Nyamasheke: Urujijo ku nguzanyo ya banki ikomeje kubera umuzigo abahinzi bâicyayi

Bamwe mu bahinzi bâicyayi bibumbiye muri koperative COTHEGA ikorera mu Murenge wa Karambi mu Karere ka Nyamasheke baravuga ko bakomeje kwikorezwa umutwaro batazi igihe bazaturira, watewe nâimicungire mibi yâabayiyoboye mbere, urimo inguzanyo ya miliyari zirenga 3 nâigice ya BRD bamaze imyaka nâimyaniko bishyura nyamara abenshi bakavuga ko bishyura ibyo batazi batanafashe, bagasaba Leta gufashwa kudakomeza […]
Ubushobozi bwâingabo za Kenya zirwanira mu kirere (Imibare)

Igisirikare cya Kenya (KDF) kiri ku mwanya wa 83 mu 140 bigaragara kuri raporo nshya ya Global Fire Index (GFI) igereranya ubushobozi bâibisirikare bitandukanye ku Isi. GFI ivuga ko ingabo za Kenya zirwanira mu kirere, KAF (Kenya Air Force) zifite indege zibarirwa mu 150 zirimo indwanyi, izishinzwe ubwikorezi, izifashishwa mu myitozo, izoherezwa mu butumwa bwihariye […]
SA MAJESTE LE ROI Mohammed VI exprime Sa solidarité au Roi Abdallah II de Jordanie
SA MAJESTE LE ROI Mohammed VI a eu un entretien tĂ©lĂ©phonique, ce dimanche matin 4 avril, avec SA MAJESTE LE ROI Abdallah II de Jordanie aprĂšs les Ă©vĂ©nements intervenus dans ce pays, la veille samedi. Selon un communiquĂ© du Cabinet Royal, « Cet entretien tĂ©lĂ©phonique a Ă©tĂ© lâoccasion de rassurer SA MAJESTE LE ROI de […]
Umusirikare wa Kenya yaguye mu mirwano hagati ye nâumugore we
Umusirikare mu Gisirikare cya Kenya (KDF) yahuye nâurupfu nyuma kurwana nâumugore we mu rugo rwabo ahitwa Kahawa Wendani. Uyu musirikare wâimyaka 37 witwa Daniel Omollo Onyango, byatangajwe ko yapfuye ubwo yagezwaga ku Kigo Nderabuzima cya Kahawa, muri Kiambu. Amakuru yatangajwe na polisi avuga ko iyi mirwano yadutse kuri iki Cyumweru cya Pasika, nyuma ya saa […]
Umugore wâimyaka 85 yishwe nâimbwa zimusanze iwe
Umugore wâimyaka 85 kuwa Gatanu yishwe nâimbwa ebyiri zâimpehe zimusanze mu busitani bwâiwe ahitwa Rowley Regis, hagati mu gihugu cyâu Bwongereza nk’uko byatangajwe kuri iki Cyumweru . Nyakwigendera witwa Lucille Downer, yari mu busitani bwe ubwo izi mbwa zinjiraga iwe ziciye mu cyanzu cyo mu ruzitiro. Nyuma yâakanya ziri kumugaragura, byarangiye uyu mugore wari ugeze […]
Tanzania yahagaritse ibiciro bya âinterinetiâ byari byurijwe
Leta ya Tanzania yafashe icyemezo cyo guhagarika byâagateganyo ibiciro bya âinterinetiâ byari byurijwe nâibigo byose byâitumanaho, tariki ya 2 Werurwe 2021. Kuri uwo munsi ni bwo ibi bigo byakoze amavugurura ku biciro byâitumanaho birimo ibyo: guhamagara, kohereza ubutumwa ndetse na interineti; mu rwego rwo kubijyanisha nâamabwiriza mashya yâurwego rwâigihugu rugena imikorere yabyo, TCRA (Tanzania Communications […]
Perezida Paul Kagame ategerejwe mu ruzinduko mu Buhinde mu mpera za Mata
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, ategerejwe mu gihugu cyâu Buhinde mu mpera zâuku kwezi kwa kane, mu ruzinduko rwa mbere rwâumukuru wâigihugu wo muri Afurika mu Buhinde kuva icyorezo cya Covid-19 cyaduka nkâuko biri gutangazwa nâibinyamakuru bitandukanye byo mu buhinde birimo Dnaindia.com dukesha iyi nkuru. Ibihugu byâu Rwanda nâu Buhinde byakomeje kugaragaza imibanire myiza yanagaragaye […]
Indi Ntambara yâIsi ishobora gutangirira muri Ukraine mu gihe kitarenze ukwezi

Impuguke zatanze umuburo zivuga ko indi ntambara yâIsi ishobora kwaduka mu byumweru bine biri imbere nyuma yâaho Perezida Vladimir Putin akomeje kurunda ingabo nâibikoresho biremereye ku mupaka wâu Burusiya na Ukraine. Uruhererekane rwâibimodoka byâintambara byâimitamenwa bya âTanksâ nâizindi modoka za gisirikare zisanzwe zâimitamenwa byatwarwaga ku bwinshi byafotowe byerekezwa mu burasirazuba bwa Ukraine hafi yâintara ya […]
Umuraperi Earl Simmons uzwi nka DMX ari hagati yâurupfu nâubuzima
Umuraperi wâUmunyamerika Earl Simmons uzwi nka DMX yajyanwe huti huti mu bitaro nyuma yo gufata ibiyobyabwenge birengeje urugero aho bivugwa ko ari hagati yâurupfu nâubuzima. Urubuga rwa TMZ nirwo rwashyize aya makuru ku mugaragaro bwa mbere ruvuga ko uyu muraperi uvuka muri Leta ya New York yakiriwe mu bitaro bya White Plains. Amakuru atandukanye yatangazwaga […]
Kwizihiza Pasika ntibibe intandaro yo kwirara-Impanuro ya CP Kabera
Umuvugizi wa Polisi yâu Rwanda, CP John Bosco Kabera yifurije abaturarwanda Pasika nziza ariko abasaba kutirara kuko byaha icyuho ikwirakwira ry’icyorezo cya Covid-19. Ni ubutumwa yatangiye ku rubuga rwa Twitter, mu gihe kuri uyu wa 4 Mata 2021 bamwe mu bakristo bizihiza uyu munsi wibukirwaho izuka rya Yesu Kristo, umwami nâumukiza wâabamwizera. CP Kabera yagize […]
Mu Bwongereza barindwi bamaze gupfa nyuma yo gukingirwa na AstraZeneca
Abantu barindwi nibo bamaze gupfa mu Bwongereza bitewe no kwibumba kwâamaraso nyuma yo guhabwa urukingo rwa AstraZeneca nkâuko byatangajwe nâikigo gishinzwe imiti muri iki gihugu. Ibi bije nyuma yâaho mu minsi ishize hakomeje kugaragara abantu bakeya bagizwe ingaruka zo kwibumba kwâamaraso nyuma yo guhabwa uru rukingo ndetse mu bihugu bimwe na bimwe bakaba bari bahagaritse […]
Umwami wazutse, adukunda bitagira umupaka_Ubutumwa bwa Papa Francis kuri Pasika
Uyu munsi tariki ya 4 Mata 2021, Isi irizihiza umunsi wa Pasika wibukirwaho izuka rya Yezu/Yesu Kristo, umwami akaba nâumucunguzi wâabamwemera. Umushumba wa Kiliziya Gatolika ku Isi, Papa Francis yageneye abemera uyu munsi ubutumwa burimo ubibutsa ibyâurukundo Yezu abakunda, ahamya ko rutagira umupaka. Bigaragara mu butumwa butandukanye yanditse ku rubuga rwa Twitter mu ijoro ryo […]
Kenya yihimuye ku Bwongereza
Repubulika ya Kenya, kuri uyu wa 3 Mata 2021 yihimuye ku Bwongereza bwayishyize ku rutonde rutukura rubuza abayiturukamo kujyayo, mu rwego rwo gukumira ubwandu bushya bwâicyorezo cya Covid-19 bwabonetse mu bihugu birimo Afurika yâEpfo na Brazil. Ni icyemezo Guverinoma ya Kenya ifashe nyuma yâumunsi umwe u Bwongereza bwongereye iki gihugu kuri uru rutonde ruriho ibihugu […]
VIDEO: Apostle Mutabazi : Kureka Dr Kayumba akinjira mu kibuga bazibarangura/Arusha imbaraga opozisiyo yose
Apostle Mutabazi asanga leta nirekaDr Kayumba, akinjira mu kibuga cya politike azibarangura nabo , ngo kuko arusha imbaraga opozisiyo yose yo mu Rwanda uyiteranyije. Kurikira ibiganiro nâamavidewo binyura kuri Bwiza TV