Uganda: Uwari umugabo wâUmunyarwandakazi Fille yirukanwe ku kazi
Uwari umugabo wâUmuhanzikazi ukomoka mu Rwanda (Fille Mutoni) ari we Edwin Katamba uzwi nka MC Kats yirukanwe nâakabari kitwa Fame yajyaga akorana nako mu bijyanye no kukamamariza. Uyu mugabo muri Uganda basigaye bita âEx wa Filleâ (uwahoze akundana na Fille) yirukanwe azira gusuzugura ba sebuja. Agasuzuguro ke nkâuko itangazo ryashyizwe hanze na Fame Lounge ribivuga, […]
Kaminuza ya CHUR yagiranye amasezerano na Fojo Media Institute yo muri Suwede
Kaminuza ya Christian University of Rwanda (CHUR) yagiranye amasezerano nâIkigo cyo muri Suwede cyitwa Fojo Media Institute mu rwego rwo kuzamura iterambere ryâitangazamakuru nâitumanaho. Abinyujije ku rukuta rwe rwa Twitter, Perezida wa CHUR, Prof. Pierre Damien Habumuremyi yavuze ko aya masezerano yâubufatanye azatuma itangazamakuru nkâishami ritangwa nâiyi kaminuza. Ati â Turishimye cyane ku bwâishyirwaho ryâumukono […]
Bane bafashwe bazira gufata amashusho abatereraga akabariro ku muhanda
Abapolisi bane ba Uganda bafashwe baryozwa gufata amashusho yâabantu babiri batereraga akabariro mu modoka yari ku muhanda. Aba bapolis ba Uganda bafashe amashusho yâaba bombi bayashyira ku mbuga nkoranyambaga. Umuvugizi wa Polisi ya Uganda, Fred Enanga yavuze ko aba bashinjwa kugira imyitwarire idahwitse. Avuga ko aba bapolisi bari gufata aba bombi aho kubafata amashusho maze […]
Ibishya ku rupfu rwa mwishywa wa Museveni warasanwe nâuwiswe Umunyarwanda
Hari amakuru mashya yashyizwe ahagaragara nâiperereza ku iyicwa rya mwishywa wa Perezida Museveni, Joshua Rushegyera Nteireho uherutse kwicwa arashwe ubwo yari kumwe nâuwitwa Merina Tumukunde, byavuzwe ko ari Umunyarwandakazi. Aba bombi barashwe mu ijoro ryo kuwa 5 Nzeri nâumuntu utaramenyekana ariko polisi ikaba itangaza ko uwabarashe yari kumwe nabo mu modoka. Amakuru avuga ko Nteireho […]
Chandiru wafatanyije indirimbo na Urban Boyz abayeho mu buzima buteye agahinda- Videwo
Umuhanzikazi, Jackie Chandiru abayeho mu buzima bubi bitewe no gukoresha ibiyobyabwenge byinshi. Chandiru waririmbanye na Urban Boyz (ikirimo Safi Madiba) iyitwa ‘Take it Off’ aherutse gutoroka ibitaro ndetse batangira no kumubika ku mbuga nkoranyamabaga bitewe no kuburirwa irengero. Kuri ubu, âpromoterâ Balaam Barugahara na Bugembe batangije gahunda yo gufasha uyu muhanzi kuba yakira. Videwo igaragara […]
U Rwanda rwatanze lisiti yâabaturage barwo ruvuga ko bafungiwe muri Uganda
Leta yâu Rwanda kuwa 16 Nzeri yashyikirije Uganda urutonde rwâabaturage bayo ivuga ko bafungiwe ku butaka bwâiki gihugu. Mu biganiro byahuje impande zombi, U Rwanda rwagaragaje ko rwifuza ko aba baturage bafungurwa. Mu bindi byagaragajwe nâUmunyamabanga wa Leta muri Minisiteri yâUbubanyi nâAmahanga Ushinzwe Umuryango wa Afurika yâIburasirazuba, Amb. Olivier Nduhungirehe ni ukuba Uganda icumbikiye abashaka […]
Biravugwa ko umuhanzi wafatanyije indirimbo na Urban Boyz yapfuye
Amakuru yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga mu ijoro ryo kuwa 15 Nzeri ni ayâurupfu rwâumuhanzi Jackie Chandiru yapfuye. Jackie Chandiru yakoranye indirimbo na Urban Boyz bise âTake it Offâ yakunzwe n’abatari bake hano mu Rwanda. Mu minsi yari yabanje hari amakuru yavugaga ko Chandiru yahunze ibitaro nyuma yo kumva abaganga baganira uko bamuca ikiganza cye gifite […]
Abifuza kwiga ibyâubushabitsi (business) bafunguriwe amarembo mu Ishuri Rikuru rya PIPR
Ishuri Rikuru rya Peace Integrated Polytechnic of Rwanda (PIPR) ritangaza ko rifite amashami yâubushabitsi (Business) ku bifuza kuryigamo mu mwaka wâamashuri 2019/2020. Kuri ubu abifuza kwiga mu mashami ya business. Kuri ubu iri shuri rikuru rifite: – Logistics and Procurement Management — Travel and Tourism Management -Technical Accounting Kwiyandikisha muri iri shuri birakomeje muri uku kwezi […]
Uwari umugabo wâUmunyarwandakazi Fille yaguwe gitumo ari muri âghettoâ arya igikomando nâigikoma
Ubuzima bigaragara ko butoroheye Mc Kats uherutse gutandukana nâUmunyanyarwandakazi ukorera umuziki muri Uganda, Fille Mutoni. Katamba uzwi nka MC Kats, yaguwe gitumo ari kurya ibishyimbo na capati (Ekikomando), Â ibiryo bifatwa nkâibyâabantu bakennye cyangwa se ingaragu zidafite uzitekera. Amashusho akomeje gukwirakwira ku mbuga nkoranyambaga aragaraza MC Kats nkâuwivuguruza ku byo yari aherutse gutangaza ko kuba nta […]
Ba nyirâutubari nâamahoteri bashishoze neza – CP Kabera
Polisi yâIgihugu cyâu Rwanda (RNP) itangaza ko yahagurukiye abantu banywesha abana batujuje imyaka 18 ibisindisha cyane mu tubari nâamahoteri. Umuvugizi wa RNP, CP Jean Bosco Kabera aganira na RBA kuri uyu wa 16 Nzeri, yavuze ko hari imikwabo ikomeje gukorwa mu tubari no mu mahoteri mu rwego rwo guhangana nâiki kibazo. Ati â Polisi ntizihanganira […]
Minembwe: Inyeshyamba ziri hafi gufata ikibuga cyâindege kiri hafi yâUmupaka wâu Rwanda nâUburundi
Inyashyamba za Red- Tabara zifatanyije na Mai Mai mu guhangana nâAbanyamulenge zikomeje gufata indi ntera aho kuri ubu habura ibirometero 80 ngo zifate ikibuga cyâindege cya Minembwe kiri hafi y’Umupaka w’u Rwanda n’Uburundi. Imirwano ihuje impande zombi yubuye mu minsi mike ishize, ikaba imaze guhitana abatari bacye mu gihe abandi bavuye mu byabo. Umuyobozi muri […]
Nakoranye na FBI, nta kintu ntunze mu gihugu cyanyu-Gen Kayihura
Gen. Kale Kayihura wahoze ayobora polisi ya Uganda avuga ko Leta Zunze Ubumwe za Amerika zimushinja guhutaza uburenganzira bwa muntu yakoranye bya hafi nazo binyuze mu biro byâiperereza (FBI). Mu ibaruwa ndende yahaye Chimpreports dukesha iyi nkuru, Kayihura avuga ko kuba Amerika yavuga ko yakiriye ruswa nâiyezandonke kandi ko polisi yayoboye yakoze ibyaha bihutaza ikiremwamuntu […]
U Rwanda rwasabye Uganda gukora iperereza ku rupfu rwâumuturage warwo
Leta yâu Rwanda yandikiye iya Uganda iyisaba gukora iperereza ku rupfu rwâumuturage wayo, Silas Hategekimana wapfuye azize iyicarubozo yakorewe ubwo yafatirwaga muri iki gihugu. Mu ibaruwa yo kuwa 11 Nzeri 2019, Minisitiri wâUbutabera wâu Rwanda, Johnston Busingye yandikiye Intumwa Nkuru ya Leta ya Uganda, William Byaruhanga, ivuga ko Hategekimana yapfuye azize iyicarubozo yakorewe ubwo yari […]
Kigali: Hafashwe abarimu bashinjwa gukubita abanyeshuri, umwe agacika ururimi, undi agakomereka ku jisho
Polisi yâu Rwanda yafashe abarimu babiri; Mukaremera Christine ufite imyaka 29 na Niyonshuti Theoneste ufite imyaka 37 bashinjwa gukubita abana babiri, umwe agacika ururimi undi agakomereka ku jisho. Ibi byabereye mu Karere ka Gasabo mu Murenge wa Jari mu kigo cyâishuri cya Cyuga aho aba barimu babiri bakubise abanyeshuri babiri bigishaga, umwe muri bo bikamuviramo […]
U Rwanda rwasabwe gufata babiri bakekwaho kwica Col. Karegeya
Ubushinjacyaha bwa Afurika yâEpfo (NPA) buvuga ko bwandikiye u Rwanda burusaba gufata abantu babiri; Alex Sugira na Ismail Gafaranga kiririsi. Umugore wa Karegeya, Leah Karegeya yabwiye The Daily Monitor dukesha iyi nkuru ko NPA yabwiye abavoka bâumuryango we ko yamaze kumenyesha u Rwanda irusaba gufata aba bagabo babiri. Avuga ko iyi ntambwe yatewe na NPA […]
Amerika yafatiye ibihano Gen Kale Kayihura ushinjwa âgushimutaâ uwarindaga Perezida Kagame
Leta Zunze Ubumwe za Amerika zashyizeho ibihano kuri Gen. Kale Kayihura wahoze ayobora polisi ya Uganda ku bw’ibyaha bya ruswa no guhutaza uburenganzira bwa muntu. Gen. Edward Muhwezi Kayihura Kalekezi kuri ubu yitaba urukiko buri kwezi ku bwâibyaha birimo gushimuta impunzi zâAbanyarwanda zirimo uwari mu barinda Perezida Kagame, Lt.Joel Mutabazi wari warahungiye muri Uganda nâabandi […]
Urujijo ku mpamvu umuhanzi Kidum yabujijwe gutaramira mu Rwanda
Umuririmbyi w’Umurundi, Kidum atangaza ko yabujijwe kwitabira igitaramo yagombaga kwitabira mu Rwanda. Avuga ko nta mpamvu n’imwe yabwiwe ndetse ngo nta n’iyo we ubwe bwite akeka. Jean Pierre Nimbona uzwi nka Kidum Kibido Kibuganizo yari ategerejwe mu gitaramo cya Kigali Jazz Junction kuwa 27/09/2019  aho yari kuzaba ari kumwe nâabandi baririmbyi nka Johnny Drille wo […]
Amashirakinyoma ku bivugwa ko  Ingabire Victoire asigaye abana nâumunyamakuru Eric Bagiruwubusa
Hari amakuru akomeje gukwirakwira ku mbuga nkoranyambaga byâumwihariko kuri facebook avuga ko umunyapolitiki, Ingabire Victoire asigaye abana mu nzu nâumunyamakuru wa Radiyo Ijwi rya Amerika mu Rwanda (VOA), Eric Bagiruwubusa. Uwitwa Gitera Alpha kuri Facebook, Bwiza.com ntiyabashije kumenya niba ari yo mazina ye ya nyayo, atangaza ibyâaya makuru avuga ko ayakesha umuntu utashatse ko amazina […]
Kaminuza ya CHUR ifite umwihariko ku bifuza kwiga amashami yâubumenyamuntu nâUburezi
Ubuyobozi bwa Kaminuza ya Christian University of Rwanda (CHUR) buratangazako kwiyandikisha bikomeje ku bifuza gutangira kwiga umwaka wâamashuri 2019 mu mashami yose yâiyi kaminuza. Kuri ubu abifuza kwiga mu mashami yâubumenyamuntu (Social Sciencies) nâUburezi (Education) bashyiriweho umwihariko. Kuri ubu iyi kaminuza mu mashami ryâubumenyamuntu ibafitiye: -Department of Mass Communication – Department of Journalism -Department of […]
Namukubise agashyi gato, koroheje- Dr Francis yiregura ku ihohotera yakoreye umukozi we
Umuyobozi wa GoodRich TV, Dr Francis Habumugisha atangaza ko kuwa 15 Kanama uyu mwaka yakubise agashyi gato umukozi we, Diane kamali umushinja kumuhohotera. Mu rukiko kuri uyu wa 13 Nzeri 2019, Dr Francis yireguye ku byaha ashinjwa byo gukubita umukozi we ndetse akanamumenera telefoni. Muri videwo nkâuko ubushinjacyaha buvuga ko uregwa yagize ubushake no gutekereza […]
Gen. Rusagara yarijijwe nâamagambo yavuzwe na Col. Byabagamba yerekeye Perezida Kagame
Rtd. Brig. Gen. Frank Rusagara Kanyambo yarijijwe nâamagambo ya muramu we, Col. Tom Byabagamba wavuze ko atashoboraga kwanga Perezida Kagame yabereye umurinzi imyaka myinshi. Mu iburanisha ryo kuri uyu wa 12 Nzeri,Col. Tom Byabagamba wahoze akuriye abarinda Perezida Paul Kagame (Republican Guard) yakomeje kwiregura mu rukiko rw’ubujurire. BBC yari mu rukiko ivuga ko Gen. Rusagara […]
Musanze: Umukecuru nâumusaza baba mu nzu igizwe nâamashami yâinturusu
Umukecuru Totori wo mu Murenge wa Musanze Karere ka Musanze nâumugabo we, Basabose Edouard bibera mu nzu igizwe nâamashami yâinturusu. Aba bombi babarizwa mu cyiciro cyâabo amateka yasigaje inyuma bavuga ko iyo imvura iguye ibanyagira kuko amababi yâibiti atabasha kubankingira imvura. Babwiye Rwanda Tribune dukesha iyi nkuru ko bubakiwe inzu na Leta ariko nyuma igasaza […]
Abanyarwanda 32 birukanwe ku butaka bwa Uganda
Abanyarwanda bagera kuri 32 birukanwe ku butaka bwa Uganda bashinjwa kwinjira no kuba mu gihugu binyuranyije nâamategeko. Itangazo rya Minisititeri yâIbikorwa byâimbere mu gihugu nâUrwego Rushinzwe IbyâUbwenegihugu no kugenzura abinjira nâabashohoka ryo kuwa 12 Nzeri rivuga ko aba Banyarwanda binjiye mu gihugu cya Uganda binyuranyije nâamategeko ndetse bakaba bakibagamo bitewe nâamategeko. Riti â Aba ntibemerewe […]
Kaminuza ya CHUR ikomeje gutanga ubumenyi mu mashami akenewe ku isoko ryâumurimo
Ubuyobozi bwa Kaminuza ya Christian University of Rwanda (CHUR) buratangazako kwiyandikisha bikomeje ku bifuza gutangira kwiga umwaka wâamashuri 2019 mu mashami yose yâiyi kaminuza. Kwiyandikisha muri iyi kaminuza birakomeje muri uku kwezi kwa Nzeri 2019 mu mashami yayo arimo: -Ubumenyi nâIkoranabuhanga (Information and Technology), Department of Information technology. -Ubuhinzi nâiterambere ryâIcyaro (Agriculture and Rural Development […]
Ahatari umwaga, uruhu rw'urukwavu rwisasira babiri- Mushikiwabo avuga ku banenze u Rwanda ku kibazo cy'abimukira
Umunyamabanga Mukuru wâUmuryango wâIbihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikiwabo atangaza ko nta kibazo kirimo ku kuba u Rwanda rwakwakira abimukira bitewe nâuko hari umuco wo gusaranganya bike bihari. U Rwanda rurateganya kwakira abimukira 500 bavuye muri Libya mu minsi iri imbere. Hari abantu banenze iyi gahunda bavuga ko u Rwanda rudakwiriye kuzana aba bimukira kuko […]
Uku niko ubuyobozi bwagakoze- Dr Kayumba avuga ku ihagurukirwa ryâumukire ukekwaho gukubita umukozi
Umushakashatsi akaba nâumusesenguzi muri politiki, Dr Christopher Kayumba avuga ko ihagurukirwa ryâikibazo cya Dr Francis Habumugisha ukekwaho gukubita umukozi we, Diane Kamali. Diane Kamali avuga ko yakubiswe na Francis ariko nzego zose yamenyesheje ikibazo cye, ntizigire icyo zimufasha. Avuga ko akeka ko biterwa nâuko Francis ari umukire ndetse ngo akaba aziranye nâabayobozi bakomeye. Inkuru bifitanye […]
Uganda: Abadepite basabwe kudakora imibonano mpuzabistina uko bishakiye
Perezida wâInteko ishinga Amategeko ya Uganda, Rebecca Kadaga yasabye abadepite kuzitwararika ntibakore imibonano mpuzabitsina na bagenzi babo bazitabira inama ya Commonwealth. Kuva kuwa 22 kugeza 29 Nzeri uyu mwaka, muri Uganda hazabera inama ya 64 yâabadepite bo mu bihugu bisaga 180 bigize Commonwealth. Ku bwâiyo mpamvu, Kadaga yasabye bagenzi be kuzitwara neza, ntibazasambane uko bishakiye. […]
Dr Ryarasa yavuze umuti wavugutirwa ikibazo cy'abiyahura mu Rwanda
Umuyobozi wa Never Again Rwanda, Dr Joseph Nkurunziza Ryarasa atangaza ko abantu bakomeje kwiyahura baba babuze ubaganiriza ngo yumve ibibazo byabo bityo abahumurize. Ibi uyu muyobozi yabitangaje avuga ku kibazo cyâabantu bakomeje kwiyahura gikomeje kugaruka kenshi mu bitangazamakuru. Dr Ryarasa avuga ko Leta ikwiriye gushora imari mu buzima bwo mu mutwe kugira ngo gihangane nâuku […]
U Rwanda rwasubije abavuga ko rwigerejeho ku kwakira abimukira mu gihe nâabaturage barwo benshi bakennye
Minisitiri wâIbikorwa byâUbutabazi, Germaine Kamayirese yasubije abavuga ko u Rwanda rwigerejeho rusaba kwakira abimukira 500 mu gihe nâabaturage barwo benshi bakennye. Mu minsi iri imbere u Rwanda rutateganya kwakira icyiciro cya mbere cyâabimukira bavuye muri Libya. Abanenga iyi gahunda bavuze ko ibyo u Rwanda rwakoze ari ukwiyongera umutwaro mu gihe nâabaturage barwo babayeho mu buzima […]
Hatawe muri yombi abakekwaho kwiba nimero zâindangamuntu bakabikuza amafaranga kuri Mobile Money
Urwego rwâIgihugu rwâUbugenzacyaha (RIB) rutangaza ko mu cyumweru gishize rwataye muri yombi abagabo babiri; Nkurunziza Mohamed na Birikunzira Salomon bakekwaho ubwambuzi bushukana. Ku rukuta rwayo rwa Twitter, RIB yavuze ko aba iperereza ryâibanze ryagaragaje ko abafashwe bajyaga biba nimero zâingamuntu bakiba amafaranga ya ba nyirayo. RIB iti â Iperereza ry’ibanze kandi rigaragaza ko aba biba […]
Congo yafatiye ingamba abafite imyanya muri Leta batuye mu Rwanda
Leta ya Congo-Kinshasa yatanze amabwiriza ko nta muntu ufite umwanya muri Leta wemerewe gutura mu Rwanda. Ibiro Bishiznwe Abinjira nâAbasohoka (DGM) muri Kivu yâAmajyaruguru kuwa 10 Nzeri 2019 ko nta mukozi wa Leta wemerewe gutura hanze yâumupaka wâigihugu. DGM yandikiye inzego zose itanga aya mabwiriza ndetse ivuga ko igiye gukaza amabwiriza agenga kugenzura imipaka. Ibi […]
Amasomo yâubuhanga (engineering) aboneka mu Ishuri Rikuru rya PIPR yagufasha guhangana ku isoko ryâumurimo
Ishuri rikuru rya Peace Integrated Polytechnic of Rwanda (PIPR) ritangaza ko rifite amashami agezweho mu bumenyengiro mu byâubuhanga (engineering). Dore amasomo ya engeneering aboneka muri iri shuri rikuru: -Civil Engineering (Ishami ryo gupima ubutaka) -Electronic and Telecommunication engineering -Electriclal engineering Design and Multimedia Engineering -Software Engineering – Networking Engineering Urangije aya masomo ahabwa impamyabumenyi yâicyiciro cya mbere […]
 Museveni yavuze ko ijisho rigiye guhorerwa irindi nyuma yâurupfu rwa mwishywa we wicanwe nâuwiswe Umunyarwandakazi
Perezida Museveni Yoweli wa Uganda, atangaza ko hagiye gukoreshwa ihame ryâijisho rihorerwe irindi nâiryinyo ku rindi kugira ngo habeho guhangana nâubwicanyi bukomeje mu gihugu. Mu ibaruwa yandikiye abaturage ku bibazo biri mu gihugu, Museveni yavuze ko âBibabajeâ kubona polisi ifatanya nâabasivili mu byaha byâubwicanyi. Iri zamuka ryâubwicanyi ni ryo riherutse guhitana mwishywa we, Joshua Nteireho […]
Perezida Kagame yinjiye mu kibazo cyâumukobwa wakubiswe nâuwo yita umunyamafaranga uziranye nâabakomeye
Perezida Paul Kagame wâu Rwanda yagaragaje ko yumvise ikibazo cyâumukobwa Diane Kamali uvuga ko yakubiswe nâumuyobozi wa Goodrich TV ariko inzego bireba ntizimurenganure. Uyu mukobwa abinyujije ku rukuta rwe rwa Twitter yagize ati â Nakubitiwe mu ruhame nâumugabo witwa Dr Francis (GoodRich Tv) kuwa 16.7.2019. Mbimenyesheje RIB [Urwego rwâIgihugu rwâUbugenzacyaha] hashize ameze abiri atarahanwa.â Yabajije […]
Uganda: Abadepite bangiwe kugera mu nzu yâibanga yatunzwe agatoki ko itoterezwamo Abanyarwanda
Abadepite bo muri Uganda bangiwe gukandagiza akarenge mu nzu yâibanga iri ahitwa Kyengera muri Kampala, byagiye bivugwa ko iri mu zo Abanyarwanda bafatiwe muri Uganda bahohotererwamo. Abanyarwanda bagiye bafatirwa muri Uganda bashinjwa kuba intasi, barakubiswe bikomeye bamwe basigaye bakurizaho nâubwandu bwo gupfa. Bagiye batunga agatoki zimwe mu nzu zâibanga (safe houses) ziri ahantu hatandukanye mu […]
Pasiteri yapfuye ashaka gukuraho agahigo ka Yezu ku kwiyiriza
Umupasiteri wo muri Afurika yâEpfo, Alfred Ndlovu yapfuye yishwe nâinzara nyuma yo kumara iminsi 30 atarya. Ibi ngo yabikoze agamije kumara iminsi 40 nâamajoro 40 Yezu yamaze atarya. Ikinyamakuru Buzz cyo muri Afurika yâEpfo kivuga ko Ndlovu yavuye mu rugo kuwa 17 Kamena ajya mu gashyamba kari hafi yâurugo rwe kugira ngo asenge nkâuko Yezu […]
Abimukira 500 bategerejwe mu Rwanda mu minsi iri imbere
Leta yâu Rwanda yamaze gushyira umukono ku masezerano yo kwakira abimukira 500 bavuye muri Libya. Biteganyijwe ko aba mbere bazagera muri iki gihugu mu byumweru biri imbere. Aya masezerano u Rwanda rwayasinyanye na Afurika Yunze Ubumwe na HCR nkâuko Minisiteri yâUbutabazi mu Rwanda ibitangaza. Aya masezerano ntavuga ko neza igihe aba bimukira bazagerera mu Rwanda […]
Icyo OMS ivuga ku kibazo cyo kwiyahura kiri mu biri kugarukwaho cyane mu Rwanda muri iki gihe
Ishami ryâUmuryango wâAbibumbye ryita ku Buzima (OMS) rivuga ko abantu 800,000 biyahura buri mwaka ku Isi yose. OMS kuri uyu wa 10 Nzeri yatangaje ko abantu bapfa biyahuye baruta kure abicwa nâintambara, kanseri nâizindi ndwara. Ivuga ko umbare wâabapfa biyahuye wabaye nkâugabanuka hagati ya 2010 na 2016 ndetse ukaba utarigeze wiyingera bitewe ahanini nâuko nâabaturage […]
Hagiye gushyirwa ku isoko uburyo bwo gucaginga telefoni hifashishijwe inkari
Abahanga mu byâIkoranabuhanga bo muri Laboratwari yitwa Bristol Robotics mu Bwongereza batangaza ko uburyo bwo kubyaza ingufu zâamashanyarazi inkari zâumuntu bwiswe âMicrobial Fuel Cellsâ (MFC) bugiye kujya ku isoko mu gihe gito mu mpera z’umwaka wa 2019. Ubu buryo bwatangiye gukorwaho ubushakashatsi mu 2013 kugeza ubu ngo hakaba hasigaye igihe gito ngo butangire gukoreshwa butanga […]
Kamera zo ku muhanda zagaragaje ibishya ku rupfu rwâumugore byavuzwe ko ari Umunyarwandakazi
Polisi ya Uganda yashyize ahagaragara amashusho yafashwe na za kamera zo ku muhanda (CCTV) agararagaza Merina Tumukunde byagiye bitangazwa ko ari Umunyarwandakazi (ibi u rwanda rwarabihakanye) na Joshua Nteireho Rushegyera baherutse kwicwa barashwe. Aba bombi barashwe mu ijoro ryo kuwa 5 Nzeri 2019 ku muhanda wa Entebbe werekeza I Kampala ku kiraro cyitwa Nambigirwa. Aya […]
Nteireho wicanwe nâuwiswe âUmunyarwandaâ yari afitanye isano na Perezida Museveni
Joshua Nteireho Rushyegyera uherutse kwicwa arashwe ubwo yari kumwe nâumugore byavuzwe ko ari Umunyarwanda, Merina Tumukunde, yari afitanye isano na Perezida Museveni Yoweli wa Uganda. Aba bombi barashwe saa tanu z’ijoro ryo kuwa 5 nzeri 2019 ahitwa Entebbe ku muhanda werekeza i Kampala. Byatangazwaga ko Nteireho ari umurinzi wa Tumukunde gusa inzego z’umutekano zasobanuye ko […]
Byinshi ku bantu bo mu Bushinwa batagira ibyiyumvo byo gukora imibonano mpuzabitsina
Leta yâUbushinwa itangaza ko hari umubare munini wâabantu bakuru batajya bakora imibonano mpuzabitsina ndetse batagira nâayo marangamutima. Umwe muri bo ni uwitwa Diane Xie atuye Shanghai muri iki gihugu, yavuze ko yumva ntacyo bimubwiye kuba adakora iki gikorwa we avuga ko ntacyo kimaze. Ati â Sindumva hari umuntu mbonye nkumva twaryamana, ibyo byiyumvo sindabigira. Gusa […]
Afurika yâEpfo yashyizeho impapuro zita muri yombi abakekwaho kwica Col. Karegeya
Ubushinjacyaha bwa Leta ya Afurika yâEpfo bwashyize hanze impapuro zita muri yombi abagabo babiri bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rwâuwari umuyobozi wâubutasi bwo hanze yâu Rwanda, Col. Patrick Karegeya. Umuryango utegamiye kuri Leta, Afriform utangaza ko izi mpapuro zatanzwe kuri uyu wa 9 Nzeri 2019. Ukuriye ibijyanye nâubushinjacyaha muri Afriform, Gerrie Neil yavuze ko ubushinjacyaha […]
Abegereye pariki zâigihugu bamaze guhabwa Frw miliyari zisaga eshanu- Minisitiri wâIntebe
Minisitiri wâIntebe wâu Rwanda, Dr Edouard Ngirente atangaza ko abaturage begereye pariki zâigihugu bamaze guhabwa amafaranga agera asaga Frw miliyari 5 na miliyoni 300Â mu rwego rwo kubateza imbere mu mishinga itandukanye mu myaka 14 ishize. MU ijambo rye, atangiza inama yiswe â2019 Business of Conservation Conferenceâ ku bufatanye na Kaminuza yâImiyoborere muri Afurika, kuri […]
Umugabo wâumugore wishwe arashwe bikavugwa ko ari âUmunyarwandaâ avuga ko yatunguwe n'aho yiciwe
Umugabo wa Merina Tumukunde Kamukazi uherutse kwicwa arashwe bikavugwa ko ari Umunyarwanda , Mark Rugenza , avuga ko atari aziko umugore we ari mu Mujyi wa Kampala aho yiciwe. Rugenza avuga ko ku munsi wabanjirije urupfu rwâumugore we, yari yamuvanye mu Mujyi wa Kampala akamujyana Mbarara, we akagaruka Kampala aho afite akabari kitwa Gabiro ahitwa […]
Ibyatangajwe ko ari ubukwe bwa Harmonize byabaye ibindi bindi
Amakuru yasakaye mu cyumweru gishize ni uko umuhanzi, Harmonize yakoze ubukwe nâUmukunzi we, Sarah. Kugeza ubu haracyari urujijo cyane ko bamwe mu bantu ba hafi bavuga ko aya makuru atariyo,ndetse na ba nyir’ubwite bakaba ntacyo baratangaza. Ni amakuru yasakaye mu Karere u Rwanda ruherereyemo, hashingiwe ahanini ku mavidewo yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga agaragaza Sarah na […]
Ndashima Imana yangize umutinganyi- umuhanzi wâindirimbo zo kuramya
Umuhanzi wâindirimbo zâImana, Albert Nabonibo uherutse gutangaza ko ari umutinganyi avuga ko ibi abishimira Imana. Nabonibo ukomoka mu Karere ka Gicumbi aherutse gutangaza ku mugaragaro ko aryamana nâabo bahuje igitsina. Aganira na VOA mu kiganiro cyitwa Dusangire ijambo, mu mpera zâicyumweru gishize, Nabonibo yavuze ko kuba yaravutse agasanga ari umutinganyi ntacyo yabikoraho, ko ahubwo abishimira […]
Umuryango wa Nteireho wicanwe n'uwiswe Umunyarwandakazi wigaragambije, banga kumushyingura
Abagize umuryango wa Joshua Nteireho Rushegyera bigaragambije banga gushyingura uyu musore uherutse kuraswa ari kumwe n’umugore byavuzwe cyane ko ari Umunyarwandakazi, Marina Tumukunde bishwe barasiwe muri Uganda. Uku kwigaragambya kuraturuka ku kutumvikana hagati y’imiryango yombi ababyeyi ba nyakwigendera bavukamo. Abo kwa se umubyara, banze icyemezo cyo kumushyingura ahitwa Kazo (kwa ba nyirarume) kuko bifuzaga ko […]
Havumbuwe inyandiko y'ibanga hagati y'Uburundi na Tanzania 'igambanira impunzi'
Ishyirahamwe Amnesty International rivuga ko ritewe impungenge n’umugambi w’ibihugu bya Tanzania n’u Burundi rivuga ko bigiye gutahukana ku nguvu impunzi z’abarundi ziri muri Tanzania. Mu itangazo ryashyize ahagaragara kuwa 6 Nzeri uyu mwaka, rivuga ko ryabonye inyandiko rw’ibanga u rwerekana ko ba Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu muri Tanzania n’u Burundi bumvikanye ko gucura impunzi ku ngufu […]
Uganda: Harakemangwa umubano uri hagati y'abasirikare na Gen. Muntu
Abakurikiranira hafi ibya politiki muri Uganda bavuga ko hakwiye gukemangwa umubano uri hagati ya Rtd. Maj. Gen. Mugisha Muntu n’abasirikare ndetse n’abapolisi. Hashize iminsi itari myinshi abantu bagaruka ku buryo abapolisi n’abasirikare bafata neza Gen. Mugisha Muntu wo muri opozisiyo, ibintu bitaba ku bandi banyepolitiki babarizwa kuri uru ruhande. Bamwe bavuga ko Gen. Muntu yaba […]
Ubuhinde bwatakaje itumanaho nâicyogajuru buherutse kohereza mu kirere
Ikigo Gishinzwe ibyâIkirere mu Buhinde (ISRO) gitangaza ko kitagifite itumanaho nâicyogajuru baherutse kohereza ku kwezi. Iki kigo gitangaza ko cyabuze itumanaho nyuma yâigihe gito iki cyogajuru kigeze mu majyepfo yâukwezi. Ibi bikaba ari ikibazo ku bikorwa byari bigamijwe byo kumenya byinshi ku kwezi. ISRO itangaza ko iki cyogajuru cyari cyoherejwe ku kwezi mu rwego rwo […]
Icyo u Rwanda ruvuga ku iraswa rya âKamukaziâ
Ambasaderi wâu Rwanda muri Uganda, Rtd. Maj. Gen. Frank Mugambage yabeshyuje amakuru avuga ko umukobwa witwa Florence Kamukazi warasiwe Entebbe muri Kampala ari Umunyarwanda. Ibitangazamakuru bitandukanye byatangaje ko uyu mugore warasanwe nâumurinzi we, Ruhegyera. Aganira na TNT yagize ati â Twagerageje kubamenya ariko twaje gusanga ari Abanya-Uganda nâubwo ibinyamakuru byinshi byatangaje puropaganda ko ari Abanyarwanda.â […]
Nzaguhesha perimi kuko nziranye nâabapolisi- amagambo yâukekwaho ubutekamutwe
Sindikubwabo Naricisse w’imyaka 34 yâamavuko kuri uyu wa Kane tariki ya 05 Nzeri, yafatiwe mu karere ka Gasabo mu murenge wa Kinyinya, akurikiranyweho kwambura umuturage amafaranga ibihumbi 500,000frw amwizeza ko azamufasha kubona uruhushya rwa burundu(perimi) rwo gutwara imodoka. Umuturage wambuwe avuga ko muri Gashyantare uyu mwaka, Sindikubwabo yamubwiye ko hari abapolisi baziranye ndetse ko bamufasha […]
Umukunzi wa Diamond yateye benshi kwibaza ubwo yatangazaga izina ryâumwana we
Umukunzi wa Diamond Platnumz, Tanasha Donna akomeje gutera amatsiko abashaka kumenya izina ryâumuhungu yitegura kwibaruka. Diamond na Tanasha barateganya kwibaruka mu kwezi 2019. Ni umwana wa Kane kuri Diamond, akaba imfura kuri uyu mukobwa w’umunyamakuru muri Kenya. Avuga ku bafite amashyushyu yo kumenya amazina yâumwana we, yahishuye gusa ko azaba afitemo izina ryâidini ya isilamu. […]
 Polisi ya Uganda yatangaje amakuru mashya ku iraswa ryâUmunyarwanda Kamukazi
 Polisi ya Uganda yashyze hanze amakuru agezweho ku kibazo cyâurupfu rwâUmunyarwandakazi, Florence Kamukazi waishwe arashwe ubwo yari kumwe nâumurinzi we, Joshua Ruhegyera Nteyireho. Aba bombi barasiwe ku muhanda wa Entebbe, ahitwa Katabi ku kiraro cyitwa Nambigirwa werekeza Entebbe mu ijoro ryo kuwa 5 Kamena 2019, ahagana saa tanu zâijoro. Muri Raporo yayo, polisi itangaza ko […]
PIPR yaje kugoboka abacikanwe n'amashami y'ubumenyingiro agezweho
 Ishuri rikuru rya Peace Integrated Polytechnic of Rwanda (PIPR) ritangaza ko rifite amashami agezweho mu bumenyengiro mu rwego rwo gutanga amahirwe ku bifuza kwiga umwuga. Kuri ubu iri ishuri rikuru rifite abanyeshuri basaga 400 biga mu mashami akurikira: -Civil Engineering (Land Surveying) -Electronic and Telecommunication engineering -Electriclal engineering -Design and Multimedia Engineering -Computer Maintenance -Software Engineering – […]
Arashinja inzego zâumutekano ziyobowe na Brig. Kandiho kumwicira umugabo
Umugore wâUmunyarwanda Silas Hategekimana witwa Annonciata Nyirahabimana aravuga ko umugabo we yapfuye azize iyicarubozo yakorewe nâabo mu Rwego rwâUbutasi bwâIgisirikare muri Uganda (CMI) iyoborwa na Brig. Gen. Abel Kandiho. Hategekimana yapfuye mu cyumweru gishize azize ingaruka zâiyicarubozo yakorewe ubwo yari muri gereza mu Mujyi wa Kampala. Nyirahabimana ati â CMI niyo yanyiciye umugabo. Sinakwicara ngo […]
Ubwongereza: Basabiye Gen. Frank Rusagara bavuga ko afunzwe “arengana”
Abakirisitu bo mu rusengero rwitwa Holy Trinity ruherereye mu majayaruguru ya Landani (London) bakoze amasengesho basabira Rtd. Brig. Gen. Frank  Rusagara Kanyambo wakatiwe nâurukiko rwa gisirikare gufungwa imyaka 20. Uru rusengero Gen. Rusagara na we yigeze kurusengeramo ubwo yari umudipolomate wâu Rwanda muri iki gihugu mu myaka icumi ishize. Ikinyamakuru Church Times cyo mu Bwongereza […]
Hamenyekanye icyishe amarabira umukinnyi wa filimi nyarwanda Rwasa
Umukinnyi wa filimi nyarwanda, Denis Nsanzamahoro wari uzwi nka Rwasa yitabye Imana kuri uyu wa 5 Nzeri 2019 bitunguranye nyuma yo kumara igihe gito arwariye mu bitaro bya CHUK. Uwari umurwaza we, Alexis Muyoboke yatangarije TNT ko uyu mugabo yishwe na diyabete. Yagize ati â Nibyo koko yapfuye [Rwasa] ku gicamunsi. Yari amaze igihe gito […]
Uwari uzwi nka Rwasa muri Filimi nyarwanda yapfuye
Nsanzamahoro Denis wari uzwi ku izina rya Rwasa muri Filimi Nyarwanda yapfuye kuri uyu wa Kane tariki ya 5 Nzeri 2019. Amakuru agera kuri Bwiza.com, avuga ko uyu mugabo yishwe nâ indwara ya Diabète. Nsanzamahoro yamenyekanye muri Filimi Nyarwanda zitandukanye cyane cyane iya Rwasa ari nayo benshi bahise bamwitirira.