Icyo Polisi yâu Rwanda itangaza ku mutekano wagaragaye muri CHAN
Polisi yâu Rwanda iratangaza ko ishimira abitabiriye Shampiyona yâIbihugu ya Afurika(CHAN) uburyo bitwaye kugirango irushanwa ryose rigende neza. U Rwanda nirwo rwakiriye iri rushanwa ku nshuro yaryo ya kane, rikaba ryaratangiye ku italiki ya 16 Mutarama 2016 rigomba kumara ibyumweru bitatu kuko ryarangiye ejo ku cyumweru (7/02/2016), rikaba ritegurwa nâishyirahamwe ryâumupira wâamaguru muri Afurika (CAF). […]
Burundi: Ubwicanyi bwongeye gukaza umurego, abantu 9 bishwe mu majoro 2
Mu gihe hari hashize iminsi haticwa abantu benshi mu Burundi, kuri ubu ubwicanyi busa nkâubwongeye gukaza umurego dore ko mu majoro abiri hamaze kwicwa abantu 9. Mu ijoro ryo kuwa Gatandatu tariki ya 6 Gashyantare 2016, mu gace ka Kinama hatewe gerenade 3 zihitana abantu 4 abandi 12 barakomereka, muri abo bahitanwe nazo harimo umwana […]
Umufana w'ikipe ya Congo yahitanwe n'impanuka ubwo yajyaga gufana i Kigali
Ubwo haburaga amasaha make ngo umukino wari utegerejwe na benshi utangire, umukino wa nyuma wa CHAN wari utegerejwe na benshi i Kigali wagombaga guhuza ikipe ya Congo n’iya Mali, ubwo abafana b’ikipe bageraga mu ishyamba rya Nyungwe baje gufana ikipe yabo ya Congo bakoze impanuka umwe muri bo ahita abavamo. Nk’uko byemejwe n’umuvugizi wa Polisi […]
Uganda: Abanyamakuru 2 ba BBC batawe muri yombi nâigipolisi
Ku mugoroba wo kuri uyu wa gatandatu igipolisi cya Uganda cyataye muri yombi abanyamakuru babiri ba BBC World mu majyaruguru ya Uganda. Abatawe muri yombi nkâuko amakuru yageraga kuri Chimpreports avuga bakaba ari umunyamakuru Catherine Byaruhanga ndetse na cameraman we, Kelvin Brown. Uyu Kevin akaba yari gafotozi wa BBC ushinzwe Afurika nâUburasirazuba bwo Hagati. Iyi […]
Nshobora kuba nkeneye umugabo ufite igitsina kinini cyane kuko uwanjye ntageza aho ndyoherwa- Ugisha inama
Njye mfite ikibazo ngirango nisangije kuko mu bahungu barenga bane bose tumaze gukundana kandi turyamana nta numwe ubikora ngo numve ageze aho nifuza, naho nashakiye umugabo ntabwo ageza aho numva nezerewe. Ubu sinzi icyo nakora kuko ngiye kuzahurwa nâabagabo kuko iyo ntekereje umugabo mba numva ngiye guta umwanya kuko turabikora nkumva ameze nkâurimo gukoza inyuma […]
Abaturage bujuje ibisabwa ngo bitorere abayobozi barasabwa kuzazinduka kandi bagatora mu kinyabupfura
Guhera ku isaha ya Saa moya za mugitondo kuri uyu wa Mbere tariki 08 Gashyantare 2016 Abanyarwanda bagejeje ku myaka yo gutora baraba bari mu gikorwa cyo gutora abayobozi ku nzego zitandukanye uhereye ku rwego rwâumudugudu kugeza ku murenge. Abemerewe gutora barasabwa kujya gutora bujuje ibisabwa byose, kugira ngo hatazagira ubuzwa kuzuza inshingano ze nâuburenganzira […]
Polisi yâu Rwanda ifunze abagabo 4 bakurikiranyweho kugerageza kwiba miliyoni 30,5
Polisi yâu Rwanda ifunze abagabo bane bakurikiranyweho kugerageza kwiba miliyoni 30,5 bakoresheje sheki yâimpimbano bayavanye muri Banki yâubucuruzi ya Kenya (KCB) bayimurira muri Banki ya Kigali (BK). Nkâuko Assistant Commissioner of Police (ACP) Celestin Twahirwa akaba nâumuvugizi wa Polisi yâu Rwanda abitangaza, ngo aba bagabo bahimbye sheki yâumukiliya wa KCB yagombaga kwimurira amafaranga angana na […]
Korea ya Ruguru yarashe igisasu cya kirimbuzi(missile) none byateye impagarara Ubuyapani, Amerika,âŚ
Korea ya ruguru yateye igisasu cya kirimbuzi (missile) kigera kure mu kirere, bivugwa ko ari igeragezwa rya missile bisanzwe bibujijwe. Television ya Leta yavuze ko Korea ya ruguru yarashe icyo gisasu ndetse ko icyo gikorwa cyo gushyira icyo gisasu mu kirere cyagenze neza cyane. Icyo gikorwa cyamaganwe mbere na mbere nâUbuyapani, Korea yâEpfo na Amerika, […]
Habyarimana, Ndadaye, Sankara na Kadhafi ku rutonde rwâabaperezida ba Afurika bishwe bagambaniwe nâu Bufaransa
Kuva mu 1963 abaperezida barenga 22 bo muri Afurika bari bakiri ku butegetsi bagiye bicwa ku kagambane kâigihugu cyâu Bufaransa abenshi bakaba bari abo mu bihugu bwakolonije cyangwa bwabaga bufite ijambo muri politiki yabyo. Uheruka kwivuganwa akaba ari perezida Kadhafi wa Libya wishwe ku kagambane kâinzego zâubutasi zâu Bufaransa zirimo SDECE, DGSE na DST bivugwa […]
Khloe, umuvandimwe wa Kim Kardashian yashyize amafoto ye ku karubanda yambaye uko yavutse-REBA AMAFOTO
Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 7 Gashyantare, Khloe Kardashian umugore wâimyaka 31 yâamavuko akaba nâumuvandimwe wa Kim Kardashian, yashyize hanze amafoto yambaye uko yavutse. Aya mafoto agaragaza ubwambure bwâuyu mugore Khloe, yayasangije abakunzi be abicishije ku rukuta rwe rwa Twitter, akaba yatangaje ko yigereranyaga nâicyamamare nyakwigendera Marilyn Monroe wapfuye mu mwaka wâ1962. Nkâuko bitangazwa […]
Moise Katumbi na Vital Kamerhe baraza gufana Congo mu gihe perezida Kabila nawe yohereje indege izana abafana
Perezida Joseph kabila wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo yakodesheje indege ya Congo Airways ngo ijyane abafana bâikipe yâigihugu yâumupira wâamaguru I Kigali bajye kuyitera ingabo mu bitugu ku mukino wa nyuma wâirushanwa rya CHAN 2016, uyihuza nâikipe yâigihugu ya Mali kuri iki Cyumweru kuri Stade Amahoro I Remera. Aya makuru yamenyekanye nyuma yâitangazo ryaturutse […]
Abasirikare barindaga Gen Pontien Gaciyubwenge wahunze ashinjwa ubugambanyi ngo bafungiye ahatazwi
Mu gihe bitangazwa ko mu Burundi hakomeje kugaragara ibibazo byâumutekano muke, igikomeje gutera inkeke benshi ni itabwa muri yombi rya bamwe mu bashoferi nâabarindaga umutekano wâabayobozi muri polisi nâigisirikare ubu bahunze igihugu kubera kutavuga rumwe na Perezida Nkurunziza. Bivugwa ko urwego rushinzwe iperereza mu Burundi ari rwo rwirirwa ruta muri yombi cyane cyane abashoferi batwaraga […]
Umugaba mukuru wa FDLR, Lt Gen. Sylvestre Mudacumura yaba aherutse kurusimbuka â Raporo yâImpuguke za Loni
Mu gihe ibikorwa bya gisirikare byo kurwanya imitwe yitwaje intwaro mu Ntara ya Kivu yâAmajyepfo bivugwaho kugenda biguruntege, muri kivu yâAmajyaruguru Sokola II yarakomeje, aho mu mpera zâumwaka ushize, ingabo za congo, FARDC zabashije kwigarurira ibirindiro bikuru bya FDLR ku Gasozi ka Rushihe muri Teritwari ya Walikale ndetse nâibindi birindiro byâahitwa Mumo, ariko umugaba mukuru […]
Nyagatare: Abantu 4 bafunze bakekwaho guha ruswa abapolisi
Mu gihe Polisi yâu Rwanda ndetse nâizindi nzego za Leta bakomeje urugamba rwo kurwanya ruswa nâibisigisigi byayo, hari bamwe mu baturage batarumva ko ruswa itemewe mu Rwanda ndetse ihanwa nâamategeko kuko , ku itariki ya 5 Gashyantare 2016, Polisi ikorera mu karere ka Nyagatare yafashe abagabo 4 bakekwaho guha ruswa abapolisi. Turihiwe Alexandre wâimyaka 31 […]
Bujumbura: Abantu bitwaje intwaro bagabye igitero hicwa abantu 4
Abantu bakekwa ko ari 4 nibo bamaze kwitaba Imana nyuma yâigitero cyagabwe nâabantu batazwi mu gace ka Gikoto, zone ya Musaga muri Bujumbura. Iki gitero cyabaye mu ijroro ryo kuwa Gatanu bishyira kuwa Gatandatu, abamaze kumenyekana ko bishwe ni bane naho abandi batatu bakaba barakomeretse. Amakuru atangwa na bamwe mu baturage baturiye ako gace kabereyemo […]
Kamonyi: Abakora umwuga wo gutwara abagenzi ku magare biyemeje kugira uruhare mu kurwanya ibiyobyabwenge
ââŹâšAbakora umwuga wo gutwara abagenzi ku magare bagera ku 50 bibumbiye mu Koperative yitwa âTwizamureâ bo mu murenge wa Runda, mu karere ka Kamonyi, bakanguriwe kurwanya ibiyobyabwenge mu gihe bakora imirimo yabo ya buri munsi ndetse no hanze yâakazi bakora. Ibi babikanguriwe mu nama bagiranye na Superintendent of Police (SP) Donald Kinani , umuyobozi wa […]
Muri Brasil abagore batwite babujijwe gusomana
Mu gihe muri Brasil harimo kubera iserukiramuco (Carnival) abahanga mu bushakashatsi bavumbuye agakoko kandurira mu gusomana kitwa âZika virusâ, abo bashakashatsi bavuga ko ako gakoko gafatira mu macandwe no mu nkari bityo bihanangiriza abagore batwite muri Brasil kwirinda gusomana. ikigo gikora ubushakashatsi muri Brasil Oswaldo Cruz Foundation, kihanangirije abagore batwite ko bagomba kwirinda gusomana n’abantu […]
Nyabihu: Abaturage bakanguriwe kwirinda amakimbirane
ââŹâšAbaturage bo mu kagari ka Jaba, mu murenge wa Mukamira, ho mu karere ka Nyabihu bakanguriwe kwirinda amakimbirane ayo ari yo yose no gutanga amakuru ku gihe yâabayafitanye kugira ngo bagirwe inama yâukuntu bayakemura. Ibi babikanguriwe ku itariki 4 Gashyantare mu kiganiro bahawe na Assistant Inspector of Police (AIP) Marie Rose Uwizera, akaba ashinzwe imikoranire […]
EALA yanze ko u Burundi bwirukanwa muri EAC.
Inteko ishinga amategeko yâumuryango wâibihugu bya Afurika yâUburasirazuba EALA yanze kwakira icyifuzo cyo gukura u Burundi mu muryango wa Afurika yâ Uburasirazuba EAC nkâuko byari byasabwe nâamashyirahamwe adaharanira inyungu za politiki muri Afurika yâu Burasirazuba afatanyije nâishyirahamwe ryâabacamanza muri uyu muryango (PALU : Pan African Lawyers Union). Aya mashirahamwe yari yasabiye uBurundi ko bwafatirwa ibihano […]
Abakora umwuga wo gutwara abagenzi kuri moto bakomeje kugaragaza uruhare mu gukumira ibyaha
ââŹâšAbakora umwuga wo gutwara abagenzi kuri moto bakomeje kugaragaza uruhare rwabo mu kwicungira umutekano, ibyo bikaba bigaragarira mu bikorwa bitandukanye bajya bakora nko gushyiraho amahuriro agamije kurwanya no gukumira ibyaha. Abakorera uyu mwuga mu murenge wa Jenda, mu karere ka Nyabihu, bibumbiye muri Cooperative de Taxi Motos Kabatwa- Nyabihu (COTAMOKANYA), ku itariki 4 Gashyantare, na […]
Kumva utagishaka gutera akabariro, byaba byaba biterwa nâiki? Impuguke irasubiza
Muri iyi minsi usanga ingo nyinshi zâabashakanye zifite ikibazo mu byerekeranye nâinshuro zo gutera akabariro aho usanga kenshi umwe yifuza gutera akabariro mugenzi we babana mu rugo we atabishaka. Iki kibazo kibangamiye abatari bake mu bashakanye dore ko bamwe bafatiraho umwanzuro bavuga batiâ Buriya uwo dukundana anca inyuma cyangwa mu byâukuri ntago ankunda koko nkâuko […]
Jose Mourinho yamaze gusinya muri Man U naho Van we yitegura guhambirizwa
Nyuma yo kwirukanwa mu ikipe ya Chelsea, azira kudatanga umusaruro bikaza kuvugwa cyane ko yaba agiye kwerekeza mu ikipe ya manchester united ubu noneho byabaye impamo, Jose Mournho yamaze gusinya amasezerano muri Man Utd naho Van Gaal ahabwa integuza. Uyu mugabo ukomoka mu gihugu Cya Portugal yamaze gutangaza ko yamaze kwigarurira ikibuga cya Old Traffod […]
Umunyamideli Debby Sempaka arashinjwa guhabwa impano y'inzu ayikesha ubwambure bwe
Debby Sempaka umunya Uganda ufite inkomoko muri Afurika Y’epfo aravugwaho guhabwa inzu ifite agaciro ka miliyoni 400 z’amashiringi. Iyo nzu akaba yarayihawe nkâigihembo nyuma yo kwiyambika ubusa uwayimuhaye akabishima. Nyuma yâaho iyo nzu igiriye ahabona ahabona, Debby avuga ko yatwaye ako kayabo ariko kandi akabishimira imana. Uyu munyamideli ukunda kwigaragaza yashyize ubwambure bwe ku Karubanda […]
Umukuru wâishyaka ryanga urunuka abimukira yahawe igihembo cyâibinyoma
Ikinyamakuru France Info cyageneye Perezida wâishyaka rya Front National mu Bufaransa, Marie Le Pen, igihembo cyâumubeshyi muri politiki kubera ibinyoma yasukiranyije aharabika abimukira ubwo yamamazaga ishyaka rye mu mwaka ushize . Iri shyaka rivugwaho kwanga urunuka abimukira cyane cyane abakomoka ku mugabane wa Afurika France Info dukesha iyi nkuru ivuga ko Icyo gihembo gitangwa nâabanyamakuru […]
Yakubiswe nâinkuba ubwo uwo yari yagambaniye ngo yicwe amusanze mu kiliyo cyo kumwibuka.
Umurundikazi Noella Rukundo utuye mu gihugu cya Australiya aherutse kugambanirwa nâumugabo we ukomoka muri RDC agamije kumwicisha kuko yari afite amakuru yâuko agiye gushaka undi mugabo. Belenga Kalala umugabo wa Rukundo nyuma yo kubwirwa ko Rukundo yishwe yateguye ikiliyo cye aza gutungurwa nâuko uwavuzweho urupfu amusanze muri icyo kiliyo ari muzima nkâuko Radio BBC ibivuga. […]
RDC: Abarwanyi ba Mai Mai basize agatwe mu mirwano yabashyamiranyije na FARDC
Abasirikare babiri ba Mai Mai bishwe undi umwe arakomereka naho abaturage batuye aka gace bose barahunga. Ni mu mirwano ikaze imaze iminsi ishyamiranyije uyu mutwe nâingabo za FARDC mu gace ka Opala mu ntara ya Tshopo. Iyi mirwano yatangiye ku itariki ya 31 Mutarama 2016 igeza ku munsi wâejo mu duce twa Yabale â Congo […]
UA : Abaperezida bane na Minisitiri wâintebe bagiye gukura ku izima Perezida Nkurunziza
Mu gushaka gukura ku izima Perezida Nkurunziza kugira ngo yemere ibiganiro ndetse nâuko mu Burundi hakoherezwa ingabo zo kugarura amahoro, Umuryango wâubumwe bwa Afurika (AU)wohereje mu Burundi abakuru bâibihugu bane na Minisitiri wâintebe ngo babonane na Perezida Nkurunziza baganire kuri ibi bibazo byombi. Abaperezida boherejwe ni Perezida wa Mauritaniya Mohamed Ould Abdel Aziz, uwa Afurika […]
Ubuhamya: Urupfu rwa Col.Muammar Kadhafi rwamukuye umutima runamusigira icyasha
Ali Mohamed yari umusirikare mu ngabo za Libya, avuga ibyamubayeho ku buryo nâubu yarwaye ihungabana, utanga ubuhamya bwe yagira ati: â yahuye nâabasirikare ba Libya bizeraga cyane Kadhafi, yashenguwe nâiyo ntambara yahitanye Kadhafi, intambara yatumaga barasa amasasu menshi ku bavandimwe babo. Ali Mohamed afite ibimenyetso bigaragara, iyo yumvishe urusaku rwâamasasu ahita ashiduka, akaboko ke kihutira […]
Iperereza:Igisirikare cya FARDC kiravugwaho kwica abasirikare ba MONUSCO
Raporo yâibanga yakozwe nâinzobere za ONU ku kibazo cya RDC yashyizwe ahagaragara ku munsi wâejo irashyira mu majwi ingabo za FARDC kwica abasirikare ba Monusco babiri ikanakomeretsa abandi 26 bose bâabanya Tanzaniya nyuma yâaho bavugiweho gufasha inyeshyamba za ADF NALU. Izi nzobere zivuga ko abasirikare ba MONUSCO ku itariki ya 5 Gicurasi umwaka ushize wa […]
Yishe umwana we wâibyumweru 16 amuziza kurira akanga guceceka
Umubyeyi wâumugabo yatawe muri yombi nyuma yo gushinjwa kwica umwana we wâumuhungu amuziza kumara iminota 10 arira adahagarara nkâuko byatangajwe nâigipolisi cyo muri Virginia yâUburengerazuba. Igipolisi cyâahitwa Bridgeport kivuga ko cyataye muri yombi Jeremy Kurt Shaffer wâimyaka 26 nyuma yo gushinjwa kwica umuhungu we wâibyumweru 16 witwa Landyn Carder. Shaffer yashinjijwe ibyaha birimo icyâubwicanyi cyo […]
Centrafrique:Abasirikare ba Congo Brazaville bagiye gucyurwa iwabo nyuma yo gukekwaho gufata ku ngufu
Ubuyobozi bwa ONU muri Centrefrique bwafashe icyemezo cyo gushyira mu nkambi yihariye abasirikare 120 baketsweho gufata ku ngufu mu gihe bari gukorwa amaperereza ku byaha byo gufata ku ngufu abagore nâabakobwa bakiri bato. . Raporo yashyizwe hanze nâUmuryango wita ku burenganzira bwa muntu Human Right Watch kuri uyu wa Kane, igaragaza abandi basirikare ba Congo […]
Umugabo wâimyaka 32 yatawe muri yombi akurikiranweho gufata nyina ku ngufu
Umugabo wo mu gihugu cya Zimbabwe yatawe muri yombi ashinjwa gufata ku ngufu nyina nkâuko byatangajwe nâigipolisi cyo muri iki gihugu. Igipolisi mu mujyi wa Bulawayo kivuga ko cyataye muri yombi umugabo wâimyaka 32 utatangajwe amazina ye, nyuma yo gushinjwa kwinjira mu rugo rwa nyina, wâimyaka 53, akaruhukira mu buriri bwe ari nako kumusambanya ku […]
Mali: Ibirindiro bya MINUSMA muri Tombouctou byabyutse bigabwaho igitero gikaze
Agatsiko kâabantu bitwaje ibirwanisho mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 5 Gashyantare 2016, babyutse bagaba igitero ku birindiro byâingabo zâUmuryango wâAbibumbye muri Mali zibumbiye muri MINUSMA, ahitwa Tombouctou mu majyaruguru ya Mali, aho ubwo iyi nkuru yashyirwaga ahagaragara mu kanya gashize byavugwaga ko imirwano igikomeje nkâuko Reuters ivuga. Iki gitero ngo cyije […]
Kamonyi: Polisi yâu Rwanda yakanguriye abanyeshuri kwirinda ibiyobyabwenge nâibindi byaha
ââŹâšPolisi yâu Rwanda mu karere ka Kamonyi, ku itariki 4 Gashyantare 2016, mu kigo cyitwa Groupe Scolaire Ruyumba kiri mu murenge wa Nyamiyaga, mu karere ka Kamonyi , yagiranye inama nâabanyeshuri bagera kuri 350, ibigisha ubwoko bwâibiyobyabwenge, ingaruka zabyo kandi ibakangurira kubyirinda no kugira uruhare mu kurwanya inyobwa, itundwa nâicuruzwa ryabyo kimwe no kurwanya ibindi […]
Imyaka 30 Museveni amaze ku butegetsi nta kintu kizima yakoze- Amama Mbabazi
Uwahoze ari Minisitiri wâintebe wa Uganda, Amama Mbabazi yashimangiye ko mu myaka 30 Perezida Museveni amaze ku butegetsi nta kintu gifatika yakoze ahubwo ko yakabaye afata ikiruhuko kâizabukuru. Amama Mbabazi ubwo aherutse kujya kwiyamamariza mu mujyi wa Kiboga ku kibuga cya Ssaza yabwiye abamushyigikiye ko mu myaka Perezida Museveni amaze ayobora Uganda ntacyo yamariye abaturage, […]
Ngo hari abarwanyi ba FDLR bakizeye ko amaherezo u Rwanda ruzemera gushyikirana nabo bagataha bemye
Mu ntangiriro za 2014, ngo hari abegereye inyeshyamba zâAbanyarwanda zo mu mutwe wa FDLR baturutse mu miryango yo muri Afurika ndetse nâibihugu bimwe bazumvisha ko zizafashwa zikagirana ibiganiro na leta yâu Rwanda, ariko bazibwira ko kugirango ibyo bigerweho ari uko zabanza zikarambika hasi ibirwanisho. Aba bantu babashije kwemererwa nâizi nyeshyamba zibarizwa mu mutwe ufatwa nkâumwe […]
Uganda: Perezida Museveni ngo ashobora kwivugana Amama Mbabazi na Dr Kiiza Besigye
Perezida wa Uganda Yoweri K. Museveni amaze iminsi atangaje ko imbehe ye ari Uganda kandi uzashaka kuyimena nawe azamumena. Ibi yabitangaje mu bikorwa byo kwiyamamaza aho yibanze kuri Patrick Amama Mbabazi na Dr Kiiza Besigye bari kumwe mu kwiyamamaza ku ruhande rumurwanya avuga ko iminsi yabo ibaze. Yifashishije umurongo wo muri Bibiliya uvuga ko umwana […]
Pasteur yategetse abakristu kumira amasohoro ye ngo ni âAMATAâ
Valdeci Sobrino ni umugabo wiyita umubakozi w’Imana, yabwiye abakirisitu ko Imana yamuhaye amata afite umugisha wâUmwuka Wera akaba ngo ari amasohoro amuturukamo. Uy mugabo akomoka mu gihugu cya Bresil yabwiye abakirisitu abereye umushumba ko intanga cyangwa amasohoro ava mu gitsina cye ngo imana iba yayahaye umugisha kandi ko bagomba kuyamira nkâuko ikinyamakuru Africa info kibivuga. […]
Umuhanzi Jackie Kazire wavugwagaho gusambana na Dr Jose Chameleon yabiteye utwatsi
Mu mpera zâukwezi gushize nibwo inkuru zacicikanye mu bitangazamakuru cyane cyane ibyo muri Uganda ko umuhanzikazi Jackie Kazire ubarizwa muri Uganda ( Mbarara District) yashyize ahagaragara ukuri ko yaryamanye nâicyamamare Chameleon burinda bubakeraho, kuri ubu uyu muhanzikazi yahakanye aya makuru avuga ko byari ibihuha. Ahakana aya makuru, Jackie Kazire yagize ati : ândabasuhuje nshuti namwe […]
Gisagara: Abaturage bigishijwe ububi bwâibiyobyabwenge
ââŹâšAbatuye mu kagari ka Ndora, ko mu murenge wa Ndora, mu karere ka Gisagara, bigishijwe ububi bwâibiyobyabwenge,kandi basabwa kubyirinda no kubirwanya. Ibi babikanguriwe ku itariki 2 Gashyantare mu nama bagiranye na Inspector of Police (IP) Marie Chantal Uwambaye, akaba ashinzwe imikoranire ya Polisi yâu Rwanda nâabaturage ndetse nâizindi nzego hagamijwe ubufatanye mu kurwanya no gukumira […]
U Burundi bwiteguye kwemerera ababyifuza kujya kureba ahavugwa ko hashyinguwe abantu mu byobo rusange
Minisitiri wâububanyi nâamahanga wâu Burundi, Alain Nyamitwe aravuga ko icyemezo cyâabakuru bâibihugu bya Afurika cyo kutohereza ingabo mpuzamahanga mu Burundi ari ubutumwa ibi bihugu byahaye ibihugu bimwe na bimwe byâi Burayi bwâuko bishatse byakwisubiraho mu bijyanye nâumubano bifitanye nâu Burundi. Bwana Alain Nyamitwe avuga ko nyuma yâiperereza ryâubutabera u Burundi buzemerera ababyifuza bose kujya kwirebera […]
Perezida Museveni yongeye gusohora indi ndirimbo yâamashusho yo kumufasha kwiyamamaza
Ku nshuro ya kabiri ari kwiyamamaza kuyobora Uganda, Perezida wa Uganda yongeye gusohora indi ndirimbo yâamajwi nâamashusho yise Kwezi. Iyi ndirimbo yakozwe na Producer Washington ikorerwa muri Studio ya Perezidansi ya Uganda. Perezida wa Uganda Yoweri Kaguta Museveni avuga ko iyi ndirimbo yâamashusho yo mu rwego rwâibishushanyo ( Cartoon) yayise âKweziâ akaba yarayigeneye ibikorwa byo […]
U Burundi bugiye kuganira nâu Bubiligi nibinanirana barwane
Nyuma yâaho Minisitri wâububanyi nâamahanga wâu Bubiligi, Didier Reynders avuze ko Niba u Burundi budashyikiranye nâababurwanya u Bubiligi buzagaba igitero ku Burundi,Vice Perezida wâu Burundi Gaston Sindimwo yatangaje ko bagiye gusubukura ibiganiro na leta yâu Bubiligi bagacoca ibibazo bafitanye byananirana bakegura intwaro bakarwana. Ku munsi wâejo Tariki ya 4 Gashyantare, Minisitiri wâububanyi nâamahanga wâu Bubiligi, […]
London: Umusore wivuganye Umugandekazi amaze kumusambanya yakatiwe imyaka 27 yâigifungo
Umusore witwa Kibisu wâumukanishi wâimyaka 23, wafashe ku ngufu ndetse akica umugandekazi wabaga mu Bwongereza wari umunyamategeko witwa Elisabeth Nnyanzi wâimyaka 31, yakatiwe igifungo cyâimyaka 27. Nyakwigendera akaba yaranizwe kugeza apfuye mu mwaka ushize nyuma yo kwanga kuryamana na Kibisu . Ibi bikaba byarabereye iwabo wa nyakwigendera ahitwa Harrow, mu majyaruguru yâuburengerazuba bwâumujyi wa London. […]
RDC:Abahutu nâAbanande batemaguranye bakoresheje imihoro bakizwa na MONUSCO
Abasirikare ba MONUSCO bashinzwe kugarura amahoro nâumutekano muri RDC, nibo bahosheje imirwano yâimihoro yavuzaga ubuhuha hagati yâabaturage bo mu bwoko bwâAbahutu nâaba Nande, ubwoko buturanye ariko butajya bwumvikana. Nkâuko bitangazwa na radiyo Okapi dukesha iyi Nkuru, yatangaje ko MONUSCO yatabaye ikoresha ibirwanisho byayo irasa amasasu menshi mu kirere kugirango ihoshe iyo mirwano. Yatangaje ko ubu […]
Jeannette Kagame mu giterane hamwe n'abayobozi ba USA baganira ku âManaâ
Umufasha wâUmukuru wâIgihugu Jeannette Kagame, yitabiriye igiterane cya âNational Prayer Breakfastâ cyabereye i Washington muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ku wa Kane. Icyo giterane ngarukamwaka gitegurwa nâabagize inteko ishinga amategeko ya USA nâumuryango wa gikirisitu âThe Fellowship Foundation.â Mu ijambo yegejeje ku bitabiriye icyo gikorwa, Jeannette Kagame yasobanuye amateka yâubwiyunge u Rwanda rwanyuzemo nyuma […]
Papa Francis agiye gushyira hanze Alubumu yâindirimbo zizajya ziririmbwa muri Kiliziya
Nyuma yâaho agaragaje ko imiririmbire yâindirimbo zihimbaza Imana muri Kiliziya gaturika zitakimuryoheye, Papa Francis yatangaje ko agiye gusohora indirimbo zihimbaza Imana zizajya zifashishwa mu guhimbaza Imana. Imiririmbire yâabakiristu bâidini rya Gaturika yaba igiye kubonerwa ikiyisimbura,ngo bakazajya baramya indirimbo zâumushumba wa Kiriziya Gaturika. Aganira nâitangazamakuru Papa Francis yatangaje ko ngo izi ndirimbo yazikoze mu buryo bwo […]
Ubuhamya bushya ku rupfu rwa Tupac burashinja P Diddy kuba ari we wakodesheje uwamwishe
Igipolisi cya Los Angeles ngo cyamaze kumenya abari inyuma yâurupfu rwâabaraperi Tupac na Christopher Wallace aka Biggie Smalls nkâuko bigaragara muri filimi mbarankuru yagizwemo uruhare nâuwahoze ari Detective mu gipolisi cya Los Angels. Greg Kading wigeze kuyobora itsinda ryakoraga iperereza kuri ubu bwicanyi bumaze imyaka 20 bubaye. Hashingiwe ku byagezweho nyuma yâimyaka itatu higwa kuri […]
Icyamamare mu byâimideli, Dylan Penn yagaragaye yiyambitse ubusa mu gihugu kitari icye-AMAFOTO
Umunyamideli akaba nâumukinnyi wa Cinema,Dylan Penn yagaragaye ari ku mazi yambaye umwenda wo kogana (Bikini) ubwo yari ari mu biruhuko i Rio de Janeiro mu gihugu cya Brazil. Uyu munyamideli yagaragaye asigwa amavuta ku mugongo amufasha kwirinda ubushyuhe bwâizuba yakuyemo umwenda wo hejuru amabere ye ari ku Karubanda. Penn wari wasabagijwe nâibyishimo, yemeza ko Umugi […]
Wakora iki ngo urukundo rwanyu rurambe hagati yâabashakanye?
Impuguke mu buzima bwâubwonko, Lucy Vincent, aherutse gutangaza ko urukundo nyarukundo rudashobora kurenza imyaka 3ruriho. Ariko ngo rimwe na rimwe warurambana kugeza ku gupfa. Ese ni iki wakora kugira urukundo rwanyu ruzahore ari ubuziraherezo yaba ku bashakanye ndetse n’abitegura gushakana. Mu mubano wa babiri buri wese akenera kâuwundi icyo ataremanywe. Nkâuko Lucy Vincent ,uzwi cyane […]
Kigali: Perezida Kagame yakiriye Li Yong uyobora iterambere ryâinganda muri UN
Kuri uyu wa kane tariki ya 4 Gashyantare 2016, Perezida wa Repubulika Paul Kagame yakiriye Li Yong umuyobozi mukuru wa United Nations Industrial Development Organization (UNIDO) , watangaje ko yaje mu Rwanda azi neza ko ari igihugu kimaze gutera intambwe mu bigendanye no guha umurongo mwiza iterambere ryâinganda. Li Yong yatangaje ko yishimiye ibiganiro yagiranye […]
Yahatiwe kugenda yambaye ubusa nyuma yo gufatwa yoherereza abandi bagabo amafoto ye yambaye ubusa
Umugabo wo mu mujyi wa New York yahatiye umugore we kugenda mu muhanda yambaye uko yavutse nkâigihano nyuma yo kumufatira mu ikosa kuryihanganira bikamunanira. Video igaragaza iki gihano uyu mugabo yahaye umugore we yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga nâabatarabonye ibi bintu nâamaso yabo babasha kwihera ijisho uko byari byifashe. Muri iyi video, umugabo wumvikana avuga icyesipanyolo […]
Gupima no guhemba abakobwa bâamasugi byatangiye kwamaganwa muri Afrika y'epfo
Nyuma yâaho imwe mu ntara za Afurika yâepfo ifatiye icyemezo cyo guhemba abakobwa bakiri amasugi mu rwego rwo kurinda ikwirakwiza ryâagakoko gatera SIDA, Umwe mu baminisitiri muri iki gihugu yamaganiye kure iki cyemezo avuga ko kidakurikije amategeko kandi ko kibangamiye uburenganzira bwa muntu. Mu kwezi gushize , ubuyobozi bwâumujyi wa Uthukela mu ntara ya Kwazulu-Natal, […]
Uganda: Gen David Sejusa ashobora gukatirwa imyaka 7 yâigifungo naramuka ahamwe nâibyaha ashinjwa
Gen David Sejusa wahoze ari umukuru wâinzego zâubutasi za Uganda kuri ubu akaba ari kubarizwa muri Gereza ya Luzira, ashobora gukatirwa igifungo cyâimyaka 7 naramuka ahamwe nâibyaha bigera kuri 6 akurikiranweho nâubutabera. Gen Sejusa kuri uyu wa Kabiri ushize nibwo yagejejwe Mu Rukiko Rukuru rwa Gisirikare muri Makindye ashinjwa ibyaha byo gusuzugura, guta akazi nta […]
Patricia ubyina muriâ Sitya Lossâ ya Eddy Kenzo yatunguwe nâinshuti ze ku isabukuru ye yâamavuko- AMAFOTO
Patricia umwe mu bana babyinnye mu ndirimbo Sitya Loss kuri uyu wa 3 Mutarama 2016 nibwo yatunguwe nâinshuti ze yizihiza isabukuru yâamavuko. Kuri iyi sabukuru byari ibyishimo kuri Patricia ndetse nâinshuti ze babyinana muri â Ghetto Kids Dancers â bazwi cyane mu ndirimbo âSitya Lossâ yâumuhanzi Eddy Kenzo. Uyu mubyinnyi yaje kwisanga yageze mu birori […]
Ikipe yâigihugu yâumupira wâamaguru yazamutseho imyanya 6
Urutonde ngarukakwezi rwâIshyirahamwe ryâUmupira wâAmaguru ku Isi (FIFA) rwashyizwe ahagaragara kuri uyu wa Gatatu ruragaragaza ko ikipe yâigihugu, Amavubi yazamutseho imyanya 6. Kuri ubu Amavubi arabarizwa ku mwanya wa 85 avuye ku mwanya wa 91 nkâuko urubuga rwa internet rwa FIFA rubitangaza. Mbere yâirushanwa ryâabakinnyi bakina muri shampiyona yabo ku mugabane wâAfurika (CHAN), Amavubi yanganyije […]
Hamaze gutangazwa igihe filimi Fast & Furious igice cya 8 izasohokera
Filimi yâuruhererekane irimo ibikorwa (actions) bibereye ijisho izwi nka Fast & Furious igice cyayo cya 7 cyatunguye abantu benshi ubwo iyi filimi yazaga muri filimi zâibihe byose ubwo yasohokaga mu mwaka ushize, ariko kuri ubu bikaba byamaze kwemezwa ko igice cyayo cya 8 kiri mu nzira ndetse hakazakinwa nâicya 9 nâicya 10. Iyi filimi iba […]
Leta yâu Bubiligi igiye kugaba igitero ku Burundi.
Minisitiri wâububanyi nâamahanga wâu Bubiligi Didier Reynders yamaze guteguza Perezida wâu Burundi Petero Nkurunziza ko naramuka atagiye mu biganiro bihuza bose ,ko abasirikare bâu Bubiligi bazahita binjira mu Burundi ku ngufu Nyuma yâaho inama ya AU inaniwe gufata umwanzuro wo kohereza ingabo za MAPROBU zigamije kugarura amahoro nâumutekano mu Burundi, Leta yâu Bubiligi yamaze kwiyemeza […]
Abakozi bâIkigo Nderabuzima cya Rwampara ngo bamaze amezi 2 batazi umushahara
Abaforomo n’Abaforomokazi kimwe n’abandi bose bakora mu kigo nderabuzima cya Rwampara barabogoza nyuma y’amezi bamaze badahembwa, bitewe n’uko amafaranga bagombaga guhembwa ubuyobozi bw’ikigo bwayakoresheje mu nyungu zabwo bwite. Abakozi mu kigo nderabuzima cya Rwampara giherereye mu Kagari ka Rwampara, Umurenge wa Nyarugenge mu Karere ka Nyarugenge ho mu Mujyi wa Kigali, bamaze amezi abiri (2) […]
Ingaruka z'umujinya, uburakari no gusharira
“Gusharira kose nâuburakari nâumujinya nâintonganya, no gutukana hamwe nâigomwa ryose bibavemo. “(Efeso:4:31) Gusharira, umujinya nâuburakari byombi Bibiliya ibigaragaza nkâicyaha, cyangiza urukundo nâimibanire yâabantu ndetse kibangamira no gukura ko mu mwuka. Kutihana ibi byaha biteza agahinda Umwuka Wera , biha Satani urwaho mu buzima bwawe, bituma umucyo wawe uhinduka umwijima imbere yâabandi (ubuhamya), byangiza ubumwe bwâumubiri […]