RDC: Hafashwe itsinda ririmo abanyapolitiki bashinjwa gukorana na M23

Inzego z’umutekano za Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC) zafashe itsinda ry’abantu bagaragajwe nk’ ‘“abagambanyi” kandi bakorana n’inyeshyamba za M23 muri Kivu y’Amajyaruguru. Nk’uko Ibiro Ntaramakuru bya Congo (ACP) bibitangaza, ngo aba ni abanyapolitiki ndetse n’abaturage basanzwe. Itavuze umubare wabo, ACP, isobanura ko amakuru ava mu nzego z’umutekano, yemeza ko abo bantu bari bamaze igihe […]

Niger, Mali, Burkina Faso byashinze umutwe w’ingabo uhuriweho mu kurwanya iterabwoba

Ibihugu bya Niger, Mali na Burkina Faso, ku wa Kane, nyuma yo gushinga ihuriro Alliance of Sahel States (AES), byatangaje ko byashinze umutwe w’ingabo uhuriweho kugira ngo bahangane n’ibibazo by’umutekano bibyugarije biterwa n’imitwe y’iterabwoba. Nk’uko ibiro ntaramakuru bya Niger byabitangaje, kuwa Kane, itariki 7 Werurwe, abayobozi b’ibihugu bitatu babitangaje ku wa Gatatu mu gusoza inama […]

Itsinda ry’Ingabo za RDF ryasoje neza imyitozo ihuriweho ya Justified Accord24 muri Kenya

gif81gaxaaaqsl6.jpg

Kuri uyu wa Kane, itariki 7 Werurwe 2024, itsinda ry’Ingabo za RDF ryasoje neza imyitozo ihuriweho ya gisirikare, yiswe Justified Accord24, yaberaga muri Kenya mu kigo cya NANYUKI-Basic Counter Insurgency, Terrorism, and Stabil Operations (CITSO) nyuma y’ibyumweru bibiri by’imyitozo ikomeye. Ambasaderi Robert Scott, Umuyobozi wungirije ushinzwe imikoranire ya gisivili na gisirikare (DCME) mu Buyobozi bw’Igisirikare […]

Imiryango yo mu Karere yaje kwigira k’u Rwanda uko rwarwanyije iterabwoba muri Mozambique

csm_interpol_14_fd2ae28765.jpg

Umuyobozi Mukuru wa Polisi Wungirije ushinzwe ibikorwa (DIGP) Vincent Sano, kuri uyu wa Kane, itariki ya 7 Werurwe 2024, yakiriye itsinda ry’intumwa zihagarariye imiryango itatu yo mu Karere, zasuye Polisi y’u Rwanda hagamijwe gusangira ubunararibonye mu bijyanye no kurwanya iterabwoba. Izi ntumwa zari ziyobowe na Chief Superintendent of Police (CSP) Africa S. Apollo, uyobora umuryango […]

Abitwaje imbunda bashimuse abanyeshuri 227 muri Nigeria

Kuri uyu wa Kane ushize, abitwaje imbunda muri Nigeria bashimuse abanyeshuri barenga 200 bo mu mujyi wa Kuriga uherereye mu majyaruguru, nkuko umwarimu, umujyanama ndetse n’ababyeyi b’abana bashimuswe babitangaje, mu ishimutwa rinini ku ishuri rya mbere kuva mu 2021. Abapolisi bo muri leta ya Kaduna ntibigeze basubiza ibyifuzo byo kugira icyo bavuga ku ishimutwa, ryabaye […]

Igipolisi cy’u Rwanda n’icya Dubai byasinye amasezerano y’ubufatanye

Polisi y’u Rwanda n’iya Dubai zashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye mu gufatanyiriza hamwe kubaka ubushobozi n’ibikorwa bigamije gucunga umutekano. Ni amasezerano yashyizweho umukono n’Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda (IGP) CG Felix Namuhoranye n’Umuyobozi wa Polisi ya Dubai Lt. Gen. Abdullah Khalifa Al Marri, kuri uyu wa Kane, tariki ya 7 Werurwe, i Dubai muri […]

Minisitiri w’Intebe yakiriye Mafalda Duarte uyobora Ikigega Green Climate Fund

gier8d0wsaedvtl.jpg

Kuri uyu wa Kane, itariki 07 Werurwe 2024, Minisitiri w’Intebe Dr. Ngirente yakiriye Mafalda Duarte, Umuyobozi Mukuru w’Ikigega Green Climate Fund gitera inkunga imishinga yo kubungabunga ibidukikije, uri mu Rwanda mu nama ya 38 y’Ubuyobozi bw’icyo Kigega. Ibiganiro byabo byibanze ku gukomeza ubufatanye busanzweho. Ibiro bya Minisitiri w’Intebe byatangaje ko ibiganiro by’abayobozi bombi byibanze ku […]

Burundi: Umugabo w’imyaka 60 yishwe n’Imbonerakure zimuziza kutitabira umuganda

Oscar Mbonihankuye, w’imyaka 60, yatawe muri yombi, yicwa urubozo hanyuma ajugunywa mu mugezi wa Mubarazi n’Imbonerakure, hashize ibyumweru birenga bibiri. Nk’uko amakuru agera kuri SOS Media Burundi abitangaza, ibyo byabereye ku musozi wa Musama muri komini ya Mbuye mu Ntara ya Muramvya. Amakuru aturuka mu buyobozi agaragaza ko abantu batandatu bakekwaho kuba Imbonerakure zo muri […]

U Rwanda na Cuba byashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye mu rwego rw’ubuzima

kbuc-7865046-cuba-ruanda-memrandum-cooperacion-salud.jpg.png

Guverinoma za Cuba n’u Rwanda zashimangiye ubushake bwazo bwo gushimangira umubano mu rwego rw’ubuzima, binyuze mu gusinya amasezerano y’ubwumvikane hagati y’abayobozi b’izi nzego, JosĂ© àngel Portal na Dr Sabin Nsanzimana. Minisitiri wa Cuba yashimangiye ko aya masezerano azagira uruhare kuri ejo hazaza heza muri gahunda z’ubufatanye zihuriweho, nko mu rwego rwo guhugura abakozi, gukaza gahunda […]

RDC: Imirwano ikomereje Kibirizi nyuma y’uko M23 ifashe Nyanzale, Kirima, Kashalira, Kikuku na Kibingu

Inyeshyamba za M23 zikomeje kwegera imbere no gufata teritwari zitandukanye muri Kivu y’Amajyaruguru, aho amakuru yemeza ko mu masaha 48 inyeshyamba za M23 zabashije kwigarurira ibice bya Nyanzale, Kirima, Kashalira, Kikuku na Kibingu. Kuri uyu wa Kane ushize, itariki 7 Werurwe guhera saa moya n’igice za mu gitondo, urusaku rw’amasasu rwumvikanaga muri Kibirizi, muri Sheferi […]

FBI irimo guhiga bukware intasi za Iran zishaka kwica abayobozi ba Amerika

Ikigo cy’igihugu gishinzwe Ubugenzacyaha muri Amerika (FBI) kirimo guhiga intasi bivugwa ko ari intasi ya Iran cyizera ko ifite uruhare mu migambi yo kwica abayobozi ba guverinoma n’abahoze ari abayobozi muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Iki kigo kirashinja Majid Farahani w’imyaka 42 kuba yarateguye kwihorera ku Banyamerika kubera iyicwa ry’umujenerali wa Iran, Qasem Soleimani. […]

Umuherwe Mo Dewji wa mbere muri Tanzania agiye gushora asaga miliyari 100 Frw mu Rwanda

28848.jpg

Umugabo ukize cyane muri Tanzaniya, Mohammed Dewji, bakunze kwita Mo, ashingiye ku kuntu ubukungu bw’u Rwanda bugenda buzamuka byihuse, arateganya gushora amamiliyoni menshi y’amadolari mu murwa mukuru Kigali abinyujije mu kigo cye cy’ubucuruzi, Mohammed Enterprises Tanzania Limited (MeTL). Dewji uzwi cyane ku izina rya Mo, arashaka gushora miliyoni 100 z’amadolari mu masosiyete ane akomeye akorera […]

Senegal: Hagenwe itariki nshya y’amatora ya perezida

Guverinoma ya Senegal yagennye itariki ya 24 Werurwe nk’itariki nshya y’amatora ya perezida yatinze muri iki gihugu, nk’uko umuvugizi wayo yabitangaje ku wa Gatatu nyuma y’Inama y’Abaminisitiri, anatangaza iseswa rya guverinoma no gushyiraho minisitiri w’intebe mushya. Perezida Macky Sall wabujijwe kongera kwiyamamariza kuba perezida kubera manda ntarengwa, yavuze mu ntangiriro za Gashyantare ko yari yasubitse […]

Sudani y’Epfo: Ingabo z’u Rwanda ziri muri UNMISS zashimiwe akazi zikora

gh_4lmoxiaarri4.jpg

Kuri uyu wa Gatatu, ingabo z’u Rwanda (Rwanbatt-2) zikorera mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye muri Sudani y’Epfo (UNMISS) zambitswe imidari n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe kubungabunga amahoro mu rwego rwo kuzishimira akazi zikora kinyamwuga mu guharanira amahoro muri leta ya Upper Nile. Ibirori byabereye mu mujyi wa Malakal mu nkambi ya Rwanbatt-2. Komanda wa UNMISS, Lt Gen […]

Bujumbura: Bahawe iminsi 45 yo gukemura ikibazo cy’umwanda bitaba ibyo bagahanwa

Umuyobozi w’umujyi wa Bujumbura arashinja abayobozi b’ibanze kutita ku bibazo bijyanye n’isuku.Yabahaye igihe ntarengwa cy’ukwezi kumwe n’igice gusa kugirango bakosore iki kibazo, bitabaye ibyo bazahanwa kandi bashobora no kwirukanwa. Mu nama n’ubuyobozi, abayobozi bashinzwe amasoko n’abakozi bashinzwe umutekano, Jimmy Hatungimana ntabwo yaciye ku ruhande kuri uyu wa Mbere ushize nyuma ya saa sita. “Nimwitegure, bayobozi […]

U Buyapani bwageneye u Rwanda inkunga y’asaga miliyari 100 Frw yo gufasha mu burezi

gh5mrm1xcaa_qx5.jpg

Kuri uyu wa Kabiri, itariki 5 Werurwe 2024, Guverinoma y’u Rwanda n’u Buyapani byashyize umukono ku masezerano y’igihe kirekire yo gutera inkunga ingana na miliyari 14 z’Abayapani (hafi miliyari 118 z’amafaranga y’u Rwanda yo gushyigikira impinduka mu rwego rw’uburezi. Amasezerano mu buryo bw’inguzanyo yoroheje agaragaza intambwe y’ingenzi iganisha ku guhindura impinduka mu burezi, kuzamura imikorere […]

Ibirego byaregaga abapolisi ba Uganda gucyura impunzi z’Abanyarwanda ku ngufu byavanweho

Abashinjacyaha ba gisirikare muri Uganda bakuyeho ibirego baregaga ba Col Atwooki Ndahura hamwe n’abandi bapolisi batandatu, babanje gushinjwa gushimuta no gusubiza mu Rwanda mu buryo butemewe n’impunzi z’Abanyarwanda, barimo Lt Joel Mutabazi. Ibi byatangajwe n’Umuyobozi w’Urukiko Rukuru rwa Gisirikare, Brig Gen Freeman Mugabe, atangaza nolle prosequi (bivuze kutifuza gushinja), bikarangiza urugamba rw’amategeko rwari rumaze imyaka […]

USA: Urukiko rwateye utwatsi ibirego birega Apple, Tesla n’abandi uruhare mu gukoresha abana muri RDC

Kuri uyu wa Kabiri, itariki 5 Werurwe, Urukiko rw’Ubujuriremuri Amerika rwanze kuryoza amasosiyete atanu akomeye y’ikoranabuhanga ibyaha akekwaho byo gushyigikira ikoreshwa ry’abana mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo. Mu cyemezo 3-0, Urukiko rw’Ubujurire rwo muri Amerika mu Karere ka Columbia rwateye utwatsi ibirego by’abahoze ari abacukuzi b’abana ndetse n’ababahagarariye birega ibigo […]

Minisitiri Gasore yasobanuye impamvu kugeza umuriro ku baturage bose mu 2024 bitagishobotse

gh7vg9ja0aacy7w.jpg

Minisitiri w’Ibikorwaremezo Dr Gasore Jimmy yagaragaje ko kugeza muri Mutarama 2024, ikwirakwizwa ry’umuriro mu gihugu hose ryari rigeze kuri 75,9%, avuga ko abaturage bacana umuriro w’amashanyarazi ku murongo mugari ari 54% naho abacana umuriro uturuka ku mirasire y’izuba ari 21,9 %, mu gihe byari byitezwe ko abaturage bose bazagerwaho n’umuriro mu 2024. Hagati aho, Guverinoma […]

Kigali: Polisi yaburijemo ikwirakwizwa ry’ibilo birenga 60 by’urumogi

Polisi y’u Rwanda, Ishami rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU), yafatiye mu cyuho mu Karere ka Gasabo, umusore w’imyaka 23 y’amavuko, wari ugiye gukwirakwiza urumogi rupima ibilo 61. Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, Superintendent of Police (SP) Sylvestre Twajamahoro, yavuze ko yafatiwe mu mudugudu wa Kibaya, akagari ka Nyamabuye mu murenge wa Gatsata, ku wa […]

Kenya: Babiri baguye mu mpanuka y’indege nyuma yo kugonganira mu kirere

Igipolisi cya Kenya kiri gukora iperereza ku mpanuka yo mu kirere hagati y’indege ya Safarilink n’indege 99 Flying Club i Nairobi. Indege ya Safarilink yerekezaga i Diani yasubiye inyuma yo kugongana nyuma gato yo guhaguruka ku kibuga cy’indege cya Wilson. Polisi yatangarije Business Daily ko abantu babiri bari mu ndege ya 99 Flying Club bapfiriye […]

Visi Perezida wa Sena ya Libya n’intumwa ayoboye bakomeje uruzinduko rwabo mu Rwanda

gh2ldrgw4aagdjo.jpg

Kuri uyu wa Mbere, itariki 4 Werurwe, Perezida wa Sena y’u Rwanda, Francois Xavier Kalinda1 n’abamwungirije, Nyirasafari Esperence na Alvera Mukabaramba bahuye n’abagize Inama Nkuru y’igihugu ya Libya iyobowe na Massoud Abdel S. Taher, Visi Perezida wa Sena yaho. Baganiriye ku Rwanda nyuma ya jenoside mu kwiyubaka, kwiyunga n’urugendo rw’impinduka. Visi Perezida wa Sena ya […]

RURA yatangije ubukangurambaga bwo kwigisha uko hakirindwa impanuka ziterwa na gaze

gh1fztuw8aaoyqw.jpg

Ikigo cy’igihugu gishinzwe kugenzura imirimo imwe n’imwe ifitiye igihugu akamaro (RURA), cyatangije Ubukangurambaga ku ikoreshwa rya gaze iteka mu ngo, aho abakozi bo mu ishami rishinzwe kurengera abaguzi baganirije abaturage bo muri Gihara uburyo bakoresha neza gaze iteka, mu rwego rwo kwirinda impanuka. Kuri uyu wa Mbere, itariki 4 Werurwe nibwo RURA yatangije ubukangurambaga buzazenguruka […]

Sudani na Irani byahakanye amakuru yo gushaka gushinga ibirindiro bya gisirikare ku Nyanja Itukura

Sudani na Irani byamaganye byimazeyo ibiherutse gutangazwa ko Irani yashakaga gushinga ibirindiro by’igisirikare cyo mu mazi ku nkombe za Sudani ku Nyanja Itukura ku ngurane y’intwaro na drones. Aya makuru ubwa mbere yasohowe n’ikinyamakuru The Wall Street Journal ku Cyumweru, itariki ya 3 Gashyantare 2024, avuga umujyanama mu by’ubutasi muri Sudani utaravuzwe izina wavuze ko […]

Umuhanda Goma-Sake wafunzwe n’abigaragambya bariye karungu kubera umusirikare

Mu gace ka Mugunga ko mu Mujyi wa Goma, kuri uyu wa Kabiri haramukiye impagarara nyuma y’aho umusirikare wa FARDC arashe umusore w’impunzi wahunze ava i Sake, ubwo twandikaga iyi nkuru umuhanda Sake-Goma ukaba wari wafunzwe n’abigaragambya. Amakuru aturuka aha aravuga ko abigaragambya bariye karungu babashije gufata abasirikare babiri nyuma y’ubwicanyi bwabaye mu ijoro ryo […]

Rishi Sunak yananiwe gutambutsa itegeko rye rirebana no kohereza abasaba ubuhungiro mu Rwanda

Minisitiri w’intebe w’u Bwongereza, Rishi Sunak, kuri uyu wa Mbere yatsinzwe bwa mbere kubera itegeko rye rirebana no kohereza abasaba ubuhungiro mu Rwanda nyuma y’uko inteko ishinga amategeko umutwe w’abadepite isabye ko hashyirwaho ingamba zikomeye mbere y’uko indege zizatwara aba bantu zihaguruka. Muri gahunda y’u Rwanda, itarashyirwa mu bikorwa, abasaba ubuhungiro bageze ku nkombe y’amajyepfo […]

Icyambu mpuzamahanga cya Rusizi kizuzura gitwaye asaga miliyari 11 Frw

Icyambu mpuzamahanga cyo mu Karere ka Rusizi, biteganijwe ko kizuzura mu mpera z’uyu mwaka gitwaye asaga miliyari 11 z’amanyarwanda nyuma y’isubukurwa ry’imirimo yo kucyubaka yari yaradindiye. Iki cyambu kirimo kubakwa ahitwa mu Budike, kitezweho kuzaba igisubizo ku batwara abantu n’ibintu mu mato n’ibyombo bisanzwe bikorera ahantu hato bikagorana kuhapakururira imizigo igihe bihahuriye ari byinshi. Cyatangiye […]

Umuryango w’Abibumbye wanzuye ko Hamas yafashe abagore ku ngufu mu gitero cyayo muri Israel

Itsinda ry’Umuryango w’Abibumbye ryanzuye ko hari “impamvu zifatika zituma twemera” ihohoterwa rishingiye ku gitsina, harimo gufata ku ngufu no gufata ku ngufu mu kivunge, byakozwe mu bitero bya Hamas muri Israel, ku itariki ya 7 Ukwakira. Bavuze kandi ko hari “amakuru yemeza” ko imbohe zakorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina. Urugendo rwari ruyobowe na Pramila Patten, […]

Mozambique: Inzego z’umutekano z’u Rwanda zatanze telefone ku bayobozi b’inzego z’ibanze

csm_dsc_0382_1_2ae4c884ff.jpg

Kuri iki Cyumweru tariki ya 3 Werurwe, Inzego z’umutekano z’u Rwanda zitanga umusanzu wo kurwanya ibikorwa by’iterabwoba muri Mozambique, zashyikirije abayobozi b’inzego z’ibanze telefone zizabafasha mu kazi kabo no mu gusangiza amakuru ubuyobozi bubakuriye ku byahungabanya umutekano. Abahawe telefone ni abayobozi b’imidugudu 26 bazwi ku izina rya ‘Wenyekiti’, bo mu Karere ka Moà§imboa da Praia […]

Haiti: Nyuma yo gutorokesha abarimo abishe Perezida Jovenel Moise barashaka gukuraho ubutegetsi

Kuri iki Cyumweru, Guverinoma ya Haiti yatangaje ibihe bidasanzwe by’amasaha 72 nyuma y’uko udutsiko twitwaje imbunda duteye gereza nini ya Port-au-Prince tukabohoza imbohe. Nibura abantu 12 barishwe naho abagororwa bagera ku 3.700 baratoroka bava muri gereza. Abayobozi b’agatsiko bavuga ko bashaka guhatira kwegura Minisitiri w’Intebe Ariel Henry, wari wagiye mu mahanga. Amatsinda agamije kumwirukana ku […]

Perezidansi yikomye abakomeje kwibasira umujyanama wa Nguesso w’Umunyarwandakazi

screenshot_2024-03-04_145047.jpg

Mu mpera z’iki Cyumweru gishize, kuwa 1 Werurwe 2024, Perezidansi ya Repubulika ya Congo yasohoye itangazo ryamagana icyo yise ubukangurambaga bwo kwibasira madamu Francoise Joly bivugwa ko avuka mu Rwanda akaba ari umujyanama wihariye wa Perezida Denis Sasou Nguesso ku bibazo mpuzamahanga. Mu ri iri tangazo, Perezidansi ya Congo yavuze ko ibyo bitero bidafitiwe ibisobanuro […]

Guhunga k’Umwami Charles III ! Bimwe mu byo ubuhanuzi bwa Nostradamus buteganya mu 2024

Mu 2024, gushishikazwa n’ubuhanuzi bwa Nostradamus, umuhanga mu bumenyi bw’inyenyeri uzwi cyane wo mu kinyejana cya 16, birimo kwiyongera mu gihe Isi irimo gusuzuma mu bice biyigize ibimenyetso by’ejo hazaza. Ibyo Nostradamus yahanuye ko bizaba mu mwaka wa 2023 byari biteye ubwoba ndetse anavuga ko hashoboraga guturika igisasu cya kirimbuzi. Kubwamahirwe ntabwo byabaye ariko intambara […]

Burundi: Abanyagitega bakangaranyijwe n’indirimbo zirimo kuririmbwa n’Imbonerakure

Abaturage bo muri Komini ya Gitega, umurwa mukuru wa politiki w’igihugu cy’u Burundi, bahangayikishijwe n’ibiterane bitegurwa n’Imbonerakure. Uru rubyiruko rw’ishyaka riri ku butegetsi, CNDD-FDD, rwateguye ibi biterane ku itariki ya 1 Werurwe, baririmba indirimbo zateye ubwoba abaturage. Abaturage, batinya ibyo bikorwa by’Imbonerakure, ni abaturage bo mu gace ka Shatanya muri Komini ya Gitega no mu […]

Bombe zongeye kuvuza ubuhuha i Mabenga na Mweso mu birindiro bya M23

Guhera mu ma saa kumi n’imwe z’igitondo kuri uyu wa Mbere imirwano yubuye hagati ya M23 na FARDC n’abafatanyabikorwa bayo i Mabenga, Mweso n’ahandi nyuma y’uruzinduko rw’abagaba b’Ingabo z’ibihugu byohereje abasirikare gufasha kurwanya M23 i Goma. “Twamaganye cyane ibitero bikomeje kwibasira abaturage b’abasivili i Mabenga, Mweso no mu nkengero zaho, byakozwe n’ingabo z’ubutegetsi bwa Kinshasa, […]

Gaza: Imfashanyo ya mbere ivuye muri Amerika yamanuwe mu mitaka

Kuri iki Cyumweru imfashanyo y’ubutabazi, igenewe Gaza, ivuye mu ndege igizwe n’amafunguro arenga 30,000 yamanuriwe mu mitaka ivuye mu ndege eshatu za gisirikare za Leta Zunze Ubumwe za Amerika Icyo gikorwa, cyakozwe ku bufatanye n’igisirikare cya Jordan (Jordanie) kirwanira mu kirere, cyabaye icya mbere muri byinshi byatangajwe na Perezida Joe Biden. BBC ivuga ko yasezeranyije […]

U Burusiya buravuga ko bwahanuye drones za Ukraine mu gitero gisa nko kwihorera muri Crimea

Ibisasu byinshi byaturikiye muri CrimĂ©a, nyuma y’igitero cya drone cya Ukraine muri ntara iri ku nkombe z’inyanja u Burusiya bwambuye Ukraine ku ngufu mu 2014. Video yashyizwe kuri internet yerekana iturika bivugwa ko ryabereye hafi y’ububiko bwa peteroli mu mujyi wa Feodosiya uherereye mu majyepfo y’iburasirazuba. Abayobozi b’u Burusiya bavuze ko indege zitagira abadereva 38 […]

Sudani yateye utwatsi icyifuzo cya Iran cyo kuhubaka ibirindiro bya gisirikare

Ikinyamakuru Wall Street Journal cyatangaje ko Iran yagerageje gushinga ibirindiro by’amato ya gisirikare bihoraho ku nkombe y’inyanja itukura ariko Sudani yabyanze. Nk’uko byatangajwe n’umuyobozi mukuru mu butasi wa Sudani, Irani yahaye Sudani intwaro ziteye imbere, harimo n’ubwato bw’intambara butwara kajugujugu, kugira ngo yemererwe kubaka ibyo birindiro. Uyu muyobozi, Ahmed Hassan Mohamed, yavuze ko ibyo birindiro […]

Hashyizweho uburyo bwihariye bwo gufasha abaturage bataye ikarita ndagamuntu

Kuri ubu hashyizweho uburyo bwihariye bwo gufasha abaturage bataye ikarita ndagamuntu, aho kuri ubu bazajya bashakishwa aho bari hose bakazisubizwa cyangwa zigasubizwa mu kigo cy’indangamuntu kikabashakisha bakazisubizwa. Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu, iravuga ko ibi biri muri gahunda yo gufasha abaturage kutazacikanwa n’amahirwe yo gutora. Hari abaturage bavuga ko bagiye bitabira gahunda zo kwifotoza ku bashya no […]

FARDC ntikiri mu bisirikare 10 bya mbere muri Afurika, menya ibigenderwaho mu gukora urutonde

Ku bijyanye no gupima imbaraga z’igisirikare, hari ibintu byinshi bigomba gusuzumwa. Bimwe muri ibi ni ingengo y’imari, amahugurwa, ibikoresho, n’abakozi. Muri iyi nkuru turagaruka ku ngabo 10 za mbere zikomeye muri Afurika dushingiye kuri ibyo bintu nk’uko tubikesha defenceweb.za. Hariho ingingo zitandukanye zishobora kugenderwaho mu gutondekanya ingabo zikomeye muri Afurika. Bimwe mu bikunze kugenderwaho harimo: […]

Raila Odinga arateganya kuza mu Rwanda gusaba Perezida Kagame kumushyigikira

Umuyobozi w’ihuriro rya politiki, Azimio la Umoja, ryo muri Kenya, Raila Odinga, yagaragaje ko yizeye kwegukana umwanya wa Perezida wa Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe aho mu rwego rwo gushaka amajwi ateganya kuza iki Kigali mu cyumweru gitaha gusaba Perezida Kagame kumushyigikira. Ubwo yavuganaga n’imbaga y’abantu nyuma yo gufungura isoko rya Marani muri Kisii, […]

Tchad: Gen. Mahamat Idriss Deby yemeje ko azahatana mu matora ategerejwe muri uyu mwaka

Perezida w’agateganyo wa Tchad, Mahamat Idriss Deby, yatangaje ku wa Gatandatu ko ateganya kuzitabira guhatana mu matora ya perezida ategerejwe muri uyu mwaka. Icyemezo cya Deby kije nyuma y’ icyumweru cy’akajagari aho umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi, Yaya Dillo, yarasiwe akicirwa mu murwa mukuru N’Djamena, bituma Umuryango w’Ubumwe bw’ibihugu by’u Burayi ugaragaza ko uhangayitse cyane. Urupfu […]

Centrafrica: Abapolisi b’u Rwanda bifatanyije n’abaturage mu muganda rusange

Abapolisi b’u Rwanda bagize Itsinda RWAFPU 3-2 riri mu butumwa bw’umuryango w’Abibumbye muri Repubulika ya Centrafrique (MINUSCA), kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 2 Werurwe,bazindukiye mu gikorwa cy’umuganda. Ni igikorwa cyaranzwe no gukora isuku, hakurwa imyanda mu muhanda, gutema ibihuru bikikije imihanda itandukanye yo mu Mujyi wa Bangassou no gusukura isoko rya Tokoyo riherereye muri […]

Ingendo za Rwandair zijya cyangwa ziva i Mumbai zizasubikwa hagati muri uku kwezi

ghlfhrvwsaau6sf.jpg

Sosiyete ya Rwandair yatangaje ko igiye gusubika ingendo z’indege ziva cyangwa zijya i Mumbai mu Buhinde ku mpamvu zitatangajwe. Mu itangazo yashyize ahagaragara kuri uyu wa gatanu nyuma ya saa sita, Rwandair yagize iti “ Tubabajwe no kubamenyesha ko Rwandair izasubika ingendo z’indege zijya cyangwa ziva Mumbai, guhera kuwa 15 Werurwe 2024. Iri tangazo rikomeza […]

Ambasaderi wa Ukraine yashimye inkunga y’u Rwanda mu myanzuro yamagana u Burusiya

Mu gihe cyo kwibuka ku mugaragaro imyaka ibiri ishize u Burusiya buteye Ukraine, Ambasaderi udasanzwe kandi uhagarariye Ukraine mu Rwanda, H.E. Andrii Pravednyk, yashimye uruhare rukomeye rw’u Rwanda mu mahoro n’umutekano ku Isi. Yashimye kandi inkunga u Rwanda rutera Ukraine. Ambasaderi Pravednyk yagize “Muri ibi bihe bitoroshye, ubufatanye bw’u Rwanda na Ukraine bwabaye ingirakamaro. Inkunga […]

USA: Uwitwa Utamuliza Karinganire akurikiranweho ibyaha bisa nk’iterabwoba

Umugore ufite izina ry’Ikinyarwanda mu cyumweru gishize yafatiwe ku Ishuri Ryisumbuye rya Jefferson County (JCPS) muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, nyuma y’uko abapolisi bavuze ko yateye ubwoba ko azica abanyeshuri ndetse akagerageza no kubatwika. Ahagana mu masaha ya saa sita, abapolisi ba JCPS boherejwe ku kigo cya Fern Creek Elementary ku Muhanda wa Ferndale […]

Australia: Nta cyizere ku iburanisha cyangwa koherereza u Rwanda 2 bakekwaho uruhare muri jenoside

Australia irasabwa gukora ibirenze kugirango ikore iperereza ku birego bya jenoside n’ibyaha by’intambara, aho bamwe mu mpuguke mu by’amategeko basaba ko hanashyirwaho ishami ryihariye kandi rihoraho rishinzwe gukurikirana ibyo birego. Uyu muhamagaro uje ukurikira inkuru y’ikinyamakuru Four Corner and Guardian cyo muri Australia gisohoye inkuru muri iki cyumweru ivuga ko u Rwanda rurimo gushaka abagabo […]

Umunyezamu wa Bugesera FC yatawe muri yombi na Polisi y’u Rwanda

Habarurema Gahungu usanzwe afatira ikipe ya Bugesera FC, yatawe nuri yombi na Polisi y’Igihugu Ishami ryo mu muhanda nyuma yo gufatwa atwaye imodoka yanyoye ibisindisha. Uyu musore yafashwe mu rukerera rwo ku wa Gatatu ubwo yari ari mu muhanda Kigali-Bugesera atwaye imodoka kandi yasinze. Gufungwa ku uyu mukinnyi, bivuze ko atazagaragara mu mukino wa Shampiyona […]

Canada: Brian Mulroney wahoze ari Minisitiri w’intebe yapfuye afite imyaka 84

Uwahoze ari Minisitiri w’intebe wa Canada, Brian Mulroney, kuri uyu wa Kane, yapfuye afite imyaka 84, nkuko umukobwa we Caroline Mulroney yanditse kuri X. Yanditse ati: “Mu izina rya mama n’umuryango wacu, ni n’akababaro kenshi dutangaje urupfu rwa data, Right Hon. Brian Mulroney, Minisitiri w’intebe wa 18 wa Canada. Yapfuye mu mahoro, akikijwe n’umuryango.” Minisitiri […]

U Burusiya: AlexeĂ ÂŻ Navalny arashyingurwa mu mutekano udasanzwe

Kuri uyu wa Gatanu, Alexei Navalny arashyingurwa i Moscou mu gihe umutekano wakajijwe no mu gihe abamushyigikiye batinya igitero cya polisi mu gihe cyo kumushyingura. Navalny, wanenze cyane Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, yapfuye afite imyaka 47 mu buryo bw’amayobera ubwo yari afungiwe mu kigo cya gereza ku itariki ya 16 Gashyantare. Abamushyigikiye bahisemo gutambutsa […]

Muhanga: Bane bafashwe nyuma y’aho umwana amennye ibanga ry’ahari imibiri y’abishwe muri Jenoside

Mu Karere ka Muhanga abantu bane batawe muri yombi, nyuma y’aho umwana na se bashwanye bikarangira amennye ibanga ry’amakuru y’ahari imibiri y’inzirakarengane zazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bari bamaze imyaka ikabakaba 30 baryamyeho . Mu bafashwe harimo Nzabamwita Antoine n’umuhungu we Niyoyita Bonaventure, ari na we watanze amakuru nyuma yo kutumvikana na se. Imirimo […]

Abagaba b’ingabo z’ibihugu byohereje abasirikare kurwanya M23 bateraniye i Goma

ghhrbryxyaagucj.jpg

Abagaba bakuru b’ingabo z’ibihugu byohereje ingabo mu butumwa bw’Ingabo z’Umuryango w’Iterambere w’ibihugu bya Afurika y’Amajyepfo (SADC) muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo (SAMIRDC) hiyongereyeho u Burundi, mu rwego rwo gushyigikira Ingabo za DRC (FARDC) mu guhangana na M23 kuri uyu wa Kane bageze i Goma, muri Kivu y’Amajyaruguru ya Kivu mu nama yo mu rwego […]

Rayon Sports yazanye umukinnyi mushya w’Umudage

Kuri uyu wa Kane tariki ya 29 Gashyantare 2024 mu myitozo y’ikipe ya Rayon Sports y’abagore yagaragayemo umukinnyi w’uruhu rwera bivugwa ko yaje gufatanya urugendo rwa Shampiyona na Gikundiro. Mu gushaka amakuru arambuye kuri uyu mukinnyi, twaje kumenya ko ari umukinnyi w’umupira w’amaguru ukomoka mu gihugu cy’Ubudage witwa Helan, aho yaje gusinyana amasezerano na Rayon […]

MONUSCO yatanze inkambi ya mbere mu rwego rwo gusoza ubutumwa buhoro buhoro

Inkambi ya MONUSCO yari iri muri Kamanyola, muri Kivu y’Amajyepfo, kuri uyu wa Gatatu, itariki 28 Gashyantare 2024 yashyikirijwe ku mugaragaro abayobozi ba Congo, mu rwego rwo gutangira kuva mu butumwa muri DRC, hakurikijwe gahunda yashyizweho umukono hagati ya MONUSCO na guverinoma. Umuryango w’Abibumbye rero ukaba watangiye gushyira mu bikorwa gahunda yo gusoza ubutumwa gahoro […]

Ikibazo cy’ibisimu n’imyobo by’ahacukurwa amabuye y’agaciro cyahagurukije abadepite

ghcdofmxkaaxb_n.jpg

Inteko Rusange y’Umutwe w’Abadepite yasabye Minisitiri w’Intebe kugaragaza uko hazakemurwa ikibazo cy’ibisimu n’imyobo byacukuwe mu gihe cy’ikorwa ry’imirimo y’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro na kariyeri, cyane cyane ibyacukuwe mu gihe cy’ubukoloni n’ibyacukuwe n’amasosiyete y’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro yahoze ari aya Leta. Igenzura ry’Urwego rw’Umuvunyi ku bucukuzi bw’amabuye y’agaciro na kariyeri ryagaragaje ko hari: Imyobo n’ibisimu byakorewemo ubucukuzi kera […]

Twirwaneho irashinja Michombero gutanga impamvu yo kugaba ibitero ku Banyamulenge

ghfglbaxsaawaqd.jpg

Umutwe wa Twirwaneho uravuga ko watunguwe no kubona kuri X (iyahoze ari twitter) y’umunyamakuru wigenga, Daniel Michombero, ubutumwa buvuga ko uyu mutwe washinze inkambi za gisirikare mu misozi yo muri Uvira, muri Kivu y’Amajyepfo, aho ngo uwabwanditse avuga ko hakenewe ubutabazi bwihuse bw’igisirikare bitaba ibyo imidugugudu myinshi yo muri Kivu y’Amajyepfo igafatwa. Twirwaneho ivuga ko […]

Amadou Oury Bah yagizwe Minisitiri w’Intebe mushya wa Guinea

Abasirikare kari ku butegetsi muri Guinea, bashyizeho Minisitiri w’Intebe mushya, iminsi umunani nyuma yo gusesa guverinema yariho. Ibyo bibaye mu gihe mu murwa mukuru Conakry, bisa n’aho ubuzima bwahagaze ku munsi wa kabiri w’imyigaragambyo, kuri uyu wa Gatatu ushize, ibera mu gihugu cyose. Abigaragambya barasaba ko umuyobozi w’urugaga ufunzwe arekurwa, n’ibiciro by’ibiribwa bikagabanuka. Ikindi basaba […]

Abasaba inyemezabuguzi ya EBM bagiye kujya bagenerwa ishimwe

ghcajgvwaaawjbq.jpg

Guverinoma y’u Rwanda igiye gushyira mu bikorwa gahunda yo kugenera ishimwe abasaba inyemezabuguzi ya EBM no korohereza abakererewe gusora batanga amakuru ku bushake nkuko bigaragara mu itangazo ryashyizwe ahagaragara na Minisiteri y’imari kuri uyu wa Gatatu. Soma itangazo hano

ICC yategetse Dominic Ongwen kwishyura indishyi za miliyoni 56$

Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, rwategetse Dominic Ongwen wahoze ari umuyobozi mu mutwe wa LRA, kwishyura indishyi z’akababaro zingana n’amadolari arenga miliyoni 56 ku bantu yahohoteye muri Uganda. Hagati aho, Joseph Kony nawe arashakishwa na ICC kubera amabi ashinjwa ariko ntawe uzi irengero rye. Dominic Ongwen, yari umwana w’imyaka icyenda ubwo LRA, (Lord’s Resistance Army), ya […]

Burera: Yafashwe atwaye kuri moto amasashe ibihumbi 80

Polisi y’u Rwanda ku bufatanye n’izindi nzego z’umutekano n’abaturage mu Karere ka Burera, yafashe umusore w’imyaka 28 y’amavuko, wari utwaye kuri moto amasashe ibihumbi 80. Yafatiwe mu mudugudu wa Gasenyi, akagari ka Buramba mu murenge wa Gahunga, mu gitondo cyo ku wa Kabiri tariki ya 27 Gashyantare, ayatwaye kuri moto yerekeza mu Karere ka Musanze. […]