Ancuabe: Perezida Chapo yasuye RDF na Polisi y’u Rwanda

Perezida Daniel Francisco Chapo wa Mozambique, kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 29 Ugushyingo yasuye Inzego z’umutekano z’u Rwanda (RSF) zikorera mu Karere ka Ancuabe, mu Ntara ya Cabo Delgado. Perezida Chapo yari aherekejwe na Minisitiri w’Ingabo za Mozambique, Maj Gen Cristovão Artur Chume; Umugaba Mukuru w’Ingabo z’icyo gihugu, Gen Julio dos Santos Jane; Umugaba […]

Fayulu yasabye Tshisekedi guhishura ibikubiye mu masezerano azasinyana na Perezida Kagame

tshi fay fa772

Umunyapolitiki Martin Fayulu utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira yamusabye guhishurira abanye-Congo ibikubiye mu masezerano y’amahoro yitegura gusinyana na mugenzi we Paul Kagame w’u Rwanda. Nta gihindutse abakuru b’ibihugu bombi bazahurira i Washington ku wa 4 Ukuboza 2025, aho bagomba kwakirwa na Perezida Donald Trump. Tshisekedi ubwo yaganiraga n’abanye-Congo baba […]

Nyuma y’impaka nyinshi Samuel Eto’o yongeye gutorwa

1764415391018

Samuel Eto’o, wahoze ari rutahizamu w’ikipe y’igihugu ya Cameroun, yongeye gutorerwa kuyobora Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Cameroun (FECAFOOT) mu matora yabaye ku wa Gatandatu, tariki ya 29 Ugushyingo 2025, i Mbankomo. Mu matora yabereye ku Kigo cya CAF Excellence Centre, Eto’o wari umukandida wenyine yabonye amajwi 85 kuri 87, andi majwi abiri agirwa impfabusa. Ibi […]

Gen. David Sejusa yashimye Perezida Kagame 

GridArt 20251129 15202027

Gen. (Rtd) David Sejusa wahoze mu ngabo za Uganda, yashimye Perezida Paul Kagame wagize ubutwari bwo kwerura akanenga uko Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe witwara iyo kuri uyu mugabane habaye ihirikwa ry’ubutegetsi. Ni nyuma y’uko Umukuru w’Igihugu ubwo yaganiraga n’abanyamakuru ku wa Kane w’iki cyumweru, yagaragaje ko hari za Coup d’état ziba nziza ndetse n’iziba […]

Ukuri ku byavuyemo ibitutsi hagati y’umuhanzi B-Face n’Abanyarwanda

20251129 092328

Amashusho yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga yerekanye umuhanzi B-Face wo mu Burundi avuga amagambo akarishye ku Banyarwanda, bituma benshi bamurakarira. Ariko nyuma hasobanuwe ko ayo mashusho yari agace gato kakaswe mu kiganiro kirekire, bityo ntihagaragara uko ibintu byari bimeze byose. Mu kiganiro cyuzuye yagiranye n’umunyamakuru, B-Face yasobanuye ko ayo magambo atari aye ahubwo yari ari gusubiramo […]

Inoti zishaje zakuweho

Inama y’Abaminisitiri yo ku wa Gatanu, tariki 28 Ugushyingo 2025, iyobowe na Perezida Paul Kagame muri Village Urugwiro, yafashe ibyemezo bikomeye birimo no kwemeza Iteka rya Perezida rihagarika zimwe mu noti zimaze igihe kinini zikoreshwa mu Rwanda. Iri teka riteganya ko inoti za 500 Frw, 1000 Frw, 2000 Frw na 5000 Frw zakoreshejwe mu myaka […]

Umwe muri ba Perezida ba EAC azaherekeza Perezida Kagame na Tshisekedi i Washington 

images 6

Perezida William Samoei Ruto wa Kenya, biravugwa ko azitabira umuhango wo kwemeza amasezerano y’amahoro u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo byasinyanye mu mezi atanu ashize uzabera i Washington muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Kwemeza ariya masezerano yashyizweho umukono ku wa 27 Kamena uyu mwaka, bizakorwa na ba Perezida Paul Kagame w’u Rwanda […]

Tshisekedi yemeje ko azajya i Washington kuhahurira na Perezida Kagame

20251129 053525

Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatangaje ko azajya i Washington DC muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, aho azahurira na Perezida Paul Kagame. Tshisekedi yabitangaje ku wa Gatanu tariki ya 28 Ugushyingo, ubwo yaganiraga n’abanye-Congo baba i Belgrade muri Serbie, aho yari yagiriye uruzinduko rw’akazi. Perezidansi ya RDC yasubiyemo amagambo […]

Ba defence attachés bo mu bihugu bitandukanye basobanuriwe uko abahoze muri FDLR bakirwa mu Rwanda

csm 1 99b528c329

Abajyanama mu bya gisirikare (Defence Attachés) bahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda, basuye Ikigo cya Mutobo giherereye mu Karere ka Musanze, bagamije gusobanukirwa neza uburyo abahoze ari abarwanyi ba FDLR bakirwa, bagafashwa mu gusubizwa mu buzima busanzwe no kongera kwinjizwa mu muryango nyarwanda. Itsinda ryakiriwe na Madamu Valérie Nyirahabineza, Umuyobozi wa Komisiyo ishinzwe Gusezerera no Gusubiza […]

Inama y’Abaminisitiri yashyize mu myanya abayobozi batandukanye

20251129 005021

Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa Gatanu tariki ya 28 Ugushyingo, yashyize mu myanya abayobozi muri za Minisiteri n’ibigo bya Leta bitandukanye. Itangazo ry’ibyemezo by’iyi nama yayobowe na Perezida Paul Kagame, ryerekana ko abayobozi bashyizwe mu myanya barimo Umuvunyi Mukuru, Nirere Madelene wongerewe manda. Dr. Didace Nshimiyimana na Julius Ntete bo bagizwe abacamanza mu Rukiko rw’Ikirenga. […]

Abahesha b’Inkiko b’Umwuga bongeye gusaba impinduka ku itegeko rigena igihembo cyabo

IMG 20251128

Abahesha b’Inkiko b’Umwuga bongeye gusaba ko itegeko rigena igihembo bahabwa mu irangizwa ry’imanza rihinduka, rikajyana n’igihe. Batanze ubwo busabe kuri uyu wa Gatanu tariki ya 28 Ugushyingo, mu nama y’Inteko Rusange y’Abahesha b’Inkiko b’Umwuga yabereye i Kigali. Ni inama yasize batoye inzego shya zigomba kubayobora. Ubusabe bw’uko itegeko rigena igihembo gihabwa Abahesha b’Inkiko b’Umwuga bukunze […]

KNC abitse indirimbo ya nyuma Jay Polly yasize adasohoye

Screenshot 20251128 1621022

Ku munsi wo ku wa Kane, tariki ya 27 Ugushyingo 2025, Kigali yashyuhijwe n’amakuru adasanzwe mu ruganda rwa hip hop nyarwanda. Umunyamakuru n’umushoramari uzwi cyane, Charles Kakooza Nkuliza (KNC), yatangaje ko afite indirimbo ya nyuma Jay Polly yakoranye na we mbere y’uko yitaba Imana. Ibi yabivugiye mu kiganiro cya mu gitondo cya TV1 Rirarashe, aho […]

Hong Kong: Abantu 128 bamaze kwemezwa ko bishwe n’inkongi y’umuriro

7E4YRYVWLBF7STQWG67DA6I7XM

Nibura abantu 128 nibo bamaze kwemezwa ko bapfuye bazize inkongi y’umuriro mu miturirwa yo guturamo ahitwa Taipo muri Hong Kong. Abantu 200 ntabwo baraboneka. Ku wa Gatatu, serivisi zishinzwe kuzimya umuriro muri uyu mujyi zatangaje ko byibuze abantu 128 baguye mu nkongi y’umuriro yibasiye inyubako zo guturamo ziherereye i Taipo, mu nkengero z’imisozi miremire ya […]

Umuramyi Rev. Emmanuel Ganza yatanze Mutuelle 300 ku muryango itishoboye

IMG 20251128 WA0085

Umuramyi Rev. Emmanuel Ganza, uzwi mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, yatanze ubwisungane mu kwivuza (Mutuelle de Santé) ku batishoboye 300 bo mu Karere ka Kamonyi. Iki gikorwa cyabaye ku wa Gatanu tariki ya 29 Ugushyingo 2024, kibera mu Kagari ka Kabagesera, Umurenge wa Runda. Rev. Ganza, uyobora Abanyarwanda batuye mu gace kamwe k’Umujyi […]

M23 yaciyemo kabiri Mwenga na Kamituga, yototera ibifaru by’Ingabo z’u Burundi

WhatsApp Image 2024 10 22 at 0818.36 1024x663 1

Amakuru aturuka ku mirongo y’urugamba mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo aravuga ko Ingabo za AFC/M23 zamaze gusa n’izicamo kabiri imijyi ya Mwenga na Kamituga, nyuma yo kwigarurira agace kari hagati yayo. Amasoko ya BWIZA muri Kivu y’Amajyepfo aremeza ko kuri uyu wa Gatanu zimwe mu ngabo za AFC/M23 zageze mu gace ka Kashaka, agace kari […]

AFC/M23 na FARDC baraye mu mirwano muri Nyabiondo

un soldat des fardc au cours d operations contre la milice m23 pres de goma est de la republique democratique du congo rdc j0e609

Inyeshyamba za AFC / M23 n’Ingabo za Congo, FARDC, zishyigikiwe n’inyeshyamba za Wazalendo zo mu mutwe wa APCLS, barwanye mu ijoro ryo ku wa Kane, rishyira kuri uyu wa Gatanu, itariki 27 Ugushyingo, i Nyabiondo, muri Teritwari ya Masisi, muri Kivu y’Amajyaruguru. Amakuru aturuka mu nzego zitandukanye zaho avuga ko imirwano yatangiye mu gitondo ubwo […]

Gen Foka Mike ararembye nyuma yo kuraswa mu kibuno

FOKA mike

Amakuru agera kuri Bwiza.com na Bwiza TV, yemeza ko umwe mu bazalendo bazwi  mu ntara ya Kivu y’amajyepfo, muri teretwari ya Walungu, witwa Albert Kahasha Murhula uzwi nka Gen Foka Mike, yarashwe n’ingabo za M23  mu mirwano itari yoroshye muri Kilungutwe, kuri ubu akaba arembye cyane. Amakuru aturuka ku rubuga rw’imirwano, avuga ko Gen Foka […]

Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we [Amafoto]

589087121 18540274138057040 8509548574137781529 n

Umukinnyi wa Arsenal n’uw’ikipe y’Igihugu y’u Bwongereza, Bukayo Saka, yemeye kurushinga n’umukunzi we bamaze imyaka itanu bakundana, Tolami Benson. Amakuru avuga ko Saka yamutereye ivi mu ijoro ryihariye ry’abakundana muri hoteli yo ku rwego rwo hejuru i London. Abatanze amakuru bavuga ko Saka yakoze uko ashoboye ngo uwo mwanya ube udasanzwe, kandi impeta yamuhaye ngo […]

Al Hilal SC yamaganye ibihano bya CAF

590766592 871303888976781 3164636028658547157 n 1229x1536 1

Ikipe ya Al Hilal SC yatangaje ko itemeranya n’ibyemezo yafatiwe n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF), nyuma y’imvururu zavutse ku mukino watsinzwemo MC Alger ibitego 2–1 wakinirwa kuri Stade Amahoro. Mu ijoro ryo ku wa 27 Ugushyingo 2025, Al Hilal yakiriye ibaruwa ivuye mu kanama ka CAF gashinzwe imyitwarire, ibamenyesha ko umukinnyi wabo ukomeye Jean […]

Igisirikare cy’u Burundi kiremeza ko nta musirikare wacyo uri i Minembwe

e3ad6150 bf8d 11f0 8669 5560f5c90fbe

Kuri uyu wa Kane, itariki ya 27 Ugushyingo, Igisirikare cy’u Burundi (FDNB) cyasohoye itangazo, gisobanura aho gihagaze ku kibazo cy’ibibera i Minembwe, muri Kivu y’Amajyepfo, aho gihakana cyivuye inyuma ibirego bikwirakwizwa ku mbuga nkoranyambaga ko cyashyize mu bwigunge abaturage b’abasivili b’Abanyamulenge. Mu itangazo ryabwo, Ubuyobozi Bukuru bw’Ingabo bwemeza ko “muri iki gihe nta basirikare ba […]

Diyama na zahabu bicuruzwa i Antwerp birahacukurwa?: Perezida Kagame

diamond district

Perezida Paul Kagame yashimangiye ko ibirego bishinja u Rwanda kwiba amabuye y’agaciro ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ari amahomvu, avuga ko ababitiza umurindi ari bo basahuye kiriya gihugu kurusha undi uwo ari we wese. Perezida wa Repubulika yabigarutseho ku wa Kane tariki ya 27 Ugushyingo, ubwo yari mu kiganiro n’abanyamakuru. Congo Kinshasa n’ibihugu biyishyigikiye […]

Nonese abafana ba Rayon Sports baziyice: Chairman wa APR FC

Chairman wa APR FC, Brig. Gen Deo Rusanganwa, yavuze ko abafana b’amakipe bakunda bakwiye kwihangana no gusubiza umutima hamwe aho guhangayika cyane igihe batsindwa. Mu kiganiro yagiranye na Isibo Radio ku wa 27 Ugushyingo 2025, yasabye abafana kubona ko gutsindwa ari ibisanzwe, ndetse ko mbere yo kunenga bagomba kubanza kureba ibyo ubuyobozi bw’ikipe bukora. Rusanganwa […]

Ba Defence Attachés bakorera mu Rwanda bamenyeshejwe uko umutekano wifashe

Kuri uyu wa Kane, Minisiteri y’Ingabo/Ingabo z’u Rwanda (RDF) bakiriye abajyanama mu bya Gisirikare (Defence Attachés) bahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda. Bagejejweho ikiganiro kirambuye cyagarutse ku miterere y’umutekano mu gihugu no mu karere, ndetse n’uruhare rw’ Ingabo z’u Rwanda mu bikorwa byo kubungabunga amahoro mu bufatanye mpuzamahanga n’ubushingiye ku mubano hagati y’ibihugu. Itsinda ry’abitabiriye ryakiriwe […]

Hamenyekanye itariki nshya y’umuhuro wa ba Perezida Kagame, Tshisekedi na Trump

Ba Perezida Paul Kagame na mugenzi we Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, byitezwe ko bazahura na Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ku wa 4 Ukuboza 2025, mu nama izasiga bashyize umukono ku masezerano y’amahoro. Amakuru kuri ubu avuga ko Washington ikomeje kotsa igitutu Kigali na Kinshasa, mu rwego […]

CAF yafatiye ibihano Umurundi Girumugisha na Al Hilal ye

img 20251121 wa0268 cc236

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w”Amaguru muri Afurika (CAF), yahanishije Umurundi Girumugisha Jean Claude kumara imikino itatu adakina inamuca ihazabu ya $ 5,000 (FBU miliyoni 14.7) kubera imyitwarire mibi yagaragarije i Kigali. CAF yahannye uyu rutahizamu w’ibumoso, nyuma y’ubushyamirane bwakurikiye umukino w’amatsinda ya CAF Champions League ikipe ya Al Hilal Omdurman yo muri Sudani Girumugisha akinira iheruka gutsindamo […]

Umusifuzi yatanze amakarita 17 y’umutuku mu mukino umwe

faa4ee33 6daa 495a 9d33 bd5af361f6cc

Umukino wa Copa Bolivia wahuje Blooming na Real Oruro warangiye mu kavuyo gakomeye, aho abakinnyi n’abatoza 17 bose bahawe amakarita atukura nyuma y’imirwano yavuzweho cyane ku mbuga nkoranyambaga. Uyu mukino wari uwa ¼ cy’irangiza. Nubwo Real Oruro yari ikeneye igitego kimwe gusa ngo iyobore umukino, ntiyabigezeho maze Blooming ikomeza muri ½ cy’irangiza bitewe n’intsinzi yo […]

Namibia: Adolf Hitler yatsinze amatora y’abadepite

thumbs b c 2d45724a87bb97180a4e633539633b52

Umunyapolitiki wo muri Namibia witiriwe umunyagitugu w’Umudage Adolf Hitler, byatangajwe ko yatsinze amatora ku majwi menshi nk’uko ibyayavuyemo byashyizwe ahagaragara kuri uyu wa Kane ushize bibigaragaza. Adolf Hitler Uunona, ubu uhitamo guhamagarwa Adolf Uunona, yagumanye umwanya we mu gace gato ko mu majyaruguru ka Ompundja mu karere ka Oshana n’amajwi 1,275, mu gihe uwo bari […]

Musanze: Arashinjwa kwica atwitse abantu 3 mu bihe bitandukanye

csm MUSANZE 122321pdf 545dd2d8f3 1

Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Musanze bukurikirinye umugabo uri mu kigero cy’imyaka 24 ukekwaho gutwika abantu batandukanye akoresheje lisansi batatu muri bo bakahasiga ubuzima.  Icyaha akekwaho cyakozwe ku itariki ya 13/10/2025 ndetse na 13/11/2025 mu masaha atandukanye y’ijoro mu Mudugudu wa Nyagisozi, Akagari ka Gatwa, Umurenge wa Janja, mu Karere ka Gakenke. Uregwa, ku itariki […]

Perezida Embalo wahiritswe ku butegetsi yageze muri Senegal

KHKTMJSLBVFYZM7OICOQBR72VM

Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Senegali yatangaje ko Perezida Umaro Sissoco Embalo, wahiritswe ku butegetsi kuwa Gatatu muri Guinea Bissau, yageze i Dakar kuri uyu wa Kane ushize, itariki ya 27 Ugushyingo. Itangazo rya minisiteri rivuga ko Embalo yageze muri Senegal mu ndege yakodeshejwe na ECOWAS (Umuryango w’ubukungu w’ibihugu bya Afurika y’iburengerazuba). Iri tangazo rije nyuma […]

N’iyo biba njye nta nsengero nafungura: Perezida Kagame

20251127 161121

Perezida Paul Kagame yavuze ko kuri we nta rusengero na rumwe rwari gukomeza gufungura mu gihe hari ibibazo bikomeye igihugu n’isi bihanganye nabyo. Yabivugiye mu kiganiro n’abanyamakuru cyabereye i Village Urugwiro ku wa 27 Ugushyingo 2025. Yasubizaga ikibazo cy’uko hari insengero zafunzwe kubera kutuzuza ibisabwa, ariko nyuma zikabikora ntizifungurwe. Perezida Kagame yavuze ko n’iyo biba […]

‘Huye Half Marathon 2025’ yahumuye

WhatsApp Image 2025 11 15 at 12.23.03 860x485 1

Irushanwa rya ‘Huye Half Marathon’ rigomba kubera mu karere ka Huye ku nshuro yarwo ya gatatu, rirabura amasaha abarirwa ku ntoki mbere yo gutangira ku Cyumweru tariki ya 30 Ugushyingo 2025. Iri rushanwa ryo gusiganwa ku maguru, risanzwe ritegurwa na Cercle Sportif de Butare ifatanyije n’Akarere ka Huye riberamo, cyo kimwe n’abafatanyabikorwa barimo Minisiteri ya […]

P. Kagame yemeje ko Tshisekedi ari kubakana FDLR n’umuhungu wa Habyarimana

GridArt 20251127 164122589

Perezida Paul Kagame yemeje ko mugenzi we Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo amaze igihe akorana n’abarimo umuhungu wa Habyarimana Juvenal wahoze ari Perezida w’u Rwanda mu kubaka FDLR, kugira ngo ihungabanye umutekano w’u Rwanda. Umukuru w’Igihugu yemeje aya makuru kuri uyu wa Kane tariki ya 27 Ugushyingo, mu kiganiro yahaye abanyamakuru. […]

Igisubizo Perezida Kagame yahaye Abanyaburayi bakomeje kwifuza Goma, iyo aza kuba ari we AFC/M23

20251127 154407

Perezida Paul Kagame yagaragaje ko iyo aza kuba ari we ugenzura Umujyi wa Goma ukomeje kwifuzwa n’ibihugu byiganjemo ibyo ku mugabane w’u Burayi, yabyemerera gukoresha uriya mujyi icyo biwufuzaho ariko bibanje kwerekana uko bizakemura ibibazo byatumye abawugenzura bawigarurira. Umukuru w’Igihugu yabigarutseho kuri uyu wa Kane tariki ya 27 Ugushyingo, mu kiganiro ari kugiranira n’abanyamakuru muri […]

Imirwano yahuje AFC/M23 na Wazalendo i Kivuye

FB IMG 1744575951482

Byibuze umuntu umwe yapfuye undi arakomereka bikabije mu mirwano ikomeye yahuje abarwanyi ba AFC/M23 n’inyeshyamba za wazalendo zo mu mutwewa ACNDH.  Iyi mirwano yabereye kuwa Gatatu, itariki 26 Ugushyingo 2025, ahitwa Kivuye, muri Gurupoma ya Bashali Moko, Teritwari ya Masisi. Amakuru aturuka mu nzego z’ubuzima muri ako gace, avuga ko ari umusore w’imyaka 20 wafashwe […]

Umugabo wabyaranye na Sheebah Karungi yamaze kumenyekana

1764240400508

Umuririmbyi w’umunyamideli wo muri Uganda, Sheebah Karungi, yongeye kuvugisha abantu nyuma y’aho hagaragaye amakuru mashya y’uwo babyaranye umwana w’umuhungu aherutse kwibaruka, Prince Amir, uzwi nka Little Bird. Hashize amezi menshi abantu bibaza uwo mugabo Sheebah yahishiraga, ariko amakuru mashya yemeza ko ari Jaffar Suleiman, umunyemari ukorera ibikorwa bya muzika mu Bwongereza, utuye i London. Amakuru […]

EACJ yahagaritse amasezerano y’ubucuruzi yasinywe hagati ya Kenya na EU

EU Parliament scaled 1

Iki cyemezo cyafashwe nyuma y’ikirego cyatanzwe n’umuryango utegamiye kuri leta muri Uganda uvuga ko aya masezerano azateza ingaruka ku bidukikije kandi ko arenga ku ngingo nyinshi z’amasezerano y’akarere, cyateje inzika nyinshi i Nairobi. Mu gihe yemerera ibicuruzwa bya Kenya kwinjira ku isoko ry’ibihugu by’i Burayi nta musoro, ayo masezerano yari agamije, kugabanya buhoro buhoro imisoro […]

Jenerali ukuriye abasirikare barindaga Perezida Embalò yahishuye icyatumye bamuhirika

whatsapp image 2025 11 26 at 7.46 45 pm 4796b

Général de Brigade Denis N’Canha wari ukuriye umutwe w’ingabo zari zishinzwe kurinda Perezida Umaro Sissoco Embalò wa Guinée-Bissau, yatangaje ko bafashe icyemezo cyo kumuhirika ku butegetsi mu rwego rwo kuburizamo umugambi mubisha ku gihugu w’abanyapolitiki bakorana n’umucuruzi ukomeye w’ibiyobyabwenge. Ku wa Gatatu tariki ya 26 Ugushyingo ni bwo Perezida Embalò yatangaje ko yahiritswe ku butegetsi, […]

AFC/M23 na FARDC/Wazalendo mu mirwano muri Kibati 

fardc mitrailleur

Kuva mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki ya 27 Ugushyingo, inyeshyamba za AFC/M23 zaramukiye mu mirwano n’ihuriro ry’ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Imirwano yaramukiye mu gace ka Kibati gaherereye muri Groupement ya Luberike, muri Teritwari ya Walikale. Mu busanzwe AFC/M23 ni yo igenzura kariya gace. Amakuru avuga ko mu […]

Umuramyi Dorcas wa Papy Clever yasubije abamuteye imijugujugu nyuma yo kumubona yambaye ipantalo 

Screenshot 20251127 0947462

Dorcas, umuramyi uririmbana n’umugabo we Papy Clever, yavuze ko atishimiye amagambo abantu banditse ku mbuga nkoranyambaga bamunengera imyambarire ye. Ku mbuga nkoranyambaga hari hakwirakwijwe amashusho yabo bagiye kurira indege. Dorcas yari yambaye ipantalo arenzaho ijipo, ibintu byatumye abantu batanga ibitekerezo byinshi abandi babifata nk’ubuturage, abandi bavuga ko bidakwiye kuba umunyetorero. Dorcas yavuze ko ibitekerezo yasomye […]

Hong Kong: Inkongi y’umuriro yibasiye amagorofa 7 yahitanye benshi,abandi baburirwa irengero

hong kong fire

Nibura abantu 55 bahitanywe n’inkongi y’umuriro ikabije yibasiye amazu maremare yo gucumbikamo muri Hong Kong, kandi abarenga 270 bataraboneka. Inkongi y’umuriro yibasiye amagorofa arindwi kuri umunani yubatswe mu karere ka Tai Po. Umuriro wazimijwe muri ane (amagorofa) ubwo iyi nkuru yandikwaga na BBC mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane, kandi abayobozi bizeye kuzimya umuriro […]

AFC/M23 yamaganye urwitwazo rwa Kinshasa rw’ibikorwa byihutirwa by’ubutabazi mu bice igenzura

G6r5VaiW4AAwwOS

Kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 26 Ugushyingo 2025, mu kiganiro n’abanyamakuru i Goma, AFC / M23 yamaganye ibikomeje gutangazwa na Kinshasa ishimangira ko nta bikorwa byihutirwa by’ubutabazi bikenewe mu turere twabohowe, ishimangira ko ahubwo “ikibazo nyacyo kiri mu turere tugenzurwa n’ubutegetsi bwa Kinshasa”. Bane mu bayobozi bakuru b’uyu mutwe – Fanny Kayembe, wo mu […]

RDC yasabye SADC ubufasha bwo kotsa u Rwanda igitutu 

20251127 084557

Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yasabye umuryango wa SADC kuyifasha gushyira igitutu ku Rwanda, kugira ngo rubashe gucyura ingabo ivuga ko ziri ku butaka bwayo. Kinshasa yatanze ubu butumwa biciye muri Perezida mushya w’Inteko Ishinga Amategeko yayo, Aimé Boji Sangara, ubwo yari mu nama y’ihuriro ya Komite Nshingwabikorwa y’Inteko Ishinga Amategeko y’umuryango wa SADC yabereye […]

Washington: Abasirikare 2 barasiwe hafi ya White House

zRmHtsx4 720

Abasirikare babiri ba Amerika bo mu mutwe wa National Guard, bakomeretse bikabije nyuma yo kurasirwa i Washington DC, munsi y’ibirometero bibiri uvuye kuri White House, ibyo umuyobozi w’umujyi yise “kurasa” kwagambiriwe. Polisi yavuze ko ukekwaho icyaha wenyine yarashe ku basirikare babiri bo muri National Guard z’ingabo z’igihugu baturutse muri Virginie y’Iburengerazuba ku gicamunsi cyo kuri […]

Miliyoni 150$ zigiye gushorwa mu kwagura drones zikoresha AI mu Rwanda

images 26

U Rwanda rugiye kubimburira ibihugu bine bya Afurika byagenewe inkunga ya miliyoni 150 z’amadoari ya Amerika, ni ukuvuga miliyari zisaga 218 z’amafaranga y’u Rwanda, zizifashishwa mu kwagura indege nto zitagira abapilote (drones) zikoresha ikoranabuhanga ry’ubwenge muntu buhangano (Artificial Intelligence). Iyo nkunga yatanzwe na Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA) yagenewe Ikigo Zipline gikomeje kwagura ubwikorezi […]

Perezida Kagame yasabwe n’ibyishimo kubera intsinzi ya Arsenal kuri Bayern Münich

pk3333 c86aa

Perezida Paul Kagame yagaragaje ibyishimo bikomeye, nyuma y’uko Arsenal yihebeye itsinze Bayern Münich ibitego 3-1, mu mukino w’amatsinda ya UEFA Champions League. The Gunners yari yakiriye Bavaria, mu mukino w’ishiraniro wabereye kuri Emirates Stadium. Nyuma yawo Perezida Paul Kagame uzwiho kuba umukunzi w’akadasohoka w’iriya kipe y’i Londres, yagaragaje ko yatewe ishema na yo ku bw’iriya […]

Djihad arafunzwe

1764192995221

Tariki ya 26 Ugushyingo 2025, Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwataye muri yombi Cyprien Uzabakiriho uzwi nka Djihad, hamwe na Kwizera Nestor, uzwi cyane nka Pappy Nesta, kubera gukekwaho gukwirakwiza amashusho agaragaza Yampano ari gukora imibonano mpuzabitsina. Ibi byatumye umubare w’abamaze gufatwa muri iki kibazo ugera kuri batanu. Umuvugizi wa RIB, Dr. Murangira Thierry, yemeje ifatwa ry’aba […]

ADEPR yatangije ko nta mwana uri munsi y’imyaka 18 wemerewe kuririmba ku giti cye

isaie

Itorero ADEPR ryashyize hanze amabwiriza mashya agenga abahanzi, amakorali n’amatsinda yo kuramya no guhimbaza Imana (worship teams), arimo ihame rishya rivuga ko nta muntu wemerewe gukora umuziki ku giti cye ari munsi y’imyaka 18. Aya mabwiriza mashya yasohotse ku wa 17 Ugushyingo 2025, agaragaza neza uko abahanzi n’abaririmbyi babarizwa muri ADEPR bakwiye kwitwara, cyane cyane […]

RDC: Abakozi ba Minisiteri ya Siporo bangije Sitade mu myigaragambyo

IMG 8885

Mu gihe akazi kadahagaze neza muri Minisiteri ya Siporo ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Umuyobozi w’ibiro bya Minisitiri Didier Budimbu, Magloire Kasongo, yasabye abakozi bari mu myigaragambyo kugira ituze no guhitamo inzira y’ibiganiro. Kasongo, wavugiye kuri Radio Okapi, yatangaje ko kuri uyu wa Gatatu hateganyijwe inama iziga ku bibazo byose byashyizwe imbere n’aba bakozi. […]

Perezida Embaló na ba Jenerali be 2 batawe muri yombi

329492x preview 1256x628 1693912418

Perezida Umaro Sissoco Embaló wa Guinée-Bissau, kuri uyu wa Gatatu tariki ya 26 Ugushyingo 2025 yatawe muri yombi n’igice cy’abasirikare b’igihugu cye. Perezida Embaló ubwe ni we wemeje ko yatawe muri yombi, mu kiganiro yahaye Jeune Afrique. Yavuze ko yatawe mu ma saa sita z’amanywa ku isaha y’i Bissau. Uyu mugabo yatawe muri yombi mu […]

Mwenga: Sosiyete sivile irashinja FARDC na Wazalendo gusahura abaturage nyuma y’imirwano

589112445 1191346406455411 6273638255601249710 n

Sosiyete sivile yo muri Teritwari ya Mwenga, mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo, yamaganye mu itangazo ryayo ibikorwa by’ubusahuzi byagaragaye kuri uyu wa Kabiri ushize, Itariki 25 Ugushyingo 2025, bikozwe n’ingabo za leta n’inyeshyamba bafatanyije. Uyu muryango utegamiye kuri leta urashinja bamwe mu basirikare ba FARDC ndetse n’inyeshyamba za wazalendo kuba inyuma y’ibikowa byo gusahura abaturage […]

Urukiko rwategetse abaganga gukemura ikibazo cy’imikono yabo mibi

GridArt 20251002 91512339

Urukiko rwo mu gihugu cy’u Buhinde rwategetse abaganga bo muri iki gihugu gukemura ikibazo cy’imikono yabo, bijyanye no kuba abenshi muri bo bandikaga inyandiko zidasomeka. Ni icyemezo Urukiko Rukuru rwa Punjab and Haryana rwafashe, mu gihe ikibazo cy’imikono idasomeka ku baganga gisanzwe kigaragara mu bihugu byo hirya no hino ku Isi. Ruriya rukiko rwavuze ko […]

Sudani y’Epfo: Impanuka y’indege yari itwaye imfashanyo yahitanye batatu

images 22

Kuri uyu wa Kabiri ushize, itariki 25 Ugushyingo, indege yari itwaye imfashanyo y’ibiribwa y’umuryango mpuzamahanga w’Abasamariya yaguye muri Unity State muri Sudani y’Epfo, ihitana abakozi bayo bose uko ari batatu, nk’uko byatangajwe n’umuyobozi muri uyu muryango utabara imbabare. Iyi ndege ikoreshwa na Nari Air, yari itwaye toni 2 z’ibikoresho biturutse mu murwa mukuru, Juba, bishyiriwe […]

U Rwanda rwavuze inzira yonyine yatuma rukuraho ingamba z’ubwirinzi rwafatiye RDC

054a0509 f288e afb5b

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Amb. Olivier Nduhungirehe, yatangaje ko u Rwanda rudateze gukuraho ingamba z’ubwirinzi rumaze igihe rwarafashe, keretse Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo nisenya umutwe w’abajenosideri wa FDLR. Minisitiri Nduhungirehe mu kiganiro yahaye Radiyo Mpuzamahanga y’Abafaransa (RFI), yavuze ko gusenya uriya mutwe ari na byo bizatuma uburasirazuba bwa Congo bubona amahoro. Asubiza Minisitiri Patrick Muyaya […]

Israel iravuga ko yatangije ibikorwa byo kurwanya iterabwoba muri West Bank

c gettyimages 2147736475

Kuri uyu wa Gatatu, itariki 26 Ugushyingo, Igisirikare cya Israel cyatangaje ko cyatangije “igikorwa kinini cyo kurwanya iterabwoba” mu majyaruguru y’Intara ya West Bank yigaruriye. Igirikare cy’igihugu cya Israel (IDF) cyavuze ko igikorwa cya gisirikare cyateguwe ku bufatanye cya Shin Bet, Ishami rishinzwe Umutekano w’Imbere mu gihugu, hamwe n’Igipolisi gishinzwe kugenzura Imipaka cya Israel, cyatangiye […]

AFC/M23 yakubitiye Ingabo z’u Burundi muri Kasika

EVOBARVDFNCQPCKETEGSOA7SS4

Inyeshyamba zo mu mutwe wa AFC/M23 kuri uyu wa Gatatu tariki ya 26 Ugushyingo zigaruriye uduce twa Kidasa na Kasika duherereye muri Teritwari ya Mwenga muri Kivu y’Amajyepfo, nyuma yo kutwirukanamo Ingabo z’u Burundi. Ingabo za FDNB zaramutse zirwana zonyine, nyuma y’uko FARDC na Wazalendo bafatanyije urugamba bafashe icyemezo cyo guhunga Kasika, Kamituga na Mwenga-Centre. […]

U Rwanda mu bihugu bizakira imikino ya FIFA Series 2026

54108388397 ac4652b059 h

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru ku Isi, FIFA, ryahisemo u Rwanda mu bihugu bizakira imikino ya FIFA Series mu 2026. FIFA yemeje ko ibihugu byinshi birimo u Rwanda na Maurice byo muri Afurika mu cyiciro cy’abagabo bizakira FIFA Series 2026 izaba mu rwego ry’imikino mpuzamahanga muri Werurwe na Mata. Imikino ya FIFA Series ku bagabo n’abagore iha […]

FDNB na M23 mu mirwano ikomeye muri Kasika, nyuma y’ihunga rya FARDC

images

Ingabo z’u Burundi n’inyeshyamba zo mu mutwe wa AFC/M23, kuri uyu wa Gatatu tariki ya 26 Ugushyingo baramukiye mu mirwano ikomeye iri kubera mu gace ka Kasika. Kasika ni agace gaherereye muri Groupement ya Wamuzimu ho Teritwari ya Mwenga, mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo. Amasoko atandukanye yemeza ko mu mirwano yo kuri uyu wa Gatatu […]

Burundi: Gen. Bunyoni amaze ukwezi kurenga mu bitaro acunzwe bikomeye

guillaume 37ca4 900x570 1

Uwahoze ari Minisitiri w’Intebe w’u Burundi, Alain Guillaume Bunyoni, akomeje kuba mu Bitaro by’Akarere ka Gitega mu murwa mukuru wa politiki, aho akomeje kwitabwaho bya hafi kuva ku itariki ya 9 Ukwakira 2025 nk’uko amakuru ava mu nzego z’ubuvuzi avuga. Umwe mu bashinzwe ubuzima, utifuje ko amazina ye atangazwa, yerekanye ko Gen. Bunyoni “yagiye yoroherwa […]

Gasabo: Urukiko rwakatiye umusore w’imyaka 20 wishe sekuru

csm Gasabo 122321pdf 545dd2d8f3 f130dad671 1

Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo ruri aho icyaha cyabereye mu Karere ka Bugesera, Umurenge wa Gashora, mu Kagari ka Ramiro, rwasomye urubanza Ubushinjacyaha buregamo umusore w’imyaka 20 wishe sekuru rumuhanisha igihano cy’igifungo cya burundu.  Icyaha uregwa yari akurikiranweho cyakozwe ku itariki ya 17/04/2025, ubwo uyu musore yakaga sekuru amafaranga ibihumbi magana abiri (200,000Frw) yari yaramubikije akanga […]