Umunsi rukumbi umurwa mukuru wa Amerika ufatwa n’ingabo z’amahanga Capitol igatwikwa

Intambara yo mu 1812 yarwanwe na Amerika hamwe n’abafatanyabikorwa bayo barwanya u Bwongereza n’abafatanyabikorwa babwo muri Amerika ya Ruguru. Yatangiye igihe Amerika yatangizaga intambara ku Bwongereza ku itariki ya 18 Kamena 1812. Nubwo amasezerano y’amahoro yemeranijweho mu Kuboza 1814, intambara ntiyarangiye ku mugaragaro kugeza igihe amasezerano y’amahoro yemezwaga na Kongere ya Amerika ku itariki ya […]

Abasirikare ba Afurika y’Epfo birukanwe muri RDC kubera ubusambanyi n’ihohotera bagizwe abere

Abasirikare icyenda bo muri Afurika y’Epfo birukanywe muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC) mu Kwakira umwaka ushize bakurikiranyweho icyaha cyo gusambanya no guhohotera (SEA) bahanaguweho icyaha ariko bahamwa n’icyaha cyo kurenga ku mabwiriza yagengaga ibirindiro (BSOs). Ibi ni ibyavuye mu cyo ubuyobozi bushinzwe itumanaho (DCC) mu Gisirikare cya Afurika y’Epfo (SANDF) bwavuze ko ari […]

USA: Polisi yataye muri yombi abagera kuri 200 bamagana uruzinduko rwa Netanyahu

img_1272-1721769625.jpg

Polisi yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yataye muri yombi abantu bagera kuri 200 kubera imyigaragambyo yo kwamagana Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, uri mu ruzinduko muri iki gihugu. Kuri uyu wa Kabiri, itariki 23 Nyakanga, abantu batari bake bafatiwe ku nyubako ya Kongere ya Amerika bazira imyigaragambyo yo kwamagana ijambo Minisitiri w’intebe […]

Uganda: Abagera muri 60 ni bo batawe muri yombi bagerageza kwigaragambya

Igipolisi cya Uganda kuri uyu wa Kabiri cyataye muri yombi abantu barenga 60 biganjemo urubyiruko bari mu myigaragambyo yo kwamagana ruswa mu nteko ishinga amategeko na leta, basaba ko perezidante wayo, Anita Among yegura. Ku mbuga nkoranyambaga amashusho yerekanye abapolisi bakoresha imbagara mu guta muri yombi abigaragambya bagerageje kwegera ku ngoro y’inteko ishinga amategeko mu […]

Kinshasa: Hakomeje urubanza rw’abashinjwa gushaka guhirika ubutegetsi

Urukiko rwa Gisirikare rwa Kinshasa / Gombe rwumvise ku nshuro ya 11, kuri uyu wa Mbere, itariki ya 29 Nyakanga 2024, muri gereza ya gisirikare ya Ndolo, mu rubanza rw’abashinjwa gushaka guhirika ubutegetsi ku itariki ya 19 Gicurasi muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo. Abantu batatu baregwa babajijwe muri uru rubanza, barimo Albert Malanda Vangila, […]

Ethiopia: Inkangu yatewe n’imvura ikabije yahitanye byibuze abantu 157

69739662_906.jpg

Kuri uyu wa Kabiri, abayobozi bo muri Ethiopia bavuze ko byibuze abantu 157 ari bob amaze kumenyekana bapfuye bazize inkangu muri iki gihugu. Kuri uyu wa Mbere, inkangu yatewe n’imvura nyinshi yaguye muri Zone ya Gofa mu majyepfo y’igihugu. Abantu bamwe ntibarabarurwa nyuma y’uko itsinda ry’abantu batwikiriwe n’ibyondo mu gihe bageragezaga gutabara abandi. Umuyobozi w’ikigo […]

Uganda: Urunturuntu hagati y’impunzi z’Abarundi n’Abanyarwanda mu Nkambi ya Nakivale

Impunzi z’Abarundi n’Abanyarwanda mu Nkambi ya Nakivale y’Abarundi n’u Rwanda muri Uganda zirarebana ay’ingwe. Amakimbirane yiyongereye kubera ifatwa ry’impunzi y’Umurundi bisabwe n’umuyobozi w’impunzi z’Abanyarwanda. Uyu Murundi witwa Étienne Ntakarutimana yatawe muri yombi na polisi. Umuryango we ushinja umuyobozi w’umudugudu w’Abanyarwanda kuba yaramugambaniye. Yatawe muri yombi ku itariki ya 16 Nyakanga nk’uko tubikesha SOS Media Burundi. […]

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Ukraine yasuye inshuti magara y’u Burusiya

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Ukraine, Dmytro Kuleba, kuri uyu wa Kabiri yatangiye urugendo rwe rwa mbere mu Bushinwa kuva inshuti yabwo, u Burusiya, bwatera igihugu cye mu 2022. Hagati aho, abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu Muryango w’Ubumwe bw’ibihugu by’u Burayi bamaganye umubano wa Hongria n’u Burusiya. Iyi nkuru dukesha Deutsche Welle ivuga ko Minisitiri w’ububanyi […]

UK yari yateganyije miliyari 12.9$ ya gahunda yo kohereza abimukira mu Rwanda

Minisitiri mushya ushinzwe ibibazo by’imbere mu gihugu, Yvette Cooper, aravuga ko Guverinoma y’u Bwongereza yari yarateguye gukoresha miliyari 10 z’amapound ($12.9bn) muri gahunda yavanyweho ubu yo kohereza abasaba ubuhungiro mu Rwanda, kandi yari imaze gutwara abasoreshwa miliyoni 700 z’amapound ($ 830.7m) . Guverinoma nshya y’ishyaka ry’Abakozi ya Minisitiri w’Intebe, Keir Starmer, yavanyeho gahunda yo gutwara […]

USA: Haribazwa niba n’intumwa zizajya muri Convention y’Abademokarate zizashyigikira Kamala

Perezida Joe Biden yasezeye mu matora y’umukuru w’igihugu yo muri uyu mwaka. We n’abandi bakomeye mw’ishyaka rye bashyigikiye ko Visi-Perezida Kamala Harris amusimbura nka kandida nimero ya mbere ariko haracyibazwa niba azemezwa burundu n’iri shyaka muri convention yo muri Kanama nk’uko biteganywa. Abanyapolitiki, abanyamategeko, abahanga mu by’amateka bemeza ko icyemezo cya Perezida Biden ari ubwa […]

Afurika y’Epfo: Uwishe Abirabura 39 mu gihe cya Apartheid yavuze ko polisi yamushyigikiraga

aaab.jpg

Umwicanyi ukomoka muri Afurika y’Epfo wahamwe n’icyaha cyo kwica arashe abirabura benshi mu gihe cya apartheid yabwiye BBC ko abapolisi bamushyigikiraga. Louis van Schoor avuga ko abandi bagomba gusangira amakosa ku bwicanyi yakoze nk’umusekirite. Ariko avugana na BBC Africa Eye mu myaka ine ishize, yemeye kandi guhishura amakuru ateye ubwoba atera kwibaza ibibazo bikomeye bijyanye […]

M23 yatanze umucyo ku bibazo byinshi yibazwaho mu kiganiro na Al Jazeera

image-1-1721491313.jpg

Mu kiganiro yagiranye na Al Jazeera ubwo yasuraga aho bagenzura, Umuvugizi wa M23, Laurence Kanyuka, yatanze umucyo ku bibazo bakomeje kwibazwaho nko kumenya niba ari abanyekongo koko, icyo barwanira, aho bakura inkunga n’ibindi. Kimwe mu bibazo yabajijwe ni ukumenya impamvu M23 yongeye kubura intwaro mu Gushyingo 2021 nyuma y’imyaka 10 ihagaritse urugamba. Kuki mwubuye imirwano […]

Tanzania: Perezida Suluhu yakuye January Makamba ku mwanya wa minisitiri w’ububanyi n’amahanga

Nk’uko byatangajwe n’umuyobozi w’agateganyo ushinzwe itumanaho muri perezidansi, Sharifa Nyanga, Perezida wa Tanzania, Samia Suluhu Hassan, yakuyeho abaminisitiri babiri bakomeye ku Cyumweru mu mavugurura yakoze muri guverinoma. Kwirukanwa kwa Minisitiri w’ububanyi n’amahanga, January Makamba na Minisitiri w’itangazamakuru, itumanaho n’ikoranabuhanga, Nape Nnauye byaje mu gihe hari ibihuha bivuga ko bateguraga rwihishwa kurwanya gushaka kongera gutorwa kwa […]

U Burundi buravuga ko bwavumbuye amabuye y’agaciro azabutunga kugeza ku mperuka

gsqanp3xcaa1vxm.jpg

U Burundi bumaze amezi buhura n’ikibazo gikomeye cy’ubukungu n’imibereho, cyaranzwe cyane cyane n’ibura rya lisansi, isukari n’imiti, ariko buravuga ko bwavumbuye ibirombe bya gasegereti na coltan bitezeho gukura igihugu mu bukene. Abayobozi ba sosiyete icukura amabuye y’agaciro, Bumeco (Burundi metal company) ikorera mu Ntara ya Kirundo, mu majyaruguru y’uburasirazuba bw’igihugu, babimenyesheje kuwa Gatatu Perezida Évariste […]

Muhanga: Babangamiwe n’ikiraro cya Mpanda cyahezemo imodoka

img_6013-768x576.jpg

Abarimo abamotari, abatwara imodoka n’abatuye mu Murenge wa Nyamabuye mu Karere ka Muhanga hamwe n’abo mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bifuza ko iteme rya Mpanda rihuza iyi Mirenge ryakorwa kuko kuba ryarangiritse bituma batoroherwa n’imihahiranire. Icyo kibazo cyakomeye kurushaho nyuma y’aho imodoka iguye muri iryo teme ryari rimaze igihe ryarangiritse none uyu […]

Zelenskyy asanga Ukraine ikwiriye gusanga ibisasu mu Burusiya akaba ari ho ibishwanyuriza

Kuri iki Cyumweru, Perezida wa Ukraine yatangaje ko igihugu cye gikeneye ibisasu byo mu bwoko bwa misile ziraswa kure kugirango kirinde imijyi yacyo n’ingabo ziri ku rugamba anasaba Uburenganzira bwo kuzikoresha imbere mu Burusiya. Volodymyr Zelenskyy avuga ko byafasha gukumira ibitero zigabwaho n’ingabo z’u Burusiya zikoresheje ibisasu bya bombe n’indege za gisirikare zitagira abapilote. Perezida […]

Biden yemeye guharira Kamala Harris ku mwanya w’umukandida w’Abademokarate

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Joe Biden, yavuye mu marushanwa yo guharanira kuba perezida utaha, nyuma y’ibyumweru byinshi by’igitutu cy’abademokarate cyari kimaze kwiyongera. Yavuze ko “ari inyungu z’ishyaka ryanjye ndetse n’igihugu” – ariko ko azagumaho amezi atandatu ya nyuma ya manda ye. Biden yemeje Kamala Harris, visi-perezida, nk’umukandida mushya w’Abademokarate; avuga ko azakora […]

Korea ya Ruguru yongeye kohereza umwanda mu y’epfo nayo yubuye indangururamajwi

d35d27c8-7ed7-4042-a985-42b4da822f1a_652a801a.jpg

Koreya y’Epfo irimo kongera ingufu muri propaganda inyuza mu ndangururamajwi ziri ku mupaka mu rwego rwo kwamagana Korea ya Ruguru yasubukuye kohereza ibipurizo bitwaye umwanda mu majyepfo. Kimwe mu bipurizo amagana bitwaye imyanda byoherejwe na Koreya ya Ruguru ijoro ryose byabonetse mu murima w’umuceri mu ntara y’amajyaruguru y’uburengerazuba ya Ganghwa ku ya itariki ya 10 […]

Intego ya guverinoma ntabwo ari uko agahenge kubahirizwa ni ukugera ku mahoro – Muyaya

Iminsi ibiri mbere y’uko agahenge katangiye guhera ku itariki ya 5 Nyakanga karangira, White House yatangaje ku wa Gatatu, itariki ya 17 Nyakanga ko impande zihanganye, Ingabo z’igihugu cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo na M23 “zemeranije” kongeraho ibyumweru bibiri kugirango abahunze bashaka gutaha ku bushake batahe Kandi imfashanyo zigezwe ku batishoboye. Ku ruhande rwa […]

Turkiya igiye kohereza muri Somaliya igisirikare gufasha gushaka peteroli na gaz

Turkiya igiye kohereza inkunga y’igisirikare cyo mu mazi muri Somaliya nyuma y’uko ibihugu byombi byemeranije ko Ankara izohereza ubwato bw’ubushakashatsi ku nkombe za Somaliya kugira ngo bufashe gushakisha peteroli na gaz. Ibiro Ntaramakuru bya leta, Anadolu, byatangaje ko Perezida Tayyip Erdogan yagejeje icyifuzo ku nteko ishinga amategeko ya Turkiya ku wa Gatanu, asaba uruhushya rwo […]

France: Gen Nyakarundi yabonanye n’Umunyarwanda wiga muri Saint-Cyr Coëtquidan Military Academy

gs9jt8qxcaemacg.jpg

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda zirwanira ku butaka (ACOS), Maj Gen Vincent Nyakarundi kuri uyu wa Gatandatu yabonanye n’Umunyarwanda wiga mu ishuri rya gisirikare ryo mu Bufaransa, Aho yitabiriye inama yabayobozi bakuru b’ingabo. Ni inama nyunguranabitekerezo y’abayobozi bakuru b’ingabo yabereye mu Mujyi wa Rennes mu Bufaransa, yibanze ku mahoro, umutekano, ndetse n’Urubyiruko. Nyuma, yagiranye ibiganiro […]

RDF yahaye inkunga y’ibikoresho abanyeshuri basanga 800 i Juba

gs3tkptx0aa6oms.jpg

Ingabo zishinzwe kubungabinga amahoro z’u Rwanda (Batayo ya 89 Mechanised Inf Battalion) zibarizwa mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye muri Sudani y’Epfo (UNMISS) zatanze ibikoresho bitandukanye by’ishuri ku banyeshuri barenga 800 bo mu ishuri rya gikirisitu rya Jebel i Ruri Payam muri Leta ya Central Equatorial i Juba. Inkunga ikubiyemo ibitabo, amakaye, amakaramu n’amakereyo n’ibindi. Ingabo z’u […]

NCHR iremeza ko hakiri ibibazo mu kwiyimura kuri lisiti y’itora bikeneye gukosorwa

gs2oqkgwcaa8t1x-1.jpg

Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu ivuga ko yagenzuye ibikorwa by’amatora mu Turere twose tw’Igihugu kuva ku wa 22 Kamena kugeza ku wa 16 Nyakanga 2024, aho yemeza ko yagenzuye imyiteguro y’amatora, ibikorwa byo kwiyamamaza n’amatora nyirizina ya Perezida wa Repubulika n’ay’Abadepite yo mu mwaka wa 2024. Perezida w’iyi Komisiyo, Umuringi Providence, yavuze ko Abanyarwanda bamaze gusobanukirwa […]

Igitero cyo kwihorera cya Israel muri Yemen kibasiye Umujyi wa Hodeidah

Igitero gikomeye cy’indege cyahungabanyije umujyi wa Hodeidah ku cyambu cyo ku Nyanja Itukura nyuma y’umunsi umwe abayobozi ba Israel bahize ko bazihorera igitero cya drone kibasiye Tel Aviv. Ibitero by’indege byibasiye ibikorwa remezo byo gutunganya peteroli n’amashanyarazi, bituma umuriro mwinshi ugurumana. Nibwo bwa mbere Yemeni yibasiwe ku mugaragaro kuva inyeshyamba z’Aba-Houthi zaho zatangira kurasa muri […]

USA: Uwaharaniye ko umunsi wo kwibohora kw’abacakara uba ikiruhuko mu gihugu yapfuye

Umudepite wari umaze igihe kinini muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Sheila Jackson Lee wo muri Texas, wafashije kuyobora ingamba za leta zo kurinda abagore ihohoterwa rikorerwa mu ngo no guharanira ko umunsi uzwi nka Juneteenth wizihizwa ku wa 19 Kamena mu rwego rwo kwibuka kwibohora kw’abacakara muri Amerika Uba umunsi w’ikiruhuko mu gihugu, yapfuye. […]

Afurika y’Epfo: Umudepite yasabye ko ingabo zabo zoherejwe muri RDC zitaha byihuse

Umudepite wo muri Afurika y’Epfo, Chris Hattingh aherutse gusaba ko Ingabo z’igihugu cye zoherejwe muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo zava muri iki gihugu byihuse. Avuga ko impamvu ari nyinshi zirimo kutagira ingengo y’imari ihagije, imyiteguro idahagije y’abasirikare ba Afurika y’Epfo ku mirwanire igezweho yo mu rwego rwa elegitoronike, ndetse no kuba ibibera muri Congo […]

RDC: Mu Ntara ya Tshopo haravugwa umutwe w’inyeshyamba waba wifatanyije na M23

Mu majyaruguru y’uburasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, abagize ubwoko bwa Lombi boherereje inyandiko Guverineri w’Intara ya Tshopo aho bavuga ko umutwe w’inyeshyamba waho wifatanije n’umutwe wa M23. Abashyize umukono kuri iyi nyandiko barasaba Ingabo za Congo kugira ngo zirinde teritwari yabo, ihana imbibi na Lubero muri Kivu y’Amajyaruguru, aho M23 yamaze kugera. Mu […]

Ibibazo by’ikoranabuhanga byahagaritse ingendo z’indege zisaga 1000 mu Burayi

Ikibazo gikomeye kuri sisitemu y’Ikoranabuhanga mu itumanaho ku Isi yose cyateje ibibazo byinshi ku bagenzi mu benshi muri iki gihe cy’izuba ryinshi. Indege, ibibuga by’indege, amasosiyete y’itangazamakuru kimwe n’ubundi bwoko bw’ubucuruzi byagizweho ingaruka. Dore ibizwi kugeza ubu kubyerekeye ingaruka zabyo mu ngendo z’i Burayi nk’uko tubikesha Euronews. Ikibazo gikomeye bingana iki? Ikigo cy’isesengura ku bijyanye […]

Uko imitwe ya politiki izasaranganya imyanya mu nteko nyuma y’amatora

Nyuma yo gutangaza ibyavuye mu matora y’abadepite yo ku ya 14-16 Nyakanga by’agateganyo, Komisiyo y’igihugu ishinzwe amatora (NEC) yanagaragaje uburyo imyanya yo mu mutwe w’abadepite, w’inteko ishinga amategeko y’u Rwanda, izasaranganwa . Hari imyanya 80 mu nteko ishinga amategeko umutwe w’abadepite, 27 muri yo igenewe amatsinda atatu yihariye, imyanya 24 ku bagore, ibiri ku rubyiruko, […]

Ibiciro bya lisansi byakomeje kugwa ku isoko rya Amerika

Kuri uyu wa Gatanu, ibiciro bya peteroli byakomeje kugabanyuka muri Amerika, bibishyira mu nzira nziza yo kugabanuka kwa kabiri mu cyumweru, kubera gukomera kw’amadolari hamwe n’ibimenyetso by’ubukungu bivanze byagize uruhare ku myumvire y’abashoramari. Ibiciro bya Brent Crude cyangwa petelori icukurwa mu Nyanja y’Amajyaruguru hafi yu Burayi, byagabanutseho 38, ni ukuvuga 0.5%, kugeza kuri $ 84.73 […]

Ambasaderi Rosemary Mbabazi yatangiye ku mugaragaro inshingano ze muri Liberia

Kuri uyu wa Kane, itariki ya 18 Nyakanga 2024, Ambasaderi mushya w’u Rwanda muri Liberia, Rosemary Mbabazi, yakiriwe na Perezida Joseph Boakai, amushyikiriza impapuro zimwemerera gukora izi nshingano. Abinyujije kuri X, Ambasaderi Mbabazi yagize ati: “Ni iby’agaciro, gushyikiriza Nyakubahwa Joseph Nyuma-Boakai, Perezida wa Repubulika ya Liberia, nkaba nazitanze nk’intumwa idasanzwe ihagarariye inyungu z’u Rwanda muri […]

Kenya: Urukiko rwatesheje agaciro icyemezo kibuza imyigaragambyo muri Nairobi

Kuri uyu wa Kane, Igipolisi cya Kenya cyagerageje guhagarika imyigaragambyo rwagati mu murwa mukuru wa Nairobi gusa urukiko rwitambitse iki cyemezo. Polisi yashyizeho iryo tegeko ivuga ko imyigaragambyo yahitanye nibura abantu 50 kuva yatangira hashize ukwezi, yacengewemo n’udutsiko tw’abagizi ba nabi. Ariko kuri uyu wa Kane urukiko rwahagaritse iryo tegeko mu gihe ikirego kirirwanya kirimo […]

Princess Sheikha w’ i Dubai yatandukanye n’umugabo we abinyujije kuri instagram

hh-sheikha-mahra-1.png

Umukobwa w’Umuyobozi wa Dubai, Sheikh Mohammed bin Rashid Al Maktoum, bisa nk’aho yatangaje gatanya ye ku mbuga nkoranyambaga. Ubutumwa bwavuye kuri account iri verified ya Instagram y’Igikomangomakazi Sheikha Mahra bint Mohammed bin Rashid Al Maktoum bwavuze ko ashyize iherezo ku mubano we n’umugabo we, agira ati: “Ndatangaza ko twatandukanye.” BBC yageraje kumva icyo abayobozi bo […]

Ikibuga cy’ingede cya Bugesera: Imirimo y’ibanze nk’aho indege zigwa igeze kuri 85%

Imirimo yo kubaka ibikorwa remezo bitandukanye ku kibuga cy’indege gishya mu Karere ka Bugesera mu Ntara y’Iburasirazuba igeze ku rugero rwa 85%, nk’uko byatangajwe na Aviation Travel and Logistics (ATL). Nk’uko byatangajwe na ATL, isosiyete ifitwe na leta ishinzwe ibikorwa bijyanye n’indege no kugenzura imirimo y’ubwubatsi bw’ikibuga cy’indege gishya, icyiciro kiriho kubaka aho taxi ziparika, […]

Kenya: Polisi yaciye imyigaragambyo mu murwa mukuru kugeza ku mabwiriza mashya

Igipolisi cya Kenya cyahagaritse imyigaragambyo rwagati mu murwa mukuru wa Nairobi kugeza igihe hazatangazwa andi mabwiriza nyuma y’ibyumweru byinshi by’imyigaragambyo leta ivuga ko yacengewemo n’udutsiko tw’abagizi ba nabi. Zimwe mu mpirimbanyi zahamagariye abantu guterana kuri uyu wa Kane bafite ibikoresho byo gukambika cyangwa “kwigarurira” Parike ya Uhuru yegeranye n’umujyi rwagati, mu gihe abapolisi benshi buzuye […]

RDC: Abagize Sena icyuye igihe baravugwaho kunyereza asaga miliyari 3 Frw

Iperereza ryatangiye ku gukekwaho icyaha cyo kunyereza umutungo wa Sena, nk’uko byatangajwe kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 17 Nyakanga, na Minisitiri w’ubutabera wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, Constant Mutamba. Ibiro ntaramakuru by’Abanyekongo bitangaza ko Minisitiri w’Ubutabera yabigaragarije perezida w’ibiro by’imyaka by’umutwe w’Inteko Ishinga Amategeko, Pascal Kindwelo, mu nama yabereye mu ngoro y’abaturage nk’uko […]

Polisi irashimira abanyarwanda uko bitwaye mu bihe by’amatora

Polisi y’u Rwanda irashimira abanyarwanda bose uko bitwaye mu bihe byo kwiyamamaza kw’abakandida n’amatora ku mwanya w’Umukuru w’igihugu n’uw’abagize inteko ishinga amategeko. Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, Assistant Commissioner of Police (ACP) Boniface Rutikanga yavuze ko ibikorwa byo kwiyamamaza ndetse n’amatora byagenze neza birangira mu mutekano usesuye. Yagize ati: “Polisi y’u Rwanda irashimira abanyarwanda ubufatanye […]

Bubanza: Ingoro y’ishyaka FRODEBU yibasiwe n’abavugwaho kuba Imbonerakure

Abayoboke b’ishyaka rya Sahwanya FRODEBU muri zone ya Mitakataka muri komini ya Bubanza n’intara ya Bubanza (mu burengerazuba bw’u Burundi) baramagana ibikorwa byo kutoroherana muri politiki nyuma y’uko ingoro y’iri shyaka yibasiwe n’abantu ku giti cyabo abaturage n’abayoboke b’iri shyaka bavuga ko ari Imbonerakure (urubyiruko rwa CNDD-FDD). Mu ijoro ryo ku wa 6 Nyakanga, amarangi […]

Centrafrica: Ingabo z’u Rwanda zambitswe umudari w’ishimwe na Perezida Touadera

gspfuixxyaaesgi.jpg

Kuri uyu wa Kabiri, itariki 16 Nyakanga, Ingabo z’u Rwanda (RWABATT12), zikorera mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye muri Repubulika ya Centrafrica (MINUSCA) zambitswe umudari wa Perezida w’ishimwe na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika ya Centrafrica, Faustin Archange Touadera. Uyu muhango wabereye mu ngoro ya perezida mu Mujyi wa Bangui. Umudari watanzwe mu rwego rwo gushimira ubwitange bwazo, […]

Ese koko Iran yaba ifite uruhare mu gushaka kwica Trump?

Tehran yanze icyo yise ibirego “bidafite ishingiro kandi bibi” biyihuza n’umugambi wo kwica Trump nk’uko byatangajwe n’ibinyamakuru byo muri Amerika . Kuri uyu wa Gatatu, Iran yahakanye yivuye inyuma amakuru yatangajwe mu bitangazamakuru byo muri Amerika avuga Tehran mu mugambi wo gushaka guhitana uwahoze ari Perezida wa Amerika, Donald Trump. Ku wa Kabiri, abanyamakuru ba […]

Abayobozi batandukanye bakomeje koherereza Kagame ubutumwa bwo kumushimira

Abakuru b’ibihugu bitandukanye nka Perezida wa Mozambique, Filipe Nyusi, uwa Guinea Bissau, Umaro Sissoco Embaló, uwa Tanzania, Samia Suluhu, ni bamwe mu bakuru b’ibihugu bamaze koherereza Perezida wa Repubulika, Paul Kagame ubutumwa bwo kumwifuriza intsinzi nziza nyuma yo gutangaza ibyavuye mu matora yo kuwa 15 Nyakanga 2024, by’agateganyo . Abinyujije kuri X, Perezida Filipe Nyusi […]

Somalia: Abasivili basahuye intwaro ziremereye nyuma yo gutega imodoka za gisirikare

Nibura abantu batanu bishwe ubwo abantu bitwaje intwaro bategaga uruhererekane rw’imodoka muri Somaliya rwagati bakiba intwaro ziremereye, nk’uko abayobozi ndetse n’abaturage babitangaje kuri uyu wa Kabiri ushize, nyuma y’amezi arindwi embargo yari yarafatiwe iki gihugu ivanweho. Kuwa Mbere, izi modoka zari mu rugendo ziherekejwe n’abashinzwe umutekano zigeze hafi y’Umujyi wa Abudwaq ubwo abantu bitwaje intwaro […]

Raporo ya Loni irashinja Korea ya Ruguru gukoresha uburetwa abaturage ba yo

Ibiro by’Umuryango w’Abibumbye byita ku Burenganzira bwa Muntu kuri uyu wa Kabiri muri raporo yabyo byashinje Koreya ya Ruguru gukoresha abantu ku gahato kandi mu mategeko mpuzamahanga, gukoresha uburetwa bishobora kuba icyaha cyibasira inyokomuntu cyitwa ubucakara. Komiseri w’Uburenganzira bwa Muntu mu Muryango w’Abimbumbye, Volker Türk, yavuze ko ubuhamya burimo buteye inkeke kandi buhishura byinshi ku […]

FPR yanikiye andi mashyaka mu matora y’abadepite n’amajwi 62,67%

Imibare y’agateganyo y’ibyavuye mu matora y’abadepite 53 yatangajwe na Komisiyo y’Igihugu y’Amatora yerekana ko Umuryango FPR Inkotanyi watowe n’abantu 5.471.104 bangana na 62,67%. Abadepite 53 batowe ku wa 14 Nyakanga 2024 ku Banyarwanda baba mu mahanga, no ku wa 16 Nyakanga 2024 ku Banyarwanda bari imbere mu Gihugu. Muri rusange ibikorwa by’amatora byagenze neza, haba […]

Equateur: Toni 6 za cocaine zavumbuwe mu bitoki byari byoherejwe mu Budage

Igipolisi cyo muri Equateur cyatangaje ko imbwa zabugenewe zavumbuye Toni 6,23 z’ikiyobyabwenge cya cocaine zari zihishe mu mizigo y’ibitoki byoherejwe hanze y’iki gihugu cyo muri Amerika y’Epfo. Izi mbwa zizwi nka “sniffer dogs” zamenyesheje ababishinzwe, bahita bafata udusanduku 5,630 twuzuyemwo ifu yera, bamaze kuyipima basanga ari cocaine. Abayobozi bavuga ko ibyari byiswe ibitoki byari byoherejwe […]

USA: Hatangiye iperereza rigamije kumenya uko umusore yageze ku gisenge yarasiyeho Trump

Muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika inzego z’iperereza ziri mu iperereza rigamije kumenya uko umusore warashe Donald Trump kuwa Gatandatu yaba yarabashije kugera ku gisenge cy’inzu yarasiyeho, mu gihe polisi yari muri iyo nzu no hanze yayo. Ubwo yari mu mujyi wa Buttler muri Leta ya Pennsylvania aho yiyamamazaga, urwego rwa Secret Service rushinzwe kurinda […]

Kenya: Umuntu umwe yiciwe mu myigaragambyo yongeye gufata intera

Kuri uyu wa Kabiri, nibura umuntu umwe yiciwe mu myigaragambyo yongeye kwamagana leta muri Kenya, ubwo abapolisi bagonganaga n’abigaragambyaga basaba ko perezida William Ruto yegura nk’uko umunyamakuru wa Reuters yabitangaje. Imyigaragambyo iyobowe n’urubyiruko mu gihugu hose yatangiye ukwezi gushize yamagana izamuka ry’imisoro yarakomeje nubwo Ruto yamaze gukuraho amategeko no kwirukana abaminisitiri hafi ya bose. Impirimbanyi […]

RDC: Imfungwa hafi 100 zatorotse Gereza Nkuru ya Manono

Ku Cyumweru, itariki ya 14 Nyakanga 2024, Abagororwa 85 batorotse Gereza Nkuru ya Manono, iherereye mu Ntara ya Tanganyika muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo nyuma y’ukwezi abandi 20 batorotse. Amakuru yemejwe kuri 7SUR7.CD kuri uyu wa Mbere n’umuyobozi w’agateganyo wa Teritwari ya Manono, Germain Mwamba. Avuga ko gutoroka kwabaye ahagana saa mbiri n’iminota 5 […]

Perezida Kagame yavuze ko ubu igikurikiye ari ugushyira mu bikorwa ibyo yasezeranyije

Perezida Paul Kagame wongeye gutorerwa Indi Manda, yatangaje ko ubu ikigiye gukurikiraho Ari ugushyira mu bikorwa ibyo basezeranyije Abanyarwanda mu gihe cyo kwiyamamaza. Kuri uyu wa 15 Nyakanga 2024 nimugoroba nibwo abanyamuryango ba FPR Inkotanyi n’abindi mitwe ya politike bahuriye ku cyicaro gikuru cy’umuryango i Rusororo, kuri Intare Conference Arena, aho bari bategerereje ko Komisiyo […]

Gambia: Abadepite bateye utwatsi umushinga w’itegeko rishaka kugarura gusiramura abakobwa

Kuri uyu wa Mbere, itariki 15 Nyakanga, Inteko Ishinga Amategeko ya Gambia yanze umushinga w’itegeko wari kurangiza itegeko ribuza gukata ibice bimwe by’igitsinagore (FGM) nyuma y’uko abadepite batoye banga ingingo zose ziri mu mushinga w’itegeko. Minisiteri y’itangazamakuru mu itangazo nyuma yo gutora yagize iti: “Kubuza FGM biracyakomeza gushimangirwa muri Gambia”. “Guverinoma ihagaze neza ku cyemezo […]

Trump yahisemo uzamubera visi perezida natsinda amatora

Mu mwaka wa 2016, ubwo Donald Trump yatoranyaga Guverineri wa Indiana, Mike Pence, nk’uzamubera visi perezida bagombaga kwiyamamazanya, byafatwaga nk’igikorwa cyo kureshya abakirisitu b’ivugabutumwa batora bakabaye baririnze gushyigikira Trump, wahoze ari umudemokarate washakanye inshuro eshatu. Kuri iyi nshuro, yahisemo JD Vance. Kandi nkuko yahisemo mbere, gutoranya umusenateri wa Ohio bitanga ishusho ku ngamba zo kwiyamamaza […]

Kayonza: Asaga miliyari 65 Frw agiye gushorwa mu bikorwa byo kuhira imyaka

Nyemazi John Bosco, Umuyobozi w’Akarere ka Kayonza, avuga ko ibyakozwe mbere by’umushinga KIIWP icyiciro cyawo cya mbere, hagiye kujyaho icyiciro cya kabiri, kizashorwamo arenga miliyari 65 Frw, kizatuma n’abandi baturage bo mu Murenge wa Ndego batagerwagaho n’amazi yo kuhira imyaka, bayabona ndetse n’indi mirenge umunani. Muri aka Karere ka Kayonza, mu Murenge wa Ndego abaturage […]

Narokowe n’amahirwe cyangwa Imana – Trump

Uwahoze ari Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko “yakabaye yarapfuye” iyo hataba amahirwe cyangwa Imana nyuma yo kugerageza kwica ku wa Gatandatu ubwo yari mu gikorwa cyo kwiyamamaza muri Pennsylvania. Muri kimwe mu biganiro bye bya mbere yatanze nyuma y’ibyabaye, Trump yabwiye itangazamakuru ryo muri Amerika ko yumva ko yarokotse […]

Igisirikare cya Israel kirigamba kwivugana umwe mu bayobozi bakuru ba Hamas

Igisirikare cya Israel kivuga ko umuyobozi mukuru wa Hamas, Rafa Salama, yiciwe mu gitero cy’indege cyabereye i Gaza ku wa Gatandatu. Hamas ariko ntabwo yemeje ayo makuru. Minisiteri y’ubuzima iyobowe na Hamas muri Gaza yavuze ko igitero cya Israel cyibasiye inkambi y’abavanwe mu byabo mu gace kagenewe ubutabazi muri Khan Younis, gihitana byibuze Abanyapalestine 90 […]

RDC: Guverinoma yongeye kubona impamvu yo kugumisha MONUSCO ku butaka bwa Congo

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo yavuze ko Ingabo z’Umuryango w’Abibumbye zidashobora gushyira mu bikorwa ibyo basezeranye byo kuva muri Kivu y’Amajyaruguru ngo mu gihe cyose Ingabo z’u Rwanda zikiri muri iyi ntara yo mu burasirazuba bw’igihugu. Kivu y’Amajyaruguru imaze imyaka igera muri itatu iberamo imirwano hagati y’Igisirikare cya Congo (FARDC) n’inyeshyamba […]

Somalia: Igisasu cyaturikiye aho bareberaga final ya EURO 2024 cyahitanye 5

Polisi itunga urutoki umutwe wa Al Shabaab yavuze ko igisasu giteze mu modoka cyaturikiye hanze ya resitora mu murwa mukuru wa Somalia, Mogadishu, mu ijoro ryo ku Cyumweru, gihitana abantu batanu abandi 20 barakomereka mu gihe abakiriya bari barimo kureba umukino wanyuma w’irushanwa ry’umupira w’amaguru rya Euro 2024 kuri TV . Umunyamakuru wa Reuters avuga […]

Barashima Leta yababaye hafi nyuma y’urupfu rw’abantu 8 bishwe n’inkuba

Abantu umunani (8) bo mu turere twa Ngororero, Rutsiro na Musanze ni bo bahitanywe n’inkuba mu mvura yaguye ku mugoroba wa tariki 8 uku kwezi. Abahitanywe n’inkuba bose ni abagore, ikaba yarabakubitiye mu mirenge itandukanye. Ibi byago bimaze kuba, Minisiteri ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi (MINEMA) hamwe n’ubuyobozi bw’inzego z’ibanze bw’aho ibyago byabereye begereye imiryango yabuze abayo, […]

NEC yagaragaje ibikorwa bibujijwe kuri site cyangwa se mu cyumba cy’itora

Komisiyo y’Igihugu y’Amatora iramenyesha Abanyarwanda bose ko ibikorwa byo kwiyamamaza byatangiye ku wa 22 Kamena 2024, byasojwe ejo ku wa 13 Nyakanga 2024. Ni ibihe byagenze neza muri rusange mu Gihugu hose. Komisiyo y’Igihugu y’Amatora iributsa Abanyarwanda bose ko igikorwa cy’amatora ya Perezida wa Repubulika n’ay’Abadepite, kizatangira ku wa 14 kugeza ku wa 16 Nyakanga […]

Abanyarwanda muri Uganda n’abandi mu karere ntibatanzwe mu kwitorera umukuru w’igihugu n’abadepite

gsclz8uwaaao4mf.jpg

Abanyarwanda baba muri Uganda kimwe n’abandi muri diaspora kuri iki Cyumweru, itariki 14 Nyakanga 2024, bazindukiye kuri Ambasade y’u Rwanda muri iki gihugu i Kampala aho batoreye Perezida wa Repubulika n’Abadepite bazaba bagize Inteko Ishinga Amategeko. Ambasade y’u Rwanda muri Kenya yatangaje ko Abanyarwanda bahatuye bitabiriye amatora ari benshi kuko ifoto yafashwe Saa yine n’iminota […]

USA: Abarepubulikani barashinja Abademokarate kuba inyuma y’iraswa rya Trump

Abayobozi bakuru b’ishyaka ry’Abarepubulikani barashinja Abademokarate, cyane cyane Perezida Biden gukongeza umwuka mubi wavuyemo kugabwaho igitero kwa Donald Trump kuwa Gatandatu, itariki ya 13 Nyakanga 2024, ubwo yiyamamazaga muri Pennsylvania ariko akarokoka n’igikomere gito ku gutwi. Kuba Perezida Joe Biden kimwe n’abayobozi benshi ba politiki bo muri Amerika ndetse no mu mahanga (umwe mu baheruka […]