Umugabo wanjye namufashe aryamanye n’indaya, nsanga ni umukobwa twiganye, none agahinda kanshenguye umutima- NKORE IKI?

Ahagana saa mbiri z’ijoro ku itariki ya 29 z’ukwa 10, nibwo umuntu yanyoherereje mesaje kuri telefone yanjye, ati ‘nyarukira kuri lodge, urebe ibyo umugabo wawe arimo gukora”. Ntabwo nazuyaje, naragiye ngerayo, ndamuhamagara aritaba ariko atazi ko ndi hafi aho, arambeshya ambwira ko ari ahandi hantu, tujya impaka ndende birangira akinguye kuko nifuzaga kureba umuntu yansimbuje. […]

Imashini [ robot ] ikoze nk’umugore yatanze ikiganiro mu nama inahabwa ubwenegihugu

Bwa mbere mu mateka y’isi, mu gihugu cya Arabia Saoudite, imashini ikozwe mu ishusho y’umugore (robot) yahawe ubwenegihugu, yanatanze ikiganiro mu nama iri kubera muri Arabia Saoudite. Ibi byatangarijwe mu nama y’ikoraniro mpuzamahanga mu by’ubukungu [ The Future Investment Initiative Forum ], yaberaga Riyad muri iki gihugu ,guhera kuwa 24 – 26 Ukwakira 2017 , […]

Uganda: Ni iki cyihishe inyuma y’ingendo bivugwa ko Kayumba Nyamwasa akunze gukorera muri Uganda?

Amakuru atandukanye amaze iminsi atangazwa n’itangazamakuru ryo muri Uganda nka Chimpreports ndetse na Spyreports, aravuga ko Kayumba Nyamwasa, utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Rwanda yaba akunze gukorera ingendo muri Uganda ndetse afitanye umubano ukomeye n’abayobozi ba Uganda barimo perezida Museveni ubwe ndetse na minisitiri w’umutekano, Gen (Rtd) Henry Tumukunde. Inkuru yasohotse ku rubuga Spyreports kuri uyu […]

Rubavu: Amata y'inka zagaburiwe ibirayirayi ntagira ubuziranenge

Aborozi b’inka n’abatunzwe n’umurimo wo gucuruza amata bo mu murenge wa Bugeshi mu Karere ka Rubavu bahangayikishijwe na litiro z’amata zigera ku 1000 zitakirwa ku ikusanyirizo ku munsi ku buryo byateje abo baturage ibihombo bikabije, veterineri avuga ko biterwa n’inka ziba zariye ibirayirayi zigatanga umukamo utujuje ubuziranenge. Umwe mu bacunda bakora umurimo wo gutwara amata […]

USA: Umukozi wa twitter wari uvuye ku kazi yasize akuyeho konti ya perezida Donald Trump

Konti ya twitter ya perezida Donald Trump ikurikirwa n’abantu basaga miliyoni 40, izwi nka @realdonaldtrump, yakuweho mu gihe cy’iminota 11 n’umukozi w’ikigo cya Twitter amasezerano ye y’akazi yagombaga kurangira kuri uyu wa Kane Umukozi w’ikigo cya Twitter, amasezerano ye y’akazi yagombaga kurangira kuri uyu wa Kane yasize akuyeho konti ya perezida Donald Trump izwi nka […]

Zimbabwe: Umuhanuzi yakatiwe igifungo cy’imyaka 60 azira gusambanya ku ngufu umuyoboke we

Umuvugabutumwa muri Zimbabwe witwa Admire Maurukira w’imyaka 29 y’amavuko, yakatiwe gufungwa imyaka 60, gusa akazafungwa 50 indi 10 akazayikoramo ibikorwa bifitiye igihugu akamaro nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo gusambanya ku gahato uwari waje ngo amusengere (Deliverance) Uyu muvugabutumwa akaba n’umuyobozi w’itorero, Five Fold Ministries ashinjwa ibyaha byo gusambanya abantu 5, kuri iyi nshuro yafatiweho akaba […]

Umuhanga mu gucuranga umwirongi na jazz music, Asaiah Katumwa aracurangira Abanyarwanda

Umuririmbyi ukomoka mu gihugu cya Uganda, Asaiah Katumwa yiteguye gutaramira Abanyarwanda, mu gitaramo cyiswe “Kigali Jazz Junction” . Mu kiganiro n’abanyamakuru cyabaye kuri uyu wa kane tariki ya 2 Ugushyingo 2017, muri Kigali Serena Hotel, Asiah Katumwa yavuze ko aje gucuranga Jazz Music muri “Kigali Jazz Junction” kugirango ashimishe abakunzi b’injyana ya Jazz ndetse n’abakunda […]

Burundi: Imirwano hagati y’abasirikare n’abapolisi yakomerekeyemo bane

Inzego zishinzwe kubahiriza amategeko n’iz’umutekano zirashinjwa kuba ari zo nyirabayazana y’ihungabana ry’umutekano mu Ntara ya Cankuzo ho mu gihugu cy’u Burundi, nyuma y’aho abasirikare n’abapolisi basubiraniyemo mu ijoro ryo kuwa kabiri ushize, aho ngo kwiyemera n’umujinya ari byo ntandaro y’ubwumvikane bukeya hagati y’izi nzego. Abapolisi bane bakomerekeye bikomeye muri uku guhangana. Iyi nkuru dukesha urubuga […]

Misiri: Umunyamategeko mu mazi abira nyuma yo gukangurira abantu kujya bafata ku ngufu abagore bambaye nabi

Umucamanza mu Misiri yishyize mu kamashu nyuma yo gutangariza kuri televiziyo y’igihugu ko leta ifite inshingano zo guhohotera umugore wese cyangwa umukobwa wambaye imyenda ishwanyaguritse (Dechiree) cyangwa igaragaza ubwambure bwe. Ibi yabitangarije mu kiganiro gicaa kuri televiziyo y’igihugu kivuga ku bijyanye no guca uburaya, aho yavuze ko abakobwa cyangwa abagore bambara imyenda icikaguritse ku buryo […]

Gatsibo: Hagaragajwe izindi ngamba zizarushaho guteza imbere abatuye akarere

Mu nama Mpuzabikorwa y’Akarere ka Gatsibo yabaye kuri uyu wa Gatatu tariki ya 01/11/2017, Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba Bwana Mufulukye Fred yasabye Abayobozi kongera imbaraga mu kwita ku isuku , Kurwanya Ibiyobyabwenge n’ibindi byaha ahubwo bagaharanira guha serivisi nziza abaturage no gushyira mu bikorwa gahunda za Leta kugirango aka Karere gakomeze gutera imbere. Iyi nama Mpuzabikorwa […]

Hagaragaye amafoto ya Ndikumana Katauti aryamye mu gituza cya Miss Asma Jesca w'u Burundi

Ndikumana Hamad uzwi ku izina rya Katauti yatangiye guca amarenga ko ari mu rukundo n’umukobwa witwa Jesca wo mu Burundi uheruka gutangaza ko yabyaranye impanga na Diamond Platnumz. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Ni nyuma y’iminsi mike uwahoze ari umugore wa Katauti, Owoya Irene wamenyekanye nka Oprah atangaje iby’ubukwe bwe n’undi muhanzi wo muri Tanzania, Dogo Janja, none […]

Rwamagana: Abaturage barinubira serivisi mbi bahabwa n’inzego z’ibanze basiragizwa kuri mituweli

Abaturage bo mu murenge wa Kigabiro mu karere ka Rwamagana barinubira serivisi mbi bahabwa bashaka ubwisungane mu kwivuza, bamwe muri bo bavuga ko bamaze amezi arenga atanu basiragizwa mu nzego z’ibanze ibyo basaba ntibabikorerwe kandi barishyuye neza. Bamwe basiragizwa bifuza gukura ku rutonde abapfuye n’abatakiri mu muryango ku mpamvu zitandukanye, hari n’abifuza kwandikisha abana bavutse,… […]

Dore ibyo usabwa niba ujya ucika intege utera akabariro ukanashaka kunyaza bikanga

Mu buzima bwa muntu arakura akagera aho yubaka urugo, umugabo agakenera umugore, umugore na we agakenera umugabo, mu kubana rero hari zimwe mu nshingano z’ibanze umugabo aba asabwa kuzuza kimwe n’uko umugore na we haba hari izo asabwa kuzuza gusa uyu munsi turavuga kuri zimwe z’ibanze umugabo agomba kuzuza byanze bikunze, gutera akabariro (imibonano mpuzabitsina). […]

Abayobozi baherutse gutangaza ubwigenge bwa Catalogne batawe muri yombi

Abahoze ari abayobozi bo ku rwego rw’intara birukanywe mu myanya yabo muri Catalogne batawe muri yombi, uwahoze ayiyobora asabirwa gushyikirizwa urukiko mpuzamahanga mpanabyaha ICC. Bane mu bahoze ari abayobozi b’iyi ntara bakuriwe na Carles Puigdemont, bahungiye mu Bubiligi, basabiwe n’abashinjacyaga kujyanwa imbere y’urukiko mpuzamahanga. Abo bategetsi bashakishwaga ntabwo bitabye urukiko rwo mu mujyi wa Madrid […]

Umunyeshuri w’umukobwa yatahuwe amaze kwanduza SIDA abasaga 580 mu gihe yateganyaga kwanduza 2000

Umwana w’umukobwa w’umunyeshuri utatangarijwe amazina, yatawe muri yombi amaze kwanduza agakoko gatera SIDA abagera kuri 586 mu mezi 5 gusa, akaba yari afite intego yo kwanduza abagera ku bihumbi 2. Uyu mukobwa ukomoka muri leta zunze ubumwe z’Amerika yatangaje ko yari afite urutonde rw’abagabo bakuze n’abasore yagombaga kwanduza agakoko gatera Sida, ibi akaba yabikoraga mu […]

Umugore usanga yaracurujwe mu gukobwa yasabye ko inkwano itareba umuhungu gusa

Umunyamategeko wo muri Zimbabwe, Priccilar Vengesai, yibaza ko niba umugenzo wo gukwa ukwiye gukwirikizwa, akavuga ko imiryango y’umuhungu n’umukobwa yompi yari ikwiye gukwa kugira hagume uburinganire hagati y’abagabo n’abagore. Uyu munyamategeko yagejeje ikirego ku rukiko rushinzwe itegeko nshinga, asaba ko ikirego cye cyakwakirwa , kuko ngo uwo mugenzo uteye ukubiri n’uburengenzira bwe nk’ umuturage. [xyz-ihs […]

U Bwongereza bwashyizeho Minisitiri w’Ingabo mushya, nyuma y’uko undi yegujwe

Nyuma y’umunsi micye, uwari Minisitiri w’Ingabo w’igihugu cy’u Bwongereza, Michael Fallon asabwe n’Inteko ishinga amategeko kwegura kubera ibyaha yashinjwaga byo gusambanya ku ngufu, iki gihugu cyamaze gushyiraho undi mu Minisitiri. Ku gicamunsi cyo ku munsi w’ejo kuwa Kane, ni bwo Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Theresa May on yatangaje ku mugaragaro ko Gavin Williamson asimbuye mugenzi […]

Mu myaka itarenze 10 nta mbogamizi mu bucuruzi muri Afurika zizaba zikiriho — Perezida Kagame

Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame arateganya ko mu myaka 5 cyangwa 10 iri imbere imbogamizi zose zibangamira ubwisanzure mu bucuruzi muri Afurika zizaba zavuyeho. Nk’uko perezida Kagame avuga, ngo imiryango ihuza ibihugu mu turere muri Afurika yakoze byinshi mu gushyiraho ingamba nyazo zo gutuma habaho kwishyira hamwe mu bijyanye n’ubwisanzure mu bucuruzi ku mugabane. [xyz-ihs […]

Abaturage basanga Perezida Nkurunziza yifuza kuganisha u Burundi ku ngoma ya cyami

Abarundi batandukanye batangaza ko bahangayikishijwe no kubona Perezida Pierre Nkurunziza ashishikajwe no kuganisha igihugu ku ngoma ya cyami. Aba barundi bavuga ibi bahereye kuri politiki ishyizwe imbere mu Burundi yo guhindura itegeko Nshinga, Perezida Nkurunziza akabona amahirwe yo kongera kwiyamamaza mu 2020 na nyuma yaho ndetse n’andi mategeko atorwa. Ibi bitangiye kuvugwa cyane mu gihe […]

Abakinnyi ba Rayon Sports biganje muri 18 umutoza w’Amavubi azakinisha muri Ethiopie

Umutoza w’ikipe y’igihugu Amavubi, Antoine Hey yashyize hanze abakinnyi 18 barimo abakinnyi umunani b’ikipe ya Rayon Sports FC azitabaza mu mukino uzabahuza na Ethiopie mu mikino yo guhatanira itike ya CHAN 2018 izabera muri Maroc mu kwa mbere umwaka utaha. Kuri uyu wa kane tariki ya 2 Ugushyingo 2017, nibwo umutoza w’ikipe y’igihugu cy’u Rwanda, […]

Minisitiri w’Intebe yakiriye itsinda ry’abakozi ba IMF riyobowe na perezida wayo

Ku mugoroba wo ku wa Kane tariki ya 2 Ugushyingo, Minisitiri w’Intebe, Ngirente Edouard yakiriye itsinda ry’abakozi ba IMF barimo na perezida wayo, bakaba baje muri gahunda yo kwigira ku Rwanda ibitandukanye birimo no gushyira mu bikorwa gahunda y’uburinganire nk’imwe mu nkingi z’iterambere rirambye. [xyz-ihs snippet=”google-pub”] Abagize iri tsinda rikora mu kigega mpuzamahanga cy’imari muri […]