Euro: U Bufaransa na Portugal byaguye miswi mu mukino wabonetsemo Penaliti 3
Ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, Les Bleus n’iya Portugal, zanganyije ibitego 2-2 mu mukino wa Euro wari utegerejwe n’abatari bake. Ni nyuma y’uko Portugal yari yatsinze u Bufaransa ku mukino wa nyuma wa Euro 2016 ibutwarira igikombe imbere y’abafana babwo, ku buryo byari byitezwe ko bushobora kwihorera. Igice cya mbere cy’uyu mukino usoza itsinda F cyarangiye […]
Ngozi: Abarundi baratabaza, ngo Abanyarwanda babarandurira imyaka
Abarundi batuye mu ntara ya Ngozi iri mu majyaruguru y’uburengerazuba bw’igihugu baratabaza bavuga ko hari urubyiruko ruva mu Rwanda rugiye kwahira ubwatsi, ngo rusiga rubaranduriye imyaka. Iki kibazo bakigejeje ku Munyamabanga Uhoraho mu nama nkuru ishinzwe umutekano, Col. Pierre Claver Nzisabira ubwo yasuraga komine eshatu: Nyamurenza, Kirangara na Kiremba mu Ntara ya Ngozi, kuri uyu […]
Covid-19: Rues de la ville fermées pour créer un espace pour les restaurants en plein air

Alors que les cas de Covid-19 continuent d’augmenter dans la ville de Kigali, les autorités ont mis en place des mesures où certaines rues de la ville sont fermées pour créer un espace pour les restaurants. Cela est fait pour encourager plus d’activités en plein air et éviter plus d’espaces fermés, ce qui, selon les […]
U Burusiya bwakoresheje za bombe mu gusubiza inyuma ubwato bw’Abongereza
U Burusiya buratangaza ko ingabo zabwo zarashe amasasu yo kuburira ndetse zigatera za bombe kugira ngo zibuze ubwato bwa gisirikare bw’u Bwongereza kwinjira mu mazi y’inyanja y’umukara kuri uyu wa Gatatu, ibintu u Bwongereza buhakana ko byabaye. Minisiteri y’ingabo y’u Burusiya ivuga ko ubwato bw’igisirikare cyo mu mazi cy’u Bwongereza, HMS Defender “bwabanje guhabwa umuburo […]
Video: Umudipolomate yagaragaye ari kunyara mu muhanda
Umugabo wari mu modoka y’abadipolomate mu muhanda nyabagendwa muri Nigeria, yagaragaye asohoka, anyara ku muhanda ahegereye aho abanyamaguru banyura. Uyu bigaragara ko ari uwo mu bihugu by’Abera, ntibyamenyekanye igihugu akomokamo gusa imodoka yarimo, yari ifite pulake za ambasade. Ibi byavugishije abatari bake ku mbuga nkoranyambaga, banenga imyitwarire nk’iyo. Hari n’abavuze ko ari ugusuzugura Nigeria cyane […]
Madagascar: Abantu bari kurya ibyondo kubera inzara ikomeje guca ibintu
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku biribwa (PAM), rivuga ko amapfa amaze imyaka 40 yaribasiye amajyepfo ya Madagascar yatumye abatari bake bibasirwa n’inzara ikomeye. PAM yatangaje aya makuru nyuma y’uruzinduko umuyobozi wayo, David Beasley, aherutse kugirira muri kariya gace. Beasley mu itangazo yasohoye, yavuze ko nta mfashanyo ibonetse mu maguru mashya, abarenga 500,000 bagirwaho ingaruka zikomeye […]
Igikomangoma Charles cyahaswe ibibazo ku kugira uruhare mu rupfu rwa Diana
Igikomangoma Charles cyahaswe rwihishwa ibibazo n’Igipolisi cy’u Bwongereza mu 2005 kubera ibirego byavugaga ko ari cyo cyateguye umugambi wo kwica uwahoze ari umugore we, Igikomangomakazi Diana. Ku wa mbere, John Stevens wahoze ayobora Igipolisi cy’u Bwongereza kizwi nka Scotland Yard, yatangarije ikinyamakuru DailyMail cyo mu Bwongereza ko yagombaga “gukurikira ibimenyetso” no kubaza igikomangoma cya Wales […]
Ntitwahindura ahahise ariko ahazaza birashoboka- Sankara
Nsabimana Callixte uzwi nka Major Sankara yabwiye urukiko ko asaba imbabazi kuko ari cyo kintu cyonyine cyubatse u Rwanda rukaba rugeze iki gihe rugihagaze nk’igihugu, asaba imbabazi kuko guhinduka bishoboka na we akaba yakora ibyiza. Mu rukiko ku Kacyiru mu Karere ka Gasabo, kuri uyu wa 23 Kamena 2021, mu mwambaro uranga imfungwa, yambaye n’agapfukamunwa […]
Mu mashuri 10 ya gisirikare meza ku Isi harimo rimwe gusa ryo muri Afurika

Amashuri y’ubuyobozi bwa gisirikare kugeza ubu yakomeje kuba imwe mu miyoboro mu gutegura abayobozi b’igihugu ku Isi bagiye bagirira akamaro ibihugu byabo ndetse n’Isi muri rusange. Hano hari amwe mu mashuri meza ya gisirikari ariho ku Isi kugeza ubu nk’uko tubikesha militarymedia.net. 1. United States Military Academy (West Point) Iri shuri ritanga integanyanyigisho yuzuye igamije […]
Mico The Best yajyanwe kwa muganga igitaraganya
Umuhanzi Mico The Best yafashwe n’uburwayi butunguranye ahita ajyanwa kwa muganga igitaraganya. Hari amakuru ko Mico the Best yasanzwemo umunaniro ukabije, ingingo imusaba kuruhuka. Uhujimfura Claude ureberera inyungu z’abahanzi bakorera umuziki wabo muri KIKAC Music, yavuze ko uyu muhanzi yafashwe n’uburwayi mu ijoro ryo kuri uyu wa 22-23 Kamena 2021 aza kujyanwa kwa muganga mu […]
Hamisa Mobetto yirukanishije umukunzi wa Rick Ross
Umunyamiderikazi Hamisa Mobetto wabyaranye n’umuhanzi Diamond Platmunz, arashinjwa kwirukanisha umukunzi w’umuraperi w’Umunyamerika, William Leonard Roberts II uzwi nka ‘Rick Ross’. Inkuru y’urukundo rwa Rick Ross n’uyu munya-Tanzaniakazi imaze igihe ivugwaho cyane ku mbuga nkoranyambaga, yemwe aba bombi banakomeje guca amarenga y’urukundo rwabo binyuze mu magambo asize umunyu babwirana ku rubuga rwa Instagram. Mu bihe bitandukanye […]
Biryogo: Ba nyir’amaresitora bemerewe gushyira intebe n’ameza mu mihanda
Kuri uyu wa 22 Kamena 2021, ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwakoze ubugenzuzi ku buryo ingamba zo kurwanya icyorezo cya Covid-19 ziri kubahirizwa mu Kagari ka Biryogo, Umurenge wa Nyarugenge. Bitewe n’ubucucike bukunze kugaragara ku maresitora yaho bikagorana kubahiriza izi ngamba nko guhana intera, ubu buyobozi bwafashe icyemezo cyo gufunga imihanda itatu: KN 113 St, KN […]
Pakistani: Abatemera urukingo rwa Covid-19 bagiye gufungirwa telefone
Ubuyobozi bw’Intara ya Punjab muri Pakistani bwatangaje ko mu buryo budasubirwaho bugiye gutangira gufunga (block) telefone z’abantu batemera kwakira urukingo rw’icyorezo cya Covid-19. France 24 ivuga ko Umuvugizi w’urwego rw’ubuzima muri Punjab, Hammad Raza ku wa Gatanu w’icyumweru gishize yatangaje ko ubuyobozi bw’iyi ntara mbere bwari bwaratanze iki gihano nk’igitekerezo, kugira ngo abaturage bemere urukingo. […]
Abasirikare bavuye mu Ishuri rya gisirikare rya Bangladesh bari mu rugendoshuri mu Rwanda

Intumwa z’abasirikare bakuru 47 baturutse mu ishuri rikuru rya gisirikare rya Bangladesh ( Bangladesh National Defence College) ziri mu Rwanda mu rugendoshuri mu Rwanda kuva ku itariki ya 20 kugeza ku ya 24 Kamena 2021. Iri tsinda rigizwe n’abanyeshuri baturutse mu bihugu bitandukanye birimo Bangladesh, u Buhinde, Malaysia, Nepal, Indonesia na Sudani y’Epfo. Izi ntumwa […]
RDC: Gen Ndima yatangaje ko hari gahunda yo guhanaguraho FDLR
Guverineri wa Gisirikare w’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru, Lt Gen Ndima Kongba Constant, yatangaje ko hagiye gutangira ibikorwa bya gisirikare byo guhanaguraho imitwe yitwaje intwaro ifite ibirindiro muri Pariki y’igihugu ya Virunga. Gen Ndima yabitangaje ejo ku wa Kabiri, ubwo yaganiraga n’itangazamakuru mu gace ka Kitchanga muri Teritwari ya Masisi. Yavuze ko umutwe wa FDLR ugambiriye […]
Uganda: Abaminisitiri hafi 20 ntibarahiye kubera impamvu zifitanye isano na Covid-19
Abagize guverinoma nshya ya Uganda bagera muri 17 bananiwe kwitabira umuhango w’irahira kuwa mbere ushize , aho bamwe bananiwe kugera aho bagombaga kurahirira ku Rubuga rw’Ubwigenge rwa Kololo kubera ko bamwe bishyize mu kato kubera guhura n’abanduye Covid-19, abandi barimo kuvurwa, mu gihe abandi bapfushije ababo n’izindi mpamvu. Uza imbere ku rutonde rw’abo baminisitiri batabashije […]
Urutonde rw’imijyi 10 yo muri Afurika abayituyemo bazi ko isaha iyo ari yo yose bajya mu kaga
Urubuga Numbeo rusanzwe rushyira hanze uko imijyi ihagaze mu gushyira mu kaga ubuzima bw’abaturage bayibamo ( Crime Index), mu 2021 rwerekanye imijyi yo muri Afurika kuyibamo, biba bizwi ko bishoboka ko isaha iyo ari yo yose umuntu yagirirwa nabi. Numbeo itangaza ko mu kugena uko imijyi ikurikirana kuri iyi ngingo, yagiye ireba ibirimo: impungenge zo […]
Col. Pascal Muhizi yazamuwe mu ntera
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’ingabo z’igihugu, Paul Kagame, kuri uyu wa 23 Kamena 2021 yazamuye mu ntera Col. Pascal Muhizi, amuha ipeti rya Brigadier-General. Nk’uko itangazo ryaturutse mu biro bya Minisiteri y’Ingabo ribivuga, Col. Muhizi ahise ahindurirwa ipeti. Brigadier-General Muhizi asanzwe ayobora ingabo z’u Rwanda (RDF) mu turere twa Rubavu, Nyabihu […]
Goma: Abarwanyi ba FDLR barambitse intwaro, biteguye gutaha mu Rwanda
Kuri uyu wa 22 Kamena 2021, igisirikare cya Repubulika ya Demukarasi ya Congo cyatangaje ko cyakiriye abarwanyi 134 b’imitwe yitwaje intwaro bemeye kuzirambika, bagasubira mu buzima busanzwe. Muri aba barwanyi, harimo: 50 ba Nyatura CMC, 47 ba APCLS, 32 ba Nyatura Bazungu na 5 ba FDLR-FOCA, umutwe urwanya Leta y’u Rwanda. Mu barwanyi ba FDLR […]
OPINION: Gukunda igihugu n’iki, ijambo rikunzwe gukoreshwa// kwanga igihugu se byo bigenda gute?
Harmonize yakarabye inzoga yubahwa n’ibyamamare ku Isi

Icyamamare mu muziki wa Tanzania, Rajab Abdul Kahali kizwi nka Harmonize, cyagaragaye gikaraba inzoga ya Belaire yubashywe cyane n’ibyamamare ku Isi. Ifoto ya Harmonize akaraba iyi nzoga yatangiye gukwirakwira ku mbuga nkoranyambaga zo muri Tanzania mu ntangiriro z’iki cyumweru. Agaragara ateze intoki, bamufashije icupa rya Belaire, baricurika mu ntoki, akaraba bisanzwe nk’ukaraba amazi, yifashishije n’isabune. […]
Uwahoze ari Perezida wa Mauritania, Mohamed Ould Abdelaziz yafunzwe
Kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 22 Kamena, umucamanza w’iperereza w’urukiko rwa Nouakchott, umurwa mukuru wa Mauritania, wumvise uwahoze ari perezida wa Mauritania, Mohamed Ould Abdelaziz, yahisemo kumufunga. Hafashwe ingamba zikomeye z’umutekano zari zakajijwe mu nkengero z’urukiko mu gihe cy’iburanisha ry’uwahoze ari umukuru w’igihugu, hamwe no gutangaza icyemezo cyo kumusubiza muri gereza. Ould Abdelaziz azashyirwa […]
Imirwano ikaze yubuye mu Ntara ya Tigray
Amakuru avuga ko imirwano ikaze yadutse mu bice byinshi by’akarere ka Tigray mu majyaruguru ya Ethiopia hagati y’inyeshyamba n’ingabo za leta. Umutwe w’inyeshyamba wo muri Tigray uzwi nka Tigray Defence Force (TDF) wavuze ko wafashe imijyi myinshi, aho ababibonye babwiye BBC ko babonye abarwanyi b’uyu mutwe bagenzura iyo mijyi. Umuvugizi w’inyeshyamba, Gebre GebreTsadiq yavuze ko […]