Goma: Abasirikare babiri bakuru ba FARDC bakurikiranweho kunyereza imishahara
Kuri uyu wa Mbere, itariki 25 Werurwe , Urukiko Rukuru rwa Gisirikare i Goma muri Kivu y’Amajyaruguru rwatangiye iperereza ku rubanza rwa kabiri ku bijyanye no kunyereza amafaranga yari agenewe guhemba abasirikare no kugerageza guha ruswa komisiyo y’ubugenzuzi bukuru bw’imari (IGF) kw’abasirikare babiri bakuru babarizwa mu Karere ka 34 ka gisirikare. Aba basirikare bakuru bombi […]
Kagame yemeje ko nta wundi ambasaderi uzoherezwa i Buruseli utari Karega u Bubiligi bwanze
Mu Rwanda, Paul Kagame, Mu kiganiro na Jeune Afrique cyashyizwe ahagaragara kuri uyu wa Mbere ushize, Perezida Paul Kagame yatangaje ko u Rwanda rutazohereza undi ambasaderi i Buruseli utari Vincent Karega, u Bubiligi bwanze ntibutange “ibisobanuro byumvikana”. Perezida kagame yabwiye Jeune Afrique ati “Ubwo byari bigeze guhindura ambasaderi I Buruseli, twahisemo koherezayo Vincent Karega. Cyane […]
Minisitiri w’ingabo n’umugaba wazo bakiriye Brig Gen (Rtd) Kahuria ukuriye ubunyamabanga bwa EASF

Kuri uyu wa Mbere, itariki ya 25 Werurwe 24, Minisitiri w’Ingabo, Juvenal Marizamunda ari kumwe n’Umugaba Mukuru w’ingabo za RDF, Gen. Mubarakh Muganga, bakiriye Brig Gen (Rtd) Paul Kahuria Njema, umuyobozi w’ubunyamabanga bwa Eastern Africa Standby Force (EASF), aherekejwe na Col Jens Lindvig, Chairman w’Inshuti za EASF. Uru ruzinduko rwari rugamije kumenyesha Minisitiri w’Ingabo n’Umugaba […]
M23 irashinja FARDC n’abafatanyabikorwa kubyuka batera ahantu hatuwe cyane
Guhera mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, itariki 26 Werurwe 2024, Igisirikare cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo n’abafatanyabikorwa bacyo baravugwaho kubyuka bagaba ibitero ahantu hatuwe cyane. Ibi ni ibitangazwa na M23 ibinyujije ku Muvugizi wa yo, Laurence Kanyuka, mu butumwa yacishije kuri X muri iki gitondo. Kanyuka avuga ko « guhera muri iki […]
London: Amafaranga azagenda ku bimukira bazoherezwa mu Rwanda akomeje guteza impaka
Umushinga w’itegeko ryerekeranye no kohereza mu Rwanda abasaba ubuhungiro warenze ikindi cyiciro mu nteko nshingamategeko y’u Bwongereza, ariko ntiwitezweho kurangira mbere yo mu kwezi gutaha kwa Kane hagati. Ku itariki 18 y’uku kwezi kwa Gatatu, abadepite banze impinduka icumi zose zari zakozwe n’urwego rwa sena kuri uwo mushinga mu ntangiriro z’uku kwezi. Raporo iheruka y’ibiro […]
Centrafrica: Uwahoze ari umurwanyi yahishuye uko Ingabo za MINUSCA zakoranaga n’inyeshyamba

Bamwe mu bagize Ingabo z’Umuryango w’Abibumbye zoherejwe muri Centrafrica (MINUSCA) kuva kera byashinjwe gufasha no gutera inkunga inyeshyamba zo muri iki gihugu, ariko ubuhamya bwinshi bw’abaturage n’abahoze ari inyeshyamba bwerekana isano iri hagati y’ingabo za Loni n’imitwe yitwaje intwaro. Nk’uko aya makuru abigaragaza, ingabo za Loni zahaye inyeshyamba intwaro, amasasu, ibyo kurya n’imiti, kandi zitanga […]
Kuki intwaro zitumizwa muri Afurika zagabanyutseho kimwe cya kabiri muri iyi myaka ishize ?
Mu myaka icumi ishize, gutumiza intwaro mu mahanga ku bihugu bya Afurika byagabanutseho kimwe cya kabiri, bitewe ahanini n’igabanuka rikomeye mu gutumiza izi ntwaro kwa Algeria na Maroc nk’ibihugu bisanzwe biza imbere ku mugabane mu kugura intwaro, mu gihe u Bushinwa bwafashe igice kinini cy’isoko ry’umugabane buryambuye u Burusiya. Ibi ni ibyatangajwe n’ikigo mpuzamahanga gishinzwe […]
Ukraine irigamba gusenya amato 2 y’ingenzi y’Ingabo z’u Burusiya muri Crimea
Ukraine iravuga ko yarashe amato abiri akoreshwa mu kujyana ku nkombe ingabo n’ibikoresho, ikigo cy’itumanaho n’ibindi bikorwa remezo bikoreshwa n’amato y’u Burusiya mu ntaraya CrimĂ©a yigaruriwe. Itangazo ryasohowe n’abakozi bakuru b’igisirikare cya Ukraine rivuga ko amato ya Yamal na Azov yangiritse. Guverineri washyizweho n’u Burusiya ku cyambu cya Sevastopol yavuze ko misile 10 za Ukraine […]
Uko Nshimiye yageze muri Amerika, uko abaturanyi bamufataga n’impamvu yatangiye gukurikiranwa
Umunyarwanda Eric Tabaro Nshimiye w’imyaka 52 ushinjwa kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi yari abayeho neza kandi atuje mumajyaruguru y’uburasirazuba bwa Ohio mu myaka irenga 20 ishize, kugeza ubwo ubutabera butangiye kumukurikirana, aho tugiye kugaruka ku byo ashinjwa, uko yageze muri Amerika n’impamvu atangiye gukurikiranwa ubu. Yakoze nka injeniyeri muri Goodyear Tire & Rubber Co […]
Senegal: Umukandida Faye utavuga rumwe n’ubutegetsi ari imbere mu matora ya perezida
Ibya mbere byavuye mu matora ya perezida wa Senegal bishyira imbere umukandida utavuga rumwe n’ubutegetsi Bassirou Diomaye Faye, byatumye abamushyigikiye bigabiza imihanda batangira ibirori, nubwo uwo bahanganye cyane wo mu ihuriro riri ku butegetsi yavuze ko hazakenerwa icyiciro cya kabiri kugira ngo hamenyekane uwatsinze. Nibura batanu mu bakandida 19 bari mu irushanwa basohoye itangazo nyuma […]
Imirwano hagati ya FARDC na M23 yongeye kubura mu nkengero za Sake na Rubaya
Mu rukerera rwo kuri uyu wa Mbere, itariki 25 Werurwe 2024, imirwano yongeye kubura hagati y’igisirikare cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo, FARDC, ndetse n’inyeshyamba za M23 mu nkengero za Sake no mu bindi bice. Urubuga Kivu Morning Post rubinyujije kuri X rwavuze ko imirwano yubuye muri iki gitondo yahuje Ingabo za FARDC zifatanyije na […]
Nyarugenge: Polisi yafatiye mu cyuho uwageragezaga kwiba atoboye iduka
Polisi y’u Rwanda ku bufatanye n’ubuyobozi bw’inzego z’ibanze n’abaturage mu Karere ka Nyarugenge, yafashe umugabo w’imyaka 53 y’amavuko, wageragezaga kwiba mu iduka ricururizwamo ibikoresho by’ubwubatsi yari yinjiyemo atoboye urukuta. Yafashwe ku isaha ya saa cyenda n’igice zo mu ijoro ryo ku wa Gatandatu tariki ya 23 rishyira ku Cyumweru tariki ya 24 Werurwe 2024, mu […]
U Burusiya buravugwaho kuvogera ikirere cya Pologne mu kugaba ibitero muri Ukraine
Umurwa mukuru wa Ukraine ndetse n’akarere ka Lviv mu burengerazuba byagabweho igitero cy’indege cy’u Burusiya “kinini”, mu gihe Pologne yavuze ko imwe muri misile z’u Burusiya yanyuze mu kirere cyayo. U Burusiya na Ukraine byagiye bigabanaho ibitero by’indege byica, ibitero byo kuri iki Cyumweru nabyo bije nyuma y’umunsi umwe ingabo z’u Burusiya zivuze ko zafashe […]
Nigeria: Abanyeshuri basaga 280 bari bashimuswe barekuwe nta nkomyi
Abanyeshuri barenga 280 bo muri Nigeria bari barashimuswe mu mujyi wa Kuriga uherereye mu majyaruguru y’iburengerazuba, bararekuwe “nta nkomyi” nk’uko byatangajwe n’abayobozi. Guverineri wa Leta ya Kaduna, Uba Sani, ntabwo yatanze ibisobanuro birambuye ku irekurwa ryabo, hasigaye iminsi mike ngo igihe ntarengwa cyo gutanga ingurane yasabwe na ba rushimusi kirangire. Ku itariki ya 7 Werurwe, […]
U Burusiya buremeza ko bwafashe bamwe mu bagabye igitero cyahitanye 133 i Moscow
Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, yatangaje ko ubutegetsi bwe bwafashe abantu bane bakekwaho kugira uruhare mu gitero cyagabwe mu nzu ikorerwamo ibitaramo i Moscow mu murwa mukuru kigahitana abantu 133. Kuri uyu wa Gatandatu ushize, mu ijambo yagejeje ku baturage, Perezida Putin yavuze ko abo batawe muri yombi berekezaga muri Ukraine. Yavuze ko igihugu cye […]
Amafoto: Ishyaka PSD ryiyemeje kuzashyigikira Perezida Kagame mu matora ataha

Ishyaka PSD ryemeje ku mugaragaro ko rizashyigikira Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, mu matora ateganyijwe muri Nyakanga kubera impamvu zasobanuwe na Perezida w’iri shyaka muri kongere yaryo. Kuri iki Cyumweru, itariki ya 24 Werurwe 2024, nibwo Abayoboke b’Ishyaka PSD bateraniye muri Kongere ya 2 y’igihugu idasanzwe y’Ishyaka. Perezida w’Ishyaka PSD, Dr Vincent Biruta yagaragaje ko […]
Abanyakigali basabwe kubanza kugana abunzi mbere yo kugana inkiko
Abaturage bo mu Mujyi wa Kigali barasabwa n’Umuvunyi Mukuru kuba baretse kugana inkiko mbere yo kwiyunga ubwabo, kuko zibahenda mu gihe ibibazpo bafitanye byari kubona ubutabera busesuye bitabaye ngombwa ko batakaza igihe n’ubutunzi bakururana mu nkiko. Ibi byabigarutsweho n’Umuvunyi Mukuru Nirere Madeleine muri iki cyumweru, ubwo yasuraga abaturage bo mu Mirenge itandukanye y’Akarere ka Gasabo […]
Somalia: Igitero cya Al-Shabaab ku birindiro bya gisirikare cyaguyemo byibuze 17
Byibuze abantu 17 biciwe muri Somalia nyuma y’igitero cy’umutwe wa al Shabaab ku kigo cya gisirikare kuri uyu wa Gatandatu ushize. Abashinzwe umutekano bavuga ko ibirindiro bya Busley, mu karere ka Lower Shabelle gaherereye mu majyepfo y’iburengerazuba bw’igihugu, byigaruriwe n’abagabye igitero akanya gato. Umusirikare mukuru wa Somalia yatangarije Reuters ko abarwanyi bitwaje intwaro bo muri […]
Senegal: Babyukiye mu matora yo gutora perezida wa gatanu w’igihugu
Kuri iki Cyumweru, Senegal yagiye mu matora yo gutora perezida wa gatanu wayo mu matora yatinze kubera ibibazo bya politiki byavuyemo imivurungano yateje imyigaragambyo ikaze y’abatavuga rumwe n’ubutegetsi kandi yongera gushyigikira abatavuga rumwe n’ubutegetsi. Igishobora kuba ni iherezo ry’ubutegetsi bwakomeje politiki yorohereza abashoramari mu gihugu cyenda kuba muri bimwe mu bicuruza peteroli na gaze vuba, […]
U Rwanda rurateganya kubona miliyoni 165.5$ nyuma yo gusoza neza isuzuma rya gatatu rya IMF
U Rwanda rurateganya kwakira miliyoni 76.6 z’amadolari y’Amerika binyuze mu kigega Resilience and Sustainability Facility (RSF) na miliyoni 88.9 US $ binyuze muri gahunda ya (SCF). Ibi bije nyuma yo gusoza neza amasezerano yo ku rwego rw’abakozi hagati y’abayobozi ba Leta n’itsinda ry’ubutumwa bw’Ikigega Mpuzamahanga cy’Imari (IMF) kuri politiki y’ubukungu n’imari ikenewe kugira ngo hasozwe […]
Abasirikare basaga 20 ba Niger bishwe n’inyeshyamba abandi barakomereka
Minisiteri y’ingabo muri Niger yavuze ko abarwanyi bishe byibuze abasirikare 23 abandi 17 barakomereka mu gitero cyagabwe ku mutwe w’abasirikare ba leta mu majyaruguru y’iburengerazuba bw’igihugu. Abantu barenga 100 bitwaje imbunda bari kuri moto no mu modoka bakoresheje ibikoresho biturika ndetse na bombe biyahura kugira ngo bagabe igitero ku mutwe wa gisirikare ubwo bari barimo […]
Abagura ibikoresho byakoreshejwe basabwe ubufasha mu kurwanya ubujura bw’ibikorwaremezo
Abacuruza insinga z’amashanyarazi, ibyuma bishaje n’ibindi bikoresho byakoreshejwe basabwe kugira uruhare mu guhagurukira ikibazo cy’ubujura bw’ibikorwaremezo byifashishwa mu gukwirakwiza umuriro n’amazi. Babisabwe kuri uyu wa Kane tariki 21 Werurwe 2024, mu nama yabereye mu cyumba cy’inama cy’akarere ka Gasabo, yahuje abahagarariye Minisiteri y’ubucuruzi n’inganda, Minisiteri y’ibikorwaremezo, Ikigo cy’igihugu gishinzwe ingufu (REG), Ikigo cy’igihugu gishinzwe gukwirakwiza […]
Abavandimwe ba Tshisekedi baba bari inyuma y’urupfu rwa Chérubin Okende?
Uwahoze ari Minisitiri w’ubukerarugendo, Modero Nsimba, kuri uyu wa Kane, itariki 21 Werurwe, yagejejwe imbere y’urukiko i Kinshasa nyuma yo gutabwa muri yombi kuwa Gatandatu ushize nyuma yo gushyira amajwi atavugwaho rumwe ku mbuga nkoranyambaga. Muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, ayo majwi avugwa, yitiriwe uwahoze ari Minisitiri w’Ubukerarugendo, arimo impaka ku rupfu rw’uwahoze ari […]
Mu gihe hamenyerewe kwegeza inyuma amatora muri Algeria bayegeje imbere
Perezida wa Algeriya, Abdelmadjid Tebboune, kuri uyu wa Kane yafashe icyemezo cyo kwigiza imbere amatora ya perezida ayashyira muri Nzeri aho kuba itariki yari ateganijwe mu Kuboza. Itangazo ryasohowe nyuma y’inama yari iyoboye na Perezida Tebboune ubwe baganira ku myiteguro y’amatora riragira riti: “Hafashwe umwanzuro wo gukora amatora y’umukuru w’igihugu yari ateganijwe ku wa Gatandatu, […]
Kaminuza y’u Rwanda igiye kongerwamo indi koleji
Kugeza ubu Kaminuza y’u Rwanda (UR) yari igizwe na Koleji esheshatu(6), ubu umushinga w’itegeko uteganya ko, izaba igizwe na za Koleji zirindwi (7). Ni nyuma yo gusaba ko Koleji y’Ubuhinzi, Ubumenyi n’ubuvuzi bw’amatungo (CAVM) izagabanywamo amashuri abiri (2) ari yo; Koleji ry’Ubuhinzi n’Amashyamba hamwe na Koleji y’ubuvuzi n’ubumenyi bw’amatungo (College of Veterinary and animal sciences). […]
Masisi: M23 yigaruriye Kirumba, Gyagoro na Kalengera nyuma y’imirwano ikaze
Imidugudu imwe ndetse n’uduce twinshi two muri Gurupoma ya Bashali Mokoto, ubu biragenzurwa n’inyeshyamba za M23 nyuma y’imirwano ikaze yabahuje n’igisirikare cya FARDC na Wazalendo kuri uyu wa Kane, itariki 21 Werurwe 2024, nyuma ya saa sita, muri Centre ya Kirumbu, muri Sheferi ya Bashali, yo muri Teritwari ya Masisi, muri Kivu y’Amajyaruguru. Amakuru agera […]
Umwishywa wa Franà §ois Mitterrand wayoboye u Bufaransa yapfuye ku myaka 76
Umwishywa w’uwahoze ari perezida, Franà §ois Mitterrand, wari uzwi kuri televiziyo, muri cinema, n’ubuvanganzo, kandi akaba yarakoze muri guverinoma iyobowe na Nicolas Sarkozy, yapfuye kuri uyu wa Kane, itariki 21 Werurwe, afite imyaka 76. Izina rya FrĂ©dĂ©ric Mitterrand ryonyine rizamura amashusho menshi n’ibice bifitanye isano n’ubuzima bw’umuco w’u Bufaransa. Uyu mugabo wari uzwi cyane mu buvanganzo […]
Umuyobozi w’ikibuga cy’indege cyitiriwe ba Clinton yarashwe n’abashinzwe umutekano
Igipolisi muri Amerika cyavuze ko umuyobozi mukuru w’ikibuga cy’indege cya Bill and Hillary Clinton kiri Little Rock, muri Arkansas, yarashwe ku wa Kabiri ubwo abashinzwe umutekano bageraga iwe bagiye kuhasaka. Bryan Malinowski, w’imyaka 53, umuyobozi mukuru w’ikibuga cy’indege, yakomerekejwe n’amasasu ubwo yarasanaga n’abashinzwe umutekano nyuma y’isaha ya saa kumi n’ebyiri za mu gitondo ubwo abakozi […]
Itegeko ryo kohereza abimukira mu Rwanda rizongera kugibwaho impaka nyuma ya Pasika
Amategeko ashaka guhagarika izindi mbogamizi z’urukiko kuri gahunda ya Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Rishi Sunak, yo kohereza abashaka ubuhungiro mu Rwanda izongera kugibwaho impaka mu nteko ishinga amategeko ku itariki ya 15 Mata. Guverinoma irashaka kwimurira mu Rwanda ibihumbi by’abasaba ubuhungiro bagera mu Bwongereza mu mato mato, buri mwaka kugira ngo dosiye zabo abe ari […]
RDC: Ba Ofisiye 10 barimo Gen. Chiko bahamagajwe igitaraganya i Kinshasa kubera ifatwa rya Rwindi
Abasirikare bagera mu 10 bo ku rwego rwa ofisiye mu Gisirikare cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo, FARDC, barimo Gen. Chiko Tshitambwe, bahamagajwe i Kinshasa mu murwa mukuru ngo batange ibisobanuro ku ifatwa ry’umujyi wa Rwindi uherutse kwigarurirwa n’inyeshyamba za M23. Ubutumwa bwa telegram bwavuye ku Mugaba Mukuru wa FARDC buvuga ko bahamagajwe byihutirwa mu […]
Konti za banki za Jacob Zuma zahagaritswe igice
Banki ya Afurika y’Epfo yatangaje ko ihagaritse igice konti z’uwahoze ari perezida, Jacob Zuma, amezi abiri mbere y’amatora rusange aho yari yizeye kongera gutangiza umwuga we wa politiki. Banki ya Mbere y’Igihugu (FNB) yavuze ko urukiko rwategetse iki cyemezo kubera ikibazo kijyanye n’amafaranga yakoreshejwe n’uyu mugabo w’imyaka 81 mu gusana inzu ye bwite no gushyiraho […]
Umuvugizi wa Mushikiwabo yagize icyo avuga ku myitwarire ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo
Kuri uyu wa Gatatu, itariki 20 Werurwe, wari Umunsi Mpuzamahanga wa Francophonie. Ibirori byinshi by’umuco byari byateguwe mu bihugu bivugwamo Igifaransa. Ariko muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, banze kwizihiza uyu munsi kubera umubano utifashe neza hagati ya Kinshasa n’Umunyamabanga Mukuru wa La Francophonie, Louise Mushikiwabo, kubera gusa ko ari Umunyarwandakazi. Ibi OIF yagize icyo […]
Lusaka: Hagiye guteranira inama yo kunoza ubutumwa bwa SADC muri DRC na Mozambique
Kuri uyu wa Gatandatu utaha, amaso n’amatwi mu Muryango w’Iterambere rya Afurika y’Amajyepfo (SADC) bizaba bihanzwe ku murwa mukuru wa Zambia, Lusaka, ahazaba hateraniye inama yo kongera gusuzuma ibikorwa byo kubungabunga amahoro by’uyu muryango muri iki gihe. Iyi nama izayoborwa na Perezida Hakainde Hichilema, Perezida wa Repubulika ya Zambia mu nshingano ze nk’umuyobozi w’Urugaga rw’ubufatanye […]
Yolande Makolo yanenze Channel4News guha ijambo abo yise abanyabyaha

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yamaganye ikiganiro Channel4News yagiranye na bamwe mu banyarwanda barimo abari hanze y’igihugu bakomeje gukwiza amakuru y’uko u Rwanda rudatekanye cyanecyane muri iki gihe Guverinoma y’u Bwongereza ikomeje kunoza umugambi wo kohereza mu Rwanda abantu bahinjiye mu buryo bunyuranyije n’amategeko. “Ntabwo ari byo kuri Channel4News guha urubuga abanyabyaha,” uyu […]
Canada, Norvege, u Bwongereza n’u Busuwisi bamaganye igihano cy’urupfu cyagaruwe muri RDC
Ambasade z’ibihugu bya Canada, Norvege, u Bwongereza n’u Busuwisi i Kinshasa, zasohoye itangazo zivugamo ko zihangayikishijwe n’ikurwaho ry’ihagarikwa ry’igihano cy’urupfu muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo. “Kubw’amahame, twamaganye igihano cy’urupfu ku mpamvu izo ari zo zose. Turatekereza ko ikoreshwa ry’igihano cy’urupfu ribangamiye icyubahiro cya muntu … nta kimenyetso simusiga cyerekana agaciro kacyo ko gukumira kandi […]
Havumbuwe ikoranabuhanga rishobora kuvana virus ya SIDA mu turemangingo tw’uwanduye
Abahanga baravuga ko kuri ubu bashoboye kuvana burundu virus ya itera SIDA mu turemengingo twayanduye bakoresheje ikoranabuhanga rya CRISPRMu gihe gushika ubu ata muti uvura umugera wa SIDA, abahinga baravuga ko bashoboye gukura burundu uno mugera mu turemangingo (cellules) twawanduye, bakoresheje ubuhinga buzwi nka CRISPR. Ni ikoranabuhanga bivugwa ko ritanga ubushobozi bwo guhindura ADN y’utu […]
Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi wa NBA Africa n’uwa BAL
Kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 20 Werurwe, Perezida Paul Kagame, yakiriye umuyobozi mukuru wa NBA muri Afurika, Clare Akamanzi na Perezida wa Basketball Africa League (BAL), Amadou Gallo Fall i Kigali. Nk’uko byatangajwe n’ibiro bya Perezida Kagame, baganiriye ku bufatanye bwa BAL n’u Rwanda ndetse no ku mikino ya nyuma ya BAL 2024 iteganijwe […]
Mushikiwabo yavuganiye umuhanzikazi Aya Nakamura ukomeje kwibasirwa n’Abafaransa
Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha ururimi rw’Igifaransa, Louise Mushikiwabo, yamaganye ivangura ririmo gukorerwa umuhanzikazi Aya Nakamura mu Bufaransa nyuma y’aho Perezida Macron amusabiye kuzasubiramo indirimbo y’umuhanzi w’icyamamare w’Umufaransakazi, à ‰dith Piaf, mu muhango wo gufungura Imikino ya Olimpike izabera i Paris kuva ku itariki 26 Nyakanga kugeza ku ya 11 Kanama 2024. Nyuma y’uko Perezida Macron […]
London: Abakozi b’ivuriro bagerageje kwinjira mu makuru bwite ya Princess Kate
Urwego rukurikirana amakuru mu Bwongereza rurimo gusuzuma raporo z’abakozi bo mu bitaro Igikomangomakazi cya Wales, Kate Middleton, yabagiwemo, bivugwa ko bagerageje kwinjira mu makuru y’ubuzima bwe bwite. Ikinyamakuru Daily Mirror cyatangaje ko abakozi bo ku ivuriro London Clinic, rikunze gukoreshwa n’abagize umuryango w’ibwami – “bagerageje kugera kuri raporo zigaragaza uko ubuzima bwe (Kate) buhagaze”. Ibiro […]
Urugo rwa Perezidante w’Inteko Ishinga Amategeko ya Afurika y’Epfo rwasatswe amasaha 5
Abashinzwe iperereza bo muri Afurika y’Epfo kuri uyu wa Kabiri bagabye igitero ku rugo rwa Perezidante w’Inteko Ishinga Amategeko, Nosiviwe Mapisa-Nqakula, mu rwego rwo gukora iperereza kuri ruswa. Iki gikorwa cy’Ubuyobozi bushinzwe Ubugenzacyaha bw’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubushinjacyaha (NPA) gifitanye isano n’iperereza rikomeje gukorwa ku byaha bya ruswa byaba byarakozwe na Mapisa-Nqakula igihe yari minisitiri w’ingabo […]
Burundi: Gereza y’abagore ya Ngozi iravugwamo iyicarubozo rihagarikiwe n’umuyobozi wa yo
Ibikorwa by’iyicarubozo biravugwa muri gereza y’intara ya Ngozi yagenewe abagore. Ni iyicarubozo bakorerwa na bamwe mu bagororwa bagenzi babo ngo bashyigikiwe n’ubuyobozi bwa gereza. Itsinda rikora iyicarubozo ry’imfungwa ziri muri gereza y’abagore iherereye mu ntara ya Ngozi rigizwe n’abagore batatu, na bo bafungiwe muri gereza imwe. Amakuru agera kuri RPA avuga ko iri tsinda ryaba […]
Ikoranabuhanga ryitambitse gahunda yo gutangira kwishyura amafaranga ajyanye n’urugendo rwakozwe
Umuyobozi w’Ishami rishinzwe gushyiraho Ibiciro no kubigenzura muri RURA, Norbert Kamana, yatangaje ko batengushywe n’ikoranabuhanga ryagombaga kwifashishwa mu gukemura ikibazo cy’abakora ingendo mu Mujyi wa Kigali usanga bishyura amafaranga adahwanye n’urugendo baba bakoze. Ibi yabitangaje kuri uyu wa Kabiri mu Kiganiro Waramutse Rwanda cya RBA nyuma y’iminsi mike ibiciro by’ingendo abagenzi bishyura bizamutse bitewe n’uko […]
Byinshi ku byabajijwe mushiki wa Kabila uherutse guhamagazwa n’ubutasi bwa gisirikare
Kuri uyu wa Gatanu ushize, itariki ya 15 Werurwe, urwego rushinzwe ubutasi rwa gisirikare, rwahase ibibazo Jaynet Kabila, mushiki we w’impanga w’uwahoze ari perezida, Joseph Kabila. Uru rwego rwari rumaze gusaka ahakorera fondasiyo ye ifite izina rya se, uwahoze ari perezida Laurent-DesirĂ© Kabila, wishwe mu 2001. Mu gihe Jaynet Kabila yahamagajwe kugira ngo ibiro bye […]
Dr Habineza asanga hakwiye ikigega cy’indishyi ku wafunzwe igihe kirekire kandi yari umwere
Dr Frank Habineza, Umuyobozi w’ishyaka Democratic Green Party of Rwanda asanga umuntu wafunzwe igihe kirekire kandi nyuma bikagaragara ko ari umwere akwiye guhabwa indishyi mu gihe atemeranya n’igifungo cy’agateganyo kirenga iminsi yateganyijwe 30 mu gihe hakorwa iperereza. Ibi Dr Habineza yabitangaje mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru kuwa Gatanu ushize, itariki 15 Werurwe 2024 mu Karere ka […]
Burundi: Imbonerakure yishwe na bagenzi ba yo bayihotoye
Claude Nahayo, umwe mu rubyiruko rw’ishyaka CNDD-FDD, yahotowe na bagenzi be mu ijoro ryo ku cyumweru ahagana mu ma saa 11h. Imbonerakure esheshatu zifunzwe na polisi ya Mpanda mu ntara ya Bubanza (uburengerazuba bw’u Burundi). Uwahohotewe yapfiriye mu bitaro bya Mpanda, nyuma y’isaha imwe yibasiwe na bagenzi be mu gace ka Murengeza nk’uko tubikesha urubuga […]
Rishi Sunak yemeje ko agitsimbaraye ku ntego ye yo kohereza abimukira mu Rwanda
Kuri uyu wa Mbere, itariki 18 Werurwe, Ministiri w’Intebe w’u Bwongereza, Rishi Sunak, yavuze ko agitsimbaraye ku ntego ye yo kohereza mu Rwanda abimukira binjira mu gihugu mu buryo butemewe n’amategeko kandi ko yizeye ko aba mbere bazatangira koherezwa mu Rwanda vuba. Ibi Rishi Sunak yabitangaje mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru ubwo yasuraga Umujyi wa Convetry […]
Donald Trump yabuze ikigo kimwishyurira ingwate ya miliyoni 464$ yaciwe n’urukiko
Donald Trump yabuze isosiyete yigenga imutangira ingwate ya miliyoni 464 z’amadolari (£ 365m) yategetswe kwishyura mu rubanza rwa forode i New York. Uwahoze ari perezida agomba kwishyura amafaranga yose cash cyangwa akabona ingwate kugira ngo akomeze ubujurire bwe. Bwana Trump yavuze ko kubona ingwate ingana kuriya “bidashoboka”. Ku bw’ibyo, Donald Trump ashobora kubona imitungo ye […]
U Bushinwa bwemeje ko bwiteguye gutabara mu gihe NATO na Amerika byatera u Burusiya
Uhagarariye Minisiteri y’ingabo y’u Bushinwa ku wa Gatandatu ushize yavuze ko Beijing ‘yiteguye gutabara’ niba Amerika cyangwa NATO bihisemo gutera u Burusiya, nk’uko WW3.INFO Battlefield Research yabitangaje ku muyoboro wa Telegram. Ibi bibaye mu gihe Umuryango wa NATO n’u Burusiya bikomeje kurebana ay’ingwe kubera intambara ya Ukraine no kuva Suede yakwinjiramo ku mugaragaro. Umuyoboro wa […]
Nyamata: Hateraniye inama itegura imyitozo ya “USHIRIKIANO IMARA 2024”

Uyu munsi, ingabo z’ibihugu bigize Umuryango w’ibihugu by’Afurika y’Iburasirazuba, zigizwe n’igisirikare, abapolisi, serivisi zishinzwe ubugororangingo, hamwe n’intumwa z’abasivili, byatangiye inama y’iminsi itatu yo gutegura imyitozo ya 13 ya “USHIRIKIANO IMARA 2024” iteganijwe kubera mu Rwanda. Inama yabereye i Nyamata, mu Karere ka Bugesera. Maj Gen Andrew KAGAME, Umuyobozi mukuru w’ingabo z’inkeragutabara n’umuyobozi ushinzwe imyitozo, yakiriye […]
Harasuzumwa umushinga w’itegeko rishobora kwemerera abafite imyaka 18 gushyingirwa ku mpamvu runaka
Inteko Rusange y’Umutwe w’Abadepite kuri uyu wa Mbere, itariki 18 Werurwe, irasuzuma ishingiro ry’umushinga w’itegeko rigenga abantu n’umuryango. Umushinga w’itegeko rishya, abadepite bagomba gusuzuma kuri uyu wa Mbere, usaba ko mu Rwanda abantu bujuje imyaka 18 bashobora gushyingirwa mu gihe hari impamvu zumvikana kugirango hemerwe irengayobora. Ubusanzwe mu mategeko y’u Rwanda imyaka umuntu yemerewe gushyingirwaho […]
Iyicwa ry’umwana w’imyaka 13 wishwe na bagenzi be bigana ryahagurukije u Bushinwa
Abayobozi bo mu majyaruguru y’u Bushinwa mu mujyi wa Handan bafunze abana b’abahungu batatu b’ingimbi bashinjwa kwica umunyeshuri bigana nk’uko ibitangazamakuru byaho bibitangaza Urupfu rw’umwana w’umuhungu w’imyaka 13, wamenyekanye gusa ku izina rya Wang, rwateje uburakari n’impaka zikaze ku byaha bikorwa n’abana bato. Abayobozi basanze umurambo we warashyinguwe mu murima w’imboga watawe. Se avuga ko […]
Rwongeye kwambikana hagati ya M23 na FARDC ku dusozi dukikije Sake
Imirwano hagati ya M23 na FARDC/Wazalendo, yongeye kubura guhera saa kumi z’igitondo kuri uyu wa Mbere, aho amakuru agaragara ku mbuga nkoranyambaga avuga ko irimo kubera ku gasozi ka Ndumba ndetseno ku tundi dukikije Umujyi wa Sake. Amakuru atangazwa n’umunyamakuru Justin Kabumba, aravuga ko M23 ari yo yagabye ibitero mu gicuku igamije kwirukana Wazalendo ariko […]
Koreya ya Ruguru yakirije Blinken uri muri Koreya y’Epfo igerageza rya missile nshya
Koreya ya Ruguru yarashe ibisasu bya misile ballistique biraswa mu ntera ngufi byerekeza mu mazi y’iburasirazuba mu gihe Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Antony Blinken yitegura gufungura inama kuri demokarasi mu bihugu bituranye na Koreya y’Epfo. Kuri uyu wa Mbere, abayobozi bakuru b’Ingabo za Leta Zunze Ubumwe za Amerika bagize bati: […]
EACJ yahagaritse urubanza Dr Alfred Rurangwa yaregagamo Leta y’u Rwanda
Urukiko rw’Ubutabera rwa Afurika y’Iburasirazuba (EACJ) rufite icyicaro i Arusha, muri Tanzaniya, mu mpera z’icyumweru gishize rwahagaritse urubanza rw’uwitwa Dr. Alfred Rurangwa wareze Leta y’u Rwanda, avuga ko yamugurishirije ubutaka igihe yari yagiye kwiga muri Amerika. Urega yatanze ikirego mu mwaka wa 2019, avuga ko igihe atari ahari yaragiye kwiga muri Amerika, umutungo we wari […]
Dr. Denis Mukwege arasanga kugarura igihano cy’urupfu ari akaga ku gihugu gifite ubutabera burwaye
Mu gihe Repubulika ya Demokarasi ya Congo yakuyeho ihagarikwa ry’igihano cy’urupfu, hakomeje kumvikana amajwi menshi arwanya iki cyemezo. Muri bo, harimo Denis Mukwege, wegukanye igihembo cy’amahoro cyitiriwe Nobel mu mwaka wa 2018 akaba yari n’umukandida ku mwanya wa perezida wa republika mu 2023. Uyu uzwiho guharanira ubutabera muri RDC, akaba n’umuganga w’indwara z’abagore avuga ko […]
Niger yahagaritse amasezerano y’ubufatanye mu bya gisirikare yari ifitanye na Amerika
Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu, itariki 16 Werurwe, igihugu cya Niger cyahagaritse amasezerano y’ubufatanye mu bya gisirikare na Amerika. Amasezerano yashyizweho umukono mu 2012, mu gihe Abanyamerika muri iki gihe bafite abasirikare bagera ku gihumbi muri iki gihugu, ndetse n’ibirindiro binini bya drone muri Agadez. Kuri televiziyo y’igihugu, umuvugizi wa guverinoma yavuze ko […]
Nyaruguru: Bibukijwe ko uburinganire atari uguhangana n’abagabo babo

Abagore bo mu murenge wa Rusenge, mu karere ka Nyaruguru, bibukijwe ko ihame ry’uburinganire ridasobura kwiganzura abagabo no guhangana nabo. Ko ahubwo ari ukugira uburenganzira bungana imbere y’amategeko, bagafatanya n’abagabo mu iterambere rirambye ry’imiryango yabo ndetse n’igihugu. Ubu butumwa bwatangiwe mu kagari ka Bunge muri uyu murenge wa Rusange kuwa 15 Werurwe 2024 ubwo mu […]
U Burusiya: Abatavuga rumwe n’ubutegetsi bahamagaje imyigaragambyo yiswe “Noon against Putin”
Abatavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Burusiya bahamagariye abatora kwitabira imyigaragambyo yiswe “Noon against Putin” ku biro by’itora mu gihugu hose kuri iki Cyumweru, umunsi wa nyuma w’itora mu matora y’umukuru w’igihugu cy’u Burusiya. Abatora basabwe guhurira ku biro by’itora saa sita z’amanywa mu turere 11 tw’u Burusiya kugira ngo bigaragambye batishyize mu kaga barenga ku itegeko […]
Nigeria yemeje iyicwa ry’abasirikare ba yo 16 barimo ba ofisiye bane
Nigeria yemeje kuri uyu wa Gatandatu ushize ko abasirikare 16, barimo ba ofisiye bane n’abasirikare bato biciwe mu gico cy’abantu bitwaje intwaro muri Leta ya Delta, aho bari batabaye bagiye guhosha amakimbirane hagati y’amoko abiri. Abasirikare bo muri batayo ya 181 bari mu butumwa bw’amahoro ahitwa Bomadi, hatuwe cyane n’ubwoko bwa Okuoma, bisanze bagoswe kandi […]
Ndayishimiye yongeye kwibasira u Rwanda yita Abarundi bahahungiye abacakara barwo

Perezida w’u Burundi, à ‰variste Ndayishimiye yongeye kwibasira u Rwanda ndetse n’abakoloni avuga ko ari intandaro y’ibyago by’Abarundi. Yashimangiye ko u Rwanda rwagize Abarundi bamwe abacakara ngo rwigisha “kwica gusa”. Kuri Ndayishimiye, Abarundi bonyine banenga ubutegetsi bwa CNDD-FDD ni imbata z’u Rwanda n’abakoloni. Ibi Perezida Ndayishimiye yabitangaje kuri uyu wa Gatandatu, itariki 16 Werurwe 2024, ubwo […]