Abarwayi bashya 122 ni bo banduye Covid-19 kuri uyu wa Gatatu

Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko kuri uyu wa Gatatu mu gihugu hose habonetse abarwayi bashya ba Coronavirus 122, biganjemo abo mu mujyi wa Kigali n’ab’i Musanze. I Kigali habonetse abarwayi 64 (Abagenzi binjira mugihugu, bahise bashyirwa mu kato), i Musanze haboneka 38 (Amatsinda y’abibasiwe), i Huye 7, Nyagatare 5, Rusizi 3, Muhanga 2, Nyamagabe 2 na […]

Bobi Wine yijeje ab’i Kisoro ko nibamutora bazongera kurongora Abanyarwandakazi

Robert Ssentamu Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine uri muri 11 biyamamariza kuyobora Uganda, yijeje abaturage ko nibamutora igihugu cye kizongera kugendererana n’u Rwanda kugeza n’aho abaturage be bongera kurongora Abanyarwandakazi. Yabigarutseho kuri uyu wa Gatatu ubwo yari mu gace ka Kisoro (Gisoro), aho yakoreye ibikorwa byo kwiyamamaza mbere yo kwerekeza mu turere twa Rukiga na […]

Icyo u Burundi buvuga ku guhangana kuvugwa hagati ya Gen. Ndayishimiye na CPG Bunyoni

Ibitangazamakuru birimo La Libre cyo mu Bubiligi, kuri uyu wa 16 Ukuboza 2020 byatangaje ko Perezida w’u Burundi, Maj. Gen. Evariste Ndayishimiye (Gen. Neva) ahanganye na Minisitiri w’Intebe, CPG Alai Guillaume Bunyoni. Umutwe w’inkuru yanditswe na Marie-France Cros kuri iki gitangazamakuru ifite umutwe ugira uti “Un bras de fer entre le PrĂ©sident et le Premier […]

Afurika: Ubudasa bwa telefone ba Perezida bamwe bakoresha

h-8-thales-phone.png

Bamwe mu Bakuru b’Ibihugu ku mugabane wa Afurika cyane cyane ba Perezida, bakoresha telefone zitandukanye n’izikoreshwa na rubanda nyamwinshi mu buryo bwo kwirindira umutekano. Urubuga Africa Report rwashyize ahagaragara zimwe muri telefone zikoreshwa n’aba Bakuru b’Ibihugu n’uburyo bazikoreshamo. Uru rubuga ruvuga ko Abakuru b’Ibihugu byinshi byo muri Afurika y’Iburengerazuba, bakoresha telefone za ‘Gatushe’ zo mu […]

U Bufaransa: Umunyamakuru agiye kuburanishwa ku cyaha cyo gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi

Umunyamakuru wo mu Bufaransa witwa Natacha Polony, yamaze koherezwa mu Rukiko Mpanabyaha rw’i Paris mu Bufaransa kugira ngo atangire kuburanishwa ku cyaha cyo gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi akurikiranweho. Polony asanzwe ari umuyobozi mukuru w’ubwanditsi bw’ikinyamakuru cyo mu Bufaransa cyitwa ‘Marianne’. Inyandiko y’urukiko Jeune Afrique ivuga ko yashoboye kubona, ivuga ko Natacha Polony azaburanishwa kubera “ihakana […]

CECAFA U17: Amavubi mato yahushije penaliti 2 muri 3 yahawe

Ikipe y’Igihugu y’umupira w’amaguru (Amavubi) y’abatarengeje imyaka 17 y’amavuko, yahushije penaliti ebyiri mu irushanwa ry’Akarere ka Afurika y’Iburasirazuba (CECAFA U17). Ni nyuma y’aho iyi kipe yanganyaga ubusa ku busa (0-0) n’ikipe y’igihugu ya Djibouti, mu mukino wabereye kuri Sitade Mpuzamahanga ya Rubavu izwi nka Umuganda Stadium. Muri uyu mukino, Amavubi yabonye amahirwe ya penaliti ku […]

Bobi Wine yakubise ahababaza Museveni ubwo yari Kisoro

arton5882-678x381.jpg

Umukandida ku mwanya wa Perezida muri Uganda, Robert Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine yavuze amagambo ashobora guhindura intekerezo z’abari bashyigikiye Perezida Museveni ubwo yari mu Karere ka Kisoro, akagaruka ku Kibazo cya Gen. Kale Muhwezi Kayihura. Kuri uyu wa Gatatu tariki 16 Ukuboza, Bobi Wine yari yakomereje ibikorwa byo kwiyamamaza mu Karere ka Kisoro. Nk’umwe […]

Tchad: Amakimbirane hagati y’aborozi n’abahinzi yiciwemo abasaga 10

Abantu 11 biciwe mu makimbirane hagati y’aborozi n’abahinzi mu majyepfo y’igihugu cya Tchad nk’uko umushinjacyaha wa repubulika yabitangarije AFP ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri. Imirwano ikomeye hagati y’aborozi n’abahinzi yabereye mu giturage cyo mu Ntara ya TandjilĂ©-Est hagati yo ku cyumweru no kuwa mbere nyuma y’aho amatungo y’aborozi yononnye umurima w’imyaka bigatuma abahinzi […]

Ubuhamya bw’Umunyarwandakazi w’umudepite muri Centrafrica

Anne-Marie Goumba wavukiye mu Rwanda ku itariki 09 Ukwakira 1954, akaruhunga mu 1977, ni umunyapolitikikazi wo muri Centrafrica ukomoka mu Rwanda kuri ubu ubarizwa mu Nteko Ishinga Amategeko y’iki gihugu yagezemo ahunze agashakana n’umuturage wacyo. Ntaribagirwa ibihe yanyuzemo mu bwana bwe ubwo u Rwanda rwari rwugarijwe n’amacakubiri ashingiye ku moko yatumye bamwe mu muryango we […]

Shampiyona izasubukura vuba_Minisitiri Munyangaju

Minisitiri wa Siporo, Aurore Mimosa Munyangaju, yatangaje ko Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Rwanda izasubukurwa mu gihe cya vuba, ariko bitewe n’uko Ferwafa izaba yagaragarije inzego zishinzwe kurwanya COVID-19 ingamba zo kwirinda ikwirakwira rya kiriya cyorezo. Ni nyuma y’uko Minisiteri ya Siporo ihagaritse iriya shampiyona bitewe n’uko yasanze hari amakipe yagaragayemo ubwandu bwa COVID-19 ndetse […]

Uganda: Museveni yahinduriye imirimo umuhungu we Gen Muhoozi

Perezida wa Uganda akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’ingabo z’iki gihugu, Yoweri Kaguta Museveni, yahinduriye imirimo Lt Gen Muhoozi Kainerugaba amugira umuyobozi w’umutwe w’ingabo zidasanzwe zishinzwe kumurinda, Special Forces Command (SFC) n’Umujyanama we wihariye mu by’Umutekano. Kuva muri 2017 Gen Muhoozi usanzwe ari imfura ya Perezida Museveni, yari Umujyanama we wihariye mu bijyanye n’ibikorwa byihariye, inshingano yahawe […]

Uwiyita umukiliya utishimye yandikiye MTN ibaruwa itukura

ibaruwa-itukura.jpg

Umunyarwanda witwa Rugasaguhunga Ruzindana yandikiye ibaruwa Ikigo gicuruza Serivisi z’itumanaho na murandasi, MTN, ayicisha kuri Twitter akinenga ko amaze icyumweru adashobora gukoresha murandasi yaguze imuhenze, yabaza ababishinzwe bakamusiragiza. Kuri Twitter (https://twitter.com/RuzindanaRUGASA) yanditse ati: “Mbabajwe no kubandikira nkoresheje ikaramu y’UMUTUKU. Birababaje cyane kubasaba service Icyumweru cyose ntacyo mumfasha. Ni ngombwa ngo umuntu ajye yiyambaza RURA igihe […]

Turasaba abayoboke bacu kudakinisha COVID-19_Musenyeri Kayinamura

img-20201215-wa0081.jpg

Muri iki gihe bigaragara ko icyorezo cya COVID-19 cyongereye ubukana, na Leta ikaza ingamba zo kucyirinda mu rwego rwo kugihashya burundu kandi hari byinshi bigenda byoroshywa mu nsengero ngo abazijyamo babashe gusenga neza, umwepisikopi w’itorero MĂ©thodiste Libre mu Rwanda, Musenyeri Samuel Kayinamura arasanga igihe abayoboke b’amadini n’amatorero bakwirara gato n’icyemezo cyo kongera gufunga insengero cyashoboka, […]

Perezida Ndayishimiye yatumije inama y’umutekano y’ikitaraganya

Perezida w’ u Burundi, Evariste Ndayishimiye yatumije inama y’umutekano itari yitezwe kuri uyu wa 16 Ukuboza 2020. Iyi nama nk’uko amakuru ahari abivuga irabera mu Mujyi wa Gihanga mu Ntara ya Bubanza, mu Burengerazuba bw’amajyaruguru y’igihugu ngo harebwe uko umutekano wifashe mu gihugu. Mu bagomba kwitabira iyi nama harimo abo mu gisirikare (FDNB) igipolisi (PNB), […]

Abanyura i Musanze bashobora kugongwa na ‘Saa moya’ bagiriwe inama

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Prof Shyaka Anastase, yakomoje ku mpungenge bamwe mu banyura mu mujyi wa Musanze bamaze igihe bafite, ababwira ibyo bakwiye gukora kugira ngo badafatwa n’isaha ya saa moya. Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa Mbere tariki ya 14 Ukuboza 2020, yanzuye ko ingendo mu karere ka Musanze zibujijwe guhera saa moya z’umugoroba, nk’imwe mu […]

Royaume-Uni: Traiter la question des suspects de génocide avant le CHOGM

Un membre de la Chambre des Lords, ou la chambre haute du parlement britannique, appelle son pays Ă  traduire en justice les fugitifs du gĂ©nocide perpĂ©trĂ© contre les tutsis. S’adressant Ă  ses pairs de la Chambre des lords, lors d’une session du parlement le 07 dĂ©cembre dernier, Lord Stuart Polak a exprimĂ© sa dĂ©ception quant […]

Yasambanyije umukobwa we, baramufungura ngo basanze yaramenyereye

Umugabo witwa Salim Khamis wo muri Zanzibar yafashe ku ngufu umukobwa we w’imyaka 13 nyuma arafungwa ariko aza kurekurwa bitewe n’uko uyu mukobwa yari yaramenyereye gukora imibonano mpuzabitsina. Salim yarekuwe kuwa 7 Ukuboza nyuma y’umwanzuro w’urukiko ko muganga yemeje ko uyu mukobwa yamenyereye gusambanywa. Ku bw’uyu mwanzuro, Ishyirahamwe ry’abagore bakora itangazamakuru muri Tanzania na Zanzibar […]

Uganda: Lt Gen. Tumukunde yasubije Museveni wabise abantu badafite icyo bamaze

epvbyfaw4ayltnv.jpg

Lt. Gen. Henry Tumukunde yasubije Perezida Yoweri Museveni nyuma y’amagambo aherutse kumutangazaho we na bagenzi be, Kiiza Besigye na Gen. Mugisha Muntu avuga ko ntacyo bamaze ndetse adashobora kubasigira igihugu. Ubwo yari mu bikorwa byo kwiyamamaza mu Karere ka Rukungiri kuri uyu wa Mbere, Museveni yavuze ko atiteguye guha ubutegetsi uwo ari we wese muri […]

Dr Tedros uyobora OMS arashinjwa ibyaha bya Jenoside

Umuhanga mu by’ubukungu, David Steinman ukomoka muri Amerika, yashinje umuyobozi wa OMS, Dr Tedros Adhanom Ghebreyesus kuba yari ‘umuntu ufata ibyemezo bikomeye’ wayoboye ibikorwa by’inzego zishinzwe umutekano za Ethiopia byaganishije kuri Jenoside muri icyo gihugu hagati ya 2013 na 2015. Steinman yashinje Tedros kuba yari umwe mu bayobozi batatu bari bashinzwe inzego z’umutekano za Ethiopia […]

USA: Umudepite yandikiye Perezida Kagame ku kibazo cya Rusesabagina

Umudepite wo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Carolyn B. Maloney, yandikiye ibaruwa Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, amusaba kurekura byihuse Paul Rusesabagina, uri gukurikiranwa n’ubutabera ku birego by’iterabwoba. Mu ibaruwa Bwiza.com yabonye igaragara ku rubuga rwe, Senateri Maloney asaba Perezida Kagame kurekura Rusasabagina bya vuba kandi akamusubiza muri Amerika aho atuye kugira ngo yongere […]

Ijambo rya Trump kuri Yerusalemu ni ryo ryatumye Al Shabaab irasa muri Kenya

Umutwe w’iterabwoba wa Al Shabab wahishuye ko ijambo Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, Donald Trump, ku mujyi wa Yerusalemu uri muri Israel ari ryo ryatumye igaba igitero muri Kenya. Al Shabab yabitangaje ubwo yashyiraga hanze imyirondoro y’abarwanyi bayo batanu bagabye igitero kuri hoteli ya Dusit D2 iri muri Nairobi tariki ya 15 Kamena 2019, […]

Paris: Minisitiri w’umutekano ari guhatwa ibibazo ku birego byo gufata ku ngufu

Minisitiri w’umutekano w’u Bufaransa, Gerald Darmanin, yahaswe ibibazo n’abacamanza ku cyaha cyo gufata ku ngufu cyakozwe mu 2009. Ibi birego akaba ari bimwe mu byateje imyigaragambyo ikaze ubwo Perezida Macron yahitagamo uyu mugabo nka minisitiri w’umutekano muri Nyakanga. Ku bushake bwe, minisitiri Darmanin niwe ubwe wisabiye kuvugana n’abacamanza babiri bashinzwe iperereza ku byaha byo gufata […]

Shene za YouTube zifite aho zihuriye na Bobi Wine zasabiwe gufungwa

Urwego rushinzwe kugenzura itumanaho muri Uganda rwandikiye ikigo cy’ikoranabuhanga Google, ari cyo nyiri YouTube itangazwaho za videwo, kiyisaba gufunga shene (channels) 14 bivugwa ko zifite aho zihuriye n’imidugararo yo mu kwezi gushize yaguyemo abarenga 50. Iyo midugararo yabereye mu murwa mukuru Kampala no mu yindi mijyi ikomeye, nyuma y’itabwa muri yombi ry’umukandida perezida Robert Kyagulanyi, […]