Uwari Avoka wa Kabuga yivanye mu rubanza rwe

Umufaransa Emmanuel Altit wari umwunganizi mu mategeko wa Kabuga Félicien, yikuye mu rubanza yunganiragamo uyu munyemari. Kabuga kuri ubu ufungiye i La Haye mu Buholandi aho yimuriwe mu Ukwakira umwaka ushize avanwe mu Buholandi, akurikiranweho ibyaha birindwi bifitanye isano na Jenoside yakorewe Abatutsi. Ni ibyaha birimo icyaha cya Jenoside, ubufatanyacyaha mu cyaha cya Jenoside, gukangurira […]

Senateri Evode Uwizeyimana yavuze uko Kagame yamutandukanyije na Twagiramungu

Senateri muri Sena y’u Rwanda, Evode Uwizeyimana, yatangaje ko yigeze kugirana imikoranire n’abarwanya ubutegetsi bw’u Rwanda nka Faustin Twagiramungu na Paul Rusesabagina, gusa aza kwitandukanya na bo bigizwemo uruhare n’amagambo ya Perezida Kagame. Senateri Uwizeyimana uri mu Banyarwanda bazobereye amategeko, yavukiye ku Ntenyo ho mu murenge wa Byimana mu karere ka Ruhango. Uyu mugabo w’imyaka […]

AJSPOR yitandukanyije n’abanyamakuru ba Radio 10, na bo batangaza ko bitandukanyije na yo

Ishyirahamwe ry’abanyamakuru Nyarwanda ba Siporo (AJSPOR), ryatangaje ko ryitandukanyije n’abanyamakuru ba Radio 10 kubera amakosa anyuranyije n’umwuga w’itangazamakuru bagiye bakora, na bo batangaza ko bitandukanyije na ryo. AJSPOR mu itangazo ryayo, yashinje abanyamakuru ba Radio 10 barimo Sam Karenzi, Taifa Bruno, Kazungu Claver na Biganiro Antha amakosa menshi ajyanye n’umwuga w’itangazamakuru. Aba banyamakuru bashinjwe kwica […]

Undi mukinnyi w’ikipe y’igihugu ‘Amavubi’ na we yateye ivi

Myugariro Nsabimana Aimable wa Police FC, yateye ikirenge mu cya Jacques Tuyisenge bakinana mu kipe y’igihugu ‘Amavubi’ na we atera ivi asaba umukobwa bakundana ko yazamubera umugore. Ku Cyumweru Tariki ya 20 ni bwo Nsabimana yateye ivi asaba umukunzi we, Issa Leila, ko yazamubera umugore, undi arabimwemerera. Byabereye kuri Sunday Park i Nyarutarama mu mujyi […]

Seif Bamporiki wari umuyobozi wa RNC muri Afurika y’Epfo yishwe arashwe

Amakuru aturuka muri Afurika y’Epfo aravuga ko Seif Bamporiki wari umuyobozi w’umutwe wa RNC urwanya ubutegetsi bw’u Rwanda muri Afurika y’Epfo, yishwe arashwe. Bamporiki yarasiwe mu gace ka Nyanga gaherereye mu mujyi wa Cape Town mu ma saa moya n’igice y’umugoroba wo ku Cyumweru. Ni agace kazwiho kurangwamo cyane n’ibikorwa by’ubugizi bwa nabi ndetse n’ubwicanyi […]

Nyuma ya Kagame, Tshisekedi na we yahawe numéro 9 na Infantino (Amafoto)

img_20210219_212520-2.jpg

Nyuma y’umunsi umwe avuye mu Rwanda aho yagiraniye ibiganiro na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame; Perezida wa FIFA kuri uyu wa Gatandatu yagiriye uruzinduko i Kinshasa aho yabonaniye na Perezida Félix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Ku wa Gatanu ni bwo Perezida Kagame yakiriye mu biro bye Perezida Gianni Infantino. Urubuga rwa Twitter […]

CAF Confederation Cup: AS Kigali yagarukiye ku muryango w’amatsinda

Ikipe ya AS Kigali yasezerewe mu irushanwa rihuza amakipe yatwaye ibikombe mu bihugu byayo (Total CAF Confederation Cup), nyuma yo kunanirwa gutsindira CS Sfaxien yo muri Tunisia i Kigali. Amakipe yombi yari yahuriye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo mu mukino wo kwishyura, nyuma y’ubanza Abanyamujyi bari batsindiwe i Sfax ibitego 4-1. Igitego cyo ku […]

Mineduc yahaye umukoro ababyeyi mbere y’iminsi ibiri ngo amashuri y’i Kigali afungure

Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC), yatangaje ko amashuri mu mujyi wa Kigali azasubukura ku wa Kabiri tariki ya 23 Gashyantare 2020, iha ababyeyi umukoro Ku wa Mbere tariki ya 18 Mutarama ni bwo Minisiteri y’Uburezi yari yafashe icyemezo cyo gufunga amashuri y’incuke, abanza n’ayisumbuye yo mu mujyi wa Kigali. Ni icyemezo iyi Minisiteri yari yavuze ko yafashe […]

Umunyamakuru ushonje, udashobora kwishyura inzu; ntiwavuga ko afite uburenganzira_Dr Kayumba

Umushakashatsi akaba n’umwarimu muri Kaminuza, Dr Kayumba Christopher, yagaragaje ubushobozi buke n’ubukene nk’imwe mu mpamvu zituma abanyamakuru Nyarwanda batuzuza inshingano zabo uko bikwiye bityo ntibagere ku burenganzira bwabo. Dr Kayumba uri mu barimu b’abahanga bigisha itangazamakuru n’irumanaho igihugu gifite (dore ko arimazemo imyaka 24), yabigarutseho mu kiganiro aheruka kugirana na BWIZA TV. Ni ikiganiri cyibanze […]

Tanzania: Magufuli yavuye ku izima yemera ko COVID-19 ihari nyuma y’igihe ayikerensa

Perezida wa Tanzania, Dr John Pombe Magufuli, yagaragaje ko asa n’uwemera ko mu gihugu cye hari icyorezo cya COVID-19, asaba abanya-Tanzania amasengesho mashya mu rwego rwo kugihashya. Magufuli yakunze kumvikana avuga ko icyorezo cya Coronavirus ari ibinyoma, ndetse rwagati mu mwaka wa 2020 yatangaje ku mugaragaro ko amasengesho yatumye Tanzania yigobotora kiriya cyorezo, bityo ko […]

Amafoto utabonye ya Jacques Tuyisenge n’umukunzi we mu munyenga w’urukundo

fb_img_16136775860592494-2.jpg

Rutahizamu wa APR FC n’Ikipe y’igihugu ‘Amavubi’, Jacques Tuyisenge, yasezeranye mu mategeko n’umukunzi we Jordin ukomoka mu gihugu cya Uganda. Ku mugoroba wo ku wa Kane hari hagiye hanze amafoto ya Tuyisenge Jacques yateye ivi asaba uriya mukobwa ko yazamubera umugore, gusa amakuru avuga ko Jacques yateye ivi nyuma yo kuva gusezerana imbere y’amategeko. Amafoto […]

Hamenyekanye igihe umurambo wa Ubald uzagerera mu Rwanda n’igihe azashyingurirwa

img-20210220-wa0010.jpg

Umurambo wa nyakwigendera Padiri Ubald Rugirangoga witabye Imana muri Mutarama uyu mwaka, uzagera i Kigali ku wa Gatandatu tariki ya 27 Gashyantare nk’uko byatangajwe na Diyosezi Gatolika ya Cyangugu. Ku itariki ya 8 Mutarama 2021, ni bwo Ubald yitabye Imana aguye muri Leta zunze ubumwe za Amerika, azize uburwayi bw’ibihaha yasigiwe n’ingaruka z’icyorezo cya COVID-19. […]

Perezida Kagame yakiriye mu biro bye Perezida wa FIFA uri mu Rwanda (Amafoto)

img_20210219_212516.jpg

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, kuri uyu wa Gatanu yakiriye mu biro bye Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’amaguru ku Isi (FIFA), Gianni Infantino, uri mu Rwanda. Urubuga rwa Twitter rw’Umukuru w’Igihugu rwatangaje ko aba bayobozi bombi bahuye, gusa ntihatangajwe ibyo baganiriyeho. Ubutumwa buri kuri Twitter y’Ibiro by’Umukuru buvuga ko “Mu masaha ya kare y’uyu munsi, Perezida […]

Gen Musemakweli yakoreye igihugu mu bwitange bukomeye atizigama_Perezida Kagame

img_20210219_224412.jpg

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yavuze imyato Lt Gen Jacques Musemakweli uheruka gutabaruka, agaragaza ko yakoreye u Rwanda mu bwitange bukomeye kandi atizigama. Kuri uyu wa Gatanu ni bwo Lt Gen Musemakweli wari Umugenzuzi Mukuru mu Ngabo z’u Rwanda, yashyinguwe mu Irimbi rya Gisirikare i Kanombe, ashimirwa ubwitange yagize mu gukorera igihugu. Ni nyuma yo […]

Karasira Clarisse yasezeranye n’umukunzi we Dejoie (Amafoto)

img_20210219_083617.jpg

Umuririmbyikazi Karasira Clarisse uri mu bakobwa bakunzwe mu muziki Nyarwanda, yasezeranye imbere y’amategeko n’umukunzi we Ifashabayo Sylvain Dejoie. Ni umuhango wabereye ku biro by’Umurenge wa Rusororo ho mu karere ka Gasabo, ejo ku wa Kane. Ni nyuma y’uko tariki 08 Mutarama 2021, Ifashabayo yari yafashe icyemezo cyo kwambika impeta uyu muhanzikazi amusaba ko yamubera umugore […]

Tuyisenge Jacques wa APR FC yateye ivi (Amafoto)

fb_img_16136774684279200.jpg

Rutahizamu wa APR FC ndetse n’ikipe y’igihugu ‘Amavubi’, Jacques Tuyisenge, yateye ivi kuri uyu mugoroba asaba umukunzi we witwa Jordin ko yazamubera umugore undi arabyemera. Ni umuhango wabereye i Nyamata mu Bugesera aho Jacques atuye akanabana n’uriya mukobwa bivugwa ko akomoka muri Uganda. Ni nyuma y’igihe kirekire aba bombi bakundana. Amafoto yagiye hanze agaragaza Jacques […]

Gusesa Abagina ni ukwihakana igihugu kavukire_Bamporiki yibasira Rusesabagina

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco, Bamporiki Edouard, yifatiriye ku gahanga Paul Rusesabagina uheruka gutangaza ko atari Umunyarwanda. Ku wa Gatatu tariki ya 17 Gashyantare, ni bwo Rusesabagina n’abahoze ari abarwanyi b’umutwe wa FLN ushamikiye ku mpuzamashyaka ya MRCD yari abereye umuyobozi, batangiye kuburanishwa mu mizi. Bose uko ari 21 bakurikiranweho ibyaha bifitanye isano […]

Gen Muhoozi yasabye imbabazi ku bw’urugomo igisirikare cyakoreye abanyamakuru

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen David Muhoozi, yasabye imbabazi nyuma y’urugomo abasirikare ba kiriya gihugu baheruka gukorera abanyamakuru. Ku gicamunsi cyo ku wa Gatatu tariki ya 17 Gashyantare, ni bwo abasirikare ba Uganda bakubise abanyamakuru b’ibitangazamakuru bitandukanye, bazira kuba bari bagiye ku kicaro cy’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku burenganzira bwa muntu, aho Bobi Wine […]

RDC: Jacques Mugabo yatawe muri yombi nyuma y’imyaka 11 ahigishwa uruhindu

Nyuma y’imyaka 11 ahigishwa uruhindu kubera uruhare akekwaho mu rupfu rw’impirimbanyi Floribert Chebeya, Jacques Mugabo wahoze ari umupolisi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yatawe muri yombi. Floribert Chebeya wahoze ari w’ishyirahamwe riharanira uburenganzira bwa muntu “La Voix des sans Voix”, yishwe ku itariki ya 01 Kamena 2010 ari kumwe n’uwari umushoferi we witwa Fidèle […]

Sheikh Habimana Hamdan akurikiranweho kwiba umunyamakuru wa B&B FM

Sheikh Habimana Hamdan usanzwe ari umuyobozi w’Ishyirahamwe Ijabo Ryawe Rwanda, ari mu maboko y’ubushinjacyaha akurikiranweho icyaha cy’ubujura. Ku wa Gatatu nibwo abanyamakuru b’igitangazamakuru cya Siporo B&B FM Umwezi batangaje ko bibwe n’umwe mu bantu babarizwa mu mupira w’amaguru mu Rwanda. Ni inkuru bavuzeho mu gihe gishyira ku isaha imwe, bagaragaza ko batunguwe no kubona uyu […]

Rusesabagina yasize umugani nyuma yo kwihakana Ubunyarwanda ubugira gatanu

Paul Rusesabagina yahawe urw’amenyo n’abakoresha imbuga nkoranyambaga, nyuma yo kwihakana ko ari Umunyarwanda ubugira gatanu. Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 17 Gashyantare, ni bwo Rusesabagina n’abahoze ari abarwanyi b’umutwe wa FLN ushamikiye ku mpuzamashyaka ya MRCD yari abereye umuyobozi, batangiye kuburanishwa mu mizi. Bose uko ari 21 bakurikiranweho ibyaha bifitanye isano n’iterabwoba, byakorewe mu […]

Uganda: Abanyamakuru bagizwe intere n’abasirikare bazira Bobi Wine (Amafoto)

img_20210217_134041.jpg

Abanyamakuru bakorera ibitangazamakuru bitandukanye byo muri Uganda, bahondaguwe n’abasirikare (Military Police) bazira kujya gutara inkuru aho Bobi Wine yagiye. Amafoto yafashwe na bimwe mu bitangazamakuru byo muri Uganda agaragaza bamwe mu banyamakuru bava amaraso, nyuma yo guhondagurwa n’abasirikare. Abakubiswe barimo Josephine Namakumbi wa Televiziyo ya NBS, Timothy Murungi na Henry Ssekanjako b’ikinyamakuru The New Vision […]

Mwene Habyarimana mu bantu mbarwa bitabiriye imyigaragambyo yamagana ifungwa rya Idamange

Umuhungu wa Habyarimana wahoze ayobora u Rwanda, Léon Habyarimana, ari mu bantu mbarwa bakoze imyigaragambyo bamagana ifungwa rya Idamange Iryamugwiza Yvonne. Uyu Idamange yatawe muri yombi ku mugoroba wo ku wa Mbere n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, akurikiranweho ibyaha bitandukanye. RIB ivuga ko akurikiranweho ibyaha birimo guteza imvururu muri rubanda” no “kwigomeka ku buyobozi”. Ni nyuma y’uko […]

PSG yihimuye kuri FC Barcelona ijya kuyinyagirira ku kibuga cyayo

Ikipe ya PSG yo mu Bufaransa, yihimuriye kuri FC Barcelona iyinyagira ibitego 4-1 iyisanze ku kibuga cyayo cya Camp Nou. Amakipe yombi yari yahuriye mu mukino ubanza wa 1/8 cy’irangiza cya UEFA Champions league. FC Barcelona ni yo yafunguye amazamu mbere ku gitego cya penaliti ya Messi yo ku munota wa 27 w’umukino, nyuma y’ikosa […]

Bene Habyarimana batabarije Idamange, bahabwa urw’amenyo

img_20210216_174259.jpg

Umuryango wa Habyarimana Juvénal wasabye Umuryango Mpuzamahanga kuba maso ku kibazo cya Idamange Iryamugwiza Yvonne uheruka gutabwa muri yombi, uhabwa urw’amenyo. Ku gicamunsi cyo ku wa Kabiri tariki ya 15 Gashyantare ni bwo Idamange yatawe muri yombi, kubera ibyaha bitandukanye akurikiranweho. Uyu mugore yatawe muri yombi akurikiranweho ibyaha birimo guteza imvururu n’imidugararo muri rubanda, nk’uko […]

Perezida wa PSG yiswe ‘Igisambo, umwana w’indaya’ azira Lionel Messi

Abafana ba FC Barcelona bakirije ibitutsi Perezida wa PSG, Nasser Al-Khelaifi, bamuhora Lionel Messi, mbere y’umukino ubanza wa UEFA Champions league wa 1/8 cy’irangiza ikipe yabo ihuriramo n’iriya kipe y’i Paris. Marca ivuga ko abafana ba Barcelona bateye Perezida wa PSG kuri Hoteli acumbitsemo bakamutuka, ndetse banajya guturikiriza ibishashi by’umuriro hanze ya Hoteli PSG icumbitsemo […]

APR FC yasezeye kuri Gen Musemakweli, Manzi Thierry avuga icyo azahora amwibukiraho

9g8a8752-1-768x527.jpg

Ku cyumweru tariki ya 14 Gashyantare, abakozi ba APR FC basezeye kuri Nyakwigendera Lt Gen Jacques Musemakweli wabaye umuyobozi w’iyi kipe witabye Imana tariki ya 12 Gashyantare 2021. Ni igikorwa cyabereye mu urugo iwe mu karere ka Kicukiro mu mujyi wa Kigali, cytabirwa n’umunyamabanga wa APR FC bwana Masabo Michel, abakinnyi 11, abatoza 4 ndetse […]

Bruce Melodie yahagaritse imikoranire na Manager bari bamaranye imyaka itanu

Umuhanzi Itahiwacu Bruce ukunzwe mu muziki Nyarwanda nka ‘Bruce Melodie’, yatangaje ko yamaze gutandukana na Kabanda Jean de Dieu wari umaze imyaka itanu ari umujyanama we mu muziki (Manager). Bruce Melodie yemeje Aya makuru mu itangazo rigenewe abanyamakuru yasohoye kuri uyu wa Kabiri, arinyuza ku mbuga nkoranyambaga ze. Uyu muririmbyi yavuze ko yahisemo gutandukana n’uwari […]

Hamenyekanye akayabo Perezida Kagame yageneye Amavubi nk’ishimwe

Abakinnyi b’ikipe y’igihugu yakinnye imikino ya CHAN 2020, bahawe ishimwe na Nyakubahwa Perezida wa Repubilika y’u Rwanda ringana na Frw 4,500,00 yiyongera Frw 4,900,000 z’agahimbazamusyi bari bahawe. Ni nyuma yo kugarukira muri 1/4 cy’irangiza aho basezerewe na Guinée Conakry ibatsinze igitego 1-0. Ubwo Amavubi yari ageze mu Rwanda, tariki ya 7 Gashyantare 2021 Perezida Kagame […]

Idamange yasabiwe gutabwa muri yombi nyuma yo kuvuga ko Perezida Kagame atakiriho

Umugore witwa Idamange Iyamugwiza Yvonne yasabiwe gutabwa muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, nyuma y’amagambo aheruka gutangaza abika Perezida wa Repubulika, Paul Kagame. Abakoresha imbuga nkoranyambaga bamaze igihe binubira uyu mugore, kubera amagambo apfobya Jenoside yakorewe Abatutsi amaze iminsi atangaza yifashishije urubuga rwa YouTube, mu gihe amakuru avuga ko ari mu bayirokotse wanagobotswe n’Ikigega kigenewe Gutera […]

Eric Nshimiyimana yashinje umuyaga n’umusifuzi gutuma AS Kigali inyagirwa na Sfaxien

Umutoza wa AS Kigali, Eric Nshimiyimana, yashinje umuyaga n’umusifuzi kuba inyuma yo kuba ikipe atoza yaranyagiwe na CS Sfaxien ibitego 4-1. Ku wa Gatandatu ushize ni bwo AS Kigali yanyagiwe na CS Sfaxien yo muri Tunisia ibitego 4-1, mu mukino ubanza w’ijonjora rya nyuma rya CAF Confederation Cup wabereye muri kiriya gihugu cyo mu majyaruguru […]

Zari yabajijwe niba atwite nyuma yo kugaragaza umugabo bari mu munyenga w’urukundo

Umunya-Ugandakazi, Zari Hassan, yagaragaje umugabo mushya bari mu munyenga w’urukundo nyuma y’imyaka itatu atandukanye na Diamond Platnumz. Zari yamamaye mu rukundo n’umuhanzi Diamond banabyarana abana babiri, nyuma y’uko uyu mugore yari amaze gupfakazwa n’urupfu rw’umunya-Uganda, Ivan Semwanga. Ku Cyumweru tariki ya 14 ubwo Isi yizihizaga umunsi wa Saint-Valentin wahariwe abakundana, Zari ni bwo yagaragaje uyu […]

Muri Kigali icyorezo cyagabanutse bikomeye, mu turere ho ni ibindi bindi_Busingye

Minisitiri w’Ubutabera, Johnson Busingye, yagaragaje ko ubwandu bwa COVID-19 mu gihugu hose bwatangiye kugabanuka cyane, yibutsa rubanda gukomeza kwimakaza amabwiriza yo kwirinda kiriya cyorezo mu rwego rwo kugitsinda burundu. Minisitiri Busingye yatanze ubu butumwa mu gihe imibare ya Minisiteri y’Ubuzima igaragaza koko ko ubwandu bwa COVID-19 bukomeje kugabanuka haba mu mujyi wa Kigali no mu […]

Ange Kagame yamaganye inkuru imushyira mu rukundo na Kizito Mihigo

img_20210214_230624.jpg

Umukobwa wa Perezida wa Repubulika, Ingabire Ange Kagame, yamaganye inkuru yatambutse mu kinyamakuru The Guardian ivuga ko yigeze kuvugwa mu rukundo na Nyakwigendera Kizito Mihigo. Iyi inkuru yanditswe n’Umwongerezakazi, Michela Wrong, itangazwa na The Guardian kuri iki Cyumweru tariki ya 14 Gashyantare 2021. Ni inkuru yatangajwe habura iminsi itatu ngo hizihizwe umwaka umwe ushize umuhanzi […]

Rubavu: Barashinja Gitifu kubarandurira ibigori, we akavuga ko byari ku bw’umutekano wabo

Abaturage bo mu murenge wa Bugeshi ho mu karere ka Rubavu, barashinja ubuyobozi bw’uriya murenge kubaranduza ibigori bari barahinze ku ngufu, ku buryo bishobora kuzabateza inzara. Abavuganye n’iki gitangazamakuru bavuze ko mu mwaka ushize ubuyobozi bw’uriya murenge bwabakoresheje inama, bukabasaba ko abafite amasambu aherereye kuri metero 100 uvuye ku mupaka w’u Rwanda na Repubulika Iharanira […]

Mu Rwanda COVID-19 nta muntu yishe, abayikize ni 540

Nyuma y’igihe icyorezo cya COVID-19 kica abatari bake mu Rwanda, kuri uyu wa Gatandatu iki cyorezo nta muntu kishe nk’uko bigaragara mu mibare ya Minisiteri y’Ubuzima. Imibare y’abandura iki cyorezo na yo yagabanutse kuko abacyanduye ari 67, mu gihe abagikize ari 540, gusa abarembejwe na cyo baracyari benshi kuko hakiri 14. Muri rusange COVID-19 mu […]

Uko Afurika yabereye Gerard Piqué na Shakira imbarutso y’urukundo rwabo

Myugariro Gerard Piqué ukinira FC Barcelona y’iwabo muri Espagne n’umunya-Colombiakazi Shakira Isabel Mebarak Ripoll uzwi mu muziki nka Shakira, ni bamwe mu byamamare bifite Couple zikomeye ku Isi. Aba bombi bamaze imyaka ikabakaba 10 babana nk’umugabo n’umugore, by’umwihariko bakaba bafitanye abana babiri b’abahungu, Milan w’imyaka irindwi na Sasha ufite itanu. Shakira w’imyaka 44 y’amavuko na […]

AS Kigali yanyagiriwe muri Tunisia na CS Sfaxien

Ikipe ya AS Kigali inyagiriwe muri Tunisia ibitego 4-1, mu mukino ubanza w’ijonjora rya nyuma rya CAF Confederation Cup wayihuzaga na Club Sportif Sfaxien. Ni umukino waberaga kuri Stade Taïeb Mhiri iherereye mu mujyi wa Sfax, mu majyepfo ashyira Uburasirazuba bw’umurwa mukuru wa Tunisia, Tunis. Igice cya mbere cy’umukino cyarangiye AS Kigali itsinzwe igitego 1-0. […]

Rusizi: Abitwaje intwaro bateye abaturage barasamo umwe

Abajura bitwaje intwaro bari bambaye imyenda ya gisirikare, bategeye abaturage mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, babambura amafaranga banasiga barashemo umwe. Byabaye mu ijoro ryo ku wa Kane rishyira ku wa Gatanu tariki 12 Gashyantare 2021. Abo bajura bitwaje intwaro bagiye mu Kagari ka Kabahinda mu Murenge wa Mururu batangira gukusanya abaturage babambura […]

Rusesabagina: Busingye yashinje inteko y’Uburayi kwivanga mu butabera bw’u Rwanda

Minisitiri w’Ubutabera, Busingye Johnson, yavuze ko ibiheruka kubera mu nteko y’Ubumwe bw’u Burayi ari ukwivanga mu nzira y’ubutabera ikomeje mu Rwanda, nyamara u Rwanda ari igihugu gifite ubusugire bwacyo n’inkiko zigenga bigomba kurekwa bigakora akazi kabyo. Busingye usanzwe ari n’Intumwa Nkuru ya Leta y’u Rwanda, yatangaje ibi nyuma y’uko ku wa Kane Inteko Ishinga amategeko […]

Inteko Ishinga amategeko y’u Rwanda yamaganye ‘ibinyoma’ by’iya EU kuri Rusesabagina

Inteko ishingamategeko y’u Rwanda, yamaganye icyemezo cy’inteko ishingamategeko y’Ubumwe bw’Uburayi, kijyanye na Paul Rusesabagina ivuga ko “cyuzuyemo ibinyoma no kwirengagiza nkana ukuri”. Mu nama yabaye ku wa Gatanu hifashishijwe ikoranabuhanga, abadepite b’u Rwanda bavuze ko ibyemejwe n’abadepite b’inteko y’u Burayi birimo “kwinjira mu budahangarwa bw’igihugu no mu nzego z’ubutegetsi bwa Leta y’u Rwanda no guhakana […]

RIB yataye muri yombi Padiri wahungaga akekwaho gusambanya umwana w’umuhungu

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwaraye muri yombi umupadiri witwa Habimfura Jean Baptiste ukekwaho icyaha cyo gusambanya umwana w’umuhungu w’imyaka 17 y’imyaka 17 y’amavuko. Uyu mupadiri wo muri Paruwasi ya Ntarabana muri Diyosezi ya Kabgayi mu karere ka Nyamabuye, afungiye kuri Sitasiyo ya Nyamabuye nk’uko umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry, yabitangarije ikigo cy’Igihugu cy’Itangazanakuru […]

Abarimo Rayon Sports bihanganishije APR FC yabuze Gen Musemakweli

Abakunzi b’umupira w’amaguru mu Rwanda, bihanganishije ikipe ya APR FC nyuma y’urupfu rwa Lt Gen Jacques Musemakweli wahoze ari umuyobozi wayo. Mu ijoro ryakeye ni bwo hamenyekanye amakuru y’uko Gen Musemakweli wari umugenzuzi Mukuru w’ingabo z’u Rwanda yitabye Imana. Minisiteri y’Ingabo ku rubuga rwayo, yavuze ko Gen Musemakweli yazize “uburwayi karemano”. Abanyarwanda mu byiciro bitandukanye […]

Amb. Karega yasubije Martin Fayulu wavuze ko Perezida Kagame ari we uyoboye RDC

Ambasaderi w’u Rwanda muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Vincent Karega, yavuze ko u Rwanda “nta gihugu na kimwe ku Isi rucunga cyangwa rwakoronije”, asubiza umunya-Politiki Martin Fayulu urushinja gusa n’urukoroniza Congo Kinshasa. Amb. Karega yatangaje ariya magambo, asubiza umunya-Politiki Martin Fayulu watangaje ko Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, ari we uyoboye Repubulika Iharanira Demokarasi […]

Bayern Munich yatwaye Igikombe cy’Isi, Al Ahly itwara umwanya wa gatatu (Amafoto)

img_20210212_074059.jpg

Ikipe ya Bayern Munich yaraye yegukanye Igikombe cy’Isi cy’ama-Clubs cyari kimaze iminsi kibera muri Qatar, nyuma yo gutsinda ku mukino wa nyuma Tigre yo muri Mexique igitego 1-0. Iki gitego cyo ku munota wa 59 cya myugariro w’Umufaransa, Benjamin Pavard, cyari gihagije ngo Bayern Munich y’umutoza Hans Flick itware igikombe cya gatandatu mu mwaka umwe […]

Gisoro: Abasore babiri bakatiwe gufungwa imyaka 100 kuri buri umwe

Abasore babiri bo mu karere ka Kisoro/Gisoro ho muri Uganda, bakatiwe imyaka 100 y’igifungo kuri buri umwe nyuma yo guhamywa ibyaha birimo icyo kwica umupolisi n’urukiko rwa gisirikare rwa Makenke i Mbarara. Aba basore bashinjwaga ibyaha bitatu birimo ubwicanyi, ubujura bwitwaje intwaro n’ubushimusi bombi bemeye. Abahawe kiriya gifungo barimo Paul Dusingizimana uzwi nka ‘Never Give […]

Sugira Ernest yavuze ku nkumi yifuje ko yayitera inda

Rutahizamu wa Rayon Sports n’ikipe y’igihugu ‘Amavubi’ Sugira Erneste, yavuze ko atahaye agaciro ibyatangajwe n’umukobwa wamusabye ko yamutera inda nyuma yo guhesha Abanyarwanda ibyishimo muri CHAN. Ku itariki ya 26 Mutarama ni bwo Sugira yafashije Amavubi kugera muri 1/4 cy’irangiza cya CHAN yaberaga mu gihugu cya Caméroun, nyuma yo gufasha Amavubi gutsinda Togo ibitego 3-2. […]

Ishuri ry’i Gatsibo riheruka kubamo imyigaragambyo ryafunzwe na MINEDUC

img_20210211_085735.jpg

Minisiteri y’Uburezi kuri uyu wa Gatatu, yafunze ishuri Gakoni Adventist School riherereye i Kiramuruzi mu karere ka Gatsibo, nyuma y’iminsi ibiri rivuzwemo imyigaragambyo y’abanyeshuri. Kuva ku Cyumweru tariki ya 07 Gashyantare 2021 ni bwo hamenyekanye inkuru y’uko abanyeshuri 16 b’ishuri Gakoni Adventist College bari mu maboko ya Polisi sitasiyo ya Kiramuruzi, bazira guteza imyigaragambyo. Ni […]

Neymar yavunitse habura iminsi 6 ngo ahure na FC Barcelona yahozemo

Ikipe ya PSG ifite ubwoba bw’uko Neymar Jr ashobora kutagaragara mu mukino ifitanye na FC Barcelona mu cyumweru gitaha, nyuma yo gusohoka mu kibuga yavunitse mu ijoro ryakeye. Ku wa Kabiri w’icyumweru gitaha ni bwo PSG izasura FC Barcelona i Camp Nou, mu mukino ubanza wa 1/4 cy’irangiza cya UEFA Champions league. Ni wo mukino […]

Ykee Benda yandikiye Museveni amusaba gushyira Uganda muri Guma mu Rugo y’iminsi 3

Umuririmbyi Wycliffe Tugume ukunzwe mu muziki wa Uganda nka Ykee Benda, yandikiye Perezida Yoweri Kaguta Museveni amusaba gushyira Uganda yose muri gahunda ya Guma mu Rugo. Ibaruwa Ykee Benda yandikiye Museveni yayanditse mu izina ry’Ishyirahamwe ‘Stingy men association of Uganda abereye umuyobozi. Guma mu Rugo uyu muhanzi yasabye yifuje ko yashyirwaho hagati y’itariki ya 12 […]

Shaddyboo na Bruce Melodie mu bamaganye abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi

Abarimo Umuhanzi Itahiwacu Bruce ‘Bruce Melodie’ na Mbabazi Shadia uzwi ku mbuga Nkoranyambaga nka Shaddyboo, bahuje imbaraga n’Abanyarwanda batari bake mu kwamagana abakomeje gukwirakwiza ubutumwa bupfobya n’ubuhakana Jenoside yakorewe Abatutsi. Kuva iki cyumweru cyatangira ku rubuga rwa Twitter hari kunyuzwa ubutumwa buri mu ntero igira iti: “Twiyamye Abapfobya”, bwamagana abakomeje gukoresha imiyoboro itandukanye y’itumanaho bakwirakwiza […]

Tanzania: Abajenerali batanu bishwe na COVID-19 mu gihe kitageze ku byumweru bibiri

Abasirikare batanu bo mu gisirikare cya Tanzania bo ku rwego rwa ba Brigadier General, bamaze gupfa mu gihe kitageze ku byumweru bibiri bazize icyorezo cya COVID-19, Guverinoma ya kiriya gihugu yo ikavuga ko bazize indwara z’ubuhumekero. Amakuru avuga ko aba basirikare uko ari batanu bapfuye mu gihe cy’iminsi 13, leta ikavuga ko bazize ‘umusonga’. Abapfuye […]

Aboutrika wagizwe icyihebe yarebye Al Ahly nyuma y’imyaka ine yarirukanwe mu Misiri (Amafoto)

img_20210209_140325.jpg

Umunya-Misiri, Mohamed Aboutrika, yongeye kureba Al Ahly yubakiyemo amateka ikina, nyuma y’imyaka ine yarahunze igihugu cye kubera gushyirwa ku rutonde rw’ibyihebe. Nta mukunzi w’umupira w’amaguru muri Afurika utaramenye Aboutrika, kubera ibigwi bikomeye yubatse mu mupira w’amaguru wa Afurika. Uyu mugabo w’imyaka 42 y’amavuko wamaze gusezera umupira w’amaguru, azwi cyane mu kipe ya Al Ahly yatwaranye […]

Abarimo Jimmy Gatete bagaragaje ibyanozwa ngo ruhago Nyarwanda itere imbere

img_20210209_111041.jpg

Abakinnyi bibumbiye mu Ishyirahamwe ry’abahoze bakinira ikipe y’igihugu ‘Amavubi’ (FAPA), bandikiye Minisiteri ya Siporo mu Rwanda na FERWAFA bagaragaza ibikwiye kunozwa kugira ngo umupira w’amaguru mu Rwanda ukomeze gutera imbere. Biri mu bikubiye mu baruwa ndende bandikiye ziriya nzego. Iyi baruwa yanditswe mu izina ry’abakinnyi 18 bahoze bakinira Amavubi, barimo Murangwa Eugène, Eric Nshimiyimana, Kayiranga […]

Al Ahly yashimwe na benshi nyuma yo gutsindwa na Bayern Munich

Ikipe ya Al Ahly yo mu gihugu cya Misiri, yaraye itsinzwe na Bayern Munich ibitego 2-0, gusa ishimwa n’abatari bake kubera umukino yagaragaje imbere y’iriya kipe y’igihangange yo mu Budage. Hari mu mukino wa 1/2 cy’igikombe cy’Isi cy’ama Clubs kiri kubera muri Qatar wabaye mu ijoro ryakeye. Ibitego bibiri by’umunya-Pologne, Robert Lewandowski, byari bihagije ngo […]