Nyuma yo kuvugana na Perezida Kagame, Blinken yasabye u Rwanda ‘kureka gufasha’ M23
Umunyamabanga wa Leta zunze ubumwe za Amerika, Antony Blinken, yatangaje ko yavuganiye na Perezida Paul Kagame wâu Rwanda ku murongo wa telefone, asaba ko iki gihugu âcyahagarika ubufasha giheâ umutwe witwaje intwaro wa M23. Blinken mu butumwa yatangarije kuri Twitter kuri uyu wa 5 Ukuboza 2022, yagize ati: âNagiranye na Perezida wâu Rwanda, Paul Kagame […]
Guverinoma ya RDC iratakambira abagiraneza ngo bafashe abimuwe n’imirwano ya M23 na FARDC
Guverinoma ya Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) iratakambira abagiraneza ngo bafashe abimuwe nâimirwano yâumutwe witwaje intwaro wa M23 nâingabo za Leta. Iyi guverinoma ibinyujije muri Minisiteri ishinzwe itumanaho nâitangazamakuru, kuri uyu wa 5 Ukuboza 2022 yashyize hanze konti zitandukanye zirimo iza banki na Mobile Money, isobanura ko aba bantu 630 bakeneye ubufasha bwihutirwa. Yagize […]
Abanyarwanda bane bo mu muryango umwe beterewe ibyuma muri RDC hafi yâumupaka
Abarwanyi b’umutwe witwaje intwaro wa FDLR n’abasirikare ba Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) baravugwaho gutera ibyuma Abanyarwanda bane bo mu muryango umwe ha yâurubibi rutandukanya iki gihugu n’u Rwanda, ahaherera mu murenge wa Cyanzarwe, mu karere ka Rubavu. Muri aba bane hapfuyemo batatu barimo uwitwa Ntagisanimana Diane wâimyaka 25 nâabana be babiri barimo uwari […]
Gasabo: Muhizi Emmanuel wagaragaye ahondagurwa anakururwa mu muhanda yapfuye
Abantu batatu bakekwaho kugira uruhare mu gukubita no gukomeretsa uwitwa Muhizi Emmanuel bikamuviramo urupfu, batawe muri yombi nâUrwego rwâIgihugu rwâUbugenzacyaha, RIB. Ni nyuma yâamashusho agaragaza Muhizi ari gukubitwa ndetse anakururwa mu muhanda hagati nkâuko byatangajwe na Dr. Thierry B. Murangira, umuvugizi wa RIB. Iki cyaha bakekwaho cyabereye imbere ya kamwe mu tubari gaherereye mu Kagari […]
Sudani: Abasirikare nâabasivili bashyize umukono ku masezerano yo kurangiza ibibazo bya politiki
Kuri uyu wa Mbere, abayobozi b’ingabo n’abasivili muri Sudani bashyize umukono ku masezerano ya mbere agamije kurangiza ikibazo gikomeye cya politiki cyahungabanyije iki gihugu kuva ubutegetsi buhiritswe, ubu hashizeumwaka urenga . Aya masezerano abaye nyuma yo kugerageza kenshi kuva mu bibazo kuva umuyobozi mukuru wâingabo, Abdel Fattah al-Burhane, yafata ubutegetsi akirukana abayobozi bâabasivili. Ihirika ryâubutegetsi […]
Nyamasheke: Urujijo ku wo bivugwa ko yafatiwe kwa murumuna we amusambanyiriza umugore

Kuri sitasiyo ya RIB ya Macuba mu karere ka Nyamasheke hafungiye umugabo Ndayisenga Jean Paul wâimyaka 34, umugore we Niyonsaba ValĂ©rie wâimyaka 27 na mukuru wa Ndayisenga witwa Uwiremye Thomas wâimyaka 40 bivugwa ko yafatiwe mu rugo rwâuyu murumuna we amusambanyiriza umugore bamaze amezi 2 gusa bashyingiwe. Amakuru umwe mu baturanyi bâuru rugo yahaye Bwiza.com, […]
Paris: Nicolas Sarkozy yatangiye kuburana mu bujurire ku cyaha ruswa
Kuri uyu wa Mbere, Nicolas Sarkozy wahoze ari Perezida wâu Bufaransa, yatangiye ubujurire bwe ku cyaha cya ruswa yahamijwe . Umwaka ushize, urukiko rwasanze Sarkozy, wabaye Perezida wâu Bufaransa kuva mu 2007 kugeza mu 2012, ahamwa nâicyaha cyo gushaka guha ruswa umucamanza no gukoresha umwanya we binyuranyije nâamategeko igihe yari ku butegetsi. “Gukoresha umwanya we […]
U Rwanda na Congo bishobora kurwana kuko buri gihe bitangira ari amagambo- Umuryango ICG
Umusesenguzi wa politiki mu karere kâibiyaga bigari mu kigo international crisis group (ICG), Onesphore Sematumba, avuga ko Congo n’u Rwanda bishoboka ko byarwana intambara y’amasasu nyuma y’icyo yise amagambo atwikaâ buri gihe byagaragaye ko ariyo abanziriza imirwano. Perezida Paul Kagame tariki 30 Ugushyingo, ari mu nteko ishingamategeko yâu Rwanda yashinje mugenzi we wa DR Congo […]
Gen. Muhoozi na Col. Besigye bifatanyije, bibasira NRM ya Museveni
Umuhungu wa Perezida Yoweri Kaguta Museveni, Gen. Muhoozi Kainerugaba, yifatanyije n’umunyapolitiki Col. Dr. Kiiza Besigye mu kunenga imikorere y’ishyaka NRM riri ku butegetsi muri Uganda. Ni nyuma y’igihe aba bombi batajya imbizi, bijyanye no kuba Col. Besigye amaze igihe kirekire yariyemeje kurwanya ubutegetsi bwa Perezida Yoweri Museveni. Gen. Muhoozi usanzwe ari Umujyanama Mukuru wa Perezida […]
Koreya ya Ruguru yarashe ibisasu bisaga 100 mu rwego rwo gutanga gasopo
Kuri uyu wa Mbere, Koreya ya Ruguru yavuze ko yarashe ibisasu bya rutura birenga 130 mu nyanja ku nkombe zâiburasirazuba nâiburengerazuba nyuma yo kubona imyitozo ya gisirikare hakurya yâumupaka mu majyepfo . Bimwe mu bisasu byaguye hafi yâumupaka wâinyanja mu byo Seoul yavuze ko ari ukurenga ku masezerano hagati ya Koreya zombi yo mu 2018 […]
Igihugu cya Pologne kigiye gufungura ambasade mu Rwanda
Kuri uyu wa Mbere, Minisitiri wâububanyi nâamahanga wungirije wa Pologne, Pawel Jab?o?ski, yatangaje ko igihugu cye kigiye gufungura ambasade i Kigali, bitewe nâuko umubano wâibihugu byombi ugenda ukura . Jab?o?ski ayoboye itsinda ryâamasosiyete arenga 20 yo muri Pologne mu nzego zitandukanye mu ruzinduko rwâiminsi itatu mu Rwanda. Abajijwe ku gihe ntarengwa cyo gufungura ambasade, Minisitiri […]
Nairobi: Uhuru Kenyatta arafunga ku mugaragaro ibiganiro byari bihuje Abanyekongo
Uwahoze ari Perezida wa Kenya, Uhuru Kenyatta, kuri uyu wa Mbere arafunga ku mugaragaro ibiganiro bya gatatu byâamahoro hagati yâAbanyekongo byaberaga i Nairobi . Ni ibiganiro byâamahoro byatangiye ku ya 28 Ugushyingo bititabiriwe nâumutwe wa M23 utarigeze uhabwa ubutumire bwo kubyitabira. Uhuru Kenyatta, umuhuza muri ibi biganiro byâamahoro wagenwe nâUmuryango wa Afurika yâIburasirazuba (EAC), niwe […]
Olivier Giroud yanditse amateka akomeye
Rutahizamu Olivier Giroud yanditse amateka yo kuba umukinnyi umaze gutsindira Ikipe y’Igihugu y’u Bufaransa ‘Les Bleus’ ibitego byinshi mu mateka yayo. Uyu mugabo usanzwe akinira Milan AC yo mu Butaliyani, yabigezeho mu ijoro ryakeye ubwo yafashaga u Bufaransa gutsinda Pologne ibitego 3-1; mu mukino wa ? cy’Igikombe cy’Isi. Olivier Giroud yafunguriye amazamu u Bufaransa ku […]
Komanda wâingabo za EAC muri RDC yijeje abari i Nairobi ko atazemerera M23 gufata Goma
Komanda wâingabo zâibihugu bigize umuryango wâakarere ka Afurika yâiburasirazuba (EAC) zagiye mu butumwa bwâamahoro mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), Major General Jeff Nyagah, yatangaje ko atazemerera umutwe witwaje intwaro wa M23 gufata umujyi wa Goma. Maj. Gen. Nyagah yabitangarije Abanyekongo bo mu ngeri zitandukanye bitabiriye imishyikirano igamije gushakira umuti urambye ikibazo […]
Trois suspects accusĂ©s d’avoir battu Ă mort un chauffeur de camion burundais arrĂȘtĂ©s
Trois suspects ont Ă©tĂ© arrĂȘtĂ©s par le Bureau d’enquĂȘte rwandais (RIB), accusĂ©s d’avoir battu Ă mort un chauffeur de camion burundais lors d’une bagarre dans un bar . Des photos montrant la mort d’Emmanuel Muhizi, Ă©tranglĂ© sont devenues virales et selon le Dr Thierry B. Murangira, porte-parole du Bureau d’enquĂȘte du Rwanda, trois suspects ; […]
Master Musanganya accuses Ruhengeri Catholic Diocese of ruling INES -RUHENGERI with iron fist
Rwandan Karate legend master and INES -RUHENGERI co-founder, Faustin Musanganya, has accused the Catholic Church, Ruhengeri Diocese of ruling the the well know university located in northern Province, using the iron fist while trumping on his rights to access all necessary documents to get the real image of the institution, following his ten years absence. […]
Inganda zâintwaro zirarushaho kwinjiza akayabo mu gihe imibereho igenda irushaho guhenda
Kugurisha intwaro na serivisi za gisirikare ku masosiyete 100 akomeye ku Isi akora ibikoresho byâubwirinzi byazamutseho 1,9 ku ijana byinjiza Miliyari 592 zâAmadolari mu 2021 nâubwo hari ibibazo byâihererekanya ryâibicuruzwa nk’uko imibare mishya yaturutse mu kigo mpuzamahanga cyâubushakashatsi ku mahoro cya Stockholm (SIPRI) ibigaragaza . SIPRI yavuze ko ubwiyongere bwihuse bwavuye kuri 1,1% muri 2019-2020, […]
Igisubizo cya Tshisekedi kuri P. Kagame wemeye kumwibira akabanga ku bijyanye n’intambara
Perezida FĂ©lix Antoine Tshisekedi wa Congo Kinshasa, yasubije mugenzi we Paul Kagame w’u Rwanda uheruka kumubwira ko niba yifuza kumenya ibijyanye n’ububi bw’intambara yigambye ko ishobora kubaho hagati y’u Rwanda na RDC, yamugana akamwibira akabanga. Mu ntangiriro z’Ugushyingo uyu mwaka ni bwo Tshisekedi yatangaje ko intambara hagati ya RDC n’u Rwanda ishobora kuba amahitamo ya […]
CEDEAO igiye gushyiraho ingabo zizajya zifashishwa mu kurwanya za coup dâetat
Abakuru bâigihugu byo muri Afurika yâuburengerazuba byibumbiye mu Muryango wa CEDEAO, biyemeje gushinga umutwe wâingabo zâakarere zizajya zifashishwa mu kugarura umutekano nâiyubahirizwa ryâitegeko nshinga muri aka karere kibasiwe nâihirika ryâubutegetsi rya hato na hato muri iyi myaka ibiri ishize . Abayobozi bâibiugu bigize uyu muryango wa CEDEAO babivugiye mu itangazo basohoye nyuma yâinama ngarukamwaka yabahuje […]
Abaganga bapfukamiye Museveni, bamusaba kongera kwiyamamaza mu 2026

Abaganga, abaforomo nâababyaza bapfukamye, basaba Perezida wa Uganda Yoweri Museveni kongera kwiyamamariza umwanya wâUmukuru wâIgihugu mu mwaka wâ2026. Iki gikorwa bagikoreye ku kibuga kiberamo iminsi mikuru cya Kololo giherereye i Kampala tariki ya 3 Ukuboza 2022 ubwo haberaga ikiganiro cyerekeye ku ishoramari no gukunda igihugu mu rubyiruko. Muri iki kiganiro, abaganga bayobowe nâumuyobozi wâihuriro ryâabaganga, […]
Burundi: Umuhinde wakomerekeje bikomeye umwana wamusuhuje yakatiwe

Urukiko rukuru rwo mu Burundi rwakatiye Umuhinde witwa Tosif Ilayas wakomerekeje umwana wâimyaka 13 yâamavuko amuziza ko yamusuhuje amwita umuzungu, igifungo cyâimyaka ine nâihazabu yâamafaranga yâAmarundi miliyoni 10. Amakuru yatangajwe na Akeza Burundi avuga ko mu minsi itanu ishize ubwo uyu Muhinde yari mu ntara ya Ngozi, abana bamusuhuje bamubaza bati: âMuzungu muzungu ni sawa?â […]
Perezida Kagame waburiye RDC, Prince Kid wagizwe umwere nâimpinduka muri guverinoma: Inkuru zâicyumweru
Icyumweru gishize cyatangiye tariki ya 28 Ugushyingo 2022 cyaranzwe nâinkuru nyamukuru zirimo izirebana nâumutekano, ubutabera na politiki. Harimo ko: Hashyizweho Minisitiri wâubuzima mushya Perezida Kagame yasimbuje Dr Ngamije Daniel wari Minisitiri wâubuzima kuva mu mwaka 2020, ashyiraho Dr Nsanzimana Sabin wari Umuyobozi Mukuru wâibitaro bya kaminuza yâu Rwanda i Butare bizwi nka CHUB. Umukuru wâIgihugu […]
Abanyarwanda bakeneye ubufasha bwacu kugira ngo bibohore Kagame n’ubutegetsi bwe_Tshisekedi
Perezida FĂ©lix Tshisekedi wa RDC yaraye yibasiye mugenzi we Paul Kagame w’u Rwanda, agaragaza ubutegetsi akuriye ko ari bwo mwanzi gica w’abanye-Congo aho kuba Abanyarwanda. Tshisekedi yibasiye Perezida Kagame ku Cyumweru tariki ya 04 Ukuboza 2022; ubwo yahuraga n’itsinda ry’intumwa z’urubyiruko rwo muri Congo Kinshasa. Ni umuhuro wabaye mu gihe Perezida wa Congo n’ubutegetsi bwe […]
Bugesera: Umusore yasatswe bamusangana amafaranga y’amiganano
Polisi y’u Rwanda mu Karere ka Bugesera, ku wa Gatandatu, tariki ya 3 Ukuboza, yafashe uwitwa Ndagijimana Eric wâimyaka 18 afite amafaranga yâu Rwanda ibihumbi 10 yâamiganano agizwe nâinoti ebyiri zâibihumbi bitanu. Umuvugizi wa Polisi mu Ntara yâIburasirazuba, Superintendent of Police (SP) Hamdun Twizeyimana, yavuze ko yafatiwe mu Mudugudu wa Turuziramire, Akagari ka Tunda mu […]