Abanyekongo 650 bamaze gusaba ubuhungiro mu Bubiligi mu mezi 6
Mu gice cya mbere cya 2024, Abanyekongo 650 basabye ubuhungiro mu Bubiligi, nk’uko byatangajwe ku wa Gatandatu, itariki ya 13 Nyakanga, na Freddy Roossmont, umuyobozi w’ibiro bishinzwe Ababiligi bakomoka mu bindi bihugu ubwo yari i Kinshasa. Mu kiganiro n’abanyamakuru, Freddy Roossmont yavuze ko u Bubiligi bwakira byibuze Abanyekongo 100 basaba ubuhungiro ku kwezi. Yongeyeho ko […]
Kenya n’u Rwanda byasabwe gukora iperereza ku ibura rya Gasana
Umuryango mpuzamahanga urahamagarira guverinoma za Kenya n’u Rwanda gutanga amakuru ajyanye n’aho Yusuf Gasana, uharanira uburenganzira bwa muntu bivugwa ko yabuze, aherereye. Gasana, bivugwa ko azwi cyane mu guharanira uburenganzira bwa muntu mu Rwanda, bivugwa ko yashimutiwe iwe i Nairobi ku wa 20 Gicurasi 2023 n’abantu batamenyekanye. Intumwa idasanzwe y’Umuryango w’Abibumbye ishinzwe amakuru ku baharanira […]
Abanyarwanda bari muri diaspora bitabiriye igikorwa cyo gutora perezida ku bwinshi
Abanyarwanda baba mu mahanga basaga ibihumbi 70 biyandikishije kuri lisiti y’itora, kuri iki Cyumweru bazindukiye aho bari butorere kuri site 160 mu bihugu 70 bagiye gutora umukuru w’igihugu. Abanyarwanda baba mu mahanga, baratora uyu munsi mu gihe biteganyijwe ko kuri uyu wa Mbere, itariki 15 Nyakanga mu 2024, hazatora Abanyarwanda baba imbere mu gihugu. Abenshi […]
Numvise urusaku rw’amasasu mpita numva isasu rinyura mu ruhu – Trump
Mu nyandiko yanditse ku rubuga rwe nkoranyambaga ruzwi nka Truth, Donald Trump waraye arusinbutse yavuze ko isasu ryacengeye “igice cyo hejuru” cy’ugutwi kwe kw’iburyo. Mbere, umuvugizi we yavuze ko ari kwivuriza ku kigo nderabuzima cyo muri Butler, Pennsylvania aho yari yagiye kwiyamamariza. FBI yatangaje ko uwarashe witwaje imbunda ari Thomas Matthew Crooks, ufite imyaka 20, […]
Uvira: Abarundi bemerewe kongera kujya kugura lisansi muri Congo
Repubulika ya demokarasi ya Congo yongeye kwemerera Abarundi kugura lisansi mu mujyi wa Uvira uri mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo. Hari hashize icyumweru Abarundi bakumiriwe gushakira lisansi muri icyo gihugu bitewe n’uko yari yarabuze. Iki cyemezo cyafatiwe mu nama yahuje ubuyobozi bw’umujyi wa Uvira, imiryango itegamiye kuri leta, abacuruza lisansi n’inzego zitandukanye zikorera ku mupaka […]
Goma: Ikibazo cy’umutekano mucye kirarushaho gufata intera, babiri bishwe
Hagati yo ku wa Gatatu, itariki 10 no kuwa no kuwa Kane, itariki 11 Nyakanga, abantu babiri barapfuye abandi batatu barakomereka barashwe, mu gihe ingo zigera ku icumi zibwe muri komini ya Karisimbi, mu Mujyi wa Goma (Kivu y’Amajyaruguru). Abakoze ibyo byaha bakomeje kutamenyekana, ariko abaturage baramagana ubwiyongere bukabije bw’amabandi mu duce twinshi two muri […]
Kagame yahishuye uko akiri umwana yigeze kwirukanswa n’umujandarume mu Kiyovu
Umukandida w’Umuryango wa FPR-Inkotanyi, Paul Kagame, kuri uyu wa Gatanu, itariki 12 Nyakanga, yahishuye ukuntu akiri umwana yigeze kunyura hafi y’aho Perezida Habyarimana yari atuye mu Kiyovu umujandarume akamwirukankana ariko ntamenye aho anyuze. Ibi yabitangarije mu Karere ka Gasabo aho yakomereje ibikorwa bibanziriza ibya nyuma byo kwiyamamaza ku mwanya w’umukuru w’igihugu biteganyijwe ko bizafungwa kuri […]
U Bwongereza bwakemuye ibibazo by’abimukira 3 bitabaje urukiko ngo batoherezwa mu Rwanda
Abasaba ubuhungiro batatu bitabaje urukiko kugira ngo bahagarike icyifuzo cy’u Bwongereza cyo kubohereza mu Rwanda bakemuriwe ibibazo byabo ku wa Kabiri, nyuma y’uko guverinoma nshya y’ishyaka ry’abakozi ihagarikiye iyi gahunda. Ku wa Gatandatu, Minisitiri w’Intebe, Keir Starmer, yatangaje ko gahunda yo kwirukana abimukira yahimbwe na guverinoma y’aba conservateurs “yapfuye igashyingurwa”. Muri iyi gahunda hari hamaze […]
Johannesburg: Impanuka ya bus yahitanye abana b’abanyeshiri 12
I Johannesburg muri Afrika y’Epfo, abana 12 bapfuye bazize impanuka ya bus yibiranduye ubwo yari ibatwaye ku ishuri. Mu gitondo cyo ku wa Gatatu nibwo iyi modoka yagonzwe n’indi modoka nyuma ifatwa n’inkongi irashya. Umushoferi wari uyitwaye nawe ari mu bapfuye. Abandi bana barindwi bajyanywe kwa muganga bafite ibikomere. Igipolisi mu Ntara ya Gauteng cyavuze […]
U Rwanda rumaze kugira ubushobozi bwo gutunganya toni 468 z’ibiryo by’amatungo ku munsi

Kuri uyu wa Kane tariki ya 11 Nyakanga 2024, mu cyanya cyahariwe inganda i Masoro mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, hatashywe uruganda rutunganya ibiryo by’amatungo rwuzuye rutwaye asaga miliyoni 4 z’Amadolari ya Amerika, asaga Miliyari 5 z’amafaranga y’u Rwanda. Uru ruganda rwuzuye rwitezweho kuziba icyuho mu biryo by’amatungo kuko rufite ubushobozi wo […]
Burkina Faso: Hemejwe itegeko rihana ibikorwa by’ubutinganyi
Ubutegetsi bwa gisirikare muri Burkina Faso bwatangaje ko buciye ibikorwa by’ubutinganyi, bituma iki gihugu kiba igishya cyo muri Afurika kirwanyije umubano w’abatinganyi nubwo ibihugu bikomeye byo mu burengerazuba byamagana bikomeye abibasira abatinganyi. Ubutinganyi bwari busanzwe bwangwa muri iki gihugu gikomeye ku mibereho ya kera cyo muri Afurika y’uburengerazuba, ariko nta na rimwe bwari bwarigeze butangazwa […]
OTAN iremeza ko imyiteguro yo kwakira Ukraine mu muryango irimbanyije
Ukraine iri mu nzira “idasubira inyuma” yo kuba umunyamuryango nk’uko byatangarijwe mu Nama y’uyu muryango. Abakuru b’ibihugu 32 bigize OTAN bateraniye i Washington, mu itangazo ryabo bavuze ko “ejo hazaza ha Ukraine ari muri OTAN.” Bati: “Tuzakomeza kubishyigikira kugera yinjiye muri OTAN.” Jens Stoltenberg ni umunyamabanga mukuru wa OTAN. “Mu gihe Ukraine ikomeje kubaka amavugurura […]
Ikibuga cy’Indege cya Goma cyaba cyagabweho igitero cy’ikoranabuhanga

Amakuru aturuka ku kibuga cy’indege cya Goma aravuga ko kuva ejo ku wa Gatatu indege indege ziva Goma zijya Butembo na Beni zifite ikibazo gikomeye cyo kugenda. Abaderevu bamenyereye izi nzira gusa nibo bemera kugenda nta GPS. Umunyamakuru wegereye Leta avuga ko amasoko menshi yemeza ko inyeshyamba za M23 zaba zangije system ya GPS ku […]
Mali: Ubutegetsi bwa gisirikare bwemereye amashyaka kongera gukora
Mu itangazo rigenewe abanyamakuru, inteko iri ku butegetsi muri Mali yatangaje kuri uyu wa Gatatu itariki 10 Nyakanga ko yongeye guha uburenganzira imitwe ya politiki bwo gukora ibikorwa byayo. Ibikorwa by’imitwe ya politiki n’amashyirahamwe afitanye isano n’ibikorwa bya politiki mu gihugu byahagaritswe ku itariki ya 10 Mata, bituma habaho kunengwa. Nyuma y’amezi atatu, Bamako yisubiye. […]
Ihuriro Lamuka rirasaba Leta ya Kinshasa gucana umubano na Uganda
Raporo iheruka y’Umuryango w’Abibumbye kuri Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC) yateje intugunda nyinshi mu banyapolitiki. Iyi raporo yerekana uruhare rwa Uganda mu ntambara yo mu burasirazuba bwa DRC. Mu gusubiza, ihuriro ry’abatavuga rumwe n’ubutegetsi rya Lamuka rirasaba ko hafatwa ingamba zikomeye zo kurwanya Uganda. Impuguke za Loni zagaragaje ko abayobozi ba M23 bagiye i […]
Site z’itora 2591, zirimo 158 zo muri diaspora ni zo zizifashishwa mu matora ya 2024
Imyiteguro y’Amatora ya Perezida wa Repubulika n’ay’Abadepite u Rwanda rwitegura, igeze ku gipimo cya 90% nk’uko byemejwe na Komisiyo y’Igihugu y’Amatora mu Rwanda (NEC) ivuga ko azabera Kiri site zisaga 2500. Komisiyo y’amatora igaragaza ko site z’itora ari 2591, zirimo 2433 zo mu gihugu imbere, n’izindi 158 zizifashishwa n’Abanyarwanda bazatorera mu mahanga. NEC yatangaje ibi […]
Ukraine yatangiye guhabwa indege z’indwanyi za F-16 zikorwa na Amerika
Umuryango w’ubutabarane wa gisirikare w’ibihugu bituriye amajyaruguru y’inyanja ya Atlantika, OTAN, watangaje ko ibihugu biwugize byatangiye guha Ukraine indege za gisirikare zo mu bwoko bwa F-16. Byatangarijwe mu nama y’iminsi itatu y’abakuru b’ibihugu bya OTAN iteraniye i Washington DC, muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Ni nama ifatwa nk’igamije guha icyizere abategetsi b’ibihugu bigize OTAN […]
U Rwanda rukomeje kuyobora Afurika mu kugendera ku mategeko – Raporo
Raporo nshya yerekanye ko u Rwanda rwakomeje kuyobora Afurika mu kugendera ku mategeko. Iyi yiswe Raporo y’Ubutabera ku Isi, ikorwa buri mwaka n’Umushinga Mpuzamahanga w’Ubutabera (WJP), umuryango mpuzamahanga utegamiye kuri Leta ufite inshingano zavuzwe zo guharanira iterambere ry’amategeko ku Isi . WJP isobanura ko kugendera ku mategeko ari gahunda irambye y’amategeko, inzego, amahame, ndetse n’ubwitange […]
Filipine: Havumbuwe ibitaro byafashaga abanyabyaha gukwepa ubutabera
Ibitaro by’ibanga byo muri Filipine byatangaga serivisi zo guhindura amasura y’abanyabyaha n’abatekamutwe hakoreshejwe plastic surgery ngo babafashe guhunga ubutabera bishobora gufungwa nyuma yo kuvumburwa nk’uko abayobozi babivuga. Ibitaro bibiri nkibi bitemewe bishobora gufungwa “mu byumweru biri imbere” nyuma y’uko abapolisi bagabye igitero ku bya mbere biri mu nkengero z’amajyepfo ya Manila muri Gicurasi, nk’uko umuvugizi […]
Beni: Icyo Igisirikare cya Afurika y’Epfo kivuga ku rupfu rw’umusirikare bikekwa ko yiyahuye

Igisirikare cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo cyemeje icyo cyita impanuka yatwaye ubuzima bw’umwe mu ngabo zacyo zoherejwe muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo mu butumwa bwa MONUSCO. Igisirikare cya Afurika y’Epfo (SANDF) kivuga ko uyu musirikare woherejwe muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye yagize ibikomere byamuhitanye byatewe na grenade yaturikiye […]
Nta ntambara iri muri Congo igihari ni ugukubitwa gusa – Koffi Olomide
Mu ijwi rikakaye, umuhanzi n’umucuranzi, Koffi Olomide, mu kiganiro yagiranye na RTNC agaruka ku ntambara ibera mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 9 Nyakanga, yamaganye kutagira icyo igihugu cye gikora kikareka abantu bose bakagikoreramo icyo bashatse. Kuri we, nta ntambara ihari; Repubulika ya Demokarasi ya Congo icyo […]
Loni iracyemeza ko Intambara yo mu burasirazuba bwa Congo ishobora gukwira akarere
Bintou Keita, Intumwa idasanzwe y’Umunyamabanga Mukuru wa LONI muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, kuwa Mbere yaburiye ko intambara z’umutwe wa M23 zikomeza kwiyongera byihuse mu burasirazuba bwa Congo zishobora kuvukamo amakimbirane yakwadukira akarere kose hatagize igikorwa byihuse. Ni mu gihe abahagarariye ibihugu by’u Rwanda na Kongo muri LONI bo bongeye kwitana bamwana ku kuba […]
Mali iremeza ko kuva kwabo muri ECOWAS bitasubira inyuma
Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Mali, Abdoulaye Diop, yakomeje kwemeza ko kugenda kw’igihugu cye, Burkina Faso na Niger biva mu muryango w’ibihugu by’Afurika y’iburengerazuba bidashobora gusubira inyuma, nubwo ECOWAS igifunguye imiryango. Mali ariko, ivuga ko izakomeza ubufatanye na ECOWAS, nk’uko Diop yavuze ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere ushize kuri televiziyo ya Leta, ORTM. Yamaganye […]
Ntabwo intare uzibona uyu munsi ngo ejo usubireyo usange zabaye impyisi – Kagame
Umukandida wa FPR-Inkotanyi, Paul Kagame kuri uyu wa Kabiri yabwiye abaturage b’i Gicumbi ko amajyambere bifuza bari kuyakozaho imitwe y’intoki, babikesheje ubufatanye, biturutse ku mbaraga, ku bwenge no ku bumenyi bafite, by’umwihariko urubyiruko. Hari mu gikorwa cyo kwiyamamaza yakomereje mu majyaruguru y’igihugu nyuma yo kunyura mu ntara y’Iburasirazuba. FPR Inkotanyi yatangaje ko site ya Gicumbi […]
RDC: Uwashinjwaga kuvugana na ba ofisiye ba RDF ntagikurikiranwe nyuma yo kuba senateri
Muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC), umyapolitiki Salomon Kalonda ntazongera gusubira imbere y’abacamanza b’urukiko rwa gisirikare rwa Kinshasa-Gombe bamaze amezi menshi bamukurikiranyeho icyaha cyo kugambanira igihugu nyuma yo gutakaza ububasha bari bamufiteho. Uyu mugabo ufatwa nk’ukuboko kw’iburyo kwa MoĂŻse Katumbi utavuga rumwe n’ubutegetsi yatawe muri yombi mu mpera za Gicurasi 2023 n’ubutasi bwa gisirikare […]
Brig. Gen. Rwivanga yahaye impanuro zikomeye abanyeshuri ba RICA

Mu izina ry’Umugaba Mukuru w’ingabo, Umuvugizi wa RDF, Brig Gen Ronald Rwivanga, kuwa Mbere yagejeje ijambo ku banyeshuri b’ikigo cy’u Rwanda gishinzwe kubungabunga ubuhinzi (RICA) i Bugesera. Inyigisho ze zibanze ku gikorwa gikomeye cyo gukomeza ibikorwa by’u Rwanda byagezweho no gutsimbataza ubumwe mu rubyiruko rw’igihugu. Iyi nyigisho yiswe “Uruhare rwa RPA mu kubohoza igihugu mu […]
Biden yiyemeje gufasha Ukraine gukaza uburinzi bw’ikirere nyuma y’ibitero byahitanye 41
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Joe Biden, yatangaje ko Washington izafasha gukomeza ubwirinzi bw’ibitero byo mu kirere bwa Ukraine nyuma y’igitero cy’indege cy’u Burusiya ku mijyi itandukanye cyahitanye abantu benshi. Ibi perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika yabitangaje mbere y’inama y’iminsi itatu ya NATO igomba gutangira i Washington kuri uyu wa Kabiri. […]
U Rwanda rwasinye amasezerano ya miliyari 71 yo guhangana n’imihindagurikire y’ikirere
Kuri uyu wa Mbere, itariki 8 Nyakanga, u Rwanda n’u Butaliyani byasinyanye amasezerano y’inguzanyo ya miliyoni 50 z’Amayero ni ukuvuga miliyari zisaga 71 z’amafaranga y’u Rwanda azifashishwa mu mishinga yubaka ubudahangarwa ku ngaruka z’imihindagurikire y’Ikirere. Ni nkunga yaturutse mu Kigega cy’u Butaliyani gishinzwe gutera inkunga imishinga ihangana n’imihindagurikire y’ibihe gicungwa na Banki y’u Butaliyani y’Amajyambere […]
Liberia: Umushahara wa Perezida Boakai ugiye kugabanyukaho 40%
Perezida Joseph Boakai wa Liberia, yemeje ko azagabanya umushahara we ho 40%. Ni nyuma y’uko muri Gashyantare uyu mwaka, Perezida Boakai yari yahishuye ko ahembwa amadolari 13,400 ya Amerika (angana na miliyoni 17Frw). Perezidansi yavuze ko yizeye gutanga urugero rw’”imiyoborere ishyira mu gaciro” ndetse no kugaragaza “kwifatanya” n’Abanya-Liberia. BBC ivuga ko kuva mu gihe cya […]
Leta yatanze ibisobanuro ku masezerano arebana n’abimukira UK yaseshe
Bwa mbere Guverinoma y’u Rwanda yagize icyo ivuga ku biherutse gutanganzwa na Minisitiri w’Intebe mushya w’u Bwongereza, Keir Starmer, ko amasezerano u Rwanda rwagiranye n’icyo gihugu arebana nikibazo cy’abimukira yaseshwe. Ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere Itangazo ryasohowe n’ibiro by’umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda rivuga ko rwamenye umugambi wa Leta y’u Bwongereza wo gusesa […]
Niger: Ingabo za Amerika zavuye mu birindiro by’ingenzi bizwi nka Air Base 101
Kuri iki Cyumweru, Igisirikare cya Amerika cyavanye abakozi bacyo mu birindiro by’indege za gisirikare byo muri Niger bizwi nka Air Base 101 biri hafi y’ikibuga cy’indege mu murwa mukuru Niamey, mbere yo gusohoka mu birindiro by’ingenzi bya drones biri hafi y’umujyi wa Agazed uherereye mu butayu mu byumweru biri imbere . Muri Mata, abategetsi ba […]
France: Perezida Macron yanze ubwegure bwa Minisitiri w’Intebe Attal
Minisitiri w’intebe Gabriel Attal yeguye ku mirimo ye ariko Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, amusaba kuguma ku mirimo ye kugira ngo hizerwe “umutekano uhamye” nyuma y’amatora. Ku Cyumweru, Attal yavuze ko azegura ku mwanya wa minisitiri w’intebe ubwo ihuriro Ensemble rya Macron ryazaga ku mwanya wa kabiri inyuma ya Nouveau Front populaire (NFP) mu matora […]
Impuguke za Loni zagaragaje impamvu zemeza ko Uganda ifasha M23
Nk’uko bisanzwe buri mezi atandatu, impuguke z’Umuryango w’Abibumbye zikorera Akanama gashinzwe Umutekano zatanze raporo yazo ku kibazo cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC)no ku ihuriro ry’ urwego rw’urugomo rwugarije igihugu cyane cyane intara z’iburasirazuba. Kimwe mu byagaragaye muri iyi raporo ni uruhare rw’abaturanyi b’Abagande mu ntambara hagati y’ingabo za DRC n’umutwe witwaje intwaro wa […]
Boeing igiye kwemera amakosa yateje indege za 737 MAX impanuka zahitanye imbaga
Igihangange mu gukora indege cyo muri Amerika, Boeing, cyemeye kwemera icyaha ku cyaha cy’ubugambanyi bw’ubugizi bwa nabi kugira ngo gikemure iperereza rifitanye isano n’impanuka ebyiri zikemangwa zakozwe n’indege zayo zo mu bwoko bwa 737 MAX. Ishami rishinzwe ubutabera muri Amerika ryatangaje kuri iki Cyumweru gishize ku mugoroba ko Boeing yiteguye kwemera icyaha ikurikiranyweho cyo gucura […]
Hari impungenge ko umuryango wa ECOWAS umaze imyaka 50 ushobora gusenyuka
Umuryango w’Ubukungu w’ibihugu bya Afurika y’Iburengerazuba (ECOWAS) wavuze, kuri iki Cyumweru, ko akarere gashobora gusenyuka ndetse n’umutekano muke ukarushaho kwiyongera nyuma y’uko Burkina Faso, Mali na Niger, biyobowe n’abahiritse ubutegetsi bagaragaje neza umugambi wabo wo kuva muri uyu muryango basinyana amasezerano yo kwishyira hamwe. Amasezerano y’ubumwe bw’ibihugu bya Sahel yashyizweho umukono ku wa Gatandatu, yashimangiye […]
France: Abahezanguni batsimbaraye ku bya kera bizeye intsinzi kuri Macron
Abafaransa barimo gutora muri amwe mu matora akomeye cyane abayeho mu myaka ishize, aho uruhande rw’abahezanguni bakomeye ku bya kera rwizeye kubona intsinzi yandika amateka, ariko igishoboka cyane ni uko nta ruhande rugira ubwiganze. Ubu ni bwo bwa mbere ishyaka rya Rassemblement National (RN) rya Marine Le Pen na Jordan Bardella ribonye amahirwe nyayo yo […]
FARDC yitwikiriye agahenge itera ibirindiro byose bya AFC/M23 hafi ya Kaseghe
Ibirindiro bitandukanye bya AFC/M23 byaterewe icyarimwe n’ingabo za FARDC , SADC, FDNB, n’izindi nyeshyamba bakorana ku gicamunsi cyo kuri iki Cyumweru nyuma y’umunsi umwe hatangiye agahenge k’ibyumweru bibiri kari kemeranyijwe n’impande zombi bigizwemo uruhare na Amerika. Umuvugizi wa AFC mu itangazo yashyize ahagaragara yagize ati « Aka kanya, abaturage b’abasivili n’ibirindiro byacu byose byibasiwe n’ingabo […]
Kuyobora Abanyarwanda ntako bisa pe! – Paul Kagame i Kayonza
“Kuyobora Abanyarwanda ntako bisa pe! Kuyobora FPR ntako bisa rwose. Ingorane rero twagiye tuzinyuramo, tuzisiga inyuma yacu. Ubu turareba imbere gusa, tugeze ku byinshi. Ibyiza birenze inshuro nyinshi biri imbere yacu,” ibi ni ibyatangajwe na Paul Kagame i Kayonza kuri iki Cyumweru aho yakomereje ibikorwa byo kwiyamamaza nyuma yo guca i Nyagatare. Abaturage ba Kayonza, […]
Mozambike: Ubutumwa bwa SAMIM muri Cabo Delgado bwasojwe ku mugaragaro
Ubutumwa bwa gisirikare bw’Umuryango w’iterambere w’Ibihugu bya Afurika y’amajyepfo muri Mozambike (SAMIM), bwafashaga Ingabo za Mozambike kurwanya abaterabwoba b’abayisilamu mu ntara y’amajyaruguru ya Cabo Delgado kuva muri Nyakanga 2021, zashoje ubutumwa bwazo ku mugaragaro muri iki gihugu. Isozwa ry’Ubutumwa ku mugaragaro n’umuhango wo gusezera, byabaye ku wa Kane mu murwa mukuru w’intara ya Cabo Delgado, […]
Nta ntambara n’imwe yadutera ubwoba yaturuka hano cyangwa hanze – Kagame

“Nta ntambara n’imwe yadutera ubwoba. Yaturuka hano cyangwa yaturuka hanze. Oya ntibishoboka”, uyu ni Umukandida wa FPR-Inkotanyi ku mwanya w’umukuru w’igihugu ubwo yari arimo kwiyamamaza mu Karere ka Nyagatare kuri iki Cyumweru. Umukandida Paul Kagame yatangaje ibi mu gikorwa cyo kwiyamamaza yakomereje mu Karere ka Nyagatere kuri iki Cyumweru, itariki 7 Nyakanga 2024, aho abaturage […]
RDC: FARDC igiye gushyikirizwa ibifaru 185 yari itegereje kuva mu 2020
Igisirikare cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo gikomeje kongera ubushobozi bwo kugenda n’ibindi bikoresho bya gisirikare mu kugura imodoka z’imitamenwa z’uruganda rwa Katmerciler rwo muri Turkiya . Uruganda rukora ibinyabiziga, Katmerciler, rwo muri Turkiya ruherutse kurangiza amasezerano afite agaciro ka miliyoni mirongo z’amadolari yagiranye na Kinshasa yari yaradindiye kuva mu 2020. Kuva mu mwaka wa […]
Imitwe y’Ingabo za Sudani yahungiye muri Sudani y’Epfo nyuma y’ifatwa rya Meram
Sudani y’Epfo yakiriye imitwe y’ingabo za Sudani (SAF) nyuma y’ifatwa rya Meram, umujyi uri mu burengerazuba bwa Kordofan, muri Sudani, bitera abaturage benshi guhunga. Kuri uyu wa Gatandatu ushize, Maj. Gen. Angon Ungom, Umuyobozi w’Ingabo z’igihugu cya Sudani y’Epfo (SSPDF), yatangarije Sudan Tribune ko umutekano rusange muri kariya wifashe neza, usibye ko hari imitwe ya […]
Burera: Urubyiruko 429 rwitabiriye Itorero Indangamirwa icyiciro cya 14

Minisitiri Dr Jean Damascene Bizimana n’abandi bayobozi bitabiriye igikorwa cyo gutangiza Itorero Indangamirwa14 ribera i Nkumba. Mu gihe cy’iminsi 45, uru rubyiruko ruzatozwa indangagaciro na kirazira by’umuco nyarwanda, icyerekezo cy’Igihugu n’uruhare rwabo mu kugishyira mu bikorwa. Urubyiruko rwitabiriye Itorero Indangamirwa icyiciro cya 14 rwageze kuwa Gatanu mu Karere ka Burera mu Kigo cy’Ubutore cya Nkumba, […]
RDC: Abanyamerika 2 bakurikiranweho kugerageza coup d’etat bavuze ko batewe ubwoba
Abanyamerika babiri bari kuburanishwa muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo kubera uruhare bagize mu gushaka guhirika ubutegetsi muri Gicurasi, kuwa Gatanu babwiye urukiko ko batewe ubwoba n’umuyobozi wabo ababwira ko bagomba kwifatanya nabo cyangwa bakicwa . Ku wa 19 Gicurasi, abantu bitwaje intwaro bigaruriye ibiro bya perezidansi mu murwa mukuru Kinshasa mbere y’uko uwari umuyobozi […]
Iran: Masoud Pezeshkian yasimbuye Raisi ku mwanya wa perezida
Masoud Pezeshkian wahoze ari ministri w’ubuzima muri Iran kuri uyu wa Gatandatu, itariki 6 Nyakanga 2024, yatsinze icyiciro cya kabiri cy’amatora y’umukuru w’igihugu. Yari ahanganye na Saeed Jalili, wari ashinzwe ibiganiro ku byerekeye nukiliyeri. Yari amatora yo gusimbura Ebrahim Rais uherutse gupfa azize impanuka y’indege. Perezida mushya yasabye abaturage kumushyigikira mu biganiro ateganya kugirana n’ibihugu […]
U Rwanda na Korea y’Epfo byasinyanye amasezerano ya miliyari 1$
Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Murangwa Yusuf na Ambasaderi wa Koreya y’Epfo mu Rwanda, Woo-jin Jeong, kuri uyu wa Gatanu tariki ya 5 Nyakanga 2024 basinyanye amasezerano afite agaciro ka miliyari y’amadolari. Ni amasezerano ya miliyari 1 y’amadolari y’Amerika ibihugu byombi basinyanye agamije gutera inkunga imishinga y’iterambere mu gihugu. Aya amasezerano akurikiye ayasinyiwe mu nama yahuje Koreya […]
Tchad: Amakimbirane y’aborozi n’abahinzi yaguyemo batandatu
Nibura abantu batandatu barapfuye abandi bane barakomereka mu mirwano mishya y’abaturage hagati y’abahinzi n’aborozi bo muri perefegitura ya GorĂ© yo mu Ntara ya Logone Oriental, mu majyepfo ya Tchad. Nkuko bikunze kugaragara abahinzi bashinja aborozi kuragira mu mirima yabo Ibiheruka byabaye hashize icyumweru kimwe gusa i Timberi, nko mu birometero makumyabiri uvuye i GorĂ©. Amakimbirane […]
RDC: Minisitiri w’ingabo mushya yijeje gukemura ibibazo biri muri FARDC
Kuri uyu wa Kane, itariki ya 4 Nyakanga 2024, Umugaba mukuru w’ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) Gen. Christian Tshiwewe, yamurikiye ubuyobozi bukuru bw’ingabo z’igihugu Minisitiri w’intebe wungirije, akaba na Minisitiri w’ingabo mushya, Guy Kabongo Mwadiamvita. Hari mu birori byateguwe ku cyicaro gikuru cy’ingabo giherereye muri Camp Kokolo mu murwa mukuru Kinshasa nkuko […]
Abanyaburayi bananiwe kumvikana ku kurekura inkunga igenewe RDF muri Mozambike
Abanyaburayi bananiwe kumvikana ku bijyanye no kurekura inkunga nshya y’amafaranga igenewe Ingabo z’u Rwanda yo gukoresha muri Cabo Delgado, mu gihe, u Bubiligi ngo burimo gusuzuma ibihano bishya ku butegetsi bwa Kigali bushinja gushyigikira inyeshyamba za M23. Ingingo nyinshi zerekeye u Rwanda zari ku murongo w’ibyigwa mu nama y’itsinda ry’imirimo kuri Afurika (COAFR), ku wa […]
Iburengerazuba: Icyo urubyiruko rusaba abazaruhagararira mu nteko
Mu Ntara y’Iburasirazuba, bamwe mu rubyiruko bagize inteko itora, bavuga ko hari bamwe mu bakandida batorerwa kuzabahagararira mu Nteko Ishinga Amategeko bamara kugeramo ntibagaruke ngo bumve ibyifuzo byabo, bityo bagasaba ko abazatorwa kuri iyi nshuro bajya basubira inyuma bakumva ibitekerezo byabo. Kuwa 03 Nyakanga 2024, ibi ni ibyagarutsweho ubwo abakandida depite bazahagararira urubyiruko mu Nteko […]
Trump arifuza kuyobora manda eshatu nka Perezida wa Amerika
Umukandida w’ishyaka ry’Abarepubulikani, Donald Trump, aravuga ko ashaka gutegeka manda eshatu nk’umukuru w’igihugu. Si ubwa mbere Trump atangaje ko yifuza ko habaho manda ya gatatu. Na mbere yaho, guhera mu 2019, yabivuze inshuro nyinshi. Ubu arimo arashaka iya kabiri. Muri Gicurasi, ubwo yarimo yiyamamazaga imbere y’ishyirahamwe rikomeye riharanira uburenganzira bwo gutunga imbunda, National Rifle Association, […]
Tunisia: Umukandida mu matora ya perezida yatawe muri yombi
Umuyobozi w’ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi muri Tunisia, Lotfi Mraihi, watangaje ko yifuza kuzitabira amatora ya perezida ateganijwe mu Kwakira, yatawe muri yombi na polisi akekwaho kunyereza amafaranga. Mraihi, umuyobozi w’ishyaka ry’ubumwe bwa repubulika, akaba n’umwe mu banenga cyane Perezida Kais Saied, yatawe muri yombi kuri uyu wa Gatatu ushize, nk’uko abanyapolitiki n’ibitangazamakuru byaho babitangaje. Umuvugizi […]
Perezida wa Tchad arimo gukorwaho iperereza mu Bufaransa
Iperereza ry’ibanze ryatangijwe mu Bufaransa ku birego byo kwigwizaho imitungo mu buryo butemewe bivugwa kuri Perezida wa Tchad, Mahamat Idriss DĂ©by Itno. Aya makuru yemejwe n’abegereye iyi dosiye bavugana na RFI ku wa Kabiri, itariki 2 Nyakanga. Mu mpera za 2023, ubushakashatsi bwakozwe na Mediapart bwatangaje ko amafaranga yakoreshejwe agera ku 900.000 by’amayero yo kugura […]
Gitega: Emilienne washinje umupadiri ihohotera rishingiye ku gitsina yagizwe umwere
Icyemezo kigira umwere Emilenne Sibomana cyafashwe kuwa Gatanu ushize. Aya makuru yemejwe na MaĂ®tre Michella Niyonizigiye, umwunganira. Yagaragaje ko icyo cyemezo cyamenyeshejwe kandi gisobanurirwa umukiriya we ku wa Kabiri, itariki 2 Nyakanga, muri Gereza Nkuru ya Gitega (umurwa mukuru wa politiki w’u Burundi) aho amaze umwaka urenga afungiye. Emilenne Sibomana, wari umunyamabanga w’Ishuri Ryisumbuye rya […]
USA: Biden yemeje ko ntaho yenda kujya nubwo akomeje kugaragaza intege nke
Kuri uyu wa Gatatu, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Joe Biden, yagerageje guturisha abakada bakuru mu ishyaka ry’Abademokarate n’abakozi bari kumwamamaza, nyuma y’amakuru avuga ko yaba arimo gutekereza ejo hazaza he nyuma y’ikiganirompaka yitwayemo nabi imbere ya Donald Trump mu cyumweru gishize. Biden yafatanye ifunguro rya saa sita na Visi-Perezida Kamala Harris mu […]
Sierra Leone: Itegeko ribuza gushyingira abana ryakiranwe yombi
Leta ya Sierra Leone yashyizeho itegeko rishya ribuza gushyingirwa kw’abana ryatangajwe mu birori bikomeye byateguwe na Fatima Bio, umugore wa Perezida, byabaye ku wa kabiri mu murwa mukuru Freetown. Abatumiwe, barimo umugore wa perezida wa Cap-Vert n’umugore wa perezida wa Namibia, barebaga ubwo umugabo we, Perezida Julius Maada Bio, yashyiraga umukono ku itegeko ribuza gushyingirwa […]
USA: Visi Perezida Kamala Harris ashobora gusimbura umukambwe Biden
Visi Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Kamala Harris, ari we mahitamo ya mbere Perezida Joe Biden ashobora guhitamo ngo amusimbure mu kwiyamamaza igihe yahitamo kudakomeza guhatana mu matora yo mu Gushyingo nk’uko byatangajwe na Reuters kuri uyu wa Gatatu. Reuters ivuga ko ibi ibikesha abantu bo hejuru mu gikorwa cyo kwiyamamaza kwa Biden, […]
Rulindo: Umukandida wiyamamaza ku giti cye yiyemeje kuvuganira mwalimu
Janvier Nsengiyumva, Umukandida rukumbi wigenga mu matora y’abadepite, yabwiye abaturage bo mu Karere ka Rulindo ko natorwa azavuganira mwalimu akagira ihahiro ryihariye kandi azabafasha kongerera agaciro umusaruro w’ubuhinzi. Uyu mukandida yabwiye abaturage b’i Rulindo ko nagera mu nteko azavuganira umwalimu akamusabira ko yagira iguriro ryihariye nk’uko hariho iry’abashinzwe umutekano kandi ku biciro byoroheje. Nsengiyumva avuga […]
RDC: Icyemezo cy’ubwenegihugu bwa Congo ubu kizajya gitangwa n’inzego z’iperereza
Kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 2 Nyakanga 2024, Minisitiri w’ubutabera, Constant Mutamba, mu ibaruwa yanditse, kopi yayo yageze kuri 7SUR7.CD, yashyize ahagaragara uburyo bushya bwo gutanga icyemezo cy’ubwenegihugu bwa Congo hagamijwe kurwanya icyo bise ubucengezi bukabije. Constant Mutamba yamenyesheje abaturage ba Repubulika ya Demokarasi ya Congo, ko itangwa ry’iki cyemezo ubu ryashyizwe mu biganza […]
Amafoto: Ibyaranze ukwiyamamaza kw’abakandida depite ba FPR – Inkotanyi hirya no hino

Kuri uyu wa Kabiri tariki 2 Nyakanga 2024, Ibikorwa byo kwiyamamaza kw’abakandida depite b’Umuryango FPR – Inkotanyi byakomereje mu turere dutanu tw’Intara y’Amajyepfo . Mu Karere ka Muhanga hiyamamarije abakandida depite batatu barimo Kalinijabo Barthelemy, Kampororo Jeanne d’Arc na Musonera Germain. Iki gikorwa cyabereye mu Murenge wa Rongi. Mu Karere ka Nyanza hiyamamarije abakindida depite […]