RDC: Uwahoze ari minisitiri w’ubukerarugendo afungishijwe ijisho

Uwahoze ari Minisitiri w’ubukerarugendo muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, Modero Nsimba, yafungiwe mu rugo iwe kuva ku wa Kabiri, itariki ya 13 Kanama. Ni ishyirwa mu bikorwa ry’umwanzuro w’urukiko rusesa imanza. Igihe Modero Nsimba yagezwaga imbere y’uru rukiko ku itariki ya 21 Werurwe, hasohotse icyemezo kimushyira muri gereza nkuru ya Makala by’ agateganyo, cyavuyemo […]

Abapolisi 50 basoje amahugurwa yo kurinda abanyacyubahiro

csm_vip_62_bd71dece7b.jpg

Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 13 Kanama, abapolisi 50 basoje amahugurwa ajyanye no kurinda abanyacyubahiro yari amaze ukwezi n’igice atangirwa mu kigo cya Polisi cy’amahugurwa yo kurwanya iterabwoba (CTTC) i Mayange mu Karere ka Bugesera . Ni amahugurwa yateguwe ku bufatanye bwa Polisi y’u Rwanda n’urwego rushinzwe umutekano w’imbere mu gihugu cya Qatar (Lekhwiya), […]

Thomas Kwoyelo wahoze ari umuyobozi muri LRA yahamijwe ibyaha 44 by’intambara

Thomas Kwoyelo, wari umuyobozi mu mutwe w’inyeshyamba wa Lords Resistance Army (LRA), yahamije n’urukiko muri Uganda ibyaha byinshi by’intambara. Umutwe wa LRA wakangaranyije Abagande mu majyaruguru y’igihugu ubwo wari uyobowe na Joseph Kony imyaka igera kuri 20. Kwoyelo yahakanye ibyaha birenga 70 aregwa. Muri ibyo harimo ubwicanyi, gufata ku ngufu, iyicarubozo no gushimuta. Urukiko rwasanze […]

RDC: Augustin Kabuya yanze kwemera iyirukanwa rye ku bunyamabanga bwa UDPS

Nyuma y’amasaha 24 y’icyemezo cy’inama ya demokarasi y’ishyaka UDPS (CDP) yemeje kumukura ku mirimo ye nk’umunyamabanga mukuru w’iri shyaka riharanira ubumwe bwa demokarasi n’iterambere ry’imibereho (UPDS), Augustin Kabuya, ku wa Mbere, itariki ya 12 Kanama 2024, yagize icyo abivugaho ku cyicaro cy’ishyaka I Kinshasa. Yasobanuye ko giteye isoni icyemezo cya CDP, abibona ko kinyuranyije n’ingingo […]

Abantu bitwaje intwaro bishe abantu 7 ku mupaka wa Kenya na Ethiopia

Abantu bitwaje imbunda barashe bica abantu barindwi banatwika ikamyo bakoreshaga mu gitero cyagabwe mu gace ka Elle Dimtu ko muri Moyale, mu Ntara ya Marsabit. Aka gace kari ku mupaka wa Kenya na Ethiopia. Polisi yavuze ko abandi bantu babiri bakomerekeye mu gitero cyabaye mu ijoro ryo ku wa Mbere rishyira kuri uyu wa Kabiri. […]

Vuba aha hashobora gutangazwa ibiciro bishya byo kwivuza bisimbura ibyagenwe mu 2017

Minisiteri y’ubuzima yavuze ko gutinda gushyiraho ibiciro bishya by’ubuvuzi bisimbura ibiriho ubu ibigo nderabuzima byigenga bivuga ko biri hasi kandi bibatera igihombo, byatewe n’imyitozo igoye isaba amasezerano hagati y’inzego zose bireba. Ibi bibaye nyuma y’uko abayobozi ba minisiteri bari batangaje ko itangazwa ry’ibiciro bishya by’ubuvuzi ryashyizwe muri Kamena kandi ko byagombaga gutangira gukurikizwa muri Nyakanga […]

Burundi: Harikangwa amanyanga mu itangwa ry’indangamuntu mu gihe amatora yegereje

Mu nama yo gutegura ishyirwaho ry’abagize komisiyo y’amatora yigenga ku rwego rwa komini (CECI) yabaye ku wa Kane mu murwa mukuru wa politiki w’ u Burundi, Gitega, Musenyeri Évariste Nijimbere, umwepiskopi wa diyosezi y’Abangilikani ya Buhiga, yamaganye uburiganya bumaze kugaragara mu gihe amatora yegereje . Musenyeri Nijimbere avuga ko muri 2020, hagaragaye abantu bafite indangamuntu […]

RDC: Sama Lukonde wahoze ari minisitiri w’intebe yatorewe kuyobora Sena

Kuri uyu wa Mbere, itariki ya 12 Kanama 2024, Jean-Michel Sama Lukonde wahoze ari Minisitiri w’intebe akaba na Senateri w’intara ya Haut-Katanga, yatorewe kuba Perezida wa Sena ku majwi 84 y’abamushyigikiye. Uwo bari bahanganye ukomeye, Jonas Mukamba, yabonye amajwi 9 gusa . Umukandida w’ihuriro Union Sacree, Sama Lukonde yari yabanje kugeza kuri bagenzi be impamvu […]

Zambia yongeye gufungura imipaka iyihuza na RDC yari yafunze

Guverinoma ya Zambia yatangarije iya Repubulika ya Demokarasi ya Congo ko yongera gufungura imipaka nta mananiza ya Kasumbalesa-Sakania-Mukambo guhera kuri uyu wa kabiri, itariki ya 13 Kanama 2024, mu rwego rwo kwemerera abantu n’ibicuruzwa kugenda mu bwisanzure. Nk’uko byatangajwe n’ishami ry’itumanaho rya minisiteri y’ubucuruzi n’ububanyi n’amahanga ya DRC, ngo abategetsi ba Zambia biyemeje gukurikirana igabanywa […]

Kigali: Imirimo yo kubaka ibitaro bigezweho bizita ku ndwara z’umutima irarimbanyije

Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga wa Misiri Dr Badr Abdelaaty na Minisitiri w’Ubuzima w’u Rwanda, Dr Sabin Nsanzimana, kuri uyu Mbere basuye ahari kubakwa ikigo kizajya gitanga ubuvuzi bw’indwara z’umutima cyatangiye kubakwa mu cyanya cy’ubuvuzi mu Murenge wa Masaka mu Karere ka Kicukiro . Biteganyijwe ko ibi bitaro byatangiye kubaka mu 2021 bizatwara miliyoni 20$, bizatanga ubuvuzi […]

Tanzaniya: Igipolisi cyataye muri yombi abayobozi ba CHADEMA barimo Freeman Mbowe

Kuri uyu wa Mbere tariki ya 12 Kanama 2024, Polisi yataye muri yombi abayobozi bakuru b’ishyaka rikomeye ritavuga rumwe n’ubutegetsi muri Tanzaniya, CHADEMA, n’abayoboke baryo babarirwa mu magana mbere y’inama yabereye mu majyepfo y’iburengerazuba bw’igihugu. Umuyobozi wa CHADEMA, Freeman Mbowe n’umuyobozi w’ishami ry’urubyiruko, John Pambalu, bafatiwe ku kibuga cy’indege cy’akarere, nkuko byatangajwe n’ishyaka ku rubuga […]

Perezida Lourenco wa Angola ukubutse i Kigali ategerejwe i Kinshasa

Kuri uyu wa Mbere tariki ya 12 Kanama 2024, biteganyijwe ko umukuru w’igihugu cya Angola agera i Kinshasa kugira ngo agirane inama na mugenzi we wa Congo mu rwego rw’ibiganiro bya ” Luanda ” byo gushaka amahoro mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, no gukurikirana uko agahenge kubahirizwa nk’uko byemejwe na perezidansi. Uyu […]

USA: Urukiko rwahannye rwihanukiriye Claude Rafiki wishe abantu mu mpanuka y’ikamyo

owen_athena2.jpg

Kuri uyu wa Gatatu w’icyumweru gishize, umucamanza muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yategetse ko umushoferi w’ikamyo ufite inkomoko mu Rwanda watwariye mu mukono utari uwe hanyuma akagonga abantu batatu, akabica, agomba gufungwa hagati y’imyaka 4 n’icumi. Muri Kamena, Claude Rafiki w’imyaka 29 uba muri Michigan, yemeye ibyaha bitatu byo gutwara ibinyabiziga atitonze bikamuviramo kwica […]

RDC: Sosiyete sivile isanga guverinoma yaraguye mu mutego yemera gusenya FDLR

Sosiyete sivile mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo yishimiye inzira y’ibiganiro ya Luanda, yasubukuwe kuva ku itariki ya 30 Nyakanga iyobowe na Perezida JoĂŁo Lourenço igamije kugarura amahoro mu burasirazuba bw’igihugu. Icyakora, uyu muryango ntiwishimiye gahunda yo gusenya FDLR, Kinshasa yemeye mu nama z’impuguke z’ubutasi bwa Congo n’u Rwanda ku itariki ya 7 […]

Kampala: Umubare w’abahitanwe n’inkangu yatenguye ikimoteri cy’imyanda ugeze kuri 21

Kuri iki Cyumweru, itariki 11 Kanama, abapolisi bavuze ko umubare w’abahitanwe n’inkangu yabereye ahantu hari ikimoteri kinini cy’imyanda mu murwa mukuru wa Uganda, Kampala, wageze ku bantu 21, mu gihe abashinzwe ubutabazi bakomeje gushakisha abarokotse. Nyuma y’imvura idasanzwe imaze ibyumweru igwa, ikirundo kinini cy’imyanda ahari ikimoteri rukumbi cy’imyanda cy’umujyi cyatenguwe n’imvura ikaze ku wa Gatanu, […]

Kinshasa: Kabuya yirukanwe ku bunyamabanga bwa UDPS ikomeje kuvugwamo umwiryane

Mu gusoza inama idasanzwe yabaye kuri iki Cyumweru, itariki ya 11 Kanama i Kinshasa, ishyaka UDPS rya Perezida wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo ryafashe icyemezo cyo kuvana ku mirimo ye, Augustin Kabuya, wari Umunyamabanga Mukuru waryo . “Bwana Augustin Kabuya Tshilumba yakuwe ku mirimo ye yo kuba umunyamabanga mukuru wa Union pour la DĂ©mocratie […]

Australia: Kajugujugu yateje inkongi hotel ya Hilton nyuma yo kugonga igisenge

hq720.jpg

Umupilote yapfuye nyuma y’uko kajugujugu yari atwaye iguye ku gisenge cya hotel iri mu mujyi wa Cairns uherereye mu majyaruguru ya Queensland muri Australia . Iyi ndege ya kajugujugu yagonze DoubleTree by Hilton Hotel ahagana mu masaha ya saa 01h50 za mu gitondo ku wa Mbere (16: 50B Ku Cyumweru), itera inkongi y’umuriro ndetse bituma […]

Perezida Kagame yarahiriye indi manda y’imyaka 5 mu muhango ubereye ijisho

gutpw_mxkaa48dm.jpg

Ku gicamunsi cyo kuri iki Cyumweru, itariki 11 Kanama 2024, Perezida Paul Kagame yarahiriye kuyobora u Rwanda muri manda ya Kane izamara imyaka itanu iri imbere mu birori byitabiriwe n’abakuru b’ibihugu 22 n’abahagarariye za Guverinoma n’imiryango Mpuzamahanga itandukanye . Ni nyuma yo gutsinda amatora yo ku wa 14-15 Nyakanga 2024 ku majwi 99,18%, atsinze Dr. […]

Ibiciro by’ibiryo n’ibinyobwa bidasembuye byagabanutseho 1,5% muri Nyakanga – NISR

Ihindagurika ry’ibiro ryageze kuri 4,9 ku ijana muri Nyakanga kandi byagabanutseho 0.1 ku ijana bivuye kuri 5 ku ijana kwagaragajwe muri Kamena. Ibi ni ibikubiye mu bipimo biheruka by’ibiciro (CPI), igipimo cy’ibanze mu kugaragaza agaciro k’ifaranga, cyashyizwe ahagaragara n’ikigo cy’igihugu gishinzwe ibarurishamibare mu Rwanda (NISR). Iki gipimo cyerekana igipimo cy’uko ibiciro by’ibicuruzwa na serivisi bizamuka […]

Uganda: Inkangu yahitanye abantu 8 i Kampala

Kuri uyu wa Gatandatu, itariki 10 Kanama, Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kampala bwatangaje ko inkangu mu murwa mukuru wa Uganda, yahitanye abantu umunani . Ibitangazamakuru byo muri Uganda byatangaje ko ibi byabaye ku mugoroba wo ku wa Gatanu nyuma y’imvura nyinshi ubwo ahantu hajugunywa imyanda hatengukaga, hagatwikira amazu amwe n’amwe yari hafi. Ubuyobozi bukuru bw’Umujyi wa […]

Menya icyo Perezida wa Repubulika arahirira n’ibirango by’igihugu ahabwa

Prof Sam Rugege, wigeze kuba Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga mu gihe cy’imyaka umunani, kandi wakiriye indahiro ya Perezida Kagame mu 2017, yasobanuye ibikubiye mu ndahiro ya Perezida wa Repubulika mu kiganiro na RBA . “Ibikubiye mu ndahiro by’ingenzi, harimo kudahemukira Repubulika y’u Rwanda nk’abandi bayobozi bose, agomba gukurikiza Itegeko Nshinga n’andi mategeko kandi akarinda Itegeko Nshinga. […]

Goma: Abasirikare 5 ba FARDC n’Abawazalendo bafatiwe mu mukwabu wo gusukura umujyi

Muri rusange, abantu 9 bivugwa ko ari abagizi ba nabi batawe muri yombi n’inzego zishinzwe umutekano mu rwego rw’umukwabu wishwe “Safisha Muji wa Goma”, bamurikiwe umuyobozi w’umujyi wa Goma, muri Kivu y’Amajyaruguru, n’Akarere ka 34 ka gisirikare ku wa Gatandatu, itariki ya 10 Kanama, 2024, hamwe n’imbunda 7 za AK-47 n’amasasu. Muri bo harimo abasirikare […]

Abakuru b’ibihugu n’abandi bayobozi bamaze kugera i Kigali mu irahira rya Kagame

gupo50gwqaabgxt.jpg

Abakuru b’ibihugu barimo, Perezida wa Centrafrica, Faustin-Archange TouadĂ©ra, Perezida wa Ghana, Nana Akufo-Addo, Perezida wa GuinĂ©e, GĂ©nĂ©ral Mamadi Doumbouya baraye i Kigali aho bitabiriye umuhango w’irahira rya Perezida Paul Kagame kuri uyu wa 11 Kanama 2024 . Usibye aba, hari kandi Perezida wa Seychelles, Wavel Ramkalawan, Perezida wa Botswana, Mokgweetsi Masisi, Perezida wa Zimbabwe, Emmerson […]

USA: Abashinzwe kwamamaza Trump barashinja Iran kubinjirira

Abashinzwe ibikorwa byo kwamamaza Donald Trump bavuze ku wa Gatandatu ko rimwe mu itumanaho ry’imbere ryabo ryinjiriwe kandi bashinja Guverinoma ya Iran kubiba inyuma bakomeza ku bwumvikane bucye hagati ya Trump na Iran mu bihe byashize badatanze ibimenyetso bifatika. Itangazo ry’abashinzwe kwamamaza uyu mukandida w’Abarepubulikani rije nyuma gato y’aho urubuga rw’amakuru Politico ruvuze ko rwatangiye […]

Perezida Zelensky yemeye ko Ukraine iri kugaba ibitero imbere mu Burusiya

Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky, yemeye ku nshuro ya mbere, ko ingabo ze ziri kugaba igitero mu karere ka Kursk gaherereye mu burengerazuba bw’u Burusiya . Kuri uyu wa Gatandatu, mu ijambo yavugiye kuri televiziyo nijoro, Perezida Zelensky yavuze ko Ingabo za Ukraine ziri gusunikira intambara “ku butaka bw’abateye.” Ibi bibaye nyuma y’iminsi itanu Ukraine […]

Sudani: RSF iravugwaho kwica abasivili 15 mu gitero cya bombe muri El Fasher

Itsinda ry’impirimbanyi za demokarasi kuri uyu wa Kane ushize ryatangaje ko byibuze abasivili 15 bishwe abandi benshi barakomereka mu gitero cyagabwe n’ingabo za Rapid Support Forces (RSF) muri El Fasher, umurwa mukuru wa Leta ya Darfur y’Amajyaruguru mu burengerazuba bwa Sudani. Komite zishinzwe kwirwanaho muri El Fasher zasangije amafoto ku rubuga rwabo rwa Facebook zerekana […]

M23 ubu iragenzura imidugudu isaga 100 muri Kivu y’Amajyaruguru

gucg7fqwiaapbpk.jpg

Ubuyobozi bw’imiryango itegamiye kuri leta yo muri Kivu y’Amajyaruguru burasaba ko Ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) zongera gutangiza ibitero bikaze ku mutwe wa M23 nyuma y’uko uyu mutwe umaze kwigarurira imidugudu isaga 100 muri teritwari za Rutshuru, Masisi, Nyiragongo na Lubero . Babisabye mu itangazo ryashyizwe ahagaragara ku wa Gatatu, itariki ya […]

Paris: Igipolisi cyataye muri yombi umuraperi w’Umunyamerika Travis Scott

Abayobozi bo mu gihugu cy’u Bufaransa baravuga ko umuraperi w’Umunyamerika, Travis Scott, yafatiwe i Paris kuri uyu wa Gatanu nyuma yo kurwana bikomeye n’umurinzi we bwite . Ubushinjacyaha bwa Paris bwagize buti: “Abapolisi bahamagawe muri hotel izwi nka Georges V Hotel maze bata muri yombi Travis Scott kubera ihohotera ryakorewe umukozi ushinzwe umutekano. Uyu yari […]

Lt. Gen. Huang Xucong wo mu Gisirikare cy’u Bushinwa ari mu Rwanda

guek8cnxeaakft-.jpg

Minisitiri w’Ingabo, Juvenal Marizamunda, na Gen. MK Mubarakh, Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, bakiriye Lt Gen Huang Xucong, umuyobozi wungirije akaba n’umugaba mukuru w’ubuyobozi bw’Igisirikare cy’u Bushinwa bushinzwe igice cyo hagati hamwe n’intumwa ayoboye, bari mu ruzinduko rw’iminsi ine mu Rwanda. Baganiriye ku buryo bwo gushimangira ubufatanye buriho hagati y’Ingabo z’u Rwanda n’Ingabo z’u Bushinwa […]

Imirimo yo kuvugurura Gare ya Nyabugogo izatwara asaga miliyari 100 izatangira mu 2025

Kuvugurura Gare ya Nyabugogo biteganijwe gutangira mu 2025 bikazarangira mu 2027 bitwaye amafaranga ari hagati ya miliyoni 100 na miliyoni 150 z’amadolari, nk’uko Emma-Claudine Ntirenganya, Umuvugizi w’Umujyi wa Kigali yabitangarije ikinyamakuru The New Times kuri uyu wa Kane, itariki 8 Kanama. Icyakora, yagize ati: “Ikiguzi cya nyuma kizagenwa nyuma y’inyigo no kwemezwa.” Gare ya Nyabugogo […]

Igipolisi cya Kenya cyongeye gusakirana n’abigaragambya ariko badafite ingufu

Kuri uyu wa Kane, itariki 8 Kanama, Abapolisi ba Kenya bakoresheje ibyuka biryana mu maso mu gutatanya amatsinda mato mato y’abigaragambyaga bari bateraniye i Nairobi, mu gifatwa nk’umunsi mushya w’igikorwa cyo kurwanya Perezida William Ruto . Inkuru dukesha AFP ivuga ko mu gace ko hagati mu murwa mukuru wa Nairobi gakorerwamo ubucuruzi hari huzuye Abapolisi […]

Burkina Faso irimo kwigira ku mikorere y’Igipolisi cy’u Rwanda

csm_burk_2_19c23c36b5.jpg

Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda Wungirije ushinzwe ubutegetsi n’abakozi (DIGP), DCG Jeanne Chantal Ujeneza, yakiriye kuri uyu wa Gatatu ushize, itariki ya 7 Kanama, ku cyicaro gikuru cya Polisi ku Kacyiru, itsinda ry’intumwa zaturutse mu gihugu cya Burkina Faso . Ni mu ruzinduko rw’akazi izi ntumwa zikorera muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’igihugu, Kwegereza abaturage Ubuyobozi […]

USA: Abanyeshuri ba Tim Walz bari barahanuye Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwo Guverineri wa Minnesota, Tim Walz yavugaga ijambo rye rya mbere nk’umukandida ku mwanya wa visi perezida w’abademokarate mu ijoro ryo ku wa Kabiri muri Philadelphia, yagize icyo avuga ku kazi ke k’umwarimu w’ishuri ryisumbuye, yavuze ko abanyeshuri be, barimo abahanuye Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, ari bo bamushishikarije guhatanira umwanya wa kabiri ukomeye mu […]

RDB na Formula 1 mu biganiro bigamije kwakira isiganwa rya Grand Prix mu Rwanda

maxresdefault_1_-7.jpg

Abayobozi ba Formula 1 barateganya kugirana ibiganiro n’abahagarariye u Rwanda mu kwezi gutaha mu gihe rukomeje gusaba kwemererwa kwakira irushanwa rya Grand Prix. Nkuko F1 itekereza kwagura ingengabihe kugirango ikoreshe neza inyungu za championat ku Isi, biragaragara ko kwakira amarushanwa ku mugabane wa Afurika ari intego nyamukuru. Mu gihe ibihugu bitari bike byo mu karere […]

Tunisia: Perezida Saied yirukanye Minisitiri w’Intebe Hachani mu gihe amatora yegereje

Perezida wa Tunisia, Kais Saied, yirukanye Minisitiri w’Intebe, Ahmed Hachani, maze ashyiraho Minisitiri w’imibereho myiza y’abaturage, Kamel Maddouri, nk’umusimbura, nk’uko Perezida wa Tunisia yabitangaje mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu nk’uko tubikesha Reuters. Muri Kanama umwaka ushize, Hachani yagizwe Minisitiri w’Intebe wa Tunisia. Amasaha make mbere y’uko yirukanwa, Hachani mu butumwa bwa videwo yavuze […]

Amerika yageneye DRC inkunga ya miliyoni 414 z’Amadolari

Amerika yavuze kuri uyu wa Gatatu ko izatanga inkunga ingana na miliyoni 414 z’amadolari y’ubutabazi kuri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, aho abantu barenga miliyoni 25 bakeneye ubufasha nkubwo, bangana na hafi kimwe cya kane cy’abatuye iki gihugu. Ambasaderi wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu bigo by’Umuryango w’Abibumbye bishinzwe Ibiribwa n’Ubuhinzi, Jeffrey Prescott, yatangarije […]

CAR: Maj. Gen. Nyakarundi yasuye Umuyobozi wa MINUSCA

guant4mwmaazznl.jpg

Kuri uyu wa Gatatu, Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda (RDF) zirwanira ku butaka Major Gen. Vincent Nyakarundi, yasuye Intumwa Idasanzwe y’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye muri Repubulika ya Centrafrica akaba n’Umuyobozi wa MINUSCA, Valentine Rugwabiza. Uru ruzinduko rwaje nyuma yo kubonana n’Ingabo zishinzwe kubungabunga amahoro z’u Rwanda (Rwanda Battle Group VI n’ibitaro byo ku rwego rwa […]

Umugaba w’ingabo wa CAR yijeje Gen. Nyakarundi ko Abanyarwanda bishimiwe iwabo

guup63rxaaavq0g.jpg

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda zirwanira ku butaka, Maj Gen Vincent Nyakarundi n’Umugaba Mukuru w’Ingabo za Repubulika ya Centrafrica, Gen. ZĂ©phirin Mamadou, baasuye abasirikare b’u Rwanda boherejwe mu bufatanye bw’ibihugu byombi hagati y’u Rwanda na CAR ku cyicaro cyabo i Bimbo, mu nkengero z’umujyi wa Bangui. Mu ijambo yagejeje ku basirikare, Maj Gen Nyakarundi yavuze […]

Nyuma ya Mali igihugu cya Niger nacyo cyacanye umubano na Ukraine

Nyuma ya Mali, Niger nayo yahagaritse umubano na Ukraine, itangaza iki cyemezo cyo guhagarika ushingiye ku bubanyi n’amahanga na Ukraine “gihita gitangira gukurikizwa” . Hari hashize iminsi ibiri umuturanyi n’umfatanyabikorwa wayo, Mali, na yo ifashe icyemezo cyo gucana umubano na Ukraine nyuma yo gupfusha abasirikare benshi n’abacanshuro b’Abarusiya bafatanya mu mpera za Nyakanga i Tinzaouatène, […]

RDC: Loni yemereye MONUSCO gufasha SAMIDRC mu bikorwa n’ibikoresho

Kuri uyu wa Kabiri, itariki 6 Kanama 2024, Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe Umutekano kemeje imyanzuro yemerera Ubutumwa bw’umuryango muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo (MONUSCO) gutanga inkunga y’ibikorwa n’ibikoresho ku butumwa bw’Umuryango w’Iterambere w’igihugu bya Afurika ishyira amajyepfo (SADC) muri DR Congo. Umushinga w’icyemezo, wakwirakwijwe n’u Bufaransa na Sierra Leone, watowe mu kanama gashinzwe umutekano […]

Umutwe wa Hamas wabonye umuyobozi mushya usimbura Haniyeh wishwe na Israel

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 6 Kanama 2024, Hamas yatangaje ko uwari umuyobozi wayo muri Gaza, Yahya Sinouar, yagizwe umuyobozi mushya wa politiki w’umutwe wa kisilamu wo muri Palestine, nyuma y’icyumweru kimwe uwamubanjirije, IsmaĂŻl Haniyeh, yiciwe i Tehran muri Iran. Itangazo rya Hamas rigira riti: “Umuryango wo kwihagararaho wa kisilamu Hamas […]

Kuva muri Mutarama kugeza muri Nyakanga habaye inkongi 201 – RNP

csm_firee_01_201737ef06.jpg

Polisi y’u Rwanda iributsa abaturarwanda, buri wese kugira uruhare mu kwirinda ko aho atuye cyangwa akorera, hafatwa n’inkongi no guteganya bimwe mu bikoresho by’ibanze byafasha mu guhangana nayo mu gihe yaba ibaye bitunguranye. Inkongi ni zimwe mu bidindiza iterambere zigasubiza inyuma ubukungu bw’igihugu, ingaruka zazo ntizigarukire ku bahuye nazo gusa ahubwo zikagera no ku miryango […]

Ukraine yanenze icyemezo cya Mali cyo gucana umubano

Leta ya Ukraine yanenze icyemezo cya Mali cyo gucana umubano wa dipolomasi na yo ivuga ko “gihutiyeho kandi kirimo kutareba kure” . Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Ukraine mu itangazo ryayo yavuze ko Leta ya Mali itakoze iperereza ndetse ko yananiwe kugaragaza ibimenyetso by’ibivugwa ko Ukraine yagize uruhare mu bitero ku basirikare ba Mali bari barimo […]

Nigeria: Polisi yafashe abadoze amabendera y’u Burusiya akoreshwa mu myigaragambyo

Polisi y’ibanga rya Leta muri Nigeria yafunze abadozi bamwe kubera gukora amabendera y’u Burusiya yakoreshejwe mu myigaragambyo yo kwamagana leta muri iki cyumweru gishize mu ntara z’amajyaruguru, mu gikorwa gishimangira impungenge z’uko ibikorwa by’u Burusiya byiyongera muri Afurika y’iburengerazuba. Urwego rushinzwe umutekano rw’ibanga ruzwi nka Department of State Services (DSS) rwavuze mu butumwa rwanyujije kuri […]

Ikibazo cy’ibura ry’amazi rya hato na hato gikomeje kugaragara kizakemuka gute?

Nyuma y’igihe mu gihugu hirya no hino abaturage binubira ikibazo cy’ibura ry’amazi rikomeje kugaragara, hakomeje kwibazwa uko iki kibazo kizabonerwa umuti urambye mu gihe Ikigo cy’Igihugu gishinzwe isuku n’isukura, WASAC, cyakomeje kwizeza Abanyarwanda ko kiri mu nzira yo gukemuka ariko kikaba gikomeje kugaragara . Ikibazo cy’amazi ni kimwe mu bibangamiye imibereho myiza y’abatuye mu Mijyi […]

Niger: Amerika iremeza ko nta musirikare cyangwa ibikoresho bisigaye mu birindiro bya Agadez

Igisirikare cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika cyatangaje ko nta musirikare cyangwa ibikoresho bisigaye ku birindiro byayo muri Agadez mu gihugu cya Niger. Nk’uko ibitangazamakuru byaho bibitangaza ngo umuhango wo kwimura ibyo bikoresho wabaye kuri uyu wa Mbere, itariki ya 5 Kanama, imbere y’abayobozi b’ibihugu byombi. Abasirikare 200 ni bo bari basigaye kuri ibi birindiro, […]

Urukiko rwasanze Google yarakoze ibyaha ngo ikomeze kwiharira isoko

Icyemezo cy’urukiko cy’amateka cyagaragaje ko Ikigo cya mbere cy’ishakiro mu gushakisha ibyo ukeneye byose kuri internet (Google) cyagiye gikoresha ubuhangange bwacyo mu buryo butemewe kugirango gikomeze kwiharira isoko cyangwa guhagarika abashaka guhangana nacyo. Umucamanza w’urukiko rw’intara rwo muri Amerika, Amit Mehta yanditse mu cyemezo cye ati: “Nyuma yo gusuzuma no gupima neza uburemere bw’ubuhamya n’ibimenyetso […]

USA: Kamala Harris aratangaza uzamubera visi perezida natsinda amatora

b016ae84654b6249243b598c2806c668.jpg

Bitarenze mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, biteganijwe ko Visi-Perezida Kamala Harris atangaza uwo baziyamamazanya bikarangiza ibyumweru bibiri byo guhwihwisa mu gihe Leta Zunze Ubumwe za Amerika zitegura amatora ya perezida yo mu Gushyingo . Madamu Harris yabajije bamwe mu bo ateganya ko havamo uzamubera Visi Perezida bagomba kwiyamamazanya, i Washington DC, mu mpera […]

Kisangani: Imiti ifite agaciro ka miliyari n’igice yahiye irakongoka

Depot nini y’ikigo gishinzwe gukwirakwiza imiti cya Kisangani (CAMEKIS) yasenywe burundu n’inkongi y’umuriro, mu ijoro ryo ku Cyumweru, itariki ya 4 Kanama 2024 rishyira kuri uyu wa Mbere, itariki 5 Kanama Nk’uko byatangajwe na Dr. AimĂ© Eyane, Umuyobozi wa CAMEKIS, ngo imiti ifite agaciro ka miliyoni irenga y’amadorari y’Abanyamerika yahiye irakongoka. Ikamyo ishinzwe kuzimya umuriro […]

Uganda: Polisi yataye muri yombi Umuyobozi Wungirije w’Umujyi wa Kampala

Igipolisi cya Uganda cyataye muri yombi abarimo Umuyobozi w’Umujyi wa Kampala wungirije, Doreen Nyanjura, Ingrid Turinawe n’abandi bayobozi bo mu ishyaka rya FDC ubwo bageragezaga kwigaragambiriza kuri Ambasade ya Kenya . Daily Monitor iravuga ko imyigaragambyo yari igamije kwamagana ifatwa nabi rya bagenzi babo 36 bafatiwe i Kisumu, muri Kenya mu kwezi gushize bagasubizwa muri […]

Byarangiye Minisitiri w’Intebe wa Bangladesh yeguye anahunga igihugu

Kuri uyu wa Mbere, Minisitiri w’Intebe wa Bangladesh, Sheikh Hasina yeguye ku mirimo ye kandi ava mu gihugu, nk’uko ibitangazamakuru byabitangaje, mu gihe abantu benshi baguye mu myigaragambyo yaranzwemo urugomo rukabije rutigeze rubaho kuva iki gihugu cyo muri Aziya y’amajyepfo cyabaho mu myaka irenga mirongo itanu ishize. BBC Bangla yatangaje ko Sheikh Hasina yerekeje mu […]

Bangui: Abasirikare 634 batojwe na RDF basoje amasomo ku mugaragaro

Abasirikare ba Centrafrica bari bamaze amezi batozwa n’Igisirikare cy’u Rwanda, barasoza amasomo kumugaragaro kuri uyu wa Mbere . Ni umuhango biteganyijwe ko uza kubera mu Kigo cya Gisirikare cya Camp KassaĂŻ, kiri mu murwa Mukuru wa Centrafrica, Bangui. Ibi birori byo gusoza amasomo no kwinjizwa kumugaragaro mu Ngabo za Centrafrica, witabiriwe n’abanyeshuri 634 bari bamaze […]

Gen Nyakarundi yasuye Ingabo z’ Rwanda ziri muri Centrafrica

gulnzymxkaahgka.jpg

Umugaba mukuru wa RDF w’ingabo zirwanira ku butaka, Maj Gen Vincent Nyakarundi, kuri iki Cyumweru yasuye Ingabo z’u Rwanda zishinzwe kubungabunga amahoro muri Repubulika ya Centrafrica . Maj Gen Vincent Nyakarundi yagiranye ibiganiro n’abapolisi n’abasirikare b’u Rwanda bakorera mu butumwa bwa MINUSCA n’ingabo zikorera mu bufatanye bw’ibihugu byombi hagati y’u Rwanda na CAR ku cyicaro […]

Igisirikare cya Ukraine cyatangiye gukoresha indege z’indwanyi za F-16 z’Abanyamerika

Kuri iki Cyumweru, abapilote ba Ukraine batangiye kugurutsa indege z’indwanyi z’Abanyamerika za F-16 mu bikorwa byabo mu gihugu, nk’uko Perezida Volodymyr Zelenskiy yabitangaje, yemeza ko hari hashize igihe kirekire hategerejwe izi ndege z’intambara nyuma y’amezi arenga 29 batewe n’u Burusiya. Umuyobozi wa Ukraine yatangaje ikoreshwa rya F-16, Kyiv imaze igihe kinini isaba guhabwa, ubwo yahuraga […]

Gisagara: Bahangayikishijwe n’ibisambo bibatega bikanabasanga mu nzu

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo, SP Emmanuel Habiyaremye, avuga ko hari icyakozwe ku makuru bagiye bahabwa n’abaturage ku kibazo cy’abajura bo muri Gishubi babazengereje kandi bazakomeza kubarwanya . Ni nyuma y’uko abaturage bo mu Murenge wa Gishubi bakomeje kugaragaza ikibazo cy’ubujura bukorwa n’itsinda ry’insoresore zitwaza intwaro gakondo nk’imihoro, ibisongo, amacumu n’ibindi bavuga […]

Mali yacanye umubano na Ukraine

Mali iravuga ko yahagaritse umubano w’ububanyi n’amahanga na Ukraine, nyuma y’uko umuyobozi wa gisirikare avuze ko Kyiv yagize uruhare mu mirwano iherutse kuba hafi y’umupaka na Algeria mu kwezi gushize . Abasirikare ba Mali n’abacanshuro benshi bo mu mutwe wa Wagner wo mu Burusiya biciwe mu mirwano yamaze iminsi yabahuje n’abigometse ku butegetsi b’Aba-Tuareg n’abarwanyi […]

Senegal: Ambasaderi wa Ukraine i Dakar yahamagajwe n’ubuyobozi kubera video

Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Senegal kuri uyu wa Gatandatu, itariki ya 3 Kanama 2024, yahamagaje ambasaderi wa Ukraine i Dakar kubera amashusho yashyize ahagaragara ashyigikira ibitero byagabwe mu mpera za Nyakanga byibasiye ingabo za Mali n’abacanshuro bo mu Burusiya ba Wagner mu majyaruguru y’igihugu. Abategetsi bashya ba Senegal, kuva Perezida Bassirou Diomaye Faye yatorwa muri […]

U Bushinwa, Tanzania na Mozambique byahuriye mu myitozo ya gisirikare

Muri iki gihe ingabo z’Abashinwa, Mozambike na Tanzaniya zirimo gukora imyitozo ihuriweho yitiriwe amahoro n’ubumwe ya 2024 muri Tanzaniya, yibanda ku bikorwa bya gisirikare byo kurwanya iterabwoba . Umuvugizi wa Minisiteri y’ingabo y’u Bushinwa, Colonel Zhang Xiaogang, yavuze ko iyi myitozo yakorewe ku butaka no mu nyanja igamije kongerera ubushobozi ingabo zayitabiriye mu bikorwa bihuriweho […]

Igisirikare cya Sudani kiravuga ko cyasubije inyuma igitero cya RSF muri Blue Nile

Igisirikare cya Sudani cyatangaje ko cyahagaritse igitero cyagabwe n’abarwanyi ba Rapid Support Force (RSF) kuri Leta ya Blue Nile mu majyepfo y’uburasirazuba bw’igihugu . Igisirikare cyavuze ko ingabo zo muri Division ya 4 y’Ingabo zirwanira ku butaka zasubije inyuma igitero cyagabwe kuri Guli nk’uko tubikesha Anadolu Agency. Cyongeyeho ko bafashe ibikoresho bya RSF kandi bica […]