Kigali: Ababoneraga amaramuko mu gusabira abandi Viza bubikiwe imbehe

Ambasade y’u Bubiligi mu Rwanda iratangaza ko kuva none ku wa 15 Mutarama 2019 nta muntu uzongera kubona viza atanyujije ubusabe bwe muri centre VFS Global. Ibi bikaba bizorohereza abashakaga viza ku ruhande rumwe, ariko bigasonzesha abakomisiyoneri bari basanzwe babibafashamo. Hari hamaze kumenyerwa abantu bahora bacaracara imbere ya za ambassade basaba amafaranga abagiye gushaka viza […]

Ali Bongo agiye gusubira mu gihugu nyuma yo kurokoka Kudeta

Perezida wa Gabon, Ali Bongo ategerejwe mu gihugu kuri uyu wa Kabiri tariki ya 15 Mutarama 2019, nyuma y’amezi arenga abiri yivuriza muri Maroc. Ali Bongo agiye gusubira mu gihugu nyuma y’icyumweru bamwe mu basirikare be bagerageje kumuhirika ku butegetsi bikabapfubana. Uyu muyobozi yari amaze igihe yivuza indwara yamufashe igitaraganya ubwo yari ari mu nama […]

Kim Kardashian yemeje ko biteguye kwakira umwana wabo batwitiwe

Icyamamare Kim Kardashian, cyemeje amakuru amaze iminsi acicikana mu binyamakuru ko we n’umugabo we, Kanye West bitegura kwakira umwana wabo wa Kane, batwitiwe n’undi mugore. Umunyamakuru kuri televiziyo, Andy Cohen wari watumiye Kim Kardashian n’abavandimwe be mu kiganiro ‘Watch What Happens ‘ ntiyaciye ku ruhande, yahise abaza Kim kuri iyi nginyo yo kubyara umwana wa kane. Cohen […]

Amb. Nduhungirehe yagarutse ku byavuzwe n’uwigambye gushimuta Abanyarwanda muri Uganda

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga mu Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe yagarutse ku magambo yavuzwe na Rugema Kayumba ushinjwa kugira uruhare mu ishimutwa rya bamwe mu banyarwanda muri Uganda. Bamwe mu Banyarwanda batawe  muri yombi bari muri Uganda bagiye batunga agatoki Rugema Kayumba ko akorana bya hafi n’inzego z’Iperereza rya Gisirikare ry’iki gihugu (CMI)  […]

Muhanga: Bahangayikishijwe no kuba bari mu mujyi nyamara batagira ibikorwaremezo

Bamwe mu batuye mu kagari ka Macyera, umurenge wa Cyeza, mu karere ka Muhanga, bavuga ko bahangayikishijwe no kutagira ibikorwaremezo, nk’umuriro w’amashanyarazi, amazi meza n’amateme abahuza n’utundi duce, nyamara barashyizwe mu gice kigize umujyi wa Muhanga, ibintu bavuga ko bibagiraho ingaruka bigatuma bataniteza imbere nk’abatuye mu mujyi. Twagirimana Eugène, Utuye mu mudugudu wa  Rwamugoroba muri […]

Abofisiye bakuru batacanaga uwaka na Gen Kayihura bagororewe

Abofosiye bakuru mu gipolisi cya Uganda 10 bazwiho kutavuga rumwe na Gen. Kale Kayihura ubwo yayoboraga uru rwego bahawe amasezerano mashya. Gen Kayihura ubwo yari Umuyobozi wa Polisi ya Uganda yari yarasabye ko benshi muri aba bapolisi batahabwa andi masezerano kuko ari bo bari ba nyirabayazana b’akaduruvayo n’ibibazo byari muri polisi muri icyo gihe. Muri […]

Bamporiki yahaye impanuro abakobwa bahatanira ikamba rya nyampinga- AMAFOTO

Umuyobozi wa Komisiyo y’Itorero ry’Igihugu, Bamporiki Edouard yagiranye ikiganiro n’abakobwa 20 batoranijwe guhagararira Intara n’Umujyi wa Kigali, bahatanira ikamba rya nyampinga w’u Rwanda 2019, abasaba kurushaho kumenya u Rwanda n’umuco warwo. Ni ikiganiro cyabaye kuri uyu wa Mbere tariki ya 14 Mutarama 2019, nyuma y’umunsi umwe gusa aba bakobwa batangiye umwiherero uzamara ibyumweru bibiri, i Nyamata, mu […]

Gen Muhoozi yakomoje ku butwari bwa se wabo, Gen Salim Saleh

Umuhungu wa Perezida Museveni wa Uganda, Gen Kainerugaba Muhoozi, ubwo yifurizaga isabukuru nziza se wabo, Gen Salim Saleh, yakomoje ku buhangange bwe mu mateka y’igisirikare cya Uganda. Gen Salim Saleh, ni umuvandimwe wa Perezida Museveni wa Uganda, yavutse ku wa 14 Mutarama 1960, ubu akaba afite imyaka 59. Umuhungu we Gen Muhoozi, amwifuriza isabukuru nziza, […]

Nyamasheke: Umugabo w’imyaka 32 yishwe atewe icyuma

Amakuru aturuka mu gasanteri k’ubucuruzi ka Shangazi kari mu murenge wa Ruharambuga mu karere ka Nyamasheke, aravuga iyicwa ry’umugabo w’imyaka 32 y’amavuko witwaga  Munyaneza  Onesphore  wari utuye mu mudugudu wa Rusambu, akagari ka Kanazi muri uyu murenge, atewe icyuma  na bagenzi be bivugwa ko bari bamaze igihe bafitanye amakimbirane. Bamwe mu babibonye baganira na Bwiza.com, […]

Yirukanwe ku ishuri aryozwa guhobera umuhungu

Kaminuza yo mu Misiri, Al-Azhar yirukanye umukobwa  wagaragaye mu mashusho ahoberana n’umuhungu w’inshuti ye. Iyi kaminuza itangaza ko uyu mukobwa yirukanwe kuko ngo yangirije isura ya kaminuza. Amashusho yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga agaragaza umusore ufite indabo apfukama akaziha umukobwa nyuma bagahoberana. Umuvugizi w’iyi Kaminuza ya Al- Azhar, Ahmed Zarie yatangarije AFP ko ubuyobozi bwafashe icyemezo cyo […]

Uganda: Insoresore zisaga 50 za NRM zatawe muri yombi

Insoresore zisaga 50 zo mu ishyaka NRM riri ku butegetsi muri Uganda, kuri uyu wa Mbere zatawe muri yombi n’igipolisi ubwo zasatiraga ahakorera inteko ishinga amategeko zigiye gusaba Perezidante w’Inteko Ishinga Amategeko, Rebecca Kadaga gusaba u Bwongereza kurekeraho kwivanga mu bibazo bya Uganda. Igipolisi kiravuga ko aba batawe muri yombi kubera gutegura igikorwa kitemewe n’amategeko. […]

Mwiseneza Josiane yagabiwe inka y'inzungu n'uwo muri dayasipola

Mwiseneza Josiane uri mu bahatanira ikamba rya nyampinga w’u Rwanda 2019 yagabiwe inka y’inzungu na Uwimana Jane usanzwe atuye mu Bubiligi. Uwimana Jane wagabiye inka Josiane ni umubyeyi w’abana babiri asanzwe  anafite ibikorwa bitandukanye by’ubucuruzi akorera mu gihugu cy’u Bubiligi harimo Hotel yamagorofa abiri ahafite. Nkuko inkuru yanditswe n’ikinyamakuru impamba ibivuga ni uko impamvu nyamukuru […]

Rwamagana: Baratabariza umukecuru n’umuhungu we baba mu nzu yenda kubagwira

Abaturage bo mu mudugudu wa Kibare, mu kagari ka Nsinda, Umurenge wa Muhazi mu karere ka Rwamagana,  barasaba ubuyobozi gukura mu kaga umukecuru witwa Mukagahigi Madalina w’imyaka 76 n’umuhungu we, Nyakabungo w’imyaka 60 baba mu nzu yenda kubagwira. Umuturanyi wabo, Ndayambaje Daniel  yavuze ko uyu mukecuru n’umuhungu we bakwiye gufashwa n’ubuyobozi bakubakirwa inzu, bakava mu yenda […]

Abadebande n’Amahindure, imwe mu mitwe yakoze ibara muri jenoside na mbere yayo mu Ruhengeri

Igitabo giherutse gushyirwa ku mugaragaro cyiswe “Amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu yahoze ari Perefegitura ya Ruhengeri”, cyagarutse ku mitwe yitwara gisirikare itandukanye yashinzwe mu myaka ya za 90 ikaza kugira uruhare mu kwica no gutoteza Abatutsi muri jenoside ndetse na mbere yayo. Mu mitwe yagize uruhare mu bwicanyi mu yahoze ari Perefegitura ya Ruhengeri […]

Sudani: Perezida Bashir yeruriye abigaragambya

Perezida wa Sudan, Omar Al- Bashir yakuriye inzira ku murima abigaragambya bumva ko bahindura ubutegetsi bwe, ababwira ko bibeshya. Imyigaragambyo yatangiye mu mpera z’umwaka ushize, isaba Leta ya Bashir kugabanya ibiciro by’umukati n’ibya peteroli. Perezida Bashir  kuri uyu wa 14 Mutarama 2019 yabwiye ikivunge cy’abaturage bo Mujyi wa Niyala mu ntara ya DarFur ko imyigaragambyo […]

Aaron Ramsey witegura kwerekeza muri Juventus yakoreshejwe ibizamini by'ubuzima

Umukinnyi wo hagati mu kibuga mu ikipe ya Arsenal, Aaron Ramsey, nyuma yaho arambagirijwe n’ikipe ya Juventus yo mu Butaliyani, kuri uyu wa Mbere tariki ya 14 Mutarama 2018, iyi kipe yamukoreye ibizamini by’ubuzima. Uyu mukinnyi w’imyaka 28 y’amavuko, agiye gukinira Juventus imyaka itanu, akaba yakorewe ibizamini mu ivuriro ry’i Londres nk’uko ikinyamakuru Thesun kibitangaza. […]

Indonesia: Indege ya Ethiopian Airlines yururukijwe ku ngufu n’indege z'indwanyi

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere Igisirikare cyo mu Kirere cya Indonesia cyabonye indege ya Ethiopian Airlines mu kirere cy’iki gihugu biba ngombwa ko ihatirwa kururuka kuko yari yinjiye mu kirere cyabo mu buryo butemewe. Iyi ndege ya Ethiopian Airlines yo mu bwoko bwa Boeing 777 ifite numero ETH3728, yoherejweho indege 2 z’intambara ziyihatira […]

Nyaruguru: Urwego rw’Umuvunyi rugiye gusobanurira abaturage uburenganzira bwabo

Urwego rw’Umuvunyi rwateguye gahunda yo gukumira no kurwanya akarengane mu Karere ka Nyaruguru kuva kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 15 kugeza ku itariki ya 17 Mutarama 2019, hateganyijwe ko abaturage bo mu Mirenge yose igize aka karere, bazahugurwa ku burenganzira n’inshingano byabo mu gukumira no kurwanya akarengane na ruswa kandi hakizwe ibibazo by’akarengane ku […]

Uguterana amagambo hagati ya Minisitiri Sezibera n’ushinja Leta kwimyoza igihe Umunyarwanda yafatiwe muri Uganda

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Dr Richard Sezibera yagaragaye asubiza inshuro irenze imwe uwitwa Rama Isibo kuri twitter, wagaragaye mu bitangazamakuru asaba abayobozi b’u Rwanda ku bazajya bavuga igihe hari Umunyarwanda ufatiwe muri Uganda kuko ngo kwimyoza bidahagije. Rama Isibo abinyujije ku rukuta rwe rwa twitter yasabye ubuyobozi bw’u Rwanda kuvugana na Kampala kuri telefoni ibijyanye n’umubano […]

Burundi: Perezida Nkurunziza yagabiye inka abaminisitiri 13

Perezida w’u Burundi, Pierre Nkurunziza, mu mpera z’icyumweru gishize ahitwa Buye, muri Komini Mwumba, mu Ntara ya Ngozi, yagabiye inka abaminisitiri 13 bo muri Guverinoma ye, asobanura kko biri mu rwego rwo kongerera imbaraga umuco mwiza wo guhana impano wahoze uranga Abarundi. Mu izina rya bagenzi be 13 bahawe inka, minisitiri w’imirimo ya leta n’umurimo […]

Rusizi: Ubuyobozi ntibuvuga rumwe n’abaturage ku gitera igwingira ry’bana

Ubuyobozi bw’akarere ka Rusizi buvuga ko ikibazo cy’igwingira ry’abana bari munsi y’imyaka ibiri y’amavuko giteye inkeke kandi kikaboneka mu mirenge yose y’aka karere, kuko imibare igaragaza ko bari ku kigereranyo cya 35,2%; hakiyongeraho abandi bafite ikibazo cy’imirire mibi ariko batari ku kigero cyo kugwingira, gusa inyinshi mu mpamvu zibitera bakaba batazihurira ho n’abaturage. Umuyobozi w’akarere […]

Impunzi z’abarundi zirashinja igipolisi cya Tanzania kuzikorera iyicarubozo

Impunzi z’abarundi ziri mu nkambi zo muri Tanzania, zitangaza ko zikorerwa iyicarubozo n’abapolisi bo muri iki gihugu. Ni impunzi zisaga 10 zo mu nkambi ya Nduta iherereye mu gace ka Kigoma muri Tanzania, zivuga ko abapolisi bazishimuta bakazifunga, bakazikubita, bakaziboha, bakazikorera n’ibindi bikorwa zivuga by’iyicarubozo. Umwe muri izi mpunzi aganira na SOS/Burundi, yagize ati “Kuva […]

Undi Munyarwanda yaburiwe irengero muri Kampala

Umunyarwanda watangajwe ku mazina ya Rogers Donne Kayibanda yaburiwe irengero  ubwo yari ahitwa Kisasi, Kamala mu  Mujyi wa Kampala aho yari yatashye ubukwe bw’umuvandimwe we bwabaye kuwa 11 Mutarama 2019. Uku guburirwa irengero kuje nyuma y’aho Umunyarwanda w’imyaka 33, Moses Ishimwe Rutare, wakoreraga mu Mujyi wa Kampala, yashimutiwe ahitwa Bugolobi n’abantu bakora mu Rwego rwa […]

Mwishywa wa Patrick Karegeya ashimangira ko azi neza uwamwishe

Umuryango wa Patrick Karegeya wahoze mu gisirikare cy’u Rwanda nyuma akaza kwicirwa muri Afurika y’Epfo, utangaza ko nubwo ugitegereje ibizava mu iperereza, uwamwishe bamuzi. Ni ibyatangajwe na mwishywa wa Karegeya, ubu akaba ari n’umuvugizi w’umuryango we, Bwana David Batenga  mu kiganiro yagiranye na radiyo yo mu Bufaransa, nyuma ikiganiro bagiranye gishyirwa kuri Youtube. Batenga avuga […]

Abademokarate bakomoka muri Mexique no mu Buhinde batangaje ko bifuza kuzahatana na Trump mu 2020

Abanyapolitiki babiri, harimo ufite igisekuruza cyo muri Mexique n’undi ufite icyo mu Buhinde, bo mu ishyaka ry’Abademokarate muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, batangaje ko bazahatana mu matora y’umukuru w’igihugu  yo mu mwaka utaha. Kuwa Gatandatu ushize nibwo uyu mudemokarate witwa Julian Castro bivugwa ko nyirakuruza yageze muri Amerika avuye muri Mexique mu myaka isaga […]

Perezida Kagame yavuze impungege ze zo kuba yazahinguka imbere y’Imana afite abantu barwaye bwaki

Perezida Kagame avuga ko umutima we utishimira kuba yazahinguka imbere y’Imana ayereka abantu yamushinze barwaye bwaki. Ibi umukuru w’Igihugu yabitangaje kuri iki Cyumweru tariki ya 13 Mutarama 2019, mu masengesho ngarukamwaka yo gusengera igihugu (National Prayer Breakfast) yabereye muri Kigali Convention Center. Perezida Kagame yabwiye abayobozi bari bitabiriye aya masengesho ko hari ibintu bitatu byavuzwe […]

Rusizi: Abageze mu zabukuru ntibishimira ibyiciro by'Ubudehe bashyizwemo

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Nyakabuye mu Karere ka Rusizi bavuga ko  gushyirwa mu cyiciro cya Gatatu cy’Ubudehe kandi ari abakene cyane batagira icyo bakora,bamwe banakuze cyane byabagizeho ingaruka zikomeye zo guhera mu bukene ntibanagerweho na gahunda Leta igenera abatishoboye. Baganira na Bwiza.com, bamwe muri bo bavuze ko bakuze cyane ku buryo nta […]

RDC: Umuryango SADC wasabye ko kubara amajwi y’ibyavuye mu matora byasubirwamo

Umuryango  w’Iterambere rya Afurika y’Amajyepfo,  SADC, wasabye ko kubarura amajwi y’ibyavuye mu matora ya Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, byasubirwamo. Uyu muryango utangaza ko kongera kubara amajwi byagabanya imvururu zishobora kuvuka nyuma y’amatora. Uyu muryango unabarizwamo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, urasa abategetsi b’iki gihugu gushyiraho Leta ihuriweho na bose nyuma yaho bamwe […]

Umwishywa wa Kenyatta ufite imyaka 40, avuga ko kubaho nta mugabo afite bimugora cyane

Nana Gecaga, ni umwana wa mushiki wa Perezida Uhuru Kenyatta wa Kenya, ni umugore ufite imyaka 40 ariko akaba nta mugabo afite, kuri ubu atangaza ko kubaho mu buzima bwa gisiribateri bitoroshye. Mu kiganiro yagiranye na K24 News, Nana yatangaje ko kubaho mu buzima bwa gisiribateri bitoroshye ariko ko atabyicuza kuba yarabimazemo imyaka myinshi kugeza […]

Gahunda yo kuvugurura Umujyi wa Gicumbi mu nzira zo gushyirwa mu bikorwa

Nyuma y’igihe kirekire Umujyi wa Gicumbi ugaragara mu isura y’umujyi ushaje kubera ahanini usanga inyubako ziwugize zarubatswe mu gihe cyo hambere ndetse inyinshi muri zo zikaba zishaje ku buryo bugaragarira abahisi n’abagenzi, ubu noneho uyu mujyi ngo waba uri mu nzira zo kuvugururwa ku bufatanye bw’Akarere ka Gicumbi n’Abikorera bo muri aka Karere, nk’uko byemezwa […]

Zimbabwe igiye kongera gukoresha ifaranga ryayo nyuma y’imyaka hafi 10 itarikoresha

Igihugu cya Zimbabwe kigiye kubyutsa idolari ryacyo bitarenze impera z’uyu mwaka kubera ibura ry’amadolari y’Abanyamerika igihugu cyakoreshaga rikomeje gushegesha ubukungu bw’iki gihugu nk’uko byemejwe na minisitiri w’imari, Mtuli Ncube. Igihugu cya Zimbabwe cyahagaritse gukoresha ifaranga ryacyo ryari ririmo kugwa butosho mu 2009, ubutegetsi bwa Robert Mugabe bubuze uko bubigenza buhitamo gukoresha Idorari ry’Amerika n’andi mafaranga […]

Gatsinzi wahutajwe na CMI yasubije Umugande Barnabas wandikiye abakuru ba Uganda n’u Rwanda

Umunyarwanda wigeze gutabwa muri yombi n’inzego z’umutekano za Uganda zikamukorera iyicarubozo mbere yo kumuta ku mupaka wa Gatuna asa nk’uwapfuye, yasubije Umugande, Barnabus Taremwa uherutse kwandikira Perezida Museveni na Perezida Kagame. Uyu mugabo uri mu bavuga rikijyana muri Uganda ndetse wabaye umukada ukomeye muri NRM, Dr Barnabas Taremwa yandikiye Perezida Kagame na mugenzi we, Yoweri […]

Burundi: Isoko ryafashwe n’inkongi y’umuriro rirashya rirakongoka

Kuva mu gitondo cyo kuri iki cyumweru tariki ya 13 Mutarama 2019, isoko rikuru ryo muri Komini Matana, mu Majyepfo y’u Burundi ryafashwe n’inkongi y’umuriro. Mu gihe hataramenyekana icyaba cyateye iyi nkongi, abashinzwe umutekano batangaza ko iri soko ryatangiye gushya ahagana saa Moya n’igice (07:30) ku isaha yo mu Rwanda no mu Burundi. Abaturage n’ubuyobozi […]

Rubavu: Amakimbirane mu miryango, kimwe mu bibazo byahagurukije Njyanama y’Akarere

Bimwe mu bibazo byugarije abaturage bo mu mirenge itandukanye igize akarere ka Rubavu, ni amakimbirane mu miryango, abana b’abakobwa baterwa inda no kudasobanukirwa neza uburenganzira bwabo mu guhabwa serivisi nziza biterwa no kudasobanukirwa nuko inzego z’ubuyobozi zubatse. Ibi hamwe n’ibindi bibazo byatumye abagize inama njyanama y’akarere ka Rubavu mu gihe cy’iminsi itanu, bamanuka mu mirenge […]

RDC: Emmanuel Ramazani Shadary yemeye ko yatsinzwe amatora

Mu kiganiro cye cya mbere yagiranye n’itangazamakuru kuva hatangazwa ibyavuye mu matora by’ibanze, Emmanuel Ramazani Shadary wari umukandida w’ihuriro ry’amashyaka ashyigikiye ubutegetsi(FCC) muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, yemereye ku cyicaro cy’ishyaka PPRD rimaze imyaka isaga 15 ku butegetsi I Kisnhasa, ko yatsinzwe. Akurikije ububasha ahabwa no kuba ari Umunyamabanga Uhoraho w’ishyaka PPRD, umukandida wa […]

Amajyepfo: Kutagira amashanyarazi bibangamiye iterambere ryabo

Abaturage batandukanye bo mu Ntara y’Amajyepfo bemeza ko kuba nta muriro w’amashanyarazi urangwa mu duce batuyemo bigira uruhare mu kudindira ry’iterambere ryabo, bagasaba ko bawugezwaho. Nko mu Karere ka Nyanza bavuga ko gafite umuriro w’amashanyarazi ku kigero cya 31 %, Umuyobozi w’Akarere ka Nyanza wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu, Kajyambere Patrick avuga ko bafatanyije n’ikigo cy’igihugu gishinzwe […]

Gisagara: Umumotari yafashwe agerageza gutanga ruswa

Umumotari wo mu karere ka Gisagara mu murenge wa Save yafashwe agerageza guha ruswa y’amafaranga ibihumbi bitanu (5000 frw) umupolisi kugirango yo guhanirwa amakosa yafatiwemo. Kuri uyu wa 11 Mutarama nibwo uyu mu motari yafatiwe mu bikorwa  byo kurwanya abatwara ibinyabiziga badafite ibyangombwa kuko ahanini usanga aribo batubahiriza amategeko y’umuhanda bityo bigateza impanuka zitwara ubuzima […]

Kirehe: Uwangirijwe n’impuzi z’abarundi mu 2016 amaso yaheze mu kirere

Muri kamena 2016, nibwo impunzi z’abarundi ziba mu nkambi ya Mahama ziraye mu myaka ya Nzeyimana Paulin zirayangabaza. Yitabaje ubuyobozi ku nzego zinyuranye, kuva ku murenge, intara na minisiteri ishinzwe impunzi, ariko amaso yaheze mu kirere, ku buryo ikibazo yakigejeje no ku badepite ubwo basuraga uyu murenge kuri uyu wa kane tariki ya 10 Mutarama […]

Impamvu Perezida Magufuli yumviriza telefoni z’abaminisitiri be

Perezida wa Tanzaniya, Joseph Pombe Magufuli kuwa Kane w’iki cyumweru yahishuye ko yumviriza ibiganiro abaminisitiri b’iki gihugu bagirana kuri telefoni. Ibi Magufuli yabihishuye mu muhango wo kurahiza bamwe mu bagize kabine, abanyamabanga ba Leta n’abandi bayobozi bo mu nzego zo hejuru wabereye mu Mujyi wa Dar Es-Salaam. Perezida Magufuli yatangaje ko aba ba minisitiri basabwa […]

Itegeko ry’umusoro ku butaka ni akumiro ariko izindi zo ziteye ubwoba- Ingabire M. Imaculee

Umuyobozi w’Umuryango Mpuzamahanga Urwanya Ruswa n’Akarengane mu Rwanda, Ingabire Marie Immaculee avuga ko ingingo ya 16 y’itegeko rigenga umusoro ku butaka iteye kumirwa bitewe n’ibirikubiyemo ariko ko n’izindi ngingo nazo ziteye ubwoba. Mu kiganiro na TV1 kuwa 9 Mutarama 2018, Ingabire Marie Immaculee avuga ko ingingo ya 16 ari akumiro kuko iyi ngingo igaragaza ko […]

Mu nkambi z’impunzi z’Abarundi hafatiwe impuzankano za gisirikare zisaga 1300

Mu nkambi z’impunzi z’Abarundi za Nduta na Mtendeli mu gihugu cya Tanzania hafatiwe impuzankano zisaga 1300 za gisirikare bivugwa ko harimo iz’igisirikare cy’u Burundi n’izindi zitaramenyekana. Ubuyobozi bw’intara ya Kigoma buravuga ko kuri uyu wa Kane ushize bwafashe impuzakano za gisirikare mu nkambi z’impunzi z’Abarundi. Ibiro bya Guverineri bikaba byatangaje ko izi mpuzankano za gisirikare […]

Hakomeje kwibazwa impamvu Perezida Museveni yahuye mu ibanga na Tshisekedi mbere y'amatora

Ifoto ya Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni ari kumwe na Felix Tshisekedi ikomeje guca ibintu ku mbuga nkoranyambaga hibazwa uburyo aba bombi bahuye mbere  mu buryo bwamenyekanye kuri bake. Perezida Museveni yahuye na Tshisekedi n’umuryango we Entebbe mbere y’amatora yari ategerejwe muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Benshi mu Banyayuganda bakomeje kwibaza impamvu Museveni yaba yarahuye […]

RDC: Umukandida Martin Fayulu yiyemeje kwitabaza urukiko rurinda itegeko nshinga

Kuri uyu wa Gatanu, itariki 11 Mutarama, umukandida Martin Fayulu waje ku mwanya wa kabiri mu matora y’umukuru w’igihugu inyuma ya Felix Tshisekedi nk’uko ibyavuye mu matora by’ibanze bibivuga, yatangaje ko kuri uyu wa Gatandatu ageza mu rukiko rushinzwe kurinda itegeko nshinga ubusabe busaba gusubiramo ibarura ry’amajwi nyuma yo kutemera ko yatsinzwe. Uruhande rwa Martin […]

Uganda iravugwaho gutanga peteroli yayo nk'ingwate

Minisitiri w’imali wa Uganda, Matia Kasaija, yateye utwatsi abafite impungenge z’uko igihugu cye gishobora gutakaza ubusugire ku mutungo wacyo wagizwe ingwate z’imyenda gifata mu Bushinwa. Uganda yagujije mu Bushinwa imali ingana n’amadolari miliyari eshatu yo kubaka imihanda, inganda zibyara amashanyarazi, no gucukura peteroli. Umunyamakuru w’Ijwi ry’Amerika dukesha iyi nkuru, Halima Athumani, uri i Kampala mu […]

Rulindo: Polisi yarokoye umuntu amaze iminsi ibiri munsi y’ubutaka

Mu ntangiriro z’iki cyumweru Polisi y’u Rwanda ku bufatanye n’abaturage yarokoye Ntezirizaza Moise uvuka mu murenge wa Masoro mu karere ka Rulindo wari umaze iminsi ibiri aguweho n’ikirombe ubwo yajyaga gucukura amabuye y’agaciro mu buryo bunyuranyije n’amategeko. Ku gicamunsi cyo kuwa Gatandatu tariki ya 5 Mutarama nibwo byamenyekanye ko Ntezirizaza Moise yaguweho n’ikirombe aho ikompanyi […]

Amerika yavuze ko yiteguye kwinjira muri Congo-Kinshasa

Leta ya Amerika itangaza ko ishobora kwinjira muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo igiye haba hadutse imvururu nyuma y’itangazwa y’ibyavuye mu matora. Itangazo rya Deparitoma ya Leta ya Amerika (US Department) rivuga ko abanye-Congo badakwiriye guteza akaduruvayo kandi ko abazabigiramo uruhare bazakurikiranwa. Iri tangazo ryashyizwe ahagaragara mu ijoro rya tariki ya 10 Mutarama 2019 riragira […]

Cristiano Ronaldo ntiyorohewe ku bw’ibirego by’ubusambanyi ashinjwa

Polisi yo muri Las Vegas muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yasohoye inyandiko isaba ko icyamamare muri ruhago, Cristiano Ronaldo akorerwa ibizamini bya ADN mu gukora iperereza ku byaha by’ihohotera rishingiye ku gitsina ashinjwa. Uwunganira Ronaldo mu by’amategeko, Peter S. Christiansen yatangaje ko ibyo umukiriya we ashinjwa ari ibisanzwe. Ikinyamakuru Wall Street Journal gitangaza ko […]

Paris: Louise Mushikiwabo yakoze inama ye ya mbere y’akazi kuva yatangira kuyobora OIF

Uhagarariye igihugu cya Armenia mu muryango w’Ibihugu bikoresha ururimi rw’Igifaransa (OIF) akaba na ambasaderi w’iki gihugu mu Bufaransa, Christian Ter-Stepanyan yasuye Umunyamabanga Mukuru w’uyu muryango, Louise Mushikiwabo kuri uyu wa Kane bagirana ibiganiro ku mubano hagati y’impande zombie. Christian Ter-Stepanyan yabanje gushimira Louise Mushikiwabo ku nshingano aherutse guhabwa zo kuba Umunyamabanga Mukuru wa OIF nk’uko […]

Abasirikare 165 bahawe akazi ko gucunga buri gikorwa cya Gen Kayihura

Igisirikare cya Uganda cyamaze kugaba abasirikare 165 kugira ngo bacunge buri ntambwe iterwa na Gen Kale Kayihura kugeza igihe urubanza rwe mu rukiko rwa gisirikare i Makindye rurangiye. Amakuru yizewe ava ku biro by’igisirikare cya Uganda biri i Mbuya mu Mujyi wa Kampala avuga ko aba basirikare bazaba bashinzwe kurinda urugo rwa Gen Kayihura ruri […]

Imiyoborere twifuza ni ishyira mu bikorwa amahame ashyira umuturage ku isonga- Dr. Kaitesi

Umuyobozi  Mukuru w’agateganyo w’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB), Dr.  Usta Kaitesi avuga ko gahunda y’imiyoborere Guverinoma y’u Rwanda ishyize imbere ari ishyira umuturage ku isonga. Ibi Dr.Kaitesi yabitangarije mu Mudugudu wa Muhe, akagari ka Kampanga, Umurenge wa Kinigi, Akarere ka Musanze, kuri uyu wa Gatanu tariki ya 11 Mutarama 2019, ahaberaga igikorwa cyo gutangiza gahunda ‘Imiyoborere […]

Zimbabwe: Ivarisi yuzuyemo amadolari yibwe mu rugo rwa Robert Mugabe

Abantu batatu bagejejwe imbere y’urukiko muri Zimbabwe bakurikiranweho kwiba ivarisi yari irimo amadolari 150,000 mu rugo rw’uwahoze ari perezida w’iki gihugu, Robert Mugabe. Nk’uko bitangazwa n’ikinyamakuru The Herald, ngo ubujura bwabereye muri imwe mu nzu za Robert Mugabe iherereye ahitwa Zvimba, mu nkengero z’umurwa mukuru, Harare. Umwe mu bashinjwa bivugwa ko yarerewe muri urwo rugo […]

Uganda:Umugaba mukuru wa UPDF arasaba abashinzwe umutekano ku mipaka kuba maso

Umugaba mukuru w’ingabo za UPDF, Gen. David Muhoozi, yavuze ko Uganda yugarijwe n’ibibazo by’ihungabana ry’umutekano biterwa n’abanyamahanga binjira mu gihugu asaba inzego z’umutekano ku mipaka kuba maso no kugenzura urujya n’uruza rwose rw’abo banyamahanga. Gen David Muhoozi yavuze ko abanyamahanga barimo kwinjirana muri Uganda intwaro zitandukanye zikoreshwa mu byaha bikorerwa mu mijyi mikuru y’igihugu, asaba […]

Ubuhamya burambuye ku buzima bugoye Abatutsi baciriwe mu Bugesera banyuzemo

Mu 1959, Abatutsi batabashije guhungira mu bindi bihugu nka Uganda, Congo, Uburundi na Tanzaniya, bakusanyirijwe ahantu hatandukanye babacira mu gace ka Bugesera aho bahuriye n’ubuzima bukakaye. Mu yahoze ari Komini Cyeru, nyuma yo gutwikira Abatutsi, bahungiye kuri Paruwasi Gatorika ya Nemba aho imodoka zabavanye zibatwara mu Bugesera. Umwe mu batwawe bakuwe kuri Paruwasi Gatorika ya […]

U Rwanda ruribaza niba  itabwa muri yombi ry’abaturage barwo  muri Uganda rizarangira

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe akomeje kwibaza   niba itabwa muri yombi n’iyicaruboza ry’abaturage b’igihugu cye muri Uganda rizarangira. Uku kwibaza kwa Nduhungirehe kuje nyuma y’aho Umunyarwanda w’imyaka 33, Moses Ishimwe Rutare, wakoreraga mu Mujyi wa Kampala, yashimutiwe ahitwa Bugolobi n’abantu bakora mu Rwego rwa Gisirikare rushinzwe Ubutasi […]

Ringtone wifuzaga urukundo kuri Zari yaciye amarenga ko yabonye undi akunda

Umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Ringtone Opoko, wo muri Kenya, wavuzwe cyane umwaka ushize, ubwo yasabaga umuherwe Zari ko babana, kuri ubu yaciye amarenga yabonye undi mukobwa wo kumuba hafi. Ringtone avuga ko nyuma yo kubengwa na Zari, ubu afite gahunda yo gushaka umugore bazabana mu nzu ye ifite ibyumba 10 iherereye i […]

RDC: U Bufaransa bwahinduye imvugo ku ntsinzi ya Tshisekedi bwabanje kwamagana

Nyuma y’aho igihugu cy’u Bufaransa cyari cyabanje kwamagana ibyavuye mu matora by’ibanze muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, kuri ubu iki gihugu cyahinduye imvugo gisaba abifuza kwamagana ibi bakoresheje inzira ziteganywa n’amategeko. Nyuma y’aho Komisiyo y’amatora muri Congo itangarije ko Felix Tshisekedi ari we watsinze amatora, u Bufaransa bwahise busohora itangazo ryamagana ibyatangajwe n’iyi komisiyo. […]

Dj Ira yahishuye ko hari abagabo bamubeshyaga akazi bashaka kumusambanya

Iradukunda Grace Divine uzwi nka DJ Ira, ni umwe mu ba DJs bake b’abakobwa bakora umwuga wo gususurutsa abantu avangavanga imiziki mu birori bitandukanye, yatangaje ko benshi mu bamwaka numero yatelefoni ari ababa bashaka kumusambanya aho kumuha akazi. Mu kiganiro yagiranye na KT Radio dukesha iyi nkuru DJ Ira yavuze ko buri uko ari ku rubyiniro […]

Umubano mubi hagati y’u Rwanda na Uganda ni nk’abagabo babiri b’uruhara barwanira igisokozo- Umuherwe, Dr Barnabus Taremwa

Umuherwe akaba n’umwe mu bavuga rikijyana muri Uganda, Dr Barnabus Taremwa yandikiye Perezida Kagame na mugenzi we, Yoweri Museveni abasaba  ko bavuga ibibazo biri hagati y’ibihugu byombi we avuga ko bimeze nk’uko abagabo babiri b’uruhara barwanira igisokozo kandi bigaragara ko nta n’umwe ugikeneye. Uyu muherwe  avuga ko ibi bibazo byagira ingaruka mbi ku karere biramutse […]

Adeline Rwigara yahishuye aho bakuye imbaraga zidasanzwe zabafashije kuva muri gereza

Nyuma yaho Adelina Rwigara hamwe n’umukobwa we, Diane Rwigara bagizwe abere n’Urukiko Rukuru ndetse n’Ubushinjacyaha bugahagarika kubakurikirana mu bujurire, bavuga ko imbaraga zabatabaye nta handi bazikuye uretse muri Bibiliya yera. Aganira n’ikinyamakuru gikorera mu Bufaransa, n’ikiganiro bagiranye kigashyirwa kuri Youtube, Adeline Rwigara ashimangira ko barenganaga ku byaha byose baregwaga ari nayo mpamvu ngo Imana yababaye […]