Uko abajura bashatse kwigiriza nkana kuri Gen Salim Saleh
Abantu bane batawe muri yombi bakurikiranweho gushaka kwiba miliyoni 43 z’amashilingi kuri konti ya murumuna wa Museveni, Caleb Akandwanaho bakunze kwita Salim Saleh. Konti ya Gen Saleh iri muri Stanbic Uganda niyo aba bagabyeho ibitero. Abo ni: Isima Katende, Mawejje Yahaya, Mukasa Tukiko na Steven Ssemwogere. Aba bakoresheje imeli, bandikira manaja (manager) wa Stanbic Bank […]
Hari imbogamizi mu gucungira umutekano abashobora gushinjura Kabuga bari mu Rwanda- Umwavoka
Umwunganizi wa FĂ©licien Kabuga, Me Altit yasabye urukiko rwa ONU/UN ikindi gihe cyo gutegura urubanza mu mizi rw’uwo yunganira, agaragaza ko hari imbogamizi ku ngingo yo gucungira umutekano abashobora gushinjura umukiliya we bari mu Rwanda. Iburanisha ryasubukuwe kuwa kabiri nimugoroba, nyuma y’amezi atandatu risubitswe bisabwe n’impande zombi ngo zitegure urubanza. Me Emmanuel Altit wunganira Kabuga […]
Kugira amazina nk’ayabari mu Rwanda bituma hari abatwiyenzaho- Meya Bizimana ku kibazo cya Gen Kayihura
Meya w’Akarere ka Kisoro, Abel Bizimana avuga ko kuba Abafumbira baturanye n’ u Rwanda, hakaba hari abo bahuje nabo amazina, hari ababyuririraho muri Uganda, bakabigirizaho nkana mu gihe hari ikibazo hagati y’ibihugu byombi. Mu kiganiro na The Daily Monitor ku kibazo cya mwenewabo Gen Kale Kayihura, nibwo yatangaje ibi avuga ko atari ku Rwanda gusa, […]
Le Rwanda a reçu un lot de 100,600 doses de vaccin Pfizer

Le ministĂšre de la SantĂ© a annoncĂ© qu’il avait obtenu 100,600 nouvelles doses du vaccin Pfizer par le biais du programme COVAX, un mĂ©canisme soutenu par l’OMS pour un accĂšs Ă©quitable aux vaccins Ă travers le monde. Les doses sont dĂ©jĂ arrivĂ©es dans le pays et les mĂ©decins se prĂ©parent Ă commencer Ă vacciner davantage […]
Nyaruguru: Nta cyizere bafite cyo kubona isoko ryâamatoni yâibigori na kawunga biri mu bubiko

Abahinzi 346 bibumbiye muri Koperative âJyambere Muhinziâ ihinga ikanatunganya umusaruro wâibigori mu murenge wa Kibeho, akarere ka Nyaruguru, bavuga ko ubungubu, nta cyizere bafite cyo kubona isoko rya toni zisaga 65 za kawunga nâimpungure zâibigori bafite mu bubiko. Barasaba ko ubuyobozi bwâakarere ka Nyaruguru bwabavunyishiriza mu bigo byâamashuri afite gahunda yo kugaburira abana ku ishuri, […]
Huye: Umufungwa arashinjwa guhohotera mugenzi we warokotse jenoside
Umufungwa wo muri Gereza ya Huye wafunzwe azira icyaha cyâingengabitekerezo ya Jenoside akurikiranweho nâubushinjacyaha ikindi cyaha cyo guhohotera imfungwa mugenzi we wacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994. Icyaha uyu akurikiranweho cyabereye muri Gereza ya Huye iherereye mu Murenge wa Ngoma, Akarere ka Huye ku itariki ya 08 Werurwe 2021. Ubushinjacyaha Bukuru […]
U Rwanda rurateganya kwakira inkingo 3,500,000 za Pfizer muri uyu mwaka
Minisitiri wâUbuzima, Dr Ngamije Daniel, yatangaje ko u Rwanda ruteganya kwakira doze miliyoni eshatu nâibihumbi magana atanu (3,500,000) zâurukingo rw’icyorezo cya Covid-19 rwa Pfizer mbere yâuko uyu mwaka wâ2021 urangira, bikazafasha iki gihugu gukingira abantu benshi nk’uko cyabyiyemeje. Dr Ngamije yabitangarije mu kiganiro cyatambutse kuri televiziyo yâigihugu kuri uyu wa 1 Kamena 2021, cyakurikiye ibyemezo […]
Abaperezida bo muri Afurika baba bari gutegurira abahungu babo kuzabasimbura

Abakuru bâibihugu bamwe bo muri bo muri Afurika bamaze nâigihe kirekire ku butegetsi baravugwaho kuba baba barimo no gutegurira abahungu babo kuzabakorera mu ngata igihe bazaba babuvuyeho ubutegetsi bukamera nkâubwami buhererekanwa mu muryango nkâaba tugiye kugarukaho banuganuzwe mu nkuru ya BBC yo kuri uyu wa Mbere. Perezida Denis Sassou-Nguesso wa Repubulika ya Congo, aherutse kugira […]
Umusimbura wa Zidane muri Real Madrid yamenyekanye
Umutaliyani Carlo Ancelotti watozaga ikipe ya Everton yo mu Bwongereza, ni we ugomba gusimbura Umufaransa Zinedine Zidane nk’umutoza wa Real Madrid. Mu mpera z’icyumweru gishize ni bwo umutoza Zidane yatandukanye na Real Madrid, mbere y’uko iyi kipe isigara ishakisha umusimbura we. Mu mazina yavugwaga harimo RaĂčl Gonzalez Blanco, Xabi Alonso na Antonio Conte uheruka gutandukana […]
Ishyaka RPD rirasaba ko Karasira Aimable arekurwa, âkuko arwayeâ
Ishyaka RPD ritavuga rumwe nâubutegetsi bwâu Rwanda Urwego rwâIgihugu rwâUbugenzacyaha (RIB), kurekura Karasira Aimable âkuko arwayeâ, rukamukurikirana adafunzwe. Bigaragara mu itangazo ryasohowe kuri uyu wa 1 Kamena 2021 nâumuyobozi wâiri shyaka wanarishinze, Dr Christopher Kayumba. Iri tangazo rigira riti: âNâubwo twubaha RIB ko igomba gukora akazi kayo ko gukurikirana buri wese ukekwaho ibyaha, turayisaba kurekura […]
Aba yarashe mu kico izo ngurube- Museveni ku iraswa rya Gen Katumba Wamala
Perezida wa Uganda, Yoweli Kaguta Museveni avuga ko umurinzi wa Gen Katumba Wamala, aba atiriwe arasa mu kirere, ko ahubwo yari kurasa mu kico abo ari kwita ”ingurube” barashe uyu mujenerali w’inyenyeri enye. Museveni avuga ko aba bari abantu bakora iterabwoba bityo ko uyu murinzi, aba yahise abarasa, aho kurasa mu kirere ngo bahunge. Avuga […]
Butaro: Batanu mu barwayi 20 baba bafite kanseri zifite aho zihuriye no kunywa itabi
Umuganga uvura Cancer mu Bitaro bya Butaro byo mu Karere ka Burera, Dr. John Butonzi, avuga ko uretse Cancer yâibihaha, itabi ari intandaro ya Cancer zâamoko anyuranye mu bantu bari mu kigero cyâimyaka 35 na 70 yâamavuko. Ikigo cyâIgihugu gishinzwe ubuzima, RBC kivuga ko mu Rwanda abantu 12.8% banywa itabi biganjemo urubyiruko, naho abaganga bavura […]
Imana yampaye amahirwe ya kabiri_Gen Wamala nyuma yo kuraswa akarusimbuka
Gen Katumba Wamala usanzwe ari Minisitiri wa Uganda w’Umurimo n’ubwikorezi, yavuze ko kuba yarashwe akarusimbuka ari “amahirwe ya kabiri” Imana yamuhaye. Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri ni bwo Gen Wamala wari kumwe n’umukobwa we Brenda Nantongo ndetse nâumushoferi we, Haruna Kayondo barasiwe mu gace ka Kisaasi mu majyaruguru y’Umujyi wa Kampala. Nantongo na […]
Abarenga 650 mu 1,146 bakekwaho uruhare muri jenoside bari mu mahanga bihishe mu bihugu 2 duhana imbibi
Nyuma yâimyaka 27 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda irangiye, mu bantu 1,146 bakekwaho kuba baragize uruhare muri jenoside bavuzwe mu mahanga, 23 ni bo baburanishijwe, naho 23 boherezwa mu gihugu. Kubera uko kubakurikirana kwatinze, ubushinjacyaha bwâu Rwanda burahamagarira amahanga kongera ingufu mu gukurikirana abo bakekwaho icyaha imbere yâuko abatangabuhamya, abahohotewe, ndetse nâabo bakekwaho kuba abajenosideri […]
RDC: Abantu 55 bishwe n’inyeshyamba mu munsi umwe
Abantu bagera kuri 55 baguye mu bitero byabereye mu ntara ya Ituri muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Leta y’iki gihugu igashyira mu majwi Inyeshyamba zo mu mutwe wa ADF. Imibare yashyizwe ahagaragara nâakanama gashinzwe umutekano muri Kivu y’Amajyaruguru, yerekanye ko abantu 28 biciwe mu gace kâicyaro kitwa Boga mu gihe 22 biciwe muri Tchabi […]
Umukobwa wa Gen. Katumba yishwe yari amaze igihe gito avuye kwiga muri USA

Mu gitondo cyâuyu wa 1 Kamena 2021 ni bwo imodoka yari itwaye Gen. Katumba Wamala wabaye Umugaba Mukuru wâIngabo za Uganda, ubu akaba ari Minisitiri wâUmurimo nâUbwikorezi akanahagararira ingabo zâigihugu mu nteko ishinga amategeko, yarashwe amasasu menshi nâabagizi ba nabi bataramenyekana. Gen. Katumba yakomerekeye muri iki gitero, umukobwa we witwa Brenda Nantongo Wamala nâumushoferi wari […]
Amafoto: Uburanga bwâUmunyamideri Didi Stone, umukobwa wa Koffi Olomide

Ku myaka 20, Didi-Stone Olomide, umukobwa wâicyamamare Koffi Olomide nawe akomeje kubaka izina mu buryo bwe nkâumunyamideri, aho kuri ubu akurikirwa nâabantu bagera kuri miliyoni kuri Instagram akaba akunze kumurika imyenda yâabadozi bâabahanga mu Bufaransa nka Olivier Rousteing cyangwa Jean-Paul Gaultier. Uyu mukobwa wâuburanga wiga ibijyanye nâubucuruzi mu byâimyambarire (business de la mode) i Paris, […]
Nyamasheke: Barasabwa guhindura imyumvire, bakarwanya ubukene bw’akarande
Umuyobozi wâAkarere ka Nyamasheke wungirije ushinzwe imibereho myiza yâabaturage, Mukamana Claudette asanga kugira ngo ubukene bwâakarande bwakomeje kuvugwa mu batuye aka karere buranduke, bo ubwabo bagomba gufata iya mbere bakumva ko kwiteza imbere ari bo mbere na mbere bireba ibibagezeho bakabibyaza umusaruro ufatika. Ni bimwe mu byo uyu muyobozi yabwiye abaturage bâakagari ka Shara mu […]
Burundi: Ibiro byâIntumwa idasanzwe ya Loni byafunzwe ku mugaragaro
Kuri uyu wa Mbere, itariki 31 Gicurasi 2021, nyuma ya saa sita, Loni yafunze ku mugaragaro ibiro byâintumwa idasanzwe yâUmunyamabanga Mukuru wâUmuryango wâAbibumbye mu Burundi, ivuga ko iki gihugu cyo muri Afurika yâiburasirazuba cyateye intambwe nini mu bwiyunge. Uyu muhango witabiriwe nâabayobozi bâu Burundi, abayobozi ba Loni nâabadipolomate bemewe mu Burundi wabereye ku biro byâUmuryango […]
Amagambo Gen Katumba Wamala yatangaje mbere yo kuraswa

Gen Katumba Edward Wamala uri mu basirikare bakomeye mu gisirikare cya Uganda (UPDF) mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 1 Kamena 2021 yarashwe nâabagizi ba nabi bataramenyekana ubwo yari amaze akanya gato yifurije abaturage kwirinda Coronavirus no kugira ukwezi kwa Kamena kwiza. Gen Wamala yari akimara kwandika ubwo butumwa kuri Twitter nibwo byahise […]
Gen Katumba Wamala yarashwe, umukobwa we n’umushoferi barapfa

Gen Katumba Edward Wamala uri mu basirikare bakomeye mu gisirikare cya Uganda (UPDF) mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 1 Kamena 2021 yarashwe n’abagizi ba nabi bataramenyekana ajyanwa kwa muganga ikitaraganya mu gihe umushoferi n’umukobwa we bo bahasize ubuzima. Gen Wamala asanzwe ari Minisitiri w’Umurimo n’Ubwikorezi muri Uganda; ndetse akaba anahagarariye UPDF mu […]
Ku nshuro ya mbere drone yihaye amabwiriza yo gukurikirana umuntu ishaka kumwica
Raporo yâUmuryango wâAbibumbye yabonwe na New Scientist iravuga ko drone “yica” yari iriho intwaro “yahize umuntu” itabibwiwe bwa mbere. Ikinyamakuru Daily Star cyatangaje ko ibi byabaye muri Werurwe 2020 ubwo iyi drone yitwa KARGU-2 yateraga umuntu ku giti cyayo mu gihe cy’amakimbirane hagati yâingabo za leta ya Libya nâinyeshyamba za Gen. Khalifa Haftar. Ikinyamakuru kivuga […]
Kinshasa: Pasiteri yateye icyuma umugore nâabana 3, babiri barapfa
Pasiteri witwa Jean Pierre Mangwangasa (yambaye isengeri itukura) utuye muri Komini Kalamu mu mujyi wa Kinshasa wo muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo, tariki ya 29 Gicurasi 2021 yateye icyuma abantu bane bo mu muryango we, babiri barapfa. Radio Top Congo dukesha aya makuru, yatangaje ko uburakari bwâuyu pasiteri bwatumye atera icyuma aba bantu, yabutewe […]
Perezida wa Kenya yagabiye uwâu Burundi inka 50
Perezida wa Repubulika wa Kenya, Uhuru Kenyatta, kuri uyu wa 31 Gicurasi 2021 yagabiye mugenzi we wâu Burundi, Evariste Ndayishimiye inka zigezweho 50. Ni igikorwa Perezida Uhuru yakoze ubwo Ndayishimiye yari amaze kugera muri Kenya, yitabiriye ubutumire bwe bwo kwifatanya nâAbanyakenya kwizihiza umunsi wa Madaraka Day, kuri uyu wa 1 Kamena 2021. Ubwo Perezida Ndayishimiye […]
Nahawe ‘warning’ ko ntagomba kuzongera kuvuga kuri jenoside-Karasira mbere yo gutabwa muri yombi
Aimable Karasira wahoze ari umwalimu wa kaminuza ubu uzwi mu biganiro bikunze guteza impaka kuri YouTube kuri ubu yafunzwe ashinjwa “guhakana no guha ishingiro jenoside yakorewe Abatutsi” nyamara ngo yari yaraburiwe, asabwa kutazagira icyo yongera kuvuga kuri jenoside. Ku cyumweru, kuri ‘channel’ ye ya YouTube yise Ukuri Mbona, Karasira, yavuze ko yari yarahawe “‘warning’ [kuburirwa] […]
Imihango yo gusaba no kwiyakira yagiye iraza abageni muri sitade yakomorewe
Inama yâAbaminisitiri yateranye kuri uyu wa 31 Gicurasi 2021, yakomoreye imihango y’ubukwe yo gusaba no kwiyakira (reception), yagiye iraza abarimo abageni muri sitade mu bihe bitandukanye. Iyi nama yatanze uburenganzira bwo gukora iyi mihango, gusa ishyiraho umubare ntarengwa wâabagomba kuyitabira, mu gihe yabereye ahasanzwe cyangwa ahandi habugenewe. Mu gihe irabera ahasanzwe, ntigomba kurenze abantu 30 […]