Maj. Gen. Ahmed Naser watorewe kuyobora Interpol arashinjwa ibikorwa by’iyicarubozo
Kuri uyu wa Kane, Igipolisi Mpuzamahanga, Interpol, cyatoye umuyobozi wacyo mushya utavugwaho ukomoka muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE) mu nama rusange ngarukamwaka yabereye Istanbul muri Turkiya. Urwego rwa polisi rushinzwe umutekano ku Isi rwatangaje kuri Twitter ko Maj. Gen. Ahmed Naser al-Raisi, umugenzuzi mukuru muri Minisiteri y’umutekano w’igihugu cya UAE, yatorewe manda imwe y’imyaka […]
Igikomangoma William kirashinja Afurika kubyara cyane, bigatuma inyamaswa z’ishyamba zibura ubuzima
Igikomangoma William cy’u Bwongereza kivuga ko ubwiyongere bw’abaturage ku mugabane wa Afurika butuma inyamaswa zo mu ishyamba zidakomeza kubaho. William yabitangarije mu muhango wo guhemba abagira uruhare mu kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima wiswe Tusk Conservation Awards wabaye tariki ya 22 Ugushyingo 2021. Iki gikomangoma gihirimbanira kurengera ibinyabuzima, cyatangaje kiti: “Ubwiyongere bw’igitutu ku nyamaswa zo mu ishyamba […]
La police a arrêté un imposteur militaire
Depuis des mois, Lionel Richie Gasana, 28 ans, est parvenu Ă frauder diffĂ©rentes personnes de la Ville de Kigali et Ă accĂ©der frauduleusement Ă certains services de prestataires Ă son insu. Gasana se faisait passer pour un « lieutenant-colonel » des Forces de dĂ©fense rwandaises (RDF), un grade et un statut qu’il utilisait prĂ©tendument pour […]
Musanze: Umuturage avuga ko yageretsweho gufata ku ngufu umwana n’abo bapfa imitungo ya Se
Umuturage witwa Muhire Desire wo mu Mudugudu wa Ruhinga mu Kagari ka Buramira mu Murenge wa Kimonyi mu Karere ka Musanze, avuga ko abo mu muryango we bamufungishije bamugeretseho gufata umwana w’umukobwa wakoraga iwe ku ngufu mu rwego rwo kwikubira imitungo ya Se utari mu Rwanda. Uyu mugabo avuga ko yavuye muri Congo-Brazaville kuwa 8 […]
Amateka ya Bob Denard, umwe mu bacanshuro batazibagirana bayogoje Afurika nu myaka isaga 30

Umucanshuro w’Umufaransa Gilbert Bougeaud wamenyekanye nka Robert Denard cyangwa Bob Denard, ni umwe mu bacanshuro babayeho mu kinyajana cya 20 n’intangiriro z’ikinyejana cya 21 batazibagirana mu mateka ya politiki ya Afurika by’umwihariko y’u Bufaransa na Afrika, aho yagize uruhare mu ihirikwa ry’ubutegetsi butandukanye akaba yaranaciye mu madini atandukanye agamije kugera ku ntego ze. Gilbert Bourgeaud […]
Kinshasa: Perezida Kagame yakiriwe na mugenzi we Félix Tshisekedi (Amafoto)

Perezida Paul Kagame uri i Kinshasa muri Repububulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yakiriwe na mugenzi we FĂ©lix Tshisekedi mbere yo kwitabira inama yiga ku myitwarire ikwiriye abagabo idahohotera abagore n’abakobwa. Ni inama yateguwe n’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe bigendanye n’amahame yawo yo kurwanya ihohotera rikorerwa abagore. Insanganyamatsiko y’iyi nama igomba kuyoborwa na Tshisekedi unayoboye umuryango […]
Bruce Melodie arifuza kumera nk’ingagi
Umuhanzi Ihahiwacu Bruce wamamaye nka Bruce Melodie avuga ko yifuza kumera nk’ingagi ku buryo abashaka kumusura, bajya babanza kwishyura amafaranga kugira ngo bamugereho. Melodie yabitangarije mu kiganiro Pourboire cyo kuri RBA yagiranye n’abanyamakuru ba siporo, ubwo yabazwaga ku ho yifuza kugera mu ruhando rw’umuziki. Yabanje kwisegura ku bashobora kubyumva ukundi, ati: “Rimwe na rimwe iyo […]
Umuntu winjije filimi ya “Squid Game” muri Koreya ya Ruguru yakatiwe igihano cy’urupfu
Ubutabera bwa Koreya ya Ruguru bwakatiye umugabo winjije mu gihugu filimi yakorewe muri Afurika y’Epfo ikomeje kubica bigacika hirya no hino ku Isi izwi nka “Squid Game”, igihano cyo kwicwa arashwe, mu gihe umunyeshuri waguze flash iriho iyi filimi yakatiwe gufungwa burundu nk’uko byatangajwe na Radio Free Asia (RFA). Usibye aba, undi munyeshuri wiga mu […]
Intern -Finance & Administration at IOM
Established in 1951, IOM is the leading inter-governmental organization in the field of migration and works closely with governmental, intergovernmental and non-governmental partners. Website: http://www.iom.int CALL FOR APPLICATIONS Position Title : Intern – Finance & Administration Organizational Unit : Resources Management Unit (RMU) Duty Station : IOM Kigali, Rwanda Type of Appointment : Ungraded Estimated […]
Ingabo z’u Burundi zirwanira ku butaka zifite umugaba mushya

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi akanaba Umugaba w’Ikirenga w’ingabo z’icyo gihugu (FDNB), yagize GĂ©nĂ©ral de Brigade VĂ©nuste Nduwayo Umugaba w’ingabo zacyo zirwanira ku butaka. Gen de Bde Nduwayo yasimbuye kuri uyu mwanya GĂ©nĂ©ral Major Jean Paul Habimana wari uwumaranye imyaka itandatu. Gen Habimana kuri ubu ni Umugaba Mukuru Wungirije w’Ingabo z’u Burundi nk’uko igisirikare cy’iki […]
Rusizi: Abivuriza kuri C.S Gikundamvura barasaba ibitaro bya Mibilizi ubuvugizi bw’abanganga bahoraho b’amenyo n’amaso

Nyuma y’itakamba ry’abaturage b’umurenge wa Butare mu karere ka Rusizi bivuriza ku kigo nderabuzima cya Nyabitimbo, basaba MINISANTE kubaha abaganga bahoraho b’amenyo n’amaso kuko benshi batayivuza kubera kubura aho bayivuriza kuko ibitaro bya Mibilizi aho biri bo bahita iyo bigwa hagera umugabo hagasiba undi, n’abivuriza ku kigo nderabuzima cya Gikundamvura baravuga ko bahangayikishijwe n’izi ndwara […]
Perezida Kagame ari i Kinshasa

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame kuri uyu wa 25 Ugushyingo 2021 ari i Kinshasa muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo. Ibiro by’Umukuru w’Igihugu, Village Urugwiro bivuga ko Perezida Kagame yakiriwe na Minisitiri w’Intebe wa RDC, Sama Lukonde. Perezida Kagame yitabiriye inama nyafurika ihuza abakuru b’ibihugu na za guverinoma, yiga ku myitwarire ikwiriye y’abagabo […]
Sweden’s first female PM resigns hours after appointment
Sweden’s first ever female prime minister has resigned just hours after she was appointed. Magdalena Andersson, was announced as leader on Wednesday but resigned after her coalition partner quit the government and her budget failed to pass. Instead, parliament voted for a budget drawn up by the opposition which includes the anti-immigrant far right. “I […]
FARDC yigaruriye ibirindiro byari byarafashwe n’abo bikekwa ko ari M23
Ingabo za Repubulika ya Demukarasi ya Congo ziravugwaho kwigarurira ibirindiro bibiri byari byarafashwe n’abarwanyi bikekwa ko ari abahoze mu mutwe witwaje intwaro wa M23 wakoreraga mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru. Mu ijoro rya tariki ya 21 Ugushyingo ni bwo aba barwanyi bagabye ibitero ku birindiro bya Ngugo muri Gurupoma ya Rugari na Nyasisi muri Kisigari; […]
Abagore barwaniye muri hoteli bapfa Gen Kayanja

Uwahoze ari umuririmbyi, Halima Namakula n’undi mugore witwa Phina Mugerwa bakozanyijeho ubwo bari bahuriye kuri Hoteli yitwa Fairway iri i Kampala mu birori by’isabukuru ya Maj Gen Elly Kayanja. Amakuru avuga ko aba bagore bari baje kwifatanya n’uyu mujenerali wari wujuje imyaka 62, bapfurana imisatsi ari nako ibitutsi nabyo byahawe umwanya mu kwandagazanya. Mbu Reports […]
Tanzania: Itegeko ryasizwe na Magufuli ryakumiraga abanyeshuri batwite ryakuweho
Guverinoma ya Tanzania yakuyeho itegeko ryakumiraga abanyeshuri batwaye inda mu mashuri ryari ryarashyizweho umukono na Perezida John Pombe Magufuli nk’uko byatangajwe na minisitiri w’uburezi, Joyce Ndalichako. Ibi Prof. Ndalichako yabitangarije Dodoma kuri uyu wa Gatatu, itariki 24 Ugushyingo, aho yemeje ko ubu leta igiye kwemerera abanyeshuri bavuye mu ishuri kubera impamvu zitandukanye zirimo gutwara inda, […]
Igiswahili kizajya cyizihizwa ku rwego rw’Isi, buri mwaka
Umuryango w’Abibumbye ubinyujije mu ishami ryawo ryita ku burezi, siyansi n’umuco rizwi nka UNESCO wemeje ko ururimi rw’Igiswahili ruzajya rwizihizwa tariki ya 7 Nyakanga buri mwaka. Iki cyemezo cyafatiwe mu nama yahuje ibihugu bigize UNESCO yabereye ku cyicaro cyayo, i Paris mu Bufaransa, tariki ya 23 Ugushyingo 2021, mu rwego rwo guha agaciro uru rurimi […]
Imyaka 24 iruzuye Gen James Kabarebe agizwe Umugaba Mukuru w’Ingabo za RDC
Ku itariki nk’iyi ya 25 Ugushyingo mu 1997, Umujyanama wa Perezida Paul Kagame mu bya gisirikare, Gen James Kabarebe, yagizwe Umugaba Mukuru w’Ingabo za Congo Kinshasa. Kuri uyu wa Kane imyaka 24 irashize Gen Kabarebe ahawe izi nshingano yafatanyaga no kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda. Ni inshingano Gen Kabarebe yahawe n’uwari Perezida wa RDC, […]
Gicumbi: Ntibavuga rumwe n’akarere ku butaka bwari burimo inkambi bifuza gusubizwa
Abaturage bahoze bafite amasambu ahari hubatse inkambi ya Gihembe yari icumbikiye impunzi z’Abanyekongo, barasaba gusubirana uburenganzira ku butaka bwabo kubera ko iyo nkambi itakiriho ariko ntibavuga rumwe n’ubuyobozi bw’Akarere ka Gicumbi kavuga ko bahawe ingurane. Abari bafite ubutaka ahari hubatse Inkambi ya Gihembe iherereye mu Karere ka Gicumbi, mu Ntara y’Amajyaruguru bavuga ko Leta y’u […]
U Rwanda na Congo byasinyiye amasezerano arimo ayerekeye igisirikare ku ikoranabuhanga
Guverinoma ya Repubulika y’u Rwanda n’iya Congo-Brazaville byashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye mu bikorwa bitandukanye by’iterambere no mu butwererane mu bya gisirikare, byifashishije ikoranabuhanga. Itsinda ry’u Rwanda riyobowe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’ubutwererane, Dr Vincent Viruta ryari mu gihugu, abagize irya Congo ryari riyobowe na Minisitiri w’ububanyi n’amahanga, Denis-Christel Sassou Nguesso nabo bari iwabo. Minisitiri […]
RDC: Umuririmbyi Tshala Muana yongeye kwibasira ubutegetsi mu ndirimbo nshya
Nyuma y’aho mu mwaka ushize, umuririmbyi Tshala Muana asohoye indirimbo yiswe “Ingratitude” itarishimiwe n’ubutegetsi ndetse igahagarikwa bikamuviramo no gutabwa muri yombi, yongeye gukora indi ndirimbo yise “Ndoto ya Luambo” yasohoye ku itariki ya 23 Ugushyingo, yumvikanamo yongera kwibasira ubuyobozi bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo. Ni indirimbo y’iminota 7 n’amasegonda 13 itangazamakuru ryo muri Congo […]
Rwanda among countries uninvited to participate in USA Summit for Democracy
Rwanda is amongst African countries that were not invited to participate in USA Summit for the Democracy that is scheduled to virtually take place from December 9-10, 2021 whereby most of the programming will be livestreamed on www.state.gov According to US Department of State website, These are African countries that will participate: Zambia, Senegal, Namibia, […]
Basketball: Ikipe ya Uganda yari yarabuze ubushobozi igiye guhatana muri Angola
Ishyirahamwe ry’umukino wa Basketball muri Uganda, FUFA, ryatangaje ko ikipe y’igihugu izwi nka The Silverbacks yari yarabuze ubushobozi bw’amafaranga ko irajya Benguela muri Angola mu ijonjora ryo gushaka itike y’igikombe cy’Isi yari yaravuze ko itacyitabiriye. Tariki ya 23 Ugushyingo 2021 ni bwo FUBA yatangaje ko The Silverbacks itazitabira iri jonjora muri Angola bitewe n’uko nta […]
Suwede: Minisitiri w’Intebe wa mbere w’umugore yeguye nyuma y’amasaha ashyizweho
Minisitiri w’Intebe wa mbere w’umugore wa Suwede, wo mu ishyaka riharanira Demokarasi ishingiye ku mibereho, Magdalena Andersson, yeguye ku mirimo ye nyuma y’amasaha atarenze 12 atangiye akazi ke nyuma y’uko ishyaka Green Party ryivanye mu ihuriro riri ku butegetsi ry’amashyaka abiri. Ariko Andersson, wagenwe kuwa Gatatu akaba ari nabwo yegura, yavuze ko yabwiye perezida w’inteko […]
Rusizi: Umukozi wa RIB ushinjwa gusambanya umugore wari ufunzwe yasabiwe igihano
Urukiko Rwisumbuye rwa Rusizi kuri uyu wa Kabiri ushize, itariki 23 Ugushyingo, rwaburanishije urubanza Ubushinjacyaha bukurikiranyemo Umugenzacyaha wasambanyije umugore wari ufungiye muri kasho ya RIB, bumusabira igifungo cy’imyaka 15 n’ihazabu y’amafaranga 2.000.000. Icyaha uregwa akurikiranweho bivugwa ko cyakozwe ku matariki atandukanye y’ukwezi kwa 11/2019 ubwo ngo uregwa wari umugenzacyaha wakoreraga kuri station ya RIB ya […]
UEFA Champions League: PSG yatsinzwe irushwa na Manchester City

Ikipe ya Manchester City yiyongereye mu makipe azakina 1/8 cy’irangiza cya UEFA Champions league, nyuma yo gutsinda PSG iyirusha ibitego 2-1. Iyi kipe y’umutoza Pep Guardiola yari yakiriye PSG ku kibuga cya Stade ya El Etihad, mu mukino ubanziriza uwa nyuma wo mu tsinda A. Ni nyuma y’ubanza amakipe yombi yari yarahuriyemo i Parc des […]