Semuhungu arafunzwe

1004175695 f000b

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko rwafashe Eric Semuhungu, ariko ntirwatangaza ibyo akurikiranyweho kugira ngo iperereza rikomeje ridahungabana. Umuvugizi wa RIB, Dr. Murangira B. Thierry, yavuze ko koko Semuhungu yamaze gutabwa muri yombi, ariko ko amakuru arambuye azatangazwa nyuma y’uko iperereza ry’ibanze rikorwa. Semuhungu yafashwe ku wa 9 Mata 2026, ubu akaba afungiye kuri sitasiyo […]

Umunyamakuru Michombero yise Yampano umuyobozi wa AFC/M23

yam 3 c50c6

Umunyamakuru Daniel Michombero yongeye kuvugwaho cyane nyuma yo gutangaza amakuru atari yo, aho yise umuhanzi Uworizagwira Florien (Yampano) umuyobozi ukomeye mu mutwe wa AFC/M23. Uyu munyamakuru ukorera mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, by’umwihariko mu mujyi wa Goma, amaze iminsi ashinja bamwe mu bayobozi ba AFC/M23 ibikorwa by’urukozasoni, avuga ko yababonye mu mashusho […]

Mu rugo rw’umuhanzi Neg G hapfiriye umuntu

neg g fffdf

Umugabo w’imyaka 30 wari wasuye umuhanzi Ngenzi Serge uzwi nka Neg G the General, yitabye Imana mu buryo butunguranye nyuma y’igihe gito ageze iwe. Ibi byabereye mu Kagari ka Kamuhoza, mu Murenge wa Kimisagara, Akarere ka Nyarugenge, mu ijoro ryo ku wa 8 rishyira ku wa 9 Mata 2026, aho uwo muhanzi atuye. Amakuru avuga […]

Dosiye ya DC Clement yashyikirijwe Ubushinjacyaha

1775062332403

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwamaze gushyikiriza Ubushinjacyaha dosiye iregwamo umunyamakuru Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement. Iperereza ry’ibanze ryagaragaje ko icyangombwa cyari cyatanzwe cyo kuvugurura inzu yasanwaga kitari icy’uyu munyamakuru, ahubwo ko hari abamukoresheje. DC Clement yatawe muri yombi ku wa 31 Werurwe 2026, nyuma y’aho habereye gushyamirana hagati ye n’inzego zari mu gikorwa cyo […]

Umugore yibarutse mu ndege igiye kugwa i New York

b737 airplane registration 9y tab 125043960

Hari inkuru idasanzwe yabereye mu kirere, aho umugore umwe yibarutse ari mu ndege ya sosiyete Caribbean Airlines yari igiye kugwa ku kibuga cy’indege cya John F. Kennedy International Airport muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Ibi byabaye ku wa Gatandatu, tariki ya 5 Mata 2026, ubwo indege yari igeze hafi kugwa i New York, uyu […]

Paul Biya yagize umuhungu we Visi Perezida anamuha kuyobora igisirikare

Paul Biya and Emmanuel Biya

Perezida wa Cameroun, Paul Biya, yafashe icyemezo cyateje impaka zikomeye nyuma yo gushyira umuhungu we, Franck Emmanuel Biya, ku mwanya wa Visi Perezida w’Igihugu ndetse anamugira Umukuru w’Ingabo zose. Ibi byemejwe n’iteka ryasohotse ku wa 4 Mata 2026, rinagaragaza ko Franck Biya yagizwe Minisitiri wungirije muri Minisiteri y’Ingabo, umwanya umushyira ku isonga mu bijyanye n’umutekano […]

Clapton Kibonge yasezeranye n’umugore we bamaranye imyaka umunani

log 14 15e0d

Kuri uyu wa 4 Mata 2026, umukinnyi wa filime uzwi cyane, Clapton Kibonge, yakoze ubukwe n’umugore we Ntambara Mutoni Jacky, bari bamaze imyaka umunani babana ndetse bafite abana batatu. Iyi mihango yatangiriye mu gusaba no gukwa byabereye i Rwempasha mu Karere ka Nyagatare, mbere y’uko bakomereza mu gusezerana imbere y’Imana mu rusengero rwa Gasinga Miracle […]

Arembejwe n’inkoni yakubiswe ubwo yakinaga yigize Yesu

52736 1775226026

Umusore wiga amategeko mu mwaka wa kabiri muri Kaminuza ya Kampala International University, witwa Dennis Zziwa, yajyanywe kwa muganga nyuma yo gukomereka ubwo yakinaga yerekana ubuzima bwa Yesu Kristo mu gikorwa cyo kuzirikana inzira y’umusaraba. Ibi byabereye mu rusengero rwa Our Lady of Africa Church ruherereye i Mbuya, mu gihugu cya Uganda, mu gihe abakirisitu […]

Cuba igiye kurekura imfungwa 2,010 kubera igitutu cya Amerika

aa15a8be e40b 4818 bf1d 6b0b3cc4c0e9 1775231489

Guverinoma ya Cuba yatangaje gahunda yo kurekura imfungwa 2,010, mu gikorwa yavuze ko kigamije kugaragaza impuhwe n’ubutabazi, mu gihe igitutu gituruka muri Amerika gikomeje kwiyongera. Iri tangazo ryashyizwe ahagaragara ku wa Gatandatu, tariki ya 3 Mata, binyuze kuri Ambasade ya Cuba iri muri Amerika. Abayobozi b’iki gihugu bavuze ko iki cyemezo gifitanye isano no kwizihiza […]

Chelsea yahannye Enzo Fernández kubera Real Madrid 

skysports chelsea enzo fernandez 6682385

Ikipe ya Chelsea F.C. yafatiye ibihano umukinnyi wayo wo hagati, Enzo Fernández, nyuma y’amagambo aherutse gutangaza agaragaza ko ashobora kwerekeza mu yindi kipe, by’umwihariko Real Madrid. Aya magambo Enzo yayavuze mu gihe cy’ikiruhuko mpuzamahanga, aho byagaragaye ko ashobora kuba yifuza kuva muri Chelsea akajya mu ikipe yo muri Espagne. Ibi ntibyishimiwe n’ubuyobozi bw’ikipe, buhita bumufatira […]

Iran yishe umuhanzi wishoye mu myigaragambyo

107620893 15702307 image m 12 1775155137194

Igihugu cya Iran cyishe umusore w’imyaka 18 witwaga Amirhossein Hatami, wari umucuranzi wa gitari. Yishwe azira kuba yaritabiriye imyigaragambyo yabaye muri Mutarama. Uyu musore yafashwe ku itariki ya 8 Mutarama, ashinjwa gutwika inyubako y’itsinda ry’abasirikare rizwi nka Basij mu murwa mukuru Tehran. Nyuma yo gufatwa, yamaze ibyumweru ari wenyine muri gereza. Yanagaragajwe kuri televiziyo y’igihugu […]

Austria yahaye Amerika gasopo

SEI 290898378 2944

Igihugu cya Austria cyafashe icyemezo gikomeye cyo kwanga ko indege za gisirikare za Leta Zunze Ubumwe za Amerika zinyura mu kirere cyacyo zerekeza mu bikorwa bya gisirikare bigamije Iran. Minisiteri y’ingabo ya Austria yemeje ko Amerika itazemererwa gukoresha ikirere cy’icyo gihugu mu bikorwa bifitanye isano n’iyi ntambara iri gukaza umurego mu Burasirazuba bwo Hagati. Iki […]

Iran iri guhiga hasi hejuru abasirikare ba Amerika yarasiye mu ndege ntibapfa

0d49567a266028af48a248a2f5b969e0

Iran yatangaje ko yashyizeho igihembo ku basirikare b’Abanyamerika batwara indege, nyuma yo kuvuga ko yarashe indege ya gisirikare yo mu bwoko bwa F-35 Lightning II.  Amakuru yatangajwe n’ibitangazamakuru bifitanye isano na Leta ya Iran avuga ko iyi ndege yarashwe ikagwa ku butaka bw’icyo gihugu. Banagaragaje amafoto bavuga ko ari ibisigazwa by’iyo ndege, ndetse bavuga ko […]

FERWAFA yigaramye abakinnyi b’Amavubi bazanye abana mu kibuga

hew4t1bxqaagx1l 19945

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje ko abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu, Amavubi, bakoze ibitari byemewe ubwo bamwe muri bo bazanaga abana babo mu kibuga nyuma yo gutsinda. Ibi byabaye ku wa 30 Werurwe 2026 kuri Stade Amahoro, aho u Rwanda rwegukanye igikombe cya FIFA Series 2026 rutsinze Estonia ibitego 2-0, mu mukino witabiriwe n’abafana benshi […]

Pacson yijanditse mu ntambara ya P Fla na Davis D

1747478819556pacso0er 01c57

Umuraperi Pacson (Ngoga Edson) yatangaje ko ashyigikiye P Fla mu makimbirane ari hagati ye na Davis D, bapfa ibijyanye n’indirimbo n’ubuzima bwo gufungwa. Byatangiye ubwo P Fla yavugaga ko hari abahanzi bavuga ko bafunzwe igihe gito, barangiza bakabikoresha bakora indirimbo bashimira ababafashije, nyamara rimwe na rimwe baba batarigeze bafungwa koko, ahubwo baragiye kuri sitasiyo ya […]

DC Clement yatakambye

1775062332403

Umunyamakuru Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement, kuri ubu afungiye kuri sitasiyo ya RIB ya Jabana mu Karere ka Gasabo, yasabye imbabazi abinyujije mu ibaruwa yanditse ku rupapuro n’ikaramu. Muri iyo baruwa, yemeye ko we na bagenzi be bakoze ibinyuranyije n’amategeko, bityo bigatuma inzu bubakaga mu Murenge wa Jabana isenywa n’inzego zibishinzwe. Yagize ati: “Banyarwanda, […]

Umunyamakuru DC Clement arafunzwe nyuma yo gusenyerwa inzu 

images 26

Ku mugoroba wo ku wa Kabiri tariki ya 31 Werurwe 2026, umunyamakuru wamenyekanye cyane ku mbuga nkoranyambaga, Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement, yatawe muri yombi, aho afungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Jabana mu Mujyi wa Kigali. Iri fatwa ryakurikiye amakuru yari amaze iminsi acicikana ku mbuga nkoranyambaga, aho uyu munyamakuru yari yatangaje ko […]

Umugore yasimbutse imodoka ya Polisi yari umujyanye muri kasho

wild video captures handcuffed woman 124735129 1774953439

Muri Leta ya Michigan muri Amerika, umugore wari wafashwe na polisi yatorotse mu buryo butangaje, anyuze mu idirishya ry’imodoka ya polisi. Uyu mugore yari yafashwe azira kurenga ku mategeko y’ifungurwa ry’agateganyo. Nyuma yo kumufata, polisi yamushyize mu modoka nyuma yo kumwambika amapingu. Amashusho yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga agaragaza uyu mugore asohoka mu idirishya ry’igice cyari […]

Bad Rama yasohowe nk’igisambo mu gitaramo cy’umunyarwanda muri Amerika

0

Bad Rama, uherutse kugarukwaho cyane nyuma yo kunenga u Rwanda, ntiyemerewe kwinjira mu gitaramo cya Ruti Joel cyabereye muri Leta ya Indiana muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Iki gitaramo cyari cyitabiriwe n’Abanyarwanda benshi batuye muri iyo leta no mu nkengero zayo. Cyari kigamije gususurutsa abakunzi b’umuziki wa Ruti Joel, ariko Bad Rama ntiyigeze abasha […]

Umugore yakubise umugabo wanze ko baryamana

e2497b64ab84a2a6646862006d17c8f9

Polisi yo muri Mexico yataye muri yombi umugore w’imyaka 25 witwa Sara Michelle, ukekwaho gukubita umugabo bakundanaga witwa MartĂ­n Octavio, nyuma y’amakimbirane yabereye mu rugo. Nk’uko byatangajwe n’inzego z’umutekano, ibi byabaye nyuma y’uko MartĂ­n Octavio atangaje ko adashaka kuryamana n’uwo mugore, ibintu byateje impaka hagati yabo. Bivugwa ko Sara Michelle yafashe umukandara atangira gukubita uwo […]

Afcon izakinwa n’amakipe 28 aho kuba 24

Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF), Patrice Motsepe, yatangaje ko irushanwa rya Africa Cup of Nations (AFCON) rigiye kongerwa rikava ku makipe 24 rikagera kuri 28 azajya aryitabira. Ibi yabitangaje ku Cyumweru, tariki ya 29 Werurwe 2026, nyuma y’inama y’akanama k’ubuyobozi ka CAF (Executive Committee), aho yavuze ko ari imwe mu ngamba zigamije guteza […]

Urujijo rukomeye i Wembley aho umukinnyi yahawe amakarita abiri y’umuhondo akaguma mu kibuga

20260328 112802

Mu mukino wa gicuti wahuje u Bwongereza na Uruguay warangiye banganyije 1-1, habayemo ikintu kidasanzwe cyasize abafana n’abakinnyi benshi bibaza ku rwego rw’umusifuzi. Manuel Ugarte, umukinnyi wo hagati wa Uruguay, yagaragaye nk’uwahawe amakarita abiri y’umuhondo, ariko ntibyamuviriyemo ikarita itukura nk’uko bisanzwe. Ugarte yabonye ikarita ya mbere mu gice cya kabiri cy’umukino, nyuma yo gukora ikosa […]

Rurageretse hagati ya Mr Eazi na Bad Bunny

220812

Hari gukomeza kuvugwa inkuru ikomeye mu muziki mpuzamahanga ihanganishije umuhanzi wo muri Nigeria Mr Eazi n’icyamamare cyo muri Puerto Rico Bad Bunny, nyuma y’aho impande zombi zidahuza ku ikoreshwa ry’indirimbo bivugwa ko yakozwe nta burenganzira. Mu ntangiriro za 2023, Mr Eazi yashyize ku mugaragaro ibirego ashinja Bad Bunny n’ikipe ye gukoresha ibice by’indirimbo “Empty My […]

Kim Kardashian na Ray J bagiranye amasezerano ya miliyari 7 Frw nyuma yo kuryamana 

60c0222248464c8fa2480f33d1e00e56 md

Mu mwaka wa 2023, Kim Kardashian na Ray J bagiranye amasezerano y’ibanga agamije kurangiza amakimbirane bari bafitanye. Aya masezerano yavugaga ko impande zombi zitagomba kongera kuvuga cyangwa gutangaza amakuru ajyanye na video yabo yigeze guteza impaka mu myaka yashize. Byari bigamije gukumira impaka no kurinda izina rya buri ruhande. Nk’uko amakuru abitangaza, ayo masezerano yari […]

Umuhanzi Sabi yarashwe arapfa

1774547677907sab10

Umuhanzi w’Umunya-Nigeria witwa Sabi, amazina ye nyakuri akaba Sabinus Chukwuebuka Nelson Obi, yitabye Imana nyuma yo kuraswa n’abantu bataramenyekana mu mujyi wa Lagos. Ibi byabaye mu ijoro ryo ku wa 24 Werurwe 2026, aho yari acumbitse muri hoteli, maze abagizi ba nabi bakinjira bakamurasaho, bigateza akavuyo gakomeye. Aya makuru yemejwe n’umuvandimwe we, uvuga ko byabaye […]

Umuraperi Desiigner yatawe muri yombi

Desiigner 091523 84b224405c034175af00e65c447648cc

Umuraperi w’Umunyamerika Desiigner, uzwi cyane mu ndirimbo Panda, yatawe muri yombi akurikiranyweho icyaha cy’ihohotera ryo mu rugo ku rwego rwa gatatu, nyuma y’ikibazo cyabaye hagati ye n’umugore babyaranye. Nk’uko amakuru atangazwa n’inzego z’umutekano muri Leta ya South Carolina abivuga, Sidney Royel Selby III wamenyekanye nka Desiigner yatawe muri yombi ku wa 23 Werurwe 2026, nyuma […]

Ukuntu CAF yivanze mu byemezo by’ubujurire bikarangira ihaye Morocco Afcon2025

1774510818396

Iperereza ryakozwe n’umunyamakuru Romain Molina ku bufatanye na Sport News Africa ryashyize ku karubanda amakuru akomeye ashinja Impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Afurika, Confederation of African Football (CAF) kuba yaragize uruhare mu guhindura imyanzuro y’urwego rw’ubujurire, bikaba byarafashije gutuma Maroc ihabwa igikombe cya CAN 2025 mu buryo butavugwaho rumwe. Dore ibibazo bikomeye byagaragaye mu iperereza Gusezera […]

Umuhanzi Gims ukomoka muri RDC yatawe muri yombi i Paris

imageresize

Umuhanzi ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Gims, yatawe muri yombi ageze ku kibuga cy’indege cya Charles de Gaulle Airport mu Bufaransa. Amakuru aturuka mu bitangazamakuru byo mu Bufaransa agaragaza ko uyu muhanzi, usanzwe atuye muri Maroc aho anafite ibikorwa by’ishoramari, yafatiwe muri gasutamo ku wa 25 Werurwe 2026. Ifatwa rye rifitanye isano n’iperereza […]

Senegal yajuririye umwanzuro wo kubambura igikombe cya AFCON 2025

markup 475218

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru rya Senegal (FSF) ryamaze kujuririra icyemezo cyafashwe na CAF cyo gutangaza Morocco nk’iyegukanye AFCON 2025. Urukiko Nkemurampaka rw’Imikino, Court of Arbitration for Sport (CAS), rwemeje ko rwakiriye ubu bujurire ku wa 25 Werurwe 2026. Mu nyandiko y’ubujurire, Senegal isaba ko icyemezo cya CAF giteshwa agaciro burundu, ndetse igatangazwa nk’iyatsinze nyakuri irushanwa rya […]

Inkumi y’uburanga yashyingiranwe n’uruzi

20260325 134020

Mu Bwongereza, umugore witwa Meg Avon w’imyaka 29, ari kwizihiza imyaka itatu amaze “ashyingiranywe” n’uruzi rwa River Avon, mu gikorwa cyatangaje benshi ariko gifite intego ikomeye yo kurengera ibidukikije. Uyu mugore wavukiye i Bristol, usanzwe ari umushakashatsi, umwanditsi ndetse n’umurwanashyaka mu bijyanye no kurengera ibidukikije, yasezeranye n’uru ruzi ku wa 17 Kamena 2023, mu muhango […]

Umugabo yishe umugore we wamusabye gukoropa inzu

51380 1774422617

Mu mujyi wa Louisville, muri Leta ya Kentucky muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, haravugwa inkuru iteye agahinda aho umugabo akekwaho kurasa umugore we akamwica nyuma y’intonganya zo mu rugo. Ibi byabaye ku wa 14 Werurwe 2026 ahagana saa kumi n’ebyiri n’iminota 16 z’umugoroba (4:16 PM), nk’uko byatangajwe n’inzego za polisi ya Louisville. Polisi yahise […]

Umunyarwandakazi yibye Miliyoni zirenga 200 muri banki

mbabazi 25 5a869

Umugore w’Umunyarwandakazi witwa Elizabeth Mbabazi yakatiwe n’urukiko rwo muri Uganda igifungo cy’amezi atandatu, nyuma yo kumuhamya uruhare mu mugambi wo kwiba amafaranga arenga miliyoni 280 z’amafaranga y’u Rwanda muri Stanbic Bank. Uyu mugambi wari ugamije kwibasira ishami ry’iyi banki riri mu nyubako ya Acacia Mall i Kampala, ariko uza gutahurwa hakiri kare mbere y’uko amafaranga […]

Umusore w’imyaka 20 yishe nyina wanze kumwoza

WhatsApp Image 2026 03 23 at 7.51.27 AM 1774256761

Umusore w’imyaka 20 witwa Damian Oforbuike wo mu gace ka Ohatekwe Ukawu, mu Karere ka Onicha, muri Leta ya Ebonyi mu Nigeria, yirukanwe mu mudugudu wabo nyuma yo kwica nyina. Amakuru avuga ko yakubise nyina witwaga Onyemaechi akoresheje umuhoro mu mpera z’icyumweru gishize, nyuma ahita ahungira mu ishyamba riri hafi aho. Nyuma, urubyiruko rw’aho batuye […]

Indege y’igisirikare cya Colombia yakoze impanuka itwaye abasirikare 80

5013

Indege ya gisirikare ya Colombia yakoze impanuka mu majyepfo y’igihugu hafi y’umupaka uhuza iki gihugu na Peru, itwaye abasirikare 80. Amakuru yatangajwe n’inzego za gisirikare avuga ko iyi ndege yari itwaye abasirikare bagera kuri 80 mu gihe yagwaga. Iyi ndege yo mu bwoko bwa Hercules ikoreshwa mu gutwara abasirikare n’ibikoresho bya gisirikare, yakoze impanuka mu […]

Nigeria: Hakozwe umukwabu wo kogosha insoresore zanze kwiyogoshesha

51114 1774252655

Abashinzwe kubahiriza amategeko ya kisilamu bo muri Katsina State Hisbah Commission, ishami rya Sabuwa muri Nigeria, bogoshe imisatsi y’abasore bamwe mu mujyi wa Sabuwa mu rwego rwo gukumira imyitwarire babona ko idakwiye. Nk’uko byatangajwe ku wa 21 Werurwe 2026, iki gikorwa cyabereye mu bice bitandukanye by’umujyi mu gihe cy’iminsi mikuru ya Eid al-Fitr. Cyari kiyobowe […]

CAF yemeje Maroc nk’iyegukanye AFCON 2025

1774257666113

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Afurika, CAF, ryemeje ku mugaragaro ko Morocco ari yo yegukanye igikombe cya AFCON 2025, nyuma y’icyemezo cyahinduye ibyari byavuye mu mukino wa nyuma. Nk’uko bigaragara ku rubuga rwa CAF, Maroc ni yo iri ku mwanya wa mbere, igakurikirwa na Senegal ku mwanya wa kabiri, naho Nigeria iza ku mwanya wa Gatatu. […]

FIFA yahannye Rayon Sports

20260321 141722

Ikipe ya Rayon Sports yongeye gushyirwa ku rutonde rwa FIFA rw’amakipe atemerewe kwandikisha abakinnyi bashya, kubera ibibazo by’imyenda itarakemura. Nk’uko bisanzwe, FIFA ikora isuzuma rihoraho ku makipe afite ibibazo bijyanye n’amasezerano cyangwa imyenda ibereyemo abakozi n’abari abakozi bayo. Rayon Sports iri kuri uru rutonde kuva ku wa 17 Werurwe 2026. Ibi bivuze ko iyi kipe […]

Hakimi yanze igikombe cya AFCON, ashimangira ko Sénégal ari yo yatsinze

20260321 142120

Kapiteni w’ikipe y’igihugu ya Maroc, Achraf Hakimi yatangaje ko atemera igikombe cya Afurika (AFCON) cyahawe igihugu cye, avuga ko atabona Maroc nk’iyatsinze ayo marushanwa. Mu itangazo rye, Hakimi yavuze ko yanze kwakira icyo gikombe ndetse n’umudali w’intsinzi, ashimangira ko ikipe ya Senegal ari yo yari ikwiye kwegukana igikombe, hashingiwe ku byabereye mu kibuga. Ibi bibaye […]

Umunyarwandakazi w’imyaka 15 yaciye agahigo ku isi

i

Umukinnyi w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda ya Cricket, Fanny Utagushimaninde, yakoze amateka ku rwego mpuzamahanga nyuma yo gutsinda amanota 111 adatsinzwe mu mukino wahuje u Rwanda na Ghana. Uyu mukobwa w’imyaka 15 n’iminsi 223, yabaye umukinnyi muto kurusha abandi bose wigeze gutsinda amanota 100 mu mukino wa Women’s T20 International, umwe mu mikino yemewe ku rwego […]

Abahamya ba Yehova bemerewe guterwa amaraso

20260321 114701

Umuryango wa Jehovah’s Witnesses watangaje impinduka nshya ku mabwiriza ajyanye no guterwa amaraso, aho ubu wemereye abayoboke bawo gufata icyemezo ku bijyanye no gukoresha amaraso yabo bwite mu buvuzi. Iyi mpinduka yatangajwe n’ubuyobozi bukuru bw’uwo muryango, buzwi nka Governing Body, nyuma yo kuvuga ko byatekerejweho igihe kirekire kandi bigasengerwa. Ubu, umukristo wese muri uwo muryango […]

Umunyarwenya Babu Joe yarapfuye abona Jay Polly na Yvan Bravan mbere yo kuzuka

120371083 118471943 235376814435925 6612983185308297195 n

Umunyarwenya Babu Joe yasangije abantu ubuhamya bukomeye bw’ubuzima bwe, aho yavuze ko yigeze kuremba cyane kugeza aho ajya muri koma iminsi itatu, ibintu asobanura nk’aho “yapfuye akazuka.” Yavuze ko uburwayi bwe bwatangiye ku wa 2 Gashyantare 2026, ubwo yari afite gahunda nyinshi zirimo no kuyobora igitaramo. Gusa yatangiye kumva umunaniro udasanzwe, afataUmunyarwenya Babu Joe umwanzuro […]

Mutoni Assia yarwaye depression nyuma yo kubyarira muri Amerika

1773999242117

Umukinnyi wa filime nyarwanda Mutoni Assia yavuze ko kubyarira muri Amerika byamugoye cyane, bikamuhinduraho byinshi mu buzima bwe bw’amarangamutima, ndetse akagera aho agira agahinda gakabije. Yasobanuye ko ubwo yibarukaga umwana we wa mbere, byamubereye urugendo rukomeye kuko atari asanzwe azi neza uko yita ku mwana. Yahuye n’ikibazo cyo kubura amashereka, ibere rye rirabyimba cyane, bituma […]

Kwizera Olivier: Kutampamagara mu Mavubi ni amahitamo y’abatoza

Kwizera rw

Umunyezamu wa Rayon Sports, Kwizera Olivier, yavuze ko kudahamagarwa mu ikipe y’Igihugu Amavubi ari icyemezo cy’abatoza, kandi we azakomeza gukora cyane kugeza igihe bazabona ko akwiriye guhamagarwa. Ibi yabivuze nyuma y’impaka zavutse ku rutonde rw’abakinnyi bahamagawe mu mikino ya FIFA Series, aho atagaragayemo. Nubwo hari abari bamusabiye amahirwe, barimo na Perezida wa FERWAFA Shema Fabrice, […]

Teta Sandra na Weasel bagiye gukorera ubukwe mu Rwanda

Weasel Teta romance

Umuhanzi w’Umunya-Uganda Weasel Manizo yatangaje ko afite gahunda yo gusezerana n’umugore we bamaze igihe kinini bakundana, Sandra Teta, mu muhango ushobora kubera mu Rwanda. Aba bombi basanzwe bazwi cyane mu itangazamakuru kubera umubano wabo wagiye urangwamo kuzamo amakimbirane kenshi, bakarwana, nyuma bakongera kwiyunga. Nubwo byagiye bituma benshi bibaza ku hazaza h’urukundo rwabo, bakomeje kugaragaza ko […]

ADEPR yambuye ubushumba 35 baregwa Jenoside

20260319 084620

ADEPR yatangaje ko yambuye abantu 35 inshingano za gishumba n’iz’umubwirizabutumwa, nyuma yo guhamywa n’inkiko icyaha cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Iki cyemezo cyatangajwe ku wa 18 Werurwe 2026, gishingiye ku myanzuro y’Inama Nkuru y’Abashumba ba ADEPR yateranye inshuro ebyiri mu 2025 no mu 2026, isuzuma ibijyanye n’abari bafite inshingano z’itorero ariko barahamwe n’ibyaha bya […]

Camp Kigali: Umunyeshuri w’imyaka 16 yabyariye mu ishuri

49566069013 0bb876d88c

Mu ishuri ryisumbuye rya G.S Camp Kigali riherereye mu Karere ka Nyarugenge, habaye igikorwa cyatunguranye nyuma y’uko umunyeshuri w’imyaka 16 wigaga mu mwaka wa kane w’amashuri yisumbuye (S4 HGL) abyariye mu kigo cy’ishuri. Amakuru aturuka ku banyeshuri n’abarezi avuga ko iki gikorwa cyateje urujijo n’ihungabana rikomeye mu kigo, aho benshi batangaje ko nta wari uzi […]

Ubunini bw’ibibazo ntiburuta Imana: Maranatha Family Choir

IMG 20260318 WA0027

Itsinda Maranatha Family Choir rikomeje urugendo rwo kugeza ubutumwa bwiza ku bakunzi b’umuziki wa Gospel, ryashyize hanze amashusho y’indirimbo nshya yise “Ubunini”, igaruka ku mbaraga z’ukwizera mu bihe by’ingorane. Iyi ndirimbo ifite ubutumwa bukora ku mitima ya benshi, cyane cyane abahura n’ibibazo bikomeye ariko bakabihisha inyuma y’ibyishimo bagaragaza hanze. “Ubunini” yibutsa abantu ko nubwo hari […]

Rihanna yagaragaye mu ruhame arinzwe cyane

20260318 084246

Mu mujyi wa New York muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, umuhanzi Rihanna hamwe n’umugabo we A$AP Rocky bongeye kugaragara mu ruhame bwa mbere nyuma y’igitero cy’amasasu cyabereye mu rugo rwabo muri California mu cyumweru gishize. Aba bombi babonetse ku wa Kabiri bava mu nyubako i Manhattan bajya ku modoka, bari baherekejwe n’abashinzwe umutekano benshi […]

Senegal yambuwe igikombe cya Afurika gihabwa Morocco

1773785206252

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Afurika, CAF, ryatangaje ko ikipe y’igihugu ya Morocco ari yo yegukanye igikombe cya Afurika cya 2025, nyuma y’aho ikipe ya Senegal itewe mpaga ku mukino wa nyuma. Iki cyemezo cyafashwe n’akanama gashinzwe ubujurire ka CAF, nyuma yo gusuzuma ubujurire bwatanzwe n’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru rya Morocco, ryari ryatanze ikirego ku myitwarire y’ikipe […]

Igikombe cy’Isi cyizaca kuri YouTube

17737702880134

FIFA yatangaje amasezerano mashya y’ingenzi yagiranye na YouTube agamije kwagura uburyo abafana ku isi yose bazakurikirana 2026 FIFA World Cup. Iri rushanwa rizabera muri Amerika, Mexico na Canada, rikazitabirwa n’amakipe 48 ndetse hakabaho imikino 104, ibintu bizaba ari amateka mashya mu mupira w’amaguru. Amasezerano mashya azatuma YouTube iba urubuga rukomeye mu gutambutsa ibijyanye n’Igikombe cy’Isi. […]

Meya wa Entebbe yatsinzwe urubanza ku mafaranga afitanye isano na M23

Fabrice Rulinda

Urukiko rw’Ubucuruzi muri Uganda rwatangaje ko rwatesheje agaciro ikirego cyari cyatanzwe na Meya w’Umujyi wa Entebbe, Fabrice Brad Rulinda, yaregagamo Banki ya Stanbic Uganda ku bijyanye n’amafaranga angana na $73,262.50 (asaga miliyoni 104 Frw). Mu mwanzuro wasomwe ku wa Mbere mu buryo bw’ikoranabuhanga, umucamanza Stephen Mubiru yavuze ko iki kirego kidashobora kwemerwa, bitewe n’uko ayo […]

Clapton Kibonge n’umugore we berekanywe mu rusengero

Umunyarwenya akaba n’umukinnyi wa filime Clapton Kibonge n’umukunzi we Ntambara Jacky berekanywe mu rusengero mu rwego rwo gutangira imyiteguro ya nyuma y’ubukwe bwabo. Iki gikorwa cyabereye mu rusengero rwa Healing Center Church ruherereye i Remera mu Mujyi wa Kigali, aho bakiriwe na Rev. Muhigwa Emmanuel. Aba bombi bamaze imyaka umunani babana, bakaba barafashe icyemezo cyo […]

Abantu bashobora kuzabaho imyaka 200 babikesha ifi

20260316 074817

Abashakashatsi bo muri Kaminuza ya University of Rochester muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika batangaje ko abantu bashobora kuzabaho igihe kirekire cyane, ndetse bakagera no ku myaka 200, bitewe n’ibanga babonye mu mafi manini yo mu nyanja azwi nka Bowhead whales. Ubushakashatsi bwashyizwe ahagaragara mu kinyamakuru cya siyansi Nature bwerekanye ko ayo mafi ashobora kubaho […]

Iran ntizitabira igikombe cy’isi cyizabera muri Amerika

0x0-2.jpg

Ikipe y’igihugu ya Iran ishobora kutazitabira Igikombe cy’Isi cya 2026, nyuma y’uko ubuyobozi bwa siporo muri Iran buvuze ko igihugu kitazitabira iri rushanwa kubera intambara iri hagati ya Iran, Amerika na Israel. Minisitiri wa Siporo wa Iran, Ahmad Donyamali, yatangaje kuri televiziyo ya Leta ko igihugu cye kidashobora kohereza ikipe mu gikombe cy’isi kizabera muri […]

Igisirikare cya Amerika cyibwe Drone 4

photo resize 2026 03 10t164629812 1536x864 1

Ikigo cya gisirikare cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Fort Campbell, cyatangaje ko hari abantu bataramenyekana bibye drones enye za gisirikare, maze gisaba ubufasha bw’abaturage kugira ngo bafashe mu kubafata. Nk’uko byatangajwe n’igisirikare cya United States Army, Ishami rishinzwe iperereza mu gisirikare rizwi nka United States Army Criminal Investigation Division ryatangaje ko uzatanga amakuru azatuma […]

Stephen Constantine yongeye kugirwa umutoza mukuru w’Amavubi

1773313189545

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA ryatangaje ko Stephen Constantine yagizwe umutoza mukuru w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi. Uyu mutoza w’Umwongereza w’imyaka 63 si mushya kuri iyi kipe, kuko yayitoje hagati ya 2014 na 2015 mbere yo kongera kuyigarukaho kuri ubu. FERWAFA ivuga ko ashyizwe kuri uyu mwanya mu rwego rwo gukomeza kubaka no kuzamura […]

Uwahoze ayobora umupira w’amaguru muri Congo yakatiwe burundu

20260311 093413

Urukiko rwo muri Republic of the Congo rwakatiye igifungo cya burundu uwahoze ari Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri iki gihugu, Jean-Guy Blaise Mayolas, nyuma yo kumuhamya icyaha cyo kunyereza amafaranga yari yatanzwe na FIFA. Nk’uko byatangajwe ku wa Kabiri, urukiko rwasanze Mayolas yaranyereje amafaranga agera kuri miliyoni 1.1 z’amadolari ya Amerika, yari agenewe guteza imbere […]

Lorenzo yasubije RIB yamuhaye gasopo 

1773208477862

Umunyamakuru wa siporo Musangamfura Christian uzwi nka Lorenzo yasubije ubutumwa bwatanzwe n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) bwari bwihanangirije abanyamakuru ba siporo kubahiriza amahame y’umwuga no kwirinda amagambo ashobora guteza umwiryane mu bafana. Ibi byakurikiye amagambo yatangajwe n’Umuvugizi wa RIB, Dr. Murangira B. Thierry, waburiye abanyamakuru bakora ibiganiro bya siporo barimo Lorenzo na Rugaju Reagan ko bagomba […]

Abakinnyi ba Iran banze kuririmba indirimbo y’igihugu banze gusubira iwabo

107006209 0 image a 43 1773118117487

Abakinnyi b’ikipe y’igihugu y’abagore ya Iran bateje akavuyo mu mujyi wa Gold Coast muri Australia, ubwo bageragezaga kuva muri hoteli bari bacumbitsemo bajyanwa ku kibuga cy’indege, mu gihe abigaragambyaga bageragezaga kubabuza gusubira iwabo muri Iran. Amakuru avuga ko abakinnyi batanu b’iyi kipe bahisemo gusaba ubuhungiro muri Australia nyuma yo kwakira ubutumwa bugufi buvuye iwabo bwababwiraga […]

Umufana yacomoye televiziyo ya VAR ubwo umusifuzi yari agiye gusuzuma penaliti

20260309 110117

Mu mukino wo mu cyiciro cya kabiri cya shampiyona y’Ubudage wabaye ku Cyumweru, umufana wipfutse mu maso yakoze igikorwa cyatunguye benshi ubwo yacomoraga televiziyo ya VAR yari ku kibuga. Ibi byabaye mu mukino wahuje PreuĂźen MĂĽnster na Hertha BSC, aho umusifuzi Felix Bickel yari ahamagawe ngo asuzume niba hari penaliti yakorewe Hertha Berlin. Icyakora ageze […]