Abatuye i Goma batangiye kwirunda ku mupaka bashaka ubuhungiro mu Mujyi wa Gisenyi

Abanyekongo bo mu Mujyi wa Goma batangiye kugera ku mupaka wâu Rwanda na Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, bashaka guhungira iruka ryâIkirunga cya Nyiragongo mu Mujyi wa Gisenyi bahana imbibi. Biravugwa ko umuriro watewe nâiruka ryâiki kirunga wamaze gufunga umuhanda Goma-Rutshuru ugana Kibumba. Nkâuko bigaragara kuri twitter yâikinyamakuru Mediacongo.net, abatangabuhamya bari I Goma nkâuwitwa Innocent […]
Tshisekedi yatangaje ko hafashwe abantu bakekwaho kwica Ambasaderi Attanasio
Perezida Felix Tshisekedi aremeza ko abantu bakekwaho kwica uwari Ambasaderi wâu butaliyani, Luca Attanasio, bari mu maboko yâubutabera iperereza rikomeje ku bufatanye nâinzego zâu Butaliyani, avuga ko abakoze iki cyaha ari agatsiko kâabagizi ba nabi ariko gafite abantu bagakoresha atatangaje abo ari bo. Ibi Perezida Tshisekedi yabihishuriye itangazamakuru ryo mu Bufaransa mu kiganiro aherutse kugirana […]
Gusangira ubutegetsi bigabanya imyuka mibi – Frank Habineza
Mu nama nyunguranabitekerezo ku mavugurura yifuzwa mu bijyanye n’amatora (Dialogue Meeting on Electroral Reforms in Rwanda ) yabaye kuri uyu wa Gatandatu, Tariki ya 22 Gicurasi 2021, ihuje abarwanashyaka bâishyaka riharanira Demokarasi no kurengera ibidukikije (Democratic Green Party of Rwanda). Umuyobozi waryo Dr Frank Habineza yavuze ko gusangira ubutegetsi bigabanya imyuka mibi. Mu kiganiro yahaye […]
Ikirunga cya Nyiragongo cyongeye kuruka
Amakuru aturuka mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru ihana imbibi n’u Rwanda, aravuga ko ikirunga cya Nyiragongo cyongeye kuruka. Amafoto n’amashusho akomeje gukwirakwira ku mbuga nkoranyambaga yerekana umuriro mwinshi ututumuka kuri iki kirunga giherereye mu majyaruguru y’Umujyi wa Goma. Umwe mu banyamakuru bakorera mu mujyi wa Gisenyi mu karere ka Rubavu, yabwiye BWIZA ko kiriya kirunga […]
Tanzania: Perezida Samia yahinduriye imirimo uwari Umugaba w’Ingabo zirwanira ku butaka
Perezida wa Tanzania, Samia Suluhu Hassan, yahinduriye imirimo Lt Gen Yakubu Hassan Mohamed wari Umugaba Mukuru w’Ingabo za Tanzania zirwanira ku butaka, amugira Ambasaderi. Gen Yakubu Hassan Mohammed yari Umugaba w’Ingabo za Tanzania zirwanira ku butaka kuva muri 2018, ubwo yahabwaga izo nshingano na Nyakwigendera John Pombe Magufuli asimbuye Lt Gen James Mwakibolwa wagiye mu […]
Simba SC yanyagiye Kaizer Chiefs, isezererwa muri CAF Champions league
Ikipe ya Simba Sports Club yo mu gihugu cya Tanzania isezerewe muri CAF Champions league, nyuma yo gutsinda Kaizer Chiefs yo muri Afurika y’Epfo ibitego 3-0, gusa isezererwa ku giteranyo cy’ibitego 4-3. Amakipe yombi yari yahuriye mu mukino wo kwishyura wa 1/4 cy’irangiza wabereye kuri Stade yitiriwe Benjamin Mkapa i Dar es Salaam. Ni umukino […]
Burundi: Perezida Ndayishimiye yabujije Abarundi kugurisha ubutaka abanyamahanga
Perezida Evariste Ndayishimiye yihanije Abarundi ababuza kujya bagurisha ubutaka bwabo abanyamahanga ubwo yari mu kiganiro aganira nâurubyiruko rwâu Burundi ku nyigisho zo gukunda igihugu mu Ntara ya Ngozi, aho yabibukije ko â agataka kâu Burundi ari akâumunyagihugu wâUmurundi gusa.â Umukuru wâigihugu cyâu Burundi yagiriye inama Abarundi ababwira ko âiyo ugurishije isambu ku munyamahanga uba urimo […]
RDC: Imirwano hagati yâimitwe ibiri yâinyeshyamba yakuye abaturage mu byabo
Imitwe yâinyeshyamba ya NDC RĂ©novĂ© na FPP/Kabido kuri uyu wa Gatandatu, itariki 22 Gicurasi yakozanyijeho mu giturage cya Mbwayinywa, muri Teritwari ya Lubero, muri Kivu yâAmajyaruguru. Umubare wâabiciwe cyangwa abakomerekeye muri iyi mirwano ntabwo iramenyekana, ariko sosiyete sivile iravuga ko abayobozi bavuga ko hari amaduka yasahuwe nâamazu yatwitswe. Nkâuko iyi nkuru dukesha Radio Okapi ivuga, […]
Amazirantoki y’abatuye Kampala ntiyavamo gas methane-inyigo
Igitangazamakuru cya Leta ya Uganda, The New Vision gitangaza ko hari inyigo yerekanye ko umwanda w’abatuye i Kampala utavamo gas Methane. Iki kinyamakuru ntikivuga inyigo yagaragaje iki kibazo uko yitwa gusa yakozwe na The National Water and Sewerage Corporation (NWSC). Ntigitangaza niba cyaramenye impamvu ituma imvakibuno y’ab’ i Kampala itavamo ingufu za methane gusa ngo […]
Afurika yâEpfo: Bategerezanye amashyushyu umuyobozi uzava mu Rwanda nyuma yâigihe kirekire
Minisitiri wâububanyi nâamahanga wâu Rwanda, Vincent Biruta, ategerejwe muri kwezi gutaha muri Afurika yâEpfo mu ruzinduko rwâamateka mu rwego rwo gusubiza mu buryo umubano wâibihugu byombi nyuma yâigihe kirekire warajemo igitotsi. Minisitiri ushinzwe imibanire mpuzamahanga muri Afurika yâEpfo, Naledi Pandor, yabwiye ikinyamakuru News24 ati â Dufitiye amashyushyu uruzinduko kubera ko tutakunze kubonana kwâabayobozi kuri urwo […]
RIB yataye muri yombi batandatu bagendaga mu modoka bigize REG bakiba insiga z’umuriro
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwataye muri yombi abantu 6 bakurikiranweho icyaha cyâubujura bwâinsinga zâamashanyarazi bigize nk’abakozi ba REG. RIB ivuga ko aba bakoreshaga imodoka ya gisivili imeze nk’iya REG bakajya kuri sitasiyo za REG bakiba insiga zâumuriro wâamashanyarazi ziharunze bakajya kuzigurisha.
Ibiganiro ku gukorera inkingo za COVID-19 mu Rwanda bigeze kure-Perezida Kagame
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yabwiye abitabiriye Inama Mpuzamahanga ku Buzima âGlobal Health Summitâ ko ibiganiro ku gukorera mu Rwanda inkingo za COVID19 bigeze kure. Iyi nama yahuje abayobozi bo ku rwego ruhanitse harimo abakuru bâibihugu na za Guverinoma ndetse nâabayobozi bakuru bâimiryango mpuzamahanga yita ku buzima. Kagame yavuze ko impinduka zazanywe nâicyorezo cya Covid-19 […]
Rema ‘ameranye nabi’ n’umugabo we ku buryo byagera no kuri gatanya
Amakuru avuga ko umuhanzi Rema Namakula ameranye nabi n’umugabo we Hamza Ssebunya ku buryo bombi bashobora no gutandukana. Rema uherutse gukorana indirimbo na The Ben, ngo ntameranye neza n’umugabo we nk’Blizz ibitangaza. Ntibizwi ngo barapfa iki, gusa ngo ni bwo bwa mbere aba bombi bashwana kuva batangira kubana. Mu gihe ibi byari bigihwihwiswa, ibyabereye kuri […]
U Bufaransa buzagena ambasaderi wabwo mushya mu ruzinduko rwa Macron i Kigali
Perezida Emmanuel Macron yitezweho kuzagena ambasaderi wâu Bufaransa mu Rwanda ubwo azahagirira uruzinduko mu minsi iri imbere mu rwego rwo gutera intambwe ya nyuma igamije gusubiza mu buryo imibanire yâibihugu byombi itarigeze imera neza kuva Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 yarangira. Iyi nkuru ya ambasaderi mushya wâu Bufaransa mu Rwanda yatangajwe kuri uyu wa […]
Hajj yabuze nyuma yâaho abana 2 bahiriye mu nzu ye bigishirizwamo ibya kisilamu
Abana bâabahungu babiri bari bari kwigishwa ibijyanye nâidini ya Islam bahiriye mu nzu bigiragamo mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu, ahitwa Nalumunye Kasenge, mu Karere ka Wakiso, ho mu gihugu cya Uganda, Umu Hajj wari wabajyanye ahita aburirwa irengero. Biravugwa ko nyiri inzu yahiye, ari we Hajj Mwalimu Mwelinde Abdul Karim, asanzwe akusanya abana […]
Gen Elwelu ku gitutu nyuma y’imvugo ye ku bwicanyi bwa Kasese
Umugaba w’Ingabo za Uganda zirwanira ku butaka, Lt Gen Peter Elwelu ari ku gitutu nyuma yo kuvuga ko ibyabereye mu Karere ka Kasese mu 2016, ubwo we n’abo ayoboye bateraga Ubwami bwa Nzeruru, hakagwa abagera ku 153 abandi bagafungwa ntacyo bitwaye kuko n’ubundi hapfuye abanyabyaha, bari babikwiriye. Gen. Elwelu kuri uyu wa 18 Gicurasi 2021 […]
Ethiopia: Umunyamakuru wa The New York Times yirukanwe abuzwa no gusezera umuhungu we
Leta ya Ethiopia yirukanye ku butaka bwayo umunyamakuru wa The New York Times yari iherutse kwambura uburenganzira bwo gukorera muri iki gihugu kubera inkuru yakoze ku mirwano yo muri Tigray. Iki cyemezo cyo kwirukana umunyamakuru Simon Marks, Umunya-irlande wabaga muri Ethiopia, cyamaganwe bikomeye nâUmuryango wâAbanyamakuru batagira umupaka (Reporters Without Borders) watangaje ko ari ubwa mbere […]
Rusesabagina na bagenzi be basabwe Frw miliyari ebyiri
Mu rubanza Paul Rusesabagina n’abo bareganwa bakurikiranyweho ibyaha birimo iby’iterabwoba uyu munsi humviswe abaregera indishyi. Abo barimo ibigo binini n’abantu ku giti cyabo bagera kuri 80. Bose bavuga ko ibyabo byangijwe n’ibitero by’inyeshyamba za FLN Rusesabagina yari abereye umugaba w’ikirenga. Basaba indishyi zikabakaba miliyari ebyiri z’Amafaranga y’Amanyarwanda. Hari umugore wiciwe umugabo usaba Frw miliyoni 100 […]
RDC: Guverineri na Visi Guverineri bâIntara ya Maniema na bo birukanwe ku mirimo yabo
Umweyo ukomeje kuvuza ubuhuha mu bayobozi bâintara muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, aho nyuma ya Guverineri wâIntara ya Tanganyika, Zoe Kabila, kuri uyu wa Gatanu, itariki 21 Gicurasi, Guverineri wâIntara ya Maniema, Auguy Musafiri nâuwari umwungirije, Jean-pierre Amadi, na bo birukanwe ku mirimo yabo. Abadepite bâIntara ya Maniema, nibo bongeye gutora ubugira kabiri kuvana […]
CAF Champions league: Kagere na bagenzi be bitezweho ibitangaza
Rutahizamu w’Ikipe y’Igihugu Amavubi, Meddie Kagere, na bagenzi be bakinana muri Simba Sports Club, kuri uyu wa Gatandatu bategerejweho ibitangaza bibageza muri 1/2 cy’irangiza cya CAF Champions league. Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatandatu ni bwo Simba Sports Club yakira Kaizer Chiefs yo muri Afurika y’Epfo, mu mukino wo kwishyura wa 1/4 cy’irangiza cya […]
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Nigeria yaguye mu mpanuka y’indege
Umugaba mukuru w’ingabo za Nigeria, Lt Gen Ibrahim Attahiru, yaguye mu mpanuka y’indege yabereye muri leta ya Kaduna iri mu majyaruguru ashyira uburengerazuba bwa kiriya gihugu. Igisirikare cya Nigeria cyatangaje ko Gen Attahiru yapfuye ubwo indege yari arimo yageragezaga kugwa ku kibuga mpuzamahanga cy’indege cya Kaduna, bijyanye n’uko ikirere cyari cyifashe nabi. Amakuru avuga ko […]