Meddy yatoboye avuga ibigeragezo amaze iminsi acamo

Umuhanzi w’Umunyarwanda Ngabo MĂ©dard Jobert wamamaye ku izina rya Meddy ukorera umuziki muri Leta zunze ubumwe za Amerika, nyuma yo gutakaza umubyeyi we wenyinye yarasigaranye, yaraye atoboye avuga akamuri ku mutima nyuma y’igihe kirekire atuje yaranze kugira icyo abivugaho. Yifashishije konti ye asanzwe akoreshwa ku rubuga rwa Instagram yateruye amagambo agira ati, ”Aya mezi make […]

Utunyafu tubiri twari duhagije ngo Arsenal ikomeze inzira igana ku gikombe

Ni umukino w’umunsi wa 20 wa Shampiyona y’u Bwongereza wabereye kuri Tottenham Hotspurs Stadium. Wari utegerejwe n’Isi yose, kuko ikipe ya Arsenal yasabwaga gutsinda kugira ngo ikomeze gushyira intera ndende hagati yayo n’amakipe nka Manchester City na Manchester United ayiri inyuma. Ku isaha ya saa kumi n’ebyiri n’igice z’umugoroba, umusifuzi Craig Pawson yatangije umukino. Iminota […]

MONUSCO ibona M23 igomba kurara isubiye muri Sabyinyo nta mananiza

Misiyo y’amahoro y’Umuryango w’Abibumbye muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (MONUSCO) ibona umutwe witwaje intwaro wa M23 ugomba kurara urekuye ibice byose usigaranye kuri uyu wa 15 Mutarama 2023, nta mananiza ushyizeho. MONUSCO yabitangaje ivuga ku guhura kw’abahagarariye M23 ku rwego rwa politiki bahuye n’umuhuza washyizweho n’umuryango wa Afurika y’iburasirazuba, Uhuru Kenyatta, tariki ya 12 […]

Uko Chelsea yakuye Mykhaylo Mudryk mu biganza bya Arsenal yizeraga kurara imwegukanye

Mykhaylo Mudryk w’imyaka 22 wakiniraga Shakhtar Donetsk yo muri Ukraine yamaze gushyira umukono ku masezerano y’imyaka umunani akinira Chelsea ibintu byababaje cyane abafana ba Arsenal. Muri rusange, Arsenal yari imaze igihe kirerekire iri imbere muri gahunda yo gusinyisha umunya-Ukraine Mykhaylo Mudryk. Yari imaze kumugereka inshuro 3 zose kuva mu Kuboza 2022, aho Arsenal yagarukiye kuri […]

Beni: Igisasu cyaturikiye mu rusengero rwa Églises Pentecîtistes du Congo

Igitero cy’iterabwoba kuri iki cyumweru, itariki 15 Mutarama 2023 cyabereye mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, aho igiturika cyaturikiye muri paruwasi ya Églises PentecĂŽtistes du Congo (CEPAC) kigahitana abantu benshi, mu mujyi wa Kasindi muri Teritwari ya Beni, muri Kivu y’Amajyaruguru. Aho hantu, abatangabuhamya bavuganye na POLITICO.CD bavuga ko umubare w’abapfuye utaramenyekana. Icyakora, […]

Ituri: Lt. Col. Jules Ngongo yashinje Depite Tchombe kuba ari we washinze CODECO

img-20230115-wa0024.jpg

Umuvugizi w’Igisirikare cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo mu Ntara ya Ituri, Lt.Col. Jules Ngongo, arashinja Perezida w’inteko ishinga amategeko y’intara, SimĂ©on Tchombe, kuba ari we watangije kandi akaba umuterankunga mukuru w’umutwe wa CODECO, ukomeje gukora ubwicanyi bukabije muri kiriya gice k’igihugu . Ni ibintu byatunguye benshi kuko batari babyiteze. Gusa, Umuvugizi w’ingabo za Repubulika […]

Kirehe: Isoko ryambukiranya imipaka rimaze imyaka 5 ryuzuye ridakoreshwa

Isoko ryambukiranya imipaka rimaze imyaka 5 ryuzuye hagati ya Tanzania n’u Rwanda ntabwo riratangira gukorerwamo n’ubu, aho abaturiye umupaka wa Rusumo mu Karere ka Kirehe n’abahagenda basanga rikwiye gukoreshwa kugira ngo rigirire akamaro abaturage n’igihugu muri rusange kuko kudakoreshwa biteza ibihombo . Nubwo abaturage bambuka umunsi ku wundi bajya guhahira muri Tanzania, neza neza ku […]

BAHO yababajwe n’ibyemezo ‘inzego zihutiye gufata’ kubera abaganga bayo bakekwagaho uburangare mu rupfu rw’umurwayi

Ibitaro byigenga bya BAHO International byatangaje ko byababajwe n’ibyatangajwe n’ibinyamakuru ku baganga babyo babiri bakekwagaho uburangare mu rupfu rw’umurwayi witwa Kamanzi Ngwinondebe Chantal rwabaye tariki ya 8 Nzeri 2021 ndetse n’ibyemezo inzego zimwe zafashe. Kamanzi wari ufite imyaka 54 y’amavuko yagiye muri ibi bitaro kwikurishamo agapira ko kuringaniza urubyaro tariki ya 7 Nzeri uwo mwaka, […]

France: Urukiko rwategetse umujyi gukura mu nzira ishusho ya Bikira Mariya

fmwohvlxgaehaah.jpg

Urukiko rwo mu Bufaransa rwategetse umujyi muto gukuraho ishusho ya Bikira Mariya, ruvuga ko iyo shusho inyuranyije n’itegeko ryo gutandukanya amatorero na leta . Iyi shusho iherereye mu masangano y’i La Flotte, komini ituwe n’abaturage 2.800 ku kirwa kizwi cyane cy’ibiruhuko, Ile-de-Re, ku nkombe z’Inyanja ya Atlantika z’u Bufaransa. Ni shusho yubatswe n’umuryango waho nyuma […]

U Budage n’u Bufaransa birasabira Afurika imyanya ihoraho mu kanama ka UN gashinzwe umutekano

Moussa Faki ubwo yakiraga aba ba Minisitiri babiri i Addis Ababa

Guverinoma y’u Budage n’iy’u Bufaransa zirasabira umugabane wa Afurika imyanya ibiri ihoraho mu kanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe umutekano, UNSC. Iki cyifuzo cyagaragajwe na Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Budage, Annalena Baerbock na mugenzi we w’u Bufaransa, Catherine Colonna, ubwo bahuriraga n’Umuyobozi Mukuru w’umuryango wa komisiyo ya Afurika yunze ubumwe, Moussa Faki Mahamat ku biro bye i […]

Abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro bahuguye abo muri Sudani y’Epfo

csm_aid_8382a0b1df.jpg

Kuri uyu wa Gatandatu, itariki ya 14 Mutarama, abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kugarura amahoro mu gihugu cya Sudani y’Epfo (UNMISS) batanze amahugurwa ajyanye no gucunga umutekano n’ubutabazi bw’ibanze ku bapolisi bo muri iki gihugu . Ni amahugurwa y’iminsi ibiri yatanzwe n’itsinda (RWAFPU 1-7) rikorera mu Ntara ya Upper-Nile mu Mujyi […]

Tshisekedi abona umunsi ari uyu ngo M23 irekure Bunagana n’ibindi bice isigaranye

Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo, FĂ©lix Tshisekedi Tshilombo, abona umunsi ari uyu ngo umutwe witwaje intwaro wa M23 urekure umujyi wa Bunagana n’ibindi byose usigaranye. Tshisekedi ubwo yaganiraga n’Umunyamabanga wa Leta zunze ubumwe za Amerika, Antony Blinken, kuri uyu wa 14 Mutarama 2023, yamubwiye ko uyu wa 15 Mutarama ari umunsi ntarengwa M23 […]

Zimbabwe: Polisi yafashe 25 batavuga rumwe n’ubutegetsi barimo abadepite

Kuri uyu wa Gatandatu, Igipolisi cya Zimbabwe cyarashe ibyuka biryana mu maso mu iteraniro ry’ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi ryabereye i Harare maze gita muri yombi abayoboke baryo 25, barimo babiri mu bagize inteko ishinga amategeko, nk’uko byatangajwe n’iri shyaka, Citizens Coalition for Change (CCC) . Aba batawe muri yombi nyuma y’urugomo rw’ihohoterwa bivugwa ko bishingiye […]

Nepal: Impanuka y’indege yari irimo abantu 72 ntiharamenyekana niba hari abayirokotse

Indege irimo abantu 72 yakoreye impanuka mu gihugu cya Nepal kuri iki Cyumweru, aho ibtangazamakuru byo muri iki gihugu bivuga ko iyi ndege yaguye hagati y’ikibuga cy’indege cya kera n’igishya cya Pokhara mu gihugu rwagati . Umuvugizi wa Yeti Airlines, Sudarshan Bartaula, yatangarije ibiro ntaramakuru AFP ati: “Muri iyo ndege harimo abagenzi 68 hamwe n’abakozi […]

Uncle Austin yatahuye ikintu kidasanzwe Meddy yakoze mu ndirimbo ye nshya

Austin (uri ibumoso) abona bitakiri ngombwa ko umuhanzi ahangayikishwa no gushaka umukobwa wo gushyira muri videwo y'indirimbo

Umuhanzi Luwano Austin Tosh uzwi nka Uncle Austin yatahuye ikintu kidasanzwe Ngabo Medard uzwi nka Meddy yakoze mu ndirimbo ye ‘Grateful’ yo gushima Imana yashyize hanze kuri uyu wa 14 Mutarama 2023. Iyi ndirimbo Meddy yashyize hanze nyuma y’igihe kirekire atangaje ko agiye kujya aririmba iziramya n’izihimbaza Imana, imaze kurebwa inshuro zirenga ibihumbi 191 mu […]

Blinken na Tshisekedi ‘baneguye’ u Rwanda na M23

Umunyamabanga wa Leta zunze ubumwe za Amerika, Antony Blinken, na Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo, FĂ©lix Tshisekedi Tshilombo, baneguye u Rwanda n’umutwe witwaje intwaro wa M23. Ibiro bya Perezida wa RD Congo bisobanura ko aba bombi bagiranye ikiganiro bifashishije telefone, bavuga ku kibazo cyo mu burasirazuba bw’iki gihugu, “habura umunsi umwe ngo nyirantarengwa […]