Bimwe mu bishobora gutuma uzinukwa iPhone

iPhone ni imwe muri telefone za mbere abantu benshi bemeza ko ari nziza bitewe n’imwe mu mikorere yazo yihariye, by’umwihariko ku buryo ifotora n’uko ifata amashusho. Urubuga Daily Entertainment ruzwiho gukora ibyegeranyo byihariye ruvuga ibibazo rusange abafite iyi telefone bakunze guhura nabyo. Turavugamo bine by’ingenzi. Ububiko bw’umuriro (battery) burakemangwa Mu buzima bw’iki gihe, umuntu akenera […]

Ibihumbi by’Abanya-Ethiopia byazindukiye mu myigaragambyo yo gushyigikira guverinoma

i334nvg5tfjjnjju4cnnjqakwe.jpg

Ibihumbi n’ibihumbi by’abaturage ba Ethiopia kuri iki Cyumweru bazindukiye mu myigaragambyo yo gushyigikira Guverinoma ya Abiy Ahmed ihanganye n’inyeshyamba zishaka kwigarurira umurwa mukuru. Bamwe mu bigaragambya bamaganye Leta Zunze Ubumwe za Amerika ziri mu bihugu byasabye ihagarikwa ry’imirwano hagati y’ingabo za Ethiopia n’inyeshyamba ziyobowe na TPLF, bakajya mu biganiro. Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Akanama […]

Gen. Kainerugaba yimye amatwi Byanyima wamusabye gusiba ubutumwa buvuga kuri Tigray

Umugaba w’ingabo za Uganda zirwanira ku butaka akaba n’umuhungu wa Perezida Yoweri Kaguta Museveni, Lt. Gen. Muhoozi Kainerugaba yimye amatwi umugore wa Dr Kizza Besigye, Winnie Byanyima wamwinginze amusaba gusiba ubutumwa bwe bwerekeye intambara iri hagati ya Leta ya Ethiopia n’abarwanyi ba TPLF baharanira ubwigenge bw’akarere ka Tigray. Ubu butumwa bwa Gen. Kainerugaba ni ubwo […]

Umunyamakuru MBARUSHIMANA Jean Paul ariyamamariza gutorerwa kuba Umujyanama rusange mu karere ka Gakenke

Nyuma y’aho Komisiyo y’Igihugu y’Amatora itangarije itariki yo gutangira kwiyamamaza ku bajyanama rusange bazajya mu turere, MBARUSHIMANA Jean Paul wamenyekanye cyane mu Itangazamakuru akaza no kujya gukora mu nzego za Leta nawe yasohowe ku Rutonde rw’abiyamamaza ndetse yatangiye no kwiyamamaza gutorerwa kuba Umujyanama rusange w’akarere ka Gakenke. MBARUSHIMANA JEAN PAUL avuga ko yahisemo kwiyamamaza kuri […]

Bimwe mu bigo by’abacanshuro bizwi bikomeye ku Isi

russian-_contractors_-in-the-service-of-the-kremlin-wagner-group-syria2.jpg

Ikintu gishya cyakomeje kugaragara mu ntambara mu mpera z’ikinyejana cya 20 no mu ntangiriro z’ikinyejana cya 21 ni ibigo bya gisirikare byigenga ndetse n’abashoramari bigenga. Buri ntambara iratandukanye, ariko zose bafite icyo zihuriyeho, nuko abasirikari bakuru bose cyangwa abayobozi b’ingabo, usibye ingabo zisanzwe baba bafite, bashaka gushimangira imbaraga zabo bakoresheje abasirikare bazi kurwana, kandi bakemera […]

Urukiko Rwisumbuye rwa Huye rugiye gusomera uwakubise nyina akamukomeretsa

Kuri uyu wa Mbere, itariki 08 Ugushyingo, Urukiko Rwisumbuye rwa Huye rurasoma urubanza rwumusore w’imyaka 29 wakubise nyina akamukomeretsa amuziza imitungo. Mu ntangiriro z’iki cyumweru dusoza nibwo mu cyumba cy’iburanisha cy’Urukiko Rwisumbuye rwa Huye haburanishirijwe urubanza Ubushinjacyaha buregamo umusore w’imyaka 29 wakubise nyina aramukomeretsa. Ni icyaha cyakozwe mu ijoro ryo ku wa 28 Nzeri 2021 […]

Leta ya Chad irahamagarira imitwe yitwaje intwaro iyirwanya kujya mu biganiro by’amahoro

Leta ya Chad irahamagarira imitwe yitwaje intwaro iyirwanya kwihuriza nayo mu biganiro by’amahoro mu rwego rwo gushaka ubwiyunge bwatuma impande zombi zifatanyiriza hamwe mu kubaka igihugu. Umuvugizi wa Guverinoma, Abderaman Koulamallah mu kiganiro yagiranye n’umunyamakuru wa RFI, asubiza ibyifuzo by’umuyobozi w’umutwe witwaje intwaro urwanya ubutegetsi bwa Chad, Timane Erdimi. Mu byifuzo bya Timan harimo ko […]

Minisitiri w’Intebe wa Irak, Mustafa al-Kadhimi, yarusimbutse

Minisitiri w’Intebe wa Irak, Mustafa al-Kadhimi, aravuga ko yaraye arusimbutse mu gitero cyagabwe aho atuye mu murwa mukuru, Baghdad mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatandatu. Abayobozi bo muri Irak baravuga ko inyubako ya minisitiri w’Intebe, al-Kadhimi yagabweho igitero cya drone yari itezemo ibisasu bivugwa ko cyari kigamije kumuhitana. Amakuru yari yashyizwe ahagaragara mbere yavugaga […]

Nyamasheke/Karambi: Bifuza kongererwa inguzanyo no kugabanirizwa inyungu bazitangaho kubera Covid-19

umucungamutungo_wa_karambi_vision_sacco_bumbali_machiavel_aavuga_ko_hakozwe_byinshi_ngo_ibyifuzo_by_abaturage_bisubizwe_kandi_ko_aho_bishoboka_ubuvugizi_buzakomeza.jpg

Abanyamuryango ba Karambi Vision SACCO (KVS) ikorera mu murenge wa Karambi mu karere ka Nyamasheke bakoraga imirimo y’ubucuruzi, ubuhinzi n’ubworozi, ubukorikori,gutwara ibintu n’abantu, n’indi bavuga ko yagizweho ingaruka na COVID-19, barashimira Leta yabagobotse ikabaha inguzanyo izahura imikorere yabo yagizweho ingaruka na COVID-19 ku nyungu nto cyane ngo babashe kongera gukora, bakayisaba ariko kongera kureba uko […]

Simba SC yabonye umutoza mushya watoje Real Madrid na Getafe

Simba Sports Club yo muri Tanzania kuri uyu wa 6 Ugushyingo 2021 yatangaje ko yabonye umutoza mushya witwa Pablo Franco MartĂ­n wo muri Esipanye. Mu itangazo yashyize ahagaragara mu masaa moya y’umugoroba, Simba SC yagize iti: “Twishimiye gutangaza Pablo Franco nk’umutoza wacu mukuru.” Amateka ya Franco agaragaza ko yatoje amakipe 11 kuva mu mwaka w’2008, […]

Kenya: Ukutumvikana kwatumye abanya-Uganda 6 barimo ‘Major’ n’abayobozi muri Guverinoma bafungwa

Inzego zishinzwe umutekano za Kenya zataye muri yombi abanya-Uganda batandatu (6) barimo Major mu gisirikare cy’iki gihugu n’abakozi bakuru muri Minisiteri y’Ubuhinzi, Ubworozi bw’amatungo n’amafi bitewe no kutumvikana. Daily Monitor yatangaje ko uyu musirikare n’aba bapolisi bafatiwe ku mupaka wa Busia uhuza Uganda na Kenya, ubwo bari bagiye kureba imikorere y’isoko ry’amafi muri iki gihugu […]

Burundi: Igisirikare cyakozanyijeho n’inyeshyamba mu ishyamba rya Kibira

Kuri uyu wa Gatanu ushize igisirikare cy’u Burundi cyacakiranye n’inyeshyamba mu Ishyamba rya Kibira ku nkengero z’uruzi rwa Buhora mu gace ka Rurarenda-Rwantsinda muri Zone ya Rwantsinda muri Komini Bukeye, mu Ntara ya Muramvya, kicamo inyeshyamba ebyiri igisirikare kitaratangaza imyirondoro yazo. Imirwano yabaye ubwo abasirikare bari ku irondo bageze hagati y’imidugudu ya Rurarenda na Rwantsinda, […]

Perezida Kagame yikomye Uganda ku gutanya umuryango we n’uwa Fred Rwigema

Perezida Paul Kagame yongeye kwikoma igihugu cya Uganda, agaragaza ko Politiki yacyo yo ‘kwivanga mu mibereho y’Abanyarwanda’ no gushuka bamwe muri bo bakizezwa ibitangaza biri mu byashwanishije umuryango we n’uwa nyakwigendera Maj Gen Fred Gisa Rwigema. Perezida Kagame yabigarutseho ejo ku wa Gatandatu, mu bukwe bwa Teta Gisa Rwigema, umukobwa wa Maj Gen Fred Rwigema. […]

Igitutu cy’ingabo z’u Rwanda, iza CAR n’iz’Abarusiya cyatumye BozizĂ© na bagenzi be bahungira muri Chad

Uwabaye Perezida wa Repubulika ya Centrafrika (CAR), François BozizĂ© na bamwe mu bayobozi bakuru b’imitwe irwanya ubutegetsi bw’iki gihugu barimo Maxime Mokom wa Anti-Balaka, Al-Khatim wa MPC na General Bobo wa 3R bahungiye muri Chad babitewe n’igitutu bari bakomeje gushyirwaho n’ingabo z’u Rwanda zifatanyije n’iza CAR hamwe n’iz’u Burusiya. Aya makuru Guverinoma ya Chad yayahamirije […]

Sinshaka ko umuhungu wa Fred yaba hanze cyangwa yaba impunzi_Perezida Kagame

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yasabye umuhungu wa Maj Gen Fred Gisa Rwigema, Eric Gisa Rwigema, gutaha mu Rwanda akaba mu gihugu se yarwaniriye; bitihi se akajya arusura. Umukuru w’Igihugu yabigarutseho ku wa Gatandatu ubwo yari yitabiriye ibirori by’ubukwe bwa Teta Gisa, mushiki wa Eric Gisa. Aba bombi ni bo Maj Gen Fred Gisa Rwigema […]

Perezida Kagame yishimiye gutaha ubukwe bw’umukobwa wa Maj Gen Fred Rwigema

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yatangaje ko yishimiye gutaha ubukwe bwa Teta Gisa Rwigema, umwana wa Maj Gen Fred Gisa Rwigema. Ejo ku wa Gatandatu tariki ya 06 Ugushyingo ni bwo Teta yashyingiranwe n’umukunzi we Mervin Manzi, mu birori byabereye hano mu mujyi wa Kigali. Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bari mu bashyitsi b’imena […]