Umusirikare wa MONUSCO n’abapolisi 2 bayo biciwe muri RDC

Umusirikare wa MONUSCO n’abapolisi babiri bayo kuri uyu wa Kabiri biciwe mu mujyi wa Butembo ho mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, mu Burasirazuba bwa Congo Kinshasa. Uko ari batatu biciwe mu myigaragambyo y’abanye-Congo bakomeje gusaba ko ubu butumwa bw’umuryango w’Abibumbye bwazinga utwangushye bukabavira mu gihugu. Abanye-Congo babushinja kuba bumaze imyaka 22 mu gihugu cyabo, gusa […]

Musanze: Umuntu umwe mu bakoze ikizamini cy’ushinzwe Itumanaho ni we uzakora ‘interview’

Kaminuza y'u Rwanda, ishami rya Rukara, ni yo yakorewemo iki kizamini

Saa mbiri z’igitondo cyo ku wa 25 Nyakanga 2022, abakandida bahatanira umwanya w’umukozi ushinze inozamubano n’itumanaho (Public Relations and Mass Communication Officer) n’umunyamabanga ushinzwe imari (Secretary to Finance) mu karere ka Musanze bazindukiye mu kizamini cy’akazi mu ishami rya Kaminuza y’u Rwanda rya Rukara riherereye mu karere ka Kayonza. Ntabwo ikizamini cyatangiye saa mbiri z’igitondo […]

Mackenzie uheruka gutandukana na Rayon Sports yabonye ikipe nshya

Myugariro Nizigiyimana Karim ‘Mackenzie’ uheruka gutandukana na Rayon Sports, yamaze kwerekeza muri Gasogi United. Muri uku kwezi ni bwo Mackenzie na bagenzi be batanu bakinanaga muri Rayon Sports batandukanye n’iyi kipe, nyuma yo kurangiza amasezerano bari bafitanye na yo. Kuri ubu uyu myugariro w’Umurundi ukina inyuma ku ruhande rw’iburyo yamaze kwerekeza muri Gasogi United yasinyiye […]

Gakenke: Abantu 9 barafunzwe kubera ibendera ry’igihugu ryaburiwe irengero

Mu karere ka Gakenke, umurenge wa Muzo, haravugwa inkuru y’ifungwa ry’abantu icyenda bazira ibendera ryo ku Kagari ka Kabatezi ryaburiwe irengero. Ni inkuru yageze ku munyamakuru wa BWIZA kuri uyu wa 26 Nyakanga 2022 saa tanu z’amanywa (11h00) ko abantu 9 bagombaga kurara irondo mu ijoro ry’iya 25 rishyira iya 26 Nyakanga 2022 bose bari […]

Blaise Compaoré yasabye imbabazi umuryango wa Capt. Sankara yahamijwe kwica

Uwahoze ari Perezida wa Burkina Faso, Blaise CompaorĂ©, yasabye imbabazi umuryango w’impirimbanyi Capt. Thomas Sankara yahamijwe kwica. Muri Mata uyu mwaka ni bwo CompaorĂ© yahamijwe kwica Capt. Sankara yasimbuye ku butegetsi mu 1987, akatirwa igifungo cya burundu. Icyo gihe CompaorĂ© yari mu buhungiro muri Burkina Faso aho yari yarahungiye mu 2014 akimara kweguzwa n’imyigaragambyo y’abaturage. […]

Ukraine irigamba kwica abasirikare 100 b’u Burusiya mu gitero kuri hotel muri Luhansk

Ikigo gishinzwe itumanaho muri Ukraine kiravuga ko mu ijoro ryo ku ya 23 rishyira kuwa 24 Nyakanga, ingabo z’iki gihugu zagabye igitero kuri hotel yo mu Mujyi wa Krasnyi Luch, mu Ntara ya Luhansk, kigahitana abasirikare 100 b’u Burusiya. Nk’uko amakuru agezweho abivuga, abasirikare 100 b’u Burusiya baguye muri icyo gitero cy’indege. Iki kigo giteganya […]

Cibitoke: Abaturage bamaze kwica Imbonerakure 3 mu gihe cy’icyumweru

Abasore batatu bo mu rubyiruko rw’ishyaka riri ku butegetsi mu Burundi, ruzwi nk’imbonerakure, bamaze kwicwa n’abaturage mu gihe cy’icyumweru nyuma yo kubafatira mu cyuho barimo kwiba mu mirima y’ibitoki n’inyanya. Ibi bintu byabereye ku misozi ya Kagazi na Rusiga, muri Zone ya Cibitoke, muri komini ya Rugombo, Intara ya Cibitoke. Ba nyir’imirima barasaba abapolisi kongera […]

Aba Gupta bashinjwa gusahura Afurika y’Epfo bafashijwe na Zuma bafatiwe muri UAE

Afurika y’Epfo yasabye kohererezwa abavandimwe babiri bo mu muryango wa Gupta, baregwa ruswa. Aba bavandimwe Atul na Rajesh Gupta b’abacuruzi, bashakishwa kubera uburiganya n’iyezandonke, bafatiwe muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE). Impapuro zo kubata muri yombi zigaruka cyane cyane ku isoko rya leta rishidikanwaho rya miliyoni 1.5 z’amayero, rijyanye n’ubushakashatsi bwakozwe ku buhinzi. Aba bavandimwe […]

Abarenga 5 bapfiriye mu myigaragambyo irwanya MONUSCO, abandi 50 bakomeretse

Guverinoma ya Repubulika ya Demukarasi ya Congo, RDC, imaze gutangaza ko abantu barenga 5 bapfiriye mu myigaragambyo irwanya misiyo y’amahoro y’Umuryango w’Abibumbye (MONUSCO) i Goma, abandi babarirwa muri 50 barakomereka. Umuvugizi wa guverinoma, Patrick Muyaya, yabyemereje mu butumwa yatangarije kuri Twitter kuri uyu wa 26 Nyakanga 2022. Yagize ati: “Goma, abatari munsi ya 5 bapfuye, […]

U Bushinwa bushobora gukumira indege y’Umukuru w’Inteko ya USA, najya muri Taiwan

Guverinoma y’u Bushinwa yagaragaje ko ishobora gukumira indege ya Perezida w’Inteko ishinga amategeko ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA), Nancy Pelosi, naramuka agiriye uruzinduko muri Taiwan. Nyuma y’aho Pelosi atangarije ko muri Kanama 2022 azajya muri Taiwan isanzwe ihanganye n’u Bushinwa, Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’iki gihugu, Zhao Lijian, ku wa Kabiri w’icyumweru gishize, yatangaje […]

Le nouvel envoyé rwandais en France présente ses lettres de créance à Macron

Le nouvel ambassadeur du Rwanda en France, François Nkulikiyimfura, a prĂ©sentĂ© lundi 25 juillet ses lettres de crĂ©ance au prĂ©sident français Emmanuel Macron au palais de l’ÉlysĂ©e Ă  Paris. Nkulikiyimfura a Ă©tĂ© nommĂ© ambassadeur en France par le cabinet du Rwanda le 09 avril. Sa nomination sera ensuite approuvĂ©e par le SĂ©nat le 20 avril. […]

Ibikorwa byo gusahura MONUSCO byakomeje i Goma

Amakuru aravuga ko kuwa Kabiri habayeho ibikorwa byo gusahura inyubako za MONUSCO mu mujyi wa Goma nyuma y’imyigaragambyo yo kuwa Mbere nayo yaranzwe n’ubusahuzi no gutwika ibintu bitandukanye. MONUSCO yamaganye ibitero ku nyubako zayo i Goma ivuga ko amahoro atazabonekera “mu mvururu”. Imyigaragambyo ikomeye yageze mu ijoro ryo kuwa mbere yabayemo gusahura no gutwika zimwe […]

Umukinnyi wa Basketball w’Umunyamerikakazi ufungiwe mu Burusiya yasubiye mu rukiko

Kuri uyu wa Kabiri, umukinnyi wa Basketball w’Umunyamerika, Brittney Griner, yasubiye mu cyumba cy’urukiko rw’u Burusiya rumukurikiranyeho ibyaha byo gukoresha ibiyobyabwenge bishobora kumuviramo igifungo cy’imyaka 10 aramutse ahamwe n’icyaha. Urubanza rw’uyu mukinnyi watsindye umudari wa zahabu inshuro ebyiri na Phoenix Mercury rwatangiye ku ya 1 Nyakanga ariko rumaze kuba kane gusa, rimwe na rimwe rukamara […]

What happened when Kenya bus plunged into river leaving 34 dead

BY NATION AFRICA At least 34 people died after a Mombasa-bound bus plunged into River Nithi, a notorious accident blackspot, along the Meru-Nairobi highway in central Kenya on Sunday evening. In a Monday morning update, Tharaka Nithi County Commissioner Nobert Komora also confirmed that 11 people had survived the grisly crash, but cautioned that the […]

Perezida wa Banki ya Afurika yatangaje ko yanze ubwenegihugu bwa USA

Perezida wa Banki nyafurika itsura amajyambere izwi nka AfDB cyangwa BAD, Dr Akinwumi Adesina, yatangaje ko yanze ubwenegihugu bwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA), asobanura n’impamvu yahisemo kugumana ubwa Nigeria gusa. Kuri uyu wa 25 Nyakanga 2022, abanya-Nigeria baba mu mahanga (diaspora) bizihije umunsi mukuru wabagenewe, Dr Adesina awitabira yifashishije ikoranabuhanga rihuza amashusho. Mu […]

Umurundi wagombaga kuza gutoza Espoir FC yavuze ko yabujijwe na CNDD-FDD kuza gutoza mu Rwanda

Umurundi Joslin Bipfubusa wagombaga kuza gutoza ikipe ya Espoir FC, yamaze kuyimenyesha ko atakije kuyitoza ngo kuko ishyaka CNDD-FDD abereye umurwanashyaka ryamubujije kuza gutoza mu Rwanda. Mu kwezi gushize ni bwo iyi kipe y’i Rusizi yemeje Bipfubusa nk’umutoza wayo mukuru nyuma yo gusinya amasezerano y’imyaka ibiri. Bipfubusa w’imyaka 37 y’amavuko, yanyuze mu Rwanda nk’umukinnyi aho […]

Uganda: Umuhungu w’imyaka 16 birakewa ko yishwe n’urukingo rwa Covid-19

Umuhungu w’imyaka 16 wo mu gihugu cya Uganda, wahawe urukingo rwa Covid, bivugwa ko rwateje ingingo nyinshi ze kunanirwa, yapfuye. Nk’uko abo mu muryango wa hafi babitangaza, Jonathan Luyinda yapfuye ku wa Gatandatu ashyingurwa kuri uyu wa Mbere ushize mu rugo rwa basekuruza i Nzizi, mu Karere ka Masaka. Ku munsi w’ejo, mukuru wa Luyinda, […]

Pasiteri Bugingo yatanze igihe ntarengwa abakirisitu bazajya baboneraho ibitangaza

Uwashinze akanayobora Itorero House of Prayer Ministries, Aloysius Bugingo, yasabye abakirisitu kutarambirwa, ahubwo bakazajya bategereza imyaka itatu kugira ngo ibitangaza basabye ko Imana ko ibakorera, bibaho. Bugingo yavuze ko ibi bizafasha abakirisitu kutirirwa bamutunga intoki ngo bataye igihe cyabo, bajya gusengera iwe, ibyo basabye baratagereza amaso ahera mu kirere. Mu kiganiro na Spark TV, Pasiteri […]

Leta ya Myanmar yanyonze abanyapolitiki 4 batavugaga rumwe na yo

Igisirikare kiyoboye inzibacyuho ya Myanmar cyemeje ko cyanyonze abanyapolitiki bane batavugaga rumwe na cyo, nyuma y’aho kibahamije icyaha cyo gukora ibikorwa by’iterabwoba. Abishwe ni Ko Jimmy, Zayar Thaw wabaye umuhanzi wa hip-hop n’umudepite mu nteko ishinga amategeko ya Myanmar, U Hla Myo Aung na A Aung Thura Zaw. Igikorwa cyo kwica aba banyapolitiki cyababaje abakomeye […]

FC Barcelona yateye intambwe yo kwisubiza Lionel Messi

Ikipe ya FC Barcelona yo mu gihugu cya Espagne, yateye intambwe yo kwisubiza umunya-Argentine Lionel Messi wahoze ari Kapiteni wayo. Iyi kipe nta gihindutse irashaka kwisubiza uyu munyabigwi wayo mu mpeshyi itaha, ubwo amasezerano ye na PSG azaba yarangiye. Messi ni umukinnyi w’iyi kipe y’i Paris kuva mu mpeshyi ya 2021, nyuma yo gutandukana na […]

Inama ya CEEAC yasabye umutwe wa 23 kuva mu bice yigaruriye muri Bunagana

Mu nama ya 21 y’abakuru b’ibihugu bigize Umuryango w’ubukungu w’ibihugu byo muri Afurika yo hagati (CEEAC) yateraniye i Kinshasa kuri uyu wa Mbere, ikibazo cy’intambara hagati y’umutwe wa M23 n’ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo cyagarutsweho, aho uyu mutwe wasabwe kuva mu Mujyi wa Bunagana umaze igihe wigaruriye. Mu ijambo rye ritangiza iyi nama, […]

Kagame receives Dr kalibata, Hailemariam Dessalegn

Rwandan President, Paul Kagame has received Former Prime Minister of the Federal Democratic Republic of Ethiopia and AGRA chair, Hailemariam Dessalegn and Dr Kalibata Agnes, its president. According to Rwanda presidency, the Country Director Jean Paul Ndagijimana was also present. The trio briefed Kagame on the upcoming AGRF2022 scheduled for September in Kigali. AGRA’s mision […]

Abaturage ba RDC bibukijwe ko gahunda ya MONUSCO yo kuva iwabo itahindutse

Abaturage ba Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) by’umwihariko abo mu burasirazuba bw’igihugu ko gahunda ya misiyo yo kugarura amahoro n’umutekano y’Umuryango w’Abibumbye yo kugenda itigeze ihinduka. Ni nyuma y’aho kuri uyu wa 25 Nyakanga 2022, abatuye i Goma bagiye kwigaragambiriza ku kigo cya MONUSCO, bagasahura, bagatwika ndetse bakangiza ibikorwa byaho. Basabaga ko iyi misiyo […]

Perezida Kagame yakiriye Hailemariam Dessalegn na Dr Kalibata

Perezida Paul Kagame ku gicamunsi cyo ku wa Mbere tariki 25 Nyakanga 2022, yakiriye muri Village Urugwiro Hailemariam Dessalegn, Umuyobozi w’inama y’ubutegetsi y’Umuryango nyafurika uharanira guteza imbere ubuhinzi (AGRA). Ibiro by’Umukuru w’Igihugu byatangaje ko mu bandi Perezida yakiranye na Dessalegn, harimo Perezida w’uyu muryango, Dr Agnes Kalibata ndetse n’umuyobozi wawo mu Rwanda, Jean Paul Ndagijimana. […]