Lubero: Abasivili 500 bamaze kwicwa mu mezi abiri
Abasivili barenga magana atanu bishwe mu gihe cy’amezi abiri mu bitero bitandukanye by’imitwe yitwaje intwaro mu majyaruguru ya Teritwari ya Lubero (Kivu y’Amajyaruguru). Iri suzuma ryagaragaye mu nama yabaye ku wa Gatandatu, itariki ya 3 Kanama 2024 i Butembo, yitabiriwe n’abayobozi gakondo, abakorera sosiyete sivile ndetse nâabavuga rikijyana bo mu gace ka Butembo-Mangurejipa. “Twamaganye n’imbaraga […]
Burundi: Abagabo bane bishwe n’inzoga y’inkorano bita Dodo
Abagabo bane mu Ntara ya Kayanza mu gihugu cy’u Burundi barapfuye mu ijoro ryo ku wa Kane rishyira ku wa Gatanu nyuma yo kunywa inzoga y’inkorano. Aba bari kumwe nâabandi bantu batatu . Ibi byabereye mu murwa mukuru w’intara ya Kayanza (mu majyaruguru y’Uburundi). Inzoga nyirabayazana w’izi mpfu enye yitwa “Dodo vino” nk’uko iyi nkuru […]
Polisi yafashe abarenga 20 bakurikiranyweho gukura utugabanyamuvuduko mu modoka
Abantu 22 bafatiwe mu bikorwa bya Polisi yâu Rwanda mu mihanda itandukanye yo mu Mujyi wa Kigali byo kurwanya abahungabanya umutekano wo mu mu muhanda, byâumwihariko abadakoresha utugabanyamuvuduko (Speed Governors) . Muri bo harimo abashoferi 18 bafashwe batwaye imodoka zitwara abagenzi zakuwemo utugabanyamuvuduko cyangwa tudakora nâabatekinisiye 4 bacyekwaho kubafasha mu kudukuramo no kutubuza gukora neza. […]
Nyamasheke: Yarohamye mu Kivu nyuma y’akanya gato amaze kubatizwa
Kuri uyu wa Gatandatu, itariki 3 Kanama 2024, umusore wâimyaka 21 yarohamye mu kiyaga cya Kivu arapfa nyuma yo kubatizwa mu mubatizo wâitorero EMLR Paruwasi ya Bushenge hamwe na bagenzi be 28 . Uyu musore witwa Iradukunda yabatirizwaga mu mubatizo waberega mu Kagari ka Burimba, Umurenge wa Shangi mu Karere ka Nyamasheke, arohama mu gice […]
Amerika yasabye abaturage bayo kuva muri Liban vuba bishoboka
Ambasade ya Amerika i Beirut yasabye abaturage bayo kuva muri Liban âku itike iyo ari yo yose ibonekaâ, mu gihe amakimbirane akomeje kwiyongera mu Burasirazuba bwo Hagati Iyi nama ikurikira umuburo nk’uwo wâumunyamabanga ushinzwe ububanyi nâamahanga wâu Bwongereza, David Lammy, wavuze ko ikibazo cyâakarere âgishobora kurushaho kubaho kibi vubaâ. Ku wa Gatatu, Iran yemeje ko […]
Ukraine irigamba kurohamisha Sous-marin y’u Burusiya muri Crimea
Igisirikare cya Ukraine kivuga ko cyagabye igitero kandi kigasenya ubwato bwâu Burusiya bugendera munsi y’amazi mu gihe bwari buparitse ku cyambu kiri mu gace ka Crimea kigaruriwe . Ku wa Gatanu, abakozi bakuru ba Ukraine bavuze ko Rostov-on-Don, ubwato bwo kugaba igitero bugendera munsi y’amazi (Sous-marin) Batangiye gukoreshwa mu 2014, bwarohamye nyuma yo kugaba igitero […]
Moscow: Abana bâintasi zarekuwe mu guhererekanya imbohe ntibari bazi ko ari Abarusiya
Kuri uyu wa Gatanu, Perezidansi yâu Burusiya (Kremlin) yavuze ko umuryango wâintasi zâu Burusiya werekeje i Moscou mu ihererekanya ryâimfungwa rya mbere rikomeye ribaye hagati yâu Burusiya nâuburengerazuba kuva Intambara yâUbutita yarangira, aho abana babo bavuze ko bamenye ko ari Abarusiya indege imaze guhaguruka . Umuvugizi wa Kremlin, Dmitry Peskov, yabwiye abanyamakuru ati: “Mbere y’ibyo, […]
CHUK yabonye ikoranabuhanga rigezweho ryihutisha gusuzuma indwara zo mu nda

Ibitaro bya Kaminuza bya Kigali (CHUK) byabonye ikoranabuhanga riteye imbere rya endoscopy rihuza endoscopy na ultrasound, bigatuma bidashoboka gusa gusuzuma indwara zo mu gifu ahubwo rikanakora biopsies icyarimwe. Endoscopy ni iki? Endoscopy ni uburyo bukoreshwa mu gusuzuma imiterere yâumubiri wawe imbere mu buryo bwa hafi. Mu gihe cya endoskopy, umuganga ashyira umuheha muremure, unanutse (endoscope) […]
Nigeria: Nibura abantu 13 bamaze kwicirwa mu myigaragambyo yamagana imibereho mibi
Umuryango uharanira uburenganzira bwa muntu wavuze ko byibuze abigaragambyaga 13 bishwe mu myigaragambyo yabereye muri Nigeria yamagana ikibazo cyâubukungu muri iki gihugu yahindutsemo urugomo muri leta nyinshi. Abayobozi bemeje ko abantu bane bishwe na bombe ndetse nâifatwa ryâabantu babarirwa mu magana mu myigaragambyo yatumye hashyirwaho amasaha yo gutaha muri leta nyinshi. Umuyobozi wa Amnesty International […]
Umunyamakuru Gershkovich mu mbohe nyinshi zahererekanyijwe hagati ya USA nâu Burusiya
Abanyamerika batatu barimo umunyamakuru wa Wall Street Journal, Evan Gershkovich, babohowe mu masezerano yo guhinduranya imfungwa nâu Burusiya, basubiye ku butaka bwa Amerika kuri uyu wa Kane ushize. Gershkovich, w’imyaka 32, wari wakatiwe imyaka 16 y’igifungo ku byaha by’ubutasi, ni umwe mu mfungwa 16 zahinduranyijwe nâimfungwa umunani zâAbarusiya mu byavuzwe ko ari ihererekanya rikomeye kuva […]
U Bushinwa bwiyemeje gukomeza ubufatanye n’u Rwanda mu guteza imbere igisirikare

U Bushinwa bwiteguye gukomeza gukorana nâu Rwanda, mu guteza imbere igisirikare cyâibihugu byombi no gusigasira ubutwererane ibihugu byombi bifitanye mu nzego zinyuranye nk’uko byemejwe na Ambasaderi wâu Bushinwa mu Rwanda, Wang Xuekun, kuri uyu wa Gatatu ushize. Ibi yabitangaje ubwo bizihizaga imyaka 97 ishize igisirikare cyâu Bushinwa (PLA) kimaze gishinzwe mu birori byabereye ku cyicaro […]
U Bubiligi bwahagaritse gusaba u Rwanda kwemera ambasaderi wabwo mushya
U Bubiligi bwafashe icyemezo cyo kureka ubusabe bwabwo bwo kwemererwa n’u Rwanda Ambasaderi mushya wabwo i Kigali, kubera ko abayobozi b’u Rwanda batabahaye igisubizo . Umubano wâububanyi nâamahanga hagati ya Kigali na Bruxelles ukomeje kwangirika nyuma y’aho Ambasaderi wâu Bubiligi ucyuye igihe, Bert Vermessen, atagisimbuwe kuri ubu, kubera ko igihugu cye cyaretse ubusabe bwo kwemera […]
Nigeria: Ibihumbi by’abaturage byigabije imihanda bamagana imibereho ihenze
Polisi yarashe ibyuka biryana mu maso kugira ngo itatanye imbaga yâabigaragambya mu murwa mukuru wa Nigeria, Abuja, kuri uyu wa Kane tariki ya 01 Kanama 2024, mu gihe ibihumbi nâibihumbi byahagurukiye kwamagana ibiciro bihanitse nâimiyoborere mu gihugu gituwe kurusha ibindi bya Afurika, nk’uko bivugwa n’ababyiboneye . Abigaragambyaga bigaragambirije i Abuja, umurwa mukuru wâubucuruzi, Lagos, no […]
Liverpool: Uheruka kwica abana bivugwa ko akomoka mu Rwanda yagejejwe mu rukiko
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane, umuhungu w’imyaka 17 yashinjwe mu rukiko na polisi ya Merseyside ibyaha bitatu by’ubwicanyi, ibyaha icumi byo gushaka kwica no gutunga ibikoresho bityaye . Kuri uyu wa Kane, uyu musore udashobora gutangazwa amazina ye kubera impamvu zemewe nâamategeko, yitabye urukiko rwâibanze rwo mu Mujyi wa Liverpool ruzwi nka Liverpool […]
U Rwanda rugiye kwakira indi Nama Mpuzamahanga ikomeye
Kuva ku itariki ya 2 kugeza ku ya 6 Nzeri 2024, u Rwanda ruzakira ihuriro ngarukamwaka ryita ku biribwa muri Afurika (AFSF), rihuza abayobozi b’Isi, ba rwiyemezamirimu, abashakashatsi, ibigo by’iterambere, n’imiryango y’abahinzi . Aba bose bazahurira mu Rwanda bagamije guharura inzira iganisha ku guhindura gahunda y’ibiribwa muri Afurika. Inama y’uyu mwaka, ifite insanganyamatsiko igira iti: […]
Umuryango w’Abibumbye urashima agahenge kemeranyijwe mu biganiro bya Luanda
Kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 31 Nyakanga, Umuryango wâAbibumbye, wishimiye itangazo rya Angola ryo ku wa Kabiri ko Guverinoma ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo n’u Rwanda byemeye agahenge kagomba gukurikizwa kuva ku itariki ya 4 Kanama. Intambara ihuza ingabo za Congo n’inyeshyamba za M23, Loni ivuga ko zishyigikiwe n’u Rwanda, mu ntara ya […]
Korea ya Ruguru yiteguye kongera kuganira na USA iby’intwaro kirimbuzi Trump natsinda
Koreya ya Ruguru irashaka gufungura ibiganiro ku ntwaro za kirimbuzi na Amerika mu gihe Donald Trump yakongera gutorerwa kuba perezida kandi akaba arimo gukora ku ngamba nshya zo kuganira, nk’uko umudipolomate mukuru wa Koreya ya Ruguru uherutse guhungira muri Koreya y’Epfo yabitangarije Reuters. Guhunga kwa Ri Il Gyu aturutse muri Cuba byatangajwe mu makuru ku […]
Maroc: Umwami yahaye imbabazi abasaga 2400 barimo abanyamakuru bamwibasiraga
Umwami Mohammed VI wa Maroc yababariye abarimo abanyamakuru Taoufik Bouachrine, Omar Radi and Soulaimane Raisouni, muri gahunda yo gutanga imbabazi ku mfungwa 2,476 zari zarakatiwe nkuko byemezwa nâubutegetsi. Ibi byabaye mu gihe umwami Muhammed VI wa Maroc yizihizaga imyaka 25 amaze ku ngoma. Itegeko nshinga rya Maroc riha umwami uburenganzira bwo kubabarira cyangwa kuvanaho ibihano. […]
Twagirayezu wari wagizwe umwere ku byaha bya Jenoside yakatiwe imyaka 20 mu bujurire
Kuri uyu wa Gatatu, Urukiko rwâUbujurire rwa Kigali rwatangaje ko Wenceslas Twagirayezu wari wagizwe umwere ahamwa nâibyaha bya jenoside rumukatira imyaka 20 y’igifungo. Twagirayezu wâimyaka 56, yari yagizwe umwere muri Mutarama uyu mwaka ku byaha yaregwaga, mu mwanzuro w’urubanza rwamaze imyaka rucibwa nâUrukiko Rukuru. Uyu munsi ku rukiko hagaragaye abahagarariye igihugu cya Denamark cyohereje Twagirayezu […]
RDC: Abaregwa mu rubanza rwitiriwe Corneille Nangaa basabye kugirwa abere
Nyuma yo gusaba ibihano byâurupfu kuri 25 byasabwe ejobundi nâubushinjacyaha, ubwunganizi bwâabashinjwa batanu bari bitabiriye urubanza i Kinshasa rwitiriwe Corneille Nangaa, Perezida wa AFC (ihuriro rya politiki na gisirikare ririmo M23), bwasabye ko bagirwa abere kuri uyu wa Kabiri, itariki 30 Nyakanga 2024. Urukiko rwa gisirikare rwavuze ko ruzafata icyemezo mu gihe cy’iminsi umunani . […]
UK: Umunyarwanda w’imyaka 17 niwe ushinjwa kwica abana abateye icyuma
Umwana w’ingimbi wafashwe akurikiranweho kugaba igitero cy’icyuma ku bana mu gace ka Southport wabaga mu mudugudu uri hafi aho nâumuryango we mwiza, biravugwa ko ari umwimukira wimukiye mu Bwongereza avuye mu Rwanda. Uyu mwana w’imyaka 17 yavukiye i Cardiff nyuma y’uko umuryango we uvuye muri Afurika, nyuma ukimukira mu majyaruguru i Merseyside mu myaka icumi […]
Algeria yahamagaje ambasaderi wayo mu Bufaransa nyuma yo gushyigikira Maroc
Nyuma y’uko u Bufaransa bwongeye gushimangira ko bushyigikiye gahunda ya Maroc kuri Sahara y’Uburengerazuba, Algeria yahisemo guhita ihamagaza ambasaderi wayo i Paris . Iki gihugu kiranenga u Bufaransa kuba bwarateye intambwe itigeze ibaho mu gushyigikira Maroc butitaye ku muhate wa Loni wo gushaka igisubizo kirambye. Ubu Paris igomba kwirengera uruhare rwayo mu buryo bwose nk’uko […]
Libya: Abimukira basaga 350 bakomoka muri Nigeria na Mali basubijwe iwabo
Kuri uyu wa Kabiri, itariki 30 Nyakanga, Libya yasubije mu bihugu byabo abimukira 369, baturuka muri Nigeria no muri Mali barimo abagore barenga ijana nâabana . Umuyobozi w’ishami rishinzwe guhagarika abimukira badakurikije amategeko, muri Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu ya Libya, Mohammed Baredaa, yavuze ko indege ebyiri zatahanye Abanyanijeriya 204 n’Abanyamali 165. Mohammed Bareeda yavuze ko impinja […]
Polisi y’Igihugu nayo yamurikiye abitabiriye Expo 2024 zimwe muri serivisi zayo

Polisi yâu Rwanda yegereje zimwe muri serivisi zayo abitabira Imurikagurisha Mpuzamahanga (Expo 2024) ribera i Gikondo mu Karere ka Kicukiro, zitangwa nâamashami abiri ariyo; Ishami rishinzwe ibizamini nâimpushya zo gutwara ibinyabiziga (T&L) nâIshami rishinzwe ubutabazi no kurwanya inkongi (FRB) . Iri murikagurisha ririmo kuba ku nshuro ya 27, kuva ku wa Kane tariki 25 Nyakanga […]
Israel iravuga ko yivuganye Komanda wa Hezbollah i Beirut
Israel iravuga ko yishe Komanda mukuru muri Hezbollah nyuma yo kugaba igitero ku nkengero zâamajyepfo yâumurwa mukuru wa Liban. Nibura umuntu umwe yapfuye abandi benshi barakomereka mu iturika ry’igisasu ryabereye i Dahiyeh, ahari indiri ikomeye yâuyu mutwe witwaje intwaro wo muri Liban ugendera ku matwara akakaye ya kisilamu. Igisirikare cya Israel kivuga ko Fuad Shukr […]
Tanzania: Impunzi yâUmurundi yasanzwe mu murima wâibijumba yishwe
Kuri iki cyumweru nyuma ya saa sita, impunzi yâUmurundi witwa Joseph Minani w’imyaka 38 basanze yapfuye mu murima w’ibijumba n’imyumbati. Polisi ivuga ko imiterere y’urupfu rwe ikomeje kutamenyekana. Ariko umugore we avuga ko yishwe n’Abanyatanzaniya. Umurambo wa Joseph Minani wavumbuwe ahagana mu ma saa yine z’ijoro hanze y’inkambi y’impunzi y’Abarundi ya Nduta muri Tanzaniya. Abenegihugu […]
RDC: Umutungo wa Corneille Nangaa na Jean-Jacques Muamba wamaze gufatirwa
Muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC), urubanza rwa Corneille Nangaa, umuhuzabikorwa wa Alliance Fleuve Congo(AFC), umutwe witwaje intwaro wa politiki urimo na M23, ruri hafi kurangira mu gihe umutungo we utimukanwa n’uw’umugore we wamaze gufatirwa. Kuri uyu wa Mbere, itariki 29 Nyakanga, iburanisha ryibanze ku kwiregura no kuregwa. Umushinjacyaha yasabiye ibihano biremereye cyane abaregwa […]
RDC: Inkongi y’umuriro yibasiye station ya lisansi hafi y’Ibitaro Bikuru bya Bukavu

Indi nkongi yâumuriro mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, itariki 30 Nyakanga 2024 yibasiye station ya lisansi mu Mujyi wa Bukavu mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo . Iyi Station ya Spasco iherereye muri metero nkeya uvuye ku Bitaro Bikuru byâIcyitegererezo bya Bukavu yafashwe nâinkongi mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri. […]
Uganda: Umunyarwanda akurikiranweho gufata ku ngufu umwana we
Polisi mu Karere ka Rukiga, mu gihugu cya Uganda, yataye muri yombi umunyagihugu wâu Rwanda, Fosta Twizerimana, akekwaho gusambanya umukobwa we wâimyaka 6 yâamavuko . Twizerimana, bivugwa ko ari umushumba wo mu Kagari ka Kayebe, Paruwasi ya Kigara mu Murenge wa Kamwezi, arashinjwa kuba yarakoze iki cyaha ku wa Gatanu ushize agikorera mu isambu yari […]
UK: Abana 2 bishwe batewe icyuma abandi barakomereka
Abana babiri bapfuye abandi icyenda barakomereka, batandatu bikabije, mu gihugu cy’u Bwongereza, mu gitero cyâicyuma “gikaze” ku ishuri ryigisha kubyina ahaberaga amahugurwa yitiriwe Taylor Swift . Polisi ya Merseyside yavuze ko abantu bakuru babiri na bo bamerewe nabi nyuma yo guterwa icyuma ubwo bageragezaga kurinda abana mu birori byitiriwe Taylor Swift ku muhanda wa Hart […]
Huye: Baratabaza nyuma yo guhabwa imirasire y’izuba nyuma bakayamburwa
Bamwe mu batuye mu Murenge wa Rusatira, mu Karere ka Huye baravuga ko bari mu gihirahiro nyuma yâaho ubuyobozi bubahereye imirasire yâizuba, nyuma bakaza kuyamburwa babwirwa ko bibeshyweho. Bivugwa ko icyateye urujijo abaturage bari bahawe imirasire yâizuba nâubuyobozi bwo mu nzego z’ibanze, ari uburyo bayihawe babasoma kuri lisiti y’abagombaga kuyifata, bo bumva ko ayo malisiti […]
Umunsi w’Umuganura uzizihirizwa mu Karere ka Kayonza ku rwego rw’igihugu
Umunsi wâumuganura wâuyu mwaka biteganyijwe ko uzizihizwa ku itariki 02 Kanama 2024, ku rwego rwâIgihugu ukazizihirizwa mu Karere ka Kayonza, uzabanzirizwa nâigikorwa cyo gusura ahantu ndangamurage hafitanye amateka nâumuganura mu Karere ka Rwamagana hagamijwe gusigasira ubukerarugendo bushingiye ku muco . Ibi byatangajwe n’Umuyobozi w’Intebe yâInteko y’umuco, Amb Robert Masozera mu kiganiro yagiranye na RTV cyagarukaga […]
Afurika yâEpfo: Jacob Zuma wabaye perezida yirukanwe mu ishyaka ANC
Uwahoze ari Perezida wa Afurika y’Epfo, Jacob Zuma, yirukanwe mu ishyaka African National Congress (ANC), ishyaka yigeze kuyobora, nyuma yo kwiyamaza ku iturufu yâishyaka byari bihanganye mu matora rusange yo ku ya 29 Gicurasi. Komite ishinzwe imyitwarire ya ANC yasanze ahamwa n’icyaha cyo “kubangamira ubusugire” bw’ishyaka yinjira muri uMkhonto we Sizwe (MK), kandi imuha ibyumweru […]
Louise Mushikiwabo yapfushije musaza we, Kayiranga Wellars
Umunyamabanga Mukuru wâUmuryango wa La Francophonie uhuza ibihugu bikoresha ururimi rwâIgifaransa (OIF), Louise Mushikiwabo, kuri uyu wa Mbere, yapfushije musaza we, witwa Kayiranga Wellars. Mu butumwa yanyujije kuri X, yavuze ko musaza we Kayiranga bakundaga kwita “Karateka” yapfuye mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere, itariki 29 Nyakanga. Yagize ati: âMur’iki gitondo twabuze musaza wacu […]
Wagner yemeye ko abarwanyi bayo baherutse kwicirwa muri Mali
Ikigo cyâabacanshuro bâAbarusiya, Wagner, kuri uyu wa Mbere cyemeje ko bamwe mu barwanyi bacyo biciwe hamwe nâabasirikare bo mu Ngabo za Mali ubwo barwanaga nâinyeshyamba mu minsi ishize. Uyu mutwe wâinyeshyamba zâAba-Tuareg, Permanent Strategic Framework for Peace, Security and Development (CSP-PSD), mu itangazo washyize ahagaragara ku wa Gatandatu tariki ya 27 Nyakanga 2024, wavuze ko […]
Umuherwe Elon Musk aravuga ko Abakirisitu nibadahaguruka idini ryabo riri mu nzira yo kuzima

Elon Musk bigaragara ko agikomeje kubabazwa nâibyakorewe mu birori byo gutangiza Imikino Olempike yâi Paris bakina ikinamico rya Da Vinci rikomoza ku ifunguro rya nyuma Yesu yasangiye nâabigishwa be, wakinnwe nâabarimo abagabo biyambitse nkâabagore, ubu aravuga ko Abakirisitu nibadahaguruka idini ryabo riri mu nzira yo kuzima . Uyu muherwe Musk, uri mu icumi bakize cyane […]
RBC iremeza ko indwara ya Hepatite mu Rwanda yagabanutse cyane mu myaka 7 ishize
Ku Munsi Mpuzamahanga wahariwe kurwanya Hepatite wizihizwa buri tariki 28 Nyakanga, Ikigo cy’igihugi gishinzwe Ubuzima, RBC, cyagaragaje ko abasaga miliyoni 5 basuzumwe virusi ya Hepatite B mu myaka 10 ishize, mu gihe abasaga 8.000 bashyizwe ku buvuzi buhoraho nyuma yo kuyisanganwa. RBC yahamije ko u Rwanda rwashyize imbaraga zikomeye mu guhashya indwara ya Hepatite B […]
Perezida Kagame yaganiriye n’umuyobozi wa UAE, Sheikh Mohamed bin Zayed
Perezida Paul Kagame, yahamagawe kuri telefoni na Perezida wa UAE Sheikh Mohamed Bin Zayed wamwifurije ishya nâihirwe nyuma yo kwegukana intsinzi yo kuyobora u Rwanda . Mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga, Perezida Kagame yavuze ko ari ibyâagaciro kuvugana nâinshuti akaba nâumuvandimwe we, Sheikh Mohamed Bin Zayed. Yagize ati: âNamushimiye ko yanyifurije ibyiza. U Rwanda […]
Mali: Inyeshyamba z’Aba-Tuareg zirigamba kwica abasirikare ba leta n’Abacanshuro ba Wagner
Inyeshyamba z’Aba-Tuareg mu majyaruguru ya Mali zavuze ko ku wa Gatandatu zishe kandi zikomeretsa abasirikare benshi bakorana n’igisirikare cy’igihugu . Inyeshyamba zivuga ko zishe kandi abacanshuro b’Abarusiya bo mu mutwe wa Wagner, mu mirwano yabereye mu majyaruguru y’igihugu, hafi y’umupaka wa Algeria nk’uko iyi nkuru dukesha Reuters ivuga. Itsinda rya Wagner ryagiye muri Mali nyuma […]
RDC: Umunyamakuru Magloire Paluku uherutse kwinjira muri AFC yagaragaye yambariye urugamba

Mu gihe Perezida Tshisekedi atekereza ko yateye ubwoba Abanyekongo binyuze mu manza zishingiye kuri politiki, gufatira imitungo yabo no kugarura igihano cy’urupfu, benshi bakomeje kwifatanya n’Ihuriro rirwanya ubutegetsi, Alliance Fleuve Congo (AFC), barimo Umunyamakuru n’umwanditsi, Magloire Paluku Kavunga, kuri iyi nshuro wagaragaye mu bice bagenzura yambariye urugamba afite n’imbunda . Uyu munyamakuru unakurikiranira hafi politiki […]
Paris: Korea y’Epfo ntiyishimiye kwitiranywa n’iya ruguru ubwo yakirwaga mu mikino olempike

Abategura imikino Olempike basabye “imbabazi zimbitse” nyuma y’uko abakinnyi ba Koreya y’Epfo ku bwo kwibeshya bakiriwe nk’aba Koreya ya Ruguru mu birori byo gutangiza Imikino Olempike ibera i Paris ku wa Gatanu ushize. Igihe itsinda rihagarariye iki gihugu ryari ryishimye, ryazamuye ibendera ryambukiranya uruzi rwa Seine, abatangazaga ibihugu byaserutse haba mu Gifaransa n’Icyongereza bose babamenyesheje […]
Hashyizweho sisitemu ibuza gusaba code yo gukora ikizamini cyo gutwara inshuro ebyiri
Umuvugizi wa Polisi, ACP Boniface Rutikanga, kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 27 Nyakanga 2024, yatangaje ko Polisi yâu Rwanda yakuyeho uburyo bwo gufata imyanya irenze umwe, ku biyandikisha bashaka âcodeâ yo kuzakoreraho ibizamini byâimpushya zo gutwara ibinyabiziga zâagateganyo nâiza burundu . Ibi yabitangaje mu kiganiro yagiranye na RBA, aho yagize ati: âBuriya hari igihe […]
Darfur: Igitero cya RSF mu Mujyi wa al-Fashir cyaguyemo abantu 22
Abantu 22 bishwe ubwo inyeshyamba z’umutwe wa Rapid Support Forces (RSF) zagabaga igitero ku Mujyi wa al-Fashir mu Karere ka Darfur rwagati muri Sudani, kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 27 Nyakanga 2024, nk’uko byatangajwe n’itsinda ry’impirimbanyi ziharanira demokarasi zivuga ko ari bo bantu benshi bapfuye ku munsi umwe nyuma yâibyumweru byinshi by’agahenge ku rugamba […]
Gaza: Igitero ku ishuri cyahitanye 30 gikomeretsa abasaga 100
Minisiteri yâubuzima iyobowe na Hamas ivuga ko igisirikare cya Israel cyagabye igitero ku ishuri hafi ya Deir al-Balah, umujyi uri muri Gaza rwagati, gihitana byibuze Abanyapalestine 30 abandi 100 barakomereka . Igisirikare cya Israel (IDF) mu butumwa cyatambukije kuri Telegramu, cyavuze ko ikigo gishinzwe kuyobora no kugenzura cya Hamas cyahishwe mu ishuri rya Khadija. IDF […]
Kinshasa: Igitaramo cya Pasiteri Kalambay cyaguyemo abantu abandi bata ubwenge
Kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 27 Nyakanga, kuri Stade de Martyrs de la PentecĂ´te i Kinshasa hapfiriye bamwe mu bantu bitabiriye igitaramo cy’umunyamuziki n’umuhanzi wa gospel, Pasiteri Mike Kalambay . âHapfuye abantu. Tumaze gushyira imirambo ibiri mu bitaro bya Vijana ariko hari abantu benshi bapfuye, ” uyu n’umwe mu bashinzwe ubutabazi wari kuri Stade […]
Abanyarwanda barasabwa kurushaho kwirinda inkongi yâumuriro muri iki gihe cyâizuba
Minisiteri ishinzwe ibikorwa byâubutabazi (MINEMA) yasabye abaturage muri rusange gukomeza kuba maso muri iki gihe cyâizuba kugira ngo hatabaho akaga ko kwibasirwa nâinkongi yâumuriro. Nkâuko byatangajwe na Christine Niyotwambaza Hitimana, ushinzwe gukurikirana no kwitegura muri minisiteri, ngo inkongi y’umuriro ishobora guterwa n’impamvu zitandukanye zirimo amashanyarazi, amakosa y’abantu, n’ibiza. Nk’uko iyi nkuru dukesha The New Times […]
Afurika yâEpfo: Inteko Ishinga Amategeko yabwiwe ko SANDF iri muri RDC kurinda inyungu zâigihugu
Ishami rishinzwe imibanire nâubutwererane mpuzamahanga (DIRCO) ryatangaje ko kurengera no guteza imbere inyungu zâigihugu cya Afurika yepfo muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC) ari zimwe mu mpamvu Igisirikare cya Afurika yâEpfo kiri muri iki gihugu. Muri iki cyumweru, Ambasaderi Tebogo Seokolo, Umuyobozi mukuru wungirije w’agateganyo wa DIRCO ushinzwe Afurika, mu kiganiro yagejeje kuri komite […]
Muri Ambasade ya Dubai i Kampala haravugwa gukinirwamo imikino yâurusimbi hagati y’abadipolomate
Abatavuga rumwe nâubutegetsi muri Uganda, barangajwe imbere na Minisitiri wâububanyi nâamahanga wabo (The shadow Minister), Haruna Nkunyingi Muwada, barasaba ko hakorwa iperereza ku birego bivuga ko abadipolomate bakorera muri iki gihugu bafite casino bakiniramo urusimbi muri Ambasade ya Dubai. Mu itangazo ryo ku wa 24 Nyakanga 2024, Muwanda yagaragaje impungenge zâimyitwarire mibi yâabadipolomate, ngo inyuranyije […]
Amasezerano y’isoko rusange rya COMESA, SADC na EAC yatangiye gushyirwa mu bikorwa
Amasezerano yo gufungura isoko ryâubucuruzi hagati yâibihugu bigize imiryango ya COMESA, SADC na EAC yatangiye gushyirwa mu bikorwa kuri uyu wa Kane, itariki 25 Nyakanga 2024 nk’uko byatangajwe nuyu Muryango. Iyi miryango itatu isanzwe ihuza ibihugu byo muri Afurika yâiburasirazuba nâamajyepfo ikubiyemo ibihugu 26 nâabaturage bose hamwe basaga miliyoni 800, ariko ibihugu bimwe ntibiremeza ariya […]
Ibigo 700 byitabiriye Expo Rwanda 2024 ibaye ku nshuro ya 27
Imurikagurisha Mpuzamahanga mu Rwanda, ku nshuro ya 27 ryatangiye kuri uyu wa Kane, itariki ya 25 Nyakanga 2024, i Gikondo ahazwi nka Expo Ground ryitabiriwe n’ibigo 700 byo mu bihugu 19. Biteganyijwe ko iri murikagurisha rizamara ibyumweru bitatu, rizasozwa ku itariki ya 15 Kanama 2024. Muri icyo gihe, abamurika ibyo bakora baturuka mu Rwanda no […]
Intego ya AFC ntabwo ari ukuguma muri Kivu yâAmajyaruguru, ni ugufata igihugu â Eric Nkuba

Kuri uyu wa Kane, Urukiko rwa gisirikare rwa Kinshasa / Gombe muri gereza ya gisirikare ya Ndolo rwasubukuye urubanza ruregwamo uwahoze ari perezida wa komisiyo yigenga yâamatora (CENI), akaba Umuhuzabikorwa wâihuriro rirwanya ubutegetsi, Alliance Fleuve Congo, Corneille Nangaa, hamwe n’abandi 24 bareganwa bakurikiranyweho ibyaha by’intambara, kugira uruhare mu bikorwa byo kwigomeka ku buyobozi no kugambanira […]
RDC: Abanyarwandakazi mu bafashwe nyuma y’urupfu rwâumusirikare wa SANDF
Igisirikare cya Afurika yâEpfo (SANDF) cyemeje urupfu rwâumusirikare wacyo warashwe akicirwa muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC) mu cyumweru gishize, bigatuma umubare wâabasirikare bamaze gupfira muri iki gihugu ugera ku icumi muri uyu mwaka. Biravugwa ko hari abakekwa barimo Abanyarwandakazi batatu bamaze gufatwa. Mu gusubiza ikibazo cyâurubuga defenceWeb, Umuyobozi wâagateganyo ushinzwe itumanaho, Colonel Selinah […]
Twiyemeje kuzana amahoro ku kiguzi icyo ari cyo cyose – Tshisekedi
Kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 24 Nyakanga 2024, Perezida wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo yatangaje ko icyemezo cye ndetse nâicyemezo cya guverinoma ari ukuzana amahoro ku “kiguzi icyo ari cyo cyose” mu burasirazuba bwâigihugu, nk’uko byatangajwe nâitumanaho rya perezidansi. Ibi yabitangarije mu kiganiro cyateguwe nâIkigo cyâubushakashatsi cyigenga cyâAbanyamerika gifite icyicaro i Washington kitwa […]
Nepal: Umupilote yarokotse impanuka yishe 18 nyuma yâuko ikizuru kitandukanyije nâahasigaye

Umupilote warokotse impanuka yâindege yahitanye abantu muri Nepal yarokotse nyuma yâuko ikizuru cyâindege (cockpit) kitandukanyije nâigice gisigaye cyâindege amasegonda macye mbere yâuko indege isigaye ifatwa nâinkongi yâumuriro . Captain Manish Ratna Shakya, wenyine warokotse iyi mpanuka yahitanye abantu 18 ku kibuga cy’indege cya Kathmandu, ari kuvurirwa mu bitaro ariko ishami rya BBC muri Nepal ryemeje […]
Impamvu ushobora gutakaza ubutaka bwawe nâicyo iteka rishya rya minisitiri riteganya
Ubutaka bugenewe ubuhinzi, ubworozi, nâamashyamba, bungana na hegitari eshanu kandi bukaba budakoreshwa, bushobora gufatirwa na leta byâagateganyo, nkâuko biteganywa mu iteka rya minisitiri n° 002/moe/24 ryo ku wa 10/07/2024 ryerekeye gufatira ubutaka byâagateganyo no gusesa amasezerano yo gutunga ubutaka. Iri teka ryashyizweho umukono na Minisitiri wâibidukikije, Valentine Uwamariya, rigamije kubahiriza itegeko rya 2021 ryerekeye ubutaka. […]
U Burusiya buravuga ko indege z’intambara z’ u Bwongereza zabujijwe kuvogera ikirere cyabwo
Moscow yavuze ko kuri uyu wa Gatatu, itariki 24 Nyakanga, babujije indege eshatu za gisirikare zâAbongereza kurenga imipaka yâu Burusiya hejuru yâInyanja Yirabura. Minisiteri y’Ingabo mu itangazo ryayo yavuze ko sisitemu zo kugenzura ikirere zabonye indege nyinshi hejuru y’Inyanja Yirabura zisatora imipaka. Indege y’indwanyi ya Su-27 yoherejwe kugira ngo ibuze indege kurenga imipaka y’u Burusiya […]
Urubyiruko rwo muri Diaspora rwasuye Polisi yâu Rwanda

Itsinda ryâurubyiruko rwâabanyarwanda bagera kuri 43 baba hanze yâu Rwanda (Diaspora), kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 23 Nyakanga, basuye Polisi yâu Rwanda, muri gahunda bagira buri mwaka yo gusura u Rwanda kugira ngo bige umuco n’amateka y’igihugu. Bakiriwe ku cyicaro gikuru cya Polisi ku Kacyiru nâumuvugizi wa Polisi yâu Rwanda, Assistant Commissioner of Police […]
Isuzuma rya NATO ryasanze ubwirinzi bwâu Burayi bujegajega
Muri uku kwezi, intambara yo muri Ukraine ndetse nâamatora yâumukuru wâigihugu muri Amerika ni byo byihariye inama ya NATO yabereye i Washington, muri uku kwezi ariko inyuma yâamarido, abapanga mu bijyanye nâigisirikare cyâuyu muryango bibanze ku gusuzuma ikiguzi kinini cyo gukemura ibibazo byâubwirinzi bwâu Burayi bujegajega. Abayobozi ba NATO bemeje gahunda mu mwaka ushize yo […]
Ibigo bito by’imari ubu byemerewe kuguriza abantu batakira amafaranga abitswa
Kuri ubu mu Rwanda ibigo by’imari byatangiye guhabwa uburenganzira bwo gutanga inguzanyo ku baturage batakira amafaranga abitswa nk’uko byemezwa na Banki Nkuru y’Igihugu, BNR. Kuva muri Mata umwaka ushize, BNR yashyizeho amabwiriza agenga abatanga serivisi zâimari batakira amafaranga abitswa. aho abantu ku giti cyabo nâibigo bashobora kuguriza amafaranga abaturage ariko bahawe uburenganzira na BNR ndetse […]
Ethiopia: Abishwe nâinkangu bamaze kuba 229
Umukozi wa leta yavuze ko umubare w’abahitanwe n’inkangu ebyiri mu majyepfo ya Ethiopia wazamutse ugera ku bantu 229 kandi ushobora kwiyongera kurushaho mu gihe gushakisha abarokotse ndetse nâabapfuye byakomeje ku munsi wa gatatu. Ku Cyumweru nijoro, inkangu yashyinguye abantu muri zone ya Gofa yo mu majyepfo ya Ethiopia, hanyuma iya kabiri ifata abandi bari bateraniye […]