Dr Mbonimana yibukije Perezida Kagame ko atazasubira ku nzoga

Dr Mbonimana Gamariel wabaye umudepite mu nteko ishinga amategeko y’u Rwanda, yibukije Perezida Paul Kagame ko agikomeye ku cyemezo yafashe cyo kureka inzoga, nyuma y’aho ubusinzi butumye yegura kuri uyu mwanya. Uyu munyapolitiki yabigaragarije mu ibaruwa ifunguye yandikiye Perezida Kagame, amumenyesha ko yasohoye igitabo yise ‘Imbaraga z’Ubushishozi’ kirimo impanuro yageneye urubyiruko z’uburyo rwakwirinda ibiyobyabwenge. Yagize […]

Nta cyizere cy’uko abatuye muri Masisi na Rutshuru bazatora: Perezida wa CENI

Perezida wa Komisiyo y’amatora muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Denis Kadima, yatangaje ko hari amahirwe make ko abatuye za Teritwari za Rutshuru na Masisi mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru bazitabira amatora ateganyijwe muri kiriya gihugu. Kadima yabitangaje kuri uyu wa Mbere tariki ya 13 Ugushyingo, ubwo Komisiyo ayoboye yahuriraga mu biganiro n’abakandida baziyamamariza kuyobora […]

One dead and one injured in an exchange of fire between two armed fighters in Munigi

One person died and another was seriously injured in an exchange of fire between two fighters called “Wazalendo”, Sunday November 12 evening in Munigi, about ten kilometers north of Goma (North Kivu). According to local society, this incident created psychosis in the villages of Rukoko, Kihisi and their surroundings in the Munigi group, in Nyiragongo […]

Uwahoze ari Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza yagarutse muri guverinoma

Uwahoze ari Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, David Cameron, yagizwe umunyamabanga w’ububanyi n’amahanga mu buryo butunguranye ubwo Rishi Sunak yavugurura guverinoma ye. Ni ukugaruka muri guverinoma ku wahoze ari minisitiri w’intebe w’umu conservateur, wayoboye hagati ya 2010 na 2016. Cameron avuga ko mu gihe atemeranya n’ “ibyemezo bimwe na bimwe ku giti cye” byafashwe na Sunak, […]

Mogadishu: Umwiyahuzi yagabye igitero ku ishuri rya gisirikare

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere, i Mogadishu, umurwa mukuru wa Somalia umwiyahuzi yiturikirijeho igisasu ku ishuri rya gisirikare nyuma y’ibyumweru hari ituze kubera ibikorwa bya gisirikare. Umutangabuhamya yavuze ko umwiyahuzi yiturikirijeho igisasu ku ishuri rya gisirikare rya Jaalle Siyaad, mu majyaruguru ya Mogadishu, ahagana mu ma saa 08:25 ku itariki ya 13 Ugushyingo, […]

DĂ©but du procĂšs du “Boucher de Tumba” en France

Un tribunal de Paris ouvrira le 14 novembre les procĂ©dures dans une affaire impliquant le septiĂšme Rwandais jugĂ© en France pour son rĂŽle dans le gĂ©nocide de 1994 contre les Tutsi. A la Cour d’assises de Paris, le docteur SosthĂšne Munyemana sera jugĂ© pour avoir Ă©tĂ© à  l’avant-garde des massacres de Tumba – une localitĂ© […]

Minisitiri Suella Braverman yirukanwe

Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Rishi Sunak, yirukanye ku mirimo Suella Braverman wari Minisitiri w’Umutekano w’Imbere mu gihugu kubera imyitwarire mibi. Braverman yirukanwe nyuma yo kunenga uburyo Polisi y’u Bwongereza yitwaye mu kibazo cy’imyigaragambyo y’abashyigikiye Palestine yabaye ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize. Mu nyandiko yanyujijwe mu kinyamakuru The Times, uyu munyapolitiki yashinje polisi gushyigikira imyigaragambyo y’abashyigikiye […]

Brussels: Abaganga basobanuye raporo y’ubuzima bwa Basabose

Abaganga batatu basuzumye uko ubuzima bwo mu mutwe bw’Umunyarwanda Basabose Pierre buhagaze kuri uyu wa 13 Ugushyingo 2023 basobanuriye urukiko rwa rubanda rwa Brussels mu Bubiligi raporo y’uko ubuzima bwo mu mutwe bw’uyu mufungwa buhagaze. Basabose yagombaga gutangira kuburana hamwe na Twahirwa SĂ©raphin tariki ya 9 Ukwakira 2023, gusa we ntiyabonetse, aho umunyamategeko we, Me […]

Manirakiza Theogene yateye utwatsi ‘imbabazi’ z’uwo ahamya ko ashaka kumwikiza

Manirakiza amaze ukwezi kurenga afunzwe

Manirakiza Theogene wa Ukwezi Media Group yateye utwatsi imbabazi umushoramari witwa Nzizera Aimable avuga ko yamuhaye, nyuma y’aho uyu munyamakuru afunzwe by’agateganyo akurikiranweho icyaha cyo gukangisha kumusebya. Uyu munyamakuru watawe muri yombi tariki ya 11 Ukwakira 2023 mbere y’uko ajyanwa mu igororero rya Nyarugenge ku ya 26 Ukwakira, yanditse ibaruwa akoresheje ikaramu, asobanura ko hari […]

Nyiragongo: M23 iravugwaho gushyiraho abayobozi bashya no gushingura imbago za RDC n’u Rwanda

Sosiyete Sivile yo mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, irashinja umutwe wa M23 gushyiraho abayobozi bashya mu gace ka Kibumba ho muri Teritwari ya Nyiragongo. Byatangajwe na Mambo Kawaya uyobora iriya sosiyete Sivile, ubwo mu mpera z’icyumweru gishize yaganiraga n’itangazamakuru. Yavuze ko kuri ubu M23 yigaruriye amazu, imirima y’abaturage, ishyiraho umuyobozi mushya wa Teritwari, abakuru ba […]

Perezida wa Israel aremeza ko basanze igitabo ‘Mein Kampf’ cya Hitler ku murwanyi wa Hamas

Perezida wa Israel, Isaac Herzog, yatangaje ko umurwanyi wa Hamas yasanganwe igitabo cyanditswe na Hitler, ahakana ko Israel yibasiye ibitaro binini bya Gaza byitwa Al-Shifa amakuru yerekana ko ibi bicumbikiye Abanyapalestine ibihumbi babihungiyeho byabuze amashanyarazi. Aganira n’umunyamakuru wa BBC, Gaira Kuenssberg, Perezida wa Israel yavuze kandi ko kopi y’igitabo Mein Kampf cya Adolf Hitler yabonetse […]

USA: Umwirabura wa mbere wari wizeye kuba umukandida w’Abarepubulikani yivanye mu ihiganwa

Senateri w’Umunyamerika wo mu ishyaka ry’Abarepubulikani, Tim Scott, ukomoka muri Caroline y’Amajyepfo yavuye mu guhatanira umwanya w’umukuru w’igihugu mu matora ya perezida ateganyijwe mu mwaka utaha wa 2024. Yari yizeye kuzaba Umunyamerika wa mbere wirabura wemejwe n’ishyaka ry’Abarepubulikani ngo azarihagararire mu matora y’umukuru w’igihugu. Yatangarije Fox News ati “Ntekereza ko abatora, ari bo bantu b’ingenzi […]

U Bwongereza mu wundi mugambi, urukiko rutabwemereye kohereza abimukira mu Rwanda

Guverinoma y’u Bwongereza iri kunoza undi mugambi ishobora gushyira mu bikorwa mu gihe urukiko rw’ikirenga tariki ya 15 Ugushyingo 2023 rutayemerera kohereza abimukira mu Rwanda. Ikinyamakuru The Telegraph kiravuga ko ba Minisitiri muri iyi guverinoma bari gutekereza ku buryo abimukira binjira mu Bwongereza mu buryo butemewe n’amategeko bakurwa mu itegeko ry’uburenganzira bw’ikiremwamuntu. Mu gihe iri […]

‘Umubazi wa Tumba’ agiye kuburanishwa mu gihe abamwunganira bashidikanya ku buhamya

Urukiko rwa rubanda rwa Paris kuri uyu wa 14 Ugushyingo 2023 ruratangira kuburanisha Umunyarwanda Dr Munyemana SosthĂšne wamenyekanye nk’ ‘Umubazi wa Tumba’, aho akurikiranweho kugira uruhare muri jenoside yakorewe Abatutsi mu yahoze ari Perefegitura ya Butare. Byateganyijwe ko kuri uyu wa 13 Ugushyingo harabaho igikorwa cyo gutoranya inteko y’abacamanza bazaburanisha Dr Munyemana, hanyuma urubanza nyirizina […]

Haravugwa uruhare rwa Wazalendo mu rupfu rwa Major w’u Burundi

Maj. Gashirahamwe azashyingurwa ku wa Kane

Major Ernest Gashirahamwe, umusirikare w’u Burundi woherejwe guhangana n’abarwanyi b’umutwe witwaje intwaro wa M23 muri teritwari ya Masisi, Repubulika ya demukarasi ya Congo aherutse kwicirwa mu gace ka Kitshanga. Inkuru y’urupfu rw’uyu ofisiye yamenyekanye tariki ya 5 Ugushyingo 2023, ukaba ari na wo M23 yamwiciyeho. Icyo gihe hishwe n’abandi basirikare benshi b’Abarundi, hafatwa abandi barimo […]

Indorerezi z’amatora za EU ziragera muri RDC kuri uyu wa Mbere mu gihe hatizewe niba azaba

Itsinda ry’indorerezi z’amatora z’Umuryango w’Ubumwe bw’ibihugu by’u Burayi rizoherezwa muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo mu rwego rwo gukurikirana amatora rusange ateganijwe ku itariki ya 20 Ukuboza, guhera kuri uyu wa Mbere, mu gihe hakibazwa niba koko amatora azaba. Iri tsinda rigizwe n’indorerezi 42 z’igihe kirekire kugeza muri Mutarama 2024. Iri tangazo ryashyizwe ahagaragara na […]