Raporo ya Loni irashinja Korea ya Ruguru gukoresha uburetwa abaturage ba yo
Ibiro byâUmuryango wâAbibumbye byita ku Burenganzira bwa Muntu kuri uyu wa Kabiri muri raporo yabyo byashinje Koreya ya Ruguru gukoresha abantu ku gahato kandi mu mategeko mpuzamahanga, gukoresha uburetwa bishobora kuba icyaha cyibasira inyokomuntu cyitwa ubucakara. Komiseri wâUburenganzira bwa Muntu mu Muryango wâAbimbumbye, Volker TuÌrk, yavuze ko ubuhamya burimo buteye inkeke kandi buhishura byinshi ku […]
FPR yanikiye andi mashyaka mu matora y’abadepite n’amajwi 62,67%
Imibare y’agateganyo y’ibyavuye mu matora y’abadepite 53 yatangajwe na Komisiyo yâIgihugu yâAmatora yerekana ko Umuryango FPR Inkotanyi watowe nâabantu 5.471.104 bangana na 62,67%. Abadepite 53 batowe ku wa 14 Nyakanga 2024 ku Banyarwanda baba mu mahanga, no ku wa 16 Nyakanga 2024 ku Banyarwanda bari imbere mu Gihugu. Muri rusange ibikorwa byâamatora byagenze neza, haba […]
Equateur: Toni 6 za cocaine zavumbuwe mu bitoki byari byoherejwe mu Budage
Igipolisi cyo muri Equateur cyatangaje ko imbwa zabugenewe zavumbuye Toni 6,23 z’ikiyobyabwenge cya cocaine zari zihishe mu mizigo y’ibitoki byoherejwe hanze y’iki gihugu cyo muri Amerika y’Epfo. Izi mbwa zizwi nka “sniffer dogs” zamenyesheje ababishinzwe, bahita bafata udusanduku 5,630 twuzuyemwo ifu yera, bamaze kuyipima basanga ari cocaine. Abayobozi bavuga ko ibyari byiswe ibitoki byari byoherejwe […]
USA: Hatangiye iperereza rigamije kumenya uko umusore yageze ku gisenge yarasiyeho Trump
Muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika inzego z’iperereza ziri mu iperereza rigamije kumenya uko umusore warashe Donald Trump kuwa Gatandatu yaba yarabashije kugera ku gisenge cyâinzu yarasiyeho, mu gihe polisi yari muri iyo nzu no hanze yayo. Ubwo yari mu mujyi wa Buttler muri Leta ya Pennsylvania aho yiyamamazaga, urwego rwa Secret Service rushinzwe kurinda […]
Kenya: Umuntu umwe yiciwe mu myigaragambyo yongeye gufata intera
Kuri uyu wa Kabiri, nibura umuntu umwe yiciwe mu myigaragambyo yongeye kwamagana leta muri Kenya, ubwo abapolisi bagonganaga nâabigaragambyaga basaba ko perezida William Ruto yegura nk’uko umunyamakuru wa Reuters yabitangaje. Imyigaragambyo iyobowe nâurubyiruko mu gihugu hose yatangiye ukwezi gushize yamagana izamuka ryâimisoro yarakomeje nubwo Ruto yamaze gukuraho amategeko no kwirukana abaminisitiri hafi ya bose. Impirimbanyi […]
RDC: Imfungwa hafi 100 zatorotse Gereza Nkuru ya Manono
Ku Cyumweru, itariki ya 14 Nyakanga 2024, Abagororwa 85 batorotse Gereza Nkuru ya Manono, iherereye mu Ntara ya Tanganyika muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo nyuma y’ukwezi abandi 20 batorotse. Amakuru yemejwe kuri 7SUR7.CD kuri uyu wa Mbere nâumuyobozi wâagateganyo wa Teritwari ya Manono, Germain Mwamba. Avuga ko gutoroka kwabaye ahagana saa mbiri n’iminota 5 […]
Perezida Kagame yavuze ko ubu igikurikiye ari ugushyira mu bikorwa ibyo yasezeranyije
Perezida Paul Kagame wongeye gutorerwa Indi Manda, yatangaje ko ubu ikigiye gukurikiraho Ari ugushyira mu bikorwa ibyo basezeranyije Abanyarwanda mu gihe cyo kwiyamamaza. Kuri uyu wa 15 Nyakanga 2024 nimugoroba nibwo abanyamuryango ba FPR Inkotanyi nâabindi mitwe ya politike bahuriye ku cyicaro gikuru cy’umuryango i Rusororo, kuri Intare Conference Arena, aho bari bategerereje ko Komisiyo […]
Gambia: Abadepite bateye utwatsi umushinga w’itegeko rishaka kugarura gusiramura abakobwa
Kuri uyu wa Mbere, itariki 15 Nyakanga, Inteko Ishinga Amategeko ya Gambia yanze umushinga w’itegeko wari kurangiza itegeko ribuza gukata ibice bimwe by’igitsinagore (FGM) nyuma y’uko abadepite batoye banga ingingo zose ziri mu mushinga w’itegeko. Minisiteri yâitangazamakuru mu itangazo nyuma yo gutora yagize iti: “Kubuza FGM biracyakomeza gushimangirwa muri Gambia”. “Guverinoma ihagaze neza ku cyemezo […]
Trump yahisemo uzamubera visi perezida natsinda amatora
Mu mwaka wa 2016, ubwo Donald Trump yatoranyaga Guverineri wa Indiana, Mike Pence, nk’uzamubera visi perezida bagombaga kwiyamamazanya, byafatwaga nk’igikorwa cyo kureshya abakirisitu b’ivugabutumwa batora bakabaye baririnze gushyigikira Trump, wahoze ari umudemokarate washakanye inshuro eshatu. Kuri iyi nshuro, yahisemo JD Vance. Kandi nkuko yahisemo mbere, gutoranya umusenateri wa Ohio bitanga ishusho ku ngamba zo kwiyamamaza […]
Kayonza: Asaga miliyari 65 Frw agiye gushorwa mu bikorwa byo kuhira imyaka
Nyemazi John Bosco, Umuyobozi w’Akarere ka Kayonza, avuga ko ibyakozwe mbere by’umushinga KIIWP icyiciro cyawo cya mbere, hagiye kujyaho icyiciro cya kabiri, kizashorwamo arenga miliyari 65 Frw, kizatuma n’abandi baturage bo mu Murenge wa Ndego batagerwagaho n’amazi yo kuhira imyaka, bayabona ndetse n’indi mirenge umunani. Muri aka Karere ka Kayonza, mu Murenge wa Ndego abaturage […]
Narokowe nâamahirwe cyangwa Imana – Trump
Uwahoze ari Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko “yakabaye yarapfuye” iyo hataba amahirwe cyangwa Imana nyuma yo kugerageza kwica ku wa Gatandatu ubwo yari mu gikorwa cyo kwiyamamaza muri Pennsylvania. Muri kimwe mu biganiro bye bya mbere yatanze nyuma yâibyabaye, Trump yabwiye itangazamakuru ryo muri Amerika ko yumva ko yarokotse […]
Igisirikare cya Israel kirigamba kwivugana umwe mu bayobozi bakuru ba Hamas
Igisirikare cya Israel kivuga ko umuyobozi mukuru wa Hamas, Rafa Salama, yiciwe mu gitero cyâindege cyabereye i Gaza ku wa Gatandatu. Hamas ariko ntabwo yemeje ayo makuru. Minisiteri yâubuzima iyobowe na Hamas muri Gaza yavuze ko igitero cya Israel cyibasiye inkambi yâabavanwe mu byabo mu gace kagenewe ubutabazi muri Khan Younis, gihitana byibuze Abanyapalestine 90 […]
RDC: Guverinoma yongeye kubona impamvu yo kugumisha MONUSCO ku butaka bwa Congo
Minisitiri wâububanyi nâamahanga wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo yavuze ko Ingabo zâUmuryango wâAbibumbye zidashobora gushyira mu bikorwa ibyo basezeranye byo kuva muri Kivu yâAmajyaruguru ngo mu gihe cyose Ingabo zâu Rwanda zikiri muri iyi ntara yo mu burasirazuba bwâigihugu. Kivu yâAmajyaruguru imaze imyaka igera muri itatu iberamo imirwano hagati yâIgisirikare cya Congo (FARDC) nâinyeshyamba […]
Somalia: Igisasu cyaturikiye aho bareberaga final ya EURO 2024 cyahitanye 5
Polisi itunga urutoki umutwe wa Al Shabaab yavuze ko igisasu giteze mu modoka cyaturikiye hanze ya resitora mu murwa mukuru wa Somalia, Mogadishu, mu ijoro ryo ku Cyumweru, gihitana abantu batanu abandi 20 barakomereka mu gihe abakiriya bari barimo kureba umukino wanyuma wâirushanwa ryâumupira w’amaguru rya Euro 2024 kuri TV . Umunyamakuru wa Reuters avuga […]
Barashima Leta yababaye hafi nyuma y’urupfu rw’abantu 8 bishwe n’inkuba
Abantu umunani (8) bo mu turere twa Ngororero, Rutsiro na Musanze ni bo bahitanywe nâinkuba mu mvura yaguye ku mugoroba wa tariki 8 uku kwezi. Abahitanywe nâinkuba bose ni abagore, ikaba yarabakubitiye mu mirenge itandukanye. Ibi byago bimaze kuba, Minisiteri ishinzwe Ibikorwa byâUbutabazi (MINEMA) hamwe nâubuyobozi bwâinzego zâibanze bwâaho ibyago byabereye begereye imiryango yabuze abayo, […]
NEC yagaragaje ibikorwa bibujijwe kuri site cyangwa se mu cyumba cy’itora
Komisiyo yâIgihugu yâAmatora iramenyesha Abanyarwanda bose ko ibikorwa byo kwiyamamaza byatangiye ku wa 22 Kamena 2024, byasojwe ejo ku wa 13 Nyakanga 2024. Ni ibihe byagenze neza muri rusange mu Gihugu hose. Komisiyo yâIgihugu yâAmatora iributsa Abanyarwanda bose ko igikorwa cyâamatora ya Perezida wa Repubulika n’ayâAbadepite, kizatangira ku wa 14 kugeza ku wa 16 Nyakanga […]
Abanyarwanda muri Uganda n’abandi mu karere ntibatanzwe mu kwitorera umukuru w’igihugu n’abadepite

Abanyarwanda baba muri Uganda kimwe n’abandi muri diaspora kuri iki Cyumweru, itariki 14 Nyakanga 2024, bazindukiye kuri Ambasade y’u Rwanda muri iki gihugu i Kampala aho batoreye Perezida wa Repubulika n’Abadepite bazaba bagize Inteko Ishinga Amategeko. Ambasade yâu Rwanda muri Kenya yatangaje ko Abanyarwanda bahatuye bitabiriye amatora ari benshi kuko ifoto yafashwe Saa yine nâiminota […]
USA: Abarepubulikani barashinja Abademokarate kuba inyuma yâiraswa rya Trump
Abayobozi bakuru b’ishyaka ryâAbarepubulikani barashinja Abademokarate, cyane cyane Perezida Biden gukongeza umwuka mubi wavuyemo kugabwaho igitero kwa Donald Trump kuwa Gatandatu, itariki ya 13 Nyakanga 2024, ubwo yiyamamazaga muri Pennsylvania ariko akarokoka nâigikomere gito ku gutwi. Kuba Perezida Joe Biden kimwe n’abayobozi benshi ba politiki bo muri Amerika ndetse no mu mahanga (umwe mu baheruka […]
Abanyekongo 650 bamaze gusaba ubuhungiro mu Bubiligi mu mezi 6
Mu gice cya mbere cya 2024, Abanyekongo 650 basabye ubuhungiro mu Bubiligi, nk’uko byatangajwe ku wa Gatandatu, itariki ya 13 Nyakanga, na Freddy Roossmont, umuyobozi wâibiro bishinzwe Ababiligi bakomoka mu bindi bihugu ubwo yari i Kinshasa. Mu kiganiro n’abanyamakuru, Freddy Roossmont yavuze ko u Bubiligi bwakira byibuze Abanyekongo 100 basaba ubuhungiro ku kwezi. Yongeyeho ko […]
Kenya nâu Rwanda byasabwe gukora iperereza ku ibura rya Gasana
Umuryango mpuzamahanga urahamagarira guverinoma za Kenya n’u Rwanda gutanga amakuru ajyanye n’aho Yusuf Gasana, uharanira uburenganzira bwa muntu bivugwa ko yabuze, aherereye. Gasana, bivugwa ko azwi cyane mu guharanira uburenganzira bwa muntu mu Rwanda, bivugwa ko yashimutiwe iwe i Nairobi ku wa 20 Gicurasi 2023 n’abantu batamenyekanye. Intumwa idasanzwe yâUmuryango wâAbibumbye ishinzwe amakuru ku baharanira […]
Abanyarwanda bari muri diaspora bitabiriye igikorwa cyo gutora perezida ku bwinshi
Abanyarwanda baba mu mahanga basaga ibihumbi 70 biyandikishije kuri lisiti yâitora, kuri iki Cyumweru bazindukiye aho bari butorere kuri site 160 mu bihugu 70 bagiye gutora umukuru w’igihugu. Abanyarwanda baba mu mahanga, baratora uyu munsi mu gihe biteganyijwe ko kuri uyu wa Mbere, itariki 15 Nyakanga mu 2024, hazatora Abanyarwanda baba imbere mu gihugu. Abenshi […]
Numvise urusaku rw’amasasu mpita numva isasu rinyura mu ruhu – Trump
Mu nyandiko yanditse ku rubuga rwe nkoranyambaga ruzwi nka Truth, Donald Trump waraye arusinbutse yavuze ko isasu ryacengeye “igice cyo hejuru” cy’ugutwi kwe kw’iburyo. Mbere, umuvugizi we yavuze ko ari kwivuriza ku kigo nderabuzima cyo muri Butler, Pennsylvania aho yari yagiye kwiyamamariza. FBI yatangaje ko uwarashe witwaje imbunda ari Thomas Matthew Crooks, ufite imyaka 20, […]
Uvira: Abarundi bemerewe kongera kujya kugura lisansi muri Congo
Repubulika ya demokarasi ya Congo yongeye kwemerera Abarundi kugura lisansi mu mujyi wa Uvira uri mu Ntara ya Kivu yâAmajyepfo. Hari hashize icyumweru Abarundi bakumiriwe gushakira lisansi muri icyo gihugu bitewe nâuko yari yarabuze. Iki cyemezo cyafatiwe mu nama yahuje ubuyobozi bwâumujyi wa Uvira, imiryango itegamiye kuri leta, abacuruza lisansi nâinzego zitandukanye zikorera ku mupaka […]
Goma: Ikibazo cy’umutekano mucye kirarushaho gufata intera, babiri bishwe
Hagati yo ku wa Gatatu, itariki 10 no kuwa no kuwa Kane, itariki 11 Nyakanga, abantu babiri barapfuye abandi batatu barakomereka barashwe, mu gihe ingo zigera ku icumi zibwe muri komini ya Karisimbi, mu Mujyi wa Goma (Kivu yâAmajyaruguru). Abakoze ibyo byaha bakomeje kutamenyekana, ariko abaturage baramagana ubwiyongere bukabije bwâamabandi mu duce twinshi two muri […]
Kagame yahishuye uko akiri umwana yigeze kwirukanswa n’umujandarume mu Kiyovu
Umukandida w’Umuryango wa FPR-Inkotanyi, Paul Kagame, kuri uyu wa Gatanu, itariki 12 Nyakanga, yahishuye ukuntu akiri umwana yigeze kunyura hafi y’aho Perezida Habyarimana yari atuye mu Kiyovu umujandarume akamwirukankana ariko ntamenye aho anyuze. Ibi yabitangarije mu Karere ka Gasabo aho yakomereje ibikorwa bibanziriza ibya nyuma byo kwiyamamaza ku mwanya w’umukuru w’igihugu biteganyijwe ko bizafungwa kuri […]
U Bwongereza bwakemuye ibibazo byâabimukira 3 bitabaje urukiko ngo batoherezwa mu Rwanda
Abasaba ubuhungiro batatu bitabaje urukiko kugira ngo bahagarike icyifuzo cyâu Bwongereza cyo kubohereza mu Rwanda bakemuriwe ibibazo byabo ku wa Kabiri, nyuma yâuko guverinoma nshya yâishyaka ryâabakozi ihagarikiye iyi gahunda. Ku wa Gatandatu, Minisitiri wâIntebe, Keir Starmer, yatangaje ko gahunda yo kwirukana abimukira yahimbwe na guverinoma yâaba conservateurs “yapfuye igashyingurwa”. Muri iyi gahunda hari hamaze […]
Johannesburg: Impanuka ya bus yahitanye abana b’abanyeshiri 12
I Johannesburg muri Afrika yâEpfo, abana 12 bapfuye bazize impanuka ya bus yibiranduye ubwo yari ibatwaye ku ishuri. Mu gitondo cyo ku wa Gatatu nibwo iyi modoka yagonzwe nâindi modoka nyuma ifatwa n’inkongi irashya. Umushoferi wari uyitwaye nawe ari mu bapfuye. Abandi bana barindwi bajyanywe kwa muganga bafite ibikomere. Igipolisi mu Ntara ya Gauteng cyavuze […]
U Rwanda rumaze kugira ubushobozi bwo gutunganya toni 468 z’ibiryo by’amatungo ku munsi

Kuri uyu wa Kane tariki ya 11 Nyakanga 2024, mu cyanya cyahariwe inganda i Masoro mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, hatashywe uruganda rutunganya ibiryo by’amatungo rwuzuye rutwaye asaga miliyoni 4 zâAmadolari ya Amerika, asaga Miliyari 5 zâamafaranga yâu Rwanda. Uru ruganda rwuzuye rwitezweho kuziba icyuho mu biryo byâamatungo kuko rufite ubushobozi wo […]
Burkina Faso: Hemejwe itegeko rihana ibikorwa by’ubutinganyi
Ubutegetsi bwa gisirikare muri Burkina Faso bwatangaje ko buciye ibikorwa by’ubutinganyi, bituma iki gihugu kiba igishya cyo muri Afurika kirwanyije umubano w’abatinganyi nubwo ibihugu bikomeye byo mu burengerazuba byamagana bikomeye abibasira abatinganyi. Ubutinganyi bwari busanzwe bwangwa muri iki gihugu gikomeye ku mibereho ya kera cyo muri Afurika y’uburengerazuba, ariko nta na rimwe bwari bwarigeze butangazwa […]
OTAN iremeza ko imyiteguro yo kwakira Ukraine mu muryango irimbanyije
Ukraine iri mu nzira “idasubira inyuma” yo kuba umunyamuryango nk’uko byatangarijwe mu Nama y’uyu muryango. Abakuru bâibihugu 32 bigize OTAN bateraniye i Washington, mu itangazo ryabo bavuze ko âejo hazaza ha Ukraine ari muri OTAN.â Bati: âTuzakomeza kubishyigikira kugera yinjiye muri OTAN.â Jens Stoltenberg ni umunyamabanga mukuru wa OTAN. âMu gihe Ukraine ikomeje kubaka amavugurura […]
Ikibuga cy’Indege cya Goma cyaba cyagabweho igitero cy’ikoranabuhanga

Amakuru aturuka ku kibuga cyâindege cya Goma aravuga ko kuva ejo ku wa Gatatu indege indege ziva Goma zijya Butembo na Beni zifite ikibazo gikomeye cyo kugenda. Abaderevu bamenyereye izi nzira gusa nibo bemera kugenda nta GPS. Umunyamakuru wegereye Leta avuga ko amasoko menshi yemeza ko inyeshyamba za M23 zaba zangije system ya GPS ku […]
Mali: Ubutegetsi bwa gisirikare bwemereye amashyaka kongera gukora
Mu itangazo rigenewe abanyamakuru, inteko iri ku butegetsi muri Mali yatangaje kuri uyu wa Gatatu itariki 10 Nyakanga ko yongeye guha uburenganzira imitwe ya politiki bwo gukora ibikorwa byayo. Ibikorwa by’imitwe ya politiki n’amashyirahamwe afitanye isano n’ibikorwa bya politiki mu gihugu byahagaritswe ku itariki ya 10 Mata, bituma habaho kunengwa. Nyuma y’amezi atatu, Bamako yisubiye. […]
Ihuriro Lamuka rirasaba Leta ya Kinshasa gucana umubano na Uganda
Raporo iheruka yâUmuryango wâAbibumbye kuri Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC) yateje intugunda nyinshi mu banyapolitiki. Iyi raporo yerekana uruhare rwa Uganda mu ntambara yo mu burasirazuba bwa DRC. Mu gusubiza, ihuriro ryâabatavuga rumwe nâubutegetsi rya Lamuka rirasaba ko hafatwa ingamba zikomeye zo kurwanya Uganda. Impuguke za Loni zagaragaje ko abayobozi ba M23 bagiye i […]
Site zâitora 2591, zirimo 158 zo muri diaspora ni zo zizifashishwa mu matora ya 2024
Imyiteguro yâAmatora ya Perezida wa Repubulika nâayâAbadepite u Rwanda rwitegura, igeze ku gipimo cya 90% nk’uko byemejwe na Komisiyo yâIgihugu yâAmatora mu Rwanda (NEC) ivuga ko azabera Kiri site zisaga 2500. Komisiyo y’amatora igaragaza ko site zâitora ari 2591, zirimo 2433 zo mu gihugu imbere, nâizindi 158 zizifashishwa nâAbanyarwanda bazatorera mu mahanga. NEC yatangaje ibi […]
Ukraine yatangiye guhabwa indege z’indwanyi za F-16 zikorwa na Amerika
Umuryango wâubutabarane wa gisirikare wâibihugu bituriye amajyaruguru yâinyanja ya Atlantika, OTAN, watangaje ko ibihugu biwugize byatangiye guha Ukraine indege za gisirikare zo mu bwoko bwa F-16. Byatangarijwe mu nama yâiminsi itatu yâabakuru bâibihugu bya OTAN iteraniye i Washington DC, muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Ni nama ifatwa nkâigamije guha icyizere abategetsi bâibihugu bigize OTAN […]
U Rwanda rukomeje kuyobora Afurika mu kugendera ku mategeko – Raporo
Raporo nshya yerekanye ko u Rwanda rwakomeje kuyobora Afurika mu kugendera ku mategeko. Iyi yiswe Raporo yâUbutabera ku Isi, ikorwa buri mwaka nâUmushinga Mpuzamahanga wâUbutabera (WJP), umuryango mpuzamahanga utegamiye kuri Leta ufite inshingano zavuzwe zo guharanira iterambere ryâamategeko ku Isi . WJP isobanura ko kugendera ku mategeko ari gahunda irambye y’amategeko, inzego, amahame, ndetse n’ubwitange […]
Filipine: Havumbuwe ibitaro byafashaga abanyabyaha gukwepa ubutabera
Ibitaro byâibanga byo muri Filipine byatangaga serivisi zo guhindura amasura yâabanyabyaha nâabatekamutwe hakoreshejwe plastic surgery ngo babafashe guhunga ubutabera bishobora gufungwa nyuma yo kuvumburwa nkâuko abayobozi babivuga. Ibitaro bibiri nkibi bitemewe bishobora gufungwa “mu byumweru biri imbere” nyuma yâuko abapolisi bagabye igitero ku bya mbere biri mu nkengero zâamajyepfo ya Manila muri Gicurasi, nk’uko umuvugizi […]
Beni: Icyo Igisirikare cya Afurika yâEpfo kivuga ku rupfu rwâumusirikare bikekwa ko yiyahuye

Igisirikare cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo cyemeje icyo cyita impanuka yatwaye ubuzima bwâumwe mu ngabo zacyo zoherejwe muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo mu butumwa bwa MONUSCO. Igisirikare cya Afurika yâEpfo (SANDF) kivuga ko uyu musirikare woherejwe muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo mu butumwa bwâUmuryango wâAbibumbye yagize ibikomere byamuhitanye byatewe na grenade yaturikiye […]
Nta ntambara iri muri Congo igihari ni ugukubitwa gusa â Koffi Olomide
Mu ijwi rikakaye, umuhanzi nâumucuranzi, Koffi Olomide, mu kiganiro yagiranye na RTNC agaruka ku ntambara ibera mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 9 Nyakanga, yamaganye kutagira icyo igihugu cye gikora kikareka abantu bose bakagikoreramo icyo bashatse. Kuri we, nta ntambara ihari; Repubulika ya Demokarasi ya Congo icyo […]
Loni iracyemeza ko Intambara yo mu burasirazuba bwa Congo ishobora gukwira akarere
Bintou Keita, Intumwa idasanzwe yâUmunyamabanga Mukuru wa LONI muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, kuwa Mbere yaburiye ko intambara zâumutwe wa M23 zikomeza kwiyongera byihuse mu burasirazuba bwa Congo zishobora kuvukamo amakimbirane yakwadukira akarere kose hatagize igikorwa byihuse. Ni mu gihe abahagarariye ibihugu byâu Rwanda na Kongo muri LONI bo bongeye kwitana bamwana ku kuba […]
Mali iremeza ko kuva kwabo muri ECOWAS bitasubira inyuma
Minisitiri wâububanyi nâamahanga wa Mali, Abdoulaye Diop, yakomeje kwemeza ko kugenda kwâigihugu cye, Burkina Faso na Niger biva mu muryango wâibihugu byâAfurika yâiburengerazuba bidashobora gusubira inyuma, nubwo ECOWAS igifunguye imiryango. Mali ariko, ivuga ko izakomeza ubufatanye na ECOWAS, nkâuko Diop yavuze ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere ushize kuri televiziyo ya Leta, ORTM. Yamaganye […]
Ntabwo intare uzibona uyu munsi ngo ejo usubireyo usange zabaye impyisi – Kagame
Umukandida wa FPR-Inkotanyi, Paul Kagame kuri uyu wa Kabiri yabwiye abaturage bâi Gicumbi ko amajyambere bifuza bari kuyakozaho imitwe yâintoki, babikesheje ubufatanye, biturutse ku mbaraga, ku bwenge no ku bumenyi bafite, by’umwihariko urubyiruko. Hari mu gikorwa cyo kwiyamamaza yakomereje mu majyaruguru y’igihugu nyuma yo kunyura mu ntara y’Iburasirazuba. FPR Inkotanyi yatangaje ko site ya Gicumbi […]
RDC: Uwashinjwaga kuvugana na ba ofisiye ba RDF ntagikurikiranwe nyuma yo kuba senateri
Muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC), umyapolitiki Salomon Kalonda ntazongera gusubira imbere y’abacamanza b’urukiko rwa gisirikare rwa Kinshasa-Gombe bamaze amezi menshi bamukurikiranyeho icyaha cyo kugambanira igihugu nyuma yo gutakaza ububasha bari bamufiteho. Uyu mugabo ufatwa nkâukuboko kwâiburyo kwa MoĂŻse Katumbi utavuga rumwe nâubutegetsi yatawe muri yombi mu mpera za Gicurasi 2023 nâubutasi bwa gisirikare […]
Brig. Gen. Rwivanga yahaye impanuro zikomeye abanyeshuri ba RICA

Mu izina ry’Umugaba Mukuru wâingabo, Umuvugizi wa RDF, Brig Gen Ronald Rwivanga, kuwa Mbere yagejeje ijambo ku banyeshuri bâikigo cyâu Rwanda gishinzwe kubungabunga ubuhinzi (RICA) i Bugesera. Inyigisho ze zibanze ku gikorwa gikomeye cyo gukomeza ibikorwa byâu Rwanda byagezweho no gutsimbataza ubumwe mu rubyiruko rwâigihugu. Iyi nyigisho yiswe “Uruhare rwa RPA mu kubohoza igihugu mu […]
Biden yiyemeje gufasha Ukraine gukaza uburinzi bw’ikirere nyuma yâibitero byahitanye 41
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Joe Biden, yatangaje ko Washington izafasha gukomeza ubwirinzi bwâibitero byo mu kirere bwa Ukraine nyuma yâigitero cyâindege cyâu Burusiya ku mijyi itandukanye cyahitanye abantu benshi. Ibi perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika yabitangaje mbere yâinama yâiminsi itatu ya NATO igomba gutangira i Washington kuri uyu wa Kabiri. […]
U Rwanda rwasinye amasezerano ya miliyari 71 yo guhangana n’imihindagurikire y’ikirere
Kuri uyu wa Mbere, itariki 8 Nyakanga, u Rwanda nâu Butaliyani byasinyanye amasezerano yâinguzanyo ya miliyoni 50 zâAmayero ni ukuvuga miliyari zisaga 71 zâamafaranga yâu Rwanda azifashishwa mu mishinga yubaka ubudahangarwa ku ngaruka zâimihindagurikire yâIkirere. Ni nkunga yaturutse mu Kigega cyâu Butaliyani gishinzwe gutera inkunga imishinga ihangana nâimihindagurikire yâibihe gicungwa na Banki yâu Butaliyani yâAmajyambere […]
Liberia: Umushahara wa Perezida Boakai ugiye kugabanyukaho 40%
Perezida Joseph Boakai wa Liberia, yemeje ko azagabanya umushahara we ho 40%. Ni nyuma y’uko muri Gashyantare uyu mwaka, Perezida Boakai yari yahishuye ko ahembwa amadolari 13,400 ya Amerika (angana na miliyoni 17Frw). Perezidansi yavuze ko yizeye gutanga urugero rw’”imiyoborere ishyira mu gaciro” ndetse no kugaragaza “kwifatanya” n’Abanya-Liberia. BBC ivuga ko kuva mu gihe cya […]
Leta yatanze ibisobanuro ku masezerano arebana n’abimukira UK yaseshe
Bwa mbere Guverinoma yâu Rwanda yagize icyo ivuga ku biherutse gutanganzwa na Minisitiri wâIntebe mushya wâu Bwongereza, Keir Starmer, ko amasezerano u Rwanda rwagiranye nâicyo gihugu arebana nikibazo cy’abimukira yaseshwe. Ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere Itangazo ryasohowe nâibiro by’umuvugizi wa Guverinoma yâu Rwanda rivuga ko rwamenye umugambi wa Leta yâu Bwongereza wo gusesa […]
Niger: Ingabo za Amerika zavuye mu birindiro byâingenzi bizwi nka Air Base 101
Kuri iki Cyumweru, Igisirikare cya Amerika cyavanye abakozi bacyo mu birindiro byâindege za gisirikare byo muri Niger bizwi nka Air Base 101 biri hafi yâikibuga cyâindege mu murwa mukuru Niamey, mbere yo gusohoka mu birindiro byâingenzi bya drones biri hafi yâumujyi wa Agazed uherereye mu butayu mu byumweru biri imbere . Muri Mata, abategetsi ba […]
France: Perezida Macron yanze ubwegure bwa Minisitiri wâIntebe Attal
Minisitiri wâintebe Gabriel Attal yeguye ku mirimo ye ariko Perezida wâu Bufaransa, Emmanuel Macron, amusaba kuguma ku mirimo ye kugira ngo hizerwe “umutekano uhamye” nyuma yâamatora. Ku Cyumweru, Attal yavuze ko azegura ku mwanya wa minisitiri wâintebe ubwo ihuriro Ensemble rya Macron ryazaga ku mwanya wa kabiri inyuma ya Nouveau Front populaire (NFP) mu matora […]
Impuguke za Loni zagaragaje impamvu zemeza ko Uganda ifasha M23
Nk’uko bisanzwe buri mezi atandatu, impuguke z’Umuryango w’Abibumbye zikorera Akanama gashinzwe Umutekano zatanze raporo yazo ku kibazo cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC)no ku ihuriro ryâ urwego rwâurugomo rwugarije igihugu cyane cyane intara zâiburasirazuba. Kimwe mu byagaragaye muri iyi raporo ni uruhare rw’abaturanyi bâAbagande mu ntambara hagati yâingabo za DRC nâumutwe witwaje intwaro wa […]
Boeing igiye kwemera amakosa yateje indege za 737 MAX impanuka zahitanye imbaga
Igihangange mu gukora indege cyo muri Amerika, Boeing, cyemeye kwemera icyaha ku cyaha cyâubugambanyi bwâubugizi bwa nabi kugira ngo gikemure iperereza rifitanye isano nâimpanuka ebyiri zikemangwa zakozwe nâindege zayo zo mu bwoko bwa 737 MAX. Ishami rishinzwe ubutabera muri Amerika ryatangaje kuri iki Cyumweru gishize ku mugoroba ko Boeing yiteguye kwemera icyaha ikurikiranyweho cyo gucura […]
Hari impungenge ko umuryango wa ECOWAS umaze imyaka 50 ushobora gusenyuka
Umuryango wâUbukungu wâibihugu bya Afurika yâIburengerazuba (ECOWAS) wavuze, kuri iki Cyumweru, ko akarere gashobora gusenyuka ndetse nâumutekano muke ukarushaho kwiyongera nyuma yâuko Burkina Faso, Mali na Niger, biyobowe nâabahiritse ubutegetsi bagaragaje neza umugambi wabo wo kuva muri uyu muryango basinyana amasezerano yo kwishyira hamwe. Amasezerano yâubumwe bwâibihugu bya Sahel yashyizweho umukono ku wa Gatandatu, yashimangiye […]
France: Abahezanguni batsimbaraye ku bya kera bizeye intsinzi kuri Macron
Abafaransa barimo gutora muri amwe mu matora akomeye cyane abayeho mu myaka ishize, aho uruhande rw’abahezanguni bakomeye ku bya kera rwizeye kubona intsinzi yandika amateka, ariko igishoboka cyane ni uko nta ruhande rugira ubwiganze. Ubu ni bwo bwa mbere ishyaka rya Rassemblement National (RN) rya Marine Le Pen na Jordan Bardella ribonye amahirwe nyayo yo […]
FARDC yitwikiriye agahenge itera ibirindiro byose bya AFC/M23 hafi ya Kaseghe
Ibirindiro bitandukanye bya AFC/M23 byaterewe icyarimwe nâingabo za FARDC , SADC, FDNB, nâizindi nyeshyamba bakorana ku gicamunsi cyo kuri iki Cyumweru nyuma yâumunsi umwe hatangiye agahenge kâibyumweru bibiri kari kemeranyijwe nâimpande zombi bigizwemo uruhare na Amerika. Umuvugizi wa AFC mu itangazo yashyize ahagaragara yagize ati « Aka kanya, abaturage b’abasivili n’ibirindiro byacu byose byibasiwe n’ingabo […]
Kuyobora Abanyarwanda ntako bisa pe! – Paul Kagame i Kayonza
âKuyobora Abanyarwanda ntako bisa pe! Kuyobora FPR ntako bisa rwose. Ingorane rero twagiye tuzinyuramo, tuzisiga inyuma yacu. Ubu turareba imbere gusa, tugeze ku byinshi. Ibyiza birenze inshuro nyinshi biri imbere yacu,â ibi ni ibyatangajwe na Paul Kagame i Kayonza kuri iki Cyumweru aho yakomereje ibikorwa byo kwiyamamaza nyuma yo guca i Nyagatare. Abaturage ba Kayonza, […]
Mozambike: Ubutumwa bwa SAMIM muri Cabo Delgado bwasojwe ku mugaragaro
Ubutumwa bwa gisirikare bwâUmuryango wâiterambere wâIbihugu bya Afurika yâamajyepfo muri Mozambike (SAMIM), bwafashaga Ingabo za Mozambike kurwanya abaterabwoba bâabayisilamu mu ntara yâamajyaruguru ya Cabo Delgado kuva muri Nyakanga 2021, zashoje ubutumwa bwazo ku mugaragaro muri iki gihugu. Isozwa ryâUbutumwa ku mugaragaro nâumuhango wo gusezera, byabaye ku wa Kane mu murwa mukuru wâintara ya Cabo Delgado, […]
Nta ntambara nâimwe yadutera ubwoba yaturuka hano cyangwa hanze – Kagame

âNta ntambara nâimwe yadutera ubwoba. Yaturuka hano cyangwa yaturuka hanze. Oya ntibishobokaâ, uyu ni Umukandida wa FPR-Inkotanyi ku mwanya wâumukuru wâigihugu ubwo yari arimo kwiyamamaza mu Karere ka Nyagatare kuri iki Cyumweru. Umukandida Paul Kagame yatangaje ibi mu gikorwa cyo kwiyamamaza yakomereje mu Karere ka Nyagatere kuri iki Cyumweru, itariki 7 Nyakanga 2024, aho abaturage […]
RDC: FARDC igiye gushyikirizwa ibifaru 185 yari itegereje kuva mu 2020
Igisirikare cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo gikomeje kongera ubushobozi bwo kugenda nâibindi bikoresho bya gisirikare mu kugura imodoka zâimitamenwa zâuruganda rwa Katmerciler rwo muri Turkiya . Uruganda rukora ibinyabiziga, Katmerciler, rwo muri Turkiya ruherutse kurangiza amasezerano afite agaciro ka miliyoni mirongo zâamadolari yagiranye na Kinshasa yari yaradindiye kuva mu 2020. Kuva mu mwaka wa […]
Imitwe yâIngabo za Sudani yahungiye muri Sudani yâEpfo nyuma y’ifatwa rya Meram
Sudani y’Epfo yakiriye imitwe y’ingabo za Sudani (SAF) nyuma yâifatwa rya Meram, umujyi uri mu burengerazuba bwa Kordofan, muri Sudani, bitera abaturage benshi guhunga. Kuri uyu wa Gatandatu ushize, Maj. Gen. Angon Ungom, Umuyobozi wâIngabo zâigihugu cya Sudani yâEpfo (SSPDF), yatangarije Sudan Tribune ko umutekano rusange muri kariya wifashe neza, usibye ko hari imitwe ya […]