U Rwanda rugiye gutangira kugerageza urukingo rwa Marburg

Kuri uyu wa Kane tariki ya 3 Ukwakira 2024, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima, Dr. Yvan Butera, yatangaje ko u Rwanda rwiteguye gutangira kugerageza urukingo n’ubuvuzi bwo kuvura icyorezo cya Marburg. Iki cyorezo cyemejwe bwa mbere mu gihugu mu mpera za Nzeri 2024, kimaze guhitana abantu 11 kugeza ubu, mu gihe 36 ari bo […]

Umunyeshuri waturutse mu Rwanda yaba yagejeje Marburg mu Budage

Kuri uyu wa Gatatu, itariki 02 Ukwakira 2024, ikinyamakuru Bild cyatangaje ko abayobozi b’u Budage barimo gukora iperereza ku bimenyetso by’abagenzi babiri bari muri gari ya moshi, umwe muri bo akaba ari umunyeshuri mu by’ubuvuzi wari wahageze mu ndege avuye mu Rwanda aho yahuriye n’umurwayi waje gusangwamo virusi ya Marburg . Bivugwa ko uyu mugabo […]

Djibouti: Abimukira 45 bapfuye nyuma yo guhatirwa kuva mu bwato butaragera ku nkombe

Abimukira byibuze bagera kuri 45 bapfuye abandi basaga 100 baburirwa irengero kuri uyu wa Kabiri ushize itariki 01 Ukwakira 2024 mu Nyanja Itukura . Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe Abimukira, OIM, ryatangaje ko abatabazi barimo gushakisha abimukira barenga 100 ku nkombe za Djibouti, nyuma y’uko abatwara abantu mu buryo bwa magendu, babategetse gusimbukira mu nyanja. OIM […]

Rwamagana: Batanu bafatiwe mu cyuho batekeye Kanyanga mu gishanga

Polisi y’u Rwanda mu Karere ka Rwamagana, ku bufatanye n’izindi nzego z’umutekano n’abaturage hafashwe abagabo batatu n’abagore babiri, bari batekeye kanyanga mu gishanga cya Rugende . Bafatiwe mu mudugudu wa Gituza, akagari ka Nyarukombe mu murenge wa Muyumbu, bafite litiro 40 z’iyo Kanyanga bari bamaze kwarura n’amajerekani 10 ya melase bifashishaga bayikora, Mu rucyerera rwo […]

U Burusiya bwigaruriye Umujyi wa Vuhledar mu burasirazuba bwa Ukraine

Igisirikare cy’u Burusiya cyigaruriye Umujyi wose wa Vuhledar w’imisozi miremire mu burasirazuba bwa Ukraine. Kuri uyu wa Gatatu, itariki 2 Ukwakira 2024, Igisirikare cya Ukraine cyemeje ko kirimo kuvana ingabo mu mujyi ufite umwanya w’ingenzi mu Karere ka Donetsk, mu rwego rwo kurinda “abasirikare n’ibikoresho”. Bitewe n’ibikorwa by’umwanzi, havutse impungenge z’uko uyu mujyi wagotwa nk’uko […]

Nigeria: Byibuze abantu 150 baburiwe irengero nyuma y’impanuka y’ubwato

Kuri uyu wa Gatatu, itariki 02 Ukwakira 2024, abayobozi bavuze ko byibuze abantu 150 baburiwe irengero nyuma y’uko ubwato burohamye mu burengerazuba bwa Nigeria. Umuyobozi Mukuru w’Ikigo gishinzwe Ubutabazi muri Leta ya Nigeria, Abdullahi Baba, yatangaje ko ibi byabereye ku wa Kabiri mu Karere ka Mokwa mu gihugu cya Nigeria nk’uko bitangazwa n’Ibiro Ntaramakuru bya […]

Kenya: Visi Perezida arashinjwa ivanguramoko no gushyigikira imyigaragambyo irwanya leta

Muri Kenya, icyifuzo cyo kweguza Visi-Perezida Rigathi Gachagua hemejwe ko cyakiriwe ku munsi w’ejo, ku wa Kabiri, itariki ya 1 Ukwakira, na Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko. Iki cyifuzo cyashyizweho umukono n’abadepite 291, hejuru ya bibiri bya gatatu bisabwa, kirerekana ibirego cumi na kimwe. Abadepite bashinja visi-perezida kuba yararenze ku Itegeko Nshinga, amategeko ya Kenya ndetse […]

RDC: Matata Ponyo wahoze ari Minisitiri w’Intebe arishyuza Leta asanga miliyari 2 Frw

doc_matata.jpg

Mu ibaruwa yashyizwe ku mugaragaro kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 1 Ukwakira, Depite Augustin Matata Ponyo Mapon yasabye ko Minisitiri w’intebe, Judith Suminwa yamusabira minisiteri y’imari kumwishyura miliyoni 1.9 z’amadolari yamuhezemo . Matata Ponyo avuga ko yakoreye ubushakashatsi ibiro bye (bya Minisitiri w’Intebe), ariko amafaranga yahagaritswe na minisitiri w’imari, Nicolas Kazadi. Abinyujije kuri X […]

Mozambique: Maj. Gen. Ruvusha yijeje ko bagiye gukomeza kotsa igitutu abaterabwoba

gy0-lxbwgauc34s.jpg

Kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 01 Ukwakira 2024, Umuyobozi w’abashinzwe umutekano b’u Rwanda muri Mozambique (RSF) Maj Gen Emmy K Ruvusha yitabiriye inama ya 11 yo guhuza ibikorwa yabereye mu mujyi wa Pemba, yitabiriwe n’intumwa z’Ingabo za Mozambique ndetse n’intumwa z’Ingabo za Tanzaniya. Maj. Gen. Ruvusha yijeje abitabiriye iyi nama ko Ingabo z’u Rwanda […]

Amerika: Abazavamo visi perezida nabo bahuriye mu kiganirompaka

Muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, abakandida ku mwanya wa Visi-Perezida b’amashyaka abiri ya mbere akomeye, Umurepubulikani JD Vance n’Umudemokarate Tim Walz, bashoje ikiganiro-mpaka cyamaze isaha n’igice kuri televiziyo CBS kuri uyu wa Kabiri, itariki 1 Ukwakira . Abanyamakuru bayoboye ikiganiro babajije abakandida bombi niba bashyigikiye ko Israel irasa Irani nyuma gato y’uko irashe muri […]

U Budage: Hafashwe ukekwaho kuba intasi y’u Bushinwa wakoraga ku kibuga cy’indege

Umuturage w’u Bushinwa yafatiwe i Leipzig, mu Budage, aho yakoraga ku kibuga cy’indege ashinjwa guha amakuru ajyanye no gutwara ibikoresho bya gisirikare undi ukekwaho kuba umukozi w’ubutasi. Ubushinjacyaha bw’u Budage bwatangaje ko kuri uyu wa Kabiri, itariki 01 Ukwakira 2024, umugore w’Umushinwakazi yatawe muri yombi akekwaho kuba intasi y’inzego z’ubutasi z’u Bushinwa. Ubushinjacyaha bwatangaje ko […]

Thailand: Byibuze abana 22 bapfiriye mu mpanuka ya bus y’abanyeshuri

Bus yari itwaye abana benshi bo mu ishuri ribanza yakoze impanuka ifatwa n’inkongi y’umuriro hanze y’umurwa mukuru wa Thailand, Bangkok, kuri uyu wa Kabiri, itariki 1 Ukwakira 2024. Minisitiri w’ubwikorezi mu gihugu avuga ko abana 16 n’abarimu batatu barokotse, ariko abanyeshuri 22 n’abarimu batatu kugeza ubu birakekwa ko bapfuye. Minisitiri w’Intebe wa Thailand yavuze ko […]

Paris: Hatangiye urubanza rwa Rwamucyo byitezwe ko rutazoroha na gato

Kuri uyu wa Kabiri, itariki 01 Ukwakira 2024, uwahoze ari umuganga, Eugene Rwamucyo, ufite imyaka 65, yitabye urukiko mu Bufaransa aho akurikiranweho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994. Ni urubanza biteganyijwe ko rutazoroha na gato kubera abanyamategeko bunganira uyu mugabo, barimo uwunganiye Kabuga Felicien ndetse n’umunyamategeko wunganira Agatha Kanziga, mu gihe mu […]

Brigade idasanzwe ya MONUSCO (FIB) ubu ifite komanda mushya

66f576394b556203616575.jpg

Mu gihe hasigaye amezi make ngo Ubutumwa bw’Umuryango w’Abibumbye (UN) muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC) buhagarike ibikorwa, Brigade idasanzwe ishinzwe gutabara (FIB) yabonye umuyobozi mushya, Gen. Richard Chagonapanja wo muri Malawi. Ubutumwa bwa MONUSCO bumaze igihe kirekire kugeza ubu bwamaze kuva mu birindiro bitandukanye muri Kivu y’Amajyaruguru na Kivu y’Amajyepfo mu rwego rw’ibyiciro […]

Kenya: Ishyamba si ryeru hagati ya perezida na visi perezida we ushobora kweguzwa

Abadepite bo muri Kenya barateganya gutangiza inzira zo kweguza Visi Perezida Rigathi Gachagua, bamushinja ko yangije guverinoma, nk’uko abayobozi benshi mu nteko ishinga amategeko babitangaje, ibyo bikaba bigaragaza umwuka ushobora kuba utari mwiza hagati ya Perezida William Ruto n’umwungirije. Iki cyemezo gishobora kongera ibibazo bya guverinoma nyuma y’amezi menshi y’imyigaragambyo yatewe n’umushinga w’itegeko ry’imari n’imisoro […]

Imvura ikabije yahitanye abantu 37 mu majyaruguru ya Ethiopia

Kuri uyu wa Mbere, umuyobozi yavuze ko byibuze abantu 37 bapfuye bazize imvura nyinshi ikomeje kugwa mu majyaruguru ya Ethiopia, aho inkangu n’umwuzure byibasiye ako karere. Nk’uko byatangajwe na Mihiret Melaku ukuriye ibiro bishinzwe gukumira ibiza n’umutekano ibiribwa waganiriye na radio yo muri ako gace, amatungo agera kuri 731 yatwawe n’umwuzure muri zone ya Wagkhmra […]

Israel irashaka gutera Liban byeruye, Hezbollah nayo ‘yiteguye’ gutera ku butaka

Umuyobozi wungirije wa Hezbollah avuga ko biteguye kugaba ibitero ku butaka bwa Israel, mu gihe Israel ikomeje ibitero by’indege muri Libani initegura intambara yeruye kuri iki gihugu . Mu ijambo rya mbere ry’umuyobozi wo mu rwego rwo hejuru kuva Israel yica umuyobozi wa Hezbollah, Hassan Nasrallah, Naim Qassem avuga ko intambara “ishobora kuba ndende”. Muri […]

Korea: Umwe mu bagize itsinda BTS yaciwe asanga miliyoni 14 Frw kubera ubusinzi

Kuri uyu wa Mbere, urukiko rw’akarere ka Seoul y’iburengerazuba rwaciye umuhanzi w’injyana ya K-pop ubarizwa mu itsinda rya BTS uzwi ku izina rya Suga miliyoni 15 z’Ama-Won ($ 11,000, € 10,200) kubera gutwara ikinyabiziga cy’amashanyarazi yasinze . Polisi yasanze uyu musore w’imyaka 31 aryamye hasi iruhande rwa scooter ye yasinze mu ijoro ryo ku itariki […]

Tunisia: Abimukira 12 bapfiriye mu mpanuka y’ubwato abandi baburirwa irengero

Nibura abantu 12 bapfuye, barimo impinja eshatu, abandi 10 baburirwa irengero nyuma y’uko ubwato bwabo burohamye kuri uyu wa Mbere . Ibi byabereye ku nkombe z’amazi ya Tunisia i Djerba ubwo bashakaga kwambuka inyanja ya Mediterane berekeza i Burayi, nk’uko umuyobozi n’umuryango uharanira uburenganzira bwa muntu babitangarije Reuters. Uyu muyobozi yavuze ko abashinzwe umutekano ku […]

Uganda: Umugore yishwe ubwo yari muri siporo yo mu gitondo

Polisi ya Uganda yamenye neza umugore wish we mu gitondo cyo ku Cyumweru ubwo yari ari muri siporo yo kwiruka cyangwa jogging . Ku mugoroba wo ku Cyumweru, umuvugizi wa polisi mu Mujyi wa Kampala, Patrick Onyango, yatangarije ChimpReports ati: “Nyakwigendera ni Agnes Nantongo, wari manager wa African Oil Petrol Station.” Onyango yavuze ko ibi […]

Igisirikare cya Israel cyagabye ibitero no muri Yemen

Igisirikare cya Israel kivuga ko cyagabye ibitero byinshi byo mu kirere ku birindiro by’inyeshyamba z’Aba-Houthi muri Yemen, ibikomeje kongera amakimbirane yagutse mu karere nyuma y’ibitero bya Israel byibasiye Gaza na Liban . Kuri iki Cyumweru, igisirikare cyatangaje ko indege nyinshi zirimo indege z’indwanyi, zagabye igitero ku rugomero rw’amashanyarazi n’inyubako zo ku byambu bya Ras Isa […]

Umugabo wo muri Kenya arasaba ubutabera kwemerera Abakirisitu gushaka umugore urenze umwe

Muri Kenya, umugabo yatanze ubusabe mu rukiko ku itariki ya 26 Nzeri asaba ko abakristu bemererwa gushaka abagore benshi. Bonface Koimburi Ndura w’imyaka 78 y’amavuko arasaba ko hahindurwa amategeko agenga ishyingirwa. Itegeko ryemera gushaka abagore barenze umwe ryemejwe mu 2014 muri Kenya. Ibi byemerewe ariko abagishyingiranwa mu buryo bwa gakondo n’Abayisilamu ariko ntibireba Abalayiki, Abahindu […]

Umugore yicishije umugabo we umuhini amuziza igitoki

Umugabo witwa Vincent Ntirampeba wo mu gihugu cy’u Burundi yapfuye nyuma yo gukubitwa n’umugore we umuhini amuziza igitoki. Ibi byabaye mu ijoro ryo kuwa 25 Nzeri, mu Mudugudu wa Gahise wo muri Komini Butanganzwa, mu Ntara ya Kayanza mu majyaruguru y’igihugu. Umuyobozi w’ibanze wemeje aya amakuru yasabye abaturage kubana neza no kutihanira mu gihe habaye […]

Diyosezi ya Butare izimika Umwepiskopi wayo mushya mu kwezi gutaha

Musenyeri Philippe Rukamba, Umwepisikopi wa Diyosezi ya Butare ugiye mu kiruhuko cy’izabukuru, yavuze ko ku itariki ya 05 Ukwakira 2024, Musenyeri Jean Bosco Ntagungira watorewe kumusimbura azahabwa inkoni y’ubushumba bwo kuyobora iyi Diyosezi. Musenyeri Rukamba yabitangaje kuwa Gatatu mu muhango wo gusoza inama nyunguranabitekerezo yiga ku komora ibikomere no kubaka ubumwe, ubwiyunge n’ubudaheranwa birambye, yateguwe […]

Israel iravuga ko yishe undi muyobozi wa Hezbollah mu nkengero za Beirut

Israel iravuga ko yishe undi muyobozi mukuru w’umutwe wa Hezbollah, ufatwa nk’uw’iterabwoba n’ibihugu bitandukanye, mu gitero cy’indege mu nkengero za Beirut. Igisirikare cyavuze ko Nabil Kaouk, umuyobozi wungirije w’inama nkuru ya Hezbollah, yiciwe mu gitero cy’indege ku wa Gatandatu. Nta bisobanuro byatanzwe na Hezbollah nk’uko iyi nkuru dukesha Deutsche Welle ivuga. Muri ibi byumweru bishize, […]

Mushikiwabo arasaba abo bireba gukemura ikibazo cya Liban kitarafata akarere

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango wa La Francophonie (OIF), Louise Mushikiwabo, ahangayikishijwe cyane n’ibikomeje kubera mu gihugu cya Liban kandi ababajwe n’impfu z’inzirakarengane zikomeje gupfa muri iki gihugu. Nk’uko umuhagarariye yabyibukije mu nama iheruka y’Akanama gahoraho ka La Francophonie, Libani ni inkingi ya La Francophonie muri kano karere k’Isi (Mu Burasirazuba bwo Hagati). Ni muri urwo rwego, […]

Afurika y’Epfo: Abantu 17 biciwe mu bwicanyi bwakozwe mu ngo ebyiri

Abantu 17 bishwe barasiwe mu ngo ebyiri mu mudugudu wo mu Ntara ya Cape y’Iburasirazuba mu gihugu cya Afurika y’Epfo abapolisi bakaba bavuga ko ku wa Gatandatu batangiye guhiga abakekwaho kuba inyuma y’ubu bwicanyi. Afurika y’Epfo ifite imwe mu mibare iri hejuru cyane y’ubwicanyi ku Isi, aho buri mwaka ubwicanyi bugera ku 20.000 bwandikwa ku […]

RDC: Col Mikombe ushinjwa uruhare mu bwicanyi bwo kuwa 30/08/2023 i Goma arasabirwa urwo gupfa

Umushinjacyaha wa Leta muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo kuwa Gatanu yasabiye igihano cy’urupfu Colonel Kalamba Mikombe Mike, umuyobozi wa brigade y’ingabo zishinzwe kuri perezida, ndetse n’igifungo cy’imyaka icumi ku bandi batatu bareganwa, Mbaya-Mbaya, Muati Musembwa na Amita Daniel , bose bakurikiranyweho ubwicanyi, gushaka kwica no kwangiza intwaro zagenewe ingabo. Muri uru rubanza rwibanze ku […]

Mali yashinje Algeria gucumbikira ibyihebe biyizengereje

I New York, ahabereye inama ya 79 isanzwe y’Inteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye, Colonel Abdoulaye MaĂŻga, umunyamabanga wa Leta, minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu no kwegereza ubuyobozi abaturage, akaba n’Umuvugizi wa Guverinoma ya Mali, yikomye Algeria. Uhagarariye Mali yashinje abadipolomate ba Algeria gucumbikira abaterabwoba. Ati: “Turabona kwivanga gukomeye mu bibazo by’imbere muri Mali. Kuva Amasezerano ya Algeria yarangira […]

Ubwato bw’intambara bw’u Bushinwa bwarohamye bukiri kubakwa

Abayobozi bakuru mu gisirikare cya Amerika kuri uyu wa Kane batangarije Associated Press na Reuters ko ubwato bw’intambara bw’u Bushinwa bushya bukoresha ingufu za nikereyeli bwarohamye bukiri kubakwa mu ntangiriro z’uyu mwaka . Amashusho ya satelite yerekana ko ubu bwato bugendera munsi y’amazi buzwi nka submarine bushobora kuba bwararohamye hagati ya Gicurasi na Kamena nk’abayobozi […]

Arusha: U Rwanda rwasabye urukiko (EACJ) gutera utwatsi ibirego bya RDC

gyzv0cxamauqf9_.jpg

Kuri uyu wa Kane, Urukiko rw’Ubutabera ry’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba rwatangiye kumva ibyifuzo biva mu rubanza rwatanzwe na Guverinoma ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo irega Leta y’u Rwanda kugira uruhare mu makimbirane abera muri Kivu y’Amajyaruguru. DRC irashinja u Rwanda ibikorwa by’ubushotoranyi bivogera ubusugire bwayo , ubusugire bw’intara zayo Kandi ngo bigahungabanya umudendezo muri […]

Hangijwe ibikoresho by’ikoranabuhanga byafashwe bitujuje ubuziranenge

sca1.jpg

Polisi y’u Rwanda ku bufatanye n’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha (RIB) n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ubugenzuzi bw’ubuziranenge, Ihiganwa mu bucuruzi no kurengera umuguzi (RICA), bangije ibikoresho by’ikoranabuhanga n’iby’amashanyarazi byafashwe bitujuje ubuziranenge. Ni igikorwa cyabereye mu Karere ka Bugesera, umurenge wa Gashora mu kagari ka Ramiro, mu kigo cyagenewe gushyirwamo imyanda y’ibikoresho by’ikoranabuhanga (Enviroserve Rwanda), ku gicamunsi cyo […]

Israel yakajije umurego mu ntambara nyuma yo gusabwa agahenge

Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, yabwiye igisirikare cy’iki gihugu gukomeza kurwanya n’ingufu zose umutwe witwaje intwaro wa Hezbollah, n’ubwo Amerika n’abandi bafatanyabikorwa basabye ko bahagarika imirwano. Minisiteri y’ubuzima ya Liban yavuze ko ku wa Kane byibuze abantu 92 baguye mu bitero by’indege bya Israel mu gihe abandi magana bamaze kwicwa kuva ibitero byafata intera […]

Meya Eric Adams wa New York abaye uwa mbere ukurikiranweho ibyaha ari mu kazi

Umuyobozi w’Umujyi wa New York, Eric Adams, yashinjwe n’ubushinjacyaha bwa Leta uburiganya, ruswa no kwakira impano zitemewe z’abanyamahanga. Nk’uko bigaragara mu nyandiko y’ibirego, Adams yakiriye inkunga yo kwiyamamaza mu buryo butemewe yahawe n’abacuruzi b’abanyamahanga ndetse n’umuyobozi muri Turkiya. Adams kandi bivugwa ko yemeye ibindi nko kwishyurirwa urugendo ruhenze kugira ngo nawe azagire icyo akora, kandi […]

Rubavu: Polisi yamufashe atwaye mu modoka imifuka 40 y’urumogi

Polisi y’u Rwanda mu Karere ka Rubavu yafashe umugabo w’imyaka 43 y’amavuko, wari utwaye mu modoka imifuka 40 y’ikiyobyabwenge cy’urumogi. Yafashwe ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu, tariki 25 Nzeri, ahagana saa cyenda n’igice, mu mudugudu wa Kivu, akagari ka Nengo mu murenge wa Rubavu. Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba, Superintendent of Police […]

Goma: Haravugwa imirwano ikaze hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’Abawazalendo

Kuva mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane, itariki ya 26 Nzeri 2024, haravugwa imirwano ikaze, hagati y’Ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) n’inyeshyamba basanzwe bafatanya z’Abawazalendou mu burengerazuba bw’Umujyi wa Goma, mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru. Iyi mirwano yaba ifitanye isano no kugenzura bariyeri nyinshi basoresherezaho mu buryo butemewe nku muhanda uhuza […]

Sudani: Leta yatangije ibitero bikaze byo kwigarurira ibice byafashwe na RSF i Khartoum

Kuri uyu wa Kane, Igisirikare cya Sudani cyagabye ibitero by’imbunda za rutura n’ibitero by’indege mu murwa mukuru, Khartoum, mu gihe zishaka kwigarurira uduce twafashwe n’ingabo z’inyeshyamba za Rapid Support Forces (RSF) mu ntangiriro z’intambara imaze amezi 17 mu gihugu. Abatangabuhamya bavuze ko amabombe yarashwe ndetse haba imirwano mu gihe ingabo za leta zageragezaga kwambuka ikiraro […]

U Burundi bwagaragaje ubushake bwo kohereza ingabo muri Haiti

U Burundi bwagaragaje ubushake bwo gutanga umusanzu mu kugarura umutekano muri Haiti binyuze mu kohereza itsinda ry’abasirikare bo kubungabunga amahoro. Ibi byatangajwe na Minisiteri y’ububanyi n’amahanga y’u Burundi ku rubuga nkoranyambaga X, nyuma y’inama yahuje Minisitiri w’ububanyi n’amahanga Albert Shingiro na Minisitiri w’Intebe wa Canada, Justin Trudeau kuwa 23 Nzeri i New York. Iki cyifuzo […]

Benin: Haburijwemo Coup d’etat yari iteganyijwe kuri uyu wa Gatanu

oswald-homeky-et-olivier-boko.jpg

Nk’uko byatangajwe n’umushinjacyaha wihariye w’Urukiko ushinzwe guhashya ibyaha by’ubukungu n’iterabwoba (CRIET), ngo uwahoze ari minisitiri n’umucuruzi ukomeye begereye Umuyobozi w’Ingabo zishinzwe kurinda Perezida wa Benin, bamuha amafaranga, bagamije gutegura coup d’etat yagombaga kuba kuri uyu wa Gatanu uza. Uyu musirikare ariko ibi yaba yarabyanze . Muri BĂ©nin, nk’uko byatangajwe n’umushinjacyaha udasanzwe wa CRIET, Mario MĂ©tonou, […]

Gabon: Umwana w’imyaka 15 afunzwe azira kwihehesha umupira uriho ifoto ya perezida

Kuva ku wa Mbere, itariki ya 23 Nzeri, umwana w’imyaka 15 y’amavuko ari mu maboko ya polisi i Port-Gentil, umurwa mukuru w’ubukungu w’igihugu cya Benin, nyuma yo gushyira amashusho kuri Facebook ku giti cye yihehesha t-shirt iriho ifoto ya Perezida w’Inzibacyuho, Brice Clotaire Oligui Nguema. Igikorwa cy’uyu mwana kikaba cyarakaje abantu benshi muri Gabon. Iyi […]

Arusha: Haratangira kumvwa urubanza RDC yarezemo u Rwanda

Urubanza Repubulika ya Demokarasi ya Congo yarezemo u Rwanda imbere y’Urukiko rw’Ubutabera rw’Umuryango wa Afurika y’iburasirazuba (EACJ) ruratangira kuri uyu wa Kane, itariki ya 26 Nzeri i Arusha, muri Tanzania. Kinshasa ishinja Kigali gutera uburasirazuba bwa Congo ndetse n’ibyaha by’intambara binyuze mu kwigomeka kwa M23. Muri uru rubanza rutangira uyu munsi, Urukiko rw’Ubutabera rw’Umuryango wa […]

Pakistan: Imirwano hagati y’Abashiya n’Abasuni yiciwemo 20 benshi barakomereka

Kuri uyu wa Gatatu, itariki 25 Nzeri, abayobozi bavuze ko ubushyamirane bukabije hagati y’Abashiya (Shiites) n’Abasuni (Sunnis), ibice bibiri bigize idini ya Islam bifite imyumvire itandukanye, mu majyaruguru y’iburengerazuba bwa Pakistan bwahitanye abantu barenga 20 abandi benshi barakomereka. Imirwano ikomeje kuba, ituruka ku makimbirane ashingiye ku butaka, yadutse mu minsi itanu (ubu ibaye itandatu) ishize […]

New York: Minisitiri Nduhungirehe yagiranye ibiganiro na mugenzi we wa Irak

bbb-2-1024x528-2.jpg

Kuri uyu wa Kabiri, itariki 24 Nzeri, Minisitiri w’intebe wungirije akaba na Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Irak, Fuad Hussein yabonanye na Minisitiri w’ububanyi n’amahanga n’ubutwererane mpuzamahanga w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, mu gihe cy’inama ya 79 y’Inteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye i New York. Impande zombi zaganiriye ku buryo bwo kuzamura umubano w’ibihugu byombi hagati ya Irak […]

Ku nshuro ya mbere Hezbollah yarashe missile i Tel Aviv

Hezbollah yagabye igitero cya missile ku kigo cya Mossad nyuma y’uko umwe mu bayobozi b’uyu mutwe yiciwe mu gitero cyagabwe i Beirut. Israel yahagaritse iyo misile ivuga ko ari ubwa mbere Hezbollah irashe i Tel Aviv. Igisirikare cya Israel cyatangaje ko cyasamye misile yarashwe muri Liban mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, Hezbollah ivuga […]

Umuyobozi w’Ingabo za Seychelles yagiranye ibiganiro na Gen MK Mubarakh

Kuri uyu wa kabiri, itariki 24 Nzeri 2024, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Seychelles, Brig. Micheal Rosette, ari kumwe n’intumwa ayoboye, basuye icyicaro cy’Igisirikare cy’u Rwanda, aho bakiriwe n’Umugaba Mukuru wa RDF, Gen. Mubarakh Muganga. Yasuye kandi Minisitiri w’ingabo, Hon. Juvenal Marizamunda nk’uko tubikesha urubuga rwa minisiteri y’ingabo. Bakoze ibiganiro bijyanye no kuzamura ubufatanye buriho hagati […]

Burkina Faso: Havumbuwe umugambi mpuzamahanga wo guhirika ubutegetsi

Ubutegetsi bwa gisirikare buyoboye Burkina Faso buravuga ko bwavumbuye umugambi mpuzamahanga wo kubuhirika kandi urimo n’ubwicanyi bwakorewe abasivili babarirwa mu magana bukozwe n’inyeshyamba z’abayisilamu muri Kanama. Bamwe mu banenga n’abasesenguzi ariko bavuzga ko aya magambo ari ukugerageza guhishira amakosa ku bwicanyi ndetse n’umutekano mucye mu gihugu. Abasirikare bafashe ubutegetsi mu 2022 biyemeje kurangiza ikibazo cy’abajihadiste […]

Trump yongeye kuburirwa ko Iran ishaka kumwivugana

Donald Trump yaburiwe n’ubutasi bwa Amerika ku bijyanye no kuba Iran igifite umugambi wo kumwivugana, nk’uko ukuriye ibikorwa bye byo kwiyamamaza yabitangaje ku wa Kabiri tariki ya 24 Nzeri 2024. Umuyobozi w’itumanaho mu bikorwa byo kwamamaza Trump, Steven Cheung, mu itangazo yagize ati: “Umukandida ku mwanya wa Perezida w’Abarepubulikani uyu munsi kare yamenyeshejwe n’ibiro by’umuyobozi […]

IGP Namuhoranye yakiriye Umuyobozi Mukuru wa Polisi ya Seychelles

Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 24 Nzeri, Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda (IGP), CG Felix Namuhoranye yakiriye ku cyicaro gikuru cya Polisi ku Kacyiru, Umuyobozi wa Polisi ya Seychelles; Commissioner Ted Barbe n’intumwa ayoboye . Ni uruzinduko bagirira mu Rwanda ruzamara iminsi ine mu rwego rwo gushimangira ubufatanye hagati ya Polisi z’ibihugu byombi. […]

U Burusiya buravuga ko buri gukora indege y’indwanyi (MiG-41) Isi itigeze ibona

U Burusiya buherutse gutangaza ko buri gukora indege y’indwanyi y’akataraboneka izaba yitwa MiG-41, igomba gusimburwa MiG-31 “Foxhound”, yitezweho gusunika imbibi z’indege zifite ubushobozi busanzwe. N’umuvuduko ukubye uw’ijwi inshuro 4 (Mach 4: 3700km/h), laser zo kurwanya misile, hamwe n’intwaro za EMP (Electromagnetic pulse), iyo wumvise ibiyivugwaho ushobora kugirango ni filimi za science-fiction cyangwa ikintu kidashoboka. Icyakora, […]

Ethiopia ihangayikishijwe n’intwaro Misiri ikomeje kohereza muri Somalia

Kuri uyu wa Kabiri, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Ethiopia yagaragaje impungenge ku masasu ahabwa Somaliya ivuga ko ashobora kuzarangirira mu maboko y’abaterabwoba. Ibi byatangajwe nyuma y’umunsi umwe ubwato bw’intambara bwo mu Misiri bupakuruye intwaro zikomeye i Mogadishu. Ethiopia iravuga ibi nyuma y’uko Somalia na yo iyishinje kohereza intwaro mu kandi gace ka Somalia kigenga bicagase […]

Ese iyi myenda yose Leta Zunze Ubumwe za Amerika zirimo izishyurwa bigenze gute?

Imyenda ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika yagiye iba ingingo nyamukuru mu myiteguro y’amatora muri iki gihugu ubusanzwe kizwiho ko ari cyo cya mbere mu bukungu ku Isi ariko nacyo hakaba hari abo kibereyemo imyenda itabarika hakomeje kwibazwa ukuntu izishyurwa. Impaka za nyuma ziheruka zabaye hagati ya Donald Trump na Hillary Clinton mu 2016 zagaragaje […]

Kigali: Abasenateri ba Namibia batunguwe n’ukuntu abatwara ibinyabiziga boroherana

Perezida wa Sena y’u Rwanda, Dr Francois Xavier Kalinda na ba visi perezida, Nyirasafari Esperence na Mukabaramba bakiriye mu cyubahiro abagize Komisiyo ihoraho ishinzwe ubwikorezi, ibikorwa remezo n’imiturire y’Inama y’Igihugu ya Namibiya mu Nteko ishinga Amategeko, umutwe wa Sena . Aba bashyitsi bari mu Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi 5. Abasenateri bo muri Namibia kandi baganiriye […]

Fondasiyo ya Clinton yamaganye kandidatire ya DRC mu Kanama k’Uburenganzira bwa Muntu

Fondasiyo ya Bill Clinton y’Amahoro (FBCP) yakanguriye, kuri uyu wa Mbere, itariki 23 Nzeri 2024, imiryango itegamiye kuri Leta kurwanya kandidatire ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo mu kanama gashinzwe uburenganzira bwa muntu . Iyi fondasiyo yazanye ubwo bukangurambaga mu itangazo ryashyikirijwe Radio Okapi rigira riti: “Turashaka kugira icyo dukora ku cyifuzo giherutse gutangwa na […]

Rusesabagina agiye gushinga irindi huriro rigamije gukuraho ubutegetsi mu nzira zose

Paul Rusesabagina uherutse gufungurwa muri gereza yo mu Rwanda nyuma yo guhabwa imbabazi akemera kuva mu bikorwa bya politiki, yatangaje ko bagiye gushinga irindi huriro rigamije gukuraho ubutegetsi buriho . Ibi Rusesabagina yabivugiye mu kiganiro yahaye abanyamakuru mu mpera z’icyumweru gishize i Buruseli mu Bubiligi, cyitabiriwe ahanini n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Rwanda hafi 100 baturutse […]

USA: Kutoroherana muri politiki bimaze gufata indi ntera

Ku buryo budasanzwe, amashyaka abiri ya mbere akomeye yashyize hamwe, asaba impande zose guhagarika imvugo na disikuru bya rutwitsi. Ni byo turebera hamwe mu rwego rw’inkuru zihariye zisobanura ibireba amatora yo muri uyu mwaka. Kw’itariki ya 13 y’ukwa karindwi gushize, umusore w’imyaka 20 y’amavuko witwa Thomas Matthew Crooks yarashe Donald Trump, wahoze ari umukuru w’igihugu […]

Igitero cya Israel muri Liban cyahitanye byibuze 100 abandi 400 barakomeraka

Byibuze abantu 100 bapfuye abandi 400 barakomereka mu gitero cya Israel muri Liban. Iki cyakurikiye guhererekanya ibisasu ku Cyumweru, aho Hezbollah yohereje roketi zirenga 100, misile na drones mu majyaruguru ya Israel, bimwe bikagwa hafi y’Umujyi wa Haifa. Minisiteri y’ubuzima ya Libani yavuze ko byibuze abantu 100 bishwe abandi 400 barakomereka mu gitero cy’indege cya […]

Tanzania: Polisi yataye muri yombi abanyapolitiki Mbowe na Lisu

Kuri uyu wa Mbere, Polisi yataye muri yombi abantu bakomeye batavuga rumwe n’ubutegetsi muri Tanzaniya, ubwo ishyaka ryabo ryashakaga gukora imyigaragambyo mu murwa mukuru w’ubucuruzi, Dar es Salaam. Nubwo iyi myigaragambyo yari yabujijwe ku mugaragaro, ishyaka rya Chadema ritavuga rumwe n’ubutegetsi ryari ryarahiye ko rizakora imyigaragambyo kubera gushimuta no kwica abayoboke baryo rivuga ko bikorwa […]

Rulindo: Hatangiye kubakwa umuhanda Nyacyonga-Mukoto uzuzura mu myaka 3

gyjcirxw8aaw06m.jpg

Kuri uyu wa Mbere, itariki 23 Nzeri 2024, hatangiye imirimo yo kubaka umuhanda Nyacyonga-Mukoto uhuza uturere twa Gasabo na Rulindo. Ni umuhanda w’ibilometero 36 abaturage bemerewe n’Umukuru w’Igihugu muri 2014. Uhuza Umurenge wa Jabana muri Gasabo n’imirenge ya Masoro,Murambi,Cyinzuzi, Mbogo, Ngoma na Bushoki mu Karere ka Rulindo. Ni umuhanda usobanuye byinshi ku baturage b’imirenge 6 […]

RDC: Utavuga rumwe n’ubutegetsi yahishuye ko yafatiwe ku ngufu muri kasho y’iperereza

Ibihuha bivuga ku ifatwa ku ngufu ry’utavuga rumwe n’ubutgetsi muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, Jacky Ndala igihe yari afungiwe mu Rwego rw’Igihugu rw’Iperereza (ANR) byemejwe. Uyu munyapolitiki avuga ko “yafashwe ku ngufu” mu kigo cy’igihugu gishinzwe iperereza mbere yo kwimurirwa muri Gereza Nkuru ya Makala. Kuri iki Cyumweru, itariki ya 22 Nzeri 2024, uyu […]

Inzego zitaragira komite zishinzwe kurwanya ruswa zahagurukiwe

Urwego rw’umuvunyi mu Rwanda ruributsa Inzego zitandukanye zaba iza leta n’iz’abikorera zongeye kwibutswa gushyiraho komite zishinzwe kurwanya ruswa kuko kutazishyiraho ari icyaha kandi kizajya gihanwa n’amategeko nk’uko byemezwan’Urwego rw’Umuvunyi. Abagize komite zo kurwanya ruswa baturutse mu nzego zigera kuri 16 zitandukanye mu cyumweru gishize zahuriye ku cyicaro cy’Urwego rw’Umuvunyi aho zahaherewe amahugurwa abibutsa inshingano zabo […]