Kenya: Hakomeje iperereza ku nkongi yahitanye abanyeshuri 21
Mu gihugu cya Kenya Igipolisi gikomeje iperereza ku cyateje inkongi y’umuriro yibasiye icumbi ry’abana b’abanyeshuri biga bacumbikirwa mu Ishuri Ribanza rya Hillside Endarasha mu mujyi wa Nyeri yahitanye abanyeshuli b’abahungu 21. Mu kiganiro n’itanganzamakuru, umuvugizi wa leta Isaac Mwaura yavuze ko igihugu cyahuye n’akaga. Abanyeshuri biga muri iryo shuri bari hagati y’imyaka icyenda na 13 […]
RDC: Umuyobozi wa Gereza ya Makala arahigishwa uruhindu nyuma y’iyicwa ry’imfungwa 129
Umuyobozi wa Gereza Nkuru ya Makala iherereye I Kinshasa muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, Joseph Yusufu Maliki, yahagaritswe ku mirimo ye Kandi Ari gushskishwa nk’uko amakuru menshi agera kuri RFI abitangaza. Nk’uko bivugwa, Joseph Yusufu Maliki yatangaje ku wa Gatatu, itariki ya 4 Nzeri, ko arwaye, bityo bikaba byerekana ko adahari muri gereza ya […]
Sudani y’Epfo: Ingabo za RDF zambitswe imidari mu birori bibereye ijisho

Kuri uyu wa Kane, Ingabo z’u Rwanda zo muri (Rwanbatt- 3 n’ishami ry’Indege z’u Rwanda rya 12) ziri mu Butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye muri Sudani y’Epfo (UNMISS) zambitswe imidari y’Umuryango w’Abibumbye kubera akazi k’indashyikirwa mu bikorwa byo kubungabunga amahoro. Ibirori byabereye muri Rwanbatt-3 Base Camp Durupi, muri Leta ya Equatorial yo Hagati. Umuyobozi w’ingabo za UNMISS, […]
Kuri iyi nshuro Perezida Putin aravuga ko ashyigikiye Kamala Harris aho kuba Trump
Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, yatangaje ko ahitamo Kamala Harris nka Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika utaha, aho kuba Donald Trump. White House yavuze ko agomba “guhagarika kuvuga ibya politiki yo muri Amerika.” Kuri uyu wa Kane ushize, nibwo Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, yatangaje ko yifuza kubona umudemokarate Kamala Harris atsinda amatora […]
U Rwanda, Kenya na Uganda byahuriye mu nama y’umutekano i Kigali

Abayobozi bakuru bashinzwe umutekano baturutse mu bihugu bigize Umuryango wa NCIP (Northern Corridor Integration Projects (Kenya, u Rwanda na Uganda) bateraniye i Kigali mu nama y’umutekano igamije gusuzuma ibyagezweho no gusuzuma imishinga ihuriweho mu rwego rwo kurinda umutekano mu bihugu bigize uyu muryango. Inama y’iminsi ibiri yatangiye kuwa 5 Nzeri irasuzuma kandi uko ubufatanye mu […]
USA: Umuraperi Richie Homie wari ugezweho muri Atlanta yapfuye ku myaka 34
Ubuyobozi muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika bwavuze ko umuraperi wo muri Atlanta, Rich Homie Quan, wamamaye mu njyana ya hip-hop mu 2013, yapfiriye muri Georgia ku myaka 34. Abashinzwe ibizamini kwa muganga muri Fulton County mu itangazo ryabo bavuze ko Ibitaro bya Grady’ Memorial Hospital muri Atlanta byamenyesheje abakozi babyo ku wa Kane urupfu […]
Kenya: Inkongi y’umuriro ku ishuri yahitanye abana 17
Kuri uyu wa Gatanu, umuvugizi wa polisi yavuze ko inkongi y’umuriro mu ishuri ryo muri Kenya rwagati yahitanye abanyeshuri 17. Abatabazi benshi bari mu nzira berekeza ku ishuri rya Hillside Endarasha Academy muri Nyeri, nk’uko umuvugizi, Resila Onyango, yavuze mu kiganiro yatanze kuri radio Hot 96 FM yo muri Kenya, yongeraho ko abayobozi baza gutanga […]
Nyanza: Rutunga wari ukurikiranweho uruhare muri Jenoside yakatiwe imyaka 20 y’igifungo
Venant Rutunga woherejwe mu Rwanda akuwe mu Buholandi kubera gukekwaho uruhare muri Jenoside, kuri uyu wa Kane yahamwe n’icyaha cyo kuba icyitso nk’icyaha cya jenoside mu bwicanyi bwakorewe Abatutsi aho yahoze ayobora ikigo cya ISAR-Rubona, akatirwa imyaka 20 y’igifungo Urugereko Ruburanisha Ibyaha Byambukiranya Imipaka mu Karere ka Nyanza rwavuze ko Rutunga yabaye icyitso mu bwicanyi […]
Ukraine: Andriy Sybiga yagizwe Minisitiri w’ububanyi n’Amahanga mushya
Abadepite bo muri Ukraine batoye Andriy Sybiga ku mwanya wa minisitiri w’ububanyi n’amahanga mushya w’icyo gihugu asimbuye Dymytri Kuleba uherutse gutanga ubwegure mu gihe Zelenskyy Ari gukora amavugurura agamije gukomeza leta ye. Sybiga w’imyaka 49 asimbuye Kuleba wagize uruhare runini mu kumvisha ibihugu by’u Burayi na Amerika gushigikira igihugu cye mu ntambara kirwana n’u Burusiya. […]
NYAGATARE: Yafatiwe mu cyuho agerageza guha abapolisi ruswa y’ibihumbi 101Frw
Polisi y’u Rwanda mu Karere ka Nyagatare, yafashe umugore wageragezaga guha abapolisi ruswa y’ibihumbi 101Frw ngo akingirwe ikibaba nyuma yo gufatirwa mu bucuruzi bw’ibitemewe birimo amasashe n’ikiyobyabwenge cya Kanyanga. Yafatanywe n’abasore babiri bamukoreraga bari binjije mu gihugu amasashe 160,000 nayo yafashwe na litiro 15 za Kanyanga zasanzwe iwe mu rugo aho atuye. Bafatiwe mu murenge […]
U Budage bukomeje gutekereza kuri gahunda nk’iyo u Bwongereza bwari bufitanye n’u Rwanda
Mu gihe mu Budage hagenda hiyongera impaka kuri politiki yo gusubiza iwabo abimukira bahageze mu buryo butemewe, komiseri ushinzwe abinjira n’abasohoka, Joachim Stamp yakomoje ku bijyanye no kohereza abimukira mu Rwanda niba hari ibibazo byo kubasubiza mu gihugu cyabo. Aganira mu kiganiro cyanyujijwe kuri podcast kuri uyu wa Kane, Stamp yavuze ko abimukira baza mu […]
USA: Umwana w’imyaka 14 yishe arashe bagenzi be n’abarimu ku ishuri
Ku wa Gatatu ushize, umwana w’imyaka 14 yishe abanyeshuri bagenzi be babiri n’abarimu babiri abandi icyenda barakomereka mu iraswa ryabereye mu ishuri ryisumbuye ryo muri Georgia, biba ubwicanyi bwa mbere mu kivunge muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika bukoreshejwemo imbunda kuva umwaka w’amashuri watangira. Abashinzwe iperereza bavuga ko uyu ukekwaho kuba yari yarabajijwe n’inzego z’ubutegetsi […]
Ukekwa yarasiwe hafi ya Ambasade ya Israel i Munich
Kuri uyu wa Kane, abapolisi b’Abadage bavuga ko barashe umuntu witwaje imbunda hafi y’ahari ikigo kibitse amateka y’Abanazi ndetse na Consulat ya Israel mu mujyi wa Munich. Polisi ya Bavaria ivuga ko uyu mugabo yarashwe, kandi ako gace kari kagoswe hafi ya Karolinenplatz. Minisitiri w’umutekano w’imbere muri Leta ya Bavaria, Joachim Herrmann, nyuma yavuze ko […]
Xi Jinping yemeye miliyari zisaga 50$ yo gutera inkunga Afurika mu myaka 3 iri imbere
Kuri uyu wa Kane, Perezida w’u Bushinwa, Xi Jinping, yashimye umubano w’igihugu cye n’Umugabane wa Afurika, avuga ko bari mu bihe byiza by’amateka. Ibi yabitangaje mu muhango wo gutangiza Ihuriro ry’Ubufatanye bw’u Bushinwa na Afurika (FOCAC), inama ikomeye Beijing yakiriye mu myaka ishize. Ni muri urwo rwego Perezida Xi yemeye miliyari zisaga 50 z’amadorari (miliyari […]
PM Dr. Ngirente yakiriye abarimo Visi Perezida wa Rockefeller Foundation

Nyuma yo kugirana ibiganiro na mugenzi we wo muri Sierra Leone, Dr. David Moinina Sengeh, Minisitiri w’Intebe Dr. Ngirente yakiriye , kuri uyu wa Gatatu yakiriye abandi banyacyubahiro batandukanye bari mu Rwanda aho bitabiriye inama ngarukamwaka yiga ku guteza imbere Urusobe rw’Ibiribwa muri Afurika ya 2024. Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu, Minisitiri w’Intebe, […]
Sweden: Minisitiri w’ububanyi n’amahanga Tobias Billstrom yeguye
Kuri uyu wa Gatatu, itariki 4 Nzeri, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Tobias Billstrom, yatangaje mu buryo butunguranye ko azegura muri Guverinoma ya Sweden mu cyumweru gitaha. Billstrom amaze imyaka igera kuri ibiri kuri iyi mirimo, aho muri icyo gihe igihugu cye, ubusanzwe kitari gifite aho kibogamiye, cyabaye umunyamuryango wa NATO. Mu butumwa yanditse kuri X, Billstrom […]
Mozambike: RDF ikomeje gufatanya kuzana umutekano no gufasha abaturage mu mibereho

Kuri uyu wa Gatatu abashinzwe umutekano b’u Rwanda bo muri (Task Force Battle Group 3) ikorera mu karere ka Ancuabe, intara ya Cabo Delgado, muri Mozambike bamuritse ibyumba bitanu byavuguruwe ku ishuri ribanza rya Nacololo. Batanze kandi ibikoresho bitandukanye by’ishuri birimo ameza 100 y’abanyeshuri, ibitabo by’imyitozo, amakaramu, ingwa, na crayons ku banyeshuri barenga 500. Brig […]
RDC: Barakira inkingo za mbere z’indwara y’Ubushita bw’Inkende
Minisitiri w’ubuzima muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo yatangaje ko icyo gihugu kigiye kwakira inkingo z’indwara y’ubushita bw’inkende. Repubulika ya Demokarasi ya Congo itegereje inkingo za mbere z’indwara y’ubushita bw’inkende kuri uyu wa Kane, icyiciro cya kabiri cyazo kikazahagera kuwa gatandatu w’iki cyumweru. Ibi byatangajwe n’umukuru w’itsinda rishinzwe kurwanya iyo ndwara, Cris Kacita. Ishami ry’umuryango […]
U Burusiya bugiye kuzana indege kabuhariwe z’intambara mu imurikagurisha ry’intwaro muri Afurika
Indege z’intambara z’u Burusiya nka Tu-160 long-range bombers ziri mu zishobora kumurikwa muri Africa Aerospace and Defense 2024 nk’uko tubikesha urubuga military.africa. Mbere y’iki gikorwa, intumwa z’Igisirikare cy’u Burusiya zasuye ikibuga cy’indege hanze ya Pretoria ngo harebwe ko hakoherezwa izi ndege za Tu-160 ahazabera imurikagurisha. Aba basirikare bakiriwe ku kibuga cy’indege n’Umuyobozi w’Ingabo zirwanira mu […]
Perezida Ruto yemeje ko yagiranye ibiganiro na Perezida Kagame

Perezida wa Kenya, William Ruto, yemeje ko yabonanye na mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame, mu Bushinwa, bagirana ibiganiro ku kunoza umubano w’ibihugu byombi no kuri kandidatire ya Odinga ku buyobozi bwa Komisiyo ya AU. “U Rwanda n’umufatanyabikorwa ukomeye kandi w’ingamba za Kenya. Dusangiye umubano ushingiye kuri dipolomasi, amateka n’umuco. Ibihugu byacu ni ibinyamiryango by’Umuryango […]
MocĂmboa da Praia: Guverineri yatashye ibyumba by’ishuri byubatswe na RDF muri Namalala

Guverineri wa Cabo Delgado, Valige Tauabo, ku wa Mbere, itariki ya 02 Nzeri yafunguye ku mugaragaro ibyumba bine by’Ishuri Ribanza rya Namalala mu karere ka Mocimboa da Praia. Iyubakwa ry’aya mashuri ryashobotse ku nkunga y’amafaranga yatanzwe n’Ingabo z’u Rwanda, mu rwego rw’umubano wa kivandimwe hagati y’ibihugu byombi. Ibyumba bine by’ishuri bifite ubushobozi bwo kwakira abanyeshuri […]
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Ukraine yeguye ku mirimo ye
Dmytro Kuleba yeguye ku mirimo ye yo kuba minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Ukraine, nyuma y’icyumweru Perezida Volodymyr Zelenskyy atangaje ko agiye gukora impinduka muri guverinoma ashaka kurushaho gukomeza nyuma y’imyaka ibiri n’igice igihugu cye gitewe n’u Burusiya. Kuri uyu wa Gatatu, Umuvugizi w’inteko ishinga amategeko, Ruslan Stefanchuk, kuri Facebook yavuze ko Kuleba yatanze icyifuzo cyo […]
Minisitiri w’Intebe wa Sierra Leone yashimye amasomo bigiye ku Rwanda

Sengeh yagaragaje amasomo y’agaciro Sierra Leone yakuye mu Rwanda no kungurana ibitekerezo, cyane cyane mu bijyanye n’ikoranabuhanga no guhanga udushya, nk’ingenzi ku bihugu byombi. Byatangajwe kuri uyu wa Kabiri, itariki 3 Nzeri, ubwo Minisitiri w’Intebe Dr. Ngirente yakiraga Dr. David Moinina Sengeh, Minisitiri w’Intebe wa Sierra Leone, uri mu Rwanda aho yitabiriye inama ngarukamwaka yiga […]
Cabo Delgado: Ingabo z’u Rwanda zaguye mu gico cy’ibyihebe
Mu ijoro ryo ku wa Gatandatu, ibyihebe byiyitira Isilamu byateze igico abapolisi/ingabo zo mu Rwanda zari mu irondo, mu karere ka Mocimboa da Praia, mu majyaruguru ya Mozambike mu ntara ya Cabo Delgado. Umuyobozi w’akarere ka Mocimboa da Praia, Sergio Cipriano, waganiriye na Televiziyo ya Mozambike (TVM) kuri uyu wa Kabiri yagize ati: “ahagana mu […]
USA: Abayobozi ba Hamas barimo Sinwar bashinjwe ibyaha 7 bifitanye isano n’igitero kuri Israel
Amerika yashinje umuyobozi wa Hamas, Yahya Sinwar n’abandi bantu benshi bakomeye bo mu mutwe w’Abanyalesitine wa Hamas ku gitero cyagabwe muri Israel ku itariki ya 7 Ukwakira umwaka ushize. Ishami ry’ubutabera ryavuze ko rirega abanyamuryango batandatu ba Hamas ibirego birindwi birimo iyicwa ry’Abanyamerika, umugambi wo gutera inkunga iterabwoba no gukoresha intwaro zo kurimbura. Ikirego cy’inshinjabyaha […]
Karasira yasabye kwemererwa kugera kuri konti ze akishakira umwunganizi
Kuri uyu wa Kabiri, Aimable Karasira yasabye ko amafaranga ye yafatiriwe n’ubutabera yayabona akayifashisha yishakira umwinganizi kuko adashaka gukomeza kunganirwa n’ymunyamategeko yahitiwemo. Karasira yabwiye urukiko ko agomba kuburana yunganiwe kandi adashaka umwunganira ahawe n’urugaga rw’abunganira abandi mu mategeko batangwa ku muntu utifashije, avuga ko we afite imitungo ihagije yamufasha kubona abamwunganira mu rubanza gusa yafatiriwe, […]
U Rwanda ruravugwaho gufasha u Burusiya kubona amadevize bwarafatiwe ibihano
Kuri uyu wa Mbere, ikigo cy’itangazamakuru gikora inkuru zicukumbuye cyo mu Burusiya, Vyorstka, cyatangaje ko u Burusiya bwinjije miliyoni zisaga 29 z’Amadolari ya Amerika n’inoti z’Amayero avuye mu Rwanda, nubwo Uburengerazuba bwabufatiye ibihano ku gutumiza amafaranga yabo mu mahanga. Muri Werurwe 2022, Amerika n’Umuryango w’Ubumwe bw’ibihugu by’u Burayi (EU) byabujije kohereza inoti zabo mu Burusiya […]
RDC: Uwabaye kandida Perezida mu matora aheruka yatawe muri yombi n’ubutasi
Kuri uyu wa Mbere, itariki ya 2 Nzeri, uwahoze ari umukandida ku mwanya wa perezida wa Repubulika, Seth Kikuni, yafashwe kandi “afungwa mu buryo butemewe n’amategeko” n’abakozi b’ikigo cy’igihugu gishinzwe iperereza (ANR), nk’uko bene wabo babitangaje. Kuri konti ye ya X, AndrĂ© Claudel Lubaya, avuga ifatwa rya mugenzi we Kikuni, yagize ati: “Kuri uyu wa […]
Kenya: Cheptegei uherutse guhagararira Uganda mu Mikino Olempike yatwikiwe mu nzu
Umugandekazi, Rebecca Cheptegei, wabaye uwa 44 muri marathon mu Mikino Olempike iherutse kubera i Paris, yagize ibikomere nyinshi byo gushya nyuma yo gutwikwa hakoreshejwe peteroli n’umukunzi we, mu gihe ihohoterwa rikorerwa mu ngo rikorerwa abagore rikomeje kuba ikibazo gikomeye muri Kenya. Uyu mukinnyi usiganwa muri marathon wo muri Uganda witabiriye Imikino Olempike yabereye i Paris […]
Ethiopian Airlines yahagaritse ingendo zayo muri Eritrea
Isosiyete y’indege ya Leta, Ethiopian Airlines, yavuze ko yahagaritse ingendo zerekeza mu gihugu cy’abaturanyi cya Eritrea, kubera uburyo bugoye bwo kuhakorera itatangaje. Eritrea yari yavuze mbere ko izahagarika ingendo zose za Ethiopian Airlines mu mpera z’uku kwezi. Ingendo ziva muri Ethiopia zerekeza muri Eritrea zari zasubukuwe mu mwaka wa 2018 nyuma y’imyaka 20, nyuma y’amasezerano […]
Cleverly yiyemeje kongera kubaka umubano n’u Rwanda naba Minisitiri w’Intebe utaha
James Cleverly yiyemeje kongera kubaka umubano n’u Rwanda avuga ko wangijwe n’Ishyaka ry’Abakozi no kugarura gahunda y’u Rwanda irebana n’abimukira naramuka atorewe kuba Umuyobozi w’ishyaka ry’Aba-conservateurs akaba na Minisitiri w’Intebe. Uyu minisitiri w’umutekano w’imbere mu gihugu w’abatavugarumwe n’ubutegetsi bita “shadow Minister”, yavuze ko azongera kubaka umubano w’u Bwongereza n’u Rwanda, ubwo yatangizaga icyifuzo cye cyo […]
Ibyaha by’ubujura no gukubita ni byo byiganje mu mwaka ushize w’ubucamanza
Imibare mishya yatanzwe n’ikigo cy’igihugu gishinzwe ubushinjacyaha (NPPA) yerekanye ko ubujura no gukubita ku bushake aribyo byaha byagaragaye cyane mu Rwanda mu mwaka w’ubucamanza wa 2023/2024 (hagati ya Kamena 2023 na Kamena 2024), bingana na 57% by’ibyaha byose byakozwe. Mu gusoza ku mugaragaro umwaka w’ubucamanza wa 2023/2024, Umushinjacyaha Mukuru, Angelique Habyarimana yagaragaje ko ibyo byaha […]
Banki y’Isi yashyizeho umuyobozi mushya w’ishami ryayo mu Rwanda
Banki y’isi yashyizeho Qimiao Fan nk’umuyobozi mushya wayo ku rwego rw’igihugu mu Rwanda, Kenya, Somaliya, na Uganda, guhera ku itariki ya 1 Nzeri 2024, nk’uko banki yabitangaje kuri uyu wa Mbere. Qimiao Fan asimbuye kuri uyu mwanya Keith Hansen, Umunyamerika, wakoraga iyi mirimo kuva muri Nzeri 2020. Banki y’Isi yagize iti: “Fan ufite uburambe mu […]
Bali: Perezida Kagame yerekanye akamaro Afurika na Indonesia bifitiye Isi

Muri gitondo cyo kuri uyu wa Mbere i Bali, Perezida Kagame yifatanije n’abandi Bakuru b’ibihugu na Guverinoma mu nama ku bufatanye buhuriweho n’abafatanyabikorwa mu nama ihuza Indonesia na Afurika (IAF2024) yakiriwe na Perezida Joko Widodo. Muri iyi nama Perezida Kagame yatanze ingero z’uburyo bwo guteza imbere ubufatanye bufatika hagati ya Afurika na Aziya, cyane cyane […]
Haiti: Igipolisi cya Kenya cyasabye ibyigomeke kuyamanika mbere y’ibikorwa kigiye gutangiza
Ubutumwa mpuzamahanga buyobowe na Kenya muri Haiti (MSS) bwahamagariye udutsiko tw’abagizi ba nabi two muri iki gihugu kwiyegurira abayobozi. Mu makuru agezweho kuri ubwo butumwa, iryo tsinda ryavuze ko nyuma yo kubona izindi modoka n’ibindi bikoresho, bazakora ibikorwa byo gusukura i Delmas, Bel-Air, Solino, no mu nkengero zaho kugira ngo barandure burundu udutsiko. Ibi bikorwa […]
Kinshasa: Urusaku rw’amasasu hafi ya gereza nkuru ya Makala
Kuva mu ma saa munani z’igicuku cyo kuri uyu wa Mbere, humvikanye amasasu hafi y’icyahoze ari gereza nkuru ya Makala, iherereye muri komini ya Selembao, i Kinshasa kuri Avenue de la LibĂ©ration, yahoze ari 24 novembre. Amakuru agera kuri Mediacongo.net avuga ko “abagabo batamenyekanye bafunze Avenue du 24 Novembre yerekeza i Molard, naho abandi batera […]
Uwabujijwe kuba nyampinga wa Afurika y’Epfo kubera ubwenegihugu yatsindiye muri Nigeria
Chidimma Adetshina washidikanweho ku bwenegihugu bwe agahatirwa kuva mu irushanwa ry’ubwiza rya Nyampinga w’Afurika y’Epfo, yegukanye ikamba rya Nyampinga wa Nigeria. Adetshina yasutse amarira y’ibyishimo ubwo yatangazwaga ku wa gatandatu ko ari we ‘Miss Universe’ wa Nigeria. Nyuma y’ibyumweru agarukwaho cyane mu bitangazamakuru, uyu munyeshuri w’imyaka 23 wiga amategeko kuri kaminuza yagize ati: “Iri kamba […]
Goma: Umuzalendo yishe umugore utwite n’abana be babiri
Kuri iki Cyumweru, itariki ya 1 Nzeri 2023, umugore utwite yiciwe i Goma mu nkambi ya Bulengo n’umuntu ukekwaho kuba umuzalendo. Abandi bantu babiri bakomeretse nk’uko amakuru aturuka mu nkambi abitangaza. Ibi biravugwa nyuma y’imirambo itatu yabonetse yatwitswe kuri uyu wa Gatanu ushize, itariki 30 Kanama 2024 hafi ya Tujenge, muri Gurupoma ya Basimukinji. Ni […]
RDC: Abapolisi bakuru 2 i Kinshasa bahagaritswe bazira guhutaza abadipolomate
Kuri uyu wa Gatandatu, itariki ya 31 Kanama, Minisitiri w’intebe wungirije wa Congo akaba na Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, Shabani Lukoo, yategetse ihagarikwa ry’agateganyo mu rwego ry’abapolisi bakuru babiri ba Polisi y’igihugu cya Congo (PNC). Aba ni umuyobozi wungirije w’ishami rishinzwe gutabara rya polisi (LĂ©gion nationale d’intervention (LNI), Kabeya Tshiani Magnat, na Komiseri wa Polisi ku […]
Ihuriro rya 13 ry’abapolisikazi ryasojwe hibandwa ku bunyamwuga no kwita ku buzima

Ihuriro ngarukamwaka rihuza abapolisikazi ryaberaga ku cyicaro gikuru cya Polisi ku Kacyiru, ku nshuro ya 13 ryasojwe kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 31 Kanama, hagarukwa ku buryo bwo kwirinda indwara nka Kanseri y’ibere n’indwara z’ibyorezo zirimo; Ubushita bw’inkende (Mpox), Indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina (STDs) n’ingamba zo kuboneza urubyaro. Umunsi wa mbere wari waranzwe […]
Sumbu Sita wasimbuye Tshibangu nk’intumwa ya Tshisekedi mu bibazo bya RDC n’u Rwanda ni muntu ki?
Perezida wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, FĂ©lix Tshisekedi, yashyizeho Sumbu Sita Mambu nk’intumwa ye Nshya yiharariye mu bibazo bya RDC n’u Rwanda asimbuye Serge Tshibangu. Sumbu Sita Mambu, ufite impamyabumenyi ihanitse yakuye muri Kaminuza Gatolika ya Bukavu, afite uburambe bukomeye bw’imyaka irenga 20 akorana n’Umuryango w’Abibumbye, cyane cyane mu turere turimo amakimbirane. Yakoze hagati […]
Amafoto: Perezida Kagame yageze i Bali, muri Indonesia

Perezida Kagame yageze i Bali, muri Indonesia aho yifatanya n’abayobozi batandukanye mu Nama ya 2 ihuza Indonesia na Afurika yatangiye ku itariki 30 Kanama izarangira kuri uyu wa Kabiri, itariki 3 Nzeri. Iyi nama ibera i Nusa Dua, muri Bali kuva ku itariki ya 1- 3 Nzeri 2024, yitezweho kuzatanga imyanzuro ishobora guhita ishyirwa mu […]
Bwa mbere muri EAC robots zatangiye guseriva ibiryo muri restaurant

Restaurant nshya mu murwa mukuru wa Kenya ikomeje kuvugwamo cyane, atari ku biribwa itegura gusa, ahubwo ni ku gashya yazanye mu Karere ko gikoresha robots mu guseriva abakiriya. Muri iyi restaurant iherereye rwagati muri Kileleshwa, agace kaba kuzuye abantu benshi i Nairobi, kuharira bitanga umusogongero w’uko mu minsi iri imbere serivisi zo kwakira abantu zizaba […]
Israel yabonye imirambo 6 y’imbohe zari zarashimuswe na Hamas harimo Umunyamerika
Igisirikare cya Israel cyavuze ko cyabonye imirambo y’abantu batandatu bari bafashwe bugwate na Hamas muri Gaza. Umwe muri bo afite ubwenegihugu bwa Amerika n’ubwa Israel, Hersh Goldberg-Polin. Hersh Goldberg-Polin yari afite imyaka 23 y’amavuko ubwo yashimutwaga na Hamas imusanze mu iserukiramuco ry’umuziki rya supernova ryaberaga muri Israel. Hersh Goldberg-Polin yari mu mazina yamenyekanye cyane kuko […]
Abapolisi bitabiriye amahugurwa y’Umuryango w’Afurika Yunze Ubumwe bakoze urugendoshuri

Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 31 Kanama 2024, abapolisi bo mu bihugu bitandukanye bitabiriye amahugurwa y’umuryango w’Afurika Yunze Ubumwe (AUPOC), arimo kubera mu Ishuri rya Polisi ry’amahugurwa (PTS) i Gishari mu Karere ka Rwamagana, bakoze urugendoshuri rugamije kubongerera ubumenyi mu byaranze amateka y’u Rwanda. Basuye Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Kigali ku Gisozi, […]
Igitero cya Israel muri West Bank cyahitanye Komanda wa Hamas muri Jenin
Igisirikare cya Israel cyavuze ko cyagabye igitero ku Mujyi wa Jenin wo muri West Bank ku munsi wa gatatu w’imirwano ikaze mu butaka bwa Palesitine bwigaruriwe, gihitana Komanda wa Hamas muri uyu mujyi. Israel yavuze ko ingabo zayo “zagabye igitero ku mutwe w’iterabwoba.” Kuri X, ahahoze ari Twitter, IDF yavuze ko “yivuganye” Wassem Hazem, umuyobozi […]
RDC: Minisitiri arasabwa kwegura nyuma yo gusubika inama mpuzamahanga ku munsi yari kuberaho

Urubyiruko rwakariye minisitiri w’urubyiruko muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo nyuma yo gusubika inama y’abayobozi b’urubyiruko rwo muri Afurika yitabiriwe n’Ibihugu bigera kuri 30 i Kinshasa igasubikwa ku munsi yari gutangiriraho. Bishyuye amahoteri, ibiryo n’ibindi ariko amaherezo itangazo rigenewe abanyamakuru ryahagaritse byose. Ku isaha ya saa tatu za mugitondo ku itariki ya 29 Kanama, itangazo […]
U Budage bwacyuye ku ngufu Abanyafuganisitani bari barahahungiye Abatalibani
Kuri uyu wa Gatanu, Minisiteri y’umutekano w’imbere mu gihugu mu Budage yatangaje ko indege icyuye Abanyafuganisitani yahagurutse ku kibuga cy’indege cya Leipzig kizwi nka Halle Airport. Nibwo bwa mbere Abanyafuganisitani birukanwe mu gihugu cy’u Budage kuva Abatalibani bafata ubutegetsi i Kabul muri Kanama 2021. Mu magambo ye, umuvugizi wa guverinoma, Steffen Hebestreit, yagize ati: “Aba […]
Guverinoma ya RDC yemeye ko ari yo yasabye Ingabo za Kenya muri MONUSCO mu 2019

Imiryango itegamiye kuri leta ikorera muri Kivu y’Amajyaruguru ikomeje kwamagana byimazeyo iyoherezwa ry’abasirikare ba Kenya muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo mu gihe Leta yemeye ko ari yo yabasabye mu 2019. Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara kuri uyu wa Kane, itariki ya 29 Kanama, sosiyete sivile yagaragaje ko yamaganye yivuye inyuma ko abasirikare ba Kenya baba […]
Paris: Umwe mu bagiye guhagararira u Rwanda mu Mikino ya Paralympics yaburiwe irengero
Ibiro ntaramakuru by’Abadage (dpa) byatangaje ko iperereza ryatangiye ku ibura ry’umwe mu bagiye guhagararira u Rwanda mu Mikino ya Paralympics, ihuza abafite ubumuga, mu Bufaransa. Abateguye Imikino Paralympics ya Paris 2024, barimo kuvugana na komite y’igihugu ishinzwe imikino y’abafite ubumuga mu Rwanda nyuma yo kumenya ibura ry’uyu muntu. Ubu umushinjacyaha afite uruhare muri uru rubanza. […]
RDC yatangije ubukangurambaga busaba ICC gutangiza iperereza ku Rwanda
Guverinoma ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo yatangije kuri uyu wa Kane, itariki ya 29 Kanama 2024 i Kinshasa, ubukangurambaga bwiswe “ICC, Ubutabera kuri DRC” nk’uko byatangajwe na Minisitiri w’ubutabera wungirije, ushinzwe imanza mpuzamahanga, Samuel Mbemba, mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru i Kinshasa. Asobanura ko binyuze muri iyi gahunda, Guverinoma ishaka kubona mu rukiko mpuzamahanga mpanabyaha […]
Uganda irishimira ubufatanye bwayo na RDC mu kurwanya ADF
Uganda irishimira ibimaze kugerwaho mu myaka hafi itatu ishize Ingabo za UPDF zifatanya n’iza Repubulika ya Demokarasi ya Congo mu bikorwa bya gisirikare bihuriweho byiswe ‘Operation Shujaa’ byo kurwanya Inyeshyamba za ADF Umutwe wa ADF urwanya ubutegetsi bwa Uganda ni umwe mu mitwe yitwaje intwaro ikorera mu burasirazuba bwa Congo ikomeje guteza umutekano mucye. UPDF […]
RIB yafashe abigiraga abaguzi bakiba ibicuruzwa bitandukanye

Urwego rw’igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) kuri uyu wa Kane rwerekanye agatsiko k’abatekamutwe batandatu bakurikiranweho ubujura bw’ibicuruzwa bitandukanye bakoresheje amayeri yo kwigira abaguzi barangura. Mu byibwe hagarujwe ibicuruzwa bifite agaciro karenga miliyoni 20FRW, bigizwe n’ibiribwa, inzoga ndetse n’ibikoresho by’ubwubatsi. Aba bafungiwe kuri station ya RIB ya Kicukiro mu gihe dosiye yabo irimo gutunganywa kugirango ishyikirizwe Ubushinjacyaha. RIB […]
Misiri yohereje intwaro muri Somalia bwa mbere mu myaka 40 ishize
Ku wa kabiri, Misiri yagejeje imfashanyo zayo za gisirikare za mbere muri Somaliya mu myaka irenga mirongo ine ishize, nk’uko byemejwe n’abadipolomate batatu na bamwe mu bagize Guverinoma ya Somaliya, igikorwa ngo gishobora kongera umwuka mubi hagati y’ibihugu byombi na Ethiopia. Muri uyu mwaka, Misiri na Somaliya byarushijeho kwiyegerezanya nyuma y’uko Ethiopia isinyanye amasezerano y’ibanze […]
Rubavu: Umusirikare wa FARDC yarashe mu Rwanda
Umusirikare bikekwa ko ari uwo mu ngabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), kuri uyu wa Kane tariki ya 29 Kanama yarashe urufaya rw’amasasu mu karere ka Rubavu. Byabaye mu ma saa sita z’amanywa. Amasasu yarasiwe mu butaka bugize urubibi bwa Congo n’u Rwanda (No man’s Land) hafi n’umupaka muto uzwi nka Petite Barrière. […]
FARDC yongeye guca amarenga y’imyiteguro yo gutera u Rwanda
Igisirikare cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) giherutse guhakana kuvogera ikirere cya M23, kuri ubu kiravuga ko ko icyo kirere kivugwa ari icya Repubulika ya Demokarasi ya Congo kandi biteguye gukora ibishoboka byose n’ibice byigaruriwe bikagaruzwa ndetse intambara ikajyanwa aho yaturutse uhita wumva ko ari u Rwanda bashaka kuvuga wumvise ibivugwa na Gen. Maj. […]
Niger: Mohamed Bazoum wahoze ari perezida yahaswe ibibazo amasaha atanu
Muri Niger, Perezida Mohamed Bazoum wirukanwe ku butegetsi, yahaswe ibibazo n’abajandarume mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu ushize mu rwego rw’iperereza ry’ibanze. Yabarijwe iwe n’itsinda ry’abajandarume batatu, barimo majoro, kapiteni ndetse n’adjudant. Ni nyuma y’uko Urukiko rwa Leta rumwambuye ubudahangarwa kugira ngo aburanishwe ku cyaha cyo kugambanira igihugu. Byabereye imbere y’umwunganizi we, Moussa Coulibaly,nyuma […]
Mugina: Umugabo n’umugore we bicishijwe umuhoro
Charles Mpawenimana w’imyaka 67 n’umugore we FrĂ©diane Ndayisavyimana w’imyaka 52, bishwe mu ijoro ryo ku itariki ya 26 rishyira ku wa 27 Kanama. Ubwicanyi bwabereye mu gace ka Nyempundu muri komini ya Mugina mu ntara ya Cibitoke (mu Majyaruguru y’uburengerazuba bw’u Burundi). Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze bwemeza ko gukekwaho ubupfumu ari yo nkomoko y’ubwo bwicanyi nk’uko […]
Nta myanya iboneka mu mashuri y’abiga bacumbikirwa kuko yuzura ku ikubitiro – NESA
Kuri uyu wa Gatatu, Itariki 28 Kanama 2024 Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibizamini, NESA, cyemeje ko nta myanya iboneka mu bigo by’amashuri y’abiga bacumbikirwa ku bifuza guhindurirwa bakabijyamo, kivuga ko haba haruzuye nkuko byanashimangiwe n’Umunyamabanga wa Leta muri minisiteri y’uburezi, Claudette Irere, mu kiganiro na RBA. Mu gihe NESA ivuga ko abifuza guhindurirwa, bakajya biga bataha […]
France: CEO wa Telegram uherutse gufungwa yatangiye gukorwaho iperereza ku mugaragaro
Abayobozi mu Bufaransa batangiye iperereza ku mugaragaro ku Muyobozi wa Telegram, Pavel Durov nyuma yo gufatwa. Durov kandi yabujijwe kuva mu Bufaransa muri iki gihe. Abacamanza b’Abafaransa batanze ibirego by’ibanze biregwa Umuyobozi Mukuru wa Telegram, Pavel Durov, kubera ko yaba yaremeye ko ibikorwa by’ubugizi bwa nabi bikorerwa kuri iyi porogaramu yo kohererezanya ubutumwa. Abayobozi bamubujije […]