Rwamagana: Umucungamutungo wa SACCO afunzwe akekwaho kurigisa amafaranga arenga miliyoni

Ku itariki 8 Gashyantare, Polisi y’u Rwanda mu karere ka Rwamagana yafunze Gasengayire Immaculée, akaba akekwaho kurigisa amafaranga y’u Rwanda angana na 1, 2000,000 ayabikuje kuri konti ya VUP muri SACCO ya Fumbwe yari abereye umucungamutungo, iherereye mu murenge wa Fumbwe, muri aka karere, Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu ntara y’uburasirazuba,Inspector of Police (IP) […]

Zuena umugore wa Bebe Cool yikomye bikomeye abavuga ko umugabo we asabiriza

Umugore w’icyamamare muri Uganda, Bebe Cool n’agahinda kenshi yiyamye abagenda bavuga umugabo we nabi ko asabiriza amafaranga yitwaje ko aba arimo kwamamaza Perezida Museveni. Ibi yabivuze nyuma yaho Bebe Cool amaze iminsi azengurukana na Museveni aho aba yagiye kwiyamamaza mu bice bitandukanye byo muri Uganda, mu gihe bitegura amatora azaba ku italiki 18 Gashyantare 2016. […]

Umutoza Wenger yatangaje ko akamaro ka Alex Sanchez muri Arsenal kazagaragara ku cyumweru bahatana na Leicester

Mu gihe irushanwa rya Premier League rigeze ahakomeye, nibwo ibihanganjye muri ruhago birushaho kwigaragaza,ni muri urwo rwego umutoza w’ikipe ya Arsenal, Wenger yatangaje ko akamaro k’umukinnyi we Sanchez kazagaragara kuri iki cyumweru taliki ya 14 Gashyantare 2016 ku mukino uzahuza Arsenal n’ikipe ya Leicester kugeza ubu iri ku mwanya wa mbere. Ibi yabitangaje nyuma y’uko […]

Abifuza kwiga ibijyanye n’ubumenyingiro bongerewe amahirwe muri ‘‘Centre Socio Culturel Twese Hamwe’’

Ishuri ry’Imyuga Centre Socio Culturel Twese Hamwe riherereye ku Kacyiru ho mu karere ka Gasabo riributsa abifuza kuryigamo ubumenyingiro mu bijyanye n ‘ amahoteli no gutunganya imisatsi n ‘ ubwiza bw ‘u ruhu kubangukira kwiyandikisha imyanya itararangira. Mu gihe ibyumweru bigiye kuba bibiri amasomo atangiye, mu rwego rwo gufasha umuryango Nyarwanda kwivana mu bukene, no […]

John Patrick Amama Mbabazi uhatanira kuyobora Uganda ni muntu ki? Amwe mu mateka y’ubuzima bwe

John Patrick Amama Mbabazi, uzwi cyane nka Amama Mbabazi, yavutse kuwa 16 Mutarama 1949, akaba ari umunyapolitiki w’Umugande wabaye Minisitiri w’Intebe wa Uganda kuva kuwa 24 Gicurasi 2011 kugeza kuwa 19 Nzeri 2014 nk’uko tubikesha Wikipedia. Amama Mbabazi yabaye Minisitiri w’Intebe wa 10 mu mateka ya Uganda, akaba yaranagize uruhare rukomeye mu rugamba rwo kubohora […]

Umusore n’umukobwa basambaniraga mu modoka batamazwa na Camera zo ku muhanda i Los Angeles

Phillip Frank Panzica umusore ukomoka mu mujyi wa Houston na Chloe Scordianos ukomoka mu mujyi wa New York batawe muri yombi n’inzego z’umutekano nyuma yo kubabona barimo gusambanira mu muhanda mu gihe kigera mu minota 30. Uyu musore n’umukobwa bari basanzwe bakundana, bakaba baratamajwe na Camera zo ku muhanda biba ngombwa ko abapolisi bashinzwe kureba […]

Andaman, Ikirwa kidasanzwe ukijemo bwa mbere aricwa

Iki ni ikirwa cyiza kinogeye amaso ku bakirebera kure, nubwo ari cyiza cyane ku bw’umucanga ukiriho ni ikirwa kibarirwa mu birwa bya Andaman, muri Bengale mu Buhinde bw’u Burasirazuba.Ni ikirwa kitazi kwakira neza na gato abagikigendereye. Buri muntu wese wagerageje kugisura, atungurwa no kwicwa mu gihe kitarambiranye cyangwa se agakizwa n’Imana ku buryo nawe bugoranye […]

Impamvu 5 zitera abagore gutinya gukora imibonano mpuzabitsina muri pozisiyo yo kujya hejuru y’umugabo

Ubundi abagore benshi ahanini usanga bishimira uburyo bwo gutera akabariro bari hejuru y’abagabo babo kuko ngo aribwo baba bafite ubushobozi bwo kuyiyobora,mu gihe abagabo nabo bamwe na bamwe bazakubwira ko bibatwara nk’abasazi “baryoherwa” iyo abagore aribo bari hejuru. Nk’uko bitangazwa n’urubuga topsante, hari impamvu 5 z’ingenzi zituma abagore bamwe na bamwe batabasha kujya hejuru y’abagabo […]

Uganda: Perezida Museveni ngo azava ku butegetsi EAC yabaye igihugu kimwe

Perezida Museveni kuri uyu wa Kabiri yasobanuye kuba ku butegetsi kwe igihe kirekire no kongera manda y’imyaka 5 ku myaka 30 amaze ayobora Uganda avuga ko akeneye gufasha Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba kugera ku ntego yawo yo kuba igihugu kimwe. Yagize ati: “Ndi hano kugirango ndebe ko wenda twabafasha kugira Afurika y’Iburasirazuba nk’igihugu kimwe kugirango […]

FDLR ntiteye ubwoba u Rwanda “Minisitiri Mushikiwabo Louise”

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Rwanda akaba umuvugizi wa leta aravuga ko FDLR ntawe iteye ubwoba ku buryo yabuza u Rwanda gusinzira. Ibi akaba yabitangaje ubwo yari imbere ya Sena y’u Rwanda. Minisitri Louise Mushikiwabo avuga ko bidashoboka ko umutwe urwanya leta y’ u Rwanda FDLR watera u Rwanda nubwo avuga ko u Rwanda rugomba gushyira […]

Nyuma yo gusebera imbere y’Abanyakenya, Umuherwe Zari yikomeje akoresheje ijambo ry’Imana

Icyamamare Zari ukunda gutegura ibirori yise (white Party) mu minsi yashize nibwo atabivugagaho rumwe na Perezida mushya wa Tanzania Magufuri, amubwira ko ibyo birori bidahwitse, ubu noneho yagaragaje agahinda ke nyuma y’uko ibirori yateguye byahuye n’ibizazane. Zari usanzwe utegura ibi bitaramo bikitabirwa, yatunguwe no kubona abantu mbarwa aribo bitabiriye ibyo birori, ariko ngo ntiyacitse intege […]

Leta ya Vladimir Putin yateye utwatsi Amerika yayisabaga kugabanya intwaro za kirimbuzi

Leta y’Uburusiya yateye utwatsi Leta zunze ubumwe za Amerika ku ngingo y’ibiganiro yabusabaga byo kwigira hamwe uburyo Uburusiya bwagabanya intwaro z’ubumara ( Arsenal nucléaire ). Nk’uko byatangajwe na Visi-Minisitiri w’ububanyi n’amahanga n’ubutwererane w’Uburusiya, Sergue௠Riabkov, ngo Leta y’Uburusiya ntishobora kwitabira ibiganiro Amerika ibusabamo kugabanya intwaro z’ubumara. Yatangaje ko ari ibidashoboka, ati: “Icyo tugezeho ni ku […]

Nyagatare: Barishimira umusaruro w’ubukangurambaga mu kurwanya ibiyobyabwenge

Ubukangurambaga burwanya itundwa, icuruzwa n’ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge mu karere ka Nyagatare, bwatumye hafatwa ibinyobwa bitemewe birimo amakarito 500 ya Chief Warage na litiro 650 za kanyanga. Umuyobozi wa Polisi mu karere ka Nyagatare, Senior Superintendent of Police (SSP) Christian Safari avuga ko ibi biyobyabwenge bifite agaciro ka miliyoni 9 n’ibihumbi 200 (9,200,000) by’amafranga y’u Rwanda, bikaba […]

Igurishwa ry’intwaro mu Burundi ryafashe indi sura

Uburundi bwakuwe ku rutonde bw’ibihugu 98 byemerewe kugura intwaro muri Isirayeli batabiherewe uruhushya kandi nta n’ibihugu byemerewe gupfa kuzigurisha n’ubundi mu Burundi Ministre w’ingabo wa Isirayeli akaba yavuze ko ibihugu byose bicuriza intwaro mu Burundi bigomba kubanza kubisabira uburenganzira kubera ubwicanyi n’iyicarubozo rikorerwa mu Burundi. Ibi bibaye nyuma y’uko igihugu cya Isirayeli gitunzwe agatoki y’uko […]

RD Congo : Miliyoni hafi 7 z’abaturage ziri mu ntambara nshya yadutse ishyamiranyije Wumela na Yebela

Mu gihugu cya Kongo hadutse intambara y’amagambo ishyamiranyije abashyigikiye ko Perezida Kabila aguma ku butegetsi biyise Wumela ndetse n’abashyigikiye ko ava ku butegetsi biyise Yemera. Iyi ntambara ikaba iri gukorerwa ku rubuga nkoranyambaga rwa Twitter aho bagenda boherezanya ubutumwa bakunze kwita Hastags buri wese agaragaza uruhande arimo. Kugeza ubu Yemela iragenda irya isataburenge Wumela. Iyi […]

U Rwanda rwiteze inyungu mu mushinga wo gutwara amaraso atabara imbabare hifashishijwe Drones

U Rwanda rwiteze inyungu mu mushinga wo gutwara amaraso atabara imbabare hifashishijwe utudege duto tutagira umudereva, ari two bise ‘Drones’, tugiye gutangira gukoreshwa ku buso bwa 60% bw’igihugu cyose. Ibi byatangajwe nyuma y’umuhango w’isinywa ry’amasezerano hagati ya Ministeri y’Urubyiruko n’Ikoranabuhanga na Sosiyete y’Abanyamerika yitwa ZIPLINE, ari na yo izazana kandi ikajya ikoresha utwo tudege. Drone, […]

Burundi: Abahoze muri CNDD-FDD bitandukanyije nayo baba bashinze irindi shyaka bise PPD

Abahoze mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi bakaba baritandukanyije naryo nyuma y’aho ibibazo byatangijwe n’icyemezo cya perezida Nkurunziza cyo kwiyamamariza manda ya gatatu bitangiriye, biravugwa ko kuri ubu baba bamaze gushinga ishyaka ryabo. Aya makuru urubuga rwo mu Burundi rwitwa Burundi24 ruvuga ko rukesha urundi rwitwa burundiindependent.com, aravuga ko abahoze muri CNDD-FDD bitandukanyije […]

Abasirikare 3 b’Abarundi birukanwe mu ngabo za MINUSCA kubera ubwicanyi bashinjwa

Abasirikare 3 b’abarundi bari basanzwe bari mu butumwa bw’amahoro mu ngabo z’umuryango w’abibumbye muri Centrafrica (MINUSCA) birukanwe kubera ibyaha bashinjwa, ibyaha bifitanye isano n’ubwicanyi bumaze iminsi bubera mu Burundi. Nk’uko byatangajwe n’ingabo za MINUSCA, ngo abasirikare 3 b’abarundi bafite amapeti yo ku rwego rwa majoro birukanwe kubera ibyaha by’ubwicanyi bumaze iminsi bubera mu gihugu cy’u […]

Polisi y’u Rwanda yinjiye mu rugamba rwo kurwanya Malaria

Nk’uko iterambere ry’ ubuzima ari kimwe mu byo ishyira imbere, Polisi y’u Rwanda yongereye ubukangurambaga bwo kurwanya Malaria muri gahunda zayo zo kurengera ubuzima bw’abanyarwanda. Nk’uko umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda , Assistant Commissioner of Police (ACP) Celestin Twahirwa abitangaza, ubukangurambaga bwo kurwanya Malaria ni inyongera ku bukangurambaga butandukanye Polisi y’u Rwanda isanzwe ikora mu […]

Kunyara kw’abagore gukomeje kuba imbogamizi ku bakoresha imiti

Muri iyi minsi abagore n’abakobwa badafite amavangingo cyangwa batanyara bakomeje kwifashisha imiti ya gihanga ituma banyara kugira ngo babashe gushimisha abakunzi ba bo. Ubundi ubu buryo n’uburyo busigaye bukundwa n’abagabo muri iyi minsi, bityo umukobwa utanyara bikamutera ipfunwe kuko usanga ahura cyagwa ashakana n’umugabo rimwe na rimwe ugasanga barapfa ko ntamavangingo azana (atanyara), yewe hari […]

Yashatse uwamukura mu buzima aramubura birangira ajyanwe mu bitaro by'abarwayi bo mu mutwe

Umugabo urambiwe kubaho yajyanwe mu bitaro nyuma yo kwinjira muri restaurant agasaba uwakira abakiriya kumwica nk’uko byatangajwe n’igipolisi cyo mu Burusiya. Iki gipolisi ahitwa Saratov cyavuze ko uyu mugabo, utatangajwe amazina ye, yinjiye muri restaurant yambaye ubusa asa nk’uwihebye maze agakurikirana ushinzwe kwakira abakiriya mu cyumba cy’inyuma amusaba ko yamurasa mu mutwe. Ibi byose nk’uko […]

Ubwumvikane buke bushobora gutuma kaminuza ya Rusizi (RIU) ifunga imiryango

Kaminuza ya Rusizi ( Rusizi International University)kuva yashingwa kugeza magingo aya irarangwamo amacakubiri aturutse ku banyamigabane bayo batanu hamwe na nyirayo Dr Pascal Gahutu. Minisiteri y’Uburezi ( Mineduc) irasaba aba banyamigabane kumvikana bitaba ibyo kaminuza igafungwa. Ni nyuma y’aho iyo kaminuza yagiye irangwa n’imikorere mibi ishingiye ku bwumvikane buke bw’abanyabigabane batanu bayishinze. Dr Gahutu Pascal, […]

Nagiye nica abantu mbakase amajosi- Umwicanyi wa Islamic State

Umwe mu byihebe bya Islamic State wafashwe muri Irak ubu akaba afungiye muri gereza ya Bagdad muri Irak yatangaje ko yicaga abantu abakase amajosi. Mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru babigize umwuga ba France 3, yatangaje ko ajya aryama akarota nabi, akabona amashusho adasanzwe nyuma y’ibyo yakoze Ati: “ i Ramadi nicaga abantu mbakase amajosi ”. Abanyamakuru […]

Uganda yasubije imodoka zibwe mu Bwongereza zisaga 24 mu gihe u Rwanda rwasubije imwe

Imodoka zisaga 24 bikekwa ko zibwe mu Bwongereza zikazanwa muri Uganda kuri uyu wa kabiri zasubijwe abayobozi b’u Bwongereza n’Ikigo cy’igihugu cy’imisoro (URA). Izi modoka zifite agaciro k’amamiliyari y’amashilingi ya Uganda zari ziganjemo izo mu bwoko bwa Range Rovers, Audi, Beattles na Lexus, zafatiwe mu mukwabu wiswe Navigation wo muri Nyakanga 2015. Zimwe muri izi […]

Umunyakenya Huddah Monroe yifotoye yikuyemo ipantaro amafoto anyanyagizwa ku mbuga nkoranyambaga

Umunyamideli ukomoka muri Kenya Huddah Monroe, yavugishishe benshi amangambure ubwo yikuragamo ipantaro akifotora amafoto yambaye umwenda umeze nk’inyuguti ya V ugaragaza ubwambure. Uyu mukobwa yabikoze ubwo yari ageze ku kibuga k’indenge ubwo yari ari ku rugendo rw’ahatatangajwe, nk’uko bitangazwa n’ikinyamakuru Ghafla, ngo Huddah yari yananiwe kwihangana ngo agere aho yari gucumbika ahitamo kwifata amafoto ari […]

RDC: 15 basize agatwe mu mirwano yashyamiranyije FDLR na Mai Mai

Abantu 15 bishwe abandi 5 barakomereka mu mirwano yashyamiranyije umutwe wa FDLR na Mai Mai NDC/Renove de Guidon. Iyo mirwano ikaba yarabereye i Mukeberwa muri territoire ya Lubero muri Kivu ya Ruguru ku cyumweru tariki ya 7 Gashyantare 2016. Umuyobozi wa Teritoire ya Lubero Bokele Joy avuga ko abakomerekeye muri iyi mirwano boherejwe kuvurirwa mu […]

Rahamatali wari ufite umwihariko mu irushanwa “Miss Rwanda 2016” yasezeye

Naima Rahamatali ni umwe mu bakobwa bitabiriye irushanwa rya Miss Rwanda 2016 akaba yari asanzwe abarizwa muri Canada i Montreal, gusa kugeza ubu ntakibarizwa muri iri rushanwa kuko yamaze gusezera kubera impamvu z’umubyeyi we urwaye bikomeye. Rahamatali yababajwe no kuba avuye mu irushanwa, yaravuye Canada ari cyo kimuzanye gusa yakomeje gushimira abakunzi be bari bamushyigikiye […]

Minisitiri Mushikiwabo yatangarije abasenateri uko umubano w’u Rwanda n’ibindi bihugu wifashe muri iki gihe

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Rwanda, Louise Mushikiwabo yasobanuriye abagize Inteko Ishinga Amategeko, Umutwe wa Sena uko umubano w’u Rwanda n’ibindi bihugu wifashe agaragaza ko muri rusange umubano n’ibindi bihugu wifashe neza usibye igihugu cy’u Burundi. Hari mu gitondo cyo kuri uyu wa kabiri tariki 09 Gashyantare aho minisitiri Mushikiwabo yabanje kuganira n’abasenateri mu muhezo mbere […]

Intambwe 4 zagufasha gukira ibikomere wanyuzemo ibyo aribyo byose

Kugira ngo ugere ku ntambwe yo gukira ibyo bikomere uba waratewe n’ibyo wanyuzemo hari intambwe enye ukeneye gutera. Kwakira ibyakubayeho : aha rero niho kugira icyunamo bifashiriza umutima ukomeretse kuko icyunamo ari urugendo umuntu akora rukamufasha kwakira ibyamubayeho ndetse bikamufasha gutangira ubuzima bushya. Kubisohora muri wowe : Kuvuga ibyakubayeho, kubyandika, gutanga ubuhamya ndetse no kurira […]

Umusirikare wari umaze iminsi 6 yararengewe n’urubura yatabawe ari muzima bifatwa nk’igitangaza cy’Imana

Umusirikare umwe ukomoka mu gihugu cy’ubuhinde, yatabawe ari muzima nyuma y’iminsi 6 yararengewe n’urubura, inshuti n’abavandimwe bararize barihanagura biyumvisha ko yapfuye. Nk’uko byatangajwe na Leta y’Ubuhinde, ngo mu cyumweru gishize nibwo abasirikare 10 barengewe n’urubura(neige) ahitwa Siachen agace k’urubura rwinshi, ubuyobozi bukaba butizeraga ko hari n’umwe buzasanga agihumeka. Nk’uko byatangajwe na Gén D.S. Hooda, kuri […]

Biravugwa ko habonetse urutare rutanga amafaranga mu karere ka Rulindo

Nyuma yaho bihwihwishijwe ko hari urutare rurimo kuruka amafaranga mu Murenge wa Cyungo, Akagari ka Marembo mu Mudugudu wa Rusayu ho mu karere ka Rulindo, abantu benshi bakomeje kujya gusura urwo rutare ariko bagategereza ko aza bagataha amara masa. Aya makuru yagiye avugwa niyo yatumye abantu benshi bakomeza kugenda basura uru rutare, umutangabuhamya yagize ati: […]

Kenya: Umukinnyi w’urusimbi wariye karungu yivuganye abakozi 2 ba Casino yakiniragamo nawe aricwa

Umukinnyi w’urusimbi mu mujyi wa Nairobi ho mu gihugu cya Kenya yakebutse yashiriwe mu gitondo cyo kuri uyu wa kabiri maze ahita yadukira abayobozi babiri ba Casino yakiniragamo arabatemagura kugeza bapfuye nyuma y’uko yari amaze gutakaza 30,000 by’Amashilingi ya Kenya. Uyu mugabo witwa John Muchanga nawe yaje kwicwa n’igihiriri cy’abantu ubwo yageragezaga gutera undi muyobozi […]

Gen Didier Nyambariza yatangaje aho bageze urugamba bise urwo guhirika Perezida Nkurunziza

Gen Didier Nyambariza umwe mu basirikare bahunze igihugu nyuma agatangaza ko yashinze umutwe wa gisirikare wo kuzagaruka mu gihugu ku ngufu uje guhirika Perezida Nkurunziza w’u Burundi ku butegetsi, kuri ubu yatangaje aho urugamba barugeze bitegura kugaruka. Gen Nyambariza yabanje kugaruka cyane ku bwicanyi bumaze iminsi bukorwa mu Burundi, ubu bwicanyi akaba abuvuga nk’ubushingiye ku […]

Rulindo:Abanyeshuri ba APAPEC-Murambi bigishijwe ububi bw’ibiyobyabwenge

​Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda mu karere ka Rulindo, Senior Superintendent of Police (SSP) Felix Bizimana, mu mpera z’icyumweru gishize, yagiranye inama n’abanyeshuri bagera kuri 400 biga muri Association des Parents pour la Promotion de l’Education et Culture- Murambi (APAPEC-Murambi) abigisha ubwoko bw’ibiyobyabwenge, ingaruka mbi zabyo, kandi abakangurira kubyirinda no guha Polisi y’u Rwanda amakuru […]

RDC: Amakimbirane hagati y’Abahutu n’Abanande yaguyemo abantu 21 abandi 40 barakomereka — Loni

Byibuze abantu 21 barishwe, abandi 40 barakomereka mu gihe ingo zirenga 10 nazo zatwitswe nyuma y’ibitero byagabwe ku bahutu bo mu burasirazuba bwa Congo nk’uko byatangajwe n’Umuryango w’Abibumbye kuri uyu wa Mbere ugaragaza impungenge z’ubwiyongere bw’amakimbirane ashingiye ku moko. Ibi bitero byo muri iyi weekend ishize bikaba ari ibiheruka byaranze amakimbirane hagati y’Abahutu n’andi moko. […]

Virus Zika yageze mu gihugu cya Uganda.

Nyuma yo gushegesha ibihugu bya Amerika y’epfo cyane cyane igihugu cya Colombie aho yibasiye abagore batwite 3000 igateza abana babo kuvukana ubumuga bw’umutwe no kugira inenge y’ubwoko budashyitse, ubu iyi virus ya Zika yamaze kwambuka amazi magari igaruka muri Uganda mu gace ka Entebbe aho abahanga bavuga ko ariho yaba yarakomotse. Nyuma yo kuva muri […]

Museveni ubu arashaje si uwo guteza intambara — Dr Kiiza Besigye

Museveni ubu arashaje si uwo guteza intambara. Ayo ni amwe mu magambo umukandida w’ishyaka FDC, Dr Kiiza Besigye, abwira abamaze iminsi bakwiza poropaganda zivuga ko Museveni naramuka atsinzwe amatora azahita ateza intambara. “Museveni ubu arashaje si uwo guteza intambara”, uwo ni Dr Besigye wakomeje yibaza ati: “Ni gute yarwana?” “Ntimwumve iterabwoba ry’uko Museveni natsindwa amatora, […]

Dr James Gatera wayoboraga BK kuva mu 2007 yasimbujwe Dr Diane Karusisi

Uwari umuyobozi wa Banki ya Kigali kuva mu 2007, Dr Gatera James yakuwe ku mwanya we asimburwa na Dr Diane Karusisi nk’uko bigaragara mu itangazo ryashyizweho umukono n’Umuyobozi w’inama y’ubutegetsi ya BK, Marc Holtzman n’Umunyamabanga w’iyi Banki, Shivon Byamukama, rivuga ko Banki ya Kigali yemeye ubwegure bwa Dr Gatera, wayoboraga BK kuva mu 2007. Iri […]

Rutahizamu ukomoka muri Mali arabarizwa muri Rayon Sports

Ismaila Diarra ni umukinnyi ukomoka muri Mali akaba yakiniraga ikipe ya Chabab Atlas Khenifra yo muri Maroc, ariko ubu akaba yaguzwe na Rayon Sports. Umwe mu bayobozi ba Rayon Sports akaba yavuze ko uyu mukinnyi ukomoka muri Mali yarambagijwe n’umutoza mukuru w’ikipe Ivan Minnaert, abagaragariza ko uyu mukinnyi ari mwiza ko hari ibyo yahindura mu […]

Menya byinshi ku munara w’I Babeli, nyirabayazana yo kuvuga indimi zitandukanye

Uyu munara w’Ibabeli uvugwa muri Bibiriya mu isezerano rya kera ugenekereje usobanura irembo ry’Imana ,habonekamo inkomoko y’indimi zikoreshwa ku isi, nyuma kubera amatsiko abantu bagiraga. Ibyo byatumye bashaka kujya kureba Imana ngo bahangane nayo bayireba amaso ku maso ndetse no gushaka kwishyira hejuru kugira ngo isi yose ibabone kandi ibamenye bityo izina ryabo rimenyekane ,bahitamo […]

Umuyobozi mukuru w’iperereza rya Gisirikare yirukanywe mu mirimo ye

Perezida wa Repubulika akaba n’Umugaba w’Ingabo w’Ikirenga yirukanye Major Gen Rutatina wari usanzwe uyoboye iperereza rya Gisirikare (J2) ndetse anahinduranya ku myanya abandi basirikare bakuru bahita batangira imirimo mashya bakimara gutangazwa. Dore uko aba basirikare bakuru bahinduriwe inshingano Nk’uko tubikesha urubuga rwa Minisiteri y’ingaboGen Major Jacques Musemakweli wayoboraga abarinda umukuru w’igihugu ni we ubaye Umugaba […]

Icyamamare Mayweather Floyd yahagaritse umukino w’iteramakofe

Umukinnyi w’iteramakofe Floyd Mayweather yatangaje ko ashobora kutazagaruka mu kibuga mu mukino w’iteramakofe ariko yongeraho ko ashobora kugaruka bibaye ngombwa. Uyu musore w’imyaka 38 y’amavuko uvuga ko ashobora guhagarika umukino w’iteramakofe, yavuze ko yishimiye umwanzuro yafashe wo kuba aretse uwo mukino, bityo akabasha kwita ku cyerekezo cy’ubuzima bwe abifashijwemo n’umujyanama we Al Haymon. Mu magambo […]

Zimbabwe: Nyuma yo kubura ibyo kurya abasirikare basubijwe iwabo ku ivuko

Igisirikare cya Zimbabwe kizwi nka ZNA cyugarijwe n’ubukene bwo kubura ibyo kurya bwatumye leta ifata icyemezo cyo gusezerera abasirikare bakajya kuruhukira mu ngo zabo. Muri iki gihe igisirikare cya leta (ZNA) cyugarijwe n’ubukene no kubura amafunguro umwaka ushize ubuyobozi bw’igisirikare muri iki gihugu bwari bwashyizeho itegeko ryo guha bamwe mu basirikare ikiruhuko bakajya mu miryango […]

Dore amayeri 9 umugabo agomba gukoresha kugirango umugore we anyurwe n’imibonano mpuzabitsina

Izi nyigisho ziba zigenewe abashakanye cyangwa se abari mu nzira yo kurushinga, Hagati y’abashakanye akabariro ni ngomba kandi ni ingenzi mu kubaka urugo ndetse no kwagura umuryango, iki gikorwa hagati yabashakanye kiba ari ibanga hagati yabo ndetse ntagereranwa iyo uganiriye nabo cyangwa umwe muri bo. Nk’uko bitangazwa n’urubuga rwa interineti Topsante, ngo umugabo cyangwa se […]

Inzara iravuza ubuhuha mu mpunzi z’abanyekongo

Nyuma y’icyemezo cyafashwe cy’uko impunzi z’abanyekongo zitazongera guhabwa ibyo kurya ahubwo ko bazahabwa amafaranga, ubu ayo mafaranga yatinze kubageraho bituma bamwe mu mpunzi z’abanyekongo ziri mu nkambi ya Gihembe mu karere ka Gicumbi batangira gutaka inzara. Impunzi zigera kuri 50 zimaze iminsi zisiragira ku karere ka Gicumbi ziza gusaba ibyo kurya bitewe n’uko ntabyo kurya […]

U Burusiya buravuga ko bwaburijemo ibitero bya Islamic State muri Moscow n’ahandi

Leta y’u Burusiya iratangaza ko yataye muri yombi abantu barindwi bo mu mutwe wa Islamic State bateguraga kugaba ibitero muri Moscow, Saint Petersburg ndetse no mu karere ka Sverdlovsk. Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara na serivisi zishinzwe umutekano w’igihugu, haravugwamo ko abo bantu bafatiwe mu mujyi wa Urals wo mu ntara ya Yekaterinburg, aho bivugwa ko […]

Nasho: Umugabo n’umugore bafatanyije kwica umwana wabo

Ku wa gatandatu tariki ya 6 Gashyantare 2016, nibwo umurambo w’umwana w’imyaka 5 watahuwe mu rufunzo rwa Nasho ruherereye mu karere ka Kirehe, Umurenge wa Mpanga mu kagari ka Nasho , se w’uyu mwana akaba atangaza ko ari we wamwishe afatanyije n’umugore we. Mazimpaka Patrick ni we se w’uwo mwana wishwe, akaba yaratangaje ko uwo […]

Internet y’u Rwanda yaba yagabweho igitero na ba rushimusi

Agatsiko kiyise Anonymous kagizwe n’abahanga mu kwinjira mu mabanga abitse muri za mudasobwa bazwi nka Hackers mu cyongereza karavuga ko kagabye igitero ku mbuga zifite aho zihuriye na guverinoma y’u Rwanda nubwo mu Rwanda batarabyemeza. Nk’uko bigaragara mu itangazo ryashyizwe ahagaragara n’aka gatsiko kabinyujije ku ishami ryako ryitwa World Hacker Team, kavuga ko kagabye igitero […]

Uganda: Perezida Museveni ndetse na UPDF barasabwa kuzigengesera mu bihe by’amatora na nyuma yayo

Ibihugu bya Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’u Bwongereza, ibihugu bibiri byafashije perezida Museveni kuguma ku butegetsi, byasohoye itangazo bisaba perezida Museveni kuzirengera ingaruka zishobora guterwa no kuzakoresha imbaraga yica abantu bazigaragambya nyuma y’amatora. Igisirikare cya Uganda, UPDF, nacyo cyaburiwe kutazivanga mu bikorwa byo guhiga bukware abazigaragambya, ibintu byatumye umugaba w;ingabo za Uganda, Katumba Wamala […]

Huye: Urubyiruko rw’abakorerabushake mu kwicungira umutekano rwasabwe kuzirikana inshingano zarwo

​Ku itariki 5 Gashyantare, umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda mu karere ka Huye, Senior Superintendent of Police (SSP) Francis Muheto yagiranye inama n’abagize ihuriro ry’urubyiruko Nyarwanda rw’abakorerabushake mu kwicungira umutekano (Rwandan Youth Volunteers in Community Policing- RYVCP) bagera kuri 40 bo muri aka karere, abasaba kurushaho gukangurira abandi kwirinda ibyaha aho biva bikagera. SSP Muheto […]

Tanzaniya yemeye ko icumbikiye abasirikare 40 bacitse igisirikare cy’u Burundi

Leta ya Tanzaniya yemeje amakuru yavugwaga ariko adafite gihamya ko yaba icumbikiye abasirikare 40 b’Abarundi bacitse mu gisirikare cy’u Burundi. Minisitiri ushinzwe ibibazo by’abinjira n’abasohoka, Charles Kitwanga, yasobanuye ko aba basirikare bagera kuri 40 babafite muri Tanzaniya nk’izindi mpunzi zose z’abarundi ziri muri iki gihugu. Yakomeje avuga ko aba basirikare bakambitse mu nkambi y’impunzi ya […]

Umwana w’umukobwa yasutse acide ku gitsina cy’umugabo

Umukobwa ufite imyaka 17 y’amavuko yasutse acide ku gitsina cy’umusore wari incuti ye ufite imyaka 25 y’amavuko amuziza gushira hanze video y’urukozasoni mu mibonano mpuzabitsina bagiranye. Umukobwa wiswe “AENS” akimara kubona iyo video mu buryo butunguranye umujinya waramutashye maze ahigisha uruhindu ahantu hose uyu musore witwa “Humphrey Khoza” aho yaba aherereye, yaje kumusanga mu kabare […]

Inda Wema Sepetu atwite yateye ishyari n’agahinda Penniel wahoze akundana na Diamond

Penniel Mungilwa uzwi cyane nka Vj Penny yatangaje ko kuba Wema Sepetu atwite bimutera ishyari n’agahinda, bityo ngo akarara atagohetse. Aba bombi bakaba barigeze kuba abakunzi b’icyamamare Diamond Platnumz ndetse bemeza ko bagiranye ibihe byiza. Uyu mukobwa Penny usanzwe ari umunyamakuru kuri Zouk TV, yavuze ko atishimiye ugutwita kwa Sepetu kuko bituma aba nk’umusazi. Mu […]

Umukobwa bamusanze hejuru y’inzu yambaye ubusa-AMAFOTO

Kuwa gatanu w’icyumweru gishize mu rukera nibwo abantu batunguwe no kubona umukobwa wambaye ubusa ari hejuru y’inzu ntacyo yitayeho. Abantu bagiye biyongera bigeza aho baba benshi cyane ariko bakomeza gureba iryo shyano ryabaye, ntibyavuzweho rumwe, bamwe bati birashoboka ko yaba yarozwe abandi bati ni umusazi. Umusore w’inkwakuzi yuriye inzu aramumanura, akimugeza hasi bamuhase ibibazo bitandukanye […]

Gen. Lafourcarde wari uyoboye Operation Turquoise aricuza Abatutsi bo mu Bisesero bishwe yarashoboraga kubatabara

Umwe mu bayobozi b’ingabo z’u Bufaransa zari muri Operation Turquoise mu Rwanda mu 1994 yasobanuye mu kwezi gushize uruhare rwe ndetse n’urw’ingabo z’u Bufaransa mu gihe cya Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994, imbere y’ubutabera bw’u Bufaransa. Gen. Jean Claude Lafourcarde yumviswe n’umucamanza Claude Choquet kuwa 12 no kuwa 14 Mutarama nk’umutangabuhamya wiboneye ibyabaye n’amaso ye, […]