Uganda: Umwe mu barinzi ba Bobi Wine yishwe na Military Police

Umurinzi wa Robert Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine yishwe kuri iki cyumweru na ho abanyamakuru babiri barakomereka, nyuma y’ubushyamirane bwahuje abashyigikiye uriya mugabo wiyamamariza kuyobora Uganda n’abashinzwe umutekano. Bobi Wine kuri Twitter yavuze ko uwo murinzi we witwa Francis Senteza yapfuye azize ibikomere yakomoye ku ikamyo ya Military Police yamugonze, yungamo ko yishwe agerageza gutwara […]

RDC: Minisitiri Azarias Ruberwa yajyanwe muri Afurika y’Epfo arembye

Minisitiri ushinzwe kwegereza abaturage ubuyobozi n’amavugurura y’inzego wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, Azarias Ruberwa, kuri uyu wa Gatandatu yagejejwe muri Afurika y’Epfo agiye kwivuza nyuma yo gufatwa na Covid-19 nk’uko byatangajwe n’ibiro bye. Azarias Ruberwa Manywa yajyanywe mu ndege y’imbangukiragutabara, igikorwa cyabashije gukorwa nyuma y’uruhushya rw’abayobozi ba Afurika y’Epfo, Guverinoma ya Congo na Perezidansi. […]

Turaje, muyamanike cyangwa murimburwe – Rwigema na Salim Saleh

Abategetsi bakomeye muri Uganda, barimo Ambasaderi w’iki gihugu muri Loni, Adonia Ayebare, ndetse n’Umugaba mukuru w’umutwe ushinzwe kurinda Perezida Museveni akaba n’umuhungu we, Maj. Gen. Muhoozi Kainerugaba, bakomeje kwibasira Umuyobozi wa Human Rights Watch n’abandi bita abakoloni bashinja gukomeza kwivanga mu bibazo bya Uganda. Kainerugaba we akaba yibukije ubutumwa Maj. Gen. (RIP) Fred Rwigema afatanyije […]

Bimwe mu bintu bidasanzwe byaranze umwaka wa 2020 mu mafoto

a_child_in_a_supergirl_costume_pays_respects_to_the_late_justice_ruth_bader_ginsburg_near_the_us_supreme_court_building._september._23_2020._washington_dc_usa.jpg

Umwaka wa 2020 ni umwaka utaragendekeye Isi yose nk’uko yari iwiteze, by’umwihariko ku Banyarwanda binjiraga muri Vision 2020 bari bamaze imyaka bakorera, ahanini bitewe n’Icyorezo cya Covid-19 cyakomotse mu Bushinwa kigakwirakwira Isi yose mu gihe gito, ariko usibye iki cyorezo hakaba hari n’ibindi bintu bitari byiza byabaye muri uyu mwaka twifuje kurebera hamwe ariko mu […]

Umuherwe Paul Muvunyi na Col. (Rtd ) Eugene Ruzibiza batawe muri yombi

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwataye muri yombi uwahoze ari umuyobozi wa Rayon Sports, Paul Muvunyi, na bagenzi be barimo Col. (Rtd) Eugene Ruzibiza , bakurikiranweho gukoresha inyandiko mpimbano. Usibye Muvunyi na Ruzibiza, mu bafashwe harimo n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Gasura, mu Karere ka Karongi witwa Gerald Niyongamije. Avugana na Igihe dukesha iyi nkuru, umuvugizi wa […]

Mu 2028 u Bushinwa buzaba bumaze gusiga Amerika mu bukungu kubera Covid-19

Mu 2028, u Bushinwa buzaba bumaze gusiga Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu bukungu, imyaka itanu mbere y’igihe cyari giteganyijwe kubera icyorezo cya Covid-19 nk’uko byemezwa muri raporo nshya yashyizwe ahagaragara. Ikigo cy’ubushakashatsi mu bukungu na business cyo mu Bwongereza (CEBR) mu mbonerahamwe ngarukamwaka y’ubukungu bw’Isi yashyizwe ahagaragara kuri uyu wa Gatandatu kivuga ko imwe […]

Icyamamare mu kunekera impande 2 zihanganye cyakoreye u Burusiya n’u Bwongereza cyapfuye

George Blake, intasi y’Umwongereza yamenyekanyeho gukorera impande ebyiri, aba bazwi nka ba “Double Agents” mu Cyongereza, yasezeye ku Isi y’aabazima ku myaka 98 nk’uko byatangajwe n’Ibiro Ntaramakuru by’Abarusiya kuri uyu wa Gatandatu. “Uyu munsi, icyamamare mu iperereza George Blake, ntakiriho. Yakundaga igihugu cyacu abikuye ku mutima, ashima ibyo abaturage bacu bagezeho mu Ntambara ya Kabiri […]

Gasabo: Umwanzuro ku inyerezwa ry’asaga 1/2 cya miliyari uzatangwa mu mwaka utaha

Isomwa ry’urubanza rw’abantu 15 barimo abakozi ba Banki ya Kigali bakurikiranweho kunyereza umutungo wa leta ubarirwa muri miliyoni zisaga 500 z’Amanyarwanda ruzasomwa kuwa 22 Mutarama 2021 nyuma yo gusubikwa kuri uyu wa Kane ushize. Aba bantu barimo abakozi ba BK batatu, bashinjwa n’ubushinjacyaha kunyereza umutungo wa leta ubarirwa mu mafaranga miliyoni 570. Ni amafaranga yari […]

Yari intwari, akaba n’uwo nitaga data wacu_Gen Muhoozi avuga Gen Rwigema

Umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni wa Uganda akaba n’Umuyobozi w’umutwe w’Ingabo Zidasanzwe zishinzwe kumurinda (SFC), Lt Gen Muhoozi Kainerugaba, yongeye kuvuga imyato nyakwigendera Maj Gen Fred Gisa Rwigema agaragaza ko yamwitaga se wabo. Ni mu butumwa uyu mugabo yanyujije kuri Twitter ye. Muhoozi yagize ati: “Mu bagabo b’ibihangange nigeze menya harimo General Fred Rwigema utibagirana. […]

Centrafrica: Perezida Touadera yasabye abaturage kwiringira Ingabo z’u Rwanda

jad20201222-ass-centrafrique-592x296-1608634030-2.jpg

Muri mitingi ye ya nyuma mbere y’amatora ateganyijwe kuri iki Cyumweru, itariki 27 Ukuboza 2020, muri Centrafrica, Perezida Touadera yasabye abaturage b’igihugu cye kuramburira amaboko ingabo z’Umuryango w’Abibumbye n’ibihugu nk’u Rwanda n’u Burusiya, abasaba kutagira ubwoba bagatora umukandida bifuza ko yabayobora. Perezida Faustin-Archange Touadera, unayobora ishyaka Mouvement Coeurs Unis (MCU) yahamagariye abaturage ba Centrafrica kwitabira […]

Ethiopia: Abaturage 207 nibo biciwe muri Metekel

Abantu 207 nibo bimaze kwemezwa ko biciwe mu gitero cyo kuwa Gatatu ushize kibasiye abaturage ba Metekel mu ntara ya Benishangul-Gumuz mu burengerazuba bwa Ethiopia, mu gihe imibare ya mbere yari yashyizwe ahagaragara yavugaga abantu 100. Ubu bwicanyi ni bumwe mu bwabaye mu bitero bimaze amezi menshi byibasira abaturage bo mu bwoko bwa Oromo, Amhara […]

Champions league: Gor Mahia yakorewe ibya mfura mbi na Belouizdad yo muri Algeria

Ikipe ya Gor Mahia yo mu gihugu cya Kenya, yaraye inyagiwe na CR Belouizdad yo muri Algeria ibitego 6-0, mu mukino ubanza w’ijonjora rya kabiri rya CAF Champions league wabereye i Algies. Iyi Gor Mahia mu ijonjora ry’ibanze yari yasezereye APR FC ya hano mu Rwanda ku giteranyo cy’ibitego 4-3. Umunota wa Gatandatu w’umukino wari […]

Kirehe: Abahinzi barataka konesherezwa, bavuga bagakubitwa

Abaturage batunzwe n’ubuhinzi bo mu mudugudu w’Irebero, mu kagari ka Kagasa ho mu murenge wa Nyamugari muri Kirehe, barinubira konesherezwa n’aborozi ntibishyurwe imyaka yabo ahubwo babivuga bagakubitwa. Abaturage bavuga ko amatungo yiganjemo inka abonera imyaka ntibarenganurwe, ahubwo ababoneshereje bakanakubita. Uwaganiriye na Televiziyo y’u Rwanda yagize ati: “Koko rwose tugira ikibazo cy’inka zitwonera wanavuga bakagukubita. Njyewe […]