Nyamasheke: Icyoba ni cyose mu bakozi bâumurenge wa Cyato nyuma yâibaruwa bandikiye Akarere bagaragaza akarengane
Abakozi 13 bâumurenge wa Cyato, mu karere ka Nyamasheke, baravuga ko badatuje nyuma yâibaruwa bandikiye ubuyobozi bwâAkarere kabo, aho bashinjaga umunyamabanga nshingwabikorwa wâumurenge wabo Ndanga Janvier, ibyaha 6 birimo kubabibamo amacakubiri, kubangisha abaturage, kubayoboza igitugu nâibindi, bakaba barasabaga ko byahagarara hakanozwa imikoranire, nyamara Akarere ngo aho kubumva, ibyifuzo byabo byatewe ishoti, bamwe bahanishwa kwimurirwa mu […]
Congo: Dénis Sassou Nguesso yatsinze mu matora Nyakwigendera Parfait Kolélas
Amajwi y’agateganyo y’ibyavuye mu matora y’Umukuru w’Igihugu cya Congo-Brazzaville, yerekana ko Perezida Denis Sassou Nguesso ari we watorewe kukiyobora; atsinze abarimo Nyakwigendera Guy-Brice Parfait KolĂ©las bari bahanganye. Uyu Guy-Brice Parfait KolĂ©las yitabye Imana ejo ku wa Mbere azize COVID-19, nyuma y’umunsi umwe amatora abaye. Ibyavuye mu matora by’agateganyo byatangajwe na Minisitiri w’Umutekano w’Imbere mu gihugu, […]
Igisirikare cya Kenya cyahishuye abasirikare ba mbere kibona ko bateye ubwoba

Urubuga rwâitangazamakuru rwâigisirikare cya Kenya (KDF) rwasohoye inkuru ihishura abasirikare rubona ko ari bo ba mbere bateye ubwoba muri iki gihugu. Aba basirikare nkâuko rubivuga ni abagize umutwe wihariye ushinzwe imitwariye yabo, bambara ingofero zitukura, uzwi nka âMilitary Policeâ. Umwe mu basirikare batanze ubuhamya kuri aba bagize umutwe wa Military Police nkâuko tubikesha Kenyans, yavuze […]
Uko waba usa kose, twese turi abantu_Jackie Chan
Umukinnyi wâimikino njyarugamba wamamaye muri filimi zitandukanye, Jackie Chan yahamagariye Isi kurwanya ivangura nâihohoterwa rishingiye ku ibara ryâuruhu, avuga ko nta shingiro rifite mu gihe âtwese turi abantuâ. Ni ubutumwa yatangarije ku rukuta rwe rwa Facebook kuri uyu wa 23 Werurwe 2021. Jackie Chan yagize ati: âIbara ryâuruhu iryo ari ryo ryose waba ufite, twese […]
Tanzania: Samia Suluhu yahishuye amagambo ya nyuma Magufuli yamubwiye mbere y’uko apfa
Perezida wa Tanzania, Madamu Samia Suluhu Hassan, yahishuye ko hari amagambo make Dr John Pombe Magufuli yasimbuye yamubwiye mbere y’uko yitaba Imana. Perezida Suluhu yabitangarije abanya-Tanzania ejo ku wa Mbere, ubwo yari i Dodoma mu murwa mukuru w’ubuyobozi wa Tanzania, mu muhango wo gusezera bwa nyuma kuri Magufuli. Agaruka ku byo Magufuli yamubwiye yagize ati: […]
Umugore yashakanye na mukuru w’ umugabo we nyuma y’ukwezi apfakaye

Umugore wo muri Nigeria yashakanye na mukuru w’umugabo, Muhammed Ahmad we wari umaze ukwezi kumwe apfuye, abantu batungurwa n’icyemezo cye. Umugabo w’uyu mugore yari asanzwe ari umusirikare wa Nigeria mu zirwanira mu kirere, yapfuye muri Gashyantare 2021, ubu umugore we yamaze gushyingiranwa na mukuru we, Aboubakar. Uyu musirikare yaguye mu mirwano yabahuje n’amabandi ahitwa Ungwan […]
Idamange yabwiye urukiko ko nta muntu yemerewe kuvugisha i Mageragere
Urukiko rwisumbuye rwa Gasabo rwaburanishije ubujurire bwa Idamange Iryamugwiza Yvonne ku cyemezo kimufunga by’agateganyo, arutangariza ko atemerewe kuvugana n’undi muntu muri Grereza ya Mageragaere aho afungiwe. BBC yari ihabaye itangaza ko Idamange yabwiye urukiko ko ashinganisha umutekano we muri gereza kuko atemerewe gushyikirana n’abandi bagororwa, avuga ko n’ugerageje kuvugana nawe ahamagazwa. Ubushinjacyaha bwaburanaga buri ku […]
Intumwa zo mu bihugu bya Commonwealth zaje kureba aho imyiteguro ya CHOGM 2021 igeze- Amafoto

Intumwa ziturutse mu bihugu bitandukanye bigize Umuryango wâIbihugu bikoresha Icyongereza (Commonwealth) ziri i Kigali mu rwego rwo gusura ahazabera inama no kuganira nâitsinda ritegura aho imyitegura yâinama ya CHOGM 2021 iteganyijwe kubera I Kigali guhera ku itariki ya 22 kugeza ku ya 24 Kamena, igeze. CHOGM ni inama iterana rimwe mu myaka ibiri igahuza abakuru […]
Nyanza: Bamaze imyaka 10 bishyuza ingurane zâubutaka bakuwemo
Abagera kuri 300 batuye mu Kagali ka Rwotso mu Murenge wa Kibilizi mu Karere ka Nyanza baravuga ko bamaze imyaka 10 basaba guhabwa ingurane cyangwa bagasubizwa ubutaka bwabo bakabukoresha. Ni abaturage bimuwe mu myaka 10 ishize babwirwa ko aho bari batuye hagiye kugirwa pariki yâinyamanswa, aho bemeza ko mu kubibasaba, ubuyobozi bwari bwabijeje ko buzabaha […]
Magufuli yatweretse ko Afurika yabaho idategereje inkunga zâamahanga_Kenyatta
Perezida wa Repubulika ya Kenya, Uhuru Kenyatta, kuri uyu wa 22 Werurwe 2021 yatangaje ko nyakwigendera Dr John Pombe Magufuli wayoboraga Tanzania yeretse Afurika ko yabaho idategereje inkunga zâamahanga. Yabitangarije mu muhango wo gusezera kuri Dr Magufuli, wabareye kuri sitade yâigihugu ya Dodoma, witabiriwe nâabandi bakuru bâibihugu nâabahagarariye za guverinoma. Perezida Kenyatta yagize ati: âMu […]
Dr Kayumba Christopher yahamagajwe na RIB

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwahamagaje Dr Kayumba Christopher ku kicaro gikuru cyarwo ku Kimihurura aho agomba kugira ibyo abazwa ku cyaha akekwaho kitaramenyekana. Mu rwandiko rw’ihamagazwa Dr Kayumba yohererejwe BWIZA yaboneye kopi, RIB yamusabye kwitaba ku kicaro cyayo kuri uyu wa kabiri tariki ya 23 Werurwe saa tatu z’igitondo. Nta mpamvu RIB yagaragaje yatumye ihamagaza […]
Nyabihu-Rugera: Umuturage avuga ko umukwe we yamuranduriye imyaka, amwiba konteri amubwira ko icyo azakora akizi
Umuturage witwa Samuel Ndekezi utuye mu Mudugudu wa Gaseke, Akagari ka Rurembo mu Murenge wa Rugera mu Karere ka Nyabihu, avuga ko umukwe we, Nkurunziza Oswald yamuranduriye imyaka irimo ibishyimbo, inyanya, ibigori, kumwiba konteri, ubu akaba afite ubwoba ko azamutemera inka cyangwa akamugirira nabi kuko yamubwiye ko icyo azakora akizi. Ndekezi yatangarije BWIZA ko azi […]
Australia: Abantu bagaragaye baterera akabariro mu ntebe yo mu nteko ishinga amategeko
Hari amashusho yagaragaje abakozi bo mu nteko ishingamategeko ya Australia bakora igikorwa cy’imibonano mpuzabitsina mu nzu y’inteko, ibi byatumye umwe mu bakozi bakuru yirukanwa. BBC ivuga ko ibi byongereye ibikorwa byo kunenga politiki “mbi” bimaze iminsi biriho muri iki gihugu kubera imigirire ya bamwe mu banyapolitiki. Amwe muri ayo mashusho yerekana uwo mukozi akorana bimwe […]
Perezida Ndayishimiye nâitsinda ririmo abagize guverinoma bagiye mu Misiri
Perezida wâu Burundi, Evariste Ndayishimiye, umufasha we nâitsinda ririmo abagize guverinoma bagiriye uruzinduko rwâakazi mu Misiri kuri uyu wa 23 Werurwe 2021. Itangazo ryasohowe nâUmuyobozi wâIbiro byâUmukuru wâIgihugu, Ambasaderi Willy Nyamitwe rivuga ko itsinda ryâabayobozi ryajyanye na Perezida Ndayishimiye mu Misiri rigizwe na bane mu bagize Guverinoma ndetse nâabandi 10 bikorera ku giti cyabo. Bagiyeyo […]
Perezida Kagame asanga umutekano wâabanyeshuri birirwa kuri internet ukwiye kurindwa
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame asanga umutekano wâabanyeshuri birirwa kuri internet ukwiye kurindwa bitewe nâigihe kinini bamaraho cyarushijeho kwiyongera kubera ibihe bya Covid-19 byatumye abanyeshuri batakaza umwaka wose wâamasomo. Yabitangaje kuri uyu Wa Mbere mu nama ya Komisiyo Mpuzamahanga yâUmuyoboro Mugari wa Interineti yahuriyemo nâumushoramari Carlos Slim, Umuyobozi Mukuru wa UNESCO, Audrey Azoulay, ndetse nâUmuyobozi […]
Perezida Kagame na Tshisekedi bafatiye imitwe yitwaje intwaro ingamba nshya
Mu cyumweru gishize abakuriye inzego za gisirikare mu Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bahuriye i Kinshasa mu nama yafatiwemo ibyemezo bifitiye inyungu umutekano w’ibihugu byombi. Ku ruhande rw’u Rwanda iyi nama yitabiriwe n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen Jean Bosco Kazura; mu gihe Congo Kinshasa yari ihagarariwe na François Beya Kasonga, Umujyanama wihariye […]
Kagame ayoboye Afurika, yakemura ibibazo byayo_Magufuli yasize abivuze
Nyakwigendera Dr John Pombe Magufuli wayoboye Repubulika Yunze Ubumwe ya Tanzania, yasize avuze ko Perezida wa Repubulika yâu Rwanda, Paul Kagame, ayoboye umugabane wa Afurika, yakemura ibibazo byawo. Ni ijambo Dr Magufuli yavugiye imbere yâabayobozi bakomeye muri Tanzania nâabahagarariye ibihugu byabo tariki ya 8 Nyakanga 2018, ubwo yari amaze kwakira indege nshya ya Boeing 787-8 […]
VIDEO: Umuhanzi Fizzo Mason aravugwaho kujya mu Bapfumu no gukoresha amarozi “nabo bazageyoni baba Haters
Gen KAZURA muri RDC||Abaperezida 10 basezeyeho MAGUFULI#ISANZURE
Kurikira ibiganiro nâamavidewo binyura kuri Bwiza TV
USA: Abantu 10 bishwe barasiwe mu isoko
Umugabo witwaje imbunda yishe abantu 10, barimo n’umupolisi, nyuma y’impagarara zamaze amasaha mu isoko ry’imboga ryo muri Leta ya Colorado, nkuko polisi y’Amerika ibivuga. Icyo gitero cyabereye mu mujyi wa Boulder, cyarangiye hari inkomere itambaye ishati icyekwaho kukigaba, ivanwa mu isoko rizwi nka King Soopers. Ukurasana kwatangajwe kurimo kuba n’ababibonye biba, guca ku rubuga rwa […]
Umusaza wasezerewe mu gipolisi ku bwa Obote, aracyatakambira Leta ngo imuhe amafaranga yâikiruhuko

Umusaza Joseph Bataziine wâimyaka 89 yâamavuko, wasezerewe mu gipolisi cya Uganda ku butegetsi bwa Milton Obote mu mwaka wâ1984, aratakambira Leta ngo imuhe amafaranga yâikiruhuko cyâizabukuru nyuma kuko ntarayahabwa kuva icyo gihe. Bataziine ubu atuye mu gace ka Rugando mu Karere ka Rwampara, avuga ko ubwo yari umupolisi mu gipolisi cya Uganda, yari afite ipeti […]