Guverinoma yasobanuye ikibazo cy’umuturage na Mutangana wiswe umuvandimwe wa Perezida Kagame

Guverinoma yâu Rwanda yasobanuye imiterere yâikibazo cyâumutungo umuturage wo mu murenge wa Ruhango, akarere ka Ruhango witwa Riberakurora Adolphe yavuze ko afitanye na Mutangana EugĂšne ushinzwe kubungabunga urusobe rwâibinyabuzima mu rwego rwâigihugu rwâiterambere, RDB. Riberakurora yabwiye Perezida Kagame wari wasuye akarere ka Ruhango kuri uyu wa 25 Kanama 2022 ko Mutangana yatwaye inzu nâikibanza iherereyemo […]
Minisitiri Tumwebaze yahaye ubutumwa abarimo Nyanzi bishimiye urupfu rwa Gen. Tumwine

Minisitiri wâubuhinzi, ubworozi nâubworozi muri Uganda, Frank Tumwebaze, yahaye ubutumwa abanyapolitiki barimo impirimbanyi yâuburenganzira bwâikiremwamuntu, Stella Nyanzi, bishimiye urupfu rwa General Elly Tumwine wabaye Minisitiri wâumutekano. Inkuru yâurupfu rwa Gen. Tumwine yemejwe na Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni, mu gitondo cyo kuri uyu wa 25 Kanama 2022, asobanura ko uyu musirikare yapfiriye mu bitaro byâi […]
Abimukira barebwa n’amasezerano y’u Bwongereza n’u Rwanda bamaze kurenga ibihumbi 22
Minisiteri yâingabo yâu Bwongereza ivuga ko umubare wâagateganyo wâabimukira binjiye mu Bwongereza bakoresheje ubwato buto guhera muri Mutarama 2022 kugeza tariki ya 22 Kanama, ari 22,670. Abinjira muri ubu buryo butemewe guhera muri Mutarama ni bo barebwa nâamasezerano yâabimukira nâiterambere ryâubukungu guverinoma yâu Rwanda yagiranye nâiyâu Bwongereza muri Mata 2022. Iyi Minisiteri isobanura ko tariki […]
Maj. Ngoma avuga ko FARDC idafite ubushobozi bwo gukura M23 i Bunagana
Umuvugizi wâumutwe witwaje intwaro wa M23 mu rwego, Major Willy Ngoma, avuga ko igisirikare cya Repubulika ya Demukarasi ya Congo, FARDC, kidafite ubushobozi bwo kubirukana mu mujyi wa Bunagana bafashe. M23 yafashe Bunagana mu gitondo cya tariki ya 13 Kamena 2022, imenyesha Abanyekongo nâamahanga ko izava muri uyu mujyi mu gihe Leta ya RD Congo […]
Putin yafashe icyemezo cyo kongera ingabo ibihumbi 137 mu zisanzwe
Perezida wâu Burusiya, Vladimir Putin, yafashe icyemezo cyo kongera ingabo ibihumbi 137 mu zisanzwe zâigihugu guhera muri Mutarama 2023. Ni icyemezo Perezida Putin yashyizeho umukono kuri uyu wa 25 Kanama 2022, nkâuko byemejwe nâibitangazamakuru bitandukanye birimo RT gikorera mu kwaha kwa Leta yâu Burusiya. Uyu Mukuru wâIgihugu yategetse kandi ko guverinoma ivugurura ingengo yâimari igenerwa […]
Perezida Kagame yiyemeje gushyiraho ake mu gukemura ibibazo byâabamotari

Perezida wâu Rwanda, Paul Kagame, yiyemeje gushyiraho uruhare rwe mu gushakira ibisubizo uruhuri rwâibibazo abamotari bamaze iminsi bagaragaza. Ni igisubizo yahaye umumotari witwa Bizimana Pierre ukorera mu karere ka Ruhango, wari umaze kumwibutsa ko ibibazo byabo byatumye bagenzi be bakorera mu mujyi wa Kigali bakora imyigaragambyo. Ibi birimo ubwishingizi buhenze, ubwoko butandukanye bwâimisoro nâamafaranga yâibyangombwa […]
Museveni yahishuye ko Gen. Tumwine ari we warashe isasu rya mbere mu rugamba rwamugejeje ku butegetsi
Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni, yatangaje ko yababajwe bikomeye nâurupfu rwa General Elly Tumwine, ahishura ko ari we musirikare warashe isasu rya mbere mu rugamba rwo guhirika ubutegetsi bwa Milton Obote. Inkuru yâurupfu rwa Gen. Tumwine yamenyekanye mu gitondo cyâuyu wa 25 Kanama 2022. Museveni yasobanuye ko yapfiriye mu bitaro byâi Nairobi muri Kenya, azize […]
Sadate kuri Depite Habineza: Icyaha cyo gusebanya ntikikibaho mu mategeko y’u Rwanda
Sadate Munyakazi wabaye Perezida wa Rayon Sports nyuma yo kwibasira umudepite mu nteko ishinga amategeko yâu Rwanda, Dr Frank Habineza, avuga ko icyaha cyo gusebanya kitakibaho mu mategeko yâu Rwanda. Sadate yibasiriye Depite Habineza nyuma yâaho uyu munyapolitiki atangarije ko ishyaka rye Democratic Green Party of Rwanda ryifuza ko Leta yagirana ibiganiro nâabayirwanya barimo imitwe […]
Raila Odinga arasaba urukiko kwemeza ko ari we watsinze amatora y’Umukuru w’Igihugu
Umunyapolitiki Raila Odinga wahatananiye umwanya wâUmukuru wâIgihugu mu matora aherutse kuba muri Kenya, arasaba urukiko rwâikirenga kwemeza ko ari we watsinze. Nyuma yâiminsi 6 amatora yari amaze abaye, Umuyobozi wa komisiyo yigenga iyashinzwe, Wafula Chebukati, tariki ya 15 Kanama 2022 yatangaje ko Dr William Ruto ari we watsinze, agize amajwi 50.49%, Odinga amukurikira nâamajwi 48.85%. […]
Abiy Ahmed yakiriye umuhungu wa Perezida Museveni, Lt Gen. Kainerugaba
Minisitiri wâIntebe wa Ethiopia, Abiy Ahmed, yakiriye umuhungu wa Perezida wa Uganda usanzwe ari nâUmugaba wâingabo zirwanira ku butaka, Lt Gen. Muhoozi Kainerugaba, kuri uyu wa 24 Kanama 2022. Lt Gen. Kainerugaba wari waherekejwe nâitsinda ryâabantu batatu yatangaje ko yagiranye na Abiy Ahmed ikiganiro cyari gifite intego yo gushakira ibisubizo amakimbirane ari muri Ethiopia. Yagize […]
Ubukangurambaga bwa Laboratwari yâigihugu bwakomereje mu mujyi wa Kigali

Ubukangurambaga bwo kumenyekanisha serivisi za Laboratwari yâigihugu yâibimenyetso bya gihanga bikoreshwa mu butabera, RFL, bwakomereje mu mujyi wa Kigali kuri uyu wa 24 Kanama 2022. Ni igikorwa cyabereye muri Kigali Convention Center, kiyoborwa nâUmuyobozi Mukuru wa RFL, Lt Col. Dr Karangwa Charles, cyitabirwa nâabo mu nzego zitandukanye zâigihugu barimo Meya wâUmujyi wa Kigali, Dr Pudence […]
Boris Johnson yasubiye muri Ukraine bitunguranye

Minisitiri wâIntebe wâu Bwongereza, Boris Johnson, kuri uyu wa 24 Kanama 2022 yasubiye mu murwa mukuru wa Ukraine, Kyiv, mu buryo butunguranye. Uyu muyobozi amaze gutangariza kuri Twitter ati: âIbibera muri Ukraine biratureba twese. Ni yo mpamvu ndi muri Kyiv uyu munsi. Ni yo mpamvu UK izakomeza gushyigikira inshuti zacu zo muri Ukraine. Nizera ko […]
Zelensky yatangaje ko Ukraine izisubiza Crimea ifitwe nâu Burusiya, bidasabye ko ifashwa nâamahanga
Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky, yatangaje ko igisirikare cyabo kizisubiza umwigimbakirwa (peninsula) wa Crimea kuri mu maboko yâu Burusiya, kandi ngo ntibisazaba ko gikenera ubufasha bwâamahanga kugira ngo iyi ntego igerweho. Zelensky yabitangarije mu nama mpuzamahanga ya âCrimea Platformâ yahuje Ukraine nâibindi bihugu bigera kuri 60 yabaye kuri uyu wa 23 Kanama 2022. Uyu Mukuru […]
Ingabire Immaculée yahishuye ko hari uwigeze kumuhigisha imbunda ku biro bye
Umuyobozi wâishami ryâumuryango Transparency International urwanya ruswa nâakarengane mu Rwanda, Ingabire Marie ImmaculĂ©e, yahishuye ko hari uwitwaje imbunda wigeze kumuhiga ku kazi afite umugambi wo kumurasa. Ingabire yabitangarije mu kiganiro yagiranye nâumunyamakuru GĂ©rard Mbabazi, cyagiye hanze ku wa 22 Kanama 2022, cyibanze ku buzima bwe. Uyu muyobozi yavuze ko ku kigero cyâimyaka agezeho, nta muntu […]
ICRC ivuga ko ari ngombwa kumenyekanisha amategeko agenga ibihe by’intambara

Komite Mpuzamahanga y’Umuryango Utabara Imbabare , ICRC, ivuga ko ari byiza ko abantu bo mu Rwanda bamenya amategeko agenga intambara, nubwo nta yo iri kubera muri iki gihugu. Byatangajwe na Namahoro Julien, Umuyobozi wâishami rishinzwe itumanaho no gukumira muri ICRC Rwanda, muri iki gihe hari kuba ibiganiro nyunguranabitekerezo ku nshuro ya 5 nâabarimu bigisha muri […]
Amafoto: Abagize guverinoma nâibyamamare bitandukanye bizihije ubuzima bwa Buravan

Minisitiri wâurubyiruko nâumuco, Rosemary Mbabazi, Minisitiri wa siporo, Aurore Mimosa Munyangaju nâibyamamare bitandukanye mu myidagaduro mu Rwanda, bitabiriye umuhango wo kwibuka no kwizihiza ubuzima bwâumuhanzi Burabyo Yvan wamamaye nka Yvan Buravan, uherutse kwitaba Imana. Ibyamamare byitabiriye uyu muhango birimo abahanzi nka: Masamba Intore, Uncle Austin, Peace Jolis, Israel Mbonyi na Prosper Nkomeza bamenyekanye mu ndirimbo […]
Igisirikare cya Nigeria kivuga ko kurandura Boko Haram bizagitwara imyaka nka 30
Umuvugizi w’agateganyo w’igisirikare cya Nigeria, Brig. Gen. Folorunso Oyinlola yatangaje ko kurandura umutwe wâiterabwoba wa Boko Haram bizagitwara imyaka igera kuri 30. Brig. Gen. Oyinlola yabitangarije mu nama yâakarere yerekeye umubano hagati yâigisirikare nâabaturage, yabereye muri Benin kuri uyu wa 23 Kanama 2022 nkâuko ikinyamakuru Sahara Reporters. Uyu musirikare yasobanuye ko Boko Haram ari umutwe […]
Buravan yari yarabwiye inshuti ye ko nava mu bitaro azakora ubukwe

Umuhanzi Burabyo Yvan wamenyekanye nka Yvan Buravan mbere yo gupfa, yari yarabwiye inshuti ye Nsengiyumva Christian ko nava mu bitaro yivurizagamo, ubukwe buri mu bintu bya mbere yagombaga gukora. Nsengiyumva yabivugiye mu cyegeranyo cyâubuhamya kuri Buravan cyatambukijwe mu buryo bwâamashusho mu muhango wo kwibuka no kwizihiza ubuzima bwa nyakwigendera uri kubera muri Camp Kigali kuri […]
Maj. Gen. Nkubito uherutse kuzamurwa mu ntera yoherejwe muri Cabo Delgado

Major General EugĂšne Nkubito uherutse kuzamurwa mu ntera avuye ku ipeti rya Brigadier General, yahawe inshingano yo kuyobora ingabo zâu Rwanda nâiza Mozambique zihuriye mu bikorwa byo kurwanya iterabwoba mu ntara ya Cabo Delgado. Maj. Gen. Nkubito arasimbura Maj. Gen. Innocent Kabandana uyobora izi ngabo kuva muri Nyakanga 2021 ubwo icyiciro cya mbere cyâizâu Rwanda […]
Abasirikare batatu bâAbahinde barashe misile muri Pakistan birukanwe
Igisirikare cyâu Buhinde kirwanira mu kirere cyirukanye mu kazi burundu abasirikare batatu bazira ikosa ryo kurasa misile imwe mu gihugu cyâabaturanyi, Pakistan. Iki gisasu cyarashwe tariki ya 9 Werurwe 2022 hafi yâumujyi wa Mian Channu uri mu bilometero bigera kuri 500 uvuye mu murwa mukuru wa Pakistan, nkâuko abategetsi bo muri iki gihugu babitangaje. Icyo […]
U Burusiya bwemeza ko bwambuye Ukraine amahirwe yose yo kwinjira muri NATO
Leta yâu Burusiya ivuga ko yifashishije igisirikare cyâigihugu yambuye Ukraine amahirwe yose yo kwinjira mu muryango mpuzamahanga wâubwirinzi bwâigisirikare, NATO. Nk’uko ibiro ntaramakuru TASS by’u Burusiya bibivuga, byatangarijwe ku muyoboro wa Telegram nâUmuyobozi Mukuru wungirije wâakanama ka Leta gashinzwe umutekano, wanabaye Umukuru w’Igihugu, Dmitry Medvedev, kuri uyu wa 23 Kanama 2022. Medvedev yagize ati: “Bigaragarira […]
IGP Munyuza na Colonel Ruhunga uyobora RIB bari muri Singapore
Umuyobozi Mukuru wa Polisi yâu Rwanda, IGP Dan Munyuza nâUmunyamabanga Mukuru wâurwego rwâigihugu rwâubugenzacyaha (RIB), Colonel (Rtd) Jeannot Ruhunga bari mu ruzinduko rwâiminsi ine muri Singapore. Polisi yâu Rwanda isobanura ko uruzinduko rwâaba bayobozi nâabandi bo muri izi nzego babaherekeje rugamije gushimangira ubufatanye hagati yâinzego zishinzwe iyubahirizwa ryâamategeko mu bihugu byombi. IGP Munyuza na Col. […]
Maj. Ngoma abona atari ikibazo kuba Umunyekongo uba mu Rwanda yashyigikira M23
Umuvugizi wâumutwe witwaje intwaro wa M23 mu rwego rwa gisirikare, Major Willy Ngoma, abona nta kibazo cyaba kirimo kuba Umunyekongo uba mu Rwanda yashyigikira abarwanyi bawo, akanawusura muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC). Maj. Ngoma yabivugiye mu kiganiro yagiriye ku muyoboro wa YouTube wa Mama Urwagasabo TV, asubiza raporo ivuga ko Leta yâu Rwanda […]
Minisitiri Kabanda yibukije u Burusiya isezerano ryo mu 2018 ryo guha FARDC intwaro
Minisitiri wâingabo wa Repubulika ya demukarasi ya Congo (RDC), Gilbert Kabanda, yibukije ubutegetsi bwâu Burusiya ko mu 2018 bwasezeranije igihugu cye guha intwaro zigezweho igisirikare cyacyo kizwi nka FARDC. Minisitiri Kabanda yakomoje kuri iri sezerano ubwo yari yitabiriye inama mpuzamahanga yâumutekano yabereye mu Burusiya hagati ya tariki ya 15 nâiya 18 Kanama 2022, yahuje ba […]
Abo mu nzego z’ubutasi zirimo urw’u Rwanda bari mu nama i Kampala

Abahagarariye inzego zâubutasi bwâibisirikare byâibihugu bigize umuryango wâakarere kâibiyaga bigari, CIGLR, bari mu nama yâiminsi itatu i Kampala muri Uganda, kuva kuri uyu wa 22 Kanama 2022. Iyi nama yahuje ibihugu bitanu: u Rwanda, u Burundi, Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), Uganda na Tanzania, bigize ihuriro Contact and Coordination Group rishinzwe gushakira umuti ikibazo […]
Kenya: Igitero cyâabitwaje intwaro ku bagize komisiyo yâamatora cyaburijwemo
Komisiyo yigenga ishinzwe amatora muri Kenya ivuga ko inzego zâumutekano zaburijemo igitero abitwaje intwaro bashatse kugaba ku bayigize biteguraga gutanga ibisobanuro ku kirego cyatanzwe mu rukiko ku byavuye mu matora yâUmukuru wâIgihugu biherutse gutangazwa. Ubutumwa busobanura ibyâiki gitero, iyi komisiyo izwi nka IEBC yabushyize ku rubuga rwayo mu ijoro ryâuyu wa 22 Kanama 2022, igira […]
Laboratwari yâigihugu isobanura ko intambara yo muri Ukraine yatumye igiciro cya ADN kizamuka

Umuyobozi Mukuru wa Laboratwari yâigihugu yâibipimo bya gihanga bikoreshwa mu butabera (RFL), Lt Col. Dr Charles Karangwa, yavuze ko intambara iri kubera muri Ukraine yatumye igiciro cyo gupima utunyangingo ndangasano (ADN) kizamuka. Dr Karangwa yabivugiye mu bukangurambaga bwo kumenyekanisha serivizi za RFL bwakomereje mu ntara yâUburengerazuba, akarere ka Rubavu, kuri uyu wa 22 Kanama 2022. […]
Perezida Kagame yakiriye Igikomangoma Harry
Perezida wâu Rwanda, Paul Kagame, yakiriye Igikomangoma cyâubwami bwâu Bwongereza, Henry Charles Albert David uzwi nka Harry, uri mu ruzinduko rwâakazi muri iki gihugu. Ibiro byâUmukuru wâIgihugu byemeje iyi nkuru kuri uyu wa 22 Kanama 2022, bisobanura ko yaje muri gahunda yâikigo nyafurika gicunga amapariki 20 yo muri Afurika arimo Akagera na Nyungwe. Byagize biti: […]
Umuhungu wa Museveni, Lt Gen. Kainerugaba yageze muri Ethiopia

Umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni wa Uganda unayobora ingabo zirwanira ku butaka, Lt Gen. Muhoozi Kainerugaba, yageze muri Ethiopia kuri uyu wa 21 Kanama 2022. Lt Gen. Kainerugaba yakiriwe nâitsinda ryâabayobozi batandukanye bo muri Ethiopia barimo ushinzwe ubutasi bwâigisirikare, bagirana ikiganiro. Uyu munsi byitezwe ko uyu musirikare ahura na Minisitiri wâIntebe wa Ethiopia, Abiy Ahmed, […]
RED Tabara itewe impungenge nâingabo 600 z’u Burundi zoherejwe muri RDC
Umutwe witwaje intwaro wa RED Tabara urwanya ubutegetsi bwâu Burundi watangaje ko ingabo zâiki gihugu 600 ziherutse koherezwa muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) ziteye impungenge ku mutekano wâAbanyekongo. Mu gitondo cya tariki ya 15 Kanama 2022, ni bwo ingabo zâu Burundi zageze muri teritwari ya Uvira, intara ya Kivu yâAmajyepfo, muri gahunda yâumuryango […]
Urupfu rwa Buravan na Yanga, Nyamvumba na Nkubito bazamuwe mu ntera na Mugabekazi wafunguwe bitunguranye: inkuru zâicyumweru
Icyumweru gishize cyatangiye tariki ya 15 Kanama 2022, cyaranzwe nâinkuru nyamukuru zirebana nâubutabera, umutekano, imyidagaduro na politiki. Harimo: Urupfu rwa Buravan na Yanga Mu gitondo cyo ku wa 17 Kanama, mu Rwanda hatashye inkuru zâakababaro zâurupfu rwâumuhanzi Burabyo Yvan wamenyekanye nka Yvan Buravan na Nkusi Thomas wamenyekaniye mu gusobanura filimi ku izina rya Yanga. Buravan […]
Kigali: Abaganga baremeza ko mugenzi wabo yarokoye ‘uwamize ikiyiko’ cyose

Umuganga wâinzobere mu kuvura uburwayi bwâimbere mu mubiri, Dr Eric Rutaganda, aravugwaho kurokora umurwayi wamize ikiyiko cyose. Ni amakuru yemejwe nâumuryango wâabavuzi mu Rwanda, RMA (Rwanda Medical Association) uyu muganga abereye umunyamuryango, kuri uyu wa 20 Kanama 2022 RMA yagize iti: “Dr Eric Rutaganda, umunyamuryango wa RMA, inzobere mu buvuzi bwâimbere mu mubiri akaba nâumuyobozi […]
Chameleone yahishuye ko yamaranye nâumugore we imyaka ibiri mu nzu imwe, bataryamana
Umuhanzi wâicyamamare muri Uganda, Joseph Mayanja uzwi nka Jose Chameleone, yahishuye ko yamaranye nâumugore we Daniella Atim imyaka ibiri mu nzu imwe bataryamana. Nkâuko ikinyamakuru Pulse Uganda cyabitangaje kuri uyu wa 21 Kanama 2022, Chameleone yasobanuye inzira yâurukundo rwe na Daniella yamugoye cyane kuko byamusabye kwihangana gukomeye kugira ngo arugumemo. Ku nshuro ya mbere, Chameleone […]
Lt Gen. Kainerugaba yiyemeje kujya muri Ethiopia kuyumvikanisha na Uganda

Umuhungu wa Perezida wa Uganda usanzwe ari Umugaba wâingabo zâiki gihugu zirwanira ku butaka, Lt Gen. Muhoozi Kainerugaba, yiyemeje kujya muri Ethiopia kugira ngo yumvikanishe ibihugu byombi. Lt Gen. Kainerugaba yasobanuye ko umutekano wâakarere ka Afurika yâiburasirazuba ushingira kuri ibi bihugu byombi, yerekana ko mu gihe byaba bitumvikana, nâakarere kabihomberamo. Yagize ati: “Umutekano wa Afurika […]
GaĂ«l Faye ababajwe nâuko âno ku bwa Tshisekediâ umubano wâu Rwanda na RDC wazambye

Umuhanzi akaba nâumwanditsi wâibitabo GaĂ«l Faye ufite ubwenegihugu bwâu Rwanda nâu Bufaransa, yagaragaje ko yatekerezaga ko umubano wâu Rwanda na Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) uzaba mwiza ku butegetsi bwa Perezida FĂ©lix Tshisekedi, ngo ariko si ko byagenze. GaĂ«l yabitangarije mu kiganiro yagiranye nâikinyamakuru Jeune Afrique cyibanze ku mubano hagati yâu Rwanda na RDC […]
Abanyamerika bahindutse abajandarume bâakarere: GaĂ«l Faye ukomoka mu Rwanda
Umuhanzi akaba nâumwanditsi wâibitabo ufite ubwenegihugu bwâu Rwanda nâu Bufaransa, GaĂ«l Faye, abona Abanyamerika barahindutse abajandarume (polisi) bâakarere kâibiyaga bigari. GaĂ«l yabitangarije mu kiganiro yagiranye na Jeune Afrique, cyibanze ku ngingo zitandukanye, byâumwihariko uko umubano wâu Rwanda na Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) wifashe muri iki gihe. Uyu muhanzi yibukijwe ko Umunyamabanga wa Leta […]
EAC: Kenyatta na Tshisekedi ni bo ba Perezida batarashimira Ruto ku bwâintsinzi yateje impaka
Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), FĂ©lix-Antoine Tshisekedi Tshilombo na Uhuru Kenyatta wo muri Kenya ni bo bakuru bâibihugu mu muryango wâakarere ka Afurika yâiburasirazuba (EAC) baratashimira Dr William Ruto ku bwâintsinzi yateje impaka aherutse kwegukana. Tariki ya 15 Kanama 2022, Wafula Chebukati uyobora komisiyo yigenga ishinzwe amatora muri Kenya yatangaje ko Ruto […]
Gitifu yabajije RFL niba hari icyo yakora ku marozi yâibihuherano ahitana abaturage

Umunyambanga Nshingwabikorwa wâumurenge wa Musebeya mu karere ka Nyamagabe, Nkurikiyimana Pierre, yabajije Umuyobozi Mukuru wa Laboratwari yâigihugu yâibimenyetso bya gihanga bikoreshwa mu butabera (RFL), niba hari icyo yakora ku kibazo cyâamarozi yâamategano nâamahuherano ahitana abaturage. Gitifu Nkurikiyimana yabarije iki kibazo mu bukangurambaga bwo kumenyekanisha serivisi za RFL bwakomereje mu karere ka Huye, intara yâAmajyepfo kuri […]
Perezida Kagame yakiriye abagize Inteko ya USA batangiye uruzinduko mu Rwanda

Perezida wa Repubulika yâu Rwanda, Paul Kagame, yakiriye abagize inteko ishinga amategeko ya Leta zunze ubumwe za Amerika (USA) batangiye uruzinduko rwâiminsi itatu mu Rwanda. Ibiro byâUmukuru wâIgihugu byatangaje ibyâuruzinduko rwâaba badepite nâabasenateri kuri uyu wa 19 Kanama 2022, bigira biti: âUyu munsi muri Village Urugwiro, Perezida Kagame yahuye nâitsinda ryâabagize Inteko ya US bayobowe […]
Minisitiri w’ingabo wa RDC yasuye uruganda rwâintwaro zigezweho mu Burusiya

Minisitiri wâingabo nâabahoze ari abasirikare wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), Dr Gilbert Kabanda, yasuye intwaro nto nâiziremereye zigezweho mu Burusiya. Minisitiri Kabanda ari mu Burusiya kuva tariki ya 15 Kanama 2022, aho yahagarariye igihugu cye mu nama mpuzamahanga yâumutekano izwi nka MCIS (Moscow Conference on International Security). Nyuma yo kugeza ijambo ku bitabiriye […]
Kenya: Uwatorewe kuba Visi Perezida ababajwe n’uko Uhuru Kenyatta atakivugana na Ruto uzamusimbura
Rigathi Gachagua watorewe kuba Visi Perezida wa Kenya, yagaragaje ko ababajwe n’uko Perezida Uhuru Kenyatta atakivugisha Dr William Ruto ugiye kumusimbura. Gachagua wiyamamarije hamwe na Dr Ruto, kuri uyu wa 18 Kanama yatangaje ati: âKugeza ubu, Perezida Kenyatta ntaravugana nâuwatsinze amatora ya Perezida, haba kuri telefone cyangwa mu bundi buryo.â Uyu munyapolitiki yakomeje ati: âNi […]
Minisitiri Patel yateye utwatsi inyandiko za Leta zivuga ko mu Rwanda abantu bicwa bakanatotezwa
Umunyamabanga muri guverinoma yâu Bwongereza (Minisitiri) ushinzwe umutekano wâimbere, Priti Patel, yateye utwatsi inyandiko zo muri Leta zivuga ko mu Rwanda abantu bicwa bakanatotezwa, zifashishijwe mu mugambi wo kuburizamo gahunda yo kohereza abimukira. Mu rukiko rwo mu Bwongereza tariki ya 17 Kanama 2022, hagaragajwe inyandiko zaturutse mu biro bishinzwe ububanyi nâamahanga, umuryango Commonwealth nâiterambere, FCDO, […]
Umuyobozi wa OMS avuga ko ikibazo cyo muri Tigray kiremereye kurusha icyo muri Ukraine
Umunyamabanga Mukuru wâumuryango mpuzamahanga wita ku buzima uzwi nka OMS cyangwa WHO, Dr Tedros Adhanom Ghebreyesus, avuga ko ikibazo cyâumutekano muke kiri mu ntara ya Tigray iri mu zigize Ethiopia gifite uburemere kurusha icyo muri Ukraine. Dr Tedros ukomoka muri Tigray, yabibwiye abanyamakuru bagiranye ikiganiro kuri uyu wa 17 Kanama 2022. Cyakurikiye ubutumwa yatanze butabariza […]
Kenya: Depite Owino yavuze ko ba Perezida bo muri Afurika bihutiye kwemeza ko Ruto yatsinze amatora

Babu Owino usanzwe ari umudepite mu nteko ishinga amategeko ya Kenya, yavuze ko abakuru bâibihugu bitandukanye byo muri Afurika bihutiye kwemeza ko Dr William Ruto yatsinze amatora ku mwanya wa Perezida. Uyu munyapolitiki uhagarariye Inteko mu karere ka Embakasi East, mu butumwa yatangarije kuri Twitter ku wa 16 Kanama 2022, yagaragaje ko abayobozi bâibihugu bari […]
Nyanza: HAJI avuga ko abenshi yakijije bamutuka bakanamusebya kubera ubukene

Hakizimana Saidi wamenyekanye cyane mu karere ka Nyanza nka HAJI mu gihe yacuruzaga ibicuruzwa birimo amata, avuga ko hari bamwe mu bo yakijije bamutuka banakamusebya kubera ubukene abayemo bwatewe no kuba banki yarateje imitungo ye yose yabarirwaga mu gaciro kâamafaranga yâu Rwanda karenga miliyoni 500. HaJI mu kiganiro yagiriye kuri Ukwezi TV yasobanuye ko ubukene […]
CSP Francis Muheto avuga ko abarwayi bo mu mutwe babaye benshi kubera ibiyobyabwenge

Umuyobozi wa Polisi yâu Rwanda mu ntara yâAmajyaruguru, CSP Francis Muheto, yagaragaje ko hari ikibazo gihangayikishije cyâabarwayi bo mu mutwe babaye benshi bitewe no kunywa ibiyobyabwenge. CSP Muheto yagaragaje iki kibazo kuri uyu wa 17 Kanama 2022, ubwo Labotaratwari yâigihugu ifata ibipimo bya gihanga byifashishwa mu butabera, RFL (Rwanda Forensic Laboratwari) yatangirizaga mu karere ka […]
RDC yasobanuriye u Burusiya impamvu yamaganye ibitero byabwo muri Ukraine

Minisitiri wâingabo wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), Dr Gilbert Kabanda, yasobanuye impamvu igihugu cye cyamaganye ibitero byâu Burusiya muri Ukraine. Minisitiri Kabanda yageze mu Burusiya tariki ya 15 Kanama 2022, yitabiriye inama mpuzamahanga yâumutekano izwi nka MCIS (Moscow Conference on International Security). Mu ijambo yagejeje ku bahagarariye ibihugu bitandukanye byâinshuti zâu Burusiya bari […]
Mali yareze u Bufaransa muri UN, ibushinja gufasha ibyihebe bihungabanya umutekano wayo
Guverinoma ya Mali yareze u Bufaransa mu kanama kâUmuryango wâAbibumbye (UN) gashinzwe umutekano, ibushinja guha ubufasha imitwe yâiterabwoba ihungabanya umutekano wâiki gihugu cyo ku mugabane wa Afurika. Kuri uyu wa 15 Kanama 2022 ni bwo Minisitiri wâububanyi nâamahanga wa Mali, Abdoulaye Diop yandikiye aka kanama akamenyesha ko ingabo zâu Bufaransa ziri mu bikorwa byo kurwanya […]
Tshisekedi yagejeje kuri SADC ikibazo cya RDC nâu Rwanda
Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) akaba nâUmuyobozi mushya wâumuryango wâakarere ka Afurika yâamajyepfo (SADC), FĂ©lix-Antoine Tshisekedi Tshilombo yagejeje kuri bagenzi be bayobora ibihugu biwugize ikibazo igihugu cye gifitanye nâu Rwanda. Mu nama isanzwe ya 42 ya SADC yabereye mu murwa mukuru wa RDC, Kinshasa kuri uyu wa 17 Kanama 2022, ni bwo […]
Colonel Rwigema yasabye Laborarwatari y’igihugu gutegura imfashanyigisho ya serivisi zayo mu Kinyarwanda

Umuyobozi wâingabo zâu Rwanda mu turere twa Musanze, Gakenke na Burera (igice cy’akarere) tugize Brigade 305, Colonel Rwigema Nelson, yasabye ubuyobozi bwa Laboratwari yâigihugu yâibipimo bya gihanga byifashishwa mu butabera, RFL (Rwanda Forensic Laboratory) gutegurira abaturage imfashanyigisho ya serivisi zayo mu rurimi rwâIkinyarwanda. Uyu musirikare yabisabye RFL kuri uyu wa 17 Kanama 2022, ubwo yatangirizaga […]
Ibimenyetso bya Laboratwari y’u Rwanda birindwa na ‘special force’ ya Polisi

Ubuyobozi bwa Laboratwari yâu Rwanda yâibipimo bya gihanga byifashishwa mu butabera, RFL (Rwanda Forensic Laboratory) buvuga ko ibimenyetso byayo birindwa nâishami ryihariye rya Polisi yâigihugu, special force unit. Byatangajwe nâUmuyobozi Mukuru wa RFL, Lt Col. Dr Charles Karangwa, kuri uyu wa 17 Kanama 2022 mu karere ka Musanze ubwo ku rwego rw’igihugu hatangiriraga ubukangurambaga ku […]
Ubutumwa bwa Bamporiki ku rupfu rwa Buravan: Ayacu ashize ivuga
Bamporiki Edouard wabaye Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri yâurubyiruko nâumuco, yagaragaje ko yashenguwe nâurupfu rwâumuhanzi Burabyo Yvan wamenyekanye nka Yvan Buravan. Ubutumwa bwa Bamporiki bwatambutse ku rubuga rwa Twitter kuri uyu wa 17 Kanama 2022, bugaragaza ko Buravan yatabarutse akiri muto. Ati: âUtabarutse atutira aba yujuje. Ruhukira mu mahoro Mukaragandekwe, icyo watumye indekwe yawe n’umurage […]
Minisitiri w’ingabo wa RDC ari mu Burusiya

Minisitiri wâingabo nâabahoze ari abasirikare wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), Gilbert Kabanda Kurhenga, ari mu ruzinduko rwâakazi mu Burusiya. Uyu muyobozi yitabiriye inama yâumutekano ku rwego mpuzamahanga itegurwa na Leta yâu Burusiya, izwi nka MCIS (Moscow Conference on International Security), yitabiriwe nâabahagarariye ibihugu birenga 30 bisanzwe ari inshuti zâiki gihugu. Minisitiri Kabanda yagejeje […]
Burundi: Ambasaderi Nyamitwe yashenguwe n’urupfu rwa Buravan
Ambasaderi udasanzwe wâu Burundi mu bihugu birimo Ethiopia, Sudani yâEpfo, Chad, Djibouti no mu muryango wa Afurika yunze ubumwe (AU), Willy Nyamitwe, yashenguwe nâurupfu rwâumuhanzi Burabyo Yvan wamenyekanye nka Yvan Buravan. Abareberera inyungu zâuyu muhanzi, batangaje ko yapfiriye mu bitaro byo mu Buhinde mu rukerera rwo kuri uyu wa 17 Kanama 2022, azize kanseri yâurwagashya […]
Dr Mukwege ntiyishimiye kumva ingabo zâu Burundi zageze muri RDC
Umuganga wo muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) uri mu mpirimbanyi zâuburenganzira bwâikiremwamuntu, Dr Denis Mukwege, yagaragaje ko atishimiye kumva ingabo zâu Burundi zageze mu gihugu cyabo. Ingabo zâu Burundi bivugwa ko zirenga 600 mu gitondo cya tariki ya 15 Kanama 2022 zageze mu kigo cya gisirikare cya Luberizi giherereye muri teritwari ya Uvira, […]
Général Ghislain Tshinkobo yapfiriye i Goma
Umuyobozi wâakarere ka gisirikare ka 34 mu ngabo za Repubulika ya Demukarasi ya Congo, FARDC, gaherereye mu ntara ya Kivu yâAmajyaruguru, Brigadier-GĂ©nĂ©ral Ghislain Tshinkobo, yapfiriye mu mujyi wa Goma. Radiyo Okapi isobanura ko amakuru yamenye avuga ko Gen. Tshinkobo yishwe nâindwara yâumutima kuri uyu wa 16 Kanama 2022. Gen. Tshinkobo amaze gupfa, umurambo we wajyanwe […]
Igiteranyo cy’amajwi y’abiyamamarizaga kuyobora Kenya kirenga 100%, Raila yanze kwemera

Bamwe mu bagize komisiyo yigenga yâamatora, IEBC, bagaragaje ko igiteranyo cyâamajwi yâabakandida bane biyamamarizaga umwanya wo kuyobora igihugu kirenga 100% ari cyo cyatumye batumvikana nâumuyobozi wabo, Wafula Chebukati. Mu masaha yâigicamunsi cyo kuri uyu wa 15 Kanama 2022, IEBC yari itegerejwe ngo itangaze ibyavuye mu matora yâUmukuru wâIgihugu yabaye ku wa 9, ariko mbere yâuko […]
Perezida Kagame n’umuryango we bamaze kubarurwa
Ikigo cyâigihugu cyâibarurishamibare, NISR, cyamaze kubarura Perezida wâu Rwanda, Paul Kagame, nâumuryango we. Ibiro byâUmukuru wâIgihugu, Village Urugwiro, byabitangaje kuri uyu wa 16 Kanama 2022. Byagize biti: “Perezida Kagame nâumufasha we Jeannette Kagame babaruwe mu gihe NISR yatangiye ibarura ryâabaturage nâimiturire ku nshuro ya gatanu.â Bikomeza bisobanura ko Umuyobozi Mukuru wa NISR, Yusuf Murangwa ugaragara […]
Kenya: Umukandida witwaga âumusaziâ kubera ubukene yegukanye umwanya w’umudepite

Umukandida wo muri Kenya witwaga umusazi (ufite ubumuga bwo mu mutwe) kubera kwiyamamaza kandi ari umukene, Peter Salasya, yegukanye umwanya wâumudapite mu matora yabaye mu cyumweru gishize. Komisiyo yâamatora, IEBC, yagarageje ko Salasya wâimyaka 32 yâamavuko wari uhataniye uyu mwanya mu gace ka Mumias East yagize amajwi 12.140, David Wamatyi bari bahatanye agira 9.043, Benson […]
Nduhungirehe na Busingye bongeye kuvuga ku myambarire iri guteza impaka
Ambasaderi Olivier Nduhungirehe na Busingye Johnston bongeye kuvuga ku myambarire iri guteza impaka ku mbuga nkoranyambaga no mu bitangazamakuru. Mu 2018, kuri izi mbuga higeze kwanduka impaka ku myambarire yâamajipo magufi azwi nka âMiniâ. Nduhungirehe uhagarariye u Rwanda mu Buholandi, icyo gihe yari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri yâububanyi nâamahanga, yavuze ko abakobwa badakwiye guhozwa […]