Umuntu wa 21 yishwe na Covid-19 mu Rwanda
Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 9 Nzeri 2020 yatangaje ko umuntu wa 21 yishwe na Covid-19, haboneka abandi bantu 21 banduye iki cyorezo mu bipimo 3805 byafashwe. Uwapfuye ni umubyeyi wari ufite imyaka 71 y’amavuko, w’i Kigali. Abanduye barimo 17 bapimwe mu bibasiwe kurusha abandi, 3 babonetse mu Karere ka Rusizi n’undi wabonetse […]
RDC: Uwahaye Google uburenganzira bwo gutwara icyuma cyaguye mu giturage yirukanwe
Minisitiri w’Ubwikorezi n’Itumanaho muri Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo yirukanye Umuyobozi w’ikigo cy’igihugu gishinzwe indege za gisivile amuhora guha uburenganzira ikigo cya Google ngo gitware icyuma cyaguye mu giturage. Tariki ya 24 Kanama 2020 mu masaa saba y’amanywa ni bwo iki cyuma kidasanzwe kimeze nk’icyogajuru cyamanukiye mu gashyamba muri Teritwari ya Buta mu Ntara ya […]
USA: Video y’Umwirabura wakubitaga umupolisi washakaga kumufata yaciye ibintu
Video igaragaza abantu birukankaga bajya gutabara umupolisi w’umuzungu wari urimo gukubitwa n’umwirabura yageragezaga kwambika amapingu yaciye ibintu ku mbuga nkoranyambaga, aho bivugwa ko imaze kurebwa n’abantu basaga miliyoni 2. Iyi video yashyizwe kuri twitter y’ukoresha @GrantB911, uri mu bashinze konti ya twitter yamamaye ya @Breking911 ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri ushize. Iyi video […]
Perezida Museveni afitiye igisubizo abamwita igicucu
Umukuru w’Igihugu cya Uganda, Perezida Yoweri Kaguta Museveni kuri uyu wa 9 Nzeri 2020 yasubije abantu bakiri bato bamwita “umuntu w’igicucu cyane”. Perezida Museveni nk’uko yumvikana muri videwo y’umunora n’amasegonda 29 yacishije ku rubuga rwa Twitter, yagize ati: “Hano ku mbuga nkoranyambaga mpahurira n’abakiri bato, bamwe muri bo barantuka gusa singomba kurwana nabo kugira ngo […]
Miss Uwase Vanessa yagerageje kwiyahura kubera urukundo
Miss Vanessa RaĂŻssa Uwase wabaye igisonga cya mbere cya Nyampinga w’u Rwanda mu 2015, yatangaje ko ku munsi w’ejo yagerageje kwiyahura agahagarikwa n’abo mu muryango we. Miss Uwase wemeje ko yagerageje kwiyahura mu butumwa yasangije incuti ze kuri WhatsApp (Status), yari amaze iminsi mu bihe bikomeye, nyuma yo gutandukana na Putin Kabalu, umuherwe w’Umukongomani bari […]
Un accident de camion fait deux morts et trois blessés à Gisozi
Deux personnes sont dĂ©cĂ©dĂ©es, mardi 8 septembre, dans un accident , faisant trois autres blessĂ©es dans le secteur de Gisozi, dans le district de Gasabo. Selon le CP Jean Bosco Kabera, porte-parole de la police nationale du Rwanda (RNP), l’accident a Ă©tĂ© causĂ© par un camion qui a heurtĂ© deux autres vĂ©hicules et deux motos […]
Miliyoni 50 z’abaturage muri Afurika y’amajyepfo zugarijwe n’inzara
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Biribwa (PAM) ryatangaje ko abantu babarirwa muri za miriyoni muri Malawi, Mozambike, Zambiya na Zimbabwe bugarijwe n’inzara. Ibi bihugu byibasiwe n’amapfa akomeye muri 2019 yarushijeho gukazwa muri uyu mwaka n’inzige. Icyorezo cya Covid-19 nacyo cyakajije umurego mu guteza ibibazo by’ubukungu mu baturage benshi bo mu karere ka Afurika ishyira amajyepfo. […]
Paul Rusesabagina yagaragaye imbere y’ubushinjacyaha
Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 09 Nzeri, ubushinjacyaha bw’u Rwanda bwashyikirijwe dosiye ya Paul Rusesabagina bunatangira kumubaza ku byaha akurikiranweho nyuma yo kubwitaba. Ni nyuma yo gufatirwa yo gufatirwa ku kibuga Mpuzamahanga cy’indege cya Kigali ku cyumweru tariki ya 30 Kanama, akerekanwa n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha bukeye bwaho. Rusesabagina akurikiranweho ibyaha birimo iterabwoba, gutwika, ubushimusi […]
Uganda: Undi mudepite yatawe muri yombi azira kurasa abantu mu matora ya NRM
Polisi mu karere ka Pallisa mu burasirazuba bwa Uganda yataye muri yombi umudepite w’intara ya Agule, Francis Mukula, ukekwaho kuba yararashe abantu babiri mu matora y’ishyaka NRM mu cyumweru gishize. Abayobozi bavuze ko uyu mudepite yarashe abantu babiri mu gasantere k’ubucuruzi ka Kaboloi kari mu gace ka Kaukura, mu birometero 10 uvuye mu mujyi wa […]
Donald Trump yashyizwe mu bahatanira igihembo cy’amahoro cya Nobel

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, Donald Trump kuri uyu wa 9 Nzeri 2020 yashyizwe mu bagomba guhatanira igihembo cy’amahoro cyitiriwe Nobel cyo mu 2021. Impamvu uyu Mukuru w’Igihugu yashyizwe kuri uru rutonde ni intambwe yateye mu kunga Isirayeli na Leta y’Ubumwe bw’Abarabu biteganya gusinya amasezererano yo guhagarika umwiryane hagati y’ibihugu byombi, ku wa kabiri […]
Charles Ndereyehe ushinjwa kugira uruhare muri Jenoside wari watawe muri yombi yarekuwe
Charles Ndereyehe, Umunyarwanda utuye mu Buholandi ukekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, yarekuwe nyuma y’amasaha make atawe muri yombi na Polisi y’u Buholandi. Byemezwa n’abo mu ishyaka rya FDU-Inkingi abamo bavuze ko yarekuwe nyuma yo gusurwa n’umwunganizi we mu mategeko. Mu kanya kashize Justin Bahunga ukuriye ishyaka FDU-Inkingi yabwiye BBC ko Ndereyehe yari mu […]
RIB yatangiye iperereza ku itsinda ry’abantu 24 biyise ‘ABAMEN’ bakekwaho ubwambuzi
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) kuri uyu wa 9 Nzeri 2020 rwatangaje ko rwantagiye iperereza ku itsinda ry’abantu biyita “ABAMEN” bafatiwe mu bikorwa byo kwambura abantu bakoresheje amayeri menshi mu bihe bitandukanye. Aba bose bakaba barafatiwe mu Mirenge ya Nyakarenzo na Nkungu mu Karere ka Rusizi. Umwe mu bafashwe yatangaje ko boherereza abantu ubutumwa bugufi (SMS) bw’ubuhimbano […]
Bitarenze ukwezi ikibazo cya Rayon Sports tuzaba twagikemuye_Minisitiri Munyangaju
Minisitiri wa Siporo, Mme Aurore Mimosa Munyangaju, yatangaje ko ibibazo bishingiye ku miyoborere byari bimaze igihe mu kipe ya Rayon Sports byarabuze uwabikemura bigomba kuba byakemutse mu gihe kitarenze ukwezi. Ni nyuma y’uko Minisports, Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere RGB n’impande zidacana uwaka muri Rayon Sports bicaranye, bagasesengura ibibazo bivugwa muri iriya kipe. Minisitiri Munyangaju ubwo yabazwaga […]
Umunyamideri Charly Jordan yasabiye imbabazi uko yitwaye nyuma yo gushyirwa mu kato mu Rwanda

Icyamamare kuri TikTok, akaba n’umunyamideri w’Umunyamerika Charly Jordan, yasabye imbabazi zo kuba yarasuye u Rwanda mu gihe kidakwiye no gutuka guverinoma y’u Rwanda nyuma yo gushyirwa mu kato akamaramo iminsi nyuma yo kumwibeshyaho ko yanduye Covid-19. Mu butumwa uyu mukobwa w’imyaka 21 yanyujije kuri TikTok ku Cyumweru, yavuze ko yaje mu Rwanda gufatanya n’itsinda ribungabunga […]
Perezida wa Nigeria atewe ishema n’imyaka ibiri ishize yakiriwe na Trump

Perezida wa Nigeria, Muhammadu Buhari kuri uyu wa 8 Nzeri 2020 yatangaje ko atewe ishema no kuba ari we Mukuru w’Igihugu wa mbere muri Afurika yo munsi y’ubutayu bwa Sahara wakiriwe na Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika. Tariki ya 30 Mata 2018 ni bwo Perezida Donald Trump yakiriye Perezida Buhari mu biro […]
Ikiciro cya kabiri cy’impunzi z’Abarundi kirataha mu masaha make
Ikiiciro cya kabiri cy’impunzi z’Abarundi zo mu nkambi ya Mahama mu burasirazuba bw’u Rwanda kizatahuka kuwa kane tariki ya 10 Nzeri, nk’uko ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku mpunzi (UNHCR) ryabitangaje. Ni nyuma y’ibyumweru bibiri icyiciro cya mbere cy’izo mpunzi zikabakaba 500 zitahutse, nyuma y’ubwumvikane bwabayeho hagati y’u Rwanda n’u Burundi, ndetse n’Ishami ry’Umuryango w’abibumbye ryita […]
Aba Rayon Sports bibasiye Shadyboo nyuma yo kubifatira ku gahanga
Abafana b’Ikipe ya Rayon Sports, bagaragarije uburakari bwinshi Mbabazi Shadia wamamaye ku mbuga nkoranyambaga nka Shaddyboo, nyuma yo kubagira inama batashimye y’icyakorwa kugira ngo ibibazo biri mu kipe yabo bishire. Rayon Sports imaze igihe mu bibazo ahanini bishingiye ku miyoborere, byatumye isa n’iba iciro ry’imigani ku buryo buri wese adatinya kugira icyo ayivugaho. Izina ry’iyi […]
Imyaka 30 irashize Perezida Doe yishwe akaswe igitsina azira gutwaza ubugome

Hashize imyaka 30 uwahoze ari Perezida wa Liberia, Samuel Doe yishwe akaswe ingingo z’umubiri zirimo igitsina, mu gikorwa cyafatirwaga amashusho. Ababikoze ni abasirikare bari bamaze kumuhirika ku butegetsi, bamuhoraga ibikorwa bya kinyamaswa byamuranze ku butegetsi yari amazeho imyaka 10 (1980-1990). Ibyo Perezida Doe yakoze kandi byabaye nk’ingororano z’ibyo yakoreye William Tolbert ubwo yamuhirikaga ku butegetsi […]
Uwari umuvugizi wa DALFA-Umurinzi yafashe iy’ubuhungiro nyuma yo gusezera inshingano ze
Uwari umuvugizi w’ishyaka DALFA-Umurinzi, Mahoro Jean, yamaze gufata iy’ubuhungiro nyuma yo guhagarika izi nshingano yari afite zo kuba umuvugizi w’iri shyaka riyobowe n’umunyapolitiki Victoire Ingabire. Mu kiganiro yagiranye na Ijwi rya Amerika nyuma yo kugera mu buhungiro, Mahoro yavuze ko impamvu nyamukuru yatumye asezera ku mirimo ye ari igitutu yagiye ashyirwaho n’abantu bamubwira ko akorana […]
Rubavu: Ushinzwe umutekano mu mudugudu yishwe akaswe ijosi
Umugabo witwa Cyiza Jean wo mu Karere ka Rubavu, ejo ku wa Kabiri tariki ya 08 Nzeri yishwe akaswe ijosi n’abantu bataramenyekana. Cyiza w’imyaka 38 y’amavuko, yishwe ahagana saa moya z’umugoroba, yicirwa mu Mudugudu wa Munege, Akagari ka Rusura mu Murenge wa Busasamana. Amakuru avuga ko abamwishe bamwiciye hafi y’urugo rwe aho yari araririye imyaka […]
Umugabo bikekwa ko ari inyeshyamba ya FDLR yafatiwe i Goma afite imbunda
Inzego z’umutekano za Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, kuri uyu wa kabiri, itariki ya 08 Nzeri 2020 zataye muri yombi umugabo bivugwa ko ari inyeshyamba ya FDLR wari ufite imbunda ya AK 47, mu gace ka Mugunga, Komini ya Karisimbi, mu Mujyi wa Goma, muri Kivu y’Amajyaruguru. Iyi nkuru dukesha 7SUR7.CD iravuga ko uyu mugabo […]
RIB yarangije iperereza ry’ibanze ku biregwa Paul Rusesabagina
Urwego rw’igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko iperereza ry’ibanze mu rubanza ruregwamo Paul Rusesabagina ryarangiye kandi dosiye ye ishyikirizwa ubushinjacyaha kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 09 Nzeri. Ibi umuvugizi w’agateganyo wa RIB, Dr. Thierry Murangira, yabitangarije The New Times kuri uyu wa kabiri. Nyuma yo gshyikirizwa dosiye, Ubushinjacyaha buraba bufite iminsi itanu yo kujyana ukekwaho […]