Ba Defence Attachés bakorera mu Rwanda bamenyeshejwe uko umutekano wifashe

Kuri uyu wa Kane, Minisiteri y’Ingabo/Ingabo z’u Rwanda (RDF) bakiriye abajyanama mu bya Gisirikare (Defence AttachĂ©s) bahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda. Bagejejweho ikiganiro kirambuye cyagarutse ku miterere y’umutekano mu gihugu no mu karere, ndetse n’uruhare rw’ Ingabo z’u Rwanda mu bikorwa byo kubungabunga amahoro mu bufatanye mpuzamahanga n’ubushingiye ku mubano hagati y’ibihugu. Itsinda ry’abitabiriye ryakiriwe […]

Namibia: Adolf Hitler yatsinze amatora y’abadepite

thumbs b c 2d45724a87bb97180a4e633539633b52

Umunyapolitiki wo muri Namibia witiriwe umunyagitugu w’Umudage Adolf Hitler, byatangajwe ko yatsinze amatora ku majwi menshi nk’uko ibyayavuyemo byashyizwe ahagaragara kuri uyu wa Kane ushize bibigaragaza. Adolf Hitler Uunona, ubu uhitamo guhamagarwa Adolf Uunona, yagumanye umwanya we mu gace gato ko mu majyaruguru ka Ompundja mu karere ka Oshana n’amajwi 1,275, mu gihe uwo bari […]

Musanze: Arashinjwa kwica atwitse abantu 3 mu bihe bitandukanye

csm MUSANZE 122321pdf 545dd2d8f3 1

Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Musanze bukurikirinye umugabo uri mu kigero cy’imyaka 24 ukekwaho gutwika abantu batandukanye akoresheje lisansi batatu muri bo bakahasiga ubuzima.  Icyaha akekwaho cyakozwe ku itariki ya 13/10/2025 ndetse na 13/11/2025 mu masaha atandukanye y’ijoro mu Mudugudu wa Nyagisozi, Akagari ka Gatwa, Umurenge wa Janja, mu Karere ka Gakenke. Uregwa, ku itariki […]

Perezida Embalo wahiritswe ku butegetsi yageze muri Senegal

KHKTMJSLBVFYZM7OICOQBR72VM

Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Senegali yatangaje ko Perezida Umaro Sissoco Embalo, wahiritswe ku butegetsi kuwa Gatatu muri Guinea Bissau, yageze i Dakar kuri uyu wa Kane ushize, itariki ya 27 Ugushyingo. Itangazo rya minisiteri rivuga ko Embalo yageze muri Senegal mu ndege yakodeshejwe na ECOWAS (Umuryango w’ubukungu w’ibihugu bya Afurika y’iburengerazuba). Iri tangazo rije nyuma […]

Imirwano yahuje AFC/M23 na Wazalendo i Kivuye

FB IMG 1744575951482

Byibuze umuntu umwe yapfuye undi arakomereka bikabije mu mirwano ikomeye yahuje abarwanyi ba AFC/M23 n’inyeshyamba za wazalendo zo mu mutwewa ACNDH.  Iyi mirwano yabereye kuwa Gatatu, itariki 26 Ugushyingo 2025, ahitwa Kivuye, muri Gurupoma ya Bashali Moko, Teritwari ya Masisi. Amakuru aturuka mu nzego z’ubuzima muri ako gace, avuga ko ari umusore w’imyaka 20 wafashwe […]

EACJ yahagaritse amasezerano y’ubucuruzi yasinywe hagati ya Kenya na EU

EU Parliament scaled 1

Iki cyemezo cyafashwe nyuma y’ikirego cyatanzwe n’umuryango utegamiye kuri leta muri Uganda uvuga ko aya masezerano azateza ingaruka ku bidukikije kandi ko arenga ku ngingo nyinshi z’amasezerano y’akarere, cyateje inzika nyinshi i Nairobi. Mu gihe yemerera ibicuruzwa bya Kenya kwinjira ku isoko ry’ibihugu by’i Burayi nta musoro, ayo masezerano yari agamije, kugabanya buhoro buhoro imisoro […]

Hong Kong: Inkongi y’umuriro yibasiye amagorofa 7 yahitanye benshi,abandi baburirwa irengero

hong kong fire

Nibura abantu 55 bahitanywe n’inkongi y’umuriro ikabije yibasiye amazu maremare yo gucumbikamo muri Hong Kong, kandi abarenga 270 bataraboneka. Inkongi y’umuriro yibasiye amagorofa arindwi kuri umunani yubatswe mu karere ka Tai Po. Umuriro wazimijwe muri ane (amagorofa) ubwo iyi nkuru yandikwaga na BBC mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane, kandi abayobozi bizeye kuzimya umuriro […]

AFC/M23 yamaganye urwitwazo rwa Kinshasa rw’ibikorwa byihutirwa by’ubutabazi mu bice igenzura

G6r5VaiW4AAwwOS

Kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 26 Ugushyingo 2025, mu kiganiro n’abanyamakuru i Goma, AFC / M23 yamaganye ibikomeje gutangazwa na Kinshasa ishimangira ko nta bikorwa byihutirwa by’ubutabazi bikenewe mu turere twabohowe, ishimangira ko ahubwo “ikibazo nyacyo kiri mu turere tugenzurwa n’ubutegetsi bwa Kinshasa”. Bane mu bayobozi bakuru b’uyu mutwe – Fanny Kayembe, wo mu […]

Washington: Abasirikare 2 barasiwe hafi ya White House

zRmHtsx4 720

Abasirikare babiri ba Amerika bo mu mutwe wa National Guard, bakomeretse bikabije nyuma yo kurasirwa i Washington DC, munsi y’ibirometero bibiri uvuye kuri White House, ibyo umuyobozi w’umujyi yise “kurasa” kwagambiriwe. Polisi yavuze ko ukekwaho icyaha wenyine yarashe ku basirikare babiri bo muri National Guard z’ingabo z’igihugu baturutse muri Virginie y’Iburengerazuba ku gicamunsi cyo kuri […]

Miliyoni 150$ zigiye gushorwa mu kwagura drones zikoresha AI mu Rwanda

images 26

U Rwanda rugiye kubimburira ibihugu bine bya Afurika byagenewe inkunga ya miliyoni 150 z’amadoari ya Amerika, ni ukuvuga miliyari zisaga 218 z’amafaranga y’u Rwanda, zizifashishwa mu kwagura indege nto zitagira abapilote (drones) zikoresha ikoranabuhanga ry’ubwenge muntu buhangano (Artificial Intelligence). Iyo nkunga yatanzwe na Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA) yagenewe Ikigo Zipline gikomeje kwagura ubwikorezi […]

Mwenga: Sosiyete sivile irashinja FARDC na Wazalendo gusahura abaturage nyuma y’imirwano

589112445 1191346406455411 6273638255601249710 n

Sosiyete sivile yo muri Teritwari ya Mwenga, mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo, yamaganye mu itangazo ryayo ibikorwa by’ubusahuzi byagaragaye kuri uyu wa Kabiri ushize, Itariki 25 Ugushyingo 2025, bikozwe n’ingabo za leta n’inyeshyamba bafatanyije. Uyu muryango utegamiye kuri leta urashinja bamwe mu basirikare ba FARDC ndetse n’inyeshyamba za wazalendo kuba inyuma y’ibikowa byo gusahura abaturage […]

Sudani y’Epfo: Impanuka y’indege yari itwaye imfashanyo yahitanye batatu

images 22

Kuri uyu wa Kabiri ushize, itariki 25 Ugushyingo, indege yari itwaye imfashanyo y’ibiribwa y’umuryango mpuzamahanga w’Abasamariya yaguye muri Unity State muri Sudani y’Epfo, ihitana abakozi bayo bose uko ari batatu, nk’uko byatangajwe n’umuyobozi muri uyu muryango utabara imbabare. Iyi ndege ikoreshwa na Nari Air, yari itwaye toni 2 z’ibikoresho biturutse mu murwa mukuru, Juba, bishyiriwe […]

Israel iravuga ko yatangije ibikorwa byo kurwanya iterabwoba muri West Bank

c gettyimages 2147736475

Kuri uyu wa Gatatu, itariki 26 Ugushyingo, Igisirikare cya Israel cyatangaje ko cyatangije “igikorwa kinini cyo kurwanya iterabwoba” mu majyaruguru y’Intara ya West Bank yigaruriye. Igirikare cy’igihugu cya Israel (IDF) cyavuze ko igikorwa cya gisirikare cyateguwe ku bufatanye cya Shin Bet, Ishami rishinzwe Umutekano w’Imbere mu gihugu, hamwe n’Igipolisi gishinzwe kugenzura Imipaka cya Israel, cyatangiye […]

U Rwanda mu bihugu bizakira imikino ya FIFA Series 2026

54108388397 ac4652b059 h

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru ku Isi, FIFA, ryahisemo u Rwanda mu bihugu bizakira imikino ya FIFA Series mu 2026. FIFA yemeje ko ibihugu byinshi birimo u Rwanda na Maurice byo muri Afurika mu cyiciro cy’abagabo bizakira FIFA Series 2026 izaba mu rwego ry’imikino mpuzamahanga muri Werurwe na Mata. Imikino ya FIFA Series ku bagabo n’abagore iha […]

Burundi: Gen. Bunyoni amaze ukwezi kurenga mu bitaro acunzwe bikomeye

guillaume 37ca4 900x570 1

Uwahoze ari Minisitiri w’Intebe w’u Burundi, Alain Guillaume Bunyoni, akomeje kuba mu Bitaro by’Akarere ka Gitega mu murwa mukuru wa politiki, aho akomeje kwitabwaho bya hafi kuva ku itariki ya 9 Ukwakira 2025 nk’uko amakuru ava mu nzego z’ubuvuzi avuga. Umwe mu bashinzwe ubuzima, utifuje ko amazina ye atangazwa, yerekanye ko Gen. Bunyoni “yagiye yoroherwa […]

Gasabo: Urukiko rwakatiye umusore w’imyaka 20 wishe sekuru

csm Gasabo 122321pdf 545dd2d8f3 f130dad671 1

Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo ruri aho icyaha cyabereye mu Karere ka Bugesera, Umurenge wa Gashora, mu Kagari ka Ramiro, rwasomye urubanza Ubushinjacyaha buregamo umusore w’imyaka 20 wishe sekuru rumuhanisha igihano cy’igifungo cya burundu.  Icyaha uregwa yari akurikiranweho cyakozwe ku itariki ya 17/04/2025, ubwo uyu musore yakaga sekuru amafaranga ibihumbi magana abiri (200,000Frw) yari yaramubikije akanga […]

Guinea-Bissau: Perezida Embalo n’uwo bari bahanganye mu matora bose barigamba intsinzi

Embal Dias ok

Fernando Dias, umukandida wigenga, hamwe na Perezida Umaro Sissoco Embalo uriho ubu bombi ku wa Mbere batangaje ko batsinze mu matora y’umukuru w’igihugu wa Guinea-Bissau yabaye mu mpera z’icyumweru mu gihe igihugu gitegereje ibyavuye mu matora. Ikinyamakuru cyigenga cyo ku rubuga rwa interineti O Democrata GB cyatangaje ko Dias ufatwa nk’umwe mu bafite amahirwe yo […]

Pentagon yakangishije umusenateri kumusubiza mu gisirikare ku gahato

Pentagon Kelly 88669

Minisiteri y’Ingabo muri Amerika (Pentagon) ivuga ko ishobora guhamagarira Senateri Mark Kelly gusubira mu nshingano zikomeye za gisirikare mu rwego rwo kumuhana kubera ko yagaragaye muri videwo ahamagarira abasirikare kwanga “amabwiriza atemewe”. Mbere y’uko aba senateri w’umudemokarate ukomoka muri Arizona, Kelly yari umusirikare mukuru mu ngabo zirwanira mu mazi akaba n’umupilote wakoze ubutumwa bw’intambara mu […]

USA: Umucamanza yateye utwatsi imanza z’uwahoze ayobora FBI n’umushinjacyaha

MixCollage 20 Nov 2025 10 39 AM 2055

Kuri uyu wa Mbere, itariki 24 Ugushyingo, Umucamanza wa Leta muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yateye utwatsi ibirego bishinjwa James Comey wahoze ari umuyobozi wa FBI hamwe n’Umushinjacyaha Mukuru wa New York, Letitia James, yemeza ko umushinjacyaha ukurikirana ibirego yashyizweho mu buryo butemewe n’amategeko. Umucamanza Cameron McGowan Currie yanditse mu cyemezo cye ko ishyirwaho […]

FARDC yaba yisubije Umujyi wa Buhimba

ELLENKFARDC

Umujyi muto wa Buhimba, muri Guruoma ya Waloa Yungu (agace ka Walikale) iherereye muri Kivu y’Amajyaruguru, wongeye gufatwa n’ingabo za leta zishyigikiwe na Wazalendo ku wa Mbere, 24 Ugushyingo, nyuma y’umunsi umwe wigaruriwe n’inyeshyamba za AFC / M23. Aka gace kari kafashwe n’inyeshyamba za M23 ku Cyumweru nimugoroba. Ku wa Mbere, bivugwa ko Ingabo za […]

EU yemereye FARDC miliyoni 10 z’Ama-Euro

bitmap 1200 nocrop 1 1 20240404144704042073 IMG 20240403 WA0010

Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi watangaje ko ugiye guha miliyoni 10 z’Ama-Euro y’inkunga Igisirikare cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC). Iyi nkunga igamije guha FARDC ibikoresho bya gisirikare bitica bakenera mu kazi kabo nk’uko inkuru dukesha ACTUALITE.CD ivuga. Iyi ni inkunga ya kabiri nk’iyi yahawe Ingabo za Congo: iya mbere, yemejwe mu 2023, yagenewe Brigade […]

Israel: Abayobozi benshi b’ingabo birukanwe kubera igitero cya Hamas cyo mu 2023

413055

Igisirikare cya Israel cyirukanye abasirikari bakuru benshi ndetse cyihaniza abandi kubera kunanirwa gukumira igitero cyagabwe na Hamas muri Israel mu Kwakira 2023. Kuri uyu wa Mbere, itariki 24 Ugushyingo, urutonde rw’abajenerali birukanwe ku mugaragaro harimo abashinzwe iperereza rya gisirikare, ibikorwa, n’ubuyobozi bw’amajyepfo bushinzwe Gaza. Iki cyemezo kije mu gihe guverinoma itaranatangira iperereza kuri icyo gitero, […]

Jimmy Cliff wamamaye mu njyana ya Reggae yatabarutse ku myaka 81 y’amavuko

jimmy

Umuhanzi Jimmy Cliff wo muri Jamaica, wamamaye mu njyana ya Reggae, yapfuye afite imyaka 81 y’amavuko ahitanwe n’umusonga, nk’uko umugore we yabitangaje kuri Instagram. Nk’uko umugore we yabitangaje mu butumwa bwashyizwe kuri Instagram, uyu muhanzi yari arwaye umusonga. Ubutumwa bwashyizwe kuri konti yemewe y’uyu muhanzi bugira buti: “Mbabajwe cyane no kubamenyesha ko umugabo wanjye Jimmy […]

FARDC na Wazalendo bazindutse bagerageza kwirukana AFC/M23 mu Mujyi wa Buhimba yaraye ifashe

20240727 MAP002

Kuva mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere, itariki ya 24 Ugushyingo, i Buhimba, muri Gurupoma ya Waloa Yungu (muri Teritwari ya Walikale) mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, haramukiye imirwano ikaze hagati y’inyeshyamba za AFC / M23 n’ingabo za leta, zishyigikiwe na Wazalendo. Nk’uko amakuru aturuka muri ako agace agera kuri ACTUALITE.CD abitangaza, ngo Ingabo […]

Beirut: Israel yishe Umugaba Mukuru wa Hezbollah

Israel yatangaje ko yishe umugaba mukuru wa Hezbollah, Haytham Tabtabai mu gitero cyagabwe i Beirut, kikaba kibaye igitero cya mbere cya Israel muri uyu mujyi kuva muri Kamena. Ku mugoroba wo ku Cyumweru, gishyira kuri uyu wa Mbere, Israel yatangaje ko yishe Haytham Tabtabai, ukekwaho kuba yari umugaba mukuru wa Hezbollah, mu gitero cyagabwe ku […]

Nigeria: Abana 50 muri 315 baherutse gushimutwa baratorotse

gettyimages 2247525662

Abana 50 mu bana 315 bashimuswe n’abantu bitwaje imbunda bo mu ishuri ry’Abagatolika ryo muri Leta ya Niger baratorotse. Igipolisi cyaho kivuga ko abantu bitwaje imbunda bateye ishuri rya St Mary ahagana mu ma saa munani za mugitondo (01:00 GMT) ku wa Gatanu ushize. Ishyirahamwe ry’Abakirisitu rikurikiranira hafi iki kibazo rivuga ko, abanyeshuri bashoboye gutoroka […]

Ese FDLR ishobora gutangira kugabwaho ibitero?

images 20

I Washington, intumwa z’Abanyekongo, Abanyarwanda, Abanyamerika, na Qatar batangiye gutekereza ku bikorwa byo kugaba ibitero ku mutwe wa FDLR (urwanya ubutegetsi bw’u Rwanda), umutwe wafatiwe ibihano na Loni kandi ufatwa nk’uwabajenosideri na Leta y’u Rwanda. Iyi yari ingingo nyamukuru yo kuganirwaho ku wa Gatatu no ku wa Kane, itariki ya 20 Ugushyingo, mu nama ya […]

RDC: Lt. Gen. Masunzu yasimbujwe General Major Nyembo Abdallah

IMG 20251121 053930

General Major Nyembo Abdallah muri iki cyumweru yagizwe umuyobozi w’Akarere ka 3 k’Igisirikare cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC ), asimbuye kuri uwo mwanya Lt. General Pacifique Masunzu uherutse gufatwa no koherezwa i Kinshasa. Akarere ka 3 ka gisirikare karimo intara za Maniema, Kivu y’Amajyaruguru, Kivu y’Amajyepfo, Bas-UĂ©lĂ©, Tshopo, Haut-UĂ©lĂ© na Ituri. Lt. Gen. […]

Ibitero bya hato na hato by’abantu bitwaje intwaro bihangayikishije abaturage muri Sake

gettyimages 2154761028 2048x2048 1

Mu ijoro ryo kuwa Gatandatu, rishyira kuri iki Cyumweru, itariki ya 22 Ugushyingo, abantu bitwaje intwaro babibye ubwoba mu gace ka MosquĂ©e muri Sake, ku birometero 27 mu burengerazuba bw’Umujyi wa Goma mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, nyuma y’ibitero byagabwe ku isaha ya saa mbiri z’ijoro ku isaha yaho. Nk’uko abaturage benshi […]

Perezida Zelenskyy yemeye ko Ukraine igeze mu mayira abiri

975f6852922107adaaafea92603ba4c4

Kuri uyu wa Gatanu ushize Perezida wa Ukraine yagaragaje ko igihugu cye ubu kigomba guhitamo hagati y’ibintu bibiri bikomeye cyane ari byo: Gutakaza agaciro cyangwa kubura umufatanyabikorwa w’ingenzi. Yatangaje ibi akomoza ku mushinga w’amasezerano wateguwe na Amerika n’u Burusiya bigaragara ko usaba Ukraine kuzigomwa ibice bimwe by’ubutaka bwayo. Perezida Volodymyr Zelenskyy yavuze ko Ukraine igomba […]

Masisi: AFC/M23 yafashe Umujyi wa Mahanga nyuma yo kwirukansa FARDC na Wazalendo

gettyimages 2201169151 612x612 1

Kuri uyu wa Gatandatu, itariki ya 22 Ugushyingo 2025, umujyi wa Mahanga muri Gurupoma ya Nyamaboko ya 1 (Teritwari ya Masisi) muri Kivu y’Amajyaruguru, waguye mu maboko y’inyeshyamba za AFC / M23, nyuma y’imirwano ikaze hagati yabo n’ingabo za leta zishyigikiwe na Wazalendo. Biravugwa ko kuva ku wa Gatanu, itariki ya 21 Ugushyingo, inyeshyamba za […]

Nigeria: Abana basaga 300 bashimutiwe mu ishuri gaturika

17int nigeria 1 hqbj mediumSquareAt3X

Abana n’abakozi barenga 300 biravugwa ko bashimuswe mu ishuri ry’Abagatolika muri Nigeria muri iki cyumweru, muri bumwe mu bushimusi bukabije bwigeze bukorwa aho hantu. Ishyirahamwe ry’Abakirisitu muri Nigeria (CAN) ryatangaje kuri uyu wa Gatandatu ushize ko ryazamuye umubare w’abavanywe mu ishuri rya St Mary muri Leta ya Niger, ku wa Gatanu, ugera kuri 315 bavuye […]

Mozambique: Umuyobozi ushinzwe Cabo Delgado yasuye Inzego z’Umutekano z’u Rwanda

G6XWNbiXUAEy yf

Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Intara ya Cabo Delgado, Fernando Bemane de Sousa, kuri uyu wa Gatandatu, itariki 22 Ugushyingo 2025, yasuye Inzego z’umutekano z’u Rwanda (RSF) ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro mu Karere ka MocĂ­mboa da Praia.   Yari aherekejwe n’Umuyobozi w’Akarere ka MocĂ­mboa da Praia, Sergio Domingo Cypriano, Umuyobozi ushinzwe ubukangurambaga no kwinjiza […]

Uvira: Babiri biciwe mu mirwano hagati y’imitwe 2 ya wazalendo

00congo 4 kvmt articleLarge

Abarwanyi babiri ba Wazalendo bapfuye ku gicamunsi cyo kuwa Gatandatu, itariki ya 22 Ugushyingo, nyuma y’imirwano yabaye hagati y’imitwe ibiri ya Wazalendo i Sange. Amakuru aturuka muri ako gace avuga ko iyi mirwano yarimo imitwe ya Wazalendo ya Ngoma Nzito na Kamama, yarwaniye rwagati muri Sange. Martin Fikiri, umuhuzabikorwa wa Sosiyete Sivile Nshya (NSCC) muri […]

Abayobozi ba Ukraine bahindutse” agatsiko k’abagizi ba nabi “bicaye ku” nkono za zahabu – Putin

6920176c20302711d8301c75

Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, yagize ati: “Abayobozi ba Ukraine bahindutse” agatsiko k’abagizi ba nabi “batitaye ku gihugu cyabo bicaye ku” nkono zabo za zahabu “. Perezida Putin yatangaje ibi kuri uyu wa Kane, ubwo yasuraga ubuyobozi bw’ingabo zirwana mu ntambara yo muri Ukraine. Mu ijambo yagejeje ku bayobozi bayobora itsinda ry’ ‘Iburengerazuba’, Putin yavuze […]

Masisi: Imirwano irakaze hagati ya AFC/M23 na Wazalendo ahitwa Kibanda

M23 Kibumba1

Imirwano hagati y’inyeshyamba za AFC / M23 na Wazalendo yavuzwe kuva mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu, itariki ya 21 Ugushyingo, i Kibanda, mu Murenge wa Osso Banyungu muri Teritwari ya Masisi, muri Kivu y’Amajyaruguru. Amakuru aturuka mu nzego z’umutekano muri Walikale avuga ko inyeshyamba zimaze iminsi itatu zongera abarwanyi n’ibikoresho, zagabye igitero ku […]

Ukraine: Ingabo z’u Burusiya zafashe umujyi w’ingenzi ku Ruzi Oskol

EJNDog6gAj5BsnG1ilbz

Kuri uyu wa Kane, itariki 20 Ugushyingo 2025, Ingabo z’Uburusiya zafashe Umujyi wa Kupyansk uherereye mu majyaruguru y’uburasirazuba bwa Ukraine, nk’uko byatangajwe n’Umuyobozi Mukuru w’Ingabo, Valery Gerasimov, ubwo yabonanaga na Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, ku cyicaro cy’ingabo. Gerasimov yavuze ko ubu umujyi ugenzurwa byuzuye n’Ingabo z’u Burusiya, mu gihe Putin we yasuzumye uko urugamba […]

AFC/M23 iremeza ko ibiganiro na Leta ya Kinshasa bizakomeza i Doha

Capture 4

Umutwe w’inyeshyamba wa M23 wavuze kuri uyu wa Kane, itariki 20 Ugushyingo, ko ibiganiro na Guverinoma ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo i Doha bizakomeza mu byumweru biri imbere, nubwo habayeho kurenga ku ihagarikwa ry’imirwano. Benjamin Mbonimpa, Umunyamabanga uhoraho wa AFC/M23 akaba n’umuyobozi w’intumwa zabo mu biganiro bya Doha, yatangarije ibi mu kiganiro n’abanyamakuru i […]

Gen. Rwivanga yaganirije abanyeshuri n’abarimu muri Kaminuza ya Zambia

G6NesiGWEAAZv1Y

Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Brig Gen Ronald Rwivanga, kuri uyu wa Kane, itariki 20 Ugushyingo 2025, yahaye ikiganiro itsinda rigizwe n’abanyeshuri n’abarimu 20 bo muri Kaminuza ya Zambiya bari mu Rwanda mu ruzinduko rw’amasomo kuva tariki 16 kuzageza ku ya 23 Ugushyingo 2025. Iki kiganiro cyabereye ku cyicaro gikuru cya Kaminuza y’u Rwanda giherereye i […]

Brazil: Inkongi y’umuriro yatumye abari mu nama ya COP30 bahungishwa

6VGYKTHLFBOONF6XZ24OTQJIZI

Kuri uyu wa Kane ushize, inkongi y’umuriro yatumye abateguye inama y’Umuryango w’Abibumbye ku Mihindagurikire y’ikirere, COP30, ibera i Belem mu majyaruguru ya Brazil bahungishwa bava ahaberaga ibiganiro. Abanyamakuru n’abandi bitabiriye inama bohererejwe inyandiko izenguruka ivuga ko muri Zone B, ahamurikirwa ibikorwa, habaye “inkongi y’umuriro,” maze basabwa “guhita bahava.” Inzogera yumvikanye ndetse itanga ibimenyetso isaba abari […]

Minisitiri Nduhungirehe yaganiriye na bagenzi be bo muri Francophonie

G6N1unrXoAAhaqD 1

Ku munsi wa kabiri w’Inama ya 46 y’Abaminisitiri bo mu bihugu byibumbiye mu muryango w’ibihugu bikoresha ururimi rw’Igifaransa (#CMF46), kuri uyu wa Kane, itariki 20 Ugushyingo, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, yakiriye Christine Harijaona Razanamahasoa, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Madagascar, iherutse kubamo ihirikwa ry’ubutegetsi. Baganiriye ku bufatanye bw’ibihugu byombi n’ibyihutirwa bahuriyeho muri Francophonie. Kuri […]

FARDC iravuga ko yisubije agace ka Katoyi

images 16

Ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo) na Wazalendo ziravuga ko zigaruriye umujyi wa Katoyi zirangije zamagana “kurenga ku gahenge kw’inyeshyamba za M23. Igisirikare cya Congo kivuga ko cyigaruriye umujyi wa Katoyi, muri Teritwari ya Masisi, mu gihe gishinja inyeshyamba za AFC / M23 kurenga ku masezerano yo guhagarika imirwano yasinyiwe muri Qatar zongera ibitero […]

Umushinwakazi wabaye meya muri Filipine yakatiwe igifungo cya burundu

1 2025 10 03 21 13 38

Kuri uyu wa Kane, urukiko rwo muri Filipine rwakatiye Alice Guo wahoze ari umuyobozi w’umujyi wa Bamban, uherereye mu majyaruguru ya Manila, gufungwa burundu kubera gucuruza abantu. Guo Hua Ping, wagaragajwe n’inzego z’ubutegetsi nk’umunyagihugu w’u Bushinwa, yabaye umuyobozi nyuma yo kwiyerekana nk’Umunyafilipine atari we, kandi yagize uruhare mu rusimbi rutemewe n’ubutekamutwe. Umushinjacyaha wa Leta, Olivia […]

Mwenga: Abawazalendo bicishije inkoni umuyobozi w’agace ka Kigumo

WhatsApp Image 2025 03 03 a 12.56.46 89e0bcd3

Umuyobozi w’agace ka Kigumo, muri Gurupoma ya Bagunga, Sheferi ya Wamuzimu (Teritwari ya Mwenga), Kivu y’Amajyepfo, yapfuye yishwe n’inkoni yakubiswe n’inyeshyamba za Wazalondo ziherereye muri ako karere. Nk’uko sosiyete sivile yo muri ako gace yashyize ahagaragara kandi ikamagana iki gikorwa, ngo ibyabaye byabaye ku wa Kabiri, itariki ya 18 Ugushyingo. Perezida wa sosiyete sivile yaho, […]

RDC: 30% by’ingengo y’imari bigiye gushorwa mu gisirikare muri 2026

hq720 4

Minisitiri w’Intebe wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, Judith Suminwa, ku wa Kabiri, itariki ya 18 Ugushyingo, yashyikirije Inteko Ishinga Amategeko umushinga w’ingengo y’imari. Mu rwego rw’umutekano ukomeje guhungabana, cyane cyane mu burasirazuba bw’igihugu, guverinoma yavuze ko 30% by’ingengo y’imari bizahabwa igisirikare n’inzego z’umutekano, aho bivugwa ko ibi bitigeze bibaho. Judith Suminwa imbere y’abagize inteko […]

Macron yatangiye uruzinduko mu bihugu 4 bya Afurika

63fcf347f985097c4f8b45e2

Mu gihe urugendo nyamukuru ruzaranga uruzinduko rwe ari ukwitabira inama ya G20 izabera i Johannesburg ku itariki ya 22 na 23 Ugushyingo, Perezida w’u Bufaransa arateganya kuboneraho gusura ibindi bihugu bya Afurika mu rwego rwo kuvugurura umubano hagati y’u Bufaransa na Afurika, hagamijwe ubufatanye buringaniye. Ni muri urwo rwego ategerejwe mu Birwa bya Maurice kuri […]

Abawazalendo barigamba gufata imidugudu ku bufatanye na FDNB na FARDC

hq720 2

Sosiyete sivile muri Teritwari ya Kabare iravuga ko igitero cyagabwe n’Ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) zishyigikiwe n’Ingabo z’u Burundi (FDNB) n’inyeshyamba za Wazalendo. Inyeshyamba za Wazalendo zo mu mutwe wa MPDAC zivuga ko zigaruriye imidugudu ya Gongwa, Muravya, na Kanono mu misozi miremire ya Teritwari ya Uvira, nyuma yo guhangana n’inyeshyamba za […]

Kenya: Abashinzwe kurinda umupaka 2 bishwe na al shabab

thumbs b c c3ac232b14b5f0a02d9447971990bd01

Polisi yavuze ko abapolisi babiri bashinzwe umutekano ku mupaka wa Kenya bishwe ku wa Gatatu, itariki 19 Ugushyingo, nyuma y’uko imodoka yabo iturikanwe n’igisasu cyatezwe n’umutwe w’iterabwoba wa al-Shabaab ukomoka muri Somaliya ku muhanda wa Liboi-Kulan mu majyaruguru ya Kenya. Iki gitero cyabereye hafi y’umupaka wa Kenya na Somaliya mu Ntara ya Garissa, akarere gaherereye […]

Col. Migambi yaganirije abitabiriye Itorero Imbuto Zitoshye

1

Kuri uyu wa Gatatu, Umuyobozi mukuru mu ngabo z’u Rwanda ushinzwe ubufatanye bwa Gisirikare n’Abasivili (Chief J9), Col. DĂ©sirĂ© Migambi Mungamba, yatanze ikiganiro ku rubyiruko rugize Itorero Imbuto Zitoshye rukaba ruri mu mahugurwa y’icyumweru kimwe y’uburere mboneragihugu (16–22 Ugushyingo 2025) ari kubera mu Kigo cy’Igihugu cy’Ubutore giherereye Nkumba, mu Karere ka Burera. Aya mahugurwa, agize […]

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ikaze iravuza ubuhuha hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

64398834 902

Kuva mu gitondo cya kare, nk’uko amakuru agera kuri Actualite.cd abitangaza, aravuga ko inyeshyamba za M23 zateye ibirindiro bya Wazalendo ahitwa Ikambi, umudugudu wa Irega muri Gurupoma ya Luhago kandi ko imirwano ikomeje. Biravugwa ko Inyeshyamba za AFC/M23 n’ihuriro rya Wazalendo/FARDC bari kurwanira ku musozi wa Kahungwe, utandukanya Luhago na Kaniola, guhera saa 1h00 za […]

Tshisekedi yakiriye Intumwa Idasanzwe y’Umunyamabanga Mukuru wa Loni

G6GpY2BXoAA4dPm

Ku wa Kabiri, itariki ya 18 Ugushyingo, mu biro bye muri CitĂ© de l’Union i Kinshasa, Perezida FĂ©lix Antoine Tshisekedi Tshilombo yakiriye Intumwa idasanzwe y’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye mu Karere k’Ibiyaga Bigari, Huang Xia, baganira ku bijyanye n’inzira zitandukanye z’amahoro ziriho muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC). Bwana Huang Xia yagize ati: “Nateze amatwi […]

Masisi: AFC/M23 yafashe imidugudu ya Kasheke na Bituna

M23 A GOMA 1

Inyeshyamba za AFC / M23 zafashe imidugudu ya Kasheke na Bituna mu Murenge wa Osso Banyungu (Teritwari ya Masisi), muri Kivu y’Amajyaruguru, kuva mu ijoro ryo ku wa Kabiri, rishyira kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 18 Ugushyingo, nyuma y’imirwano ikaze n’inyeshyamba za Wazalendo zikorana na FARDC. Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri ushize, […]

TotalEnergies yashinjwe gukora ibyaha by’intambara muri Cabo Delgado

SOCAFRICA

Kuri uyu wa Kabiri, Umuryango utegamiye kuri Leta wo mu Burayi ushinzwe Itegeko Nshinga n’Uburenganzira bwa Muntu (ECCHR) watanze ikirego ku mushinjacyaha w’igihugu w’u Bufaransa urwanya iterabwoba ushinja ikigo cy’ingufu cy’u Bufaransa, TotalEnergies, kuba cyaragize uruhare mu byaha by’intambara byakorewe mu gihugu cya Afurika y’amajyepfo cya Mozambique. Ibyaha bivugwa na ECCHR, bivugwa ko byabereye ahari […]

Abagize Akanama Gahoraho ka OIF bahuriye mu nama i Kigali

G6CCZ34WoAA6c7H

Akanama Gahoraho ka Francophonie kuri uyu wa Kabiri, itariki 18 Ugushyingo kateraniye i Kigali, mu Rwanda, mu nama yako ya 132, iyobowe na Louise Mushikiwabo, Umunyamabanga Mukuru wa OIF. Iyi nama yari igamije gukurikirana ibyo biyemeje mu nama ya Villers-CotterĂŞts no gutegura Inama ya 46 y’Abaminisitiri ya Francophonie, izatangira kuri uyu wa Gatatu, itariki 19 […]

Ituri: Hagarutse ituze nyuma y’imyigaragambo y’Ingabo za Uganda

bitmap 1200 nocrop 1 1 20240426154536599952 de496dd3 1f5c 4475 bb08 0dda0d1a850a

Ibikorwa by’imibereho n’ubukungu byasubukuwe bisanzwe kuri uyu wa Mbere ushize, itariki 17 Ugushyingo, nyuma y’iminsi ibiri y’icyoba cyatewe n’imyigaragambyo ya bamwe mu basirikare ba Uganda i Babungbe, muri Teritwari ya Mambasa mu majyepfo ashyira uburengerazuba bwa Bunia (Ituri).   Iyi nkuru dukesha ACTUALITE.CD, avuga ko ku wa Gatandatu, itariki ya 16 Ugushyingo, aba basirikare barashe […]

Tanzania yataye muri yombi umusirikare wa Amerika afite ibiturika

G586V7dWYAAWFF0

Abategetsi ba Tanzania bataye muri yombi umusirikare w’ipeti rya Sergeant wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika uri mu kazi, ufite ubwenegihugu bubiri bwa Kenya na Amerika, nyuma yo kuvumbura grenade enye za gisirikare mu modoka ye ku mupaka wa Sirari. Ku Cyumweru, Charles Onkuri Ongeta, w’imyaka 30, yafunzwe ubwo yageragezaga kwinjira muri Tanzania avuye muri […]

Icyo AFC/M23 ivuga ku kuba u Burundi bushaka umwanya mu biganiro

G55ULvDWYAE6DMJ

Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara ku itariki ya 16 Ugushyingo, AFC / M23 yashinje u Burundi gushaka umwanya ku meza y’ibiganiro by’amahoro muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo kubera ko butunzwe n’akaduruvayo ko muri Congo.  “Icyo [minisitiri w’u Burundi] atavuze ni impamvu aba Banyekongo bari guhunga, cyangwa se ubahiga kugeza i Minembwe, aho batayo zirenga icumi […]

Trump aremeza ko kuba bagiye gufatanya kwakira Igikombe cy’Isi bitamuza kurasa Mexico

vlcsnap 2025 11 17 17h32m15s430

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika yanze guhagarika gahunda yo kurasa igihugu bazafatanya kwakira Igikombe cy’Isi, Mexico, amezi make ngo habe rimwe mu marushanwa akomeye ya siporo ku Isi.   Perezida Trump yatangaje ibi kuwa Mbere, itariki 17 Ugushyingo 2025, mu kiganiro n’abanyamakuru yatangiye muri White House ari kumwe na Infantino, Umuyobozi wa FIFA. […]

Ethiopia: Batatu bamaze kwicwa na Marburg

file 3966

Kuri uyu wa Mbere, itariki 17 Ugushyingo, minisiteri y’ubuzima ya Ethiopia yatangaje ko abantu batatu bemejwe ko banduye virusi ya Marburg bapfuye, mu gihe abandi batatu bapfuye bakekwaho kuba baranduye indi ndwara yandura yo kuva amaraso. Iri tangazo rikurikira icyemezo cya Ethiopia cyo kwemera ko icyorezo cya Marburg, cyandura cyane cyo kuva amaraso ahantu hose […]