Abantu 182 banduye Covid-19, abandi 170 bakize, abapfuye ni 2

Minisiteri yâUbuzima yatangaje ko kuri uyu wa 17 Mutarama 2021 abandi bantu 186 banduye icyorezo cya Covid-19, abandi 170 bakize, mu gihe 2 ari bo bapfuye. Abanduye barimo 128 babonetse mu mujyi wa Kigali, 13 babonetse muri Kirehe, 10 babonetse muri Gatsibo, 6 babonetse muri Rwamagana, 6 babonetse muri Rulindo, 5 babonetse muri Musanze, 5 […]
Pasiteri Majyambere wari uyoboye Itorero Umuriro wa Pentekote yitabye Imana
Pasiteri Majyambere Joseph uri mu batangije Itorero Umuriro wa Pentekote mu Rwanda, akaba yari anariyoboye, yitabye Imana kuri uyu wa 17 Mutarama 2021. Amakuru yâurupfu rwe Pasiteri Majyambere yemejwe nâumuryango we, aho yapfiriye mu bitaro byâAkarere ka Nyarugenge bivurirwamo abanduye icyorezo cya Covid-19. Umuturanyi we yagize ati: âHari hashize icyumweru bamujyanye i Kanyinya, bamukurayo, bamushyira […]
Kigali: Amashuri y’incuke, abanza n’ayisumbuye yose arafungwa guhera ejo

Minisiteri y’Uburezi ku bufatanye na Minisiteri y’Ubuzima, kuri uyu wa 17 Mutarama 2021 zafashe icyemezo cyo guhagarika amasomo mu mashuri y’incuke, abanza n’ayisumbuye aherereye mu mujyi wa Kigali mu rwego rwo gukumira icyorezo cya Covid-19. Guhera kuri uyu wa 18 Mutarama 2021, aya mashuri araba afunze mu gihe cy’ibyumweru bibiri, hakorwa isesengura ku buryo icyorezo […]
Icyo inzobere ivuga ku gikona âFifiâ kibana n’abantu nkâinshuti_Amafoto

Igikona cyitwa Fifi kiba mu Kagari ka Karama, Umurenge wa Ruhashya mu Karere ka Huye, kikaba kibana nâabaturage nkâinshuti ku buryo nta muntu nâumwe bakwemera ko akigirira nabi. Bitewe nâuburyo cyitandukanyije nâibindi biguruka bigenzi byacyo, kigakunda kuba aho abantu bari, kikabisanzuraho, na bo baragikunda, bakanakigurira ibyo kurya birimo imigati nâindagara. Abaturage bo muri Karama bavuga […]
Centrafrica: Inyeshyamba zikuye aho zari zafashe zicyumva ko Ingabo zâu Rwanda ziri mu nzira
Nyuma yâibyumweru bibiri ziwigaruriye, inyeshyamba zo muri Centrafrica zimaze iminsi zigaba ibitero ku ngabo za leta ya zavanwe mu mujyi wa Bangassou, uherereye mu birometero 750 ugana mu burasirazuba bwâumurwa mukuru Bangui nyuma yo guhabwa igihe ntarengwa nâUmuryango wâAbibumbye. Inyeshyamba zavuye mu birindiro byari birimo kuva ku itariki 03 Mutarama, zihunga uyu mujyi mu ijoro […]
Impungenge mu gihe bucya amashuri yâincuke nâatatu abanza yongera gufungura
Abanyeshuri bo mu mashuli y’incuke kugeza mu mwaka wa 3 w’amashuri abanza kuri uyu wa mbere, itariki 18 Mutarama 2021 baratangira kwiga, ikintu gishimishije ababyeyi b’abo bana gusa banafite n’impungenge. Impungenge bafite nuko abo bana bagiye kwiga mu gihe umubare w’abandura n’abapfa bazize icyorezo cya Covid-19 ukomeje kwiyongera nk’uko iyi nkuru dukesha RBA ikomeza ivuga. […]
Tumaze iminsi ine dufungiwe mu rugo, ibiribwa byadushiranye_Bobi Wine
Umuryango wa Bobi Wine uvuga ko nyuma yo kumara iminsi ine ufungiwe nâabasirikare mu rugo rwawo, ubu ibiribwa byamaze kuwushirana. Ni ubutumwa bumaze gutangarizwa ku rubuga rwa Twitter rwâuyu munyapolitiki wari umaze iminsi ikabakaba ibiri acecetse. Ati: âIminsi ine irashize abasirikare bagose urugo rwacu, bafungiye umugore wanjye nanjye mu rugo rwacu.â Akomeza ati: âIbiribwa byadushiranye, […]
Imyaka 60 irashize Lumumba yishwe, abantu badashidikanywaho babigizemo uruhare

Ninde wishe Patrice Lumumba? Iyicwa ryâumunyekongo wakundaga igihugu cye cya Congo kurusha uko yikundaga ku ya 17 Mutarama 1961 hafi ya Lubumbashi, ni igikorwa rusange cyâishyirahamwe ryâabagizi ba nabi, nkâuko ihuriro ryâAbabiligi baharanira kwibuka ibyaranze ubukoloni babivuga. Ni icyaha cyakozwe ku bufatanye bwâimpande enye zigizwe nâabantu uyu munsi bazwi neza nta gushidikanya nk’uko RFI dukesha […]
Umudepite wa EU yibaza impamvu Tanzania yahawe amafaranga yo kurwanya Covid-19
David McAllister uhagarariye u Budage mu Nteko Ishinga Amategeko yâUmuryango wâUbumwe bwâUburayi (EU) yibaza impamvu Repubulika ya Tanzania yahawe miliyoni zâamayero yâinkunga yo guhangana n’ingaruka za Covid-19, mu gihe Perezida John Pombe Magufuli yakomeje gushimangira ko iki cyorezo kitariyo. McAllister yabitangaje ubwo Inteko ya EU yari yateranye, yiga ku bibazo bitandukanye birimo icyorezo cya Covid-19 […]
Umwambaro wa siporo wâAmavubi wakuruye impaka

Kuri uyu wa 16 Mutarama 2021, ikipe yâigihugu yâumupira wâamaguru (Amavubi) yashyize ahagaragara imyambaro abakinnyi bayo bazambara mu irushanwa rya CHAN yâumwaka wâ2020. Impaka zabaye nyinshi ubwo hagagaraga umwe muri iyi myambaro (umupira), wâumukinnyi Kwizera wahawe nimero 23, wari wanditseho ijambo âRwandaâ ryasibwe, risimbuzwa âKwizeraâ ariko aya magambo yombi akomeza kugaragaraho. Iyi foto y’ikipe yose […]
Burundi: Imbonerakure 2 zakomerekejwe nâabazamu zigiye kwiba imyembe
Abasore babiri bâImbonerakure bakomerekejwe nâabari barinze umurima wâimyembe mu mudugudu wa Gabiro-Ruvyagira, muri Komini Rugombo, mu Ntara ya Cibitoke, mu majyaruguru yâuburengerazuba bwâu Burundi. Aba basore bakaba bari mu gatsiko kâabantu baguwe gitumo bari kwiba mu ijoro. Amakuru agera ku rubuga rwa SOS Medias Burundi, aravuga ko ba nyiri imirima yâimyembe bafashe icyemezo cyo gushaka […]
Perezida Tshisekedi aha imbabazi abahamwe kwica L.D Kabila, yabanje kubyumvikanaho nâumuryango we

Umushumba wa Kiliziya Gatolika muri Kinshasa, Karidinali Fridolin Ambongo yahishuye ko Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo, FĂ©lix Tshisekedi ajya guha imbabazi abahamwe ibyaha byo kwica Laurent DĂ©sirĂ© Kabila, yabanje kubyumvikanaho nâumuryango we. Byumvikanye kuri uyu wa 16 Mutarama 2021, ubwo Abanyekongo bibukaga ku nshuro ya 20 urupfu rwa L.D Kabila wabaye Perezidda wa […]
Abarwaye Covid-19 bagiye kujya bavurirwa ku bwishingizi bafite harimo na mituweli
Mu rwego rwo kugabanya imfu zâabantu bakomeje guhitanwa na Covid-19 muri iki gihe, bitewe nâubwiyongere bukabije bwâabantu bari kuyandura muri iki gihe, Minisiteri y’Ubuzima, kuri uyu wa Gatandatu, yasabye amavuriro yose ya Leta kuvura abarwayi ba COVID19 bakoresheje ubwishingizi basanzwe bafite ubwo ari bwo bwose. Mu itangazo ryayo ryo kuri uyu wa 16 Mutarama, minisiteri […]
U Bufaransa bwagaragaje ko Centrafrica itari mu bihe bikomeye nka mbere
Umuyobozi wâIngabo zâu Bufaransa ziba muri Gabon, Gen. Jean Pierre Perrin yagaragaje ko ibihe Repubulika ya Centrafrica irimo ubu, bidakomeye nkâibya mbere ku buryo yakenera imbaraga zabo nyinshi mu kurwanya imitwe yitwaje intwaro. Gen Perrin yabitangaje ubwo yasuraga Centrafrica ku wa Gatanu, tariki ya 15 Mutarama 2021, nkâuko Ibiro Ntaramakuru byâAbongereza (Reuters) bibivuga. Ati: âNtabwo […]
Museveni yibaza uko yabonye amajwi, niba urubyiruko rwose rwaratoye Bobi Wine
Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni yibaza uko yaba yarabonya amajwi amugeza ku ntsinzi ya manda ya gatandatu, niba urubyiruko rwose rwaratoye Robert Kyagulanyi (Bobi Wine) wamukurikiye mu majwi. Ni ibikubiye muri bumwe mu butumwa Perezida Museveni yagejeje ku Bagande nyuma y’aho Komisiyo y’Amatora yari imaze gutangaza ko yatsinze ku majwi 58.64%. Mbere no mu […]