Intumwa y’Amerika mu biyaga bigari nayo yashinje u Rwanda gutoza abarwanya Nkurunziza

Umwe mu bayobozi b’ Amerika bakuru yagaragaje impungenge z’uko ibirego u Rwanda ruregwa n’u Burundi byaba bifite agaciro, Intumwa ya Amerika mu bihugu by’ibiyaga bigari, Thomas Pierriello, kuri uyu wa gatatu yatangarije Abasenateri ba Amerika i Washingiton ko hari ibihamya bifatika bishinja u Rwanda gutoza no kwinjiza mu mitwe ya gisirikare impunzi z’Abarundi bari mu […]

Ibihugu by’Afurika byangiye Loni kubikoramo ubushakashatsi ku burengazira bw'abatinganyi

Nyuma y’uko Umuryango w’Abibumbye agashami kita ku burenganzira bwa muntu kohereje umwe mu nzobere mu bijyanye n’imibanire prof. Vitit Muntarbhorn ukomoka mu gihugu cya Thailand, kureba ibibazo byugarije abaryamana bahuje ibitsina hirya no hino ku isi, ibihugu by’Afurika biri muri uyu muryango byasabye ko uyu mushakashatsi atazahagera kuko ntacyo azaba aje kwigisha. [ad id=”44145″] Ku […]

Ntibisanzwe! Umusilamukazi wo muri Al Qaeda yakiriye Yesu imbunda ayisimbuza Bibiliya

Ijambo ry’Imana rikomeje gukora ibitangaza mu barwanya leta ya Syria kuva aho aba bo mu idini ya Islam bari kwakira agakiza bagashinguka mu ntambara z’urudaca bashorwamo n’iri dini, kuri ubu hagezweho inkuru y’umugore Umusilamukazi wo mu barwanyi bo mu mutwe wa Al Qaeda aherutse gutangaza ku mugaragaro ko ahagaritse intambara, yiyegurira Yesu Kristo nyuma y’uko […]

Kenya yafunze impuzi z’abanya-Somalia zavaga Uganda

Impunzi z’Abanya-Somalia zigera kuri 22 zaturukaga muri gihugu cya Uganda zifungiye ku mupaka wa Kenya na Somalia, Kenya ikaba izishinja kwinjira ku mupaka mu buryo butemewe n’amategeko. Izi mpunzi 22 zirimo abagore 6 n’abagabo 16 bafungiwe kuri sitasiyo ya Lokiriama muri Kenya, ubwo bageragezaga kwambuka ngo basubire mu gihugu cyabo. Nk’uko bitangazwa n’uhagarariye sitation ya […]

“Kuri ubu ingo nyinshi zubatse ku manegeka” imyitwarire ya bamwe mu bagore iranengwa

Mu gihe u Rwanda rushimirwa n’amahanga ku gushyigikira uburinganire n’ubwuzuzanye ndetse by’umwihariko iki gihugu kikaba kiza mu byambere biha ijambo ab’igitsina gore, bamwe mu bagore ubu baravugwaho kwitwaza ubu burenganzira bakabangamira abagabo ndetse hamwe na hamwe abagabo bagahitamo no guta ingo zabo . Bamwe mu bagabo baganiriye na bwiza.com bavuga ko kuri ubu umugore asigaye […]

Habonetse agakingirizo gashobora gutuma abantu batabyaraga babona imbyaro

Abashakashatsi mu bijyanye n’imyororokere mu gihugu cy’u Bwongereza, bashyize ahagaragara agakingirizo bahaye izina rya KIT. Aka gakingirizo kavumbuwe mu mwaka wa 2014, muri iki cyumweru dusoje nibwo kemejwe n’abashakashatsi ku mugaragaro. Aka gakingirizo gafite ubushobozi bwo gutuma imiryango yabuze urubyaro irubona, kuko gakoranye ubuhanga butuma kabyutsa intanga ngore mu gihe arizo zigfite ikibazo, cyangwa n’intanga […]

Royon Sport yageze ku mwanya wa mbere by’agateganyo, uko umunsi wa kane wagenze

Mu gihe imikino ya AZAM Premier League ikomeje ku munsi wa kane, ikipe y’i Nyanza yaraye inyagize Marine FC y’i Burengerazuba ifata umwanya wa mbere by’agateganyo mu gihe hategerejwe umukino wa nyuma wok u munsi wa kane urahuza ikipe ya Sunrises na Pepiniere kuri iki cyumweru. [ad id=”44145″] Sunrise niramuka itsinze uyu mukino irahita y’isubiza […]

USA: Abashinzwe umutekano bikanze umwicanyi bahubuza Trump aho yatangiraga ijambo (Reba Video)

Mu ijoro ryo kuri uyu wa gatandatu, Donald Trump yahubujwe imbere y’abamushyigikiye mu buryo butunguranye ubwo yatangaga ijambo muri Reno muri leta ya Nevada . Abantu benshi bari begereye aho uyu mukandida w’umurepubulicain yari ari gutangira ijambo bemeje ko hari umugabo wari witwaje intwaro wari uri kwegera aho Trump yatangiraga ijambo. [ad id=”44145″] Abashinzwe umutekano […]

USA: Donald Trump na Hillary Clinton bari kwiyamamaza bwa nyuma

Abakandida Hillary Clinton na Donald Trump bahataniye kuyobora Leta Zunze Ubumwe za Amerika bakomeje ibikorwa byo kwiyamamaza kuri uyu wa Gatandatu mu gihe hasigaye iminsi ibarirwa ku ntoki ngo amatora atangire. [ad id=”44145″] Kuri uyu wa gatandatu, Donald Trump uzaba uhagarariye ishyaka ry’abarepubulikani, yiyamamarije muri Carolina y’Amajyaruguru, Florida, Colorado na Nevada, ndetse anagera akanya gato […]

Rubavu ku isonga mu baturage bishimiye imiyoborere mu Ntara y'Iburengerazuba – Ubushakashatsi

Ikigo cy’igihugu cy’imiyoborere(RGB) kuri uyu wa kabiri, cyagaragaje ubushakashatsi bwakozwe ku ishusho y’uko abaturage babona imitangire ya serivisi mu nzego z’ibanze. [ad id=”44145″] Ni mu nama yayobowe na Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Bwana Munyantwali Alphonse ari kumwe n’umuyobozi mukuru wungirije wa RGB, Dr. Usengumukiza FĂ©licien, aho hamuritswe, “Citizen report card” ni ukuvuga ubushakashatsi bukorwa buri mwaka […]

Ntabwo ntewe ubwoba no gufungwa — Jacob Zuma

Ubwo yagaragaraga mu ruhame bwa mbere kuva yatangira gukorwaho iperereza ku birego bya ruswa ashinjwa, perezida Jacob Zuma wa Afurika y’Epfo yabwiye abamushyigikiye kuri uyu wa Gatandatu ko adatewe ubwoba no gufungwa kuko ngo yigeze no gufungwa mu gihe cy’Ivanguraruhu (Apartheid). [ad id=”44145″] Umushinjacyaha wa leta muri raporo yashyize ahagaragara mu cyumweru gishize yavuze ko […]

Kinshasa: Igipolisi cyaburijemo imyigaragambyo y'abatavuga rumwe n'ubutegetsi

Igipolisi cya Congo cyaburijemo imyigaragambyo yari yateguwe n’abatavugarumwe na leta kuri uyu wa Gatandatu mu murwa mukuru wa Republika iharanira Demokarasi ya Congo, Kinshasa nk’uko cyari cyabisezeranyije mbere. [ad id=”44145″] Iyo myigaragambyo yari yateguwe n’abarwanashyaka ba Etienne Tshisekedi, uyoboye ihuriro rihuriyemo amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi. Tshisekedi yari yateguye ikoraniro rikomeye cyane, kandi yari yaciye ukubiri […]

Ngoma: Abaturage barinubira amashanyarazi ahenze bahawe atagira icyo abamarira

Abaturage bo mu kagari ka Karenge, umurenge Jarama bavuga ko umuriro w’amashanyarazi bahawe ntacyo ubamariye uretse kubahombya, kuko ngo bawutangaho ikiguzi cy’amafaranga menshi kandi nta musaruro ufatika bawubyaza. Aba baturage bakaba bavuga ko bamaze amezi 3 bashishikarijwe gukoresha amashanyarazi ya ‘MeshPower’. [ad id=”44145″] Kuyahabwa byasabaga umuturage gutanga amafaranga ibihumbi 5 by’ifatabuguzi, hanyuma agahabwa amatara 2-3 […]

Intumwa zo muri Repubulika ya Santarafurika zashimye serivisi za Isange One Stop Centre

Intumwa umunani zo muri Repubulika ya Santrafurika zikora muri Minisiteri y’imibereho myiza y’abaturage n’ubwiyunge, ku itariki 4 Ugushyingo zasuye ishami rya Isange One Stop Centre rya Kacyiru kugira ngo barebe kandi bigire ku mikorere y’iki Kigo nk’uko byatangajwe n’uwari uziyoboye, Dr Ephrem Kosh Komba. [ad id=”44145″] Bahageze bakiriwe n’Umuyobozi wa Laboratwari ya Polisi y’u Rwanda […]