FARDC itangiye gushinja imitwe imwe ya Wazalendo gukorera M23

Ubuyobozi bwa FARDC mu gice cy’amajyaruguru bushinzwe ako gace kuva Kanyabayonga kugera Goma bwasabye imitwe yitwaje intwaro yose yitwa Wazalendo, ikorera mu karere ka Beni-Butembo na Lubero kwimenyekanisha ku mitwe ya FARDC yegereye ingabo zabo. Ingabo za guverinoma ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo zirashinja amwe muri ayo matsinda ya Wazalendo “gukorera umwanzi” muri zone […]

Beirut: Ingabo za Liban zarashe umugabo witwaje imbunda wari uteye Ambasade ya Amerika

Kuri uyu wa Gatatu, abasirikare ba Liban barashe kandi bafata umuntu warashe kuri Ambasade ya Amerika i Beirut, nk’uko Ingabo za Liban zibitangaza. Ibitangazamakuru byaho byavuze ko habaye kurasana n’uwagabye igitero, uzwi gusa ko afite ubwenegihugu bwa Syria, mu minota igera kuri 30 mbere y’ifatwa rye. Abayobozi b’ingabo na ambasade bavuze ko abashinzwe umutekano batabaye […]

Afurika y’Epfo Minisitiri wa Sports yagejejwe imbere y’urukiko ashinjwa ruswa

Minisitiri w’imikino, ubuhanzi n’umuco muri Afurika yitabye urukiko nyuma yo gutabwa muri yombi azira ruswa mu gihe ishyaka rye (ANC) ryateraniye mu biganiro bya guverinoma. Ku wa gatatu, Zizi Kodwa washinjwaga ruswa , yagaragaye mu cyumba cy’urukiko mu majyepfo ya Johannesburg, ari kumwe na Jehan Mackay baregwa hamwe.Urubuga News24 rwatangaje ko Kodwa yafunzwe ashinjwa gufata […]

Mu Rwanda hari kubera inama y’ibihugu 9 yiga ku mahoro, umutekano n’ubutabera

Mu Karere ka Musanze hatangijwe inama mpuzamahanga y’iminsi ibiri yiga ku mutekano, amahoro n’ubutabera yafunguwe kuri uyu wa kabiri tariki 05 ikazasozwa ku wa 06 Kamena 2024. Iyi nama ikaba iri kubera mu ishuri rikuru rya Polisi (NPC) ku bufatanye na Kaminuza y’u Rwanda, ijyanye na gahunda y’amasomo amara umwaka ahabwa ba Ofisiye bakuru baturuka […]

RIB iraburira abanyarwanda bakoresha WhatsApp

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) ruraburira abakoresha ‘WhatsApp’ uburyo bw’ubwirinzi bukumira abashaka kuyinjiramo nyuma y’uko bigaragaye ko hari abantu bamwe biba amakuru muri telefone z’abandi banyuze ku rubuga rwa WhatsApp. Mu butumwa bw’amashusho Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), Murangira B. Thierry, yanyujije ku rubuga rwe rwa X, yibukije abakoresha WhatsApp uburyo bashobora kurinda konti zabo n’amakuru […]

Perezida Kagame yahawe PhD y’icyubahiro

Perezida Paul Kagame ku wa Mbere tariki ya 4 Kamena yahawe Impamyabumenyi y’Ikirenga y’Icyubahiro mu bijyanye n’Imiyoborere Rusange yashyikirijwe na Kaminuza ya Yonsei yo muri Koreya y’Epfo. Umukuru w’Igihugu yahawe iyi mpamyabumenyi kubera uruhare agira mu kwimakaza imiyoborere. Perezida Kagame nyuma yo guhabwa iyi mpamyabumenyi yashimiye ubuyobozi bwa Kaminuza ya Yonsei, avuga ko ari “ikimenyetso […]

Akarere ka Gicumbi ni ko kahawe Inka nyinshi ku ruta utundi muri Gahunda ya Girinka

Akarere ka Gicumbi gaherereye mu Ntara y’Amajyaruguru y’u Rwanda niko kahawe Inka nyinshi muri Gahunda ya Girinka kuva yatangira kugeza ubu. Kuba aka Karere kagizwe n’imirenge myinshi, biri mu byatumye n’abaturage bagombaga guhabwa Inka baba benshi bityo Inka nazo zikiyongera. Gusa n’ubwo aka Karere katanzwemo Inka nyinshi zagiye zitanga umusaruro mwinshi , igitangaje n’uko ngo […]

Darfur: Ingabo za RSF zirashinjwa gukora ubwicanyi bushingiye ku moko

Ku wa kabiri, ingabo za Rapid Support Forces (RSF) ngo zishe abantu icyenda bishingiye ku bwoko bwabo ubwo bahungaga amakimbirane akomeje kubera El Fasher, umurwa mukuru wa Darfur y’Amajyaruguru, berekeza mu mujyi wa Mellit. Kuva ku wa 10 Gicurasi, umurwa mukuru w’amateka washenywe n’intambara zikaze hagati y’ingabo za Sudani (SAF) n’umutwe witwaje intwaro wa RSF, […]

Congo-Brazzaville yahisemo guterwa mpaga na Niger aho kujya gukinira na yo muri RDC

Congo-Brazzaville yatangaje ko yahisemo guterwa mpaga na Niger, aho kujya gukinira i Kinshasa umukino wo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya 2026 bari bafitanye. Ku wa Kane tariki ya 6 Kamena ni bwo Les Diables Rouges yagombaga kwakira le onze national, mu mukino wo mu itsinda E. Ku ikubitiro uyu mukino wagombaga kubera kuri Stade Alphonse […]

RURA yatangaje ibiciro bishya by’ibikomoka kuri Peterori

Ibiciro by’ibikomoka kuri Peterori byagabanutse mu Rwanda, aho kugeza ubu litiro imwe ya lisansi yageze ku 1,663Frw naho iya mazutu igera ku 1,652Frw. Ni ibiciro byagenwe n’urwego rw’Igihugu Rushinzwe Kugenzura Imikorere y’Inzego zimwe na zimwe z’imirimo ifitiye igihugu akamaro (RURA). RURA yatangaje ibi biciro binyuze mu itangazo yashyize ahagaragara rikavuga ko ibi biciro bishya bitangira […]

Sergey Lavrov aremeza ko Ingabo z’u Bufaransa zigiye kuba ibipimo by’Ingabo z’u Burusiya

gpplwthbcaaujxe.jpg

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Burusiya, Sergey Lavrov, yamaganye inama ku mutekano wa Ukraine izabera mu Busuwisi muri Nyakanga, mu ruzinduko arimo mu bihugu bitandukanye bya Afurika. Uyu mudipolomate mukuru w’u Burusiya yavuze ko mu ruzinduko arimo muri Afurika ku wa Kabiri, ko abarimu b’abasirikare b’Abafaransa muri Ukraine bazaba “ibipimo byemewe” ku Ngabo z’u Burusiya. Sergey […]

Rubavu: Batatu barimo Gitifu w’umurenge bakekwagaho kurigisa umutwe w’umuntu bafunguwe

Ku mugoroba wo kuri uyu wa kabiri, tariki 04 Kamena 2024, Urukiko rw’ibanze rwa Gisenyi ruri ku cyicaro cyarwo rwahafatiye icyemezo gifungura by’agateganyo gifite RDP 00192/2024/TB/GI. Umwanzuro w’Urukiko Bwiza ifitiye Kopi uvuga ko Rwemeje ko ibyagezweho n’iperereza ry’Ubushinjacyaha bidahagije, nta mpamvu ikomeye irimo yatuma Barebereho Nsengiyaremye Emmanuel, Nzabahimana Evariste na Niyonkuru Alexandre bakekwaho icyaha cyo […]

RDC: Icyoba ni cyose ku batuye i Mulenge nyuma y’uko ingabo z’u Burundi ziri kuhisukiranya

Muri Kivu y’Amajyepfo mu gace k’i Murenge haravugwa ko Abasirikare benshi b’i Burundi barimo kwisukiranya mu duce dutandukanye two muri bice bityo bikaba bibateye ubwoba. Aba basirikare bavugwa, ni abibumbiye mu itsinda rya TOFOC bivugwa bava i Bujumbura bakajya Uvira bakahavanwa bajyanwa mu bice by’i Mulenge. Bamwe mu baturiye aka gace k’i Mulenge na Ndondo […]

Depite Manirambona Prosper yapfiriye mu mpanuka yahitanye umupolisi n’umushoferi

Inteko Ishinga Amategeko mu Gihugu cy’u Burundi yatangaje ko umudepite witwa Manirambona Prosper yaraye apfuye mu ijoro ryo kuwa Kabiri tariki ya 4 Kamena 2024. Depite Manirambona Prosper watorewe kuba intumwa ya rubanda mu Ntara ya Muramvya yapfuye nyuma y’impanuka ikomeye yanahitanye umushoferi we ndetse n’umupolisi wari ushinzwe kumurindira umutekano . Depite Manirambona Prosper wabaye […]

Bad Rama ararembye

Umwe bagize uruhare mu iterambere ry’umuziki w’u Rwanda mu myaka yatambutse Bad Rama arembejwe n’uburwayi na we yaburiye igisobanuro kugeza no ku baganga. Uyu mugabo uri mu bafite izina mu myidagaduro y’u Rwanda ari gusaba amasengesho nyuma y’uburwayi bumumereye nabi nubwo atazi neza ubwo aribwo kuko n’abaganga babuyobewe. Abinyujije ku mbuga nkoranyambaga, Bad Rama yavuze […]

Abo muri Gaza batangiye kurya ibisimba n’ibyatsi kubera inzara

Abatuye mu ntara ya Gaza batangiye kurya ibisimba n’ibyatsi bakarenzaho amazi mabi nyuma y’uko Intambara ikomeje gufata indi ntera. Hanan Balkhy uyobora ishami rya ONU ryita ku buzima, OMS , mu karere intara ya Gaza iherereyemo yavuze ko abanyagihugu b’iyo ntara nta buvuzi babona bamwe bakaba bapfa amarabira kubera inzara. Imfashanyo z’abenegihugu bo muri Gaza […]

Ethiopia: Gen MK Mubarakh yitabiriye inama y’abagaba bakuru b’ingabo za Afurika

gpp7rtnaaaaxtr8.jpg

Gen MK Mubarakh, Umugaba Mukuru w’Ingabo za RDF yitabiriye inama isanzwe ya cumi n’icyenda y’abayobozi bakuru b’ingabo za Afurika n’abayobozi bashinzwe umutekano . Iyi nama ibera i Addis Abeba, muri Ethiopia kuva ku itariki ya 3 irasozwa kuri uyu Gatatu, itariki 5 Kamena 2024. Mu ijambo rye mu nama ya 19 isanzwe y’abayobozi bakuru b’ingabo […]

Ani Elijah yabenze Rayon Sports asinyira ikipe izasohokera u Rwanda

Ani Elijah wifuzwa na Rayon Sports yayibenze ku munota wa nyuma aza gusinyira Police FC izasohokera u Rwanda mu Nyafurika CAF Confederation Cup. Police FC yasinyishije rutahizamu Ani Elijah wakiniraga Bugesera FC, amasezerano y’imyaka ibiri. Ibi byabaye mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri rishyira ku wa Gatatu nk’uko byemezwa na Inyarwanda Bitangazwa ko Ani […]

Hari impungenge ko umutingito ushobora kongera kwibasira Papouasie-Nouvelle-Guinée

Abahanga mu bumenyi bwa jewoloji bavuga ko mu gushakisha abantu baburiwe irengero mu mpanuka yo ku ya 24 Gicurasi, abaturage bagenda bakomeza kwangiza ubutaka bw’ahabereye umutingito. Abayobozi b’Igihugu cya Gineya barahamagarira abatuye muri ako gace kwimuka. Abayobozi bo muri Papouasie-Nouvelle-GuinĂ©e baraburira abaturiye ako gace ko hashobora kubaho impanuka nyinshi zitewe n’iyangirika ry’ubutaka bw’aho hantu haherutse […]

Ukraine irasaba umudendezo wo kugaba ibitero

Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky, yavuze inshuro nyinshi ko inzira imwe yo kurangiza intambara ,ari ugukoresha intwaro ziva mu Burengerazuba bw’isi zifite ubushobozi bwo kurasa mu ntera ndende. Mu cyumweru gishize, nyuma yo gukuraho igice cy’uko Leta Zunze Ubumwe z’Amerika zabuzaga intwaro zimwe na zimwe zahawe Kiev, Washington yahaye Ukraine uruhushya rwo gukoresha ibikoresho yahawe […]

M23 yafashe Umujyi wa Kanyabayonga FARDC na MONUSCO bakwira imishwaro

screenshot_2024-06-05_073915.jpg

Kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 5 Kamena, imiryango itegamiye kuri Leta yashinje inyeshyamba za M23 gutera igisasu mu gace gatuwe n’abasivili, mu gihe uruhande rwegereye izi nyeshyamba rwemeza ko igisasu cyatewe na FARDC igihe yahungaga Kanyabayonga bivugwa ko yaraye ifashwe na M23. Kuri ubu, nta cyo uruhande rwa guverinoma ruratangaza kuri aya makuru. Icyakora, […]

Nyarugenge: Yafatanywe amacupa arenga 4700 y’amavuta yo kwisiga yangiza uruhu

Polisi y’u Rwanda mu bikorwa byo kurwanya magendu n’ibicuruzwa bitemewe, kuri uyu wa Kabiri tariki ya 4 Kamena, yafatiye mu Karere ka Nyarugenge umugabo w’imyaka 43 y’amavuko, amavuta yo kwisiga 4792 yangiza uruhu azwi ku izina rya Mukologo. Mu mavuta yafatanywe harimo ayo mu bwoko bwa Beauti, Paw paw, Caro light, Éclair 600, Extra Claire, […]

DRC:Imirwano y’i Kanyabayonga yatumye abahatuye bahagarikirwa imfashanyo

Mu gihe Intambara ikomeje mu Burasirazuba bwa Congo mu bice bitandukanye, kuri ubu Umuryango utabara imbabare kw’isi, CICR, warahagaritse igikorwa cyo gutanga imfashanyo y’ibiribwa by’umwihariko ku bantu bateshejwe ibyabo babarizwa mu gace ka Kanyabayonga, Burangiza na Bulindi. Icyo gikorwa cyari cyatangiye tariki 30 z’ukwezi gushize, bikaba byari byitezwe ko kizarangira mu byumweru bibiri. Itangazo rya […]

As Kigali ishobora guseswa muri iki cyumweru

img-20240604-wa0057.jpg

Ubuyobozi bwa AS Kigali bwandikiye Umujyi wa Kigali nk’umuterankunga mukuru wa yo buvuga ko bukeneye miliyoni 750 z’amafaranga y’u Rwanda cyangwa igasezera muri shampiyona. Ni ibaruwa yasinyweho n’Umuyobozi w’Icyubahiro wa As Kigali, Shema Fabrice aho yasabye Umujyi kwishyura ibirarane by’amezi 7 by’umwaka w’imikino ushize wa 2023-24 ndetse n’amafaranga izakoresha mu mwaka w’imikino utaha wa 2024-25. […]

RGB yasabye amadini kubahiriza amategeko n’amahwiriza mu gihe cy’amatora

Urwego rw’igihugu rw’imiyoborere, RGB, rwasabye amadini n’amatorero kugira uruhare mu migendekere myiza y’amatora. Dr Usta Kayitesi uyobora uru rwego, yasabye abayobozi b’amadini n’amatorero kubahiriza amategeko n’amabwiriza agenga amatora ndetse bakanagira uruhare mu kwigisha abayoboke babo imiterere y’iki gikorwa cyane ko bahawe ubumenyi buhagije ku migendekere yayo. Komisiyo y’Igihugu y’Amatora kandi nayo irakangurira abayobozi b’amadini n’amatorero, […]