RDC: Umuyobozi wa Gereza ya Makala yari yaratanze intabaza bamwima amatwi

Muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, hakomeje kwibazwa ibibazo bijyanye n’ibyabereye muri Gereza Nkuru ya Makala. Nk’uko inyandiko RFI yagenzuye zibitangaza, umuyobozi wa gereza yari yaraburiye abayobozi ku byago byashoboraga kuba muri Gereza ya Makala mbere y’uko “bagerageza gutoroka” mu ijoro ryo ku itariki ya 1 rishyira ku ya 2 Nzeri, nk’uko abayobozi babivuze, bituma […]

Kirehe: Babiri bafashwe batwaye mu modoka magendu y’imyenda ya caguwa

Polisi y’u Rwanda mu Karere ka Kirehe, yafashe abagabo babiri bari batwaye mu modoka yo mu bwoko bwa Hiace, amabalo arindwi y’imyenda ya caguwa, bari binjije mu gihugu mu buryo bwa magendu . Ni imodoka yari itwawe n’umwe muri bo w’imyaka 36 y’amavuko wari kumwe na mugenzi we w’imyaka 32, bafatiwe mu mudugudu wa Rwanteru, […]

Uwahoze akorera CIA yakatiwe imyaka 10 y’igifungo azira guha amakuru u Bushinwa

Kuri uyu wa Gatatu, itariki 11 Nzeri 2024, uwahoze ari umukozi wa CIA, Alexander Yuk Ching Ma, yakatiwe igifungo cy’imyaka icumi. Muri Gicurasi, uyu mugabo w’imyaka 71 yari yahamwe n’icyaha cyo kunekera u Bushinwa. Ishami ry’ubutabera muri Amerika rivuga ko iki gihano cyavuye mu masezerano yo kwirega. Uregwa yirinze igihano kirekire nyuma yo kwemera uruhare […]

USA ishyigikiye ko Afurika ihabwa imyanya 2 ihoraho muri UNSC

Iki cyemezo kije mu gihe Amerika ishaka gusana umubano na Afurika, aho benshi batishimiye ko Washington ishyigikiye intambara ya Israel muri Gaza, ndetse no kurushaho kunoza umubano n’ibihugu byo mu birwa bya pasifika bifite akamaro kanini mu guhangana n’u Bushinwa mu karere. Thomas-Greenfield yatangarije Reuters ati: “Iri tangazo “rizateza imbere iyi gahunda mu buryo dushobora […]

Kenya: Imyigaragambyo y’abakora ku kibuga cy’Indege yahagaze

Umuyobozi w’umuryango w’amashyirahamwe y’abakozi mu gihugu yemeje ko abakozi ku kibuga cy’Indege Jomo Kenyatta muri Kenya bemeye kuri uyu wa Gatatu gusubira ku kazi nyuma yo kumara umunsi mu myigaragambyo. Francis Atwoli, Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Amashyirahamwe y’Abakozi (COTU), yavuze ko guverinoma yemeye ko gahunda yo gukodesha ikibuga cy’indege ku kigo cyo mu Buhinde, Adani Group […]

U Rwanda rwemerewe miliyoni 200$ yo kongerera ubumenyi urubyiruko 200,000

Banki y’Isi yemeje inkunga nshya yo kongerera ubushobozi n’ubumenyi urubyiruko rusaga 200.000 mu Rwanda binyuze muri gahunda ya ‘Priority Skills for Growth and Youth Empowerment (PSGYE)’. Iyi gahunda ya miliyoni 200 z’amadorali, yatewe inkunga n’Ishyirahamwe Mpuzamahanga rishinzwe Iterambere (IDA), igamije kongerera urubyiruko runaka ubushobozi bwo guhatana ku isoko ry’umurimo hagamijwe gushimangira ubushobozi bw’inzego mu kunoza […]

USA: Nyuma y’imyaka 10 afunzwe arengana yahawe indishyi y’arenga miliyari 60 Frw

Umugabo wo muri Amerika yahawe indishyi zingana na miliyoni 50 z’amadolari nyuma yo guhamywa icyaha cy’ubwicanyi atigeze akora, mu bwishyu bunini cyane bubayeho mu mateka ya Amerika. Marcel Brown w’imyaka 34 yakatiwe igifungo cy’imyaka 35 nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo kuba icyitso mu iraswa ry’umusore w’imyaka 19 mu burengerazuba bwa Chicago mu 2008. Brown yakatiwe […]

Imirwano irakomeje hagati ya M23 na FARDC/Wazalendo muri Masisi na Rutshuru

Imirwano ikomeye yongeye kubura hagati ya M23 n’Abawazalendo bo mu mutwe wa CMC kuri uyu wa Gatatu, itariki 11 Nzeri 2024 ahitwa Kizimba muri Gurupoma ya Bukombo, Sheferi ya Bwito, muri Teritwari ya Rutshuru. Ni mu gihe indi mirwano ivugwa i Masisi hagati ya M23 na FARDC. Amakuru agera ku rubuga rrwa Kivu Morning Post […]

Urukiko rwateye utwatsi ikirego cy’umunyamakuru Kabendera wishyuza Vodacom miliyoni 10$

Urukiko Rukuru rwa Dar es Salaam rwateye utwatsi ikirego umunyamakuru Erick Kabendera yareze ikigo cy’itumanaho cya Vodacom Tanzania. Icyemezo cyo gutesha agaciro iki kirego cyafashwe kuri uyu wa Kabiri, itariki 10 Nzeri 2024 n’Umwanditsi w’urukiko wungirije mu izina ry’Umucamanza Mukuru, Salma Maghimbi, nyuma y’ubujurire bwazamuwe na Vodacom. Mu kirego cye, umunyamakuru Kabendera yasabaga impozamarira ya […]

Muri Kanama 2024, ibiciro mu mijyi byiyongereyeho 5% ugereranyije na 2023 – NISR

Ikigo cy’igihugu gishinzwe ibarurishamibare mu Rwanda NISR kiravuga ko ibiciro ku isoko mu mijyi muri Kanama kiyongereyeho 5% ugereranyije no mu kwezi nk’uko mu mwaka ushize bitewe n’ibiciro by’ibiribwa n’ibinyobwa bidasembuye, amazu, amashanyarazi n’ibindi byiyongereye. NISR yatangaje ibi, ubwo yashyiraga ahagaragara igipimo cy’ihindagurika ry’ibiciro mu kwezi kwa Kanama 2024. Ni igipimo ngenderwaho cyifashishwa mu bukungu […]

Intumwa z’Igisirikare cya Bangladesh ziyobowe na Gen. Sazadul Islam zasuye RDF

gxhwht0xuaalvpq.jpg

Kuri uyu wa Kabiri, itariki 10 Nzeri, itsinda ry’abarimu 20 n’abanyeshuri bo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Bangladesh riyobowe na Brig. Gen. Sazedul Islam ryasuye icyicaro gikuru cy’ingabo z’u Rwanda (RDF). Izi ntumwa zakiriwe n’Umugaba Mukuru wa RDF, Gen. MK Mubarakh, wabakiranye ubwuzu. Izi ntumwa zanyuriwemo incamake y’urugendo rw’impinduka rwa RDF zagejejweho na Brig […]

Ibirayi byongeye kurya umugabo bigasiba undi mu Mujyi wa Kigali

Mu Mujyi wa Kigali, abaguzi n’abacuruzi b’ibirayi baravuga ko ibirayi byongeye kurya umugabo bigasiba undi kubera kubura ku isoko n’ibihageze bikaza bikosha, aho basaba inzego zibishinzwe gufata ingamba zo kongera umusaruro w’iki gihingwa cyahoze kiri mu biryo by’ibanze by’Abanyarwanda, aho bamwe bajya babivugiraho bati ” Ngiye gushaka ay’ibirayi” nk’ikigaragaza ko byari muri bimwe mu biribwa […]

Amerika yamaze gushyikiriza DRC doze 50,000 z’urukingo rw’ubushita bw’inkende

“Nejejwe no kubamenyesha ko impano y’inkingo 50.000 za monkeypox (mpox) zaturutse muri Amerika zageze uyu munsi (ku wa Kabiri, itariki 10 Nzeri) muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo,” uyu ni Ambasaderi wa Amerika muri DRC, Lucy Tamly, Kuva mu ntangiriro za 2024, umudipolomate yavuze ko Leta Zunze Ubumwe za Amerika zakusanyije miliyoni z’amadolari y’inyongera y’inkunga […]

Kenya: Uwishe Rebecca Cheptegei nawe yapfuye azize ubushye

Uwahoze ari umukunzi wa w’umukinnyi w’imikino ngororamubiri w’Umugandekazi, Rebecca Cheptegei, yapfiriye mu bitaro bya Kenya azize ubushye yakuye mu nkongi y’umuriro yatangije ubwo yatwikaga uyu Mugandekazi mu cyumweru gishize. Kuri uyu wa Kabiri, ibitangazamakuru byo muri Kenya byatangaje ko uwahoze ari umukunzi w’umukinnyi w’imikino ngororamubiri wo muri Uganda, Rebecca Cheptegei, yapfiriye mu bitaro bya Kenya. […]

Iyicwa ry’umuyoboke wa EcidĂ© i Kinshasa: Umupolisi na komanda we bafashwe

Umupolisi ufite uruhare mu iyicwa ry’umurwanashyaka wa EcidĂ© (Engagement pour la citoyennetĂ© et le dĂ©veloppement) kimwe n’umuyobozi w’umutwe wa polisi ushinzwe gutabara byihuse (Police d’intervention rapide) mu karere, batawe muri yombi kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 10 Nzeri 2024. Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, umurambo w’umusore wavumbuwe hafi y’icyicaro gikuru cya EcidĂ© […]

EU yaciye ibihangange Google na Apple ihazabu y’asaga miliyari 15 z’Ama-Euro

Kuri uyu wa Kabiri, Urukiko rw’Ubutabera rw’u Burayi (ECJ) rwemeje ko Google yarenze ku mategeko abuza kwishyiriraho ibiciro kandi ko Apple igomba kwishyura Umuryango w’Ubumwe bw’ibihugu by’u Burayi imisoro itishyuye ingana na miliyari 13 z’Ama-Euro ($ 14.3 billion). Izi manza zombi zifatwa nk’imbaraga z’u Burayi zo kuziba icyuho cy’imisoro cyabyajwe umusaruro n’ibihangange mu ikoranabuhanga muri […]

Cibitoke: Abantu barenga 70 bamaze gutabwa muri yombi bazira kuza mu Rwanda

Abaturage b’imisozi ihana imbibi n’u Rwanda muri komini Mugina, mu ntara ya Cibitoke (mu majyaruguru y’uburengerazuba bw’u Burundi), ntibagihisha impungenge zabo, nyuma y’uko abantu barenga 70 bamaze gutabwa muri yombi n’abapolisi mu gihe cy’amezi 8, baregwa barambutse umupaka bakajya mu Rwanda. Abantu 76, barimo Imbonerakure zigera kuri mirongo ine (Urubyiruko rwa CNDD-FDD), bakomoka mu midugudu […]

Seoul: Minisitiri Nduhungirehe yakiriwe na mugenzi we wa Korea y’Epfo

gxclu4gxsaa9czb.jpg

Kuri uyu wa Mbere, itariki ya 9 Nzeri, i Seoul, Minisitiri w’ububanyi n’amahanga n’ubutwererane mpuzamahanga, Amb Olivier Nduhungirehe, yabonanye na minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Koreya y’Epfo, Cho Tae-yul, baganira ku gushimangira ubufatanye bw’ibihugu byombi. Iyi nama yibanze ku gusuzuma ubufatanye bukomeje no gushakisha ahandi hashyirwa ubwo bufatanye. Nubwo ahantu hateganywa ubufatanye hatashyizwe ahagaragara, ibiganiro byabo […]

Kamala Harris na Donald Trump bagiye gucakiranira bwa mbere mu kiganirompaka

Kuri uyu wa Mbere ushize, Visi Perezida Kamala Harris, yageze i Philadelphia mu majyaruguru y’uburasirazuba bwa Leta ya Pennsylvania mbere y’ikiganirompaka kuri televiziyo n’uwahoze ari Perezida wa Repubulika, Donald Trump muri uyu mujyi. Impaka, ziteganijwe kuri uyu wa kabiri saa cyenda. ET (0030 UTC ku wa gatatu), imbere y’umunyamakuru wa Televiziyo y’igihugu, ABC News kandi […]

RDC: Imirimo yo kubaka Kinshasa Arena imaze amezi 5 ihagaze

Hakurikijwe ubuhamya bwakusanyirijwe kuri terrain, imirimo yo kubaka iyi nyubako y’imyidagaduro na siporo imaze amezi 5 ihagaze nyuma y’itangira n’umuvuduko sosiyete yo muri Turkiya “Summa” yari yatangiranye. Abatangabuhamya bati: “Akazi karahagaze. Ubwubatsi ntabwo bitera imbere kuva amezi 5 ashize. Ibintu byose birahagaze. ” Andi makuru avuga ko iki kibazo cyo kutishyura umushahara w’abakozi kuri uru […]

Tanzania: Utavuga rumwe n’ubutegetsi yasanzwe yishwe nyuma yo gushimutirwa muri bus

Umurambo w’umuyobozi mukuru utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Tanzaniya, washimutiwe muri bus n’abantu bitwaje imbunda, wabonetse mu nkengero z’umurwa mukuru w’ubucuruzi, Dar es Salaam, ufite ibimenyetso byo gukubitwa ndetse yanasutswe aside mu maso. Iyicwa rya Ally Kibao, umwe mu bagize ubunyamabanga bw’ishyaka rikomeye ritavuga rumwe n’ubutegetsi, CHADEMA, rishobora kwanduza isura y’ivugurura rya Perezida Samia Suluhu Hassan, […]

Umuherwe Elon Musk mu nzira yo kuba uwa mbere utunze Miliyari 1000 z’Amadolari

Rwiyemezamirimo mu ikoranabuhanga Elon Musk ari mu nzira yo kuba umuherwe wa mbere utunze Tiliyari y’Amadorari ku Isi mu 2027, nk’uko ikigo cy’uburezi Informa Connect Academy kibitangaza. Ibi byatangajwe ku wa Gatanu bishingiye ku kigereranyo cy’ukuntu ubukungu bwa Musk bugenda buzamuka cyane buri mwaka, aho buzamuka ku rugero rwa 109.88%. Nk’uko byatangajwe na Bloomberg Billionaires […]

Igitero cya Israel muri Syria rwagati cyahitanye abantu 14

Ibitangazamakuru bya leta byatangaje ko misile zarashwe n’Igisirikare cya Israel zahitanye byibuze abantu 14 muri Syria rwagati. Nk’uko Ibiro Ntaramakuru bya Leta ya Syria (SANA) bibitangaza, ngo igitero cyo ku Cyumweru nijoro cyateje inkongi y’umuriro kandi cyangiza ibintu hafi y’umujyi wa Masyaf, mu ntara ya Hama. Ibi biro ntaramakuru byavuze kandi ko 43 bakomeretse, ryongera […]

Seoul: Minisitiri w’Ingabo yitabiriye inama ku ikoreshwa rya AI mu gisirikare

gxbvetkw4aat3ft.jpg

Kuri uyu wa Mbere, intumwa, ziyobowe na Minisitiri w’Ingabo w’u Rwanda, Juvenal Marizamunda, zitabiriye inama ku ikoreshwa ry’ubwenge buhimbano mu bya gisirikare (‘Responsible Artificial Intelligence (AI) in the Military Domain Summit’ (REAIM), ibera i Seoul muri Korea y’Epfo, aho ari kumwe na Minisitiri w’ububanyi n’amahanga, Olivier Nduhungirehe n’Umuyobozi Mukuru ushinzwe imikoranire mpuzamahanga mu Gisirikare cy’u […]

RDC: Imirwano ikaze hagati ya M23 na FARDC/Wazalendo ikomereje muri Muheto

Imirwano ikaze hagati ya Wazalendo n’inyeshyamba za M23 kuri uyu wa Mbere yaramukiye mu mujyi wa Muheto muri Teritwari ya Masisi, aho urusaku rw’imbunda ziremereye n’intoya rwumvikanye muri kariya gace no mu nkengero zaho nk’uko amakuru agera kuri Kivu Morning Post avuga. Uyu ni umunsi wa kabiri w’imirwano hagati y’impande zombi. Abenshi mu baturage bahungiye […]

Ibihugu 2 bibarizwa muri NATO birashinja u Burusiya kuvogera ikirere cyabyo

Ibihugu bya Latvia na Romania, bibarizwa mu Muryango wa NATO bashyigikiye Ukraine, bavuze ko indege zitagira abadereva z’u Burusiya zavogereye ikirere cyabyo. Romania yavuze ko indege itagira abadereva y’u Burusiya yinjiye mu kirere cyayo mu gihe cy’ibitero bya nijoro yambutse uruzi rwa Danube mu gihugu cy’abaturanyi cya Ukraine mu rukerera rwo ku Cyumweru, mu gihe […]

Umujyanama mu by’umutekano w’u Buhinde agiye kuganira na Putin ku kibazo cya Ukraine

Amakuru agera kuri India Today aravuga ko Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, azagirana ibiganiro na Ajit Doval, Umujyanama mu by’Umutekano wa Minisitiri w’Intebe w’u Buhinde, Narendra Modi, ku muhate wa New Delhi mu gukemura amakimbirane hagati ya Moscou na Kiev. Biteganijwe ko Doval azasura umurwa mukuru w’u Burusiya, Moscow, ku wa Kabiri no ku wa […]

Sudani yateye utwatsi ubusabe bwo kwakira Ingabo za Loni

Igihugu cya Sudani cyateye utwatsi ubusabe bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kohereza ingabo zawo zitagira aho zibogamiye mu butumwa bwo kurinda umutekano w’abasivili bakuwe mu byabo n’intambara hagati y’ingabo za leta n’umutwe wa Rapid Support Forces . Impuguke z’ abashakashatsi b’Umuryango w’Abibumbye zoherejwe muri Sudani zatangaje kuwa Gatanu ushize ko babonye ibikorwa biteye ubwoba bibangamiye uburenganzira bwa […]

RDC: Abantu 13 barohamye bagerageza kwambuka Uruzi rwa Kibali

Mu Ntara ya Haut-Uele, mu gihugu cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo, abantu 13 bararohamye mu gihe bagerageza kwambuka uruzi rwa Kibali mu bwato butabifitiye ubushobozi. Ubwato bwari buvuye muri Teritwari ya Watsa, Umurwa Mukuru wa Haut-Uele bwerekeza mu mujyi wa Durba ucukurwamo amabuye y’agaciro. Umubare nyawo w’abantu bari mu bwato nturamenyekana kuko ntaho bari […]

M23 irashinja Ingabo za Leta kugaba ibitero ku basivili mu bice igenzura

Umutwe wa M23 watangaje ko kuva mu gitondo kuri iki Cyumweru, Ihuriro ry’Ingabo za Leta ya Kinshasa zagabye igitero ku basivili ba Nyamitaba no mu nkengero zaho. Itangazo ryashyizwe ahagaragara n’Umuvugizi wa M23, Laurence Kanyuka, rigira riti: “Kuva ku isaha ya saa munani z’igitondo cyo kuri iki Cyumweru, itariki ya 8 Kanama 2024, Ihuriro ry’ingabo […]

Kenya: Umunyemarikazi uzwi muri Erdoret yishwe n’umuhungu we

Abapolisi bo mu Mujyi wa Eldoret mu gihugu cya Kenya barimo gukora iperereza ku kibazo cy’umugabo watemaguye nyina kugeza apfuye mu gace ka MaIli Nne mu nkengero z’umujyi. Uyu nyakwigendera yari umucuruzikazi ukomeye w’Umuyisilamu muri West Indies Estate, aho yakoreye imyaka myinshi. Umurambo we wajyanwe mu Bitaro by’icyitegererezo byitiriwe Moi mu gihe abashinzwe iperereza batangiye […]

Abanegihugu ba Israel biciwe mu gitero ku mupaka wa Yorodaniya na West Bank

Abayobozi ba Israel bavuga ko abantu batatu baguye mu gitero cyagabwe ku mupaka uhuza Ubwami bwa Yorodaniya na West Bank. Igisirikare cya Israel (IDF) cyavuze ko abenegihugu batatu ba Israel baguye mu irasa ryambukiranyije ikiraro cya Allenby. IDF yavuze ko uwagabye igitero yegereye ako gace avuye ku ruhande rwa Yorodaniya mu gikamyo, hanyuma arasohoka ararasa. […]

Uganda na RDC bigiye kugaragaza neza imbago z’imipaka ibatandukanya

Imirimo yo kugaragaza imbago z’imipaka hagati ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo na Uganda izatangira muri Gicurasi 2025 nk’uko byemejwe nyuma y’inama y’iminsi 3 hagati y’impande zombi. Impuguke zaturutse mu bihugu byombi zabyemeje kuri uyu wa Gatanu ushize, itariki ya 6 Nzeri i Goma muri Kivu y’Amajyaruguru, nyuma y’iminsi itatu y’inama y’iminsi itatu ya komisiyo […]

Venezuela: Uwari uhanganye na Perezida Maduro mu matora aheruka yahungiye muri Espagne

Guverinoma ya Venezuela yavuze ko umukandida w’abatavuga rumwe n’ubutegetsi ku mwanya wa perezida mu matora aheruka, Edmundo González, yavuye mu gihugu, asaba ubuhungiro muri Espagne. González yari yihishe, kandi harasohowe icyemezo cyo kumuta muri yombi nyuma y’uko abatavuga rumwe n’ubutegetsi bavuguruje ibyavuye mu matora y’umukuru w’igihugu yo muri Nyakanga, aho Inama y’igihugu ishinzwe amatora iyobowe […]

Mozambike: Maj. Gen. Kagame yahererekanyije ububasha na Maj. Gen. Ruvusha

gw5e7ktxqaaf75u.jpg

Kuri uyu wa Gatandatu, itariki ya 07 Nzeri 2024, Komanda icyuye igihe wa Joint Task Force y’Ingabo z’u Rwanda Maj Gen Alex Kagame yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye, Maj Gen Emmy Ruvusha muri Mocimboa Dá Praia, Cabo Delgado mu gihugu cya Mozambique. Uyu muhango wari witabiriwe na ba Komanda ba Task Force za Brigade, abayobozi b’imitwe ya […]

Kenya: Hakomeje iperereza ku nkongi yahitanye abanyeshuri 21

Mu gihugu cya Kenya Igipolisi gikomeje iperereza ku cyateje inkongi y’umuriro yibasiye icumbi ry’abana b’abanyeshuri biga bacumbikirwa mu Ishuri Ribanza rya Hillside Endarasha mu mujyi wa Nyeri yahitanye abanyeshuli b’abahungu 21. Mu kiganiro n’itanganzamakuru, umuvugizi wa leta Isaac Mwaura yavuze ko igihugu cyahuye n’akaga. Abanyeshuri biga muri iryo shuri bari hagati y’imyaka icyenda na 13 […]

RDC: Umuyobozi wa Gereza ya Makala arahigishwa uruhindu nyuma y’iyicwa ry’imfungwa 129

Umuyobozi wa Gereza Nkuru ya Makala iherereye I Kinshasa muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, Joseph Yusufu Maliki, yahagaritswe ku mirimo ye Kandi Ari gushskishwa nk’uko amakuru menshi agera kuri RFI abitangaza. Nk’uko bivugwa, Joseph Yusufu Maliki yatangaje ku wa Gatatu, itariki ya 4 Nzeri, ko arwaye, bityo bikaba byerekana ko adahari muri gereza ya […]

Sudani y’Epfo: Ingabo za RDF zambitswe imidari mu birori bibereye ijisho

gwt6-yewsaabigd.jpg

Kuri uyu wa Kane, Ingabo z’u Rwanda zo muri (Rwanbatt- 3 n’ishami ry’Indege z’u Rwanda rya 12) ziri mu Butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye muri Sudani y’Epfo (UNMISS) zambitswe imidari y’Umuryango w’Abibumbye kubera akazi k’indashyikirwa mu bikorwa byo kubungabunga amahoro. Ibirori byabereye muri Rwanbatt-3 Base Camp Durupi, muri Leta ya Equatorial yo Hagati. Umuyobozi w’ingabo za UNMISS, […]

Kuri iyi nshuro Perezida Putin aravuga ko ashyigikiye Kamala Harris aho kuba Trump

Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, yatangaje ko ahitamo Kamala Harris nka Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika utaha, aho kuba Donald Trump. White House yavuze ko agomba “guhagarika kuvuga ibya politiki yo muri Amerika.” Kuri uyu wa Kane ushize, nibwo Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, yatangaje ko yifuza kubona umudemokarate Kamala Harris atsinda amatora […]

U Rwanda, Kenya na Uganda byahuriye mu nama y’umutekano i Kigali

gwvitspwiaaco8z.jpg

Abayobozi bakuru bashinzwe umutekano baturutse mu bihugu bigize Umuryango wa NCIP (Northern Corridor Integration Projects (Kenya, u Rwanda na Uganda) bateraniye i Kigali mu nama y’umutekano igamije gusuzuma ibyagezweho no gusuzuma imishinga ihuriweho mu rwego rwo kurinda umutekano mu bihugu bigize uyu muryango. Inama y’iminsi ibiri yatangiye kuwa 5 Nzeri irasuzuma kandi uko ubufatanye mu […]

USA: Umuraperi Richie Homie wari ugezweho muri Atlanta yapfuye ku myaka 34

Ubuyobozi muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika bwavuze ko umuraperi wo muri Atlanta, Rich Homie Quan, wamamaye mu njyana ya hip-hop mu 2013, yapfiriye muri Georgia ku myaka 34. Abashinzwe ibizamini kwa muganga muri Fulton County mu itangazo ryabo bavuze ko Ibitaro bya Grady’ Memorial Hospital muri Atlanta byamenyesheje abakozi babyo ku wa Kane urupfu […]

Kenya: Inkongi y’umuriro ku ishuri yahitanye abana 17

Kuri uyu wa Gatanu, umuvugizi wa polisi yavuze ko inkongi y’umuriro mu ishuri ryo muri Kenya rwagati yahitanye abanyeshuri 17. Abatabazi benshi bari mu nzira berekeza ku ishuri rya Hillside Endarasha Academy muri Nyeri, nk’uko umuvugizi, Resila Onyango, yavuze mu kiganiro yatanze kuri radio Hot 96 FM yo muri Kenya, yongeraho ko abayobozi baza gutanga […]

Nyanza: Rutunga wari ukurikiranweho uruhare muri Jenoside yakatiwe imyaka 20 y’igifungo

Venant Rutunga woherejwe mu Rwanda akuwe mu Buholandi kubera gukekwaho uruhare muri Jenoside, kuri uyu wa Kane yahamwe n’icyaha cyo kuba icyitso nk’icyaha cya jenoside mu bwicanyi bwakorewe Abatutsi aho yahoze ayobora ikigo cya ISAR-Rubona, akatirwa imyaka 20 y’igifungo Urugereko Ruburanisha Ibyaha Byambukiranya Imipaka mu Karere ka Nyanza rwavuze ko Rutunga yabaye icyitso mu bwicanyi […]

Ukraine: Andriy Sybiga yagizwe Minisitiri w’ububanyi n’Amahanga mushya

Abadepite bo muri Ukraine batoye Andriy Sybiga ku mwanya wa minisitiri w’ububanyi n’amahanga mushya w’icyo gihugu asimbuye Dymytri Kuleba uherutse gutanga ubwegure mu gihe Zelenskyy Ari gukora amavugurura agamije gukomeza leta ye. Sybiga w’imyaka 49 asimbuye Kuleba wagize uruhare runini mu kumvisha ibihugu by’u Burayi na Amerika gushigikira igihugu cye mu ntambara kirwana n’u Burusiya. […]

NYAGATARE: Yafatiwe mu cyuho agerageza guha abapolisi ruswa y’ibihumbi 101Frw

Polisi y’u Rwanda mu Karere ka Nyagatare, yafashe umugore wageragezaga guha abapolisi ruswa y’ibihumbi 101Frw ngo akingirwe ikibaba nyuma yo gufatirwa mu bucuruzi bw’ibitemewe birimo amasashe n’ikiyobyabwenge cya Kanyanga. Yafatanywe n’abasore babiri bamukoreraga bari binjije mu gihugu amasashe 160,000 nayo yafashwe na litiro 15 za Kanyanga zasanzwe iwe mu rugo aho atuye. Bafatiwe mu murenge […]

U Budage bukomeje gutekereza kuri gahunda nk’iyo u Bwongereza bwari bufitanye n’u Rwanda

Mu gihe mu Budage hagenda hiyongera impaka kuri politiki yo gusubiza iwabo abimukira bahageze mu buryo butemewe, komiseri ushinzwe abinjira n’abasohoka, Joachim Stamp yakomoje ku bijyanye no kohereza abimukira mu Rwanda niba hari ibibazo byo kubasubiza mu gihugu cyabo. Aganira mu kiganiro cyanyujijwe kuri podcast kuri uyu wa Kane, Stamp yavuze ko abimukira baza mu […]

USA: Umwana w’imyaka 14 yishe arashe bagenzi be n’abarimu ku ishuri

Ku wa Gatatu ushize, umwana w’imyaka 14 yishe abanyeshuri bagenzi be babiri n’abarimu babiri abandi icyenda barakomereka mu iraswa ryabereye mu ishuri ryisumbuye ryo muri Georgia, biba ubwicanyi bwa mbere mu kivunge muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika bukoreshejwemo imbunda kuva umwaka w’amashuri watangira. Abashinzwe iperereza bavuga ko uyu ukekwaho kuba yari yarabajijwe n’inzego z’ubutegetsi […]

Ukekwa yarasiwe hafi ya Ambasade ya Israel i Munich

Kuri uyu wa Kane, abapolisi b’Abadage bavuga ko barashe umuntu witwaje imbunda hafi y’ahari ikigo kibitse amateka y’Abanazi ndetse na Consulat ya Israel mu mujyi wa Munich. Polisi ya Bavaria ivuga ko uyu mugabo yarashwe, kandi ako gace kari kagoswe hafi ya Karolinenplatz. Minisitiri w’umutekano w’imbere muri Leta ya Bavaria, Joachim Herrmann, nyuma yavuze ko […]

Xi Jinping yemeye miliyari zisaga 50$ yo gutera inkunga Afurika mu myaka 3 iri imbere

Kuri uyu wa Kane, Perezida w’u Bushinwa, Xi Jinping, yashimye umubano w’igihugu cye n’Umugabane wa Afurika, avuga ko bari mu bihe byiza by’amateka. Ibi yabitangaje mu muhango wo gutangiza Ihuriro ry’Ubufatanye bw’u Bushinwa na Afurika (FOCAC), inama ikomeye Beijing yakiriye mu myaka ishize. Ni muri urwo rwego Perezida Xi yemeye miliyari zisaga 50 z’amadorari (miliyari […]

PM Dr. Ngirente yakiriye abarimo Visi Perezida wa Rockefeller Foundation

gwppbstxgaaycdr.jpg

Nyuma yo kugirana ibiganiro na mugenzi we wo muri Sierra Leone, Dr. David Moinina Sengeh, Minisitiri w’Intebe Dr. Ngirente yakiriye , kuri uyu wa Gatatu yakiriye abandi banyacyubahiro batandukanye bari mu Rwanda aho bitabiriye inama ngarukamwaka yiga ku guteza imbere Urusobe rw’Ibiribwa muri Afurika ya 2024. Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu, Minisitiri w’Intebe, […]

Sweden: Minisitiri w’ububanyi n’amahanga Tobias Billstrom yeguye

Kuri uyu wa Gatatu, itariki 4 Nzeri, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Tobias Billstrom, yatangaje mu buryo butunguranye ko azegura muri Guverinoma ya Sweden mu cyumweru gitaha. Billstrom amaze imyaka igera kuri ibiri kuri iyi mirimo, aho muri icyo gihe igihugu cye, ubusanzwe kitari gifite aho kibogamiye, cyabaye umunyamuryango wa NATO. Mu butumwa yanditse kuri X, Billstrom […]

Mozambike: RDF ikomeje gufatanya kuzana umutekano no gufasha abaturage mu mibereho

gwpqrmmxwaadx5c.jpg

Kuri uyu wa Gatatu abashinzwe umutekano b’u Rwanda bo muri (Task Force Battle Group 3) ikorera mu karere ka Ancuabe, intara ya Cabo Delgado, muri Mozambike bamuritse ibyumba bitanu byavuguruwe ku ishuri ribanza rya Nacololo. Batanze kandi ibikoresho bitandukanye by’ishuri birimo ameza 100 y’abanyeshuri, ibitabo by’imyitozo, amakaramu, ingwa, na crayons ku banyeshuri barenga 500. Brig […]

RDC: Barakira inkingo za mbere z’indwara y’Ubushita bw’Inkende

Minisitiri w’ubuzima muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo yatangaje ko icyo gihugu kigiye kwakira inkingo z’indwara y’ubushita bw’inkende. Repubulika ya Demokarasi ya Congo itegereje inkingo za mbere z’indwara y’ubushita bw’inkende kuri uyu wa Kane, icyiciro cya kabiri cyazo kikazahagera kuwa gatandatu w’iki cyumweru. Ibi byatangajwe n’umukuru w’itsinda rishinzwe kurwanya iyo ndwara, Cris Kacita. Ishami ry’umuryango […]

U Burusiya bugiye kuzana indege kabuhariwe z’intambara mu imurikagurisha ry’intwaro muri Afurika

Indege z’intambara z’u Burusiya nka Tu-160 long-range bombers ziri mu zishobora kumurikwa muri Africa Aerospace and Defense 2024 nk’uko tubikesha urubuga military.africa. Mbere y’iki gikorwa, intumwa z’Igisirikare cy’u Burusiya zasuye ikibuga cy’indege hanze ya Pretoria ngo harebwe ko hakoherezwa izi ndege za Tu-160 ahazabera imurikagurisha. Aba basirikare bakiriwe ku kibuga cy’indege n’Umuyobozi w’Ingabo zirwanira mu […]

Perezida Ruto yemeje ko yagiranye ibiganiro na Perezida Kagame

gwoldauxcaa5lm-.jpg

Perezida wa Kenya, William Ruto, yemeje ko yabonanye na mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame, mu Bushinwa, bagirana ibiganiro ku kunoza umubano w’ibihugu byombi no kuri kandidatire ya Odinga ku buyobozi bwa Komisiyo ya AU. “U Rwanda n’umufatanyabikorwa ukomeye kandi w’ingamba za Kenya. Dusangiye umubano ushingiye kuri dipolomasi, amateka n’umuco. Ibihugu byacu ni ibinyamiryango by’Umuryango […]

Mocímboa da Praia: Guverineri yatashye ibyumba by’ishuri byubatswe na RDF muri Namalala

classrooms.fb_-1024x683_1_.jpg

Guverineri wa Cabo Delgado, Valige Tauabo, ku wa Mbere, itariki ya 02 Nzeri yafunguye ku mugaragaro ibyumba bine by’Ishuri Ribanza rya Namalala mu karere ka Mocimboa da Praia. Iyubakwa ry’aya mashuri ryashobotse ku nkunga y’amafaranga yatanzwe n’Ingabo z’u Rwanda, mu rwego rw’umubano wa kivandimwe hagati y’ibihugu byombi. Ibyumba bine by’ishuri bifite ubushobozi bwo kwakira abanyeshuri […]

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Ukraine yeguye ku mirimo ye

Dmytro Kuleba yeguye ku mirimo ye yo kuba minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Ukraine, nyuma y’icyumweru Perezida Volodymyr Zelenskyy atangaje ko agiye gukora impinduka muri guverinoma ashaka kurushaho gukomeza nyuma y’imyaka ibiri n’igice igihugu cye gitewe n’u Burusiya. Kuri uyu wa Gatatu, Umuvugizi w’inteko ishinga amategeko, Ruslan Stefanchuk, kuri Facebook yavuze ko Kuleba yatanze icyifuzo cyo […]

Minisitiri w’Intebe wa Sierra Leone yashimye amasomo bigiye ku Rwanda

gwkzycvxaaa67hk.jpg

Sengeh yagaragaje amasomo y’agaciro Sierra Leone yakuye mu Rwanda no kungurana ibitekerezo, cyane cyane mu bijyanye n’ikoranabuhanga no guhanga udushya, nk’ingenzi ku bihugu byombi. Byatangajwe kuri uyu wa Kabiri, itariki 3 Nzeri, ubwo Minisitiri w’Intebe Dr. Ngirente yakiraga Dr. David Moinina Sengeh, Minisitiri w’Intebe wa Sierra Leone, uri mu Rwanda aho yitabiriye inama ngarukamwaka yiga […]

Cabo Delgado: Ingabo z’u Rwanda zaguye mu gico cy’ibyihebe

Mu ijoro ryo ku wa Gatandatu, ibyihebe byiyitira Isilamu byateze igico abapolisi/ingabo zo mu Rwanda zari mu irondo, mu karere ka Mocimboa da Praia, mu majyaruguru ya Mozambike mu ntara ya Cabo Delgado. Umuyobozi w’akarere ka Mocimboa da Praia, Sergio Cipriano, waganiriye na Televiziyo ya Mozambike (TVM) kuri uyu wa Kabiri yagize ati: “ahagana mu […]