Kenya: Ishuri rya 10 ryibasiwe n’inkongi y’umuriro muri uku kwezi
Inkongi y’umuriro mu ijoro rishyira kuri iki Cyumweru yadutse mu Ishuri rya Katoloni Mixed Day and Boarding Secondary School mu Ntara ya Machakos mu gihe bigaragara ko inkongi zikomeje kwibasira ibigo by’amashuri mu gihugu cya Kenya. Bivugwa ko iyi nkongi yadutse nyuma y’iminota mike saa tatu z’ijoro zigeze. Ishuri riherereye mu Mujyi wa Machakos . […]
Afurika y’Epfo: Visi Perezida Mashatile yarabye yitura hasi ari kuvuga disikuru
Visi Perezida wa Afurika y’Epfo, Paul Mashatile, ameze neza nyuma yo guhangana n’ubushyuhe ubwo yavugaga ijambo ku gicamunsi cyo kuwa Gatandatu nk’uko Umuyobozi w’Intara ya Limpopo yabitangarije SABC . Mashatile yaguye ubwo yagezaga ijambo ku giterane cyo kwibuka itangizwa ry’umuyobozi gakondo waho, i Tzaneen, mu Ntara ya Limpopo, mu birometero 412 (mu bilometero 256) mu […]
Ben Affleck yongeye guhura na Lopez bivugwa ko batanye ariko basa nk’abatongana

Umukinnyi wa filime, Ben Affleck n’umuhanzikazi Jennifer Lopez babonanye bwa mbere kuva basaba ubutane, ariko bagaragara basa nk’abari mu biganiro bitoroshye bisa nko gutongana nk’aho buri umwe adashaka kwemera amakosa yaba yarakoreye undi kuri Hotel ya Beverly Hills kuri uyu wa Gatandatu ushize. Umukinnyi wa filime wakinnye Batman w’imyaka 53 y’amavuko agaragara asatira cyane ugutwi […]
RDC:U Bubiligi bwatunguwe n’igihano cy’urupfu umuturage wabwo yahawe
Minisiteri y’ububanyi n’amahanga y’u Bubiligi yatangaje ko “yatunguwe” no guhamwa n’icyaha kwa Jean-Jacques Wondo “bitewe n’ibimenyetso bike byatanzwe mu gihe cy’urubanza” igasanga iki gihano cy’urupfu “giteye impungenge cyane”, nk’uko umuvugizi David Jordens yabitangarije abanyamakuru ku mugoroba wo ku wa Gatanu . Ku wa Gatanu, nibwo Umubiligi Jean-Jacques Wondo uri mu baregwa 37 bakatiwe urwo gupfa […]
Burera: Bamaze imyaka 6 bategereje ingurane y’imitungo yabo amasomo yaheze mu kirere
Imyaka imaze kugera kuri 6 bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kivuye, Akarere ka Burera, bangirijwe imitungo ubwo hakorwaga umuyoboro w’amazi wa Nyabizi-Kivuye, ariko na n’ubu bategereje ingurane amaso yaheze mu kirere. Nko mu Kagari ka Murwa mu Murenge wa Kivuye, bamwe mu baturage bafite ikibazo cyo kutabarirwa imitungo yabo yangijwe ngo ihabwe igenagaciro […]
Venezuela: Hafashwe Abanyamerika, Espagne na Czech bashinjwa gushaka guhirika Maduro
Abategetsi ba Venezuela bavuga ko bataye muri yombi Abanyamerika batatu, Abanya-Espagne babiri n’umuturage umwe wa Czech bakekwaho umugambi wo guhungabanya umutekano w’igihugu . Minisitiri w’Umutekano w’imbere mu gihugu, Diosdado Cabello, yavuze ko n’intwaro amagana nazo zafashwe, kandi ko abafunzwe barimo gutegura umugambi wo kwica perezida wa Venezuela, Nicolás Maduro n’abandi bayobozi bakuru. Bibaye nyuma y’iminsi […]
Koreya ya Ruguru bwa mbere yashyize ahagaragara amafoto y’ikigo gitunganya uranium

Koreya ya Ruguru yashyize ahagaragara amafoto ya mbere y’ikigo gitunganya ubutare bwa uranium, aho Umuyobozi wayo, Kim Jong Un, agaragara akizenguruka asaba kongera izindi mashini za centrifuges nyinshi mu rwego rwo kongera intwaro za kirimbuzi z’igihugu cye. Pyongyang, yafatiwe ibihano byinshi n’Umuryango w’Abibumbye kubera gukomeza gahunda z’intwaro zabujijwe, mbere ntabwo yari yarigeze ishyira ku karubanda […]
Zambia: Perezida Hichilema yakuyeho umugaba w’ingabo amusimbuza uwari umwungirije

Kuri uyu wa Kane, Perezida wa Zambia, Hakainde Hichilema, yirukanye Umugaba Mukuru w’Ingabo z’igihugu, amusimbuza uwari umwungirije nk’uko iyi nkuru dukesha Ibiro Ntaramakuru bya Turkiya, Anadolu Agency ivuga. “Perezida Hakainde Hichilema yashyize mu bikorwa ibiteganywa mu ngingo ya 91 (1) y’Itegeko Nshinga rya Repubulika ya Zambia ryatowe atongera amasezerano yo gushyiraho Lt. Gen. Sitali Dennis […]
Burundi: Uwahoze ayobora Kira Hospital yasubijwe muri gereza avanwe ku buriri bw’ibitaro
Dr Christophe Sahabo yagejejwe muri Gereza Nkuru ya Ruyigi kuri uyu wa Kane, itariki 12 Nzeri, ahagana mu ma saa yine z’ijoro avanwe ku buriri bw’ibitaro amasaha make mbere yaho. Dr Christophe Sahabo yasubijwe muri Gereza Nkuru ya Ruyigi mu burasirazuba bw’u Burundi ajyanwe n’abakozi b’ubutasi bw’u Burundi. “Agezeyo, yasubijwe muri kasho ye. Aha niho […]
Guinea Bissau: Perezida Embalo yanze kwiyamamariza manda ya 2 abisabwe n’umugore we
Perezida wa Guinea Bissau, Umaro Cissoko Embalo, yatangaje ku wa Kane atazongera kwiyamamariza manda ya kabiri mu matora azaba mu Gushyingo. Embalo w’imyaka 51 yatowe muri Mutarama 2020 kugira ngo asimbure perezida wari ucyuye igihe, Jose Mario Vaz. Yatsinze uwamukurikiye, Domingos Simoes Pereira ku majwi 54% kandi yari yemerewe indi manda. Iri tangazo ritunguranye rishobora […]
Inyeshyamba za ADF zirashinjwa kwica Abasivili 20 muri Ituri
Abarwanyi b’umutwe wa ADF urwanya ubutegetsi bwa Uganda bishe abasivili 20 mu Ntara ya Ituri mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo . Umuyobozi wa polisi muri ako gace wavuganye na AFP yavuze ko abo bishwe bari babanje gutwarwa bunyago mu gitero ADF yagabye ahitwa Babila Babombi kuwa kabiri. Mu bishwe harimo abagabo 16 […]
Ubushobozi bwa Kajugujugu za Mi-35 RDF iherutse kwerekana bwa mbere

Igisirikare cy’u Rwanda (RDF) giherutse kwerekana bwa mbere kajugujugu zo mu bwoko bwa Mi-35M giherutse kwibikaho. muri iyi nkuru tugiye kurebera hamwe ubushobozi bw’izi kajugujugu nk’uko tubikesha inkuru ya defenceweb Hari ku itariki ya ya 11 Kanama, ubwo kajugujugu ebyiri zo gutwara abantu za Mi-17 na kajugujugu ebyiri zo mu bwoko bwa Mi-35M z’ingabo z’u […]
RDC: Umuyobozi wa Gereza ya Makala yari yaratanze intabaza bamwima amatwi
Muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, hakomeje kwibazwa ibibazo bijyanye n’ibyabereye muri Gereza Nkuru ya Makala. Nk’uko inyandiko RFI yagenzuye zibitangaza, umuyobozi wa gereza yari yaraburiye abayobozi ku byago byashoboraga kuba muri Gereza ya Makala mbere y’uko “bagerageza gutoroka” mu ijoro ryo ku itariki ya 1 rishyira ku ya 2 Nzeri, nk’uko abayobozi babivuze, bituma […]
Kirehe: Babiri bafashwe batwaye mu modoka magendu y’imyenda ya caguwa
Polisi y’u Rwanda mu Karere ka Kirehe, yafashe abagabo babiri bari batwaye mu modoka yo mu bwoko bwa Hiace, amabalo arindwi y’imyenda ya caguwa, bari binjije mu gihugu mu buryo bwa magendu . Ni imodoka yari itwawe n’umwe muri bo w’imyaka 36 y’amavuko wari kumwe na mugenzi we w’imyaka 32, bafatiwe mu mudugudu wa Rwanteru, […]
Uwahoze akorera CIA yakatiwe imyaka 10 y’igifungo azira guha amakuru u Bushinwa
Kuri uyu wa Gatatu, itariki 11 Nzeri 2024, uwahoze ari umukozi wa CIA, Alexander Yuk Ching Ma, yakatiwe igifungo cy’imyaka icumi. Muri Gicurasi, uyu mugabo w’imyaka 71 yari yahamwe n’icyaha cyo kunekera u Bushinwa. Ishami ry’ubutabera muri Amerika rivuga ko iki gihano cyavuye mu masezerano yo kwirega. Uregwa yirinze igihano kirekire nyuma yo kwemera uruhare […]
USA ishyigikiye ko Afurika ihabwa imyanya 2 ihoraho muri UNSC
Iki cyemezo kije mu gihe Amerika ishaka gusana umubano na Afurika, aho benshi batishimiye ko Washington ishyigikiye intambara ya Israel muri Gaza, ndetse no kurushaho kunoza umubano n’ibihugu byo mu birwa bya pasifika bifite akamaro kanini mu guhangana n’u Bushinwa mu karere. Thomas-Greenfield yatangarije Reuters ati: “Iri tangazo “rizateza imbere iyi gahunda mu buryo dushobora […]
Kenya: Imyigaragambyo y’abakora ku kibuga cy’Indege yahagaze
Umuyobozi w’umuryango w’amashyirahamwe y’abakozi mu gihugu yemeje ko abakozi ku kibuga cy’Indege Jomo Kenyatta muri Kenya bemeye kuri uyu wa Gatatu gusubira ku kazi nyuma yo kumara umunsi mu myigaragambyo. Francis Atwoli, Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Amashyirahamwe y’Abakozi (COTU), yavuze ko guverinoma yemeye ko gahunda yo gukodesha ikibuga cy’indege ku kigo cyo mu Buhinde, Adani Group […]
U Rwanda rwemerewe miliyoni 200$ yo kongerera ubumenyi urubyiruko 200,000
Banki y’Isi yemeje inkunga nshya yo kongerera ubushobozi n’ubumenyi urubyiruko rusaga 200.000 mu Rwanda binyuze muri gahunda ya ‘Priority Skills for Growth and Youth Empowerment (PSGYE)’. Iyi gahunda ya miliyoni 200 z’amadorali, yatewe inkunga n’Ishyirahamwe Mpuzamahanga rishinzwe Iterambere (IDA), igamije kongerera urubyiruko runaka ubushobozi bwo guhatana ku isoko ry’umurimo hagamijwe gushimangira ubushobozi bw’inzego mu kunoza […]
USA: Nyuma y’imyaka 10 afunzwe arengana yahawe indishyi y’arenga miliyari 60 Frw
Umugabo wo muri Amerika yahawe indishyi zingana na miliyoni 50 z’amadolari nyuma yo guhamywa icyaha cy’ubwicanyi atigeze akora, mu bwishyu bunini cyane bubayeho mu mateka ya Amerika. Marcel Brown w’imyaka 34 yakatiwe igifungo cy’imyaka 35 nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo kuba icyitso mu iraswa ry’umusore w’imyaka 19 mu burengerazuba bwa Chicago mu 2008. Brown yakatiwe […]
Imirwano irakomeje hagati ya M23 na FARDC/Wazalendo muri Masisi na Rutshuru
Imirwano ikomeye yongeye kubura hagati ya M23 n’Abawazalendo bo mu mutwe wa CMC kuri uyu wa Gatatu, itariki 11 Nzeri 2024 ahitwa Kizimba muri Gurupoma ya Bukombo, Sheferi ya Bwito, muri Teritwari ya Rutshuru. Ni mu gihe indi mirwano ivugwa i Masisi hagati ya M23 na FARDC. Amakuru agera ku rubuga rrwa Kivu Morning Post […]
Urukiko rwateye utwatsi ikirego cy’umunyamakuru Kabendera wishyuza Vodacom miliyoni 10$
Urukiko Rukuru rwa Dar es Salaam rwateye utwatsi ikirego umunyamakuru Erick Kabendera yareze ikigo cy’itumanaho cya Vodacom Tanzania. Icyemezo cyo gutesha agaciro iki kirego cyafashwe kuri uyu wa Kabiri, itariki 10 Nzeri 2024 n’Umwanditsi w’urukiko wungirije mu izina ry’Umucamanza Mukuru, Salma Maghimbi, nyuma y’ubujurire bwazamuwe na Vodacom. Mu kirego cye, umunyamakuru Kabendera yasabaga impozamarira ya […]
Muri Kanama 2024, ibiciro mu mijyi byiyongereyeho 5% ugereranyije na 2023 – NISR
Ikigo cy’igihugu gishinzwe ibarurishamibare mu Rwanda NISR kiravuga ko ibiciro ku isoko mu mijyi muri Kanama kiyongereyeho 5% ugereranyije no mu kwezi nk’uko mu mwaka ushize bitewe n’ibiciro by’ibiribwa n’ibinyobwa bidasembuye, amazu, amashanyarazi n’ibindi byiyongereye. NISR yatangaje ibi, ubwo yashyiraga ahagaragara igipimo cy’ihindagurika ry’ibiciro mu kwezi kwa Kanama 2024. Ni igipimo ngenderwaho cyifashishwa mu bukungu […]
Intumwa z’Igisirikare cya Bangladesh ziyobowe na Gen. Sazadul Islam zasuye RDF

Kuri uyu wa Kabiri, itariki 10 Nzeri, itsinda ry’abarimu 20 n’abanyeshuri bo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Bangladesh riyobowe na Brig. Gen. Sazedul Islam ryasuye icyicaro gikuru cy’ingabo z’u Rwanda (RDF). Izi ntumwa zakiriwe n’Umugaba Mukuru wa RDF, Gen. MK Mubarakh, wabakiranye ubwuzu. Izi ntumwa zanyuriwemo incamake y’urugendo rw’impinduka rwa RDF zagejejweho na Brig […]
Ibirayi byongeye kurya umugabo bigasiba undi mu Mujyi wa Kigali
Mu Mujyi wa Kigali, abaguzi n’abacuruzi b’ibirayi baravuga ko ibirayi byongeye kurya umugabo bigasiba undi kubera kubura ku isoko n’ibihageze bikaza bikosha, aho basaba inzego zibishinzwe gufata ingamba zo kongera umusaruro w’iki gihingwa cyahoze kiri mu biryo by’ibanze by’Abanyarwanda, aho bamwe bajya babivugiraho bati ” Ngiye gushaka ay’ibirayi” nk’ikigaragaza ko byari muri bimwe mu biribwa […]
Amerika yamaze gushyikiriza DRC doze 50,000 z’urukingo rw’ubushita bw’inkende
“Nejejwe no kubamenyesha ko impano y’inkingo 50.000 za monkeypox (mpox) zaturutse muri Amerika zageze uyu munsi (ku wa Kabiri, itariki 10 Nzeri) muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo,” uyu ni Ambasaderi wa Amerika muri DRC, Lucy Tamly, Kuva mu ntangiriro za 2024, umudipolomate yavuze ko Leta Zunze Ubumwe za Amerika zakusanyije miliyoni z’amadolari y’inyongera y’inkunga […]
Kenya: Uwishe Rebecca Cheptegei nawe yapfuye azize ubushye
Uwahoze ari umukunzi wa w’umukinnyi w’imikino ngororamubiri w’Umugandekazi, Rebecca Cheptegei, yapfiriye mu bitaro bya Kenya azize ubushye yakuye mu nkongi y’umuriro yatangije ubwo yatwikaga uyu Mugandekazi mu cyumweru gishize. Kuri uyu wa Kabiri, ibitangazamakuru byo muri Kenya byatangaje ko uwahoze ari umukunzi w’umukinnyi w’imikino ngororamubiri wo muri Uganda, Rebecca Cheptegei, yapfiriye mu bitaro bya Kenya. […]
Iyicwa ry’umuyoboke wa EcidĂ© i Kinshasa: Umupolisi na komanda we bafashwe
Umupolisi ufite uruhare mu iyicwa ry’umurwanashyaka wa EcidĂ© (Engagement pour la citoyennetĂ© et le dĂ©veloppement) kimwe n’umuyobozi w’umutwe wa polisi ushinzwe gutabara byihuse (Police d’intervention rapide) mu karere, batawe muri yombi kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 10 Nzeri 2024. Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, umurambo w’umusore wavumbuwe hafi y’icyicaro gikuru cya EcidĂ© […]
EU yaciye ibihangange Google na Apple ihazabu y’asaga miliyari 15 z’Ama-Euro
Kuri uyu wa Kabiri, Urukiko rw’Ubutabera rw’u Burayi (ECJ) rwemeje ko Google yarenze ku mategeko abuza kwishyiriraho ibiciro kandi ko Apple igomba kwishyura Umuryango w’Ubumwe bw’ibihugu by’u Burayi imisoro itishyuye ingana na miliyari 13 z’Ama-Euro ($ 14.3 billion). Izi manza zombi zifatwa nk’imbaraga z’u Burayi zo kuziba icyuho cy’imisoro cyabyajwe umusaruro n’ibihangange mu ikoranabuhanga muri […]
Cibitoke: Abantu barenga 70 bamaze gutabwa muri yombi bazira kuza mu Rwanda
Abaturage b’imisozi ihana imbibi n’u Rwanda muri komini Mugina, mu ntara ya Cibitoke (mu majyaruguru y’uburengerazuba bw’u Burundi), ntibagihisha impungenge zabo, nyuma y’uko abantu barenga 70 bamaze gutabwa muri yombi n’abapolisi mu gihe cy’amezi 8, baregwa barambutse umupaka bakajya mu Rwanda. Abantu 76, barimo Imbonerakure zigera kuri mirongo ine (Urubyiruko rwa CNDD-FDD), bakomoka mu midugudu […]
Seoul: Minisitiri Nduhungirehe yakiriwe na mugenzi we wa Korea y’Epfo

Kuri uyu wa Mbere, itariki ya 9 Nzeri, i Seoul, Minisitiri w’ububanyi n’amahanga n’ubutwererane mpuzamahanga, Amb Olivier Nduhungirehe, yabonanye na minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Koreya y’Epfo, Cho Tae-yul, baganira ku gushimangira ubufatanye bw’ibihugu byombi. Iyi nama yibanze ku gusuzuma ubufatanye bukomeje no gushakisha ahandi hashyirwa ubwo bufatanye. Nubwo ahantu hateganywa ubufatanye hatashyizwe ahagaragara, ibiganiro byabo […]
Kamala Harris na Donald Trump bagiye gucakiranira bwa mbere mu kiganirompaka
Kuri uyu wa Mbere ushize, Visi Perezida Kamala Harris, yageze i Philadelphia mu majyaruguru y’uburasirazuba bwa Leta ya Pennsylvania mbere y’ikiganirompaka kuri televiziyo n’uwahoze ari Perezida wa Repubulika, Donald Trump muri uyu mujyi. Impaka, ziteganijwe kuri uyu wa kabiri saa cyenda. ET (0030 UTC ku wa gatatu), imbere y’umunyamakuru wa Televiziyo y’igihugu, ABC News kandi […]
RDC: Imirimo yo kubaka Kinshasa Arena imaze amezi 5 ihagaze
Hakurikijwe ubuhamya bwakusanyirijwe kuri terrain, imirimo yo kubaka iyi nyubako y’imyidagaduro na siporo imaze amezi 5 ihagaze nyuma y’itangira n’umuvuduko sosiyete yo muri Turkiya “Summa” yari yatangiranye. Abatangabuhamya bati: “Akazi karahagaze. Ubwubatsi ntabwo bitera imbere kuva amezi 5 ashize. Ibintu byose birahagaze. ” Andi makuru avuga ko iki kibazo cyo kutishyura umushahara w’abakozi kuri uru […]
Tanzania: Utavuga rumwe n’ubutegetsi yasanzwe yishwe nyuma yo gushimutirwa muri bus
Umurambo w’umuyobozi mukuru utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Tanzaniya, washimutiwe muri bus n’abantu bitwaje imbunda, wabonetse mu nkengero z’umurwa mukuru w’ubucuruzi, Dar es Salaam, ufite ibimenyetso byo gukubitwa ndetse yanasutswe aside mu maso. Iyicwa rya Ally Kibao, umwe mu bagize ubunyamabanga bw’ishyaka rikomeye ritavuga rumwe n’ubutegetsi, CHADEMA, rishobora kwanduza isura y’ivugurura rya Perezida Samia Suluhu Hassan, […]
Umuherwe Elon Musk mu nzira yo kuba uwa mbere utunze Miliyari 1000 z’Amadolari
Rwiyemezamirimo mu ikoranabuhanga Elon Musk ari mu nzira yo kuba umuherwe wa mbere utunze Tiliyari y’Amadorari ku Isi mu 2027, nk’uko ikigo cy’uburezi Informa Connect Academy kibitangaza. Ibi byatangajwe ku wa Gatanu bishingiye ku kigereranyo cy’ukuntu ubukungu bwa Musk bugenda buzamuka cyane buri mwaka, aho buzamuka ku rugero rwa 109.88%. Nk’uko byatangajwe na Bloomberg Billionaires […]
Igitero cya Israel muri Syria rwagati cyahitanye abantu 14
Ibitangazamakuru bya leta byatangaje ko misile zarashwe n’Igisirikare cya Israel zahitanye byibuze abantu 14 muri Syria rwagati. Nk’uko Ibiro Ntaramakuru bya Leta ya Syria (SANA) bibitangaza, ngo igitero cyo ku Cyumweru nijoro cyateje inkongi y’umuriro kandi cyangiza ibintu hafi y’umujyi wa Masyaf, mu ntara ya Hama. Ibi biro ntaramakuru byavuze kandi ko 43 bakomeretse, ryongera […]
Seoul: Minisitiri w’Ingabo yitabiriye inama ku ikoreshwa rya AI mu gisirikare

Kuri uyu wa Mbere, intumwa, ziyobowe na Minisitiri w’Ingabo w’u Rwanda, Juvenal Marizamunda, zitabiriye inama ku ikoreshwa ry’ubwenge buhimbano mu bya gisirikare (‘Responsible Artificial Intelligence (AI) in the Military Domain Summit’ (REAIM), ibera i Seoul muri Korea y’Epfo, aho ari kumwe na Minisitiri w’ububanyi n’amahanga, Olivier Nduhungirehe n’Umuyobozi Mukuru ushinzwe imikoranire mpuzamahanga mu Gisirikare cy’u […]
RDC: Imirwano ikaze hagati ya M23 na FARDC/Wazalendo ikomereje muri Muheto
Imirwano ikaze hagati ya Wazalendo n’inyeshyamba za M23 kuri uyu wa Mbere yaramukiye mu mujyi wa Muheto muri Teritwari ya Masisi, aho urusaku rw’imbunda ziremereye n’intoya rwumvikanye muri kariya gace no mu nkengero zaho nk’uko amakuru agera kuri Kivu Morning Post avuga. Uyu ni umunsi wa kabiri w’imirwano hagati y’impande zombi. Abenshi mu baturage bahungiye […]
Ibihugu 2 bibarizwa muri NATO birashinja u Burusiya kuvogera ikirere cyabyo
Ibihugu bya Latvia na Romania, bibarizwa mu Muryango wa NATO bashyigikiye Ukraine, bavuze ko indege zitagira abadereva z’u Burusiya zavogereye ikirere cyabyo. Romania yavuze ko indege itagira abadereva y’u Burusiya yinjiye mu kirere cyayo mu gihe cy’ibitero bya nijoro yambutse uruzi rwa Danube mu gihugu cy’abaturanyi cya Ukraine mu rukerera rwo ku Cyumweru, mu gihe […]
Umujyanama mu by’umutekano w’u Buhinde agiye kuganira na Putin ku kibazo cya Ukraine
Amakuru agera kuri India Today aravuga ko Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, azagirana ibiganiro na Ajit Doval, Umujyanama mu by’Umutekano wa Minisitiri w’Intebe w’u Buhinde, Narendra Modi, ku muhate wa New Delhi mu gukemura amakimbirane hagati ya Moscou na Kiev. Biteganijwe ko Doval azasura umurwa mukuru w’u Burusiya, Moscow, ku wa Kabiri no ku wa […]
Kimironko: Bus itwara abagenzi yagonze umumotari n’umugenzi yari atwaye bahasiga ubuzima

Impanuka ya bus itwara abagenzi kuri uyu wa Mbere ku Kimironko yahitanye umumotari n’umugenzi yari atwaye nyuma yo kugonga moto bari bariho. Amakuru agera kuri BWIZA, avuga ko mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere, itariki 9 Nzeri 2024 ku Kimironko imodoka ya RFTC yaciye mu mukono utari uwayo (Sens unique) iva munsi y’ahahoze BPR […]
Sudani yateye utwatsi ubusabe bwo kwakira Ingabo za Loni
Igihugu cya Sudani cyateye utwatsi ubusabe bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kohereza ingabo zawo zitagira aho zibogamiye mu butumwa bwo kurinda umutekano w’abasivili bakuwe mu byabo n’intambara hagati y’ingabo za leta n’umutwe wa Rapid Support Forces . Impuguke z’ abashakashatsi b’Umuryango w’Abibumbye zoherejwe muri Sudani zatangaje kuwa Gatanu ushize ko babonye ibikorwa biteye ubwoba bibangamiye uburenganzira bwa […]
RDC: Abantu 13 barohamye bagerageza kwambuka Uruzi rwa Kibali
Mu Ntara ya Haut-Uele, mu gihugu cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo, abantu 13 bararohamye mu gihe bagerageza kwambuka uruzi rwa Kibali mu bwato butabifitiye ubushobozi. Ubwato bwari buvuye muri Teritwari ya Watsa, Umurwa Mukuru wa Haut-Uele bwerekeza mu mujyi wa Durba ucukurwamo amabuye y’agaciro. Umubare nyawo w’abantu bari mu bwato nturamenyekana kuko ntaho bari […]
M23 irashinja Ingabo za Leta kugaba ibitero ku basivili mu bice igenzura
Umutwe wa M23 watangaje ko kuva mu gitondo kuri iki Cyumweru, Ihuriro ry’Ingabo za Leta ya Kinshasa zagabye igitero ku basivili ba Nyamitaba no mu nkengero zaho. Itangazo ryashyizwe ahagaragara n’Umuvugizi wa M23, Laurence Kanyuka, rigira riti: “Kuva ku isaha ya saa munani z’igitondo cyo kuri iki Cyumweru, itariki ya 8 Kanama 2024, Ihuriro ry’ingabo […]
Kenya: Umunyemarikazi uzwi muri Erdoret yishwe n’umuhungu we
Abapolisi bo mu Mujyi wa Eldoret mu gihugu cya Kenya barimo gukora iperereza ku kibazo cy’umugabo watemaguye nyina kugeza apfuye mu gace ka MaIli Nne mu nkengero z’umujyi. Uyu nyakwigendera yari umucuruzikazi ukomeye w’Umuyisilamu muri West Indies Estate, aho yakoreye imyaka myinshi. Umurambo we wajyanwe mu Bitaro by’icyitegererezo byitiriwe Moi mu gihe abashinzwe iperereza batangiye […]
Abanegihugu ba Israel biciwe mu gitero ku mupaka wa Yorodaniya na West Bank
Abayobozi ba Israel bavuga ko abantu batatu baguye mu gitero cyagabwe ku mupaka uhuza Ubwami bwa Yorodaniya na West Bank. Igisirikare cya Israel (IDF) cyavuze ko abenegihugu batatu ba Israel baguye mu irasa ryambukiranyije ikiraro cya Allenby. IDF yavuze ko uwagabye igitero yegereye ako gace avuye ku ruhande rwa Yorodaniya mu gikamyo, hanyuma arasohoka ararasa. […]
Uganda na RDC bigiye kugaragaza neza imbago z’imipaka ibatandukanya
Imirimo yo kugaragaza imbago z’imipaka hagati ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo na Uganda izatangira muri Gicurasi 2025 nk’uko byemejwe nyuma y’inama y’iminsi 3 hagati y’impande zombi. Impuguke zaturutse mu bihugu byombi zabyemeje kuri uyu wa Gatanu ushize, itariki ya 6 Nzeri i Goma muri Kivu y’Amajyaruguru, nyuma y’iminsi itatu y’inama y’iminsi itatu ya komisiyo […]
Venezuela: Uwari uhanganye na Perezida Maduro mu matora aheruka yahungiye muri Espagne
Guverinoma ya Venezuela yavuze ko umukandida w’abatavuga rumwe n’ubutegetsi ku mwanya wa perezida mu matora aheruka, Edmundo González, yavuye mu gihugu, asaba ubuhungiro muri Espagne. González yari yihishe, kandi harasohowe icyemezo cyo kumuta muri yombi nyuma y’uko abatavuga rumwe n’ubutegetsi bavuguruje ibyavuye mu matora y’umukuru w’igihugu yo muri Nyakanga, aho Inama y’igihugu ishinzwe amatora iyobowe […]
Mozambike: Maj. Gen. Kagame yahererekanyije ububasha na Maj. Gen. Ruvusha

Kuri uyu wa Gatandatu, itariki ya 07 Nzeri 2024, Komanda icyuye igihe wa Joint Task Force y’Ingabo z’u Rwanda Maj Gen Alex Kagame yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye, Maj Gen Emmy Ruvusha muri Mocimboa Dá Praia, Cabo Delgado mu gihugu cya Mozambique. Uyu muhango wari witabiriwe na ba Komanda ba Task Force za Brigade, abayobozi b’imitwe ya […]
Kenya: Hakomeje iperereza ku nkongi yahitanye abanyeshuri 21
Mu gihugu cya Kenya Igipolisi gikomeje iperereza ku cyateje inkongi y’umuriro yibasiye icumbi ry’abana b’abanyeshuri biga bacumbikirwa mu Ishuri Ribanza rya Hillside Endarasha mu mujyi wa Nyeri yahitanye abanyeshuli b’abahungu 21. Mu kiganiro n’itanganzamakuru, umuvugizi wa leta Isaac Mwaura yavuze ko igihugu cyahuye n’akaga. Abanyeshuri biga muri iryo shuri bari hagati y’imyaka icyenda na 13 […]
RDC: Umuyobozi wa Gereza ya Makala arahigishwa uruhindu nyuma y’iyicwa ry’imfungwa 129
Umuyobozi wa Gereza Nkuru ya Makala iherereye I Kinshasa muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, Joseph Yusufu Maliki, yahagaritswe ku mirimo ye Kandi Ari gushskishwa nk’uko amakuru menshi agera kuri RFI abitangaza. Nk’uko bivugwa, Joseph Yusufu Maliki yatangaje ku wa Gatatu, itariki ya 4 Nzeri, ko arwaye, bityo bikaba byerekana ko adahari muri gereza ya […]
Sudani y’Epfo: Ingabo za RDF zambitswe imidari mu birori bibereye ijisho

Kuri uyu wa Kane, Ingabo z’u Rwanda zo muri (Rwanbatt- 3 n’ishami ry’Indege z’u Rwanda rya 12) ziri mu Butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye muri Sudani y’Epfo (UNMISS) zambitswe imidari y’Umuryango w’Abibumbye kubera akazi k’indashyikirwa mu bikorwa byo kubungabunga amahoro. Ibirori byabereye muri Rwanbatt-3 Base Camp Durupi, muri Leta ya Equatorial yo Hagati. Umuyobozi w’ingabo za UNMISS, […]
Kuri iyi nshuro Perezida Putin aravuga ko ashyigikiye Kamala Harris aho kuba Trump
Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, yatangaje ko ahitamo Kamala Harris nka Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika utaha, aho kuba Donald Trump. White House yavuze ko agomba “guhagarika kuvuga ibya politiki yo muri Amerika.” Kuri uyu wa Kane ushize, nibwo Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, yatangaje ko yifuza kubona umudemokarate Kamala Harris atsinda amatora […]
U Rwanda, Kenya na Uganda byahuriye mu nama y’umutekano i Kigali

Abayobozi bakuru bashinzwe umutekano baturutse mu bihugu bigize Umuryango wa NCIP (Northern Corridor Integration Projects (Kenya, u Rwanda na Uganda) bateraniye i Kigali mu nama y’umutekano igamije gusuzuma ibyagezweho no gusuzuma imishinga ihuriweho mu rwego rwo kurinda umutekano mu bihugu bigize uyu muryango. Inama y’iminsi ibiri yatangiye kuwa 5 Nzeri irasuzuma kandi uko ubufatanye mu […]
USA: Umuraperi Richie Homie wari ugezweho muri Atlanta yapfuye ku myaka 34
Ubuyobozi muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika bwavuze ko umuraperi wo muri Atlanta, Rich Homie Quan, wamamaye mu njyana ya hip-hop mu 2013, yapfiriye muri Georgia ku myaka 34. Abashinzwe ibizamini kwa muganga muri Fulton County mu itangazo ryabo bavuze ko Ibitaro bya Grady’ Memorial Hospital muri Atlanta byamenyesheje abakozi babyo ku wa Kane urupfu […]
Kenya: Inkongi y’umuriro ku ishuri yahitanye abana 17
Kuri uyu wa Gatanu, umuvugizi wa polisi yavuze ko inkongi y’umuriro mu ishuri ryo muri Kenya rwagati yahitanye abanyeshuri 17. Abatabazi benshi bari mu nzira berekeza ku ishuri rya Hillside Endarasha Academy muri Nyeri, nk’uko umuvugizi, Resila Onyango, yavuze mu kiganiro yatanze kuri radio Hot 96 FM yo muri Kenya, yongeraho ko abayobozi baza gutanga […]
Nyanza: Rutunga wari ukurikiranweho uruhare muri Jenoside yakatiwe imyaka 20 y’igifungo
Venant Rutunga woherejwe mu Rwanda akuwe mu Buholandi kubera gukekwaho uruhare muri Jenoside, kuri uyu wa Kane yahamwe n’icyaha cyo kuba icyitso nk’icyaha cya jenoside mu bwicanyi bwakorewe Abatutsi aho yahoze ayobora ikigo cya ISAR-Rubona, akatirwa imyaka 20 y’igifungo Urugereko Ruburanisha Ibyaha Byambukiranya Imipaka mu Karere ka Nyanza rwavuze ko Rutunga yabaye icyitso mu bwicanyi […]
Ukraine: Andriy Sybiga yagizwe Minisitiri w’ububanyi n’Amahanga mushya
Abadepite bo muri Ukraine batoye Andriy Sybiga ku mwanya wa minisitiri w’ububanyi n’amahanga mushya w’icyo gihugu asimbuye Dymytri Kuleba uherutse gutanga ubwegure mu gihe Zelenskyy Ari gukora amavugurura agamije gukomeza leta ye. Sybiga w’imyaka 49 asimbuye Kuleba wagize uruhare runini mu kumvisha ibihugu by’u Burayi na Amerika gushigikira igihugu cye mu ntambara kirwana n’u Burusiya. […]
NYAGATARE: Yafatiwe mu cyuho agerageza guha abapolisi ruswa y’ibihumbi 101Frw
Polisi y’u Rwanda mu Karere ka Nyagatare, yafashe umugore wageragezaga guha abapolisi ruswa y’ibihumbi 101Frw ngo akingirwe ikibaba nyuma yo gufatirwa mu bucuruzi bw’ibitemewe birimo amasashe n’ikiyobyabwenge cya Kanyanga. Yafatanywe n’abasore babiri bamukoreraga bari binjije mu gihugu amasashe 160,000 nayo yafashwe na litiro 15 za Kanyanga zasanzwe iwe mu rugo aho atuye. Bafatiwe mu murenge […]
U Budage bukomeje gutekereza kuri gahunda nk’iyo u Bwongereza bwari bufitanye n’u Rwanda
Mu gihe mu Budage hagenda hiyongera impaka kuri politiki yo gusubiza iwabo abimukira bahageze mu buryo butemewe, komiseri ushinzwe abinjira n’abasohoka, Joachim Stamp yakomoje ku bijyanye no kohereza abimukira mu Rwanda niba hari ibibazo byo kubasubiza mu gihugu cyabo. Aganira mu kiganiro cyanyujijwe kuri podcast kuri uyu wa Kane, Stamp yavuze ko abimukira baza mu […]
USA: Umwana w’imyaka 14 yishe arashe bagenzi be n’abarimu ku ishuri
Ku wa Gatatu ushize, umwana w’imyaka 14 yishe abanyeshuri bagenzi be babiri n’abarimu babiri abandi icyenda barakomereka mu iraswa ryabereye mu ishuri ryisumbuye ryo muri Georgia, biba ubwicanyi bwa mbere mu kivunge muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika bukoreshejwemo imbunda kuva umwaka w’amashuri watangira. Abashinzwe iperereza bavuga ko uyu ukekwaho kuba yari yarabajijwe n’inzego z’ubutegetsi […]