Magufuli yari yarambwiye ko azanyigisha Igiswahili_Perezida Ramaphosa

00531953_a2b2436a32a056f61432d9bd49565c5b_arc614x376_w735_us1.jpg

Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa yatangaje ko nyakwigendera Dr John Pombe Magufuli wayoboraga Tanzania yari yaramusezeranyije ko azamwigisha Igiswahili kugeza ubwo azabasha kukivuga neza. Ni ubuhamya uyu Mukuru w’Igihugu yatangiye kuri Sitade y’Igihugu ya Dodoma, mu muhango wo gusezera kuri Dr Magufuli, witabiriwe n’abayobobozi bakomeye muri Tanzania, abaturage, Abakuru b’Ibihugu n’abahagarariye za guverinoma. Ramaphosa […]

Minisitiri Ngirente yashimye uruhare rwa Magufuli ku mubano w’u Rwanda na Tanzania

Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente kuri uyu wa 22 Werurwe 2021 yashimye uruhare nyakwigendera Dr John Pombe Magufuli yagize ku mubano w’u Rwanda na Tanzania. Ni ijambo yavugiye mu muhango wo gusezera kuri nyakwigendera wabereye kuri sitade y’igihugu ya Dodoma muri Tanzania, mu izina ry’Umukuru w’u Rwanda, Paul Kagame. Uyu muhango wari witabiriwe na bamwe […]

Muhanga: Uwafashe ku ngufu umugore akanatema abamutabaye yarakatiwe

Umugabo witwa Bikorimana Simeon wari ukurikiranweho icyaha cyo gusambanya umugore ku gahato akanatema abamutabaye mu mpera z’icyumweru gishize yakatiwe igihano cy’igifungo cy’imyaka 16 n’ihazabu ya Miliyoni imwe n’igice y’Amanyarwanda (1,500,000 Frw) nyuma y’aho Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga rumuhamije ibyaha. Ubushinjacyaha ku rwego Rwisumbuye rwa Muhanga, bwari bwashyikirije Urukiko dosiye y’uwasambanyije umugore ku gahato, akamutema, akanatema […]

Le Rwanda a confirmé 12 cas de nouvelles variantes de la souche de Covid-19

Le Rwanda a confirmĂ© 12 cas de nouvelles variantes de la souche de Covid-19. Le Dr Daniel Ngamije, ministre de la SantĂ©, a rĂ©vĂ©lĂ© que tous les cas Ă©taient liĂ©s Ă  des voyages internationaux dans le pays. Parmi les 12 cas, a-t-il soulignĂ©, 2 patients ont Ă©tĂ© dĂ©tectĂ©s avec la variante britannique, tandis que les […]

Perezida Museveni yasezeye bwa nyuma Magufuli aciye muri ambasade – Amafoto

exe71khxaaaj7a2.jpg

Perezida Yoweri Museveni wa Uganda kuri uyu wa Mbere yasezeye nyakwigendera Perezida John Pombe Magufuli ariko abinyujije muri Ambasade ya Tanzania i Kampala mu gihe hari abandi bakuru b’ibihugu bagera mu 10 bagiye kumusezera muri Dodoma. Nk’uko bigaragara ku rukuta rwa twitter rwa Perezida Museveni, yavuze ko yasuye Ambasade ya Tanzania muri kampala ngo ashyire […]

Uwo mu ishyaka rya Dr Kayumba akekwaho kuba mu bashimuse umucuruzi

Jean Bosco Nkusi, ushinzwe ubukangurambaga mu ishyaka ryashinzwe na Dr Christopher Kayumba, Rwandese Platform for Democracy (RDP) ari mu bantu bane bafashwe na RIB bakurikiranweho gushimuta umucuruzi ku Gisozi mu Mujyi wa Kigali, bagahabwa ingurane ya Frw miliyoni ngo bamurekure. Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira Thierry avuga ko aba bantu bane bageze kuri uwo mucuruzi […]

Ijambo rya nyuma ryatumye Magufuli ahamagara Diamond kuri telefoni (videwo)

diamond.jpg

Umuhanzi Diamond Pltanumz avuga ko ijambo rya nyuma aheruka kuvugana na nyakwigendera Dr John Joseph Pombe Magufuli kuri telefoni ryari ryerekeye ikibazo cye bwite, ku kuri kwa nyako kuri Se umubyara. Mu ntangiro z’umwaka wa 2021, humvikanye amakuru yatanzwe na nyina wa Diamond, Sanura Sandra wavuze ko umugabo ubyara umuhungu we atari Abdul Juma nk’uko […]

Gen. Lecointre asanga ibiregwa Ingabo z’u Bufaransa zari mu Rwanda ari ubusazi

“Ni ubusazi gutekereza ko ingabo zari muri Turquoise zagiye gukora ikindi kintu kitari uguhagarika ubwicanyi bw’Abatutsi bwakorwaga n’Abahutu”, aya ni amagambo y’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Bufaransa, Gen. François Lecointre wateye utwatsi ibirego bishinja ingabo z’igihugu cye zari mu Rwanda gufasha leta yashyize mu bikorwa jenoside. Ni mu kiganiro yagiranye na BFM TV, aho yatangaje ko […]

Abakuru b’ibihugu bemeje ko bazitabira gusezera Perezida Magufuli

Byibuze abayobozi 10 bo muri Afurika bemeje ko bazitabira umuhango wo gushyingura uwahoze ari Perezida wa Tanzania, John Magufuli, nk’uko byatangajwe n’umuvugizi wa guverinoma, Hassan Abbasi kuri iki Cyumweru. Abbasi yabwiye abanyamakuru ko umuhango wo gusezera mu rwego rwa leta ubera kuri uyu wa Mbere kuri Stade Jamhuri mu murwa mukuru Dodoma uzitabirwa n’abayobozi barimo […]

RIB iri gukurikirana Tidjara Kabendera

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), Dr Murangira B. Thierry yatangaje ko uru rwego ruri gukurikirana umunyamakuru akaba n’umushoramari Tidjara Kabendera, nyuma yo kuregwa n’uwari umukozi we. Dr Murangira yabwiye Igihe ati: “Ni byo ikirego twaracyakiriye, turi kugikurikirana.” Iki kirego uyu wahoze acururiza Tidjara yagejeje kuri RIB, gishingiye ku byo uyu munyamakuru aherutse gutangariza ku mbuga […]

Dr Kayumba avuga ko umuyobozi mu ishyaka yashinze ‘yafashwe’ n’abatazwi

nkusi.jpg

Umunyapolitiki Dr Christopher Kayumba kuri uyu wa 22 Werurwe 2021 yatangaje ko Umunyamabanga ushinzwe ubukangurambaga mu ishyaka RPD aherutse gushinga, Nkusi Jean Bosco yafashwe n’abantu bataramenyekana ejo hashize. Ni amakuru Dr Kayumba yatangarije BWIZA nyuma y’ubutumwa bw’impuruza iri shyaka ryari rimaze gutangira ku rubuga rwa Twitter, rigira riti: “Ejo hashize twamenye ko Umunyamabanga wacu ushinzwe […]

Congo: Uwari uhatanye na Perezida Sassou Ngessou mu matora yabaye ejo yapfuye

Guy Brice Parfait Kolelas wari uhatanye na Perezida Denis Sassou Ngessou mu matora y’umukuru w’igihugu cya Congo-Brazzaville yabaye ejo ku cyumweru, yitabye Imana kuri uyu wa Mbere. Inkuru y’urupfu rwa Parfait Kolelas w’imyaka 61 y’amavuko, yemejwe na Christian Cyr Rodrigue Mayanda wari ukuriye ibikorwa bye byo kwiyamamaza. Uyu yabwiye AFP ko Kolelas yari yajyanwe mu […]

Min. w’Intebe w’ u Rwanda ategerejwe muri Tanzania

Minisitiri w’Intebe w’ u Rwanda, Dr Edouard Ngirente ategerejwe mu gihugu cya Tanzania mu muhango wo gusezera ku wahoze ayobora icyo gihugu, Dr John Joseph Pombe Magufuli uherutse kwitaba Imana azize umutima. BBC dukesha iyi nkuru ivuga ko abaperezida 10 b’ibihugu bya Afurika biteganyijwe ko bagera i Dodoma mu murwa mukuru wa Tanzania ahabera uyu […]

Jules Karangwa yamaganye inkuru CAF yamwitiriye bataravuganye

Umujyanama wa FERWAFA mu by’amategeko akanaba Umuvugizi wayo Wungirije, yamaganye inkuru yamwitiriwe iri ku rubuga rw’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’amaguru muri Afurika (CAF) ivuga ko shampiyona y’u Rwanda igiye gusubukurwa igakinwa mu buryo bw’amatsinda. Ni inkuru yabanje gutangazwa na bimwe mu bitangazamakuru bya hano mu Rwanda, mbere yo kwandikwa n’urubuga rwa CAF. Amakuru avuga ko FERWAFA yifuza […]

Burundi: Babiri bakekwaho gukorana n’abitwaje intwaro bavuga Ikinyarwanda, bafashwe

Urwego rwa gisirikare rushinzwe iperereza mu Burundi, rwataye muri yombi uwitwa Denis Uwimana n’undi witwa ClĂ©ment bakekwaho gukorana n’abitwaje intwaro bavuga Ikinyarwanda, bashinze ibirindiro mu ishyamba rya Kibira riri mu majyaruguru y’uburengerazuba bw’iki gihugu. Nk’uko SOS ibivuga, aba bombi baterewe muri yombi muri Komini Mabayi (yegereye u Rwanda) mu Ntara ya Cibitoke, tariki ya 18 […]

Hari ubwoko bushya bwa Covid-19 bwagaragaye mu Rwanda – Dr Ngamije

Amoko mashya ya Covid-19 yabonetse bwa mbere mu Bwongereza no muri Africa y’Epfo yabonetse no mu bipimo byafashwe mu Rwanda, nk’uko byemejwe na Minisitiri w’Ubuzima, Dr Daniel Ngamije. Inzobere mu buzima zivuga ko amoko mashya ya Covid-19 ariyo ari gutera ubwiyongere bw’abandura n’impfu ahatandukanye ku isi. Minisitiri w’Ubuzima, Dr Daniel Ngamije, yabwiye RBA ko ubu […]

Impinduka muri Guverinoma, urupfu rwa Magufuli n’ishyaka rishya; mu nkuru nyamukuru zaranze icyumweru gishize

Icyumweru gishize cyatangiye tariki ya 15 Werurwe 2021 cyaranzwe n’amakuru atandukanye, arimo arebana n’ubuzima na politiki. Ni cyo cyumvikanyemo inkuru y’urupfu rwa Dr Magufuli wayoboye Tanzania, cyumvikanyemo koroshywa kw’ingamba zo kwirinda Covid-19 n’impinduka muri guverinoma y’u Rwanda. Izi ni inkuru nyamukuru zakiranze: Impinduka zikomeye muri Guverinoma Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame tariki ya […]