M23 yasubije Tshisekedi wayishwishurije ko nta biganiro bya Politiki RDC izigera igirana na yo
Umutwe wa M23 wasubije Perezida FĂ©lix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, nyuma yo kuwukurira inzira ku murima ko nta biganiro bya Politiki Leta y’igihugu cye izigera igirana na wo. Tshisekedi mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru kuri uyu wa Kane yavuze ko “nta kibazo gihari cyo kuganira nâuyu mutwe [M23] mu rwego rwa politiki, […]
Sadio Mané yafatiwe ibihano nyuma yo gukubita mugenzi we bakinana
Ikipe ya Bayern Munich yafatiye ibihano umunya-SĂ©nĂ©gal Sadio ManĂ©, nyuma yo gukubita ingumi mugenzi we Leroy SanĂ© basanzwe bakinana. Iyi kipe yo mu Budage ibinyujije ku rubuga rwayo rwa Internet, yatangaje ko Sadio ManĂ© yakuwe mu bakinnyi bazifashishwa mu mukino wa shampiyona y’u Budage izahuriramo na Hoffenheim ku wa Gatandatu w’iki cyumweru. Bayern MĂ ÂŒnich yunzemo […]
USA igiye kwerekana filimi ya Rusesabagina u Rwanda rwemeza ko irimo ibinyoma
Ambasade ya Leta zunze ubumwe za Amerika iri i Maseru muri Lesotho yatangaje ko kuri uyu wa 14 Mata 2023 irerekana filimi ya Paul Rusesabagina yitwa âHotel Rwandaâ. Iyi Ambasade yatangaje ko irerekana iyi filimi mu rwego rwo kugaragaza âinkuru yâubutwari bwa Rusesabagina, ngo warokoye impunzi 1,200 mu gihe cya jenoside yâu Rwandaâ. Iti: âTwamamaze […]
Tshisekedi yatangaje ko nta biganiro bya poliliti RDC izagirana na M23
Perezida wa Repubulika ya demukarasi ya Congo (RDC), FĂ©lix Tshisekedi, yatangaje ko nta biganiro bya politiki ubutegetsi bwe buzagirana nâumutwe witwaje intwaro wa M23. Mu kiganiro yagiranye nâabanyamakuru kuri uyu wa 13 Mata 2023 ubwo yari kumwe na mugenzi we uyobora u Busuwisi, Alain Berset uri mu ruzinduko i Kinshasa, Tshisekedi yabajijwe ku biganiro bya […]
Umunyamabanga Mukuru Wungirije wa Loni yavuze ko Perezida Ruto ari umugome kandi atamwizera – Amabanga ya Pentagon
Indi nyandiko yo hagati muri Gashyantare mu mabanga ya Pentagon yashyizwe ku karubanda isobanura ikiganiro cyeruye hagati ya Guterres n’Umunyanijeriyakazi umwungirije, Amina Mohammed, wumvikana atavuga neza Perezida William Ruto . Muri iyo nyandiko, Umunyamabanga Mukuru wa Loni, Guterres bivugwa ko yumvirijwe nâubutasi bwa Amerika, hagaragaramo ukuntu aganira na Amina J. Mohammed atishimiye nubwo ntacyo yari […]
Katumbi, Fayulu na Matata Ponyo i Lubumbashi, mu mugambi wo guhigika Tshisekedi
Abanyapolitiki batavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bagiye guhurira i Lubumbashi mu ntara ya Haut-Katanga mu nama igamije gushaka uko bakwigizayo Perezida FĂ©lix Antoine Tshisekedi. Ni inama igomba kubera mu muhezo mu mpera z’iki cyumweru. Mu bagomba kuyitabira harimo Martin Fayulu wamaze kugera i Lubumbashi, MoĂ ÂŻse Katumbi, Matata Ponyo na Delly Sesanga. […]
U Rwanda rwongeye gusaba u Bwongereza gushyikiriza ubutabera Abanyarwanda batanu

Intumwa Nkuru yâu Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye, yongeye gusaba iki gihugu gushyikiriza ubutabera Abanyarwanda batanu bagituyemo bakekwaho uruhare muri jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Ambasaderi Busingye yabisabye kuri uyu wa 12 Mata 2023 ubwo yari mu muhango wo kwibuka ku nshuro ya 29 jenoside yakorewe Abatutsi wateguwe na Ambasade yâu Rwanda mu Bwongereza. Busingye […]
Gahunda y’uruzinduko rwa Perezida Kagame na Madamu we i Cotonou
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame kuri uyu wa Gatanu tariki ya 14 Mata, bazagirira uruzinduko rw’akazi i Cotonou mu gihugu cya BĂ©nin. Umukuru w’Igihugu agiye gukora uru ruzinduko rw’iminsi itatu ku butumire bwa mugenzi we wa BĂ©nin, Patrice Talon. Biteganyijwe ko Perezida Kagame na Madamu we nibagera ku kibuga cy’indege mpuzamahanga […]
Norvege yahambirije Abakozi 15 ba Ambasade yâu Burusiya ishinja kuba intasi
Kuri uyu wa Kane, itariki 13 Mata ighugu cya Norvege cyatangaje ko kirukanye ku butaka bwacyo abakozi 15 ba Ambasade yâu Burusiya muri Oslo, kivuga ko bari intasi . âAba bakozi 15 bâubutasi batangajwe ko badakenewe kubera ko bakora ibikorwa bitajyanye na statut yabo yâabadipolomate,â ibi ni ibyatangajwe na minisitiri wâububanyi nâamahanga wa Norvege, Anniken […]
Leta Zunze Ubumwe za Amerika zumvirije Umunyamabanga Mukuru wa Loni – Amabanga
Leta Zunze Ubumwe za Amerika ziravuga ko Umunyamabanga Mukuru wâUmuryango wâAbibumbye yiteguye cyane guharanira inyungu zâu Burusiya, nkâuko bigaragara mu makuru mashya ari mu nyandiko zâibanga ziherutse gushyirwa ku karubanda agaragaza ko Amerika yanekaga Guterres . Ayo makuru akomeje gushyirwa ahagaragara buhoro buhoro yerekana ko Washington yakurikiraniraga hafi Antonio Guterres. Inyandiko nyinshi zikomoza ku biganiro […]
Impapuro zâumutekano wa Biden zateje impagarara nyuma yo gutakara mu muhanda
Impapuro zâumutekano zigaragaza uko umutekano wa Perezida wa Leta zunze ubumwe za Amerika, Joe Biden, wagombaga kuba urinzwe mu gihe cyâuruzinduko rwe muri Northern Ireland zateje impagarara nyuma yâaho zitakaye mu muhanda. Nkâuko umunyamakuru wa BBC yabitangaje, umuturage yatoraguye izi mpapuro kuri uyu wa 12 Mata 2023 mu muhanda wo mu mujyi wa Belfash, hafi […]
Perezida Kagame ategerejwe kwa Patrice Talon no kwa Colonel Mamadi Doumbouya
Perezida Paul Kagame kuva ku wa Gatanu tariki ya 14 Mata 2023, azatangira uruzinduko rw’akazi muri Afurika y’Iburengerazuba ruzasiga asuye ibihugu bya BĂ©nin na GuinĂ©e-Conakry. Jeune Afrique yatangaje ko Perezida Kagame azagera i Cotonou muri BĂ©nin kuri uyu wa Gatanu tariki ya 14 Mata, asoze uruzinduko rwe ku Cyumweru tariki ya 16 Mata. Umukuru w’Igihugu […]
Tshisekedi arabwira Perezida wâu Busuwisi ko u Rwanda ari intandaro yâimibabaro yâAbanyekongo
Kuri uyu wa 12 Mata 2023, Perezida wâu Busuwisi, Alain Berset yageze muri Repubulika ya demukarasi ya Congo, yakirwa na Minisitiri wâIntebe wâiki gihugu cyo mu karere kâibiyaga bigari, Michel Sama Lukonde. Perezida Berset yajyanye muri RDC imfashanyo igihugu cye gishaka guha Abanyekongo bahunze imirwano yâingabo zâiki gihugu nâumutwe witwaje intwaro wa M23 byâumwihariko. Uyu […]
FARDC ivuga ko yataye muri yombi 59 bagabye igitero kuri M23
Igisirikare cya Repubulika ya demukarasi ya Congo, FARDC, kivuga ko cyataye muri yombi abarwanyi bo mu ihuriro ry’imitwe yitwaje intwaro ryitwa Wazalendo bagabye igitero kuri M23 kuri uyu wa 12 Mata 2023 muri gurupoma ya Kibumba, teritwari ya Nyiragongo. Mu gitondo cy’uyu wa 12 Mata, Bertrand Bisimwa uyobora M23 mu rwego rwa politiki yatangaje ko […]
Uganda: Urukiko rwanze kurekura byâagateganyo bwa kabiri minisitiri ushinjwa kunyereza amabati
Kuri uyu wa Gatatu, urukiko rwo muri Uganda rushinzwe kurwanya ruswa rwanze kurekura byâagateganyo ku ngwate ku nshuro ya kabiri minisitiri ukurikiranyweho icyaha cyo gutakaza umutungo wa leta, ruswa nâumugambi wo kuriganya guverinoma . Umucamanza mukuru Joan Aciro yahakanye icyifuzo cyo kurekurwa byâagateganyo nyuma yâuko Minisitiri Mary Goretti Kitutu wâimyaka 60, yamaze icyumweru cya pasika […]
Abasirikare hafi 4,000 biganjemo aba Uganda n’u Burundi biciwe muri Somalia
Abasirikare hafi 4,000 byatangajwe ko kuva muri 2007 ari bo bamaze kwicirwa muri Somalia aho bagiye boherezwa mu butumwa bw’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe bwo kuhagarura amahoro, mu gihe abandi babarirwa mu magana bakomerekeyeyo. Ni ibyatangajwe n’intumwa idasanzwe ya Perezida wa Komisiyo ya AU, Mohamed El-Amine Souef, mu kiganiro aheruka kugirana na VOA. Yavuze ko […]
Tariki 13 Mata 1994: Abatutsi basaga 35,000 biciwe muri Kiliziya ya Nyarubuye
Tariki ya 13 Mata 1994 ni imwe mu matariki atazibagirana kubarokotse Jenoside yakorewe abatutsi muri Mata 1994 kuko kuri iyo tariki abatutsi bari baragiye bahungira ahantu hatandukanye mu Rwanda bagabweho ibitero benshi bakwicwa . Impunzi zâabatutsi zisaga 35,000 zaturutse muri za komini Rukira, Rusumo, Birenga, Kigarama na Rukara no ku musozi wa Nyarubuye, ziciwe mu […]
Rusizi: Abataramenyekana biraye mu ikawa zâumuturage, baranduramo ibiti 102

Mu murima wâibiti bya kawa birenga 250 bigeze igihe cyo kurabya,bya Dusabe EugĂšne, utuye mu mudugudu wa Nyakivomero,akagari ka Mashesha, umurenge wa Gitambi mu karere ka Rusizi, yabyutse asanga baranduyemo ibiti 102,aho ibyabananiraga kubirandura babiciragamo hagati, barigendera ,bakaba bagishakishwa nâinzego zâumutekano. Ni igikorwa umuyobozi wâumurenge wa Gitambi Hagenimana Jean de Dieu yavuze ko ari icya […]