Ukekwa yarasiwe hafi ya Ambasade ya Israel i Munich

Kuri uyu wa Kane, abapolisi b’Abadage bavuga ko barashe umuntu witwaje imbunda hafi y’ahari ikigo kibitse amateka y’Abanazi ndetse na Consulat ya Israel mu mujyi wa Munich. Polisi ya Bavaria ivuga ko uyu mugabo yarashwe, kandi ako gace kari kagoswe hafi ya Karolinenplatz. Minisitiri w’umutekano w’imbere muri Leta ya Bavaria, Joachim Herrmann, nyuma yavuze ko […]

Xi Jinping yemeye miliyari zisaga 50$ yo gutera inkunga Afurika mu myaka 3 iri imbere

Kuri uyu wa Kane, Perezida w’u Bushinwa, Xi Jinping, yashimye umubano w’igihugu cye n’Umugabane wa Afurika, avuga ko bari mu bihe byiza by’amateka. Ibi yabitangaje mu muhango wo gutangiza Ihuriro ry’Ubufatanye bw’u Bushinwa na Afurika (FOCAC), inama ikomeye Beijing yakiriye mu myaka ishize. Ni muri urwo rwego Perezida Xi yemeye miliyari zisaga 50 z’amadorari (miliyari […]

PM Dr. Ngirente yakiriye abarimo Visi Perezida wa Rockefeller Foundation

gwppbstxgaaycdr.jpg

Nyuma yo kugirana ibiganiro na mugenzi we wo muri Sierra Leone, Dr. David Moinina Sengeh, Minisitiri w’Intebe Dr. Ngirente yakiriye , kuri uyu wa Gatatu yakiriye abandi banyacyubahiro batandukanye bari mu Rwanda aho bitabiriye inama ngarukamwaka yiga ku guteza imbere Urusobe rw’Ibiribwa muri Afurika ya 2024. Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu, Minisitiri w’Intebe, […]

Sweden: Minisitiri w’ububanyi n’amahanga Tobias Billstrom yeguye

Kuri uyu wa Gatatu, itariki 4 Nzeri, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Tobias Billstrom, yatangaje mu buryo butunguranye ko azegura muri Guverinoma ya Sweden mu cyumweru gitaha. Billstrom amaze imyaka igera kuri ibiri kuri iyi mirimo, aho muri icyo gihe igihugu cye, ubusanzwe kitari gifite aho kibogamiye, cyabaye umunyamuryango wa NATO. Mu butumwa yanditse kuri X, Billstrom […]

Mozambike: RDF ikomeje gufatanya kuzana umutekano no gufasha abaturage mu mibereho

gwpqrmmxwaadx5c.jpg

Kuri uyu wa Gatatu abashinzwe umutekano b’u Rwanda bo muri (Task Force Battle Group 3) ikorera mu karere ka Ancuabe, intara ya Cabo Delgado, muri Mozambike bamuritse ibyumba bitanu byavuguruwe ku ishuri ribanza rya Nacololo. Batanze kandi ibikoresho bitandukanye by’ishuri birimo ameza 100 y’abanyeshuri, ibitabo by’imyitozo, amakaramu, ingwa, na crayons ku banyeshuri barenga 500. Brig […]

RDC: Barakira inkingo za mbere z’indwara y’Ubushita bw’Inkende

Minisitiri w’ubuzima muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo yatangaje ko icyo gihugu kigiye kwakira inkingo z’indwara y’ubushita bw’inkende. Repubulika ya Demokarasi ya Congo itegereje inkingo za mbere z’indwara y’ubushita bw’inkende kuri uyu wa Kane, icyiciro cya kabiri cyazo kikazahagera kuwa gatandatu w’iki cyumweru. Ibi byatangajwe n’umukuru w’itsinda rishinzwe kurwanya iyo ndwara, Cris Kacita. Ishami ry’umuryango […]

U Burusiya bugiye kuzana indege kabuhariwe z’intambara mu imurikagurisha ry’intwaro muri Afurika

Indege z’intambara z’u Burusiya nka Tu-160 long-range bombers ziri mu zishobora kumurikwa muri Africa Aerospace and Defense 2024 nk’uko tubikesha urubuga military.africa. Mbere y’iki gikorwa, intumwa z’Igisirikare cy’u Burusiya zasuye ikibuga cy’indege hanze ya Pretoria ngo harebwe ko hakoherezwa izi ndege za Tu-160 ahazabera imurikagurisha. Aba basirikare bakiriwe ku kibuga cy’indege n’Umuyobozi w’Ingabo zirwanira mu […]

Perezida Ruto yemeje ko yagiranye ibiganiro na Perezida Kagame

gwoldauxcaa5lm-.jpg

Perezida wa Kenya, William Ruto, yemeje ko yabonanye na mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame, mu Bushinwa, bagirana ibiganiro ku kunoza umubano w’ibihugu byombi no kuri kandidatire ya Odinga ku buyobozi bwa Komisiyo ya AU. “U Rwanda n’umufatanyabikorwa ukomeye kandi w’ingamba za Kenya. Dusangiye umubano ushingiye kuri dipolomasi, amateka n’umuco. Ibihugu byacu ni ibinyamiryango by’Umuryango […]

Mocímboa da Praia: Guverineri yatashye ibyumba by’ishuri byubatswe na RDF muri Namalala

classrooms.fb_-1024x683_1_.jpg

Guverineri wa Cabo Delgado, Valige Tauabo, ku wa Mbere, itariki ya 02 Nzeri yafunguye ku mugaragaro ibyumba bine by’Ishuri Ribanza rya Namalala mu karere ka Mocimboa da Praia. Iyubakwa ry’aya mashuri ryashobotse ku nkunga y’amafaranga yatanzwe n’Ingabo z’u Rwanda, mu rwego rw’umubano wa kivandimwe hagati y’ibihugu byombi. Ibyumba bine by’ishuri bifite ubushobozi bwo kwakira abanyeshuri […]

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Ukraine yeguye ku mirimo ye

Dmytro Kuleba yeguye ku mirimo ye yo kuba minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Ukraine, nyuma y’icyumweru Perezida Volodymyr Zelenskyy atangaje ko agiye gukora impinduka muri guverinoma ashaka kurushaho gukomeza nyuma y’imyaka ibiri n’igice igihugu cye gitewe n’u Burusiya. Kuri uyu wa Gatatu, Umuvugizi w’inteko ishinga amategeko, Ruslan Stefanchuk, kuri Facebook yavuze ko Kuleba yatanze icyifuzo cyo […]

Minisitiri w’Intebe wa Sierra Leone yashimye amasomo bigiye ku Rwanda

gwkzycvxaaa67hk.jpg

Sengeh yagaragaje amasomo y’agaciro Sierra Leone yakuye mu Rwanda no kungurana ibitekerezo, cyane cyane mu bijyanye n’ikoranabuhanga no guhanga udushya, nk’ingenzi ku bihugu byombi. Byatangajwe kuri uyu wa Kabiri, itariki 3 Nzeri, ubwo Minisitiri w’Intebe Dr. Ngirente yakiraga Dr. David Moinina Sengeh, Minisitiri w’Intebe wa Sierra Leone, uri mu Rwanda aho yitabiriye inama ngarukamwaka yiga […]

Cabo Delgado: Ingabo z’u Rwanda zaguye mu gico cy’ibyihebe

Mu ijoro ryo ku wa Gatandatu, ibyihebe byiyitira Isilamu byateze igico abapolisi/ingabo zo mu Rwanda zari mu irondo, mu karere ka Mocimboa da Praia, mu majyaruguru ya Mozambike mu ntara ya Cabo Delgado. Umuyobozi w’akarere ka Mocimboa da Praia, Sergio Cipriano, waganiriye na Televiziyo ya Mozambike (TVM) kuri uyu wa Kabiri yagize ati: “ahagana mu […]

USA: Abayobozi ba Hamas barimo Sinwar bashinjwe ibyaha 7 bifitanye isano n’igitero kuri Israel

Amerika yashinje umuyobozi wa Hamas, Yahya Sinwar n’abandi bantu benshi bakomeye bo mu mutwe w’Abanyalesitine wa Hamas ku gitero cyagabwe muri Israel ku itariki ya 7 Ukwakira umwaka ushize. Ishami ry’ubutabera ryavuze ko rirega abanyamuryango batandatu ba Hamas ibirego birindwi birimo iyicwa ry’Abanyamerika, umugambi wo gutera inkunga iterabwoba no gukoresha intwaro zo kurimbura. Ikirego cy’inshinjabyaha […]

Karasira yasabye kwemererwa kugera kuri konti ze akishakira umwunganizi

Kuri uyu wa Kabiri, Aimable Karasira yasabye ko amafaranga ye yafatiriwe n’ubutabera yayabona akayifashisha yishakira umwinganizi kuko adashaka gukomeza kunganirwa n’ymunyamategeko yahitiwemo. Karasira yabwiye urukiko ko agomba kuburana yunganiwe kandi adashaka umwunganira ahawe n’urugaga rw’abunganira abandi mu mategeko batangwa ku muntu utifashije, avuga ko we afite imitungo ihagije yamufasha kubona abamwunganira mu rubanza gusa yafatiriwe, […]

U Rwanda ruravugwaho gufasha u Burusiya kubona amadevize bwarafatiwe ibihano

Kuri uyu wa Mbere, ikigo cy’itangazamakuru gikora inkuru zicukumbuye cyo mu Burusiya, Vyorstka, cyatangaje ko u Burusiya bwinjije miliyoni zisaga 29 z’Amadolari ya Amerika n’inoti z’Amayero avuye mu Rwanda, nubwo Uburengerazuba bwabufatiye ibihano ku gutumiza amafaranga yabo mu mahanga. Muri Werurwe 2022, Amerika n’Umuryango w’Ubumwe bw’ibihugu by’u Burayi (EU) byabujije kohereza inoti zabo mu Burusiya […]

RDC: Uwabaye kandida Perezida mu matora aheruka yatawe muri yombi n’ubutasi

Kuri uyu wa Mbere, itariki ya 2 Nzeri, uwahoze ari umukandida ku mwanya wa perezida wa Repubulika, Seth Kikuni, yafashwe kandi “afungwa mu buryo butemewe n’amategeko” n’abakozi b’ikigo cy’igihugu gishinzwe iperereza (ANR), nk’uko bene wabo babitangaje. Kuri konti ye ya X, AndrĂ© Claudel Lubaya, avuga ifatwa rya mugenzi we Kikuni, yagize ati: “Kuri uyu wa […]

Kenya: Cheptegei uherutse guhagararira Uganda mu Mikino Olempike yatwikiwe mu nzu

Umugandekazi, Rebecca Cheptegei, wabaye uwa 44 muri marathon mu Mikino Olempike iherutse kubera i Paris, yagize ibikomere nyinshi byo gushya nyuma yo gutwikwa hakoreshejwe peteroli n’umukunzi we, mu gihe ihohoterwa rikorerwa mu ngo rikorerwa abagore rikomeje kuba ikibazo gikomeye muri Kenya. Uyu mukinnyi usiganwa muri marathon wo muri Uganda witabiriye Imikino Olempike yabereye i Paris […]

Ethiopian Airlines yahagaritse ingendo zayo muri Eritrea

Isosiyete y’indege ya Leta, Ethiopian Airlines, yavuze ko yahagaritse ingendo zerekeza mu gihugu cy’abaturanyi cya Eritrea, kubera uburyo bugoye bwo kuhakorera itatangaje. Eritrea yari yavuze mbere ko izahagarika ingendo zose za Ethiopian Airlines mu mpera z’uku kwezi. Ingendo ziva muri Ethiopia zerekeza muri Eritrea zari zasubukuwe mu mwaka wa 2018 nyuma y’imyaka 20, nyuma y’amasezerano […]

Cleverly yiyemeje kongera kubaka umubano n’u Rwanda naba Minisitiri w’Intebe utaha

James Cleverly yiyemeje kongera kubaka umubano n’u Rwanda avuga ko wangijwe n’Ishyaka ry’Abakozi no kugarura gahunda y’u Rwanda irebana n’abimukira naramuka atorewe kuba Umuyobozi w’ishyaka ry’Aba-conservateurs akaba na Minisitiri w’Intebe. Uyu minisitiri w’umutekano w’imbere mu gihugu w’abatavugarumwe n’ubutegetsi bita “shadow Minister”, yavuze ko azongera kubaka umubano w’u Bwongereza n’u Rwanda, ubwo yatangizaga icyifuzo cye cyo […]

Ibyaha by’ubujura no gukubita ni byo byiganje mu mwaka ushize w’ubucamanza

Imibare mishya yatanzwe n’ikigo cy’igihugu gishinzwe ubushinjacyaha (NPPA) yerekanye ko ubujura no gukubita ku bushake aribyo byaha byagaragaye cyane mu Rwanda mu mwaka w’ubucamanza wa 2023/2024 (hagati ya Kamena 2023 na Kamena 2024), bingana na 57% by’ibyaha byose byakozwe. Mu gusoza ku mugaragaro umwaka w’ubucamanza wa 2023/2024, Umushinjacyaha Mukuru, Angelique Habyarimana yagaragaje ko ibyo byaha […]

Banki y’Isi yashyizeho umuyobozi mushya w’ishami ryayo mu Rwanda

Banki y’isi yashyizeho Qimiao Fan nk’umuyobozi mushya wayo ku rwego rw’igihugu mu Rwanda, Kenya, Somaliya, na Uganda, guhera ku itariki ya 1 Nzeri 2024, nk’uko banki yabitangaje kuri uyu wa Mbere. Qimiao Fan asimbuye kuri uyu mwanya Keith Hansen, Umunyamerika, wakoraga iyi mirimo kuva muri Nzeri 2020. Banki y’Isi yagize iti: “Fan ufite uburambe mu […]

Bali: Perezida Kagame yerekanye akamaro Afurika na Indonesia bifitiye Isi

gwcny15wqaanymn.jpg

Muri gitondo cyo kuri uyu wa Mbere i Bali, Perezida Kagame yifatanije n’abandi Bakuru b’ibihugu na Guverinoma mu nama ku bufatanye buhuriweho n’abafatanyabikorwa mu nama ihuza Indonesia na Afurika (IAF2024) yakiriwe na Perezida Joko Widodo. Muri iyi nama Perezida Kagame yatanze ingero z’uburyo bwo guteza imbere ubufatanye bufatika hagati ya Afurika na Aziya, cyane cyane […]

Haiti: Igipolisi cya Kenya cyasabye ibyigomeke kuyamanika mbere y’ibikorwa kigiye gutangiza

Ubutumwa mpuzamahanga buyobowe na Kenya muri Haiti (MSS) bwahamagariye udutsiko tw’abagizi ba nabi two muri iki gihugu kwiyegurira abayobozi. Mu makuru agezweho kuri ubwo butumwa, iryo tsinda ryavuze ko nyuma yo kubona izindi modoka n’ibindi bikoresho, bazakora ibikorwa byo gusukura i Delmas, Bel-Air, Solino, no mu nkengero zaho kugira ngo barandure burundu udutsiko. Ibi bikorwa […]

Kinshasa: Urusaku rw’amasasu hafi ya gereza nkuru ya Makala

Kuva mu ma saa munani z’igicuku cyo kuri uyu wa Mbere, humvikanye amasasu hafi y’icyahoze ari gereza nkuru ya Makala, iherereye muri komini ya Selembao, i Kinshasa kuri Avenue de la LibĂ©ration, yahoze ari 24 novembre. Amakuru agera kuri Mediacongo.net avuga ko “abagabo batamenyekanye bafunze Avenue du 24 Novembre yerekeza i Molard, naho abandi batera […]

Uwabujijwe kuba nyampinga wa Afurika y’Epfo kubera ubwenegihugu yatsindiye muri Nigeria

Chidimma Adetshina washidikanweho ku bwenegihugu bwe agahatirwa kuva mu irushanwa ry’ubwiza rya Nyampinga w’Afurika y’Epfo, yegukanye ikamba rya Nyampinga wa Nigeria. Adetshina yasutse amarira y’ibyishimo ubwo yatangazwaga ku wa gatandatu ko ari we ‘Miss Universe’ wa Nigeria. Nyuma y’ibyumweru agarukwaho cyane mu bitangazamakuru, uyu munyeshuri w’imyaka 23 wiga amategeko kuri kaminuza yagize ati: “Iri kamba […]

Goma: Umuzalendo yishe umugore utwite n’abana be babiri

Kuri iki Cyumweru, itariki ya 1 Nzeri 2023, umugore utwite yiciwe i Goma mu nkambi ya Bulengo n’umuntu ukekwaho kuba umuzalendo. Abandi bantu babiri bakomeretse nk’uko amakuru aturuka mu nkambi abitangaza. Ibi biravugwa nyuma y’imirambo itatu yabonetse yatwitswe kuri uyu wa Gatanu ushize, itariki 30 Kanama 2024 hafi ya Tujenge, muri Gurupoma ya Basimukinji. Ni […]

RDC: Abapolisi bakuru 2 i Kinshasa bahagaritswe bazira guhutaza abadipolomate

Kuri uyu wa Gatandatu, itariki ya 31 Kanama, Minisitiri w’intebe wungirije wa Congo akaba na Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, Shabani Lukoo, yategetse ihagarikwa ry’agateganyo mu rwego ry’abapolisi bakuru babiri ba Polisi y’igihugu cya Congo (PNC). Aba ni umuyobozi wungirije w’ishami rishinzwe gutabara rya polisi (LĂ©gion nationale d’intervention (LNI), Kabeya Tshiani Magnat, na Komiseri wa Polisi ku […]

Ihuriro rya 13 ry’abapolisikazi ryasojwe hibandwa ku bunyamwuga no kwita ku buzima

csm_whatsapp_image_2024-09-01_at_07.07_20_c76e7a6411.jpg

Ihuriro ngarukamwaka rihuza abapolisikazi ryaberaga ku cyicaro gikuru cya Polisi ku Kacyiru, ku nshuro ya 13 ryasojwe kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 31 Kanama, hagarukwa ku buryo bwo kwirinda indwara nka Kanseri y’ibere n’indwara z’ibyorezo zirimo; Ubushita bw’inkende (Mpox), Indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina (STDs) n’ingamba zo kuboneza urubyaro. Umunsi wa mbere wari waranzwe […]

Sumbu Sita wasimbuye Tshibangu nk’intumwa ya Tshisekedi mu bibazo bya RDC n’u Rwanda ni muntu ki?

Perezida wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, FĂ©lix Tshisekedi, yashyizeho Sumbu Sita Mambu nk’intumwa ye Nshya yiharariye mu bibazo bya RDC n’u Rwanda asimbuye Serge Tshibangu. Sumbu Sita Mambu, ufite impamyabumenyi ihanitse yakuye muri Kaminuza Gatolika ya Bukavu, afite uburambe bukomeye bw’imyaka irenga 20 akorana n’Umuryango w’Abibumbye, cyane cyane mu turere turimo amakimbirane. Yakoze hagati […]

Amafoto: Perezida Kagame yageze i Bali, muri Indonesia

gwxf5jvxcaev73y.jpg

Perezida Kagame yageze i Bali, muri Indonesia aho yifatanya n’abayobozi batandukanye mu Nama ya 2 ihuza Indonesia na Afurika yatangiye ku itariki 30 Kanama izarangira kuri uyu wa Kabiri, itariki 3 Nzeri. Iyi nama ibera i Nusa Dua, muri Bali kuva ku itariki ya 1- 3 Nzeri 2024, yitezweho kuzatanga imyanzuro ishobora guhita ishyirwa mu […]

Bwa mbere muri EAC robots zatangiye guseriva ibiryo muri restaurant

1722583709176.png

Restaurant nshya mu murwa mukuru wa Kenya ikomeje kuvugwamo cyane, atari ku biribwa itegura gusa, ahubwo ni ku gashya yazanye mu Karere ko gikoresha robots mu guseriva abakiriya. Muri iyi restaurant iherereye rwagati muri Kileleshwa, agace kaba kuzuye abantu benshi i Nairobi, kuharira bitanga umusogongero w’uko mu minsi iri imbere serivisi zo kwakira abantu zizaba […]

Israel yabonye imirambo 6 y’imbohe zari zarashimuswe na Hamas harimo Umunyamerika

Igisirikare cya Israel cyavuze ko cyabonye imirambo y’abantu batandatu bari bafashwe bugwate na Hamas muri Gaza. Umwe muri bo afite ubwenegihugu bwa Amerika n’ubwa Israel, Hersh Goldberg-Polin. Hersh Goldberg-Polin yari afite imyaka 23 y’amavuko ubwo yashimutwaga na Hamas imusanze mu iserukiramuco ry’umuziki rya supernova ryaberaga muri Israel. Hersh Goldberg-Polin yari mu mazina yamenyekanye cyane kuko […]

Abapolisi bitabiriye amahugurwa y’Umuryango w’Afurika Yunze Ubumwe bakoze urugendoshuri

whatsapp_image_2024-08-31_at_6.13_32_pm.jpg

Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 31 Kanama 2024, abapolisi bo mu bihugu bitandukanye bitabiriye amahugurwa y’umuryango w’Afurika Yunze Ubumwe (AUPOC), arimo kubera mu Ishuri rya Polisi ry’amahugurwa (PTS) i Gishari mu Karere ka Rwamagana, bakoze urugendoshuri rugamije kubongerera ubumenyi mu byaranze amateka y’u Rwanda. Basuye Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Kigali ku Gisozi, […]

Igitero cya Israel muri West Bank cyahitanye Komanda wa Hamas muri Jenin

Igisirikare cya Israel cyavuze ko cyagabye igitero ku Mujyi wa Jenin wo muri West Bank ku munsi wa gatatu w’imirwano ikaze mu butaka bwa Palesitine bwigaruriwe, gihitana Komanda wa Hamas muri uyu mujyi. Israel yavuze ko ingabo zayo “zagabye igitero ku mutwe w’iterabwoba.” Kuri X, ahahoze ari Twitter, IDF yavuze ko “yivuganye” Wassem Hazem, umuyobozi […]

RDC: Minisitiri arasabwa kwegura nyuma yo gusubika inama mpuzamahanga ku munsi yari kuberaho

centre-860x645.jpg

Urubyiruko rwakariye minisitiri w’urubyiruko muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo nyuma yo gusubika inama y’abayobozi b’urubyiruko rwo muri Afurika yitabiriwe n’Ibihugu bigera kuri 30 i Kinshasa igasubikwa ku munsi yari gutangiriraho. Bishyuye amahoteri, ibiryo n’ibindi ariko amaherezo itangazo rigenewe abanyamakuru ryahagaritse byose. Ku isaha ya saa tatu za mugitondo ku itariki ya 29 Kanama, itangazo […]

U Budage bwacyuye ku ngufu Abanyafuganisitani bari barahahungiye Abatalibani

Kuri uyu wa Gatanu, Minisiteri y’umutekano w’imbere mu gihugu mu Budage yatangaje ko indege icyuye Abanyafuganisitani yahagurutse ku kibuga cy’indege cya Leipzig kizwi nka Halle Airport. Nibwo bwa mbere Abanyafuganisitani birukanwe mu gihugu cy’u Budage kuva Abatalibani bafata ubutegetsi i Kabul muri Kanama 2021. Mu magambo ye, umuvugizi wa guverinoma, Steffen Hebestreit, yagize ati: “Aba […]

Guverinoma ya RDC yemeye ko ari yo yasabye Ingabo za Kenya muri MONUSCO mu 2019

screenshot_20240830-090246.jpg

Imiryango itegamiye kuri leta ikorera muri Kivu y’Amajyaruguru ikomeje kwamagana byimazeyo iyoherezwa ry’abasirikare ba Kenya muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo mu gihe Leta yemeye ko ari yo yabasabye mu 2019. Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara kuri uyu wa Kane, itariki ya 29 Kanama, sosiyete sivile yagaragaje ko yamaganye yivuye inyuma ko abasirikare ba Kenya baba […]

Paris: Umwe mu bagiye guhagararira u Rwanda mu Mikino ya Paralympics yaburiwe irengero

Ibiro ntaramakuru by’Abadage (dpa) byatangaje ko iperereza ryatangiye ku ibura ry’umwe mu bagiye guhagararira u Rwanda mu Mikino ya Paralympics, ihuza abafite ubumuga, mu Bufaransa. Abateguye Imikino Paralympics ya Paris 2024, barimo kuvugana na komite y’igihugu ishinzwe imikino y’abafite ubumuga mu Rwanda nyuma yo kumenya ibura ry’uyu muntu. Ubu umushinjacyaha afite uruhare muri uru rubanza. […]

RDC yatangije ubukangurambaga busaba ICC gutangiza iperereza ku Rwanda

Guverinoma ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo yatangije kuri uyu wa Kane, itariki ya 29 Kanama 2024 i Kinshasa, ubukangurambaga bwiswe “ICC, Ubutabera kuri DRC” nk’uko byatangajwe na Minisitiri w’ubutabera wungirije, ushinzwe imanza mpuzamahanga, Samuel Mbemba, mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru i Kinshasa. Asobanura ko binyuze muri iyi gahunda, Guverinoma ishaka kubona mu rukiko mpuzamahanga mpanabyaha […]

Uganda irishimira ubufatanye bwayo na RDC mu kurwanya ADF

Uganda irishimira ibimaze kugerwaho mu myaka hafi itatu ishize Ingabo za UPDF zifatanya n’iza Repubulika ya Demokarasi ya Congo mu bikorwa bya gisirikare bihuriweho byiswe ‘Operation Shujaa’ byo kurwanya Inyeshyamba za ADF Umutwe wa ADF urwanya ubutegetsi bwa Uganda ni umwe mu mitwe yitwaje intwaro ikorera mu burasirazuba bwa Congo ikomeje guteza umutekano mucye. UPDF […]

RIB yafashe abigiraga abaguzi bakiba ibicuruzwa bitandukanye

gwkbly2w0aqubcx.jpg

Urwego rw’igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) kuri uyu wa Kane rwerekanye agatsiko k’abatekamutwe batandatu bakurikiranweho ubujura bw’ibicuruzwa bitandukanye bakoresheje amayeri yo kwigira abaguzi barangura. Mu byibwe hagarujwe ibicuruzwa bifite agaciro karenga miliyoni 20FRW, bigizwe n’ibiribwa, inzoga ndetse n’ibikoresho by’ubwubatsi. Aba bafungiwe kuri station ya RIB ya Kicukiro mu gihe dosiye yabo irimo gutunganywa kugirango ishyikirizwe Ubushinjacyaha. RIB […]

Misiri yohereje intwaro muri Somalia bwa mbere mu myaka 40 ishize

Ku wa kabiri, Misiri yagejeje imfashanyo zayo za gisirikare za mbere muri Somaliya mu myaka irenga mirongo ine ishize, nk’uko byemejwe n’abadipolomate batatu na bamwe mu bagize Guverinoma ya Somaliya, igikorwa ngo gishobora kongera umwuka mubi hagati y’ibihugu byombi na Ethiopia. Muri uyu mwaka, Misiri na Somaliya byarushijeho kwiyegerezanya nyuma y’uko Ethiopia isinyanye amasezerano y’ibanze […]

Rubavu: Umusirikare wa FARDC yarashe mu Rwanda

Umusirikare bikekwa ko ari uwo mu ngabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), kuri uyu wa Kane tariki ya 29 Kanama yarashe urufaya rw’amasasu mu karere ka Rubavu. Byabaye mu ma saa sita z’amanywa. Amasasu yarasiwe mu butaka bugize urubibi bwa Congo n’u Rwanda (No man’s Land) hafi n’umupaka muto uzwi nka Petite Barrière. […]

FARDC yongeye guca amarenga y’imyiteguro yo gutera u Rwanda

Igisirikare cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) giherutse guhakana kuvogera ikirere cya M23, kuri ubu kiravuga ko ko icyo kirere kivugwa ari icya Repubulika ya Demokarasi ya Congo kandi biteguye gukora ibishoboka byose n’ibice byigaruriwe bikagaruzwa ndetse intambara ikajyanwa aho yaturutse uhita wumva ko ari u Rwanda bashaka kuvuga wumvise ibivugwa na Gen. Maj. […]

Niger: Mohamed Bazoum wahoze ari perezida yahaswe ibibazo amasaha atanu

Muri Niger, Perezida Mohamed Bazoum wirukanwe ku butegetsi, yahaswe ibibazo n’abajandarume mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu ushize mu rwego rw’iperereza ry’ibanze. Yabarijwe iwe n’itsinda ry’abajandarume batatu, barimo majoro, kapiteni ndetse n’adjudant. Ni nyuma y’uko Urukiko rwa Leta rumwambuye ubudahangarwa kugira ngo aburanishwe ku cyaha cyo kugambanira igihugu. Byabereye imbere y’umwunganizi we, Moussa Coulibaly,nyuma […]

Mugina: Umugabo n’umugore we bicishijwe umuhoro

Charles Mpawenimana w’imyaka 67 n’umugore we FrĂ©diane Ndayisavyimana w’imyaka 52, bishwe mu ijoro ryo ku itariki ya 26 rishyira ku wa 27 Kanama. Ubwicanyi bwabereye mu gace ka Nyempundu muri komini ya Mugina mu ntara ya Cibitoke (mu Majyaruguru y’uburengerazuba bw’u Burundi). Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze bwemeza ko gukekwaho ubupfumu ari yo nkomoko y’ubwo bwicanyi nk’uko […]

Nta myanya iboneka mu mashuri y’abiga bacumbikirwa kuko yuzura ku ikubitiro – NESA

Kuri uyu wa Gatatu, Itariki 28 Kanama 2024 Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibizamini, NESA, cyemeje ko nta myanya iboneka mu bigo by’amashuri y’abiga bacumbikirwa ku bifuza guhindurirwa bakabijyamo, kivuga ko haba haruzuye nkuko byanashimangiwe n’Umunyamabanga wa Leta muri minisiteri y’uburezi, Claudette Irere, mu kiganiro na RBA. Mu gihe NESA ivuga ko abifuza guhindurirwa, bakajya biga bataha […]

France: CEO wa Telegram uherutse gufungwa yatangiye gukorwaho iperereza ku mugaragaro

Abayobozi mu Bufaransa batangiye iperereza ku mugaragaro ku Muyobozi wa Telegram, Pavel Durov nyuma yo gufatwa. Durov kandi yabujijwe kuva mu Bufaransa muri iki gihe. Abacamanza b’Abafaransa batanze ibirego by’ibanze biregwa Umuyobozi Mukuru wa Telegram, Pavel Durov, kubera ko yaba yaremeye ko ibikorwa by’ubugizi bwa nabi bikorerwa kuri iyi porogaramu yo kohererezanya ubutumwa. Abayobozi bamubujije […]

Byagenze gute ngo Mariah Carey apfushe nyina na mukuru we ku munsi umwe?

Nyina wa Mariah Carey, Patricia na mukuru we, Alison, bapfiriye umunsi umwe mu mpera z’icyumweru, nk’uko uyu muririmbyi wo muri Amerika yabitangaje. Kuri uyu wa Mbere ushize, Mariah Carey yagize ati: “Umutima washengutse ku ko nabuze mama muri iyi weekend ishize.” “Ikibabaje, mu kintu kibabaje, na mushiki wanjye yatakaje ubuzima bwe kuri uwo munsi.” Uyu […]

Nigeria: Tinubu yashyizeho abayobozi bashya b’umutekano w’imbere n’ubutasi

Kuri uyu wa Mbere, itariki 26 Kanama, Perezida wa Nigeria, Bola Tinubu, yashyizeho abayobozi bashya, ushinzwe umutekano w’imbere mu gihugu (Homeland Security) ndetse n’umuyobozi w’Urwego rw’Igihugu rw’Iperereza (National Intelligence Agency). Ni nyuma y’icyumweru kimwe abari bariho beguye ku buryo butunguranye, mu gihe iki gihugu gituwe kurusha ibindi muri Afurika gihanganye n’inyeshyamba mu majyaruguru y’uburasirazuba ndetse […]

Ibihugu 9 bya Afurika biteraniye mu mahugurwa y’abapolisi i Gishari

Abapolisi 36 bo mu bihugu bitandukanye by’Afurika, kuri uyu wa Mbere tariki ya 26 Kanama, batangiye amahugurwa azamara ibyumweru bibiri, abera mu Ishuri rya Polisi ry’amahugurwa (PTS) riherereye i Gishari mu Karere ka Rwamagana . Ni amahugurwa yateguwe ku bufatanye bwa Polisi y’u Rwanda n’Umutwe w’ingabo z’Afurika y’Iburasirazuba zihora ziteguye gutabara (EASF), hagamijwe guteza imbere […]

Starmer akomeje kotswa igitutu nyuma yo gushyingura gahunda y’u Rwanda adafite iyisimbura

Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Sir Keir Starmer akomeje gushinjwa kurushaho guteza ikibazo cy’abimukira nyuma yo gukuraho ingamba zari zafashwe n’aba conservateurs zo gukemura iki kibazo. Kuva Starmer yatsinda amatora muri Nyakanga, abimukira barenga 5000 bamaze kwinjira mu Bwongereza mu buryo butemewe bambutse umuyoboro wa English Channel. Icyakora, minisitiri w’umutekano w’imbere mu gihugu, Yvette Cooper, yemeye […]

Eswatini: Barishimira ubufatanye n’Igisirikare cya RDF bafata nka kimwe mu bikaze muri Afurika

fwhjlxrveaabzl4.jpg

Itangazamakuru ryo mu Bwami bwa Eswatini ryakeje Igisirikare cy’u Rwanda rivuga ko ari kimwe mu gisirikare gikomeye muri Afurika ndetse no ku Isi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare ibihugu byombi biherutse gushyiraho umukono i Kigali. Mu nkuru cyahaye umutwe ugira uti “ Amasezerano ya Eswatini n’Igisirikare gikomeye muri Afurika (eswatini’s pact with africa’s powerful army), […]

U Bugereki burateganya kohereza ingabo zidasanzwe muri Mozambike

U Bugereki bugiye kurushaho kugira uruhare mu bikorwa bya gisirikare mpuzamahanga yinjira mu Butumwa bw’Ubumwe bw’ibihugu by’u Burayi muri Mozambike (EUMAM Mozambique). Biteganijwe ko abakomando badasanzwe mu Ngabo z’u Bugereki bo muri Special Warfare Command bazagira uruhare runini muri ubwo butumwa buteganijwe gutangira ku itariki ya 1 Nzeri bukazakomeza kugeza ku ya 30 Kamena 2026. […]

Inzego z’ibanze zanenzwe kunanirwa kugaragaza ikibazo cy’ibura ry’isoko ry’umuceri

gv2pm50xkaaftoy.jpg

Inzego z’ibanze zanenzwe kunanirwa kugaragaza ikibazo cy’ibura ry’isoko ry’umuceri none amatoni yawo menshi akaba ari gutikirira mu bubiko bw’abaturage. Izi nzego zinengwa na Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Musabyimana Jean Claude, wabigarutseho mu gusoza umwiherero wa za Komite Nyobozi z’Uturere tugize Intara y’Uburasirazuba umaze iminsi ibiri ubera mu Karere ka Bugesera. Uyu mwiherero kandi wari ugamije kurebera […]

Goma: Abantu 8 bafashwe bashinjwa gushakira abarwanyi M23

Umuyobozi w’umujyi wa Goma (Kivu y’Amajyaruguru), Superintendent Faustin Kapend Kamand, yatangaje ko hafashwe abantu umunani bakekwaho gushaka abantu bajya mu mutwe w’inyeshyamba za M23, ngo bafashwe n’inzego z’ubutasi zo mu karere ka 34 ka gisirikare. Ibi yabitangaje ku wa Gatandatu ubwo yerekanaga itsinda ry’abantu cumi na batanu batawe muri yombi mu gikorwa cya buri cyumweru […]

Igitero cya drone cyahitanye nibura 15 muri Mali

Nibura abantu 15 barimo abana biciwe mu bitero bya drones mu majyarugu ya Mali ahakomeje imirwano hagati y’ingabo za leta zishyigikiwe n’abancancuro b’Abarusiya, n’imitwe y’inyeshyamba z’abajihadisite bashaka kwitandukanya na Mali. Izo nyeshyamba zirashinja ingabo za leta n’abacancuro ba Wagner kugaba ibitero bya drone mu gace ka Tinzaouatene, kari hafi y’umupaka wa Aljeriya. Zo zivuga ko […]

M23 yigaruriye agace ka Kikuvo nyuma yo guterwa na kajugujugu

gv0om6owaaaoihf.jpg

Nyuma y’amasaha make y’imirwano, inyeshyamba za M23 zigaruriye agace ka Kikuvo, umudugudu wo muri Teritwari ya Lubero nyuma yo kugabwaho igitero na kajugujugu. Aka gace ka Kikuvo n’ubundi mu minsi ishize byari byatangajwe ko kigaruriwe na M23 ariko ntihatangajwe igihe yakaviriyemo. Ahagana saa 8h20, kajugujugu ifite ibara rya gisirikare yagabye igitero ku nyeshyamba za M23 […]

Brazzaville: Hari abari gusaba ko Ambasaderi Mutsindashyaka yirukanwa

Bamwe mu bagize sosiyete sivile ya Congo-Brazzaville barasaba ko Ambasaderi w’u Rwanda yirukanwa, nyuma y’ibintu yatangaje, bavuga ko ari igitutsi ku baturage ba Repubulika ya Congo, ku kibazo kimaze iminsi kitavugwaho rumwe cy’ubutaka Congo yahaye u Rwanda bwo guhingaho . Imiryango itegamiye kuri leta ntabwo izi niba guverinoma ya Congo yaratanze ku buntu cyangwa yaragurishije […]

Umuriro mu Burasirazuba bwo Hagati: Indege 100 za Israel mu kirere ku bitwaro 1000 bya Hezbollah

Igisirikare cya Israel cyavuze ko indege zacyo z’intambara zagabye igitero ku bihumbi by’imbunda za rutura zirasa roketi za Hezbollah muri Libani zari ziteguye kurasa mu majyaruguru ya Israel no hagati. Mu itangazo ryacyo, Igisirikare cya Israel (IDF) cyagize kiti: “Indege z’intambara zigera ku 100 za IAF (Igisirikare cyo mu Kirere cya Israel)… zarashe kandi zisenya […]