Itsinda rya mbere ry’abapolisi ba Kenya ryerekeje muri Haiti

Kuri uyu wa Mbere nimugoroba, itsinda rya mbere ry’abapolisi ba Kenya bahagurutse i Nairobi berekeza muri Haiti mu rwego rw’ubutumwa mpuzamahanga bugamije kuzana umutekano mu gihugu, nk’uko byatangajwe na Minisitiri w’umutekano mu gihugu cya Kenya, Kithure Kindiki. Mu magambo ye, Kithure Kindiki yagize ati: “Nishimiye gusezera ku itsinda rya mbere ry’abapolisi b’igihugu bagiye kugira uruhare […]

Ukraine iravuga ko yasenye ibirindiro by’indege zitagira abadereva z’u Burusiya

Ukraine iravuga ko yasenye ibirindiro by’u Burusiya byakoreshwaga mu kohereza indege zitagira abadereva (drones) zakozwe na Iran no mu guhugura abasirikare bazikoresha. Amafoto yerekana isenywa ry’ubu bubiko yashyizwe ahagaragara n’Ingabo za Ukraine zirwanira mu mazi nyuma y’amakuru y’iturika rihambaye hafi y’ikibuga cy’indege cy’u Burusiya giherereye mu karere ka Krasnodar. Moscou ntiragira icyo itangaza kuri aya […]

Korea: Inkongi y’umuriro mu ruganda rukora batiri yahitanye byibuze 22

Abayobozi b’inzego z’ibanze baravuga ko inkongi y’umuriro mu ruganda rukora batiri muri lithium muri Koreya y’Epfo yahitanye byibuze abantu 22, abenshi muri bo bakaba ari abanyamahanga. Iyi nkongi y’umuriro yadutse ahagana mu masaha ya saa 10:31 za mu gitondo ku ruganda rwa sosiyete ikora batiri yitwa Aricell ruherereye Hwaseong, mu Ntara ya Gyeonggi, mu bilometero […]

Abapolisi bafashe nabi umubyeyi wari ufunzwe arwaje umwana bagiye gukorwaho iperereza

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Boniface Rutikanga yatangaje ko hagiye gukorwa iperereza cy’abapolisi baba baranze guha umubyeyi wari ufunzwe uruhushya rwo kujya kuvuza umwana we w’amezi atatu kugira ngo bamenye ukuri kwabyo . Ni nyuma y’uko hari ababyeyi babiri, Nyirahabimana Claudine na Umumararungu Adorata, bari bafungiwe kuri sitasiyo ya Nkanka mu mu Murenge wa […]

Abo ba Kaina n’abandi bagifite agahinda bazaze tuzabasaba imbabazi – Umuvugizi wa M23

Umutwe wa M23 ubinyujije ku muvugizi wungirije, Dr Balinda Oscar, watangaje ko witeguye kwakira bagenzi babo basigaye inyuma batari ku rugamba kubera impamvu zabo zitandukanye, wemeza ko biteguye kubasaba imbabazi bagakomezanya urugamba . Ibi Dr Balinda Oscar (uri ku ifoto na Corneille Nangaa) yabitangaje nyuma y’aho umwe mu bahoze ari abayobozi b’ingabo mu mutwe wa […]

Kenya: Perezida Ruto yemeye kuganira n’urubyiruko rumaze iminsi mu myigaragambyo

Muri Kenya, Perezida William Ruto yavuze ko yiteguye gushyikirana n’urubyiruko rukomeje ibikorwa by’imyigaragambyo. Ku Cyumweru, itariki ya 23 Kamena, interuro yari iyo kutemerera abanyapolitiki bashyigikiye itegeko ryateje imyigaragambyo kwigaragaza mu nsengero. Urubyiruko rwinshi rwaboneyeho umwanya wo kwerekana ibyo rusaba imbere y’abizera, nk’ i Nairobi. Mu cyumweru gishize, ibihumbi by’urubyiruko rwagiye mu mihanda hirya no hino […]

Kigali: Nyuma y’igihe barahebye abarenga 7000 bagiye guhabwa mubazi

Guhera kuri uyu wa Mbere, itariki ya 24 Kamena 2024, abaturage basaga 7,000 basabye mubazi z’amazi hirya no hino mu gihugu bagiye gutangira kuzihabwa nk’uko byatangajwe n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Amazi, Isuku n’Isukura, WASAC. Bamwe mu baturage bagiye guhabwa izi mubazi (konteri) bavuga ko bari bamaze amezi agera kuri ane bazitegereje ariko batarazihabwa. Aba baturage biganjemo […]

U Burusiya: Igitero ku bapolisi, ku nsengero no ku masinagogi cyahitanye benshi

Igitero cyagabwe ku bapolisi, ku nsengero no ku masinagogi muri Repubulika ya Dagestan yo mu majyaruguru y’u Burusiya kuri iki Cyumweru, itariki 23 Kamena 2024, cyahitanye abantu benshi . Abantu bitwaje imbunda bibasiye imijyi ya Derbent na Makhachkala ku munsi mukuru wa pentekote w’Aba-Orthodox. Abapfuye barimo byibura abapolisi 15, umupadiri n’umuzamu bishwe. Batandatu mu bagabye […]

U Butaliyani bwafashe intwaro zari zohererejwe umujenerali wo muri Libya

Abategetsi b’Abataliyani bafashe ubwato bw’imizigo bivugwa ko bwari butwaye intwaro zivuye mu Burusiya ku muyobozi w’ingabo zirwanya guverinoma yemewe n’amahanga muri Libya, Gen. Haftar . Ku wa Gatanu, ikinyamakuru Corriere della Sera cyo mu Butaliyani cyatangaje ko abashinzwe umutekano bakoze iki gikorwa babisabwe n’abayobozi ba Leta Zunze Ubumwe za Amerika kandi bafata intwaro zifite agaciro […]

Ibyadutandukanyije mu mateka tuzi yashize tugenda dusiga inyuma twarabirenze – Kagame

Ibyadutandukanyije mu mateka tuzi yashize tugenda dusiga inyuma twarabirenze. Buri munyarwanda wese, ndetse n’utari umunyarwanda ariko uri mu Rwanda bigomba kumugeraho, ibi ni ibyatangajwe n’umukandida wa FPR-Inkotanyi, Paul Kagame, mu Karere ka Rubavu, aho yakoreye igikorwa cyo kwiyamamaza ku munsi wa kabiri ibikorwa byo kwiyamamaza bitangiye. Mu ijambo yagejeje ku mbaga y’abaturage b’Akarere ka Rubavu, […]

Amafoto: Perezida Kagame yageze i Rubavu aho akomereje kwiyamamaza

gqv6tkow4aamepr.jpg

Ku munsi wa kabiri w’ibikorwa byo kwiyamamaza, umukandida w’Umuryango wa RPF-Inkotanyi yageze mu Karere ka Rubavu kuri iki Cyumweru, aho ahura n’ibihumbi n’ibihumbi by’abamushyigikiye mu rwego rwo kubagezaho imigabo n’imigambi ye muri iyi manda iri imbere akeneye ko bamutorera mu matora yo muri Nyakanga . Ni igikorwa cyitabiriwe n’ibihumbi n’ibihumbi by’abaturage baturutse mu bice bitandukanye […]

Imyigaragambyo ikomeje kubica muri Kenya yaba irimo ukuboko kw’amahanga?

unnamed-20.jpg

Umuvugizi wa Guverinoma ya Kenya, Isaac Mwaura, ubu aravuga ko hari ibihugu by’amahanga bishobora kuba biri inyuma y’imyigaragambyo yamagana umushinga w’itegeko ry’mari uri kwamaganwa n’urubyiruko rwo muri Kenya. Mu kiganiro yatanze mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatandatu nk’uko tubikesha ikinyamakuru The Star, Mwaura yavuze ko mu gihe hari impungenge nyazo zigaragara, hashobora kuba hari […]

Burundi: Abasirikare banze kurwana na M23 basabiwe gufungwa burundu

Umushinjacyaha wa gisirikare mu gihugu cy’u Burundi yaraye asabiye igifungo cy’imyaka 10 n’ihazabu y’amadolari 800, buri umwe, abasirikare 35 banze kurwana na M23 muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, mu gihe abandi 239 basabiwe gufungwa ubuzima bwose n’ihazabu y’amadolari 800 buri umwe. Ayo madolari 800 ngo ni ayo kwishyura indege, ubwato n’imodoka bakoresheje bataha mu […]

Israel irigamba kwivugana Ayman Ratma wagemuriraga intwaro Hamas

Igisirikare cya Israel cyatangaje ko igitero cy’indege zitagira abapilote cya IDF cyahitanye Ayman Ratma, umwe mu bagemuriraga intwaro zikomeye umutwe wa Hamas, mu kibaya cya Bekaa . Israel yavuze ko Ratma yafashaga kohereza ibikoresho by’intambara bigenewe Hamas na Jamaa Islamiya, ishami ry’Abavandimwe b’Abayisilamu (Muslim Brotherhood) biva muri Liban nk’uko iyi nkuru dukesha Euronews ivuga. Igisirikare […]

Brazil: Abagabo basaga 6500 bamaze gutakaza ubugabo kubera kanseri

Hagati y’umwaka wa 2012 na 2022, mu gihugu cya Brazil hatangajwe abagabo 21,000 barwaye kanseri y’ubugabo , nkuko minisiteri y’ubuzima muri icyo gihugu ibivuga, aho byavuyemo impfu 4,000 ndetse, mu myaka 10 ishize, abagabo barenga 6,500 bakaswe ubugabo bwabo, muri rusange bangana n’abagabo babiri bakaswe ubugabo bwabo buri munsi . Leta ya MaranhĂŁo, ya mbere […]

Ukraine yatangiye gushaka abarwanyi mu mfungwa

Mu rwego rwo gushaka abarwanyi bashya mu ngabo zacyo mu gihe ibitero by’u Burusiya bikomeje, Igisirikare cya Ukraine cyatangiye kubashakira mu mfungwa, aho bivugwa ko hamaze kwandikwa abagera mu 3.000 . Mu gihe amasezerano yabo ya gisirikare azaba arangiye, imfungwa zizahabwa igihano nsimburagifungo intambara nirangira. Ukraine bivugwa ko ifite ikibazo cy’abasirikare bahagije. Abaturage bayo nimiliyoni […]

Namibia: Urukiko rwemeje ko amategeko yabuzaga ubutinganyi anyuranyije n’itegeko nshinga

Urukiko Rukuru muri Namibia rwatangaje ko amategeko abiri yo mu gihe cy’abakoloni yagiraga icyaha kubana kw’abahuje ibitsina, anyuranyije n’itegeko nshinga . Kuri uyu wa Gatanu, nibwo Urukiko Rukuru rwa Namibia rwakuyeho amategeko abiri yo mu gihe cy’abakoloni ahana imibonano mpuzabitsina hagati y’abahuje ibitsina, mu cyafashwe nk’intsinzi idasanzwe ku muryango wa LGBTQ +. Abaharanira uburenganzira bw’ikiremwamuntu […]

Beijing: Amb. Kimonyo yasobanuye impamvu Afurika ihitamo u Bushinwa kurusha Uburengerazuba

Mu kiganiro n’abanyamakuru ba Global Times, Ma Jingjing na Zhang Yiyi, Ambasaderi w’u Rwanda mu Bushinwa, James Kimonyo, yasobanuye impamvu Afurika ihitamo gukorana n’u Bushinwa kurusha n’uburengerazuba ubwo baganiraga ku kwagura ubufatanye mu bukungu n’ubucuruzi hagati y’u Bushinwa n’u Rwanda, agaragaza amahirwe mashya y’ubufatanye hagati y’ibihugu byombi. Abanyamakuru ba GT bamubajije bati “Ibitangazamakuru byinshi byo […]

Vladmir Putin yijeje Korea y’Epfo igisubizo kitayishimisha mu gihe yaha intwaro Ukraine

Vladimir Putin yihanangirije Koreya y’Epfo avuga ko izaba ikoze “ikosa rikomeye” niramuka ihaye intwaro Ukraine mu ntambara yo kurwanya u Burusiya. Ibi yabitangaje nyuma y’uko Seoul ivuze ko irimo gutekereza ko ishobora kubikora, mu rwego rwo gusubiza amasezerano mashya y’u Burusiya na Koreya ya Ruguru yo gufashanya mu gihe hagabwa “igitero” ku bihugu byombi. Kuri […]

Donald Sutherland wakinnye muri The Hunger Games yapfuye ku myaka 88

Umukinnyi w’amafilime w’Umunyakanada, Donald Sutherland, umustar wa firime zirimo The Hunger Games na Don’t Look Now, yapfuye afite imyaka 88 nyuma y’uburwayi bumaze igihe. Umuhungu we, umukinnyi wa filime, Kiefer Sutherland, wamamaye muri 24H Chrono na Designated Survivor, yagize ati: “N’umutima uremereye, ndababwira ko data, Donald Sutherland, yitabye Imana. Njye ku giti cyanjye ndatekereza ko […]

Afande yishe bunyamanswa umupadiri nyuma yo kumufatira mu buriri n’umugore we

Umupadiri w’Umwangilikani yiciwe bunyamaswa mu mujyi wo muri Kapsabet, witwa Nandi, yishwe na ofisiye mu Ngabo za Kenya ( KDF ) wamusanze mu buriri hamwe n’umugore we. Rev James Kemei, 43, yari yasuye uyu mugore, usengera mu rusengero rwa St Barnabas i Kapsabet, ari nijoro atazi ko umugabo yamuteze umutego. Muri iryo joro, uyu musirikare […]

Indorerezi zisaga 260 zimaze kwemererwa kuzakurikirana amatora mu Rwanda

Komisiyo y’igihugu ishinzwe amatora (NEC) ivuga ko indorerezi z’amatora zirenga 260 zemerewe gukurikirana amatora y’umukuru w’igihugu ndetse n’abadepite yo muri Nyakanga 2024. Charles Munyaneza, Umunyamabanga Nshingwabikorwa yavuze ko guhera ku wa 20 Kamena, NEC imaze kwemerera indorerezi z’amatora 267, kandi harimo 61 bakomoka mu bigo mpuzamahanga. Yongeyeho ko abandi bagisaba. Amakuru Ikinyamakuru New Times cyahawe […]

Kenya: Imyigaragambyo y’abaturage irakomeje

Muri Kenya abapolisi bashinzwe guhosha imyigaragambyo bakoresheje imyuka iryana mu maso n’amazi afite umuvuduko mwinshi mu gutatanya abantu babarirwa mu bihumbi bari mu myigaragambyo mu murwa mukuru, Nairobi. Ni mu gihe mu gihugu hose hakomeje imyigaragambyo igamije kwamagana umugambi wa Leta wo kongera miliyari 2.7 z’amadolari y’Amerika ku misoro bari basanzwe batanga mu rwego rwo […]

Afurika y’Epfo: Umudepite yahagaritswe mu ishyaka kubera amagambo y’ivanguramoko

Ishyaka riharanira demokarasi (Democratic Alliance) ryo muri Afurika y’Epfo, ryahagaritse umudepite nyuma y’amashusho ashaje yongeye kugaragara kuri interineti avuga amagambo y’ivanguramoko yibasira Abirabura . Renaldo Gouws yabanje kuvuga ko ari videwo yahimbwe arabihakana ariko itangazo ryashyizwe ahagaragara na DA kuri uyu wa Kane rivuga ko “ari ukuri kandi atari impimbano” nk’uko byatangajwe ba BBC. Muri […]

Perezida Ndayishimiye uherutse gutangaza ko Abarundi bishimye yahindukiye abita intashima

Kuri uyu wa Gatatu ushize, itariki 19 Kamena 2024, Perezida w’u Burundi, Évariste Ndayishimiye, yatangaje ko Abarundi badashima, yanga kwemera uruhare mu kibazo cy’ibura rya peteroli avuga ko ari “ikibazo rusange”. Mu butumwa yagejeje ku gihugu mu kwizihiza imyaka ine amaze ku butegetsi, Ndayishimiye yashinje abaturage b’u Burundi “gushaka kugira byose icyarimwe”. Umukuru w’igihugu cy’u […]

U Bufaransa bwakiriye inama igamije kwihutisha ikorwa ry’inkingo muri Afurika

Kuri uyu wa Kane, Paris yakiriye Ihuriro Mpuzamahanga ku busugire bw’inkingo no guhanga udushya. Yateguwe ku bufatanye bwa Gavi (l’Alliance des vaccins), Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe n’u Bufaransa, mu izina ry’u Burayi, igomba guhuriza ku cyicaro gikuru cya Minisiteri y’ububanyi n’amahanga abahagarariye ibihugu bya Afurika, abaterankunga, inganda z’imiti, sosiyete sivile n’imiryango mpuzamahanga. Abaperezida ba […]

Mu butayu bwa Nevada hagaragaye inkingi izwi nka monolith hatazwi uko yahageze

a6354320-2e29-11ef-bdc5-41d7421c2adf.jpg.webp

Mu butayu bwo muri leta ya Nevada mu mpera y’icyumweru gishize, habonetse indi nkingi y’amayobera mu zizwi nka monolith iteza kwibaza icyo ari cyo n’uwaba ari inyuma yacyo. Iki kintu cyabonywe na polisi y’umujyi wa Las Vegas, yavuze ko yakibonye irimo gushakisha mu gikorwa cy’ubutabazi ahitwa Las Vegas Valley. Igipolisi cyatangaje ku mbuga nkoranyambaga kiti: […]

CORwanda24: Abaturage bashyikirijwe inkunga yo kubafasha kwiteza imbere

csm_gisagara_3b720d4ce9.jpg

Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 19 Kamena, Ingabo na Polisi z’u Rwanda ku bufatanye n’izindi nzego basoje ku mugaragaro ibikorwa bigamije gufasha abaturage mu mibereho myiza n’iterambere (CORwanda24) bikubiyemo imishinga n’inkunga yo kubafasha mu iterambere. Ibi bikorwa byakorewe mu gihugu hose mu gihe cy’amezi atatu ku bufatanye n’inzego z’ibanze, ku nsanganyamatsiko igira iti: “Imyaka […]

Somalia: Umujyanama wa leta yahakanye imikoranire y’aba Houthi na Al Shabaab

_132933075_red_sea_attacks_with_control_140324_640-nc.png.webp

Umujyanama wa leta mu by’umutekano muri Somalia, Hussein Sheik-Ali, we yamaganye amakuru avuga ko umutwe wa Al Shabaab usigaye ukorana n’aba Houthi bo muri Yemen, avuga ari ibinyoma kandi nta shingiro afite. Mu butumwa yacishije ku rubuga rwa X, nk’uko tubikesha VOA NEWS, Ali yanditse ati: “Ingabo za Somaliya ziracyagenzura ibice 90% by’uturere zambuye abarwanyi […]

Kinshasa: Abaregwa gushaka guhirika ubutegetsi bagize icyo basaba mbere y’urubanza mu mizi

Kuri uyu wa Kabiri ushize mu iburanisha ryabereye muri Gereza ya Gisirikare ya Ndolo ryerekeranye n’igitero cyo ku ya 19 Gicurasi cyagabwe ku rugo rwa Vital Kamerhe no ku ngoro y’umukuru w’igihugu i Kinshasa, impaka zibanze ku nyandiko zanditse zatanzwe n’ababuranyi, zivuga muri make ku kwiregura kwabo n’uburenganzira bemererwa n’amategeko. Umushinjacyaha kandi yasubije inzitizi zitandukanye […]

Umuntu wa kabiri wimwe ubuhungiro mu Bwongereza yaba yarageze mu Rwanda bucece

Umuntu wa kabiri wasabaga ubuhungiro utarabwemerewe yishyuwe ÂŁ 3000 yo kwimurirwa mu Rwanda ku bushake mu gihe undi azakurikira muri iki cyumweru. Umwimukira utavuzwe izina yasabye ubuhungiro banga kubumuha none yavuye mu Bwongereza azanwa mu Rwanda mu ndege y’ubucuruzi mu minsi ishize. Ni ku nshuro ya kabiri gusa guverinoma yimuriye uwasabye ubuhungiro ntabuhabwe mu gihugu […]

Burkina Faso: Abasirikare ba Mali n’abacanshuro b’Abarusiya bageze i Ouagadougou

Abasirikare ba Mali n’abacanshuro b’Abarusiya ba Wagner bageze i Ouagadougou, ahakomeje kugaragara urujijo nyuma y’igitero cyagabwe kuri Mansila ku wa kabiri ushize, itariki ya 11 Kamena, aho abasirikare barenga ijana ba Burkina Faso bishwe ndetse bamwe bajyanwa bugwate n’abajihadiste ba Jnim (Groupe de support Ă  l’Insurance) , ifitanye isano na al-Qaeda) . Nyuma y’ubwo bwicanyi, […]

U Rwanda rukeneye miliyari 1,5 $ kugirango ruzageze amashanyarazi kuri bose mu 2029

Ikigo cy’igihugu gishinzwe ingufu (REG) kiravuga ko igihugu gikeneye miliyari 1.5 z’amadolari kugira ngo kigeze amashanyarazi mu gihugu hose mu 2029 nyuma yo kutagera ku ntego cyari kihaye yo kuba byakozwe muri uyu mwaka wa 2024. Kugeza ubu, intego yagezweho ku rugero rwa 77.7 ku ijana, bivuye kuri 34.4 ku ijana muri 2017 hashingiwe kuri […]

Tchad: Inkongi y’umuriro yibasiye ububiko bw’amasasu yakangaranyije Ndjamena

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, i Ndjamena, inkongi y’umuriro yibasiye ububiko bw’amasasu ya gisirikare. Guturika kwinshi kwayo kumvikanye kugera mu bilometero byinshi uvuye kuri depo mu karere ka Goudji, hafi y’ikibuga cyindege cy’umurwa mukuru wa Tchad . “Twabonye ikirere gihinduka umutuku. Twumvise iturika rihambaye cyane, ku buryo twumvaga biri munsi y’ibirenge byacu, ”ibi […]

Burera: Akarere katashye ibiro bishya byatwaye miliyari 3

Kuri uyu wa Kabiri, itariki 18 Kamena, Akarere ka Burera katashye ku mugaragaro inyubako nshya kazajya gakoreramo, kuzuye gatanzweho agera kuri miliyari 3 Frw. Abanyaburera bavuze ko ibiro bishya by’akarere bubakiwe byatashwe ku mugaragaro, babyitezeho n’imitangire myiza ya serivisi. Inyubako nshya y’Ibiro by’Akarere ka Burera igeretse gatatu, igizwe n’ibyumba byo gukoreramo 48. Yubatswe mu buryo […]

Loni igiye gukora iperereza kuri Papa ku bijyanye no kumviriza terefone

Rwiyemezamirimo w’Umwongereza yajyanwe mu butabera na Vatikani ashinjwa gushuka icyicaro gikuru cya Kiliziya Gatolika mu gihe cyo kugurisha imitungo itimukanwa. Papa ngo yaba yaremeye kumvuriza terefone y’uyu munyemari kugirango haboneke ibimenyetso bishyigikira urubanza. Kubw’ibyo, Umuryango w’Abibumbye urateganya gukora iperereza kuri Papa Fransisiko kubera kumviriza telefone mu kibazo cy’imitungo itimukanwa, nk’uko byatangajwe n’igitangazamakuru cyo mu Bwongereza, […]

Icyo ubutasi bwa gisirikare bw’u Bubiligi buvuga ku bikorwa by’ubutasi bw’u Rwanda

capture-41.jpg

Ubutasi bw’u Bubiligi buravuga ko bwemera ko ibyo u Rwanda ruvugwaho biterwa no kudashaka ko hagira ushaka guhungabanya umutekano warwo cyangwa kurusubiza mu icuraburindi rwanyuzemo harimo n’Abanyarwanda baba muri diaspora. Ibi byatangajwe muri filimi mbarankuru itavugwaho rumwe yibasira ubutegetsi bw’u Rwanda iherutse gushyirwa ahagaragara bise Rwanda Classified, aho abayiteguye bashinja inzego z’ubutasi z’u Rwanda gukurikirana […]

RCS yungutse ba Assistant Inspector of Prison bashya 166

gqwgzzhwiaeym_k.jpg

Kuri uyu wa Kabiri, itariki 18 Kamena 2024, Urwego rw’Igihugu rushinzwe Igorora (RCS) rwungutse ba ofisiye bashya 166 barimo abakobwa 27. Ni umuhango wo gusoza icyiciro cya 1 cy’amahugurwa no gutanga ipeti rya ‘Assistant Inspector of Prison’ kuri ba ofisiye bato 166 harimo abagore 27 basoje amasomo yabo. Uyu muhango wo guha impamyabumenyi ku bamaze […]

Biden agiye kuzana gahunda nshya izarinda abashakanye n’Abanyamerika badafite ibyangombwa

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Joe Biden, yiteguye gutangaza politiki nshya izarinda ibihumbi magana by’abashakanye badafite ibyangombwa by’Abanyamerika gusubizwa iwabo nk’uko abayobozi muri guverinoma ye babitangaje . Iki cyemezo kizaba kireba gusa abamaze nibura imyaka 10 muri iki gihugu kandi kizabemerera gukorera muri Amerika mu buryo bwemewe n’amategeko nk’uko iyi nkuru dukesha BBC […]

RDC: Kamerhe yavugurujwe ku mishahara y’abadepite aherutse gutangaza

Muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, ingano y’imishahara y’abayobozi batowe yongeye kutavugwaho rumwe, aho impaka nshya zavutse nyuma y’ibyatangajwe na perezida mushya w’Inteko Ishinga Amategeko, Vital Kamerhe mu cyumweru gishize, aho yemeje ko abadepite bahembwa miliyoni 14 z’amafaranga y’Amanyekongo, hafi 5,000$, ariko nyuma humvikana benshi bamagana iyi mibare . Imibare yatanzwe mu mpera z’iki cyumweru […]

Niger: Umutwe wa FPL wigambye igitero cyangije umuyoboro wa peteroli

Mu gihugu cya Niger umutwe wa FPL (Front patriotique pour la LibĂ©ration), uyoborwa na Mahmoud Sallah, washyize mu bikorwa iterabwoba ryawo, aho mu ijoro rya tabaski muri Niger wohereje agatsiko k’abakomando mu butayu bwa Niger guturitsa umuyoboro ujyana peteroli i Cotonou . Inyeshyamba za FPL zari zaraburiye ko zizaturitsa uyu muyoboro n’uruganda rutunganya peteroli mu […]

Menya ibyo ukwiye kwirinda mu gihe cyo kwiyamamaza cyangwa kwamamaza

Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC) yagaragaje ibintu bibujijwe mu gihe cyo kwiyamamaza cyangwa kwamamaza mu gihe cy’amatora ategerejwe mu kwezi gutaha kwa Nyakanga. Iyi komisiyo ivuga ko Bibujijwe mu gihe cyo kwiyamamaza cyangwa kwamamaza hagamijwe guhindura cyangwa kugerageza guhindura imitekerereze by’ugomba gutora. Birabujijwe kandi gukoresha umutungo wa leta aho waba uri hose mu buryo bunyuranyije n’amategeko, […]

Israel: Netanyahu yasheshe guverinoma ye ishinzwe intambara

Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, yasheshe guverinoma ishinzwe intambara yari igizwe n’abaminisitiri batandatu, nk’uko umuyobozi muri Israel yabitangaje kuri uyu wa Mbere ushize, mu gikorwa cyari gitegerejwe na benshi nyuma y’uko umwe mu bo bahanganye bakomeye, uwahoze ari jenerali, Benny Gantz, yeguye muri guverinoma yo mu bihe bidasanzwe. Uyu muyobozi nk’uko iyi nkuru dukesha […]

Abasirikare ba Koreya ya Ruguru hagati ya 20 na 30 bongeye kwambuka umupaka

Igisirikare cya Koreya y’Epfo cyavuze ko abasirikare ba Koreya ya Ruguru bari hagati ya 20 na 30 bambutse umupaka w’ibihugu byombi, ariko basubira iwabo nyuma y’uko Ingabo za Koreya y’Epfo zirashe amasasu ziburira . Ibiro ntaramakuru Yonhap byatangaje ko ibi byabaye ku isaha ya saa mbiri n’igice za mu gitondo (23:30 GMT ku wa Mbere) […]

Rubavu: Abaturage ba Mahoko basubijwe inzu bari barambuwe na leta

Kuri uyu wa mbere Leta y’u Rwanda yasubije abaturage amazu arenga 160 y’ubucuruzi yo muri santare ya Mahoko mu karere ka Rubavu mu ntara y’Uburengerazuba. Leta yari yaratse aya mazu abaturage ivuga ko ari mu manegeka kuko aturiye umugezi wa Sebeya. Abaturage bo muri santare ya Mahoko bavuga ko bishimiye iki cyemezo n’ubwo bitabuze kubagiraho […]

Ngoma: Abakoraga ibilometero 9 bajya kwivuza baruhuwe

Abaturage bivuriza ku Ivuriro rya Buliba riri mu Kagari ka Buliba mu Murenge wa Rukira, Akarere ka Ngoma, baravuga imyato Leta y’u Rwanda yabegereje serivisi z’ubuvuzi bakaruhuka urugendo rw’amasaha icyenda bakoraga bajya kwivuza ku Kigo Nderabuzima cya Gituku n’icya Rukira . Uretse urugendo rwagabanyutse, abo baturage bavuga ko n’ubu nta bakirembera mu ngo babuze uko […]

U Burusiya bwahakanye ko abanyeshuri b’Abanyanijeriya bahatirwa kujya kurwana muri Ukraine

Ibitangazamakuru byo muri Nigeria byatangaje ko Ambasade y’u Burusiya yahakanye amakuru avuga ko abanyeshuri b’Abanyanijeriya biga mu Burusiya bahatirwa kujya mu gisirikare kugira ngo bafashe Moscou mu ntambara yo muri Ukraine . Mu ntangiriro z’iki cyumweru, raporo ya Bloomberg yavuze ko u Burusiya bwahatiye abanyeshuri bo muri Afurika kwitabira urugamba rwo kurwanya Ukraine mbere yo […]

Sudani: Umutwe wa RSF uravugwaho gushakira abarwanyi muri Repubulika ya Centrafrica

Muri raporo yasohotse ku wa Gatanu, itariki ya 14 Kamena, impuguke z’Umuryango w’Abibumbye zongeye kuburira “ingaruka zikomeye” z’amakimbirane ya Sudani muri Repubulika ya Centrafrica, cyane cyane mu karere ka Am Dafok, mu majyaruguru y’uburengerazuba, aho “imitwe myinshi yitwaje intwaro ikorera cyane kuva umwaka watangira . Ngo ni muri kariya karere ka Centrafrica ka Am Dafok […]

RDC: Abarimu ba gisirikare babiri b’Abarusiya baba biciwe mu mirwano muri Nyiragongo

screenshot_2024-06-16_100001.jpg

Abarimu ba gisirikare babiri b’Abarusiya kuri uyu wa Gatandatu ushize baba biciwe mu mirwano hagati y’Igisirikare cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo n’Inyeshyamba za M23 muri Teritwari ya Nyiragongo mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru . Ikinyamakuru Les Volcans news cyanditse kuri X ko inyeshyamba za M23 zagabye igitero ku gicamunsi ahagana mu ma saa kumi […]

Kamerhe yisobanuye ku mushahara w’umurengera abadepite bahembwa

Mu ijambo rye risoza Inama isanzwe yo muri Werurwe 2024 mu Nteko ishinga amategeko, kuri uyu wa Gatandatu, itariki ya 15 Kamena 2024, Vital Kamerhe yashatse gusobanurira Abanyekongo ibijyanye n’imishahara y’abadepite b’igihugu . Kuri perezida w’inteko ishinga amategeko umutwe w’abadepite, umushahara w’uhagarariye abaturage watowe uteganijwe uyu munsi ugera kuri miliyoni 14 z’amafaranga ya Congo ($4,965.25). […]

Abanyarwanda batashye Stade Amahoro nshya

gqixsw-wwaeybyr.jpg

Kuri uyu wa Gatandatu nimugoroba abantu benshi mu Rwanda bagaragaje ibyishimo byo kwinjira bwa mbere muri stade Amahoro ivuguruye ifite ubushobozi bwo kwakira abantu 45,000. Nubwo kwinjiramo ku miryango imwe n’imwe byabaye mu muvundo ukabije . Mu cyiswe “Ihuriro mu Mahoro” cyo kwerekana bwa mbere iyi stade imaze imyaka ibiri ivugururwa, hari hateguwe umukino w’umupira […]

Polisi y’u Rwanda n’iya Somalia zasinye amasezerano y’ubufatanye

csm_somalia_1_8e7e9633cc.jpg

Inzego zombi, Polisi y’u Rwanda n’iya Somalia, zashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye mu bikorwa bitandukanye byo gucunga umutekano . Ni amasezerano yashyizweho umukono ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 14 Kamena 2024, n’Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda (IGP) CG Felix Namuhoranye ndetse n’Umuyobozi Mukuru wa Polisi ya Somalia Gen. Sulub Ahmed […]

Malawi: Ishyaka rya visi perezida ryasabye iperereza ku mpanuka y’indege yamuhitanye

Ishyaka rya Saulos Chilima wari visi prezida wa Malawi risaba ko hakorwa iperereza ku mpanuka y’indege yamuhitanye ari kumwe n’abandi bantu umunani bari kumwe, yabaye kuwa mbere mu mashyamba y’inzitane ya Chikangawa . Iryo shyaka rye rya United Transformation Movement (UTM), ryifatanije n’irya Prezida Lazarus Chakwera rya Malawi Congress Party (MCP) mu matora yo mu […]

G7 yemeje inguzanyo ya miliyari 50 z’amadolari agenewe Ukraine

Ihuriro ry’ibihugu 7 bikize cyane ku Isi (G7) ryemeye gukoresha umutungo w’u Burusiya wafatiriwe kugira ngo hakusanywe miliyari 50 z’amadolari ya Amerika yo gufasha Ukraine mu kurwanya ingabo z’u Burusiya zayiteye . Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Joe Biden, yavuze ko ari ikindi kintu cyibutsa u Burusiya “ko tutazatezuka”, ariko Moscou yavuze ko […]

U Rwanda rwakiriye abandi bimukira basaga 100 bari bafungiwe muri Libya

Kuri uyu wa Kane, itariki ya 13 Kamena, urwego rushinzwe abinjira n’abasohoka mu Rwanda, rwakiriye impunzi 113 zaturutse muri Libya . Aba bakiriwe barimo abakomoka muri Sudani y’Epfo, Eritrea, Sudani, CĂŽte d’Ivoire, Ethiopia, na Somaliya, ni itsinda rya 18 ry’abimukira birukanywe mu gihugu cya Afurika y’Amajyaruguru hakoreshejwe uburyo bwihutirwa bwumvikanweho na Guverinoma y’u Rwanda na […]

Musanze: Abapolisi 34 basoje amasomo mu ishuri rya polisi barahabwa impamyabumenyi

gqbljpnxwaad2xl.jpg

Byose byateguwe mu muhango wo gutanga impamyabumenyi ku banyeshuri b’abapolisi 34 barangije intake ya 12 y’amasomo y’abayobozi bakuru n’abakozi, (Senior Command and Staff Course) mu Ishuri Rikuru rya Polisi y’Igihugu i Musanze kuri uyu wa Gatanu, itariki 14 Kamena. Aba bapolisi basoje amasomo barimo ab’u Rwanda, n’abaturutse muri Botswana, Kenya, Ubwami bwa Lesotho, Malawi, Namibia, […]

Burundi: Gélase Ndabirabe yakanze abadepite ashinja bamwe guhisha amadevize mu ngo

Kuwa Kane, Inteko Ishinga Amategeko y’u Burundi yasesenguye kandi yemeza umushinga w’itegeko rishyiraho ingengo y’imari rusange y’umwaka w’ingengo y’imari wa 2024-2025. Bamwe mu badepite bamaganye kuva ku wa Gatatu ubwo perezida w’urukiko rw’ibaruramari yajyaga gusobanura isesengura ry’ibiro bye, ku bibazo ubu bihangayikishije igihugu gito cya Afurika y’iburasirazuba, cyane cyane ibura rya lisansi, aho umwe muri […]

Maroc yatangiye gukoresha ubwenge bw’ubuhimbano (AI) mu nkiko

Ku wa Kabiri, Maroc yavuze ko yatangiye gukoresha ubwenge bw’ubuhimbano buzwi mu Cyongereza nka Artificial Intelligence (AI) mu nkiko zo muri iki gihugu cyo muri Afurika y’Amajyaruguru. Minisitiri w’ubutabera Abdellatif Ouahbi yagize ati: “AI yazanye impinduka zikomeye ku Isi hose.” Yongeyeho ati: “Twaguze porogaramu ya AI tuyishyikiriza Perezida w’Inama Nkuru y’Ubucamanza kugira ngo isaranganywe mu […]