Iby’ingenzi bikubiye mu gitabo ku Mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Ruhengeri

Kuri uyu wa Kane, itariki 10 Mutarama 2019, hamuritswe ibitabo bya Komisiyo y’Igihugu yo Kurwanya Jenoside (CNLG) by’ubuhamya n’amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu yahoze ari Perefegitura ya Ruhengeri bigaragaza uko yatangiye gutegurwa kugeza ishyizwe mu bikorwa. Kimwe muri ibi bitabo kitwa Amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu yahoze ari Perefegitura ya Ruhengeri cyanditswe na […]

Burundi: Hatahuwe gerenade yari iteze mu biro bya Guverineri

Igipolisi cyateguye Gerenade yari iteze mu idirishya ry’ibiro bya Guverineri w’Intara ya Rumonge, iherereye mu Burengerazuba bw’Amajyepfo y’u Burundi. Amakuru SOS/Burundi yahawe n’abatuye hafi y’aho iyi gerenade yateguriwe, ngo iyi gerenade yabonwe mu gitondo cyo ku wa Gatatu tariki ya 9 Mutarama 2019, ubwo yari itezwe mu idirishya ry’ibiro bya Guverineri, ku buryo yari guturika […]

Uganda: Inzego z’umutekano zaburijemo igitero cy’iterabwoba

Inzego z’umutekano muri Uganda zataye muri yombi abantu babiri bakekwaho kuba abaterabwoba ba ADF bakorera muri Kampala gifata n’ibisasu bari bafite. Itangazo ryashyizwe ahagaragara n’Igipolisi cya Kampala riravuga ko abo bagabo bafungiye muri kasho y’Urwego Rushinzwe umutekano w’Imbere mu gihugu, ISO. Abatawe muri yombi ni abitwa Andrew Sebitosi n’undi witwa Mwima nk’uko iyi nkuru dukesha […]

Nyamasheke: Abakozi ba Leta bambuye za SACCO bashobora kujyanwa mu nkiko

Ubuyobozi bw’akarere ka Nyamasheke buravuga ko abakozi ba Leta batinze kwishyura inguzanyo z’imirenge SACCO bafashe, bagomba kuba barangije kwishyura bitarenze ku wa 15 Mutarama uyu mwaka, abazaba batarishyura bakazashyikirizwa ubutabera ariko no mu rwego rw’akazi bakazagira ibihano bikakaye bafatirwa. Ibi umuyobozi w’aka karere, Kamari AimĂ© Fabien yabitangarije  Bwiza.com mu kiganiro yagiranye na yo nyuma y’inama […]

Akayabo ka miliyari 137 z’amadolari ya Amerika kagiye kugabanwamo kabiri kubera gatanya

Ugutandukana hagati y’umwe mu bakire ba mbere ku isi, Jeff Bezos n’umugore we, Mackenzie Bezos kugiye gutuma bagabana kabiri miliyari 137 z’amadolari ya Amerika. Ikinyamakuru TMZ kivuga ko uyu muryango uzasaba gatanya mu Mujyi wa Washington kandi amategeko agenga iby’umutungo akaba avuga ko aba bombi bazagabana bakaringaniza. Iyi nkuru ivuga ko n’ubwo bimeze bityo, kugabanya […]

RDC: Babiri bamaze kwicirwa mu myigaragambyo yamagana intsinzi ya Tshisekedi

Abantu babiri kuri uyu wa Kane bishwe barasiwe mu myigaragambyo yamaganaga ibyavuye mu matora by’ibanze yadutse mu gace ka Kikwit, mu Ntara ya Kwilu. Muri iyi myigaragambyo yamagana intsinzi ya Felix Tshisekedi umusore umwe yiciwe hafi ya kiliziya mu gihe undi yiciwe mu gace ka Kikwit ya 3. Abandi benshi kandi bakomeretse. Iyi nkuru dukesha […]

Aaron Ramsey ukinira Arsenal agiye gusanga Cristiano Ronaldo muri Juventus

Umukinnyi wo hagati mu Ikipe ya Arsenal na Pays de Galles, Aaron Ramsey w’imyaka 28, yemeye amasezerano yo kujya muri Juventus, ikipe ubu ikinwamo n’icyamamare muri ruhago, Cristiano Ronaldo. Ikinyamakuru The Guardian gitangaza ko Ramsey azagera mu ikipe ya Juventus muri Nyakanga, mu gihe amasezerano ye mu ikipe ya Arsenal agomba kurangirana na Kamena, uyu […]

Israel: Uwahoze ari minisitiri akurikiranweho kuba intasi ya Iran

Uwahoze ari minisitiri w’ingufu n’ibikorwaremezo wa Israel mu myaka ya za 90, Gonen Segev, ashobora gufungwa imyaka 11 nyuma yo kwemera ko yahaye Iran amakuru ariko agasobanura ko yageragezaga gufasha igihugu cye akazagaruka ari intwari yishushanyije nk’intasi ya Iran. Uyu mugabo w’imyaka 63 wahoze ari minisitiri ndetse mu 2005 akaba yarigeze gufungwa kubera forode no […]

Iki ni ikimenyetso ku Rwanda ko rukwiye kuguma kure y'ibibera muri Uganda- Umusesenguzi Mwambutsya

Umuhanga muri politiki akaba n’umwarimu muri Kaminuza, Mwambutsya Ndebesa avuga ko kuba abofisiye umunani  bo muri Uganda bashinjwa gushimuta no gusubiza impunzi y’Umunyarwanda, Lt Joel Mutabazi iwabo binyuranyije n’amategeko barimo kuburanishwa ari nka gasopo ku Rwanda. Urukiko rwa  Gisirikare muri Uganda kuwa Gatatu tariki ya 9 Mutarama 2019 rwakomeje iburanishwa ry’urubanza rw’abapolisi bakuru umunani n’umusirikare […]

Uganda: Umunani barimo ufite ipeti rya Colonel bashinjwe gucyura ku ngufu impunzi z’Abanyarwanda

Abantu umunani bo mu nzego z’umutekano za Uganda kuri uyu wa gatatu bashinjwe icyaha cyo gushimuta no gucyura mu buryo bunyuranyije n’amategeko Umunyarwanda washakaga ubuhungiro muri iki gihugu wahoze mu mutwe ushinzwe kurinda umukuru w’igihugu mu Rwanda nk’uko byatangajwe n’ubushinjacyaha kuri uyu wa Gatatu. Abo bantu umunani barimo Atwooki Ndahura ufite ipeti rya Colonel n’abapolisi […]

Burundi: Umucamanza wigeze intebe y’umukuru w’igihugu ari mu mazi abira

Umucamanza wo mu rukiko rushinzwe gusubiramo imanza mu gihugu cy’u Burundi witwa Egide Nahayo, afungiye muri Gereza ya Mpimba kuva mu byumweru bitatu bishize aho yatawe muri yombi nyuma y’inama nkuru y’ubucamanza yari iyobowe na Perezida Nkurunziza, aho bivugwa ko nyuma y’iyi nama uyu mugabo yigeze intebe ya perezida bikamubyarira ibisusa. Inkuru dukesha urubuga Ubmnews […]

RDC: Umukandida Martin Fayulu aremeza ko amajwi y’Abanyekongo yibwe

Umukandida Martin Fayulu wagize amajwi 34,8% kuri 38,57% ya Felix Tshisekedi, yamaganye iyi mibare yatangajwe na komisiyo y’igihugu y’amatora avuga ko habaye guhirika amatora mu kiganiro yagiranye na RFI amasaha macye hatangajwe ibyavuye mu matora by’agateganyo. Muri iki kiganiro yagiranye n’umunyamakuru Florence Morice yabajijwe uko yakiriye ibyavuye mu matora byamushyize ku mwanya wa kabiri inyuma […]

Félix Tchisekedi abaye Perezida wa 5 wa RDC, ubusesenguzi- itekinika ryihishwe inyuma na Kabila

Nk’uko bimaze gutangazwa mu kanya gashize na Komisiyo yigenga y’amatora ya DRC ( CENI), F. Tchisekedi niwe watsinze amatora yo ku wa 30/12/2018 n’amajwi angana 7.000.000, akurikiwe na Martin Fayulu n’amajwi 6.400.000 naho Shadary akaza ku mwanya wa gatatu n’amajwi 4.400.000. nubwo F. Tchisekedi atsinze bishobora guhinduka isaha n’isaha bitewe nuko hakekwa itekinika ryihishwemo Kabila. […]

Irene Uwoya akomeje kujarajara mu nkundo n'abasore bakiri bato -Amafoto

Irene Uwoya [Oprah] wahoze ari umugore wa Ndikumana Katauti ndetse na Dogo Janja baherutse gutandukana mu mutuzo ahararanye n’undi musore w’imyaka 22. Mu gihe hashize mike urukundo rwa Irene Uwoya n’umuraperi Dogo Janja ruyoyotse bitewe ahanini no gukekana amababa, Ubu uyu mugore  aravugwa mu rukundo rushya n’umuhanzi ukiri muto witwa Kayumba Juma w’imyaka 22, wamamaye […]

Abadepite barashaka kurega Bobi Wine bitewe n’indirimbo ye

Abadepite bo muri Uganda batangaza ko bagiye kugeza mugenzi wabo, Robert Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine mu nkiko kubera aherutse gushyira hanze yitwa ‘Tuliyambala Engule’. Ku ikubitiro , indirimbo ‘tuliyambala engule’ ari byo kuvuga ngo tuzambara ikamba ry’insinzi yarwanyijwe n’abapasiteri bavugaga ko Bobi Wine yavanze iby’Imana n’ibya Kayizari. Abadepite bavuga ko baaragana inkiko bitewe n’uko […]

Abafatanyabikorwa mu butabera biyemeje guhuriza hamwe imbaraga mu nyungu z’abaturage

Abafatanyabikorwa mu rwego rw’ubutabera nka minisiteri y’ubutabera n’imiryango ya sosiyete sivile baravuga ko kuri ubu bagiye gutahiriza umugozi umwe no kurushaho guhuriza hamwe imbaraga kugira ngo batange umusanzu ku byibanze igihugu gikeneye mu butabera. Minisiteri y’Ubutabera (MINIJUST)  ikaba ivuga ko imikoranire itanoze hagati ya sosiyete sivile n’inzego za Leta idindiza ikemurwa ry’ibibazo abaturage bafite. Ibi […]

Rusizi: Barasaba ubutabazi kubera amazi mabi banywa

Abaturage b’utugari twa Cyarukara na Gakoni mu murenge wa Muganza mu karere ka Rusizi, baratabaza ubuyobozi bw’akarere nyuma y’ukwezi kurenga banywa bakanakoresha amazi mabi cyane y’umugezi wa Rubyiro. Bavuga ko barangije umwaka  banatangira undi  nabi  cyane kubera kubura amazi yo kunywa no gukoresha imirimo y’isuku, ku buryo ngo n’amafunguro y’iminsi mikuru ya Noheli n’ubunani bayariye […]

Abakobwa biga kuri APPEKA Kabarondo barataka ihohoterwa ry’igitsina bakorerwa n’abarezi babo

Abakobwa biga ku Ishuri Ryisumbuye rya APPEKA Kabarondo riri mu Karere ka Kayonza baratabaza ubuyobozi bitewe n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina bavuga ko bakorerwa n’abarezi babo. Umwe muri aba bakobwa utashatse ko amazina ye atangazwa waganiriye na Bwiza.com yemeje ko yakorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’Umuyobozi w’Ishuri, Gilbert Nkurunziza kuva mu 2016 ubwo yazaga kwiga kuri […]

Uganda: Stella Nyanzi yabwiye umucamanza ko inda yari atwite yaviriyemo muri gereza

Dr Stella Nyanzi wahoze ari umushakashatsi muri Kaminuza ya Makerere mu gihugu cya Uganda, yabwiye umucamanza w’Urukiko Rukuru ko inda yari atwite iherutse kuviramo muri Gereza ya Luzira afungiwemo, akurikiranweho icyaha cyo gutuka umukuru w’igihugu. Nyanzi uvuga ko afite ikibazo cy’umuvuduko w’amaraso, kuri uyu wa Gatatu yageze imbere y’umucamanza, Lydia Mugambe hagiye kumvwa urubanza rwe […]

Diane Rwigara akomeje politiki mu gihe nyina akajije amasengesho

Aho ubushinjacyaha bw’u Rwanda buhagarikiye gukurikirana abo kwa Rwigara, Diane Rwigara avuga ko agiye gukomeza politiki mu gihe ngo na nyina akomeje gukaza amasengesho. Ubushinjacyaha bwari bwatanze ubujurire ku wa 27 Ukuboza 2018, bujuririra icyemezo cy’Urukiko Rukuru rwo kurekura Diane Rwigara na nyina, Adeline Mukangemanyi. Umuvugizi w’Ubushinjacyaha bw’u Rwanda, Nkusi Faustin aganira na VOA, yavuze […]

Kicukiro: Abanyerondo babiri bafashwe bakira ruswa y'ibihumbi 15

Abagabo babiri bo mu murenge wa Masaka mu karere ka Kicukiro b’abanyerondo bafashwe bakira ruswa y’amafaranga y’u Rwanda ibihumbi cumi na bitanu (15000 frw) kugira ngo bareke umuturage  y’ubake mu buryo bunyuranyije n’amategeko. Kuri uyu wa 08 Mutarama, nibwo Nsabimana Innocent w’imyaka 26 y’amavuko na Itangishaka Amos w’imyaka 27 bafashwe ubwo  basangaga  Ndamage yubaka urugo […]

Félix Tshisekedi Tshilombo , Perezida Mushya wa Congo-Kinshasa

Bwa mbere mateka y’igihugu kinini kurusha ibindi byose muri Afurika, Repubulika ya Demokarasi ya Congo, umukandida w’uruhande rutavuga rumwe n’ubutegetsi atsindiye kuyobora iki gihugu, binyuze mu nzira z’amatora. Felix Tshisekedi w’imyaka 55 , Umuhungu wa Etienne Tchisekedi wabaye impirimbanyi ya politiki ikomeyue cyabne uri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, niwe wegukanye umanya w’umukuru w’igihugu, mu […]

Mwiseneza wasitaye ku ibuye i Rutsiro, yambaye ikamba i Kigali abantu bacurira

Mwiseneza Josiane ni umukobwa w’imyaka 23 y’amavuko.Apima ibiro 57 akaba afite uburebure bwa  metero na santimetero 70. Uyu mukobwa yavuzweho cyane bitewe no kwivugira ko yaje n’amaguru aturutse ku Nyundo kugera ahabereye igikorwa cyo gutoranya abazahagararira Intara y’Iburengerazuba mu irushanwa rya Miss Rwanda 2019, mu mujyi wa Rubavu ku Inzozi Beach Hotel afite igisebe ku […]

Rwamagana: Umusaza arasaba kubakirwa inzu yemerewe na Guvereneri

Nsengiyumva Petero w’imyaka 65, utuye mu mudugudu wa Kavura, Akagari ka Nyagasenyi, Umurenge wa Kigabiro, mu Karere ka Rwamagana,  arasaba ubuyobozi kumwubakira inzu yemerewe na Guvereneri w’Intara y’Iburasirazuba, Mufulukye Fred, ubwo yamugezagaho ibibazo birimo no kutagira icumbi, ku itariki ya 26 Nzeri 2017, mu nteko rusange y’abaturage. Nsengiyumva ni umwe mu bafashe umwanya mu Nteko y’Abaturage […]

Mohamed Salah yahawe igihembo cy'umukinnyi w'umwaka muri Afurika

Umukinnyi w’imbere mu ikipe ya Misiri n’iya Liverpool mu Bwongereza, Mohamed Salah ni we wegukanye igihembo gitangwa n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru ku mugabane wa Afurika (CAF) nk’umukinnyi mwiza w’umwaka wa 2018. Salah w’imyaka 26 y’amavuko yegukanye iki gihembo nyuma yo kurusha mugenzi ukomoka muri Senegal, Sadio Mane  na we akaba anakinira ikipe ya Livepool, hamwe n’umukinyi […]

Umuvugizi wa Perezida Nkurunziza mu ntambara y’amagambo n’abashinja sebuja ubwicanyi

Umuvugizi wa Perezida Nkurunziza w’u Burundi, Jean Claude Karerwa Ndenzako, ari mu ntambara y’amagambo n’umuyobozi mukuru wa Radiyo RPA (Radio Publique Africaine), Bob Rugurika n’abandi ku mbuga nkoranyambaga, ahakana ubwicanyi n’ibindi byaha bashinja Leta. Ku wa 31 Ukuboza 2018, abicishije ku rukuta rwe rwa Twitter, Jean Claude yatangaje ubutumwa avuga ko ari ubwa Perezida Nkurunziza, […]

Butera Andrew wa APR FC wari waravunitse yatangiye imyitozo

Umukinnyi wa APR FC, Butera Andrew ukina mu kibuga hagati wari umaze ukwezi atagaragara mu kibuga kubera imvune, yatangiye imyitozo by’umwihariko akavuga ko ameze neza. Uyu musore wagaragaye ari mu myitozo, avuga ko atari yakira neza ku buryo yakinishwa muri iki cyumweru, ariko ko yiteguye ko mu mikono izakirwa mu gitaha ashobora kuzagaragara mu kibuga. […]

RDC: Inyeshyamba zo muri Uganda zagabye igitero zica abantu 10

Inyeshyamba za ADF zikomoka muri Uganda, zagabye igitero mu gace ka Mavivi, kari mu Majyaruguru ya Beni, mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, zica abaturage 10. Iki gitero cyagabwe mu ijoro ryo ku wa Mbere tariki ya 7 Mutarama 2019, zica abantu 10 abandi babiri barakomeretswa, zinasahura amatungo, ibiribwa n’ibindi bikoresho. Nk’uko bitangazwa n’umuyobozi muri aka […]

Umusore yakubise amavi hasi asaba gusohokana  Selena Gomez

Umusore urimo kuzamuka mu mukino w’iteramakofe, Ryan Garcia atangaza ko yifuza gukundana na Selena Gomez kuko ngo kugeza ubu nta mukunzi afite. Uyu musore yavuze ko yumva akwiye kugerageza amahirwe agakundana n’uyu mukobwa w’umuririmbyi. Ati “ Reka nzagusohokane. Nta mukunzi agira, mureke ngerageze amahirwe yanjye.” Uyu musore w’imyaka 20 yatangarije TMZ  ko Selena Gomez akwiye […]

Nyamasheke: Abahinzi barataka igihombo baterwa n’imihanda ica mu cyayi yangiritse

Abahinzi b’icyayi b’i Gatare bibumbiye muri koperative ‘COTHEGA’ ikorera mu murenge wa Karambi mu karere ka Nyamasheke, barataka igihombo baterwa n’imihanda ica mu cyayi hagati  n’ibiraro byayo  byangiritse. Bamwe muri aba bahinzi bavuze ko bari bagize amahirwe Leta yumva ibyifuzo byabo ibubakira uruganda rw’icyayi bareka gukora ibilometero birenga 60 bakijyana mu Gisovu aho cyageraga cyangiritse […]

Huddah Monroe uhora yirata uburaya yaciye amarenga ko agiye kurongorwa

Umunyamideli wo muri Kenya, Huddah Monroe ukunze gutangaza ko ibyo atunze abikesha igitsina cye, yaciye amarenga ko yaba yitegura gushyingirwa vuba. Huddah yisegura ku bo yaba yaragiranye nabo ibibazo mu mwaka wa 2017, akishimira ko yasoje uwa 2018 ntawe bashwanye, by’umwihariko agatanga icyizere ko 2019 ashobora gutaha mu rwe. Abicishije ku rukuta rwe rwa Instagram, […]

U Burundi bwijunditse Museveni ko afata ikibazo cyabwo n’u Rwanda nk’icyoroshye

Leta y’u Burundi irashinja Perezida Museveni wa Uganda, akaba n’umuhuza w’Abarundi mu biganiro, gufata ikibazo cy’umubano mubi hagati yabwo n’u Rwanda nk’icyoroshye kandi gikomeye. Ibi biri mu bikubiye mu itangazo Leta y’u Burundi yasohoye ku wa Kabiri tariki ya 8 Mutarama 2019, ubwo yagiraga icyo isobanura ku mabaruwa u Burundi bumaze iminsi bwandikirana na Uganda. […]

Amasengesho yawe uyakorere bashiki bawe- Juliana atuka uwavuze ko akeneye kurongorwa

Umuhanzikazi Juliana Kanyomozi wo muri Uganda, yasabye umufana we kwerekeza amasengesho yamusabiraga kuri bashiki be, nyuma yo kuvuga ko akwiye umugabo muri uyu mwaka. Ubwo Juliana yatangazaga ko yashyize hanze video y’indirimbo yise ‘Omukwano Ogwedda’ ugenekereje mu Kinyarwanda ‘Urukundo rwa kera’ nibwo umufana we witwa Moses Omujugujugu yahise avuga ko adakwiye kuririmba urukundo mu gihe […]

MINEDUC: Abanyeshuri bacumbikirwa bazatangira bitewe n’uturere bigamo

Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) yatangaje ko abanyeshuri baziga bacumbikirwa bazatangira igihembwe cya mbere cy’amashuri mu mwaka wa 2019 hagendewe ku turere bazigamo. Ibi bitandukanye no mu myaka yashize aho abanyeshuri bacumbikirwa basabwaga kujya ku ishuri hagendewe ku ntara bigamo. Itangazo ryashyizwe ahagaragara n’iyi minisiteri, rivuga ko abanyeshuri basabwe kwambara umwambaro w’ishuri ndetse bafite ikarita y’ishuri kugira […]

Aho kuba imbwa naba imva, si ndi inyangarwanda ndi nkundurwanda

Kuva kera na kare mu mateka y’urwa Gasabo, ingabo, intore z’umwami zatozwaga kumasha, guhamiriza, gusimbuka urukiramende, kunyobanwa, kwivuga nibindi biganisha k’ubutwari bw’ingabo no gukomera kw’igihugu. Ibi ni nabyo nasanze muri kaminuza y’i Karama yigishaga ibya politiki mu mashami ya Uhuru na Umoja. Aho abanyeshuli mubyo batozwaga harimo ibintu bibiri by’ingenzi aribyo gukunda igihugu no kucyitangira. […]

Icyifuzo cyacu kuri Kenya n'ukubona amahoro biciye mu ubumwe n'iterambere – Uhuru Kenyatta

Aya magambo atagira uko asa ushobora kuyasanga ku rukuta rwa facebook rw’umukuru w’ igihugu cya Kenya Uhuru Kenyatta, kuwa 06/01/2019, ubwo yifurizaga Railla Odinga isabukuru nziza y’ amavuko nyuma yibihe bikomeye byo guhangana banyuzemo mu matora y’umukuru w’igihugu cya Kenya, ariko kuri ubu bakaba badasigana nyuma yo kwiyunga. Aba bagabo bombi b’abanyapolitiki bahanganye mu gihe […]

Burundi: Umusirikare yashyizwe mu byago n’umugore we wamureze gushaka kujya mu nyeshyamba

Umusirikare w’u Burundi, Nahimana Felix,  yatawe muri yombi ku itegeko ryatanzwe na Guverineri w’Intara ya Makamba, ashinjwa n’umugore we gushaka kujya kwinjira mu mutwe w’inyeshyamba zirwanya Leta y’u Burundi. Nahimana Felix asanzwe ari umusirikare w’u Burundi, kuva ku wa Gatatu w’icyumweru gishize akaba ari kuri sitasiyo ya Polisi i Makamba, akaba yarafashwe ku itegeko ryatanzwe […]

Uganda: Gen Kayihura akomeje kwigaragariza urukiko mu gihe agitegereje ko urubanza rwe rutangira

Uwahoze ari Umuyobozi w’Igipolisi cya Uganda, Gen. Kale Kayihura, kuri uyu wa Mbere yongeye kwitaba Urukiko Rukuru rwa Gisirikare mu rwego rwo kubahiriza ibiteganywa no gufungurwa by’agateganyo ko agomba kujya yigaragaza imbere y’uru rukiko buri wa mbere w’ukwezi gushya. Nubwo akomeje kugaragara mu gihugu anagaragaza ko agihari, Gen Kayihura agomba kuba ategereje ko urubanza rwe […]

Rusizi: Ababyeyi b’abasilamu bavuga ko abana babo baciye ukubiri n’inyigisho z'ubutagondwa

Nyuma y’uko mu myaka Ine ishize  mu karere ka Rusizi havugwaga urubyiruko rw’abayisilamu rwishora mu nyigisho zirukangurira ibikorwa by’ubutagondwa n’iterabwoba, ababyeyi bavuga ko bishimira ko byahagaze bakanizeza inzego z’umutekano ko bitazongera. Mu kiganiro cyahuje urwego rwa polisi y’igihugu rushinzwe kurwanya ibikorwa by’ubutagondwa n’iterabwoba n’abayisilamu bo mu mujyi wa Rusizi  mu musigiti wa Kamembe, mu mpera […]

Somalia: Babiri barasiwe ku karubanda nyuma yo gukatirwa n’urukiko rwa gisirikare

Abayobozi ba Somalia bishe barasiye ku karubanda abicanyi babiri bakoranaga na Al Shabab bari bahamijwe n’urukiko rwa gisirikare icyaha cyo kwica umuyobozi gakondo . Hassan Ali Hassan w’imyaka 25 na Abdirahman Isse Ali w’imyaka 22, biciwe mu murwa mukuru wa Somalia, Mogadishu nk’uko byemejwe n’igisirikare cy’iki gihugu kuri uyu wa Mbere, itariki 07 Mutarama. Iyi nkuru […]

Drake ari mu mazi abira bitewe n’umwana w’umukobwa

Impirimbanyi z’uburenganzira bwa muntu zirasaba ko Umuhanzi Drake yatabwa muri yombi bitewe n’amashusho agaragara ku mbuga nkoranyambaga arimo gukorakora umwana w’umukobwa utujuje imyaka y’ubukure. Drake yakorakoye uyu mukobwa mu 2010 ubwo yari ku rubyiniro mu gitaramo yari yakoreye mu Mujyi wa Colorado ahitwa Denver. Muri aya mashusho Drake asoma uyu mukobwa ndetse akanamukorakora mu gituza […]

Amwe mu mateka y’Umwami w'Abami Akihito wakiriye Perezida Kagame mu Buyapani

Mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri Perezida Kagame n’umufasha we, Madamu Jeannette Kagame bagiriye mu Buyapani, bakiriwe n’Umwami w’Abami,  Akihito hamwe n’umwamikazi Michiko b’iki gihugu. Umukuru w’igihugu n’umufasha we bashyitse i Tokyo kuri uyu wa Mbere tariki ya 7 Mutarama 2019, bakirwa Ibwami kuri uyu wa Kabiri. Nyuma yo kwakirwa ibwami, biteganyijwe ko Perezida Kagame na […]

Haribazwa niba Louise Mushikiwabo atazakorera u Rwanda aho gukorera OIF

Abantu benshi barimo abasesenguzi bakomeje guhanga amaso ahazaza h’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikiwabo, bategereje kureba uko azitwara mu nshingano nshya aherutse guhabwa zo kuyobora uyu muryango asimbura Umunyakanadakazi, Michaà«lle Jean, aho bamwe batangiye kumusaba kuzigengesera niba yifuza kuzaguma kuri uyu mwanya. Umuryango wa OIF bivugwa ko wakunze kugaragara nk’igikoresho cyo kugira […]

Abamotari bareze mu nkiko Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Guteza Imbere Amakoperative

Abamotari bibumbiye mu ishyirahamwe ry’abamotari bo mu Ntara y’Iburasirazuba, UNESCOM bareze Ikigo cy’Igihugu cy’Amakoperative (RCA)  bagishinja kubateza igihombo ubwo ishyirahamwe ryabo ryasesagwa mu cyo bise uburyo bunyuranyije n’amategeko. Aba bamotari 3,755  bahoze mu makoperative cumi na biri yo mu turere turindwi tugize Intara y’Iburasirazuba, bavuga ko ishyirahamwe ryabo ryasheshwe na RCA mu buryo bunyuranyije n’amategeko,bityo […]

PS-Imberakuri ya Me Ntaganda yamaganye abayiyitirira bagamije guhirika ubutegetsi

Ishyaka PS-Imberakuri rya Me Ntaganda Bernard , ritemewe n’amategeko y’u Rwanda ariko we ashimangira ko ryemewe, ryamaganye abiyitirira iri shyaka bemeza ko bafatanyije n’imitwe ya gisirikare y’ihuriro P5 ry’amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Rwanda igamije guhirika ubutegetsi iherutse kuvugwa muri raporo y’impuguke z’Umuryango w’Abibumbye. Itangazo ryashyizwe ahagaragara na Me Bernard Ntaganda nk’uwashinze iri shyaka rifite […]

Akanyamuneza ni kose kuri Majoro Ntuyahaga woherejwe mu Rwanda atabishaka

Majoro Bernard Ntuyahaga umaze ibyumweru bibiri yoherejwe mu Rwanda, we n’umuryango we batabishaka, atangaza ko yakiriwe neza ndetse ko ubuzima bwe bumeze neza. Majoro Ntuyahaga yahoze mu ngabo z’u Rwanda, yoherejwe mu Rwanda arangije igifungo cy’imyaka 20 yakatiwe n’urukiko rwo mu Bubiligi, ashinjwa urupfu rw’abasirikare b’ababiligi biciwe mu Rwanda mu 1994. Abo basirikare bari bashinzwe […]

Rulindo: Umuturage yafatanwe ibipfunyika 150 by’ikiyobyabwenge cya mayirungi

Mu bikorwa byo kurwanya icuruzwa n’ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge mu karere ka Rulindo mu murenge wa Ntarabana,  mu muhanda Gatuna- Kigali hafatiwe umusore w’imyaka 20 afite ibipfunyika 150 by’icyiyobyabwenge cyo mu bwoko bwa mayirungi. Kuri uyu wa 6 Mutarama 2019 nibwo uyu musore  yafatiwe mu modoka itwara abagenzi yavaga Gatuna yerekeza mu mujyi wa Kigali. Chief Inspector […]

Gabon: Babiri mu bashatse guhirika ubutegetsi bishwe,undi afatwa yihishe mu buriri

Ibiro bya Perezidansi y’Igihugu cya Gabon bitangaza ko babiri mu bari batangaje ko bahiritse ubutegetsi bwa Perezida Bongo bishwe barashwe ku munsi w’ejo. Itangazo ryashyizwe ahagaragara n’Umuvugizi wa Leta y’iki gihugu, Guy-Bertrand Mapangou rivuga ko aba bishwe  ubwo bakozanyagaho n’ingabo za Leta zashakaga  kubambura Radiyo y’igihugu bari bafashe mu gihe bagenzi babo batatu batawe muri […]

Kimisagara: Abaturage bigaragambije bifuza kumenya uwabarogeye umuyobozi

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kimisagara, Akarere ka Nyarugenge mu mujyi wa Kigali, bigaragambirije ku biro by’umurenge basaba ko ubuyobozi bufungura uwitwa Mugande wari wabijeje kubahuza n’umuvuzi, akabafasha kubereka umurozi waroze uwari umuyobozi wabo w’umudugudu. Ahagana saa mbiri n’igice zo kuri uyu wa Mbere tariki ya 7 Mutarama 2019, nibwo abaturage b’ingeri zose […]

Nanjye nkorera Imana- Bobi Wine abwira abapasiteri

Umudepite Robert Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine yasubije abakomeje kumutunga agatoki ko yasimbuje izina rya Yezu mu ndirimbo ye, ababwira ko na we akorera Imana. Abapasiteri bo mu itorero ry’Abapentekositi bavuga ko indirimbo ‘Tuliyamabala Engule’ bivuga kwambara ikamba ry’insinzi bamushinja gusimbuza izina rya Yezu. Bobi yasubije aba bapisiteri ko impamvu yifashishije indirimbo zo mu rusengero […]

Bruce Melodie niwe muhanzi rukumbi wo mu Rwanda uzahatanira igihembo muri HiPipo Music Awards

Amazina y’abahanzi bazahatanira ibihembo bya HiPipo Music Awards muri uyu mwaka wa 2019 yamaze gushyirwa ahagaragara, aho mu Rwanda hafashwe umuhanzi umwe rukumbi, Bruce Melodie n’indirimbo ye, Blocka. Ibi bihembo bizaba bitangwa ku nshuro ya munani bisanzwe bibera muri Uganda bizahuriramo abahanzi bo hirya no hino muri Afurika mu nzego zitandukanye, biteganyijwe ko bizabera muri […]

Gabon: Abasirikare bagerageje guhirika ubutegetsi batawe muri yombi

Umuvugizi wa Guverinoma ya Gabon, Guy-Bertrand Mapangou, aratangaza ko kuri ubu ibintu byasubiye mu buryo muri iki gihugu nyuma y’aho agatsiko k’abasirikare kari kabyutse mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere kigarurira Radio y’igihugu mu cyagaragaye nko gushaka guhirika ubutegetsi. Mu kiganiro yagiranye na RFI na France24,bwana Mapangou yavuze ko abasirikare bane muri batanu bagerageje […]

Dore impamvu enye zituma u Bushinwa bukomeje kwigarurira Abanyafurika

Muri iki gihe igihugu cy’u Bushinwa gikomeje gufata ijambo muri politiki z’ubukungu z’ibihugu byinshi byo muri Afurika, ngo hari impamvu zimwe zishobora kuba zituma Afurika ishima gukorana n’u Bushinwa kurusha ibindi bihugu by’ibihangange. Ku Banyafurika, ngo u Bushinwa bufite ibintu bine birushaho gukurura Afurika: Inguzanyo idashyirwaho amananiza, kwihutisha serivisi n’ibicuruzwa bihendutse, gutera inkunga ibikorwa byo […]

Mu 2024 abaturage bishimira serivisi bahabwa bazaba ari 90% – PM

Minisitiri w’Intebe, Dr Ngirente Edouard avuga ko Guverinoma y’u Rwanda yihaye intego y’uko mu 2024, umubare w’abaturage bishimira serivisi bahabwa uzaba uri kuri 90%. Ibi yabitangaje kuri uyu wa Mbere tariki ya 7 Mutarama 2019, ubwo yatangizaga ku mugaragaro inama nyunguranabitekerezo yo kunoza imikorere n’imikoranire mu nzego z’ibanze. Iyi nama y’iminsi ibiri ikaba yabereye i […]

Gabon: Agatsiko k’Abasirikare kigaruriye radio mu gisa nko guhirika ubutegetsi

Abasirikare bakuru ba Gabon mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere, itariki 07 Mutarama 2019, babyutse bigarurira radio y’igihugu mu gisa nko guhirika ubutegetsi batangaza ko batishimiye perezida Ali Bongo kuri ubu urimo gukiruka aho arwariye muri Maroc. Ijambo Ali Bongo yagejeje ku baturage ba Gabon abifuriza umwaka mushya muhire wa 2019 ryatumye benshi bibaza […]

 Diamond Platnumz yahinduye itariki y’ubukwe bwe

Umuhanzi Diamond Platnumz yatangaje ko hari impinduka zabaye mu matariki y’ubukwe bwe na Tanasha Donna bwari buteganyijwe kuwa 14 Gashyantare 2019. Diamond yari aherutse gutangaza ko ubukwe bwe buzamara iminsi ine. Mu kiganiro na Wasafi TV, Diamond yemeje ko ubukwe buzaba muri uyu mwaka ariko ko hari ikintu cyahindutse kuri gahunda yari iteganyijwe. Ati “ […]

Uganda: Umugore arashinjwa gutwika imyanya y’ibanga y’agakobwa k’imyaka 3

Mu gihugu cya Uganda haravugwa umugore watwitse imyanya ndangagitsina y’umwana w’umukobwa amuziza kunyara ku buriri bwe nk’uko tubikesha urubuga rwa spyreports rwandikira muri iki gihugu. Igipolisi mu Karere ka Luwero cyataye muri yombi uyu mugore ukurikiranweho gutwika imyanya y’ibanga y’umwana w’umukobwa w’imyaka 3 y’amavuko. Uyu mugore witwa Hadijja Nansasi utuye ahitwa Kasana, mu mujyi wa […]

Rubavu: Abanyekongo bakomeje kwinjira ku bwinshi batinya ibishobora kuzaduka iwabo

Mu gihe hagitegerejwe ibyavuye mu matora ya perezida n’abadepite muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, Abanyekongo baturanye n’u Rwanda bakomeje kwambuka umupaka wa Rubavu ku bwinshi binjira mu Rwanda batinya ibishobora kuba iwabo nyuma yo gutangaza ibyavuye mu matora. Abanyekongo basabye kuba bari mu Rwanda baravuga ko bafite ubwoba bw’amakimbirane ashobora kwaduka mu gihugu cyabo. […]

Mu Rwanda hari abakuye inkota mu rwubati, u Burundi nta bwoba dufite- Umuvugizi wa Nkurunziza

Umuvugizi wa Perezida Nkurunziza w’u Burundi, Jean-Claude Karerwa Ndenzako avuga ko ikibazo cy’umubano w’u Rwanda n’u Burundi cyafashe intera ndende, agashimangira ko hari n’amakuru y’uko bamwe mu Rwanda batangiye kwitegura urugamba. Ku wa Gatatu tariki ya 19 Ukuboza 2018, mu kiganiro Leta y’u Burundi yari yagiranye n’abanyamakuru, nibwo umwe mu banyamakuru yabajije ikibazo agira ati […]

Gen  Muhoozi aribaza byinshi nyuma y’aho habonetse undi mugabo basa

Umuhungu wa Perezida Museveni, Gen Muhoozi Kainerugaba akomeje gusaba abandi bantu kugira igitekerezo batanga nyuma y’aho habonetse undi mugabo basa mahwi utatangajwe amazina. Igaragara ry’uyu mugabo  ryatumye abaturage benshi basigara bibaza byinshi. Ibi byatumye na Gen Muhoozi na we agira icyo avuga ndetse asaba n’abandi kugira icyo babivugaho. Abinyujije ku rukuta rwe rwa twitter, Muhoozi […]