryango w’Abibumbye. Inyeshyamba zavuye mu birindiro byari birimo kuva ku itariki 03 Mutarama, zihunga uyu mujyi mu ijoro […]

Impungenge mu gihe bucya amashuri y’incuke n’atatu abanza yongera gufungura

Abanyeshuri bo mu mashuli y’incuke kugeza mu mwaka wa 3 w’amashuri abanza kuri uyu wa mbere, itariki 18 Mutarama 2021 baratangira kwiga, ikintu gishimishije ababyeyi b’abo bana gusa banafite n’impungenge. Impungenge bafite nuko abo bana bagiye kwiga mu gihe umubare w’abandura n’abapfa bazize icyorezo cya Covid-19 ukomeje kwiyongera nk’uko iyi nkuru dukesha RBA ikomeza ivuga. […]

Tumaze iminsi ine dufungiwe mu rugo, ibiribwa byadushiranye_Bobi Wine

Umuryango wa Bobi Wine uvuga ko nyuma yo kumara iminsi ine ufungiwe n’abasirikare mu rugo rwawo, ubu ibiribwa byamaze kuwushirana. Ni ubutumwa bumaze gutangarizwa ku rubuga rwa Twitter rw’uyu munyapolitiki wari umaze iminsi ikabakaba ibiri acecetse. Ati: “Iminsi ine irashize abasirikare bagose urugo rwacu, bafungiye umugore wanjye nanjye mu rugo rwacu.” Akomeza ati: “Ibiribwa byadushiranye, […]

Imyaka 60 irashize Lumumba yishwe, abantu badashidikanywaho babigizemo uruhare

lumumbabrussel1960.jpg

Ninde wishe Patrice Lumumba? Iyicwa ry’umunyekongo wakundaga igihugu cye cya Congo kurusha uko yikundaga ku ya 17 Mutarama 1961 hafi ya Lubumbashi, ni igikorwa rusange cy’ishyirahamwe ry’abagizi ba nabi, nk’uko ihuriro ry’Ababiligi baharanira kwibuka ibyaranze ubukoloni babivuga. Ni icyaha cyakozwe ku bufatanye bw’impande enye zigizwe n’abantu uyu munsi bazwi neza nta gushidikanya nk’uko RFI dukesha […]

Umudepite wa EU yibaza impamvu Tanzania yahawe amafaranga yo kurwanya Covid-19

David McAllister uhagarariye u Budage mu Nteko Ishinga Amategeko y’Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi (EU) yibaza impamvu Repubulika ya Tanzania yahawe miliyoni z’amayero y’inkunga yo guhangana n’ingaruka za Covid-19, mu gihe Perezida John Pombe Magufuli yakomeje gushimangira ko iki cyorezo kitariyo. McAllister yabitangaje ubwo Inteko ya EU yari yateranye, yiga ku bibazo bitandukanye birimo icyorezo cya Covid-19 […]

Umwambaro wa siporo w’Amavubi wakuruye impaka

kwizea.jpg

Kuri uyu wa 16 Mutarama 2021, ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru (Amavubi) yashyize ahagaragara imyambaro abakinnyi bayo bazambara mu irushanwa rya CHAN y’umwaka w’2020. Impaka zabaye nyinshi ubwo hagagaraga umwe muri iyi myambaro (umupira), w’umukinnyi Kwizera wahawe nimero 23, wari wanditseho ijambo “Rwanda” ryasibwe, risimbuzwa ‘Kwizera’ ariko aya magambo yombi akomeza kugaragaraho. Iyi foto y’ikipe yose […]

Burundi: Imbonerakure 2 zakomerekejwe n’abazamu zigiye kwiba imyembe

Abasore babiri b’Imbonerakure bakomerekejwe n’abari barinze umurima w’imyembe mu mudugudu wa Gabiro-Ruvyagira, muri Komini Rugombo, mu Ntara ya Cibitoke, mu majyaruguru y’uburengerazuba bw’u Burundi. Aba basore bakaba bari mu gatsiko k’abantu baguwe gitumo bari kwiba mu ijoro. Amakuru agera ku rubuga rwa SOS Medias Burundi, aravuga ko ba nyiri imirima y’imyembe bafashe icyemezo cyo gushaka […]

Perezida Tshisekedi aha imbabazi abahamwe kwica L.D Kabila, yabanje kubyumvikanaho n’umuryango we

ld_k.jpg

Umushumba wa Kiliziya Gatolika muri Kinshasa, Karidinali Fridolin Ambongo yahishuye ko Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo, FĂ©lix Tshisekedi ajya guha imbabazi abahamwe ibyaha byo kwica Laurent DĂ©sirĂ© Kabila, yabanje kubyumvikanaho n’umuryango we. Byumvikanye kuri uyu wa 16 Mutarama 2021, ubwo Abanyekongo bibukaga ku nshuro ya 20 urupfu rwa L.D Kabila wabaye Perezidda wa […]

Abarwaye Covid-19 bagiye kujya bavurirwa ku bwishingizi bafite harimo na mituweli

Mu rwego rwo kugabanya imfu z’abantu bakomeje guhitanwa na Covid-19 muri iki gihe, bitewe n’ubwiyongere bukabije bw’abantu bari kuyandura muri iki gihe, Minisiteri y’Ubuzima, kuri uyu wa Gatandatu, yasabye amavuriro yose ya Leta kuvura abarwayi ba COVID19 bakoresheje ubwishingizi basanzwe bafite ubwo ari bwo bwose. Mu itangazo ryayo ryo kuri uyu wa 16 Mutarama, minisiteri […]

U Bufaransa bwagaragaje ko Centrafrica itari mu bihe bikomeye nka mbere

Umuyobozi w’Ingabo z’u Bufaransa ziba muri Gabon, Gen. Jean Pierre Perrin yagaragaje ko ibihe Repubulika ya Centrafrica irimo ubu, bidakomeye nk’ibya mbere ku buryo yakenera imbaraga zabo nyinshi mu kurwanya imitwe yitwaje intwaro. Gen Perrin yabitangaje ubwo yasuraga Centrafrica ku wa Gatanu, tariki ya 15 Mutarama 2021, nk’uko Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza (Reuters) bibivuga. Ati: “Ntabwo […]

Museveni yibaza uko yabonye amajwi, niba urubyiruko rwose rwaratoye Bobi Wine

Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni yibaza uko yaba yarabonya amajwi amugeza ku ntsinzi ya manda ya gatandatu, niba urubyiruko rwose rwaratoye Robert Kyagulanyi (Bobi Wine) wamukurikiye mu majwi. Ni ibikubiye muri bumwe mu butumwa Perezida Museveni yagejeje ku Bagande nyuma y’aho Komisiyo y’Amatora yari imaze gutangaza ko yatsinze ku majwi 58.64%. Mbere no mu […]