Abasirikare byibuze 51 ba Burkina Faso bishwe n’inyeshyamba
Byibuze abasirikare 51 barishwe kuwa Gatanu ubwo umutwe wabo wategerwaga mu majyaruguru ya Burkina Faso, nk’uko byatangajwe n’igisirikare kuri uyu wa Mbere, kimwe mu gitero cyiciwemo abasirikare benshi icya rimwe kuva aho iki gice cy’uburengerazuba bwa Afurika gihindutse ihuriro ry’ibikorwa by’abajihadiste . Ibi byabaye iminsi ibiri mbere y’uko u Bufaransa bufunga ku mugaragaro ibikorwa byabwo […]
Kagame participera au sommet Transform Africa au Zimbabwe
Le prĂ©sident Paul Kagame participera Ă la 6e Ă©dition du sommet Transform Africa au Zimbabwe, a appris The New Times . Selon le bureau du prĂ©sident, Kagame honorera le sommet de trois jours prĂ©vu du 26 au 28 avril, en tant que prĂ©sident de Smart Africa, les organisateurs du sommet. Le Sommet Transform Africa est […]
FARDC yazanye izindi ndege z’indwanyi na Kajugujugu z’intambara
Igisirikare cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo cyabonye izindi ndege z’intambara zirimo za kajuguugu ndetse n’izindi ndege z’indwanyi zishobora kuba nazo ari izo mu bwoko bwa Sukhoi nk’uko amashusho yashyizwe kuri twitter abigaragaza . Aya makuru yanemejwe n’Umuvugizi wa M23, Maj. Willy Ngoma, uvuga ko FARDC ikomeje kwigwizaho ibikoresho bihambaye by’intambara. Yabitangarije Bwiza TV na […]
Afghanistan: Ahahoze ibirindiro by’ingabo z’amahanga hagiye guhindurwa ibyanya by’inganda
Guverinoma y’Abatalibani muri Afghanistan iravuga ko izahindura bimwe mu byahoze ari ibirindiro by’ingabo z’amahanga ibyanya by’inganda n’ubucuruzi. Afghanistan yahuye n’ikibazo gikomeye cy’ubukungu n’ubutabazi kuva Abatalibani bongera kwigarurira iki gihugu muri Kanama 2021. Ingabo z’amahanga zari zimaze imyaka makumyabiri muri iki gihugu. Iki cyemezo cyatangajwe na minisitiri w’intebe wungirije ushinzwe ibibazo by’ubukungu, Mullah Abdul Ghani Baradar, […]
Kampala: Abasore babiri bafunzwe bashinjwa gufata ku ngufu undi musore
Igipolisi cya Uganda cyataye muri yombi abasore babiri bakekwaho gufata ku ngufu umusore mugenzi wabo w’imyaka 19 i Kampala . Bivugwa ko bashutse uyu musore bakamujyana mu nzu iri mu gace ka Makindye, mu mujyi wa Kampala mu kwezi gushize. Umuvugizi wungirije wa Polisi ya Kampala, Luke Owoyesigyire, yatangaje ko aba bakekwa bafungiye kuri sitasiyo […]
Nyuma y’inama ya AU imirwano yongeye kubura hagati ya FARDC na M23 i Kitshanga
Nyuma y’amasaha 48 inama ya Afurika Yunze Ubumwe yaberaga i Addis Abeba, yagarutse no ku kibazo cy’umutekano mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, irangiye, biravugwa ko mu rukerera rwo kuri uyu wa Mbere, itariki 20 Gashyantare, imirwano yongeye kubura hagati ya FARDC na M23 mu bice bya Kitshanga, Kalengela no mu nkengero zaho […]
RDC: Inzego z’umutekano zavumbuye igisasu cyari giteze ahakorera Umujyi wa Beni
Inzego z’umutekano zaburijemo igitero nyuma yo kuvumbura, ku Cyumweru, igisasu cyari giteze mu kibanza cy’Umujyi wa Beni muri Kivu y’Amajyaruguru mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC), nk’uko byatangajwe n’umuyobozi w’umujyi w’umupolisi . “Igisasu cyavumbuwe inyuma ya salle ya Thomas d’Aquinas cy’umujyi. Yari grenade yo mu bwoko bw’inshinwa, yasaga nk’aho iteze. Inzobere zatubwiye […]
Kenya: Visi Perezida Gachagua yaburiye abapolisi bigize intakoreka
Visi Perezida wa Kenya, Rigathi Gachagua, yihanangirije abapolisi b’abanyarugomo avuga ko bazfatirwa ibyemezo bikakaye. Kuri uyu wa Gatandatu ushize, nyuma yo gusura imiryango 105 yirukanywe aho yari ituye i Kiriko, mu Ntara ya Nakuru, Gachagua yavuze ko Guverinoma ya Kenya Kwanza itazihnganira abapolisi bakoresha nabi imyanya yabo . Gachagua yavuze ibi nyuma gato yo gusura […]
Ibigori, amasaka n’ubunyobwa byo muri Uganda birimo ibinyabutabire bishobora gutera cancer – Ubushakashatsi
Abashakashatsi bo mu kigo cy’igihugu cy’ubushakashatsi mu by’ubuhinzi (NARO), baravuga ko ibigori bya Uganda, amasaka n’ubunyobwa birimo inshuro 10 cyangwa hejuru za aflatoxine kurusha urwego rw’umutekano rusabwa n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS) . Umuyobozi ushinzwe ubushakashatsi mu kigo cy’igihugu gishinzwe ubushakashatsi ku musaruro w’ibihingwa (NaCRRI), Dr Godfrey Asea, yavuze ko ibinyampeke basuzumye mu […]
Uganda ntizakangwa n’igitutu cy’abakoloni cyo kuduteranya n’Abarusiya – Min. Jeje Odongo
Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Uganda yavuze ko Uganda itazakangwa n’igitutu cy’abahoze ari abakoloni bo mu Burengerazuba cyo kubateranya n’u Burusiya, kubera ko umubano w’ibihugu byombi umaze igihe kinini hagati ya Kampala na Moscou ari ngombwa cyane . Ati: “Twarakolonijwe kandi tubabarira abadukolonije. None, abakoloni baradusaba kuba abanzi b’u Burusiya, batigeze badukoloniza. Ibyo birakwiye? Ntabwo ari […]
Bukavu: Inzu z’Abasirikare bakuru b’Abanyamulenge barimo Gen. Bolingo zakozwemo umukwabu
Umuryango Mahoro Peace ukunze kuvuganira Abanyamulenge biganje muri Kivu y’Amajyepfo, uravuga ko inzu z’abasirikare n’abapolisi bakuru bagera kuri batatu b’Abanyamulenge i Bukavu zakozwemo umukwabu wo kuzisaka . Mu butumwa yanyujije kuri twitter, Mahoro Peace Association yagize iti “ Twamaganye isakwa ry’inzu z’abasirikare n’abapolisi b’Abanyamulenge I Bukavu: Gen. Bolingo, Col Makangila na Col. Bisetsa.” Uyu muryango […]
France: Urukiko rwahamije icyaha 3 bashakaga kwivugana Perezida Macron
Urukiko ruburanisha ibyaha by’iterabwoba mu Bufaransa rwahamije icyaha abantu batatu bateguraga umugambi wo kugaba igitero kuri Perezida Emmanuel Macron . Aba bagabo uko ari batatu, babarizwa muri groupe ya Facebook izwi ku izina rya “Barjols”, bahamwe n’icyaha cyo gucura umugambi wo gukora igikorwa cy’iterabwoba nyuma yuko urukiko rwumvise uburyo baganiriye ku gukoresha icyuma cy’ibumba kugira […]
Karongi: Babiri bafatiwe mu cyuho biba amabuye y’agaciro
Polisi y’u Rwanda ku bufatanye n’izindi nzego z’umutekano mu Karere ka Karongi, kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 18 Gashyantare, yafatiye mu cyuho abantu babiri bacukuraga amabuye y’agaciro mu buryo bunyuranyije n’amategeko . Abafashwe ni abasore babiri b’imyaka 19 na 22 y’amavuko, bacukuraga amabuye yo mu bwoko bwa Gasegereti mu mugezi wa Mashyiga, mu mudugudu […]
Macron yifuza ko u Burusiya butsindwa muri Ukraine ariko ntashyigikiye kujyana intambara ku butaka bwabwo
Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, yatangaje ko adashaka kubona u Burusiya bwajanjaguwe no gutsindwa muri Ukraine . Aganira n’ibitangazamakuru byo mu Bufaransa, Perezida Macron yasabye ibihugu by’iburengerazuba kongera inkunga ya gisirikare kuri Ukraine anavuga ko yiteguye intambara ndende. Ati: “Ndashaka ko u Burusiya butsindwa muri Ukraine, kandi ndashaka ko Ukraine ishobora kurengera umwanya wayo”. Ariko […]
Addis Abeba: Umudipolomate wo ku rwego rwo hejuru wa Israel yasohowe nabi mu nama ya A.U
Kuri uyu wa Gatandatu ushize, umudipolomate wo ku rwego rwo hejuru wa Israel yasohowe mu nama ngarukamwaka y’umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe muri Ethiopia, mu gihe kutumvikana ku kwemerera Israel kuba indorerezi muri uyu muryango gukomeje . Amashusho yashyizwe ku mbuga nkoranyambaga yerekanaga abashinzwe umutekano ba AU bahanganye n’umudipolomate mu muhango wo gutangiza iyi nama, […]
Isomwa ry’urubanza rw’ubujurire rwa Ntaganzwa ryimuriwe mu kwezi gutaha
Urukiko rw’ubujurire rwasubitse umwanzuro warwo mu rubanza rw’ubujurire rwa Ladislas Ntaganzwa kugeza ku itariki ya 3 Werurwe mu gihe byari biteganyijwe ko utangwa kuri uyu wa Gatanu, itariki ya 17 Gashyantare . Ntaganzwa, w’imyaka 60, yari Burugumesitiri w’iyahoze ari Komini ya Nyakizu (mu karere ka Nyuguru). Yakatiwe igifungo cya burundu n’Urugereko rw’Urukiko Rukuru rushinzwe ibyaha […]
Le verdict d’appel de Ntaganzwa repoussĂ© Ă mars
La Cour d’appel a reportĂ© le verdict dans l’affaire Ladislas Ntaganzwa au 3 mars. Initialement, le verdict devait ĂŞtre rendu ce vendredi 17 fĂ©vrier . Ntaganzwa, 60 ans, Ă©tait bourgmestre (maire) de l’ancienne commune de Nyakizu (dans le district de Nyaruguru). Il a Ă©tĂ© condamnĂ© Ă la rĂ©clusion Ă perpĂ©tuitĂ© par la Chambre de la […]
Ntabwo tuzakurikira abantu bazimiye. Aba Banyaburayi ntabwo ari bazima, ntibumva – Museveni
Perezida Museveni yavuze ko Uganda itazigera ishyigikira kuryamana kw’abahuje igitsina kandi Uburengerazuba bugomba guhagarika gushaka guhatira ibihugu bitemera ibyo yise “gutandukira” . Museveni yatangaje ibi kuri uyu wa Kane, itariki 16 Gashyantare, ubwo yatangizaga ibirori byo kwizihiza Umunsi wa Janani Luwum (Hibukwa Luwum wahoze ayobora Itorero rya Uganda) mu mudugudu wa Wii-Gweng mu murenge wa […]
Perezida Kagame na Mnangagwa bazayobora inama ya Transform Africa izabera hanze y’u Rwanda bwa mbere
Perezida Emmerson Mnangagwa wa Zimbabwe na mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame, biteganijwe ko bazayobora inama yo ku rwego rwo hejuru y’iminsi itatu igamije guhindura Afurika mu bijyanye n’ikoranabuhanga izwi nka Transform Africa Summit (TAS), yateguwe na Smart Africa izabera muri Victoria Falls muri Mata . Iyi nama ya Transform Africa izaba iterana ku nshuro […]
Turkiya yahaye Sudani y’Epfo inkunga y’impuzankano za gisirikare 75,000
Kuri uyu wa Kane, itariki 16 Gashyntare, Guverinoma ya Turkiya yatanze inkunga y’impuzankano za gisirikare zigera ku 75.000 zizajya zikoreshwa n’Igisirikare cya Sudani y’Epfo . Minisitiri w’ingabo n’abavuye ku rugerero muri Sudani y’Epfo, Angelina Teny, yavuze ko iyi nkunga izafasha mu guteza imbere umutekano mu gihugu. Mu muhango wo gushyikirizwa iyo nkunga, Teny yagize ati: […]
U Bushinwa bwacukuye amabuye y’agaciro ya Miliyari hafi 10$ muri RDC buhubaka ibikorwaremezo bidatwaye na miliyari – IGF
Ubugenzuzi Bukuru bw’Imari (IGF) bwakoze raporo iteye impungenge ku masezerano y’ubufatanye yo muri Mata 2008 hagati ya Repbulika ya Demokarasi yaa Congo n’itsinda ry’amasosiyete y’Abashinwa (GEC) nyuma yo kugenzura ubwo bufatanye . Muri iyi raporo yashyizwe ahagaragara kuri uyu wa Kane, itariki ya 16 Gashyantare, urubuga POLITICO.CD rwabonye kopi yayo, IGF yanditse ibintu byinshi by’ingenzi […]
Ibikorwa byose ku mupaka Kamanyola-Bugarama bizajya bifunga saa 18h00
Abayobozi bo ku mupaka wa Kamanyola, muri Teritwari ya Walungu muri Kivu y’Amajyepfo, na Bugarama ku ruhande rw’u Rwanda bemeranijwe ko serivisi zikorera ku mupaka zizajya zihagarika ibikorwa byose guhera ku isaha ya saa kumi n’ebyiri z’umugoroba kubera impamvu z’umutekano zifitanye isano n’amakimbirane hagati y’ibihugu byombi . Iki cyemezo cyavuye mu nama yabaye hagati y’abayobozi […]
La Banque centrale relève son taux de prêt à 7%
La Banque Nationale du Rwanda a augmentĂ© son taux de prĂŞt de 50 points de base, passant de 6,5 % Ă 7 %, dans le but de maĂ®triser les prix Ă©levĂ©s persistants . Également connu sous le nom de taux directeur de prise en pension, il s’agit de la commission Ă laquelle la Banque centrale […]
Leta ya Somalia irigamba kwivugana abaterabwoba basaga 200 ba Al Shabaab
Kuri uyu wa Gatatu, itariki 15 Gashyantare, umuyobozi mukuru wa leta yavuze ko ingabo za Somalia zishe abaterabwoba barenga 200 bafitanye isano n’umutwe w’iterabwoba wa al-Shabaab ukorana na al-Qaeda mu gihe cy’ibikorwa bya gisirikare byabereye muri Leta eshatu zambura uduce twinshi uyu mutwe . Minisitiri w’itangazamakuru muri Somalia, Daud Aweis, mu kiganiro n’abanyamakuru mu murwa […]
Ibibazo biri ahantu hose mu gihugu ariko ikibazo gikomeye ni Tshisekedi – Emmanuel Shadary
Ubwo yari i Kindu, umurwa mukuru w’Intara ya Maniema, muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, Emmanuel Ramazani Shadary, umunyamabanga uhoraho w’ishyaka rya rubanda riharanira kwiyubaka na demokarasi (PPRD), ishyaka rya politiki rya Perezida w’icyubahiro, Joseph Kabila, yemeje ko ibibazo biri hose mu gihugu ariko ko igikomeye muri byo ari Perezida FĂ©lix Tshisekedi Tshilombo . Mu […]
Urukiko rwasibye mu bitabo by’inkiko ubujurire PTC Ltd yaregagamo COGEBANK
Umucamanza mu rukiko rukuru rw’Ubucuruzi mu Rwanda kuri uyu wa Gatatu yasibye mu bitabo by’inkiko urubanza rw’ubujurire uruganda rw’itabi rwa nyakwigendera Asinapol Rwigara rwaregagamo banki y’ubucuruzi COGEBANK . Ni icyemezo cyafashwe ngo nyuma yo kubona uruganda Premier Tobacco Company Ltd rudahagarariwe kandi ari rwo rwatanze ikirego rwaregeraga kwemeza ko rutabereyemo umwenda COGEBANK no gusaba gusubirana […]
Minisitiri w’Intebe wa Jamaica uheruka mu Rwanda ashobora kwisanga mu bibazo
Ikigo cya Jamaica gishinzwe kurwanya ruswa cyohereje Minisitiri w’Intebe ku muyobozi w’ubushinjacyaha kubera amasezerano ya leta yahawe isosiyete y’ubwubatsi hagati ya 2006 na 2009 . Kuri uyu wa Gatatu ushize, komisiyo ishinzwe ubunyangamugayo yashyize ahagaragara raporo ivuga ku iperereza ryakozwe ku cyifuzo cyatanzwe na Minisitiri w’Intebe Andrew Holness ku masezerano yagiranye na Westcon Construction Limited, […]
Libya: Byibuze abimukira 73 birakekwa ko bapfuye nyuma y’impanuka y’ubwato
Umuryango Mpuzamahanga w’Abinjira n’Abasohoka (IOM) muri Libya, kuri uyu wa Gatatu ushize,ubinyujije kuri twitter, watangaje ko byibuze abimukira 73 baburiwe irengero kandi bakekwa ko bapfuye nyuma y’impanuka y’ubwato ku nkombe za Libya kuwa Kabiri ushize . IOM yongeyeho ko abantu barindwi barokotse bageze ku nkombe bavuye mu bwato bwari butwaye abantu bagera kuri 80, bivugwa […]
Décès du député Fidel Rwigamba à 73 ans
Fidel Rwigamba, dĂ©putĂ© reprĂ©sentant le FPR-Inkotanyi Ă la Chambre des dĂ©putĂ©s, est dĂ©cĂ©dĂ© mercredi 15 fĂ©vrier des suites d’une maladie Ă l’âge de 73 ans Ă l’hĂ´pital King Faisal oĂą il recevait des soins . Son frère Camille Karamaga a confirmĂ© la nouvelle, ajoutant que le dĂ©funt est dĂ©cĂ©dĂ© Ă 9h30 mais n’a pu fournir […]
U Buholandi na Danemark byanze kohereza muri Ukraine ibifaru bya Leopard 2

Kuri uyu wa Kabiri, itariki 14 Gashyantare, ikinyamakuru Die Welt cyatangaje ko u Buholandi na Danemark bitazohereza muri Ukraine ibifaru by’intambara byakozwe n’u Budage byo mu bwoko bwa Leopard 2, nk’uko byatangajwe n’abayobozi ba leta mu bihugu byombi. Aya makuru aje mu gihe abashyigikiye Kiev bagerageje gushinga ihuriro ry’ibihugu byaha Ukraine ibifaru bihagije byo kurwanya […]
Abaguye mu mpanuka y’ubwato mu Kiyaga cya Kivu bamaze kugera ku 10
Imibare y’abaguye mu mpanuka y’ubwato yabereye mu Kiyaga cya Kivu kuwa Gatandatu, itariki 11 Gashyantare 2023 ku cyambu cya Chasi, mu Mujyi wa Bukavu yarushijeho kuzamuka . Iyi mibare rero yavuye ku bantu 2 bagera ku bantu 10 kuri uyu wa Kabiri, itariki 14 Gashyantare, nyuma yo kubona indi mirambo 8 yarerembaga ku mazi y’Ikiyaga […]
Nyamagabe: Hafashwe umukozi wo mu rugo ucyekwaho kwiba shebuja ibihumbi 400Frw na telefone
Polisi y’u Rwanda mu Karere ka Nyamagabe, kuri uyu wa Kabiri tariki ya 14 Gashyantare, yafashe umusore w’imyaka 20 ukurikiranyweho kwiba umukoresha we mu mujyi wa Kigali, amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 400 na telefone igezweho (smart phone) . Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’amajyepfo, Chief Inspector of Police (CIP) Emmanuel Habiyaremye, yavuze ko yafatiwe aho […]
La dĂ©cision d’appel de Ntaganzwa est fixĂ©e au 17 fĂ©vrier
La cour d’appel rendra vendredi 17 fĂ©vrier son verdict dans l’affaire d’appel de Ladislas Ntaganzwa . L’homme de 60 ans, ancien maire (bourgmestre) de la commune de Nyakizu (qui fait maintenant partie du district de Nyaruguru) qui a dĂ©jĂ Ă©tĂ© reconnu coupable d’avoir commis des crimes, dont le gĂ©nocide, ainsi que des viols et des […]
Umuyobozi wa Wagner Group yongeye kwigamba kwivanga mu matora yo muri Amerika mu 2016
Kuri uyu wa Kabiri, Yevgeny Prigozhin, ukuriye ikigo cy’abacanshuro b’Abarusiya, Wagner Group, yatangaje ko yashinze kandi agatera inkunga ikigo Internet Research Agency (IRA), sosiyete Washington ivuga ko cyakoreshejwe mu kwivanga mu matora y’umukuru w’igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yo mu 2016 . Prigozhin, inshuti ya Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, yamaze imyaka myinshi […]
Urukiko rugiye gutanga umwanzuro ku bujurire bwa Ntaganzwa
Ku wa Gatanu, itariki ya 17 Gashyantare, Urukiko rw’Ubujurire ruzatanga imyanzuro mu rubanza rw’ubujurire rwa Ladislas Ntaganzwa . Uyu mugabo w’imyaka 60, yahoze ari Umuyobozi (Bourgmestre) wa Komine ya Nyakizu (ubu ni mu Karere ka Nyaruguru) yari yahamijwe ibyaha birimo jenoside, ndetse no gufata ku ngufu n’ubwicanyi ndetse n’ibyaha byibasiye inyokomuntu. Mu bindi yahamijwe, harimo […]
Cabo Delgado: Gemfields Group yahagaritse gucukura amabuye y’agaciro kubera inyeshyamba
Ikigo cy’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro cya Gemfields Group (GEMGE.L), kuri uyu wa Kabiri, cyatangaje ko cyahagaritse ibikorwa kandi ko cyimuye abakozi bacyo mu kigo cy’ubushakashatsi bwa Nairoto kiri mu ntara ya Cabo Delgado muri Mozambique nyuma y’igitero cyagabwe ku mudugudu uri hafi yacyo . Iyi ntara yo mu majyaruguru ya Mozambike yibasiwe n’inyeshyamba zifitanye isano na […]
RDC ihangayikishijwe n’igabanuka ry’ibiciro bya Cobalt ku isoko
Ibiciro by’icyuma cy’ubururu kizwi nka Cobalt biragenda bigabanuka ku masoko mpuzamahanga. Impungenge zikomeye kuri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, igihugu cya mbere ku Isi gicukura cobalt nyinshi, ubukungu bwacyo bushingiye ahanini ku bucukuzi bw’amabuye y’agaciro . Igabanuka ry’ibiciro ngo ryatewe no kugabanuka ko gushaka aya mabuye ku Isi ndetse n’icyifuzo cya Indonesia cyo gucukura cobalt […]
USA: Byibuze abantu 3 bishwe barasiwe muri Kaminuza ya Michigan
Byibuze abantu batatu bishwe nyuma yo kuraswa n’umuntu witwaje imbunda muri Kaminuza ya Leta ya Michigan nk’uko byatangajwe na polisi . Kimwe n’abantu batatu bishwe, abapolisi bavuze ko ukekwaho icyaha nawe asa nk’uwapfuye azize “igikomere cy’amasasu”. Ku wa Mbere, abandi bantu batanu bakomerekeye mu gitero cyagabwe muri Campus nini mu mujyi wa East Lansing. Polisi […]
Les prix alimentaires devraient baisser cette annĂ©e – Ndagijimana
Il y a des signes que les prix du marchĂ© vont baisser cette annĂ©e Ă©tant donnĂ© que les prix de certaines denrĂ©es alimentaires ont commencĂ© Ă baisser vers la fin de 2022, a dĂ©clarĂ© le ministre des Finances, Uzziel Ndagijimana . Lors de la prĂ©sentation d’un budget national rĂ©visĂ© 2022-2023 lors d’une session parlementaire conjointe […]
Gasabo: Urukiko rwaburanishirije mu ruhame ushinjwa kwica umugore we
Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo kuwa Mbere rwaburanishirije aho icyaha cyakorewe, umugabo ukurikiranyweho icyaha cy’ubwicanyi buturutse ku bushake yakoreye umugore we amutemesheje umuhoro ahantu hatandukanye, mu mutwe, mu musaya, mu maso, ku maboko, no mu ijosi kugeza amwishe . Iyi nkuru dukesha Ubushinjacyaha Bukuru ivuga ko yamujijije ko ari umusambanyi nyamara abatangabuhamya bo bakavuga ko bari […]
Abasaga 11,000 ni bo bamaze kwemezwa ko bishwe n’umutingito wibasiye Turkiya na Syria
Ubu abantu barenga 11,000 bemejwe ko bishwe n’imitingito yibasiye Turkiya na Syria mu rukerera rwo ku wa Mbere . Abashinzwe ubutabazi, baturutse muri Turkiya n’amakipe mpuzamahanga, barimo gusiganwa n’igihe bashaka abarokotse mu mijyi yangiritse cyane mu majyepfo ya Turkiya no mu majyaruguru ya Syria, kandi bakomeje gukura abarokotse mu bisigazwa mu gihe cy’ubukonje bukabije. Perezida […]
Minisitiri w’imari aremeza ko ibiciro ku isoko byitezweho kugabanuka muri uyu mwaka
Minisitiri w’imari, Uzziel Ndagijimana yavuze ko hari ibimenyetso byerekana ko ibiciro ku isoko bizamanuka muri uyu mwaka urebye ko ibiciro by’ibiribwa bimwe na bimwe byari byatangiye kugabanuka ahagana mu mpera za 2022 . Kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 8 Gashyantare, ubwo yagaragarizaga abagize inteko ishinga amategeko ingengo y’imari y’igihugu ivuguruye ya 2022-2023, Minisitiri Ndagijimana […]
Cibitoke: Bahangayikishijwe n’imirambo batazi aho iva ikomeje gutorwa ku nkengero z’uruzi rwa Rusizi
Abaturage bo muri Komini Rugombo mu Ntara ya Cibitoke, barasaba ipererea ryimbitse nyuma y’aho imirambo 22 imaze gutorwa muri iyi ntara hafi y’uruzi rwa Rusizi kuva mu Kuboza umwaka ushize . Iyi nkuru dukesha Ijwi rya Amerika ivuga ko iyo mirambo ahanini itorwa ku nkengero z’uruzi rwa Rusizi rutandukanya ibihugu by’u Burundi, Repubulika ya Demokarasi […]
RDC: Loni iravuga abantu biciwe Kishishe na Bambo ari 171 aho kuba 131
Kuri uyu wa Kabiri ushize, ibiro bishinzwe uburenganzira bwa muntu muri Repubulia ya Demokarasi ya Congo byavuze ko ubwicanyi bwakozwe mu mpera z’Ugushyingo mu turere tubiri two mu burasirazuba bw’igihugu bwahitanye abasivili 171, bivugurura umubare w’abishwe wari watangajwe mbere . Iperereza ry’ibanze ry’Umuryango w’Abibumbye mu Kuboza, ryavugaga ko hapfuye abantu 131, mu gihe abategetsi ba […]
Mozambike: Ingabo z’u Rwanda zongereye ibikorwa byazo mu gice cy’amajyepfo ya Cabo Delgado
Ingabo z’u Rwanda zatangaje ko zongereye ibikorwa byazo byo kurwanya iterabwoba mu majyepfo y’intara ya Cabo Delgado muri Mozambike . Amakuru yatangajwe n’izi ngabo avuga ko Ingabo z’u Rwanda zongereye ibikorwa mu majyepfo y’intara ya Cabo Delgado, zitera inkunga Mozambique mu kurwanya iterabwoba kure y’agace k’imishinga ya gaze zari zisanzwe zikoreramo. Imishinga ya gaze yahagaritswe […]
Abanyarwanda batuye muri Turkiya bose baratekanye nyuma y’umutingito ukaze wibasiye iki gihugu
Ambasade y’u Rwanda muri Turkiya kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 7 Gashyantare, yatangaje ko Abanyarwanda bose batuye mu turere twibasiwe n’umutingito bafite umutekano . Abantu barenga 8,700 bamaze guhitanwa n’uyu mutingito wibasiye ibihugu bya Turkiya na Syria mu gihe abashinzwe ubutabazi bakomeje gushakisha abaheze mu matongo. “Umutingito wari mubi rwose. Kugeza ubu abantu 3,381 […]
Kentucky: Umunyarwanda Imanitwitaho Zachee wari warihinduje igitsina yishwe arashwe
Ku wa Gatanu ushize, Imanitwitaho Zachee, Umunyarwanda wari warihinduje igitsina wari uzwi n’inshuti ze nka Zachee, yarasiwe i Louisville, muri Kentucky, ho muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, aricwa . Uyu nibura abaye umuntu wa gatanu wihinduje igitsina muri Amerika wapfuye azize urugomo mu 2023, nkuko byatangajwe na Pittsburgh Lesbian Correspondents, blog yerekana ihohoterwa rikorerwa […]
Umupilote wo muri Nouvelle-Zélande yafashwe bugwate n’inyeshyamba
Umupilote wo muri Nouvelle-ZĂ©lande yafashwe bugwate n’inyeshyamba zo mu karere ka Papua gaharanira ubwigenge . Mehrtens w’imyaka 37 yafashwe nyuma y’uko indege ye yari itwaye abagenzi batanu yaterwaga nyuma yo kugwa mu ntara yitaruye y’imisozi ya Nduga. Abamushimuse, bo mu mutwe wa West Papua National Liberation Army (TPNPB), babwiye BBC ko “afite umutekano”. Ariko bavuga […]
Umutingito udasanzwe muri Turkiya na Syria umaze guhitana abantu basaga 2000
Umutingito udasanzwe wibasiye ibihugu bya Syria na Turkiya umaze guhitana abantu basaga 2000 mu gihe abandi bakabakaba 10,000 bakomeretse kuri uyu wa Mbere nk’uko bitangazwa n’ibinyamakuru bitandukanye . Ni umutingito uri ku gipimo cya magnitude 7,8 wibasiye Turkiya mu gihugu rwagati ndetse n’amajyarugru ashyira uburengerazuba bwa Syria. Uyu mutingito ukaba wangije ibintu yinshi birimo inyubako […]
Starlink d’Elon Musk va lancer l’internet haut dĂ©bit au Rwanda
L’Agence spatiale rwandaise (RSA) a annoncĂ© qu’elle avait dĂ©livrĂ© une licence Ă Starlink, constellation Internet par satellite, pour opĂ©rer dans le pays. Ses opĂ©rations devraient commencer au premier trimestre 2023, a appris The New Times . Starlink est exploitĂ© par SpaceX, une entreprise de fabrication de vaisseaux spatiaux fondĂ©e par le milliardaire Elon Musk. “Starlink […]
Perezida Emmanuel Macron arateganya gusura ibihugu 4 byo muri Afurika birimo RDC
Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron agiye gusura ibihugu bine byo muri Afurika atarageramo, birimo bibiri birimo kwitegura amatora rusange muri uyu mwaka ari byo Gabon na Repubulika ya Demokarasi ya Congo . Biteganyijwe ko Perezida Emmanuel Macron azatangirira uru rugendo i Libreville ku ya 1 na 2 Werurwe. Iruhande rwa Ali Bongo, Perezida w’u Bufaransa […]
Guhana abantu baryamana n’abo bahuje igitsina ni akarengane – Papa Fransisiko
Kuri iki Cyumweru gishize itariki 05 Gashyantare, Papa Fransisiko yavuze ko amategeko ahana abantu baryamana bahuje igitsina ari icyaha n’akarengane kuko Imana ikunda kandi ikanaherekeza abantu bakururwa n’abo bahuje igitsina. Papa Fransisko, wasubizaga ikibazo cy’umunyamakuru mu ndege ubwo yari avuye muri Sudani y’Epfo mu rugendo yagiriye mu bihugu bibiri bya Afurika, birimo na RDC, yashyigikiwe […]
Mali: Guverinoma yahambirije ukuriye ishami ry’uburengnzira bwa muntu muri MINUSMA
Kuri iki Cyumweru, itariki 05 Gashyantare, Guverinoma y’agateganyo ya Mali yavuze ko umuyobozi w’ishami ry’Ubutumwa ry’Umuryango w’Abibumbye muri iki gihugu ishinzwe uburenganzira bwa muntu yahawe amasaha 48 yo kuva mu gihugu nyuma yo kumenyeshwa ko atagikenewe mu gihugu . Mu itangazo ryayo, yavuze ko icyemezo cyo kwirukana Guillaume Ngefa-Atondoko Andali gifitanye isano n’uko yaba yarahisemo […]
U Bubiligi: Abanyarwanda 2 bashinjwa uruhare muri jenoside bagiye kuburanishwa
Abantu babiri bahunze ubutabera bakurikiranweho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, Pierre Basabose na Seraphin Twahirwa, bazitaba urukiko mu Bubiligi muri Kamena uyu mwaka. Basabose yashinjwe muri Kamena 2015 ibyaha bya Jenoside n’itsembatsemba. Yahoze ari umusirikare wari waravuye mu gisirikare kugira ngo yinjire mu bucuruzi. Yari afite ibiro by’ivunjisha i Kigali. Ku rundi ruhande, […]
Polisi yerekanye ukekwaho kwica abantu 4 wari ufite intego yo kwica 40 abifatanya no kwiba
Polisi y’u Rwanda yerekanye uwitwa Hafashimana Usto ukekwaho ibyaha by’ubwicanyi ndengakamere wafashwe amaze kwica abantu bane abaciye imitwe abandi babiri akabakomeretsa, umwe muri bo amukuramo ijisho undi amuca ukuboko . Uyu mugabo w’imyaka 34 witwa uzwi kandi ku izina rya Yussuf avuka mu Karere ka Ngororero, Umurenge wa Ngororero mu Kagali ka Kanseke akekwaho ibyaha […]
Umupadiri n’abanyeshuri be 5 bafashwe bazira gusebya Perezida Tshisekedi imbere ya Papa Fransisiko
Umwe mu bagize mu bamisiyoneri ba Oblats Mary ImmaculĂ©e, Padiri Guy Julien Muluku n’abanyeshuri be bo muri Institut Saint Eugène de Mazenod i Kinshasa batawe muri yombi kuri Stade des Martyrs n’inzego z’ubutasi bazira gusebya Perezida Tshisekedi imbere ya Papa . Aba ni bo bari inyuma y’indirimbo yaririmbwe ku wa Kane ushize n’igice kinini cya […]
Gasabo: Yafatanwe permis mpimbano yakuye i Burundi
Polisi y’u Rwanda yihanangirije abantu bose bazi ko bakoresha impushya zo gutwara ibinyabiziga mpimbano n’abajya kuzigura mu bindi bihugu ko uzabifatirwamo atazihanganirwa . Uyu muburo uje ukurikira ifatwa ry’umugabo w’imyaka 35, wari utwaye ikamyo yo mu bwoko bwa Benz Actros, afite uruhushya rwo gutwara ibinyabiziga rw’uruhimbano rwatangiwe mu gihugu cy’u Burundi. Uwafashwe ni uwitwa Shema […]
Nabonye Urupfu; rwaramvugishaga – Umwanditsi wa filimi Hanif Kureishi

Umwanditsi wa filimi watoranyijwe mu bahatanira ibihembo bya Oscar, Hanif Kureishi, yabwiye BBC ko “yabonye urupfu” nyuma yo kuba paralyse nyuma yo kugwa mu Kuboza . Uyu mwanditsi watsindiye ibihembo kubwa filimi My Beautiful Laundrette na The Buddha of Suburbia yaguye ubwo yari mu biruhuko i Roma ku munsi wa Boxing Day. Ibi byamuviriyemo kunanirwa […]
Gen. Pervez Musharraf wahoze ari Perezida wa Pakistan yapfuye ku myaka 79
Uwahoze ari Perezida wa Pakistan, Gen. Pervez Musharraf, wafashe ubutegetsi mu ihirikwa ry’ubutegetsi ryamennye amaraso menshi mu 1999 agatangira kurwanya ubuhezanguni bwa kisilamu, yapfuye afite imyaka 79 . Gen. Musharraf yari umutegetsi w’umusirikare utavugwaho rumwe wayoboye Pakistan idashaka gufasha mu ntambara ya Amerika muri Afghnistan yo kurwanya abarwanyi b’abatalibani igihugu cye cyari cyarashyigikiye mbere, nubwo […]
Ambasaderi mushya wa Turkiya mu Rwanda arateganya kurushaho gushimangira umubano w’ibihugu byombi
Ambasaderi mushya wa Turkiya mu Rwanda yasezeranyije ku wa Kane ushize ko ateganya kurushaho gushimangira umubano usanzwe hagati y’ibihugu byombi . Muri iki cyumweru, Aslan Alper YĂĽksel watangiye imirimo ye, yasimbuye Burcu Çevik, warangije manda ye mu kwezi gushize nyuma yo gutangira imirimo ye muri 2019. Mu ijambo rye, YĂĽksel yavuze ko umubano hagati y’ibihugu […]