Algeria yohererejwe inzoga mu mwanya w’inkingo za Covid-19
Igikuba cyacitse muri Algeria ku wa 28 Mutarama 2021 ubwo abayobozi barangajwe imbere na Minisitiri w’Intebe, Abdelaziz Djerad bajyaga ku kibuga cy’indege cya Algiers kwakira inkingo z’icyorezo cya Covid-19 za ‘Spunik V’ zakorewe mu Burusiya, bagasanga ni uducupa tw’inzoga za Vodka. Urubuga El Manchar rusobanura ko Algeria yagombaga kwakira doze 500,000 z’urukingo rwa Spunik V […]
Jacques Tuyisenge yiyunze n’umukinnyi wa Guinea wamuvunnye

Umukinnyi wa Guinea, Mory Kanté waraye avunnye Kapiteni (Captain) w’ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru (Amavubi) yamusabye imbabazi. Nk’uko bigaragara mu ifoto, Mory Kanté ari kumwe na Tuyisenge upfutse ukuguru kw’iburyo yaraye avunitse, Radio Rwanda ikaba isobanura ko [bifotoje ubwo] uyu mukinnyi yari yagiye kwibohora kuri uyu mugenzi we w’Amavubi. Ku munota wa 10 w’umukino ni bwo […]
U.K: Abarenga 100 bagaragayeho icyorezo cyatumye abaturuka mu Rwanda bakumirwa
Umunyamabanga w’Ubwami bw’u Bwongereza (U.K) ushinzwe ubuzima, Matt Hancock mu kiganiro n’itangazamakuru kuri uyu wa 1 Gashyantare 2021, yatangaje ko iki gihugu cyabonetsemo abantu 105 banduye ubwandu bushya bwa Coronavirus bwaturutse muri Afurika y’Epfo. Nk’uko igitangazamakuru Sky kimaze kubitangaza, Hancock yatangaje ko abantu 11 muri aba banduye iyi Coronavirus, bigaragara ko nta ngendo mpuzamahanga bigeze […]
Kigali: Yatabaje Minisports na FERWAFA ngo bafashe Amavubi kurenganurwa
Umusore witwa Niyonzima Sympatique Samuel uri mu batarishimiye imisifurire yaranze umukino w’u Rwanda na Guinée muri CHAN 2020, yitabaje zirimo Minisiteri ya Siporo na FERWAFA azisaba kuregera Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) zisaba ko Amavubi yarenganurwa. Amavubi yasezerewe muri CHAN 2020 ejo ku Cyumweru, nyuma yo gutsindwa na Guinée igitego 1-0, mu mukino waranzwe […]
Le Rwanda rejette 49 recommandations de l’EPU
Le Rwanda n’appuiera pas 49 des 160 recommandations formulées par le Conseil des droits de l’homme des Nations Unies qui seront mises en Å“uvre au cours des cinq prochaines années, a déclaré Providence Umurungi, chef du Département de la justice internationale et de la coopération judiciaire du ministère de la Justice. C’est la troisième fois […]
Rema yakongeje ikibazo kiri hagati ye na Fille ‘ku bwa The Ben’
Umuhanzikazi Rema Namakula yashyize umuriro mu mubano utari mwiza uri hagati ye na Fille Mutoni, avuga ko azashyiraho miliyoni imwe ku bantu bagenda baririmba indirimbo yafatanyije na The Ben yitwa ” This is love”. Iyi ndirimbo kuri ubu muri Uganda iri kwitwa ‘Love Anthem’ ari byo kuvuga ngo indirimbo yubahiriza urukundo. Irakunzwe ku buryo ibivugwa […]
Bamwe mu bagabo bakize Covid-19 barataka kubura ubushake bwo gutera akabariro
Icyorezo cya Covid-19 gikomeje guhangayikisha Isi n’abantu mu buryo butandukanye, aho kuri ubu nyuma yo kugikira, bamwe mu bagabo bakirwaye bavuga ko nyuma yo gukira basigaranye ikibazo cyo kubura ubushake bwo gutera akabariro. Dr Frank Serebour, visi perezida w’ishyirahamwe ry’abaganga bo muri Ghana (GMA) avuga ko abagabo bamwe bagiye bagaragaza ibibazo byo kubura ubushake bwo […]
Umusirikare wa Amerika akomeje kubica kuri instagram kubera imiterere ye – Amafoto

Umusirikare wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika w’umukobwa ufite inkomoko muri Guinea witwa Cire Traore akomeje kubica ku mbuga nkoranyambaga cyane cyane nka Instagram kubera imiterere ye ikurura igitsinagabo n’amafoto yifotoza ashyiraho, aho akenshi aba yambaye utwenda two kogana. Ihere amaso amafoto ye Ni umwe mu bari barinze umutekano kuri Capitol ubwo Joe Biden yarahiraga
Magufuli yazamuye mu ntera umucamanza wakoze ibidasanzwe mu rukiko
Perezida wa Tanzania, Dr Pombe Magufuli yazamuye mu ntera umucamanza mu rukiko rukuru amugira umucamanza mu rukiko rw’ubujurire kuko yasomeye igihano uwahamwe n’icyaha, akabivuga mu Giswahili. TBC itangaza ko benshi mu bacamanza bo muri Tanzania bakunze gutangaza imyanzuro y’urubanza bakoresheje Icyongereza nka rumwe mu ndimi zakoreshejwe handikwa itegeko rigena ibihano muri Tanzania. Si Icyongereza gusa […]
Umukwe wa Donald Trump, Jared Kushner, mu bahatanira Igihembo cy’Amahoro cya Nobel

Jared Kushner, umukwe wa Donald Trump, wari n’umujyanama we, ndetse n’uwari umwungirije kuri iki Cyumweru bashyizwe ku rutonde rw’abantu bahatanira igihembo cy’Amahoro cyitiriwe Nobel kubera ingufu bashyize mu gutuma Israel yubura umubano wari warakonje hagati yayo n’ibihugu by’Abarabu mu karere birimo nka UAE n’ibindi. Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza, Reuters byatangaje ko Kushner na Avi Berkowitz, wari […]
Didier Gomes yatwaye TP Mazembe igikombe, kiba icya mbere ahesheje Simba
Ikipe ya Simba Sports Club yegukanye igikombe cy’irushanwa rya Simba Super Cup yari yarateguye, kiba icya mbere Umufaransa Didier Gomes da Rosa uheruka guhabwa inshingano zo kuyitoza atwaye. Simba yegukanye kiriya gikombe nyuma yo kunganya 0-0 na TP Mazembe yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu mukino wabereye kuri Stade ya Benjamin Mkapa. Iyi […]
Ndi Umwirabura kandi nterwa ishema n’uko ndiwe – Marcus Rashford nyuma yo kwibasirwa
Rutahizamu w’ikipe ya Manchester United, Marcus Rashford aravuga ko yishimira kuba ari umwirabura kandi nta muntu wagira icyo akora ngo bitume yumva atandukanye, nyuma yo kwibasirwa yohererezwa ubutumwa bw’ivangurahu kuri uyu wa gatandatu ushize. Uyu mukinnyi w’imyaka 22 yakiriye ubutumwa butandukanye kuri instagram bumwibasira kubera ko ari umwirabura kuwa gatandatu nyuma y’umukino wahuje Man. U […]
Covid-19: Abaturage nta jambo, sosiyete sivile ku ruhande mu byemezo bifatwa – Video
Muri iki gihe icyorezo cya Covid-19 gikomeje kugaragara hirya no hino mu gihugu, ari nako hagenda hafatwa ingamba zitandukanye zigamije gukumira ikwirakwira ryacyo, hari abasanga muri uko gufata ingamba rimwe na rimwe umuturage adahabwa ijambo, Sosiyete sivile nayo yarashyizwe ku ruhande nk’uko abasesenguzi babigaragaza mu kiganiro Isanzure cya Bwiza TV cyo kuri uyu wa 31 […]
Arusha: Abagore bigaragambya banze ko mugenzi wabo ashyingurwa
Abagore b’ahitwa Mateves mu gace ka Kisongo i Arusha bihereje imihanda bigaragambya, banga ko umugore mugenzi wabo witwa Anna Ng’ida wishe anizwe, akajugunywa muri ruhurura, ashyingurwa. Abagore barakaye bitambitse imodoka za polisi ngo zidahita ngo mugenzi wabo adashyingurwa. Aba bavuga ko bababajwe n’uburyo mugenzi wabo yishwe urw’agashinyaguro kandi abakekwa bakaba batarafatwa nk’uko AYO TV ibitangaza. […]
Iki cyorezo cyatweretse ko twese dushoboye ibikorwa by’ubutwari-Kagame
Perezida wa Repubulika y’ u Rwanda, Paul Kagame avuga ko muri ibi bihe abaturage ayoboye bagaragaje ko ari intwari ku bw’ibibazo bahanganye nabyo batewe n’icyorezo cya Coronavirus kiri mu gihugu kuva mu ntangiro za Werurwe 2020. Mu butumwa yatambukije kuri Twitter, Perezida Kagame yavuze ko abaturage bagomba gukomeza kurinda bagenzi babo. Yagize ati ” Iki […]
RDC: Amabandi yitwaje imbunda ayogoje Umujyi wa Bukavu yishe abantu bane
Ku mugoroba wo kuwa Gatandatu ushize, itariki 30 Mutarama, abantu bane, barimo umugore n’umwana we, bishwe n’ibisambo byitwaje intwaro mu Mujyi wa Bukavu, muri Kivu y’Amajyepfo. Abantu batatu biciwe mu gace ka Camp Régie muri Komini ya Ibanda, naho undi yicirwa mu gace ka Kasali, muri Komini ya Kadutu. Umuyobozi w’aka gace ka Camp Régie, […]
Australia: Abarenga miliyoni 2 bashyizwe muri Guma mu Rugo kubera uwagaragayeho Covid-19
Leta ya Australia kuri uyu wa 31 Mutarama 2021 yafashe icyemezo cyo gushyira muri gahunda ya Guma mu Rugo uduce dutatu two mu burengerezuba dutuwe n’abaturage barenga miliyoni 2, bitewe n’umurinzi wa hoteli wagaragayeho icyorezo cya Covid-19. Hoteli uyu murinzi akoraho yitwa Sheraton Four Points ikaba yakira abantu bagiye mu kato. Yaje kugaragaraho iki cyorezo, […]
Umuraperi 50 Cent aravuga ko yiteguye guha isomo Umuteramakofe Mayweather muri ring

Umuraperi 50 Cent wo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yiyemeje kugaragaza ko atari umuhanga mu kurapa gusa asezeranya ko ashaka no kwerekana ubuhanga bwe gutera amakofe kandi akabugaragariza ku gihangange Floyd Mayweather bigeze kuba inshuti magara ariko hakaba hashize iminsi badacana uwaka. Ibi Curtis Jackson nk’uko amazina ye nyakuri ari, yabitangaje mu kiganiro The […]
Somalia: Perezida Farmaajo yababajwe n’umu-Jenerali waguye mu gitero cya Al Shabaab
Perezida wa Somalia, Mohamed Farmaajo, yatangaje ko yababajwe n’urupfu rwa Gen Mohamed Nur Galal uri mu baguye mu gitero umutwe wa Al Shabab wagabye kuri hoteli iri mu murwa mukuru Mogadishu. Abantu 10 ni bo bimaze kumenyekana ko baguye muri kiriya gitero cy’ibiturika cyakurikiwe no kurasana, cyabaye ku Cyumweru nimugoroba, nk’uko byatangajwe n’umuvugizi wa Polisi […]
Leta ya Israeli igiye kohereza inkingo za Covid-19 muri Palestine
Minisiteri y’Ingabo ya Israeli kuri uyu wa 31 Mutarama 2021 yatangaje ko igiye kohereza doze 5000 z’inkingo za Covid-19 ku baturage ba Leta ya Palestine basanzwe badacana uwaka. Ni nyuma y’aho iki gihugu gishinjwe kwikubira izi nking; aho cyakingiye abaturage barenga miliyoni 3 muri miliyoni zirenga gato 9 bagituye, mu gihe abo muri Palestine batarabona […]
Imyaka 19: Museveni yahishuye ikintu Gen. Rwigema yahoraga amubwira
Ubwo Ishyaka riri ku butegetsi mu Rwanda, Rwanda Patriotic Front (RPF) ryizihizaga imyaka 15 rimaze rishinzwe, Perezida wa Uganda, Yoweli Kaguta Museveni yabwiye abari aho ko byabaga bidashoboka kumva mu kiganiro cya Maj. Gen. Fred Rwigema atavuga ku Rwanda n’ibibazo birureba. Gen. Rwigema wari minisitiri wungirije w’Ingabo wa Uganda ariko ngo yakundaga kuvuga ku Rwanda […]
Salongo yabonaga Amavubi ataha, Rutangarwamaboko atunga agatoki umusifuzi

Umupfumu Rurangirwa Wilson uzwi nka Salongo mu masaa tanu y’amanywa yo kuri uyu wa 31 Mutarama 2021, yatangarije Televiziyo BTN yo ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru y’u Rwanda (Amavubi) isezererwa ku mukino uyihuza na Guinea, mu gihe mugenzi we Rutangarwamaboko yatunze agatoki umusifuzi. Ubwo abanyamakuru babiri ba BTN bari mu kiganiro cy’amakuru yaranze icyumweru, bahamagaye ku […]
Ubutwari mu Banyarwanda, Agaciro kacu – Insanganyamatsiko y’Umunsi w’Intwari wizihizwa bidasanzwe

Kuri uyu wa Mbere, itariki ya 01 Gashyantare 2021, Abanyarwanda barizihiza Umunsi w’Intwari, igikorwa ngarukamwaka gitegurwa hagamijwe guha icyubahiro abantu babaye intangarugero baranzwe n’indangagaciro zo ku rwego rwo hejuru zo gukunda igihugu kugeza n’aho bakitangira ku nyungu z’ababo n’abazakivukiramo bose. Kuri iyi nshuro ariko uyu munsi ukaba wizihizwa kuri internet bitewe n’ibihe bidasanzwe igihugu kirimo […]
Amafoto y’umusore wo muri Burkina Faso usa na Perezida Kagame

Mu murwa mukuru wa Burkina Faso, Ouagadougou hari umusore wamamaye kubera ko ajya gusa na Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame. Nk’uko urubuga Afrik Buzz rwabitangaje, uyu musore utatangarijwe amazina, iwabo bamwita ‘Paul Kagame wa Ouagadougou’ bitewe n’uko ajya gusa n’Umukuru w’Igihugu. Nta byinshi uru rubuga rwamuvuzeho keretse gushyira ahagaragara amafoto y’uyu musore bigaragara […]
Mu buzima bwanjye sinigeze mbona imisifurire nk’iyi_A. Kagame anenga uwasifuriye Amavubi
Umukobwa wa Perezida wa Repubulika, Ingabire Ange Kagame, ari mu baraye bababajwe n’ugusezererwa kw’ikipe y’igihugu ‘Amavubi’; avuga ko mu buzima bwe ari bwo yari abonye imisifurire mibi nk’iyaranze umukino w’u Rwanda na Guinée-Conakry. Mu ijoro ryakeye ni bwo Amavubi yasezerewe muri CHAN yaberaga mu gihugu cya Caméroun, nyuma yo gutsindwa na Guinée-Conakry igitego 1-0. Igitego […]
Mu cyumweru gishize: U Bwongereza bwikanze ubwandu bushya bwa Coronavirus mu Rwanda
Icyumweru gishize cyatangiye tariki ya 25 Mutarama 2021 kikaba kinasoje ukwezi kwa Mutarama, cyaranzwe n’amakuru y’ingenzi arimo: imikino, politiki, ubuzima n’ubutabera; hafi ya yose yerekeye ingamba zo kwirinda icyorezo cya Covid-19; haba mu Rwanda no mu mahanga. Twegeranyije akurikira: U Bwongereza burikanga ubwandu bushya bwa Covid-19 mu Rwanda Guverinoma y’u Bwongereza tariki ya 28 Mutarama […]