Amerika n’u Bubiigi byashimye icyemezo cya RDC cyo kwitandukanya na FDLR

Kuri uyu wa Gatandatu, Leta Zunze Ubumwe za Amerika zishimiye umuhamagaro w’abategetsi ba Congo bahamagariye abarwanyi b’umutwe wa FDLR gushyira intwaro hasi, kuko ari intambwe ifatika mu gushyira mu bikorwa amasezerano y’amahoro ya Washington hagati ya DRC n’u Rwanda. Umujyanama Mukuru wa Perezida Trump ku bibazo bya Afurika, Massad Boulos yagize ati: “Twishimiye icyifuzo cya […]
Madagascar: Perezidansi iravuga ko hari abarimo kugerageza gufata ubutegetsi ku ngufu

Kuri iki Cyumweru, itariki 12 Ukwakira 2025, Perezidansi ya Madagascar yavuze ko mu gihugu hari “ugushaka gufata ubutegetsi mu buryo butemewe kandi hakoreshejwe ingufu” birimo gukorwa, nta bisobanuro birambuye itanze, nyuma y’umunsi umwe bamwe mu basirikare binjiye mu myigaragambyo yatangiye mu kwezi gushize. Ingabo zo mu mutwe w’indashyikirwa uzwi nka CAPSAT zafashije Perezida Andry Rajoelina […]
USA: Ibirindiro bya gisirikare Qatar igiye kubaka muri Idaho byateje umwiryane

Abashyigikiye Trump barakaye nyuma y’uko Minisitiri w’intambara, Pete Hegseth, atangaje gahunda ya Qatar yo kubaka no gutera inkunga ikigo gishya cy’imyitozo y’ingabo zirwanira mu kirere ku birindiro by’ingabo zirwanira mu kirere byo muri Idaho. Ni ikigo biteganyijwe ko kizahugura abapilote ba Qatar mu gukoresha indege z’indwanyi za F-15 zikorwa na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, […]
Makuza ayoboye indorerezi za AU zoherejwe gukurikirana amatora yo muri Cameroun

Komisiyo ya Afurika Yunze Ubumwe (AUC) yohereje ubutumwa bw’indorerezi z’amatora (AU EOM) muri Cameroun mbere y’amatora ya perezida ateganijwe kuri iki Cyumweru, itariki ya 12 Ukwakira. Indorerezi zoherejwe na AU ziyobowe n’uwahoze ari Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda na Perezida wa Sena, Bernard Makuza. Nk’uko byatangajwe na AUC ku itariki ya 10 Ukwakira, intego y’ubutumwa yari […]
Ingabo za Amerika zatangiye kugera muri Israel guhagarikira ihagarikwa ry’imirwano

Ingabo za Leta Zunze Ubumwe za Amerika zatangiye kugera muri Israel kugenzura ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano yo guhagarika imirwano hagati ya Israel na Hamas muri Gaza. Abayobozi ba Leta Zunze Ubumwe za Amerika bavuze ko abasirikare 200 bazaba hariya gushyiraho ikigo gishinzwe guhuza ibikorwa bigamije koroshya iyoherezwa ry’imfashanyo z’ubutabazi, ndetse n’ubufasha bw’ibikoresho n’umutekano. Kuri uyu […]
Imirwano ya FARDC na Wazalendo i Kamitunga yiciwemo umusirikare na komanda wa polisi

Ubuzima bwongeye gukomeza mu gitondo cyo ku itariki ya 11 Ukwakira 2025, mu mujyi wa Kamituga, muri Kivu y’Amajyepfo, nyuma y’iminsi ibiri y’imirwano hagati ya FARDC na Wazalendo muri Gurupoma ya Shikito. Nk’uko bitangazwa na benshi mu bagize sosiyete sivile, urusasu rwa nyuma rwumvikanye mu majyepfo ya Kamituga ku gicamunsi cyo ku itariki ya 10 […]
Sudani: Igitero cya RSF cyahitanye nibura 60 mu nkambi y’impunzi

Kuri uyu wa Gatandatu ushize, igitero cy’indege zitagira abadereva n’imbunda za rutura byibasiye inkambi y’abavanwe mu byabo muri El-Fasher, mu burengerazuba bwa Sudani, cyahitanye byibuze abantu 60. Iki ni kimwe mu bitero byahitanye abantu benshi kuva inyeshyamba za Rapid Support Forces (RSF) zatangira kugota Umujyi wa El-Fasher mu mezi 18 ashize. Komite ishinzwe kwirwanaho muri […]
Madagascar: Abasirikare biyunze ku bigaragambya bamagana Leta

Itsinda ry’abasirikare bo mu ngabo za Madagascar kuri uyu wa Gatandatu ryiyunze ku baturage b’iki gihugu, ryifatanya na bo mu myigaragambyo bamaze iminsi bakora bamagana Leta. Ku wa 25 Nzeri ni bwo muri Madagascar hatangiye imyigaragambyo yatangijwe n’itsinda ry’urubyiruko ruzwi nka Gen Z, bamagana ibura ry’amazi ndetse n’amashanyarazi. Mu minsi mike ishize imyigaragambyo yafashe indi […]
Gen. Ndaywel wahoze ari ntasi nkuru ya FARDC yagerageje kwiyahura

Amakuru aturuka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo aravuga ko Général-Major Christian Ndaywel wahoze akuriye ubutasi bwa gisirikare muri iki gihugu yagerageje kwiyahurira aho afungiye. Umunyamakuru Steve Wembi yatangaje ko yahawe amakuru y’uko Ndaywel yagerageje kwiyahurira mu nzu y’ibanga (Safe House) y’urwego rushinzwe ubutasi bwa gisirikare (DEMIAP), kuko “yicuza kuba yarijejwe ibidashoboka nyuma yo kubera […]
Algérie yageneye igisirikare cyayo ingengo y’imari ya mbere nini mu mateka

Algérie yageneye igisirikare cyayo ingengo y’imari ingana na miliyari 25 z’amadorali, biba ubwa mbere kigiye gukoresha amafaranga angana gutya. Iyi ngengo y’imari irangana na 20% y’iyo iki gihugu cyo mu majyaruguru ya Afurika kizakoresha mu mwaka utaha wa 2026, dore ko giteganya miliyari 135. Algérie yageneye igisirikare cyayo ingengo y’imari kitigeze gikoresha na rimwe mu […]
FERWAFA yijeje abafana ibitangaza ntiyabikora

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryasabye imbabazi abakunzi b’ikipe y’igihugu Amavubi nyuma y’uko tombola yari iteganyijwe mu mukino wahuje u Rwanda na Bénin ku wa 10 Ukwakira 2025 itabashije gukorwa mu gihe cy’ikiruhuko (half-time). Mbere y’umukino, FERWAFA yari yatangaje ko hazaba tombola idasanzwe igamije gushimisha abafana no kubashimira uburyo bakomeje gushyigikira Amavubi. Mu itangazo […]
U Rwanda rwihanangirije RDC: “Ibyo muvuga ni politiki yo gushaka gushinja abandi amakosa”

Mu gihe Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), Thérèse Kayikwamba Wagner, yakomeje kunenga Ubumwe bw’u Burayi (EU) ko butashyize igitutu gikomeye ku Rwanda ku birego byo gushyigikira umutwe wa M23, Kigali yo yasubije ivuga ko ibyo ari imikino ya politiki no gushaka gushinja abandi amakosa. Kayikwamba Wagner, mu kiganiro yahaye EUObserver […]
Burkina Faso yanze kwakira abimukira bavuye muri Amerika yahanwe

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zafatiye Burkina Faso ingamba zo kubima viza ku baturage bayo bose, nyuma y’uko Ouagadougou yanze kwakira bamwe mu bimukira Amerika yashakaga kohereza mu gihugu cyabo. Mu itangazo ryatambutse kuri televiziyo y’igihugu ku wa Gatanu, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Burkina Faso, Karamoko Jean-Marie Traoré, yatangaje ko uhereye ubu, Abanya-Burkina Faso bazajya […]
RDC yijunditse ‘EU yanze gushyira igitutu ku Rwanda’

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Thérèse Wagner Kayikwamba, yikomye Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi awuhora ngo kuba waranze gushyira igitutu ku Rwanda. Kayikwamba mu kiganiro aheruka guha ikinyamakuru EUObserver, yashinje EU kugira indimi ebyiri biciye muri Politike yayo y’ibihano. Yagize ati: “Urebye uburyo Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi wihutira gufata ibyemezo byo gushyiraho […]
Ntabwo twavuga ngo ntakundi, hari ukundi byakorwa kandi bizanakorwa: Mukazayire nyuma y’intsinzwi y’Amavubi

Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, yatangaje ko hari ibigomba gukorwa kugira ngo mu bihe biri imbere Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’ izajye ibona intsinzi. Minisitiri Mukazayire yabigarutseho nyuma y’umukino w’ijonjora ryo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya 2026 Amavubi yaraye atsinzwemo na Les Guépards ya Bénin igitego 1-0. Igitego cyo ku munota wa 80 w’umukino cya rutahizamu Tosin […]
Maj. Gen. Ruvusha yasoje inshingano i Cabo Delgado

Maj Gen Emmy K. Ruvusha wari Umuyobozi w’Inzego z’umutekano z’u Rwanda mu Ntara ya Cabo Delgado muri Mozambique, ku wa Gatanu tariki ya 10 Ukwakira yashyikirije ku mugaragaro inshingano z’ubuyobozi Maj Gen Vincent Gatama wamusimbuye, nyuma y’umwaka ayobora ibikorwa bigamije guhashya ibikorwa by’iterabwoba muri iyi ntara. Guhererekanya ubuyobozi byabereye ku Cyicaro gikuru cy’Inzego z’umutekano z’u […]
FARDC yasabye FDLR kwishyikiriza ubuyobozi bwa RDC cyangwa MONUSCO

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), cyasabye abarwanyi b’umutwe wa FDLR gushyira intwaro hasi bakishyikiriza inzego za Leta ya Congo cyangwa MONUSCO (Ubutumwa bwa Loni muri RDC), kugira ngo bacyurwe mu Rwanda. FARDC yahaye FDLR ubu busabe, nyuma y’amasezerano y’amahoro Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’iy’u Rwanda zasinyanye muri Kamena uyu […]
Col. Rwagasana yagizwe Umuyobozi wungirije w’Ibiro bya Perezida

Perezida Kagame ku wa Gatanu tariki ya 10 Ukwakira, yagize Col. Regis Rwagasana Sankara Umuyobozi Wungirije w’lbiro bya Perezida wa Repubulika. Itangazo Minisitiri w’Intebe, Dr. Justin Nsengiyumva yasohoye mu izina rya Perezida wa Repubulika ni ryo ryemeza ibya ririya shyirwaho. Col. Rwagasana agomba kungiriza Dieudonné Gatete wagizwe Umuyobozi w’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu mu kwezi gushize. Viviane […]
Myugariro w’Amavubi yasigaye akora amasuku muri sitade Amahoro

Nyuma y’umukino Ikipe y’Igihugu Amavubi yatsinzwemo na Bénin igitego 1-0 mu mikino yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya 2026, hari igikorwa cyakozwe na Myugariro Phanuel Kavita cyakoze ku mitima ya benshi. Kavita, wakinaga bwa mbere mu Amavubi kuri Stade Amahoro, ntiyahise asohoka mu kibuga nk’abandi bakinnyi nyuma y’umukino. Ahubwo, yafashe umwanya wo gusukura aho abakinnyi […]
Perezida Paul Kagame yitabiriye umukino w’Amavubi na Benin (Amafoto)

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yitabiriye umukino ukomeye wo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya 2026, wahuje Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’ na Benin, kuri uyu wa Gatanu muri Stade Amahoro i Remera. Perezida Kagame yageze muri stade mu gice cya mbere cy’umukino, akomorerwa amashyi menshi n’abafana bari buzuye sitade. Mu gihe Perezida Kagame yakurikiraga umukino, […]
Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda yakiriye Minisitiri w’Iterambere Mpuzamahanga na Afurika w’u Bwongereza

Minisitiri w’u Bwongereza ushinzwe Iterambere Mpuzamahanga na Afurika, Jennifer Chapman, Baroness Chapman of Darlington, ari mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda. Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatanu, itariki 10 Ukwakira 2025, Baroness Chapman of Darlington yakiriwe na Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr. Justin Nsengiyumva. Ibiganiro hagati ya Ministiri w’Intebe w’u Rwanda na Minisitiri w’u Bwongereza […]
U Rwanda na Iran byaganiriye uko byashimangira ubufatanye

Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Prudence Sebahizi, ku wa Gatatu tariki ya 8 Ukwakira yahuye na Visi-Perezida wa Iran akanaba Umuyobozi w’Ikigo gishinzwe ubuziranenge muri kiriya gihugu, baganira uko ibihugu byombi byafatanya. Minisitiri Sebahizi na Farzaneh Ansari, bahuriye iruhande rw’Inama y’Umuryango Mpuzamahanga w’Ubuziranenge (ISO) yaberaga i Kigali. Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda ibinyujije ku rubuga rwayo rwa X, yatangaje […]
Salva Kiir yirukanye Umugaba Mukuru wa SSPDF, asubizaho uwo yaherukaga kwirukana

Perezida Salva Kiir wa Sudani y’Epfo, yirukanye uwari Umugaba Mukuru w’Ingabo za kiriya gihugu (SSPDF), asubizaho mugenzi we yari yirukanye mu mezi atatu ashize. Urwego rw’Igihugu rw’Itangazamakuru muri Sudani y’Epfo, ku wa Gatatu w’iki cyumweru rwatangaje ko Perezida Kiir yashyizeho Gen. Paul Nang Majok ngo asimbure Gen. Dau Aturjong ku nshingano z’Umugaba Mukuru w’Ingabo. Nta […]
Walikale: Inyeshyamba za wazalendo zateye ibirindiro bya M23 muri Kibati

Imirwano yongeye kubura kuri uyu wa Gatanu, itariki ya 10 Ukwakira 2025, i Kibati, muri Gurupoma ya Luberike (Teritwari ya Walikale), muri Kivu y’Amajyaruguru, hagati y’inyeshyamba za AFC / M23 n’inyeshyamba za Wazalendo. Amakuru agera kuri ACTUALITE.CD dukesha iyi nkuru, avuga ko imitwe yitwara gisirikare ya Wazalendo, yaturutse i Miba, nko mu birometero 5 mu […]
Igihembo cy’Amahoro cyitiriwe Nobel Trump yari yiteze cyahawe Corina Machado

Igihembo cy’amahoro cyitiriwe Nobel cya 2025 Perezida Donald Trump yari yiteguye guhabwa cyahawe María Corina Machado, umugore utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Venezuela, Nicolas Maduro. Ku itariki ya 5 Werurwe 2025, Komite ya Nobel yo muri Norvege yatangaje ko hari abakandida 338 batoranijwe bahatanira Igihembo cy’Amahoro cyitiriwe Nobel mu 2025, muri bo 244 ni abantu ku […]
Mu minsi mike cyane turajya gufata Uvira: Gen. Makenga

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’umutwe wa AFC/M23, Général-Major Sultani Emmanuel Makenga, yateguje ko mu minsi mike iri imbere uriya mutwe uzigarurira Umujyi wa Uvira wa kabiri munini mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo. Makenga yahaye ubwo butumwa abatuye mu gace ka Kamanyola muri Kivu y’Amajyepfo, abinyujije muri Guverineri w’iriya ntara, Patrick Busu Bwa Ngwi Nshombo. Uyu muyobozi […]
Tshisekedi yagiranye ibiganiro na Massad Boulos

Perezida Félix Tshisekedi yagiranye ibiganiro by’isaha irenga ku wa Kane, itariki ya 9 Ukwakira, na Massad Boulos, Umujyanama mukuru wa Perezida wa Amerika, Donald Trump, ku bibazo bya Afurika n’Uburasirazuba bwo Hagati, iruhande rwInama ya Global Gateway Forum isozwa kuri uyu wa Gatanu. Iyi nama hagati y’aba bagabo bombi ikurikira iyabereye i New York, muri […]
APR FC yahagaritse Mamadou Sy na Dauda Yussif

Ikipe ya APR FC yamaze guhagarika mu gihe kingana n’iminsi 30 umunya-Maurtania Mamadou Sy ndetse n’umunya-Ghana Yussif Dauda, kubera imyitwarire idakwiye bagaragaje ubwo iyi kipe yari mu Misiri aho yari yitabiriye umukino wa CAF Champions League yasezerewemo na Pyramids FC. Aba bakinnyi bombi bashinjwa kuba barasohotse mu mwiherero nta ruhushya bahawe, ibyatumye batanakinishwa uriya mukino […]
Inshuro byibura 4 Tshisekedi yeruye ko azatera u Rwanda, agahirika Kagame yise ‘Hitler’

Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ku wa Kane tariki ya 9 Ukwakira ubwo yari i Bruxelles mu Bubiligi yatangaje ko nta na rimwe yigeze agaragaza imyitwarire yo kuba yashoza intambara ku Rwanda, Uganda cyangwa se ikindi gihugu mu icyenda bituranye na Congo Kinshasa. Tshisekedi wari witabiriye inama y’abakuru b’ibihugu n’aba […]
Ukraine: Ibitero by’u Burusiya byaciye umuriro mu murwa mukuru Kyiv

Ibitero bya misile n’indege by’u Burusiya mu ijoro ryose ryakeye byaciye amashanyarazi mu bice byinshi by’umurwa mukuru wa Ukraine, Kyiv. Umuyobozi w’uyu mujyi, Vitali Klitschko, yatangaje ko abantu icyenda bakomeretse mu gihe abaturage bo mu turere two mu burasirazuba bisanze mu mwijima kandi bahura n’ikibazo cyo kubura amazi. Hagati aho, umwana w’imyaka irindwi yiciwe mu […]
Rubavu: Hakozwe impinduka mu bahuzabikorwa n’abahuzabikorwa bungirije ba Dasso

Akarere ka Rubavu karatangaza ko kakoze impinduka mu bahuzabikorwa n’abahuzabikorwa bungirije b’urwego rwa Dasso mu mirenge, hagamijwe kongerera ingufu ubuyobozi kuri terrain, discipline, n’itangwa rya serivisi mu mirenge yose. Muri urwo rwego abahuzabikorwa ba Dasso n’ababungirije bimuwe mu buryo bukurikira: A. Abahuzabikorwa Ngirabatware Christian yavanwe mu Rugerero yohereza i Rubavu Mapendo Aloys yavanwe i Rubavu […]
Umugaba w’Ingabo za Somalia yaganiriye n’Abasomali biga mu Ishuri Rikuru rya gisirikare rya RDF

Mu rwego rw’urugendo rwe rw’akazi akomeje mu Ngabo z’u Rwanda (RDF), Umugaba Mukuru w’Ingabo za Somalia, Major General Odawa Yusuf Rage, hamwe n’itsinda bari kumwe, kuwa Kane basuye Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya RDF riri i Nyakinama, mu Karere ka Musanze. Major General Odawa yakiriwe na Brigadier General Andrew Nyamvumba, Umuyobozi w’Ishuri Rikuru rya Gisirikare […]
FARDC na Wazalendo baraye barasanira mu mujyi wa Kamituga

Ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’abarwanyi b’imitwe ya Wazalendo basanzwe bakorana, baraye barasanira mu mujyi wa Kamituga uherereye muri Teritwari ya Mwenga mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo. Amakuru aturuka muri uyu mujyi avuga ko imirwano y’impande zombi yamaze amasaha menshi. Ni imirwano bivugwa ko yubuye nyuma y’uko Wazalendo zari zimaze kurasa […]
Ibirego bishinja Mukandayisenga Jeannine “Ka-Boy” kuba umuhungu byatewe utwatsi

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Tanzania (TFF) ryahakanye ibirego by’amakipe yifuzaga ko Mukandayisenga Jeannine, uzwi cyane nka Ka-Boy ukinira Yanga Princess, avanwa muri shampiyona y’abagore. Hari amakipe yari yatanze ibirego avuga ko uyu mukinnyi w’Umunyarwandakazi afite imisemburo myinshi y’abagabo, bityo akaba akina arusha imbaraga abandi bakinnyi b’abagore. Icyakora, TFF yatangaje ko ibyo birego nta shingiro bifite […]
Umugore wa Col. Besigye yannyeze Uganda kubera u Rwanda

Winnie Byanyima, umugore w’umunyapolitiki Col. Dr. Kizza Besigye utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Uganda, yasabye Abanya-Uganda kwireba mu ndorerwamo nyuma y’amasezerano y’inkunga u Rwanda rwasinyanye na Komisiyo y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi. Ku wa Kane tariki ya 9 Ukwakira ni bwo Perezida Paul Kagame w’u Rwanda yahuye na Perezida wa Komisiyo y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, Ursula Von […]
Bugesera: Bafashe umujura bamutwikisha ibyatsi kugeza apfuye

Abaturage umunani bo mu Murenge wa Nyarugenge, mu Karere ka Bugesera, batawe muri yombi n’inzego z’umutekano bakekwaho kwica umuturage bavugaga ko ari umujura, bamutwitse. Ibyo byabaye mu ijoro ryo ku wa 8 Ukwakira 2025, mu Mudugudu wa Nyakabuye, Akagari ka Kabuye. Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyarugenge, Kazungu Innocent, yavuze ko abo bantu bafashe uwo bacyekaga […]
Ububiligi: Minisitiri w’Intebe yari agiye guturitswa n’ibyihebe

Polisi y’u Bubiligi yataye muri yombi ibyihebe bitatu bakekwaho gutegura igitero cy’iterabwoba cyari kigamije kwibasira abanyapolitiki barimo Minisitiri w’Intebe Bart De Wever, hifashishijwe drone irimo ibisasu. Iperereza ryatangiye nyuma y’uko urukiko rwa gisirikare rutegetse gusaka amazu y’ibi byihebe, mu mujyi wa Anvers (Antwerp). Mu nzu y’umwe muri bo habonetse igikoresho cyari gukoreshwa nk’igisasu, n’umufuka wuzuye […]
Pakistan yasutse ibisasu ku Abatalibani

Mu masaha yo mu rukerera rwo kuri uyu wa gatanu, umujyi wa Kabul, umurwa mukuru wa Afuganisitani, washegeshwe n’urusaku rw’ibisasu byaturikaga, nyuma y’uko indege z’intambara za Pakistan Air Force zigaragaye mu kirere cy’uyu mujyi. Amakuru atangazwa n’ibinyamakuru byo mu karere aravuga ko Pakistan yaba yakoze ibitero byo mu kirere igamije kwibasira intagondwa za Tehreek-e-Taliban Pakistan […]
Gen Allain Guilaume Bunyoni yajyanywe mu bitaro

Gen Bunyoni yajyanywe igitaraganya mu bitaro bikuru by’umurwa mukuru Gitega arinzwe n’imodoka 8 z’abashinzwe umutekano , nyuma y’iminsi atabarizwa n’imiryango irengera uburenganzira bwa muntu. Amakuru aturuka i Burundi atangazwa na Pacifique Nininahazwe impirimbanyi y’uburenganzira bwa muntu i Burundi, avuga ko Bunyoni yajyanywe kwa muganga aherekejwe n’imodoka umunani z’abakozi b’iperereza, ndetse n’abarinda umukuru w’igihugu. Mu cyumweru […]
Umuntu ugira ikibazo ku rusaku rw’ingoma irimo ubusa na we aba afite ikibazo: P. Kagame

Perezida Paul Kagame yagaragaje ko nta muntu ukwiriye kugira ikibazo ku rusaku rw’ingoma irimo ubusa, ko ahubwo icyiza ari ukuyireka igatambuka cyangwa ukayibisa. Umukuru w’Igihugu yabigarutseho kuri uyu wa Kane tariki ya 9 Ukwakira, nyuma y’amasaha make Tshisekedi amusabiye i Bruxelles mu Bubiligi “gutegeka ingabo za M23 guhagarika ubushyamirane”. Tshisekedi ubwo yagezaga ijambo ku bakuru […]
Turkiya: Intumwa za RDF zaganiriye n’abashinzwe inganda za gisirikare

Muri iki cyumweru, itsinda ryari riyobowe n’Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ingabo, Brig Gen Célestin Kanyamahanga, ryagiranye ibiganiro n’Ubunyamabanga bushinzwe inganda za gisirikare mu gihugu cya Turkiya, mu murwa mukuru, Ankara. Nk’uko byatangajwe kuri uyu wa Kane na Minisiteri y’Ingabo ku rukuta rwayo rwa X, Intego y’ibi biganiro yari ugushimangira ubufatanye mu bijyanye n’inganda za […]
U Rwanda rwamaganye Tshisekedi washinje ibinyoma akanasebya Perezida Kagame

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga ndetse n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, yamaganye Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo wifashishije inama ya Global Getaway Forum mu gutangaza ibinyoma kuri Perezida Paul Kagame ndetse no kumusebya. Nduhungirehe yasubizaga ku magambo Tshisekedi yavugiye i Bruxelles mu gihugu cy’u Bubiligi, aho yasabiye Perezida Paul Kagame “gutegeka ingabo za […]
Ya kipe yo mu Burundi yahaniwe kutambara “VISIT RWANDA” yanze kwishyura

Ishyirahamwe ry’umukino wa Basketball mu Burundi, Fédération de Basketball du Burundi (FEBABU), ryatangaje ko ikipe ya Dynamo BBC itazitabira irushanwa rya Road to BAL 2025 riteganyijwe kubera i Dar es Salaam muri Tanzaniya kuva ku itariki ya 15 kugeza ku ya 20 Ukwakira 2025. Nk’uko iri shyirahamwe ryabitangaje, iyi kipe ntiyubahirije zimwe mu ngingo z’amategeko […]
Gasabo: Urukiko rwapfundikiye urubanza rw’abagabo 2 bashinjwa kwica abagore babo

Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo rwaburanishiirije mu ruhame abagabo babiri bakurikiranweho kwica abagore babo barimo umugabo w’imyaka 25 wishe umugore we amukubise ikibando ndetse n’undi w’imyaka 40 y’amavuko wishe umugore we amubise ishoka. Imanza zombi zaburanishirijwe aho icyaha cyakorewe mu Kagali ka Ramiro, Umurenge wa Gashora, mu Karere ka Bugesera. Uregwa w’imyaka 25 akurikiranweho kuba mu […]
Umusirikare wa UPDF yishwe arinze amafi

Umusirikare wo mu ngabo za Uganda (UPDF), Staff Sergeant Muhindo Johnson, yapfuye azize ibikomere yakomerekeye mu gitero cy’abagabo bitwaje intwaro bagabye ku borozi b’amafi bo kuri Rweshama Landing Site, ku nkengero z’ikiyaga cya Edward, mu karere ka Rukungiri mu burengerazuba bwa Uganda. Nk’uko byatangajwe na Major Kiconco Tabaro, umuvugizi w’ingabo za UPDF mu ishami rya […]
FARDC irigamba gusenya ikiraro cya Minjenje cyendaga kuzuzwa na AFC/M23

Mu ijoro ryo kuwa Gatatu rishyira kuri uyu wa Kane, itariki 9 Ukwakira, Ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) zongeye gukoresha indege zibasira ikiraro cya Minjenje, kiri hagati ya teritwari za Walikale na Masisi muri Kivu y’Amajyaruguru. Ni ku nshuro ya gatatu ibikorwa remezo biri kubakwa na AFC/M23 byibasiwe, bivugwa ko ishishikajwe no […]
TI Rwanda chief, Ingabire Marie Immaculée, passes away at 64

Transparency International has confirmed the passing of Ingabire Marie Immaculée, the head of its Rwanda chapter, who died on October 9, 2025, after a long illness. Born in 1961, Ingabire was a respected advocate for human rights, gender equality, and anti-corruption. She studied Human Rights and Gender Studies at the University of Pretoria and Communication […]
Tshisekedi yinginze Perezida Kagame ngo ategeke Ingabo za M23 kureka gukomeza intambara

Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasabye Perezida Paul Kagame “gutegeka ingabo z’umutwe wa M23 kureka gukomeza intambara” uhanganyemo n’ihuriro ry’ingabo za Leta ya RDC. Tshisekedi yabisabiye i Bruxelles mu Bubiligi, aho we na Perezida Paul Kagame bitabiriye inama y’Abakuru b’Ibihugu yiga uko Isi yarushaho kwegerana, no gukemura ibibazo bitandukanye bishingiye […]
Kagame meets Boulos in Brussels as global leaders unite

President Paul Kagame is in Brussels, Belgium, attending the Global Gateway Forum 2025, a high-level meeting focused on strengthening global cooperation and tackling key economic challenges. This marks the second edition of the summit, which brings together world leaders to discuss ways to build stronger connections and sustainable development worldwide. During Thursday’s opening session, President […]
Ihuriro riteje akaga ry’umuryango wa Tshisekedi n’abasahuzi ba Cobalt – Iperereza

Mu iperereza ryabo bise “Ihuriro riteje akaga ry’umuryango wa Tshisekedi hamwe na Cartels y’abasahuzi ba Cobalt,” Joan Tilouine na Olivier Liffran ba Africa Intelligence bavuze ku isano iri hagati ya Perezida wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo n’ubucuruzi bwa cobalt butemewe. Iri perereza ryatanzweho ibitekerezo bitandukanye muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, kandi rishyira ahagaragara […]
Ba bakobwa bavuga ko basambanyijwe n’umwana na se, basanze ari amasugi

Urukiko Rwisumbuye rwa Huye ruri kuburanisha ubujurire bwa Mzee Claver n’umuhungu we Tuyishime baregwa gusambanya abana babiri b’abakobwa bafite imyaka 16 na 17. Aba bombi basaba kurekurwa by’agateganyo nyuma y’uko Urukiko rw’Ibanze rwa Busasamana rwari rwemeje ko bafungwa by’agateganyo. Claver yavuze ko yigeze gusaba gupimwa ADN kugira ngo herekanwe ko nta sano afite n’abo bana, […]
Perezida Kagame na Tshisekedi bahuriye mu Bubiligi

Perezida Paul Kagame ari i Bruxelles mu Bubiligi, aho yitabiriye inama y’Abakuru b’Ibihugu yiga uko Isi yarushaho kwegerana, no gukemura ibibazo bitandukanye bishingiye ku bukungu. Iyi nama yitwa Global Gateway Forum 2025 iri kuba ku nshuro ya kabiri. Kuri uyu wa Kane ubwo hatangizwaga imirimo y’iriya nama, Perezida Paul Kagame yayihuriyemo n’abarimo Perezida Félix Antoine […]
Ingabire Marie Immaculée wayoboraga Transparency International yapfuye

Ingabire Marie Immaculée wari umuyobozi w’Ishami ry’Umuryango Mpuzamahanga urwanya ruswa n’akarengane mu Rwanda (Transparency International Rwanda), yapfuye azize uburwanyi. Inkuru y’urupfu rwe yemejwe n’umuryango Transparency International, mu butumwa wanyujije ku rubuga rwawo rwa X. Wagize uti: “Tubabajwe cyane no gutangaza urupfu rw’umuyobozi mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immaculée wapfuye mu gitondo cyo kuri […]
Corneille Nangaa uza agakanga ingabo z’igihugu yakoze igisirikare hehe? – Col. Majita

Colonel Reyel Majita Yav Charles Ukuriye, Komanda wa serivisi zishinzwe uburere mboneragihugu, gukunda igihugu n’ibikorwa by’imibereho y’ingabo muri FARDC, SECAS (Service d’éducation civique patriotique et d’actions sociales des Forces Armées de le République Démocratique du Congo) ntiyumva ukuntu umuntu nka Corneille Nangaa utarigeze akora igisirikare ahantu na hamwe aza agakangaranya ingabo z’igihugu gikomeye nka Congo, […]
Perezida Kagame yaganiriye n’umujyanama mukuru wa Trump

Perezida Paul Kagame yahuye anagirana ibiganiro na Massad Boulos, umujyanama mukuru wa Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ushinzwe ibibazo bya Afurika. Perezidansi y’u Rwanda (Village Urugwiro) yatangaje ko ibiganiro byabo “byibanze ku mbaraga zikomeje gushyirwa mu guteza imbere amahoro mu karere k’ibiyaga bigari, ndetse no ku muhate u Rwanda rukomeje kugaragaza […]
RURA yahakanye ko ifite gahunda yo guhagarika za moto muri Kigali

Urwego Ngenzuramikorere (RURA) rwatangaje ko nta gahunda rufite rwo guhagarika za moto mu mujyi wa Kigali, nyuma y’amasaha make umwe mu bayobozi barwo atangaje ko hari gahunda yo kugabanya biriya binyabiziga. Ku wa Gatatu tariki ya 8 Ukwakira 2025, Umuyobozi Mukuru wa RURA, Rugigana Evariste yumvikanye abwira abasenateri bagize Komisiyo y’Ububanyi n’Amahanga, Ubutwererane n’Umutekano ko […]
Trump yasabye ko Meya wa Chicago na Guverineri wa Illinois bafungwa

Kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 8 Ukwakira, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump yasabye ko Umuyobozi w’Umujyi wa Chicago, Brandon Johnson (wirabura) na Guverineri wa Leta ya Illinois, J.B. Pritzker, bafungwa, ashinja aba bayobozi b’Abademokarate batowe ko bananiwe kurinda abaolisi b’urwego rushinzwe abinjira n’abasohoka (ICE). Abinyujije ku rubuga rwe nkoranyambaga Truth […]
Gicumbi: Urukiko rwashyikirijwe ushinjwa gutema abantu agambiriye kubica

Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Gicumbi, bwagejeje imbere y’ Urukiko Rwisumbuye rwa Gicumbi umugabo w’imyaka 24 y’amavuko uturuka mu Kagari ka Gitare, Umurenge wa Base, mu Karere ka Rulindo, ukurikiranweho icyaha cy’ubwinjiracyaha bw’ubwicanyi aho yateye abantu mu nzu akamenagura inzugi akabatemagura bikomeye akoresheje umuhoro. Icyaha akurikiranweho bivugwa ko cyakozwe ku itariki 21/08/2025 ubwo yanyuraga ku […]
Ramaphosa yahaye Minisitiri w’Ingabo kuba Perezida wa Afurika y’Epfo w’inzibacyuho

Perezida Cyril Ramaphosa wa Afurika y’Epfo yahaye Minisitiri w’Ingabo z’iki gihugu, Angie Motshekga kuba Perezida w’inzibacyuho wacyo. Perezidansi ya Afurika y’Epfo yatangaje ko Ramaphosa yahaye uriya mugore izo nshingano, kuko yaba we na Visi-Perezida we bagiye kumara iminsi batari mu gihugu. Gushyiraho Minisitiri w’Ingabo za Afurika y’Epfo ngo abe Perezida w’inzibacyuho birajyana n’ingingo ya 90 […]
Rwanda welcomes back 106 families returning from DR Congo

On Wednesday, October 8, 2025, Rwanda received 106 families, a total of 382 people returning from the Democratic Republic of Congo, where they had lived as refugees for many years. The group was welcomed at the La Corniche border between Goma and Rubavu by Rubavu District Mayor Prosper Mulindwa. Mayor Mulindwa commended their decision to […]