EACJ yahagaritse urubanza Dr Alfred Rurangwa yaregagamo Leta y’u Rwanda

Urukiko rw’Ubutabera rwa Afurika y’Iburasirazuba (EACJ) rufite icyicaro i Arusha, muri Tanzaniya, mu mpera z’icyumweru gishize rwahagaritse urubanza rw’uwitwa Dr. Alfred Rurangwa wareze Leta y’u Rwanda, avuga ko yamugurishirije ubutaka igihe yari yagiye kwiga muri Amerika. Urega yatanze ikirego mu mwaka wa 2019, avuga ko igihe atari ahari yaragiye kwiga muri Amerika, umutungo we wari […]

Dr. Denis Mukwege arasanga kugarura igihano cy’urupfu ari akaga ku gihugu gifite ubutabera burwaye

Mu gihe Repubulika ya Demokarasi ya Congo yakuyeho ihagarikwa ry’igihano cy’urupfu, hakomeje kumvikana amajwi menshi arwanya iki cyemezo. Muri bo, harimo Denis Mukwege, wegukanye igihembo cy’amahoro cyitiriwe Nobel mu mwaka wa 2018 akaba yari n’umukandida ku mwanya wa perezida wa republika mu 2023. Uyu uzwiho guharanira ubutabera muri RDC, akaba n’umuganga w’indwara z’abagore avuga ko […]

Niger yahagaritse amasezerano y’ubufatanye mu bya gisirikare yari ifitanye na Amerika

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu, itariki 16 Werurwe, igihugu cya Niger cyahagaritse amasezerano y’ubufatanye mu bya gisirikare na Amerika. Amasezerano yashyizweho umukono mu 2012, mu gihe Abanyamerika muri iki gihe bafite abasirikare bagera ku gihumbi muri iki gihugu, ndetse n’ibirindiro binini bya drone muri Agadez. Kuri televiziyo y’igihugu, umuvugizi wa guverinoma yavuze ko […]

Nyaruguru: Bibukijwe ko uburinganire atari uguhangana n’abagabo babo

52027dc5-d921-43f0-8d0c-e6883c7fc20d.jpg

Abagore bo mu murenge wa Rusenge, mu karere ka Nyaruguru, bibukijwe ko ihame ry’uburinganire ridasobura kwiganzura abagabo no guhangana nabo. Ko ahubwo ari ukugira uburenganzira bungana imbere y’amategeko, bagafatanya n’abagabo mu iterambere rirambye ry’imiryango yabo ndetse n’igihugu. Ubu butumwa bwatangiwe mu kagari ka Bunge muri uyu murenge wa Rusange kuwa 15 Werurwe 2024 ubwo mu […]

U Burusiya: Abatavuga rumwe n’ubutegetsi bahamagaje imyigaragambyo yiswe “Noon against Putin”

Abatavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Burusiya bahamagariye abatora kwitabira imyigaragambyo yiswe “Noon against Putin” ku biro by’itora mu gihugu hose kuri iki Cyumweru, umunsi wa nyuma w’itora mu matora y’umukuru w’igihugu cy’u Burusiya. Abatora basabwe guhurira ku biro by’itora saa sita z’amanywa mu turere 11 tw’u Burusiya kugira ngo bigaragambye batishyize mu kaga barenga ku itegeko […]

Nigeria yemeje iyicwa ry’abasirikare ba yo 16 barimo ba ofisiye bane

Nigeria yemeje kuri uyu wa Gatandatu ushize ko abasirikare 16, barimo ba ofisiye bane n’abasirikare bato biciwe mu gico cy’abantu bitwaje intwaro muri Leta ya Delta, aho bari batabaye bagiye guhosha amakimbirane hagati y’amoko abiri. Abasirikare bo muri batayo ya 181 bari mu butumwa bw’amahoro ahitwa Bomadi, hatuwe cyane n’ubwoko bwa Okuoma, bisanze bagoswe kandi […]

Ndayishimiye yongeye kwibasira u Rwanda yita Abarundi bahahungiye abacakara barwo

giz3hjcxyaaecna.jpg

Perezida w’u Burundi, à‰variste Ndayishimiye yongeye kwibasira u Rwanda ndetse n’abakoloni avuga ko ari intandaro y’ibyago by’Abarundi. Yashimangiye ko u Rwanda rwagize Abarundi bamwe abacakara ngo rwigisha “kwica gusa”. Kuri Ndayishimiye, Abarundi bonyine banenga ubutegetsi bwa CNDD-FDD ni imbata z’u Rwanda n’abakoloni. Ibi Perezida Ndayishimiye yabitangaje kuri uyu wa Gatandatu, itariki 16 Werurwe 2024, ubwo […]

Amb. Bakuramutsa yatanze inyandiko zimwemerera guhagararira u Rwanda muri Cambodge

gii_qtzbaaapy9w.jpg

Ambasaderi Nkubito Manzi Bakuramutsa mu ntangiriro z’iki cyumweru yashyikirije nyakubahwa Say Chhum, umukuru w’agateganyo wa Cambodge, inyandiko zimwemerera guhagararira u Rwanda muri iki gihugu. Uyu muhango wabereye mu nzu ya Sena ya Cambodge. Muri uyu muhango, Say Chhum yashimye ubuyobozi bwa Perezida Paul Kagame ndetse n’iterambere ritangaje u Rwanda rumaze kugeraho mu myaka 24 ishize. […]

Ukraine irashinjwa gutera ibiro by’itora mu gihe u Burusiya bwigamba gusenya drones nyinshi

Minisiteri y’ingabo y’u Burusiya iravuga ko ingabo zayo zasenye drones nyinshi za Ukraine mu turere twinshi two mu gihugu, mu gihe mu karere ka Zaporizhzhia Ukraine ishinjwa kugaba igitero ku biro by’itora Iki gitero kinini kurusha ibyabanje cyabereye mu majyepfo y’u Burusiya bwa Krasnodar, ahari uruganda rutunganya peteroli rwibasiwe. Muri Ukraine abayobozi bavuga ko habaye […]

Perezida Kagame yagize Cyubahiro Bagabe Umuyobozi Mukuru mushya wa RICA

giuxo82woamywmj.jpg

Perezida Kagame yagize Mark Cyubahiro Bagabe Umuyobozi Mukuru mushya w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubugenzuzi bw’Ubuziranenge, Ihiganwa mu bucuruzi no kurengera Umuguzi (RICA) nk’uko bigaragagara mu itangazo ryavuye mu biro bya Minisitiri w’Intebe. Dr. Mark Bagabe yanabaye Umuyobozi mukuru w’ikigo gishinzwe ubuhinzi mu Rwanda (RAB), mbere yo guhagarikwa ku mirimo ye nyuma y’icyemezo cy’abaminisitiri ku wa “19 […]

Perezida Kagame yifurije imirimo myiza abayobozi barahiye

Kuri uyu wa Gatanu, itariki 15 Werurwe, Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yakiriye indahiro z’abayobozi bashya; Dr Usengumukiza Félicien, uherutse kugirwa Umuyobozi Mukuru Wungirije w’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) na Kadigwa Gashongore, wagizwe Visi Perezida w’Urukiko Rukuru rw’Ubucuruzi. Perezida Kagame yabwiye abayobozi bashya barahiriye inshingano nshya ko uretse kuba ziremereye ariko zigomba kujyana n’imico n’imyifatire. Ati […]

Minisitiri w’Intebe yakiriye Umuyobozi wungirije wa Banki y’Ishoramari y’u Burayi

gitr850xmaao0m5.jpg

Kuri uyu wa Gatanu, Minisitiri w’Intebe, Dr. Ngirente yakiriye Bwana Thomas à–stros, Umuyobozi wungirije wa Banki y’Ishoramari y’u Burayi ushinzwe ingufu, ubuzima, siyansi n’iterambere. Baganiriye ku kurushaho gushimangira ubufatanye busanzweho mu buhinzi, uburezi, ubuzima ndetse n’ingufu. Minisitiri w’Intebe yakiriye Umuyobozi Wungirije wa Banki y’Ishoramari y’u Burayi (European Investment Bank ), nyuma y’uko aherutse no kwakira […]

Icyoba ni cyose mu birindiro bya FDLR bisigaye muri Rutshuru mu gihe M23 ikomeje kubisatira

Mu gihe hakomeje imirwano hagati y’Ingabo za Congo (FARDC) na M23, biravugwa ko by’umwihariko M23 irimo kongera ibitero byibasira inyeshyamba z ‘Abanyarwanda za FDLR muri Teritwari za Rutshuru na Masisi, kuri ubu FDLR ikaba iri gutaka ivuga ko ari impunzi gusa z’Abanyarwanda atari umutwe witwaje intwaro. Ibi birimo kuvugwa mu gihe mu mirwano iherutse kuba, […]

Amerika yafatiye ibihano Abanya-Israel bane

Amerika yatangaje ibihano ku Banya-Israel bane, kandi ku nshuro yabo ya mbere, amafamu abiri y’ubuhinzi, mu rwego rw’ingamba nshya zafashwe na Washington na Londres mu guhagarika kwimurwa ku ngufu kw’Abanyapalestine mu Ntara ya West Bank yigaruriwe na Israel. White House yavuze ko Abanya-Israel bane ari bo bagenewe ibihano: David Chai Chasdai wa Givat Ronen; Yinon […]

Igitero cya Al-Shabaab hafi y’ingoro ya perezida cyahitanye abarimo abadepite

Umutwe w’iterabwoba wa Al-Shabaab wagabye igitero kuri hotel mu murwa mukuru wa Somaliya, Mogadishu, kuwa kane nyuma y’iturika ryibisasu byinshi n’amasasu. Imirwano yadutse nyuma y’igitero cyagabwe kuri hotel izwi cyane ya SYL, iherereye hafi y’ingoro ya perezida. Abantu benshi bakomeretse, barimo Umuvugizi wa Guverinoma, Farhan Jimale, abanyamakuru ndetse n’abadepite benshi. Ibitangazamakuru byaho byavuze ko bamwe […]

Sudani: Gen. Burhan yiyemeje gukurikirana abarwanyi ba RSF aho bazajya hose

Gen. Burhan, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Sudani yatangaje ko zigiye kwigarurira utundi duce nyuma y’uko zambuye radio na televiziyo by’igihugu abarwanyi bigometse ku butegetsi ba Rapid Support Forces (RSF), bamaze amezi 11 bahanganye. Ababibonye baravuga ko ingabo za leta zakoresheje indege zitagira abapilote kuwa kabiri zigarurira ingoro ya radiyo na televiziyo by’igihugu mu mujyi wa […]

Inkeragutabara na zo zemerewe guhahira mu Ihahiro ry’Inzego z’Umutekano

Umutwe w’Inkeragutabara ugiye gushyirwa mu bagenerwabikorwa b’Ihahiro ry’Inzego z’Umutekano, Armed Forces Shop (AFOS) kuko na wo ubyemerewe nkuko byatangajwe na Minisitiri w’Ingabo, Juvenal Marizamunda kuri uyu wa Kane, itariki ya 14 Werurwe 2024, ubwo Inteko Rusange y’Umutwe w’Abadepite yasuzumaga ishingiro ry’umushinga w’itegeko rishyiraho Ihahiro ry’Inzego z’u Rwanda zishinzwe kurinda igihugu n’umutekano. Minisitiri w’Ingabo yasobanuye ko […]

Danemark igiye gutangira kwandika abagore bashaka kujya mu gisirikare ku nshuro ya mbere

Danemark yatangaje ko ifite gahunda yo kongera umubare w’abasirikare ku bagore ku nshuro ya mbere no kongera igihe gisanzwe cy’akazi. Irashaka kandi kuzamura ingengo y’imari igenewe igisirikare kugeza kuri hafi miliyari 6 z’amadolari (£ 4.6bn) mu myaka itanu iri imbere kugira ngo intego za NATO zigerweho. Minisitiri w’Intebe, Frederiksen, ati: “Ntabwo twongera kwiyubaka bya gisirikare […]

Burundi: Ligue Iteka yatangaje imibare mishya y’abasirikare bishwe na RED-Tabara i Buringa

Ku itariki ya 25 Gashyantare, umutwe w’inyeshyamba wa RED-Tabara ufite icyicaro muri DRC wavuze ko ari wo wagabye igitero cyitwaje intwaro i Buringa. Ni muri komini ya Gihanga mu ntara ya Bubanza (mu burengerazuba bw’u Burundi ). Mu gihe guverinoma yatangaje umubare w’abantu icyenda bapfuye barimo umusirikare umwe mu ngabo z’u Burundi, Ishyirahamwe Ligue Iteka […]

Guverineri Dushimimana yakiriye ba Ofisiye bakuru biga mu Ishuri Rikuru rya RNP

giniquxxiaamj4r.jpg

Kuri uyu wa Kane, Guverineri w’Intara y’Uburengerazuba, Dushimimana Lambert yakiriye ba Ofisiye bakuru biga mu Ishuri Rikuru rya Polisi y’u Rwanda ryo mu Karere ka Musanze, aho bari mu urugendoshuri rugamije gufasha abanyeshuri gusobanukirwa ingamba zafashwe mu rwego rwo gukumira no kugabanya ibyaha. Uru ruzinduko rutegurwa hagamijwe gufasha abanyeshuri guhuza ubumenyi bigira mu masomo yo […]

Udutsiko twitwaje intwaro twaburiye ibihugu biteganya kohereza abapolisi muri Haiti

Kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 13 Werurwe, Jimmy Cherizier, umuyobozi ukomeye w’agatsiko gakomeje guca ibintu muri Haiti mu byumweru bibiri bishize, yihanangirije ibindi bihugu abisaba kwirinda kwivanga mu bibazo by’igihugu cye ubu kiri mu kajagari. Cherizier, uzwi cyane ku izina rya Barbecue, aganira na W Radio ikora mu rurimi rw’Icyesipanyoli, yasobanuye ko igisubizo cy’amahoro […]

Abanya-Afurika y’Epfo bari mu gisirikare cya Israel bibukijwe urubategereje nibataha

Ibitangazamakuru byo muri Israel byatangaje ku wa Gatatu, bisubiramo minisitiri w’ububanyi wa Afurika y’Epfo, ko abenegihugu b’igihugu cye bari muri barwanira hamwe cyangwa bakorera mu gisirikare cya Israel bazafungwa nibatahuka. Ikinyamakuru Times of Israel cyasubiyemo amagambo ya Naledi Pandor agira ati “Namaze gusohora itangazo riburira Abanya Afurika y’Epfo kandi barwanira hamwe cyangwa bari mu ngabo […]

Abimukira bazemera koherezwa mu Rwanda ku bushake bazahabwa £3,000 muri gahunda nshya

Abimukira bangiwe ubuhungiro mu Bwongereza bazahabwa ibihumbi by’amapound yo kwimukira mu Rwanda muri gahunda nshya yo kugenda“ku bushake” mu gihe Guverinoma ikomeje guhangana n’abadepite kubera gahunda yayo yo kohereza mu Rwanda abimukira. Ibyifuzo bitandukanye n’icyifuzo cyo kohereza abantu mu gihugu cy’iburasirazuba bwa Afurika kugira ngo dosiye zabo zisaba ubuhungiro zihatunganyirizwe aho kuba mu Bwongereza kandi […]

Nigeria: Abashimuse abanyeshuri 286 barasaba miliyari kugirango babarekure

Abantu bitwaje intwaro baheruse gushimuta abanyeshuri 286 n’abarimu babo babakuye ku ishuri ryo mu majyaruguru ya Nigeria, barasaba miliyari y’amafaranga akoreshwa muri icyo gihugu ($620,432) kugirango babarekure. Ibi byatangajwe n’umuvugizi w’imiryango y’abafashwe bunyago avugana n’Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza, Reuters. Abanyeshuri harimo abakiri bato n’abakuru ndetse n’abarimu babo bashimuswe ku itariki 7 Werurwe mu Mujyi wa Kuriga […]

Autrichia yahambirije abadiplomate babiri b’u Burusiya

Igihugu cya Autrichia cyirukanye abadiplomate babiri b’u Burusiya ku butaka bwacyo kivuga ko bakoze ‘ibitajyanye n’imyitwarire y’abadiplomate’. Yabahaye igihe cy’icyumweru kimwe ngo babe bavuye ku butaka bwayo nkuko byatangajwe na minisitiri w’Ububanyi n’amahanga wa Autrichia kuwa Gatatu. Kugeza ubu abadiplomate b’ Burusiya Autrichia imaze kwirukana ku butaka bwayo bamaze kuba 11 kuva mu 2020. Bose […]

Burundi: Abapolisi batunguwe no gusanga uwo bahigaga ari mugenzi wabo wari utwaye magendu

gijqd7wxqaaag5t.png

Adjudant Alexis Vyamungu wo mu Gipolisi cy’u Burundi (PNB) ukorera ku bugenzuzi bukuru bw’igipolisi yafatanwe n’abandi bantu babiri atwaye magendu y’ibicuruzwa bitandukanye kuri bariyeri ya Nyamitanga mu Ntara ya Cibitoke, nyuma yo kugerageza gucika abapolisi bamuhagarikaga ntibimuhire. Ibi bintu byabaye ku Cyumweru, itariki 10 Werurwe, ubwo abo bantu bari mu modoka ya KIA bangaga guhagarara […]

Abihaye Imana 3 bakomoka mu Misiri biciwe muri Afurika y’Epfo

Polisi yo muri Afurika y’Epfo yavuze kuri uyu wa Gatatu ko iri gukora iperereza ku iyicwa ry’abihayimana batatu b’Abanyamisiri biciwe mu kigo cy’abihaye Imana mu burasirazuba bw’umurwa mukuru, Pretoria. Ku wa Kabiri, Itorero ry’Aba-Orthodox b’aba copte ryo muri Afurika y’Epfo ryatangaje ku rubuga rwa Facebook ko batatu mu bihayimana babo bakorewe “ubugizi bwa nabi.” Yongeyeho […]

Byabagamba na Rusagara bahagaritse urubanza bari batangije muri EACJ

Tom Byabagamba na Frank Rusagara bahoze mu Gisirikare cy’u Rwanda bakuye ikirego cyabo mu Rukiko rw’Ubutabera rwa East Africa (EACJ) aho bari bajuririye igihano bahawe. Kuri ubu aba bombi bakatiwe igifungo cy’imyaka 15 mu Rwanda, nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo gukwirakwiza ibihuha bagamije gukangurira abaturage kwigomeka kuri guverinoma yashyizweho, gutunga imbunda mu buryo butemewe n’amategeko, […]

Byarangiye Donald Trump na Joe Biden bagiye kongera guhatanira kuyobora Amerika

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Joe Biden, hamwe n’uwamubanjirije, Donald Trump, bombi batambutse icyiciro cy’ibanze cyo kwemererwa guhagararira amashyaka yabo mu matora yo mu Gushyingo, bakaba bagiye kongera guhatanira umwanya wa Perezida. Kuri uyu wa Kabiri ushize, leta enye, ifasi imwe y’Abanyamerika hamwe n’Abademokarate baba mu mahanga bakoze amatora yabo y’ibanze. Ibyavuye mu […]

Uganda: Urukiko rwateye utwatsi icyifuzo cy’itsinda ryunganira abaryamana bahuje igitsina

Kuri uyu wa Kabiri, itariki 12 Werurwe, urukiko rwo muri Uganda rwateye utwatsi icyifuzo cy’itsinda ryunganira abaryamana bahuje igitsina rishaka guhatira guverinoma kuryandika, nk’uko umunyamategeko wabisabye yabitangaje. Ishyirahamwe Sexual Minorities Uganda (Smug) ryatanze ikirego mu rukiko rukuru rw’igihugu bwa mbere mu 2015 nyuma y’uko umwanditsi wa guverinoma w’amasosiyete yanze kurishyira ku rutonde, ibyo bikaba byari […]

Burundi: Babiri bamaze kwegura muri FEBABU nyuma yo kwirukanwa kwa Dynamo BBC muri BAL24

Kubera ikibazo cy’ikipe ya Dynamo Basketball Club yasezerewe kubera amakosa y’imyitwarire mu mikino ya BAL24, umuyobozi ushinzwe itumanaho mu ishyirahamwe ry’umukino wa Basketball mu Burundi (FEBABU), Armand Nisabwe, ndetse n’ukuriye komite ishinzwe iterambere urubyiruko muri iri shyirahamwe, Alexis Hakizimana, batangaje ko beguye ku mirimo yabo kuri uyu wa Kabiri ushize. Iki cyemezo kije mu gihe […]

Nyanza: Umutangabuhamya ushinja mu rubanza rwa Micomyiza yabaye umushinjura

Mu rugereko rwihariye rw’urukiko rukuru rushinzwe kuburanisha ibyaha mpuzamahanga rukorera i Nyanza, Umutangabuhamya wagomba gushinja yashinjuye Jean Paul Micomyiza avuga ko nta bwicanyi yabonye akora ahubwo ko yagize uruhare mu gukiza ibitero byagabwaga ku bari bihishe. Urugereko rwihariye rw’urukiko rukuru rushinzwe kuburanisha ibyaha mpuzamahanga rukorera i Nyanza mu majyepfo y’u Rwanda, rwari rukomeje kumva abatangabuhamya […]

Ibitero by’indege z’intambara za Amerika byahitanye abarwanyi 3 ba al-Shabab

Igisirikare cya Leta zunze ubumwe z’Amerika cyatangaje ko cyagabye ibitero by’indege z’intambara mu majyepofo ya Somaliya bigahitana abarwanyi batatu bo mu mutwe w’iterabwoba wa al-Shabab. Ubuyobozi bw’igisirikare cy’Amerika buri ku mugabane w’Afurika (AFRICOM) bwatangaje ko byagabye icyo gitero taliki 10 z’uku kwezi bisabwe na guverinoma ya Somaliya. Cyemeza ko ibyagaragaye mu ikubitiro byerekana ko nta […]

Barasaba kwimurira Bemba na Gen. Tshiwewe muri Kivu y’Amajyaruguru kugeza intambara irangiye

Mu gihe inyeshyamba za M23 zikomeje kwagura ahantu zigenzura mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, Sosiyete Sivile ya Kivu y’Amajyaruguru, irasaba ko hahindurwa ingamba za gisirikare imbere y’umwanzi kugira ngo habohozwe ibice byose byigaruriwe na M23, ndetse basaba Minisitiri w’Ingabo n’Umugaba Mukuru w’Ingabo kwimura ibiro bakaza ahabera urugamba. Mu itangazo ryiswe: “Oya ku ikoreshwa ry’amayeri ya […]

Imiti ya Tetracycline na Phytomenadione BP 10 mg yakuwe ku isoko ry’u Rwanda

Ikigo cy’igihugu gishinzwe kugenzura ibiribwa n’imiti (Rwanda FDA) cyavanye ku isoko umuti uterwa binyuze mu rushinge n’undi basiga ku maso, nyuma y’ibirego n’impungenge z’umutekano wa yo. Uyu mugenzuzi w’ubuziranenge bw’imiti n’ibiribwa yavanye ku isoko ibyiciro byose by’umuti w’amavuta wa Tetracycline wakozwe na Angel Biogenics Pvt Ltd, mu Buhinde nyuma y’ibirego kuri uyu muti, nk’uko Rwanda […]

Ubwato bwavaga i Goma bujya i Bukavu bukisanga ku Nkombo bwarekuwe

Ubwato Akonkwa 2, bwo muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo bwari bwayobye bukisanga mu mazi y’u Rwanda ku Kirwa cya Nkombo bupakiye abantu babarirwa muri magana bwamaze kurekurwa n’inzego z’umutekano z’u Rwanda muri iki gitondo busubira iwabo. Abagenzi baraye umunsi n’ijoro ku kirwa cya Nkombo mu Rwanda, aho bavuga ko bari babujijwe kuva mu bwato […]

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Tanzaniya arateganya kugirira uruzinduko mu Rwanda

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’ububanyi n’ubufatanye bwa Afurika y’Iburasirazuba, January Makamba, yavuze kuri uyu wa Mbere, itariki 11 Werurwe ko yenda kuza mu Rwanda mu ruzinduko rw’akazi. Mu butumwa yanyujije kuri X, Makamba yavuze ko azazana n’abayobozi bakuru bo muri Minisiteri y’ubwikorezi; iy’Ubucuruzi n’inganda; ICT; iy’Ubuhinzi; n’Ingufu; n’abandi. Ati: “Ndifuza gufatanya na bagenzi bacu mu Rwanda […]

Uwamennye amabanga ku ndege za Boeing yasanzwe yapfuye muri Amerika

Uwahoze ari umukozi wa Boeing uzwiho guteza impungenge ku buzinenge bw’indege zikorwa n’uru ruganda, basanze yapfuye muri Amerika. John Barnett yari amaze imyaka 32 akora muri Boeing, kugeza igihe yasezeraga muri 2017. Mu minsi yabanjirije urupfu rwe, yari yagiye atanga ibimenyetso mu rubanza ku kumena amanga y’iyi sosiyete. Boeing yavuze ko bibabaje kumva urupfu rwa […]

Ubwato bwo muri Congo bwayobye bwisanga ku Nkombo

Abanyekongo magana baraye bwa mbere muri Rwanda ku Kirwa cya Nkombo, nyuma y’ko ubwato bwari bubatwaye buyobye bukisanga mu Rwanda ubu bukaba buri mu maboko y’ingabo z’u Rwanda zirwanira mu mazi. Mu gihe nta burenganzira bwo kuhava barahabwa, ubwato, n’aba banyekongo baraguma mu Rwanda mu gihe batangiye gutabaza basaba ubuvugizi. “Twinjiye mu bwato ejo saa […]

Minisitiri w’intebe wa Haiti Ariel Henry yeguye ku gitutu cy’udutsiko twitwaje intwaro

Minisitiri w’intebe wa Haiti, Ariel Henry, yemeye kwegura, umuyobozi w’itsinda ry’ibihugu bya Karayibe yavuze ko, bije nyuma y’ibyumweru byinshi by’igitutu cyiyongera ndetse n’ihohoterwa rikabije muri iki gihugu. Ni nyuma y’uko abayobozi b’akarere bahuriye muri Jamaica kuri uyu wa Mbere ushize kugira ngo baganire ku nzibacyuho ya politiki muri Haiti. Kuri ubu Henry yaheze muri Porto […]

U Buhinde bwagerageje igisasu karahabutaka cya mbere bwikoreye

Minisitiri w’Intebe w’u Buhinde, Narendra Modi, yatangaje ko igihugu cye cyageregeje igisasu cya mbere cyo mu bwoko bwa misile gikorewe mu Buhinde. Icyo gisasu gifite ubushobozi bwo gutwara ibindi bisasu byinshi mu gihe kirashwe. Ministri w’Intebe Modi yabitangaje mu butumwa yanyujije ku rubuga rwa X kuwa Mbere. Yavuze ko atewe ishema n’abahanga b’ikigo cy’u Buhinde […]

Indonesia: Batangiye iperereza ku bapilote basinziriye iminota 30 batwaye indege

Muri Indonesia barimo gukora iperereza ku ndege yaho Batik Air nyuma y’uko abapilote bombi basinziriye hafi iminota 30 indege batwaye iri hagati mu rugendo. Abo bapilote, ubu babaye bahagaritswe by’agateganyo, basinziriye batwaye iyi ndege mu mpera z’ukwezi kwa Mutarama yari ivuye mu mujyi wa Sulawesi igiye mu murwa mukuru Jakarta. Umwe muri bo bivugwa ko […]

Rutshuru: Inyeshyamba za M23 zafashe umujyi wa Vitshumbi bitazigoye

Kuri uyu wa Mbere, itariki 11 Werurwe 2024, inyeshyamba za M23 zigaruriye Umujyi wa Vitshumbi nyuma y’imirwano itabagoye na FARDC ifatanyije na Wazalendo nk’uko amakuru atangazwa n’ibinyamakuru bitandukanye byo muri RD Congo ku mbuga nkoranyambaga avuga. Amakuru arimo guhererekanywa ku mbuga nkoranyambaga aravuga ko Inyeshyamba za M23 zafashe Umujyi wa Vitshumbi, undi mujyi w’ingenzi wo […]

Hagati ya Gashyantare 2023 na Gashyantare 2024 ibiciro by’ibiribwa n’ibinyobwa byiyongereyeho 11.4% – NISR

Mu kwezi kwa Gashyantare 2024, ibiciro ku masoko byiyongereyeho 3.2% ku rwego rw’Igihugu ugereranyije n’uko byari bimeze muri Gashyantare umwaka ushize wa 2023 nk’uko imibare mishya yatangajwe n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare mu Rwanda (NISR) ibigaragaza. Ku Cyumweru, itariki ya 10 Werurwe 2024 nibwo iyi mibare yatangajwe ishimangira ko icyo kigereranyo cyiyongereyeho gake ugereranyije n’uko byari byifashe […]

Byagenze gute ngo Tshisekedi yisange wenyine na Touadera mu nama ya CEEAC ?

whatsapp-image-2024-03-09-at-23.29_38.jpg

Amakuru aturuka Malabo, mu murwa mukuru wa Guinea Equatorial, aravuga ko abakuru b’ibihugu ; Joà£o Lourenà§o wa Angola, Oligui Nguema wa Gabon, Sassou Nguesso wa Congo, Paul Kagame w’u Rwanda, Paul Biya wa Cameroon, Mahmat Idriss Deby wa Tchad na Evariste Ndayishimiye w’u Burundi batitabiriye iyi nama isanzwe y’Umuryango w’ibihugu byo muri Afurika yo Hagati […]

Umujenerali wo hejuru wo mu Ngabo za Sudani yateye utwatsi agahenge mu kwezi gutagatifu

Umujenerali wo hejuru wo mu ngabo za Sudani yateye utwatsi agahenge mu kwezi gutagatifu kwa kisilamu kwa Ramadhan m gihe umutwe wa Rapid Support Forces bahanganye nawo ukiri ahantu wigaruriye haba aha gisivili cyangwa aha leta. Aya magambo yavuzwe na Yasser al-Atta, umuyobozi wungirije w’ingabo, aje nyuma y’uko ingabo zivuze ko zateye imbere muri Omdurman, […]

Inyeshyamba za M23 zatangiye kuvugwaho gukorana n’abacanshuro b’Abazungu

Inyeshyamba za M23, zatangiye kuvugwaho gukorana n’abacanshuro b’Abazungu, zageze i Bwalanda, Mines, Katolo na SOMIKIVU, kuri iki cyumweru, itariki ya 10 Werurwe nyuma ya saa sita, nyuma y’iminsi 4 FARDC na wazalendo bihavuye ngo mu buryo buri stratégique kuva ku wa 6 Werurwe 2024, bituma hafatwa imijyi ya Nyanzale, Kibirizi, Kirima, na Rwindi. Nk’uko byatangajwe […]

Hezbollah iravuga ko yateye ibisasu mu majyaruguru ya Israel isubiza ibitero byayo muri Liban

Umutwe wa Hezbollah kuri iki Cyumweru wavuze ko warashe ibisasu bya rokete mu majyaruguru ya Israel nyuma y’umunsi umwe Israel igabye ibitero by’indege muri Liban bigahitana abantu batanu barimo abarwanyi batatu b’uyu mutwe. Umutwe wa Hamas ukorana bya hafi n’uwa Hezbollah ihujwe n’urwango yanga Israel, imaze igihe ihanganye na Israel mu buryo bumwe cyangwa ubundi […]

Abidjan: Gbagbo yemeje kuzahatana mu matora yo mu 2025 nyuma yo kugirwa umwere na ICC

Uwahoze ari Perezida wa Cote d’Ivoire, Laurent Gbagbo, yemeye ku wa Gatandatu kuzayobora ishyaka yashinze mu matora ya perezida yo mu 2025, nk’uko umuvugizi Katinan Kone yabitangarije Reuters nyuma y’inama ya komite nkuru y’ishyaka. Gbagbo, wabaye perezida w’igihugu cyo muri Afurika y’iburengerazuba kuva mu 2000 kugeza 2011, yatangije ishyaka rye, African People’s Party – Cote […]

Green Party yatoye abazayihagararira mu matora y’Abadepite mu Ntara y’Amajyepfo

gitioddxwaatcx0.jpg

Kuri iki cyumweru, itariki 10 Werurwe 2024, ishyaka Democratic Green Part of Rwanda ryatoye abakandida 16 bazarihagararira ku rwego rw’Intara y’Amajyepfo mu matora y’abadepite ateganyijwe muri Nyakanga uyu mwaka. Muri aya matora, Akarere ka Kamonyi kari gahagarariwe na Murenzi Jean de Dieu na Ishimwe Denyse, mu gihe Muhanga yari ihagarariwe na Gasangwa Jean Luc na […]

Rusizi: Bahangayikishijwe n’Imvubu zikomeje kubica no kubonera

Abaturage bafite imirima hafi y’imigezi ya Ruhwa na Rusizi barasaba ko ikibazo cy’imvubu ziri muri iyi migezi zimaze igihe zibonera imyaka cyashakirwa umuti kuko kimaze gufata indi ntera ubwo zatangiye no gutwara ubuzima bw’abantu. Ni nyuma y’aho ku wa Gatanu w’iki cyumweru umuturage wo mu Murenge wa Bugarama mu Karere ka Rusizi yishwe n’imvubu. Umugabo […]

Papa Francis asanga Ukraine ikwiye kugira ubutwari ikazamura ibendera ryera

Papa Francis mu kiganiro n’itangazamakuru yavuze ko Ukraine igomba kugira icyo yise ubutwari bw’ ‘”ibendera ryera” maze ikaganira ku guhagarika intambara n’u Burusiya yatangijwe na Moscou mu myaka ibiri ishize kandi ikaba imaze guhitana ibihumbi by’abantu. Umushumba wa kiliziya Gaturika, Papa Francis yagize icyo abivugaho mu kiganiro cyo mu kwezi gushize yagiranye na Radiyo yo […]

Biden aremeza ko Netanyahu ‘arimo kubabaza Israel’ kuruta kuyifasha muri Gaza

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Joe Biden, yatangaje ko yemera ko Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu “arimo kubabaza Israel kuruta gufasha Israel” binyuze mu buryo arimo gukoresha mu ntambara yo muri Gaza. Mu kiganiro Biden yagiranye na MSNBC, ubwo yabazwaga niba hari umurongo utukura kuri Israel, yagize ati: “Sinzigera mva kuri Israel. […]

Nyanza: Abarwanashyaka ba Green Party mu Majyepfo bitabiriye kongere y’ishyaka

giszfhjxcaev-jk.jpg

Kuri iki Cyumweru, itariki ya 10 Werurwe 2024, Abarwanashyaka ba Democratic Green Party of Rwanda baturuka mu Ntara y’Amajyepfo bateraniye mu Karere ka Nyanza aho bitabiriye kongere y’ishyaka ku rwego rw’intara, iza gusozwa hatowemo abazaribahagararira mu matora y’abadepite ateganyijwe uyu mwaka. Ku itariki 26 Mutarama 2024, Abayobozi bakuru n’abarwanashyaka ba Democratic Green Party of Rwanda […]

Sudani: RSF yishimiye icyifuzo cya Loni cyo gutanga agahenge mu Kwezi kwa Ramadhan

Ku wa Gatandatu, umutwe wa Rapid Support Forces muri Sudani wihutiye kwakira icyifuzo cy’akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe Umutekano cyo guhagarika imirwano mu kwezi gutagatifu kw’abayisilamu kwa Ramadhan, ibishobora gutanga agahenge nyuma y’intambara imaze amezi 11. Biteganijwe ko Ramazani itangira kuri iki Cyumweru nimugoroba. Mu itangazo ryayo, RSF yagaragaje ko yizeye ko imyanzuro y’Akanama k’Umuryango w’Abibumbye […]

Gasabo: Umugabo w’imyaka 66 yafatiwe mu cyuho atekeye Kanyanga mu gishanga

Polisi y’u Rwanda ku bufatanye n’izindi nzego z’umutekano n’abaturage mu Karere ka Gasabo yafatiye mu cyuho umugabo w’imyaka 66 y’amavuko, wari utekeye ikiyobyabwenge cya Kanyanga mu gishanga. Yafatiwe mu mudugudu wa Kalisimbi, akagari ka Kabuga I, umurenge wa Rusororo, ahagana saa yine z’ijoro zo ku wa Gatatu tariki 6 Werurwe, atetse litiro 100 za Kanyanga […]

Zimbabwe irashinjwa gutoteza, gufunga no kwirukana Abanyamerika

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zashinje Zimbabwe gutoteza, gufunga no kwirukana Abanyamerika benshi bari bari muri icyo gihugu nk’abakozi batanga imfashanyo nyuma y’ibihano byafatiwe abarimo Perezida Mnangagwa. Ikigo gishinzwe Iterambere Mpuzamahanga cya Amerika (USAID) cyavuze ko abayobozi ba Amerika hamwe n’abakozi bayo bakorera kuri kontaro zimara igihe runaka batewe ubwoba “mu magambo no ku mubiri”. […]

Batanu bivugwa ko ari ibyitso bya M23 bafatiwe i Goma beretswe abanyamakuru i Kinshasa

Abagabo 5 bivugwa ko ari ibyitso bya M23 bafatiwe i Goma muri Kivu y’Amajyaruguru kuri uyu wa Gatanu beretswe abanyamakuru i Kinshasa. Muri bo, harimo abadepite 2 batowe mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru: Honorable Alain Aliongera, umwe mu bagize FCC, Ihuriro ry’uwahoze ari perezida, Joseph Kabila, na Honorable Hope Sabini Kibuya, umwe mu bagize ishyaka […]

Ihuriro ry’ubucuruzi hagati y’u Rwanda na Zimbabwe ryitezweho gufungura amahirwe

Ihuriro ry’ubucuruzi ry’u Rwanda-Zimbabwe rizabera i Kigali ryitezweho gufungura amahirwe azatanga inyungu no kurushaho kunoza umubano w’ubukungu uzazamura iterambere hagati y’ibihugu byombi. Ibirori byateguwe n’ikigo gishinzwe guteza imbere ubucuruzi n’iterambere ry’igihugu, ZimTrade, n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iterambere mu Rwanda (RDB), biteganijwe ko bizaba kuva ku itariki 18 kugeza 20 Werurwe 2024. “Nyuma yo kwakira neza inshuro […]