Haramenyekana niba Rusesabagina akomeza kuburanira mu Rwanda

Urubanza ‘mu mizi’ rwa Paul Rusesabagina n’abandi 20 bareganwa ibyaha by’iterabwoba byitezwe ko rurakomeza guhera saa mbiri n’igice z’igitondo cy’uyu wa 26 Gashyantare 2021. Nk’uko byagenze tariki ya 17 Gashyantare 2021, ruraburanishwa n’Urukiko Rukuru, urugereko rwihariye ruburanisha ibyaha mpuzamahanga n’ibyambukiranya imipaka, gusa rubere mu cyumba cy’Urukiko rw’Ikirenga. Ubwo urubanza rwatangiraga kuburanishwa mu mizi tariki ya […]

Rubavu: Abaturage bavuga ko umwanda kuri G.S Nyamirango uteye ubwoba (amafoto)

img-20210225-wa0005.jpg

Abaturage bo mu Mudugudu wa Gasizi, mu Kagari ka Nyamirango, Umurenge wa Kanzenze, Akarere ka Rubavu biganjemo abarerera ku Rwunge rw’Amashuri rwa Nyamirango bavuga ko hari umwanda uteye ubwoba ku buryo bafite impungenge ko abana bahiga bashobora kurwara indwara ziterwa n’umwanda. Bamwe mu baturage babwiye imboni ya BWIZA iri muri kariya gace ko uyu mwanda […]

RDC: Ambasaderi wa EU yamaganye abavuga ko uw’u Butaliyani yishwe agiye mu birombe

screenshot_20210225-134323_1.png.jpg

Ambasaderi w’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU) muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), Jean-Marc ChĂąntaigner yamaganye abatangaje ko uw’u Butaliyani aherutse kwicwa yari agiye mu birombe by’amabuye y’agaciro mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru. Ambasaderi w’u Butaliyani, Luca Attanasio yicanywe n’umurinzi we, Vittorio Lacovacci n’umushoferi w’ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe ibiribwa (PAM), Mustapha Milambo tariki ya 22 […]

Iyamuremye uvuga ko ‘nyina ari Umututsi’ bityo ko atishe Abatutsi’ yasabiwe igifungo

Ubushinjacyaha bwahawe ijambo mu iburanisha ryo kuwa kane mbere y’uko urubanza rwa Jean Claude Iyamuremye uregwa jenoside rusozwa, bwanenze uko yaburanye bumusabira gufungwa burundu. BBC dukesha iyi nkuru ivuga ko Umushinjacyaha Faustin Nkusi yavuze ko Iyamuremye mu kwiregura kwe yavuze ko atari kwica Abatutsi muri jenoside kandi ngo umubyeyi we umwe (nyina) ari Umututsi. Mu […]

Bobi Wine yasabwe gusobanura aho yakuye imodoka y’umutamenwa afite muri iki gihe

Ubugenzuzi Bukuru wa Guverinoma ya Uganda bwahaye Bobi Wine igihe cyo kugeza ku itariki ya 31 Gashyantare yamaze gusobanura aho yakuye imodoka y’umutamenwa (itamenwa n’amasasu) aherutse kugaragaza abazwa niba ari impano yahawe cyangwa ari umwe mu mitungo ye. Avugana n’abanyamakuru kuri uyu wa Gatatu nyuma ya saa sita, madamu Annet Twine, umuyobozi mu Bugenzuzi bwa […]

Rubavu: Icumbi ry’abanyeshuri ryibasiwe n’inkongi y’umuriro

Icumbi ryo hanze y’ikigo ryari ricumbitsemo abanyeshuri ba Gisenyi Adventist Secondary School (GASS) mu rukerera rwo kuri uyu wa Kane ryibasiwe n’inkongi y’umuriro kubw’amahirwe itagize uwo ihitana. Iyi nkongi hakekwa ko yatewe n’amashanyarazi yadutse mu masaha ya saa munani n’igice y’ijoro abanyeshuri babasha gusohora ibyo kuryamaho n’ibindi bikoresho byabo. Uwimana Vedaste , Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge […]

Perezida Kenyatta yagaragaye atembera wenyine, nta murinzi

pokodi.jpg

Perezida wa Kenya, Uhuru Kenyatta yagaragaye mu murwa wa Nairobi, atembera wenyine, nta murinzi, bitandukanye n’ibisanzwe ku muntu w’umunyacyubahiro, by’umwihariko Umukuru w’Igihugu. Umuhanzi akaba n’umukinnyi wa filimi, Pascal Tokodi wabonye Perezida Uhuru watemberaga afite inkoni mu kuboko kw’ibumoso, yabashije kumufata videwo, ayisakaza ku mbuga nkoranyambaga ze. Tokodi wari mu modoka, yatunguwe no kubona uyu Mukuru […]

U Rwanda rwoherereje u Burundi izindi mpunzi 1208

Minisiteri y’Umutekano w’Imbere mu Burundi n’iterambere ry’abaturage yatangaje ko u Rwanda rwoherereje iki gihugu izindi mpunzi zacyo 1208 kuri uyu wa 23 Gashyantare 2021 binyuze mu ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku mpunzi (UNHCR). Nk’uko ikomeza ibivuga, izi mpunzi zakiriwe ku mupaka wa Gasenyi-Nemba uhuza Intara y’Iburasirazuba ku ruhande rw’u Rwanda n’iya Kirundo ku ruhande rw’u […]

Centrafrique: Hasabwe abandi basirikikare 2,750 bo kunganira abari muri Minusca

Loni yifuje ko muri Repubulika ya Centrafrique hakoherezwa abandi basirikare 2,750 n’abapolisi 940, mu rwego rwo gutera ingabo mu bitugu abahasanzwe bari mu butumwa bwayo bwo kugarura amahoro (Minusca). Ni ibikubiye muri Raporo y’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye yagejejwe ku kanama k’umutekano k’uriya muryango. Umuyobozi ushinzwe ibikorwa byo kubungabunga amahoro mu biro by’Umunyamabanga Mukuru wa Loni, […]

Abategetsi ba Uganda ntibatewe ubwoba n’ibihano Amerika yafatira igihugu

Ibihano Leta Zunze Ubumwe za Amerika ziteganya gufatira Uganda kubera uburiganya zivuga ko bwabaye mu matora aheruka muri Uganda ngo byaba bibabaje ariko ntibihangayikishije abategetsi b’iki gihugu nk’uko Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Sam Kutesa, yabitangarije RFI. “Byaba bibabaje baramutse badufatiye ibihano, ariko mbere na mbere ndatekereza ko amatora yacu yabaye mu bwisanzure kandi mu mucyo, n’amahoro,” […]

Abanyamahanga ntibakwiriye kugura ubutaka mu Rwanda- Dr Frank Habineza

Umuyobozi w’Ishyaka Riharanira Demukarasi no Kurerengera Ibidukikije mu Rwanda (Democratic Green Party of Rwanda), Dr Frank Habineza yanenze ishingiro ry’umushinga w’Itegeko rigenga ubutaka mu Rwanda rizatuma Abashoramari b’abanyamahanga bemererwa kubona inkondabutaka (ni ukuvuga ibyangobwa bya burundu by’ubutaka), kuko bizatuma abenegihugu babura aho batura. Guverinoma y’u Rwanda igiye kuvugurura itegeko rigenga ubutaka aho imyaka y’ubukode burambye […]

Rwamagana: Abakorera mu gakiriro barasaba gukorerwa umuhanda bamaze igihe bemerewe

received_1075740973169342.jpg

Abakorera mu Gakiriro ka Rwamagana gaherereye mu murenge wa Kigabiro baratakamba basaba ubuyobozi kubakorera umuhanda wa kaburimbo bamaze igihe bemerewe. Abakorera imyuga y’ububaji ndetse n’abacuruza imbaho mu Gakiriro bavuga ko umuhanda wa Kaburimbo wakozwe hafi y’agakiriro kuba utinjira mu Gakiriro ahubwo ukaba unyura hafi yako ntukinjiremo, ari igihombo kubahakorera kandi bari bawitezeho gukuraho igihombo baterwa […]

U Butaliyani bukomeje kotsa Loni igitutu kubera iyicwa rya Ambasaderi Luca Attanasio

Mu gihe iperereza ry’abayobozi ba Repubulika haranira Demokarasi ya Congo ku iyicwa rya Ambasaderi Luca Attanasio rikomeje, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Butaliyani, Rudi Di Maio, arasaba Umuryango w’Abibumbye gufungura iperereza ryawo. Kuri minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Butaliyani, ngo nubwo ambasaderi wabo yabashaga gufata icyemezo ku ngendo ze mu gihugu, urugendo yiciwemo mu burasirazuba bwa Congo […]

Bujumbura: Umupolisi yishe arashe umushoferi amushinja guteza umubyigano

Umupolisi wo mu Burundi mu ijoro ryo kuwa kabiri ushize ahagana saa moya z’ijoro yarashe umushoferi nyuma yo gutonganaho gato umupolisi ashinja uyu mushoferi wa Taxi voiture gufunga inzira y’izindi modoka nyinshi ku muhanda uri mu Mujyi wa Bujumbura rwagati. Nk’uko ababibonye babitangaje, uwarashwe yahise apfa. Umwe muri aba ati “ Yarashwe mu gatuza. Ntiyari […]

Nyaruguru: Batewe impungenge n’abari mu kato ka COVID-19 bakomeje gutembera nta nkomyi

Abaturage batuye mu nkengero z’agasantere ka Rugalika gakora ku mirenge ya Rusengena, Kibeho ndetse n’aka Rasaniro mu murenge wa Rusenge, mu karere ka Nyaruguru, bavuga ko batewe impungenge zikomeye n’abantu bizwiko bari mu kato ka COVID-19 ariko bakaba bakomeje gutembera mu baturage ntankomyi, bakajya mu mirimo yabo ya buri munsi ndetse no mu tubari tw’ibigage […]

Uganda: Umwana yiciwe mu kurasana hagati y’abashinzwe umutekano na se watorotse igisirikare

latest007-pixxx-data.jpg

Igikorwa gihuriweho n’igipolisi n’igisirikare bya Uganda cyari kigamije gufata umusirikare wagitorotse mu Karere ka Kapchorwa kuri uyu wa Gatatu, cyarangiye umwana w’umuhungu w’imyaka 16 akiciwemo mu gihe se, watorotse igisirikare, yatawe muri yombi. Abayobozi baravuga ko uyu mwana w’umuhungu witwa Timothy yarashwe akaza gupfa ubwo se witwa Kapchekweko, wari ufite imbunda, yarasanaga n’abari bagiye kumufata. […]

Imitwe 122 y’inyeshyamba yabaruwe mu burasirazuba bwa Congo – Raporo

Imitwe y’inyeshyamba igera ku 122 kuri ubu niyo ibarurwa mu burasirazuba bwa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo by’umwihariko mu ntara za Kivu zombi, muri Ituri na Tanganyika. Ibi ni ibyahishuwe muri raporo y’ikigo cy’ibipimo by’umutekano muri Kivu, BaromĂštre SĂ©curitaire du Kivu (KST), yashyizwe ahagaragara kuwa 22 Gashyantare 2021. Iyi raporo ivuga ko imitwe 11 yitwaje […]

Ingabire M. ImmaculĂ©e yasabye Padiri Nahimana wamwise ‘inshinzi y’ibwami’ gutahuka

Umuyobozi w’Umuryango Mpuzamahanga Urwanya Ruswa n’akarengane mu Rwanda, Madamu Ingabire Marie ImmaculĂ©e, aribaza impamvu padiri Nahimana Thomas adatahuka mu Rwanda mu gihe avuga ko Perezida Kagame wamutangiraga atakiriho. Madamu Ingabire yabigarutseho mu kiganiro aheruka kugirana na Televiziyo ya BWIZA. Ni nyuma y’uko muri Kamena umwaka ushize Padiri Nahimana Thomas uba mu buhungiro mu gihugu cy’Ubufaransa, […]

Kamonyi: Umugore yumvise umugabo we n’undi mugore ‘bamutukira’ kuri telefone ahita atwika inzu n’ibirimo biba umuyonga

image_750x_60374ac187aaa.jpg

Umugore witwa Agnes utuye Mudugudu wa Murambi, Akagari ka Bibungo mu Murenge wa Nyamiyaga mu Karere ka Kamonyi, yumvise umugabo we, Damien ari kuvugana n’undi mugore kuri telefone ndetse bivugwa ko banamutukaga, ahita agira umujinya watumye atwika inzu babamo, irashya irakongoka n’ibiyirimo byose. Ibi Bybaye mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu tariki 24 Gashyantare […]

Amafoto: Inyoni idasanzwe y’ingabo ikaba n’ingore yabonetse muri Amerika

_117287261_b0852bc3-c42f-41bf-89d1-d526c21ec14b.jpg

Inyoni ifite imiterere y’igitsina ya kigabo igice kimwe, ikindi kiba ikigabo yabonetse muri Leta ya Pennsylvania muri Amerika. Ubusanzwe inyoni zo mu bwoko bwa Cardinals z’ingabo ziba zitukura mu gihe ingore ziba zijya gusa n’igitaka. Iyi nyoni yabonetse yo ivanzemo umutuku n’umweru n’ibara ry’igitaka, ibintu abahanga mu by’inyoni bituma bavuga ko iyi ari inyabibiri. Impuguke […]

RDC: Umuyobozi watangaje ko FDLR yishe Ambasaderi w’u Butaliyani, yirukanwe

Guverinoma ya Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) yirukanye umuyobozi w’ibiro bya Minisitiri w’Intebe wungirije/Minisitiri ushinzwe umutekano w’imbere mu gihugu, Bulakali Mululunganya Aristide azira gusinya no gusohora itangazo rishinja umutwe witwaje intwaro wa FDLR kwica Ambasaderi w’u Butaliyani n’abandi babiri. Bigaragara mu itangazo rya Minisitiri wungirije ushinzwe umutekano w’imbere, Innocent Bokele Walaka, yasinye ku wa […]

Umujyi wari ibirindiro bya BozizĂ© wafashwe n’ingabo zirimo iz’ u Rwanda

Minisitiri w’Intebe wa Centrafrique, Firmin Ngrebada yavuze ko ingabo z’iki gihugu zibifashijwemo n’iz’ u Rwanda n’ Uburusiya zafashe umujyi wa Bossangoa mu burengerezuba, ahari ibirindiro by’uwahoze ari perezida François BozizĂ©. BozizĂ© ashinjwa kuyobora inyeshyamba zatangiye kurwanya leta mu mezi macye ashize zigafata aharuta kimwe cya kabiri cy’igihugu. Ngrebada yanditse kuri Facebook ati: “Ndashima cyane ko […]

UEFA CL: Byasabye iminota 86 ngo Real Madrid itsinde Atalanta y’abakinnyi 10

Ikipe ya Real Madrid yaraye itegereje iminota 86 yose, kugira ngo ibashe gukura intsinzi y’igitego 1-0 kuri Atalanta bari bahuriye muri UEFA Champions league. Wari umukino ubanza wa 1/8 cy’irangiza Madrid yari yasuyemo Atalanta mu Butaliyani. Igitego cyo ku munota wa 86 w’umukino cya myugariro w’Umufaransa, Ferland Mendy ni cyo cyafashije iyi kipe y’umutoza Zinedine […]