APR FC nticyitabiriye CECAFA Kagame Cup muri Tanzania

Ikipe ya APR FC yatangaje ko kubera icyorezo cya COVID-19 itacyitabiriye irushanwa rya CECAFA Kagame Cup riteganyijwe kubera i Dar es Salaam muri Tanzania. Iri rishunwa riterwa inkunga na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, riteganyijwe kuba hagati y’itariki ya 01 n’iya 15 Kanama. APR FC yatwaye igikombe cya shampiyona yari mu makipe 10 yagombaga kuryitabira. […]

Kampala: Abakobwa 14 bigishwaga gusambana n’imbwa ku gahato batabawe

Polisi ya Uganda kuri uyu wa 23 Nyakanga 2021 yatangaje ko yatabaye abana b’abakobwa 14 bigishwaga gusambana n’imbwa ku gahato, bari bafungiranyijwe mu nzu yakira abashyitsi iherereye muri zone Muyenga B, diviziyo ya Makindye mu mujyi wa Kampala. Observer dukesha aya makuru ivuga ko aba bakobwa barimo abari munsi y’imyaka 14 y’amavuko, n’umukuru w’imyaka 19, […]

Gicumbi: Hari ikigo bamwe mu barimu bavuga ko kiyobowe n’akazu, ukanenze akitwa icyihebe

Mu Rwunge rw’Amashuri rwa Rwamiko ruherereye mu Karere ka Gicumbi mu Murenge wa Rwamiko, Akagari ka Kigabiro, bamwe mu barimu bakorera bavuga ko babangamiwe n’umuyobozi w’ikigo ubita ibyihebe igihe baba bashatse kugaragaza ibitekerezo byabo cyane ku ngingo y’akazu mu buyobozi bwarwo. Abantu ba hafi bazi iki kigo mu myaka 10 ishize, ikinyamakuru Inkanga kivuga ko […]

Karasira Aimable yavuze ko hari umukozi wa RIB wamuhaye Frw arenga miliyoni

Kuri uyu wa Gatanu Uzaramba Karasira Aimable wahoze ari umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda, yitabye Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge ahakana ibyaha ashinjwa birimo gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi. Karasira akurikiranyweho n’ubushinjacyaha ibyaha birimo guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi, kuyiha ishingiro no kubiba amacakubiri, ibyaha byiyongeraho icyo gutunga amafaranga atagaragariza inkomoko. Ni ibyaha ubushinjacyaha buvuga ko byakozwe muri […]

Igitero cya ADF kuri bus yari itwaye abagenzi cyahitanye abasaga 10 barimo abagore n’abana

Byibuze abaturage 16 barimo abagore batandatu n’abana babiri mu ijoro ryo kuri uyu wa Kane ushize biciwe mu gitero cyagabwe kuri bus yari itwaye abagenzi aho bikekwa ko cyagabwe n’inyeshyamba za ADF mu majyaruguru y’uburasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo nk’uko byatangajwe kuri uyu wa Gatanu n’umuyobozi w’ibitaro muri iki gice cyo muri Beni. […]

Masisi: Abarwanyi barenga 100 barambitse intwaro

Abarwanyi barenga 100 b’umutwe witwaje intwaro wa APCLS bakoreraga muri Teritwari ya Masisi mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo barambitse intwaro, bemera gusubira mu buzima busanzwe. Umuhango wo kwakira aba barwanyi wabereye ku biro bya Teritwari ya Masisi kuri uyu wa 22 Nyakanga 2021 kiyobowe na Brig. Gen. Mwehu Lumbu […]

Kamonyi: Uko amafaranga yo kubaka amashuri yanyerejwe n’abakekwa barimo gitifu

Urukiko rw’Ibanze rwa Gacurabwenge kuwa Gatatu ushize, itariki 21 Nyakanga 2021, rwafashe icyemezo gifunga by’agateganyo abarimo Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’agateganyo w’Umurenge wa Nyamiyaga, bakaba bakurikiranyweho ibyaha birimo icyo kunyereza umutungo wa Leta ndetse n’ibindi byaha bitandukanye, bakaba bafunzwe by’agateganyo iminsi 30. Nk’uko iyi nkuru y’Ubushinjacyaha Bukuru ivuga, mu bihe bitandukanye, uhereye ku itariki ya 1/7/2020, abaregwa […]

Twitter: Abanyarwandakazi 3 bari muri 200 bakunzwe muri Afurika

akamanzi.jpg

Ikigo Smart Data Power n’urubuga Women in Africa ruharanira iterambere ry’umugore ku mugabane wa Afurika kuri uyu wa 22 Nyakanga 2021 byashyize Abanyarwandakazi batatu ku rutonde rw’abagore 200 bakunzwe ku rubuga rwa Twitter kuri uyu mugabane. Smart Data Power ni ikigo cyo mu Bufaransa gikora ubusesenguzi ku butumwa butambuka ku mbuga nkoranyambaga no kubazikoresha. Uza […]

Ingabo za Afurika y’Epfo na Botswana na zo zageze muri Mozambique

Amakuru atandukanye ava muri Mozambique aravuga ibihugu bya Afurika y’Epfo na Botswana bibarizwa muri SADC nabyo byohereje ingabo zabyo muri iki gihugu nyuma y’aho ingabo z’u Rwanda zoherejwe mu cyumweru gishize zo zatangiye gucakirana n’inyeshyamba za Al Shabab zigendera ku matwara akakaye ya kisilamu zikomeje guhungabanya umutekano mu Ntara ya Cabo Delgado. Bivugwa ko ingabo […]

Rusizi: Babiri mu gihome abandi 6 barahigwa bukware bakekwaho kwica icyondi cya pariki ya Nyungwe

ibyondo.jpg

Ndayishimiye Joseph w’imyaka 42 na Niyonteze Faustin w’imyaka 27 bari mu maboko ya RIB Sitasiyo ya Kamembe abandi 6 barahigwa bukware n’inzego z’umutekano bakurikiranyweho kwica icyondi cyari cyavuye muri pariki y’igihugu ya Nyungwe ishami rya Cyamudongo kikajya mu baturage mu mudugudu wa Kinanira,akagari ka Ryamuhirwa,umurenge wa Nkungu mu karere ka Rusizi,aho kubimenyesha ubuyobozi ngo na […]

UEFA CL: Rwatubyaye yitsinze igitego, FC Shkupi akinira inyagirirwa na Santa Clara

Ikipe ya Shkupi FC ikinamo Umunyarwanda Rwatubyaye Abdul, yaraye itsinzwe ibitego 3-0 na Santa Clara yo muri Portugal, mu mukino uriya myugariro w’Amavubi yitsinzemo igitego. Amakipe yombi yari yahuriye mu mukino ubanza w’ijonjora rya kabiri mu irushanwa rya UEFA Conference League wabereye muri Macedonia y’Amajyaruguru. Rwatubyaye wakinnye iminota 90 yose y’umukino yitsinze igitego ku munota […]

CAR: Habonetse imirambo y’abantu 13, ababishe ntibaramenyekana

Misiyo y’Umuryango w’Abibumbye muri Repubulika ya Centrafrika (MINUSCA) yatangaje ko yabonye imirambo y’abantu 13 bo mu Ntara ya Bossangoa itaramenya ababishe. Nk’uko bigaragara mu itangazo ryayo, MINUSCA ivuga ko yamenye amakuru y’urupfu rw’aba bantu tariki ya 21 Nyakanga 2021, ihita yohereza abasirikare n’abapolisi kugira ngo bayagenzure. Iti: “Ubu burinzi (patrol) bwemeje ko bwabonye imirambo y’abantu […]

Icyo Uganda ivuga ku bivugwa ko u Rwanda rwumvirije telefone z’abayobozi batandukanye

“Twabonye amakuru hirya no hino, kandi umuntu yavuga ko ari ibivugwa gusa,” uyu ni umunyamabanga wa leta ushinzwe imibanire mpuzamahanga muri Uganda avuga ku makuru y’uko u Rwanda rwaba rwarakoresheje ikoranabuhanga rya Pegasus mu kumviriza abayobozi batandukanye muri iki gihugu. Guverinoma y’u Rwanda igira icyo ivuga kuri aya makuru yavuze ko ayo makuru akwirakwizwa y’uko […]

Nigeria yungutse indege z’indwanyi 6 zizayifasha guhangana n’amabandi, no kurwanya iterabwoba

Leta ya Nigeria kuri uyu wa 22 Nyakanga 2021 yakiriye indege z’indwanyi 6 za A-29 Super Tucano zizayifasha guhangana n’amabandi n’ibikorwa by’iterabwoba. Zakiriwe na Minisitiri w’Ingabo wa Nigeria, Bashir Magashi agaragiwe n’abasirikare bakuru, ku kibuga cy’indege kiri mu mujyi wa Kano. Izi ndege ni zimwe muri 12 iki gihugu cyaguze na Leta Zunze Ubumwe za […]

Kamembe: Ubushinjacyaha bwashyikirijwe dosiye y’abagore 8 bahohoteye umucamanza

Ubushinjacyaha ku rwego rw’Ibanze rwa Kamembe bwashyikirijwe dosiye iregwamo abagore 8 icyaha cyo gusagarira umucamanza wari mu kazi bamuziza ko yarekuye umuntu bashakaga ko afungwa. Icyaha bakurikiranweho cyakozwe ku itariki ya 09 Nyakanga 2021, hagati ya saa sita na saa sita n’igice z’amanywa ubwo abaregwa bajyaga ku Rukiko rw’Ibanze rwa Kamembe bakasanga umucamanza wari mu […]

APR FC igiye guhurira muri CECAFA n’ibigugu byiganjemo ibyo muri Tanzania

Ubuyobozi bw’akarere ka CECAFA bwatangaje ko irushanwa rya CECAFA Kagame Cup rihuza ama-Clubs yo muri aka karere rizaba hagati y’itariki ya 01 n’iya 15 Kanama. Kuri iyi nshuro CECAFA izabera i Dar es Salaam mu gihugu cya Tanzania, nyuma y’iya 2019 yabereye mu Rwanda ikegukanwa n’ikipe ya KCCA yo muri Uganda. U Rwanda muri iyi […]

Mukandutiye arashaka kumenya niba ubutabera bw’u Rwanda butanga imbabazi

Umukecuru Angelina Mukandutiye ureganwa n’abarimo Nsabimana Callixte (Major Sankara) na Paul Rusesabagina, yavuze ko ashaka kumenya niba ubutabera bw’u Rwanda butanga imbabazi. Mukandutiye w’imyaka 70 y’amavuko yabivugiye imbere y’Urukiko Rukuru, urugereko rwihariye ruburanisha ibyaha mpuzamahanga n’ibyambukiranya imipaka, kuri uyu wa 22 Nyakanga 2021. Muru uru rubanza, Mukandutiye ashinjwa ibyaha birimo gukora ubukangurambaga bwo kwinjiza abagore […]

Pegasus: Perezida Macron yahise ahindura telephone na numero

Perezida w’u Bufaransa Emmanuel Macron yahinduye telephone yakoreshaga na numero nyuma y’inama y’umutekano y’igitaraganya yateranyije kuri uyu wa Kane hagamijwe kuganira ku biherutse gutangazwa ko telephone ye yaba iri mu zumvirijwe cyangwa yari mu zagombaga kumvirizwa hakoreshejwe ikoranabuhanga rya Pegasus ry’ikigo cyo muri Israel, NSO Group. Umuyobozi muri Guverinoma w’u Bufaransa wavuganye na Reuters yagize […]

Ni ukunenga uruganda rukora imodoka mu gihe umushoferi wasinze akoze impanuka- Abakoze Pegasus

Kompanyi yo muri Israel ikora ikanacuruza ‘software’ (logiciel) ya Pegasus ivugwaho gukoreshwa mu butasi bwo kwinjira muri telefone z’abantu b’inzirakarengane, ivuga ko kuyibishyiraho ari nko “kunenga uruganda rukora imodoka mu gihe umushoferi wasinze ayikoresheje impanuka”. NSO Group irimo kunengwa mu mahanga, nyuma yuko abanyamakuru babonye urutonde ruvugwa ko ruriho abantu bagambiriwe gukorwaho ubutasi, barimo impirimbanyi, […]