Darfur: Igitero cya RSF mu Mujyi wa al-Fashir cyaguyemo abantu 22
Abantu 22 bishwe ubwo inyeshyamba z’umutwe wa Rapid Support Forces (RSF) zagabaga igitero ku Mujyi wa al-Fashir mu Karere ka Darfur rwagati muri Sudani, kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 27 Nyakanga 2024, nk’uko byatangajwe n’itsinda ry’impirimbanyi ziharanira demokarasi zivuga ko ari bo bantu benshi bapfuye ku munsi umwe nyuma y’ibyumweru byinshi by’agahenge ku rugamba […]
Gaza: Igitero ku ishuri cyahitanye 30 gikomeretsa abasaga 100
Minisiteri y’ubuzima iyobowe na Hamas ivuga ko igisirikare cya Israel cyagabye igitero ku ishuri hafi ya Deir al-Balah, umujyi uri muri Gaza rwagati, gihitana byibuze Abanyapalestine 30 abandi 100 barakomereka . Igisirikare cya Israel (IDF) mu butumwa cyatambukije kuri Telegramu, cyavuze ko ikigo gishinzwe kuyobora no kugenzura cya Hamas cyahishwe mu ishuri rya Khadija. IDF […]
Kinshasa: Igitaramo cya Pasiteri Kalambay cyaguyemo abantu abandi bata ubwenge
Kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 27 Nyakanga, kuri Stade de Martyrs de la PentecĂ´te i Kinshasa hapfiriye bamwe mu bantu bitabiriye igitaramo cy’umunyamuziki n’umuhanzi wa gospel, Pasiteri Mike Kalambay . “Hapfuye abantu. Tumaze gushyira imirambo ibiri mu bitaro bya Vijana ariko hari abantu benshi bapfuye, ” uyu n’umwe mu bashinzwe ubutabazi wari kuri Stade […]
Abanyarwanda barasabwa kurushaho kwirinda inkongi y’umuriro muri iki gihe cy’izuba
Minisiteri ishinzwe ibikorwa by’ubutabazi (MINEMA) yasabye abaturage muri rusange gukomeza kuba maso muri iki gihe cy’izuba kugira ngo hatabaho akaga ko kwibasirwa n’inkongi y’umuriro. Nk’uko byatangajwe na Christine Niyotwambaza Hitimana, ushinzwe gukurikirana no kwitegura muri minisiteri, ngo inkongi y’umuriro ishobora guterwa n’impamvu zitandukanye zirimo amashanyarazi, amakosa y’abantu, n’ibiza. Nk’uko iyi nkuru dukesha The New Times […]
Afurika y’Epfo: Inteko Ishinga Amategeko yabwiwe ko SANDF iri muri RDC kurinda inyungu z’igihugu
Ishami rishinzwe imibanire n’ubutwererane mpuzamahanga (DIRCO) ryatangaje ko kurengera no guteza imbere inyungu z’igihugu cya Afurika yepfo muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC) ari zimwe mu mpamvu Igisirikare cya Afurika y’Epfo kiri muri iki gihugu. Muri iki cyumweru, Ambasaderi Tebogo Seokolo, Umuyobozi mukuru wungirije w’agateganyo wa DIRCO ushinzwe Afurika, mu kiganiro yagejeje kuri komite […]
Muri Ambasade ya Dubai i Kampala haravugwa gukinirwamo imikino y’urusimbi hagati y’abadipolomate
Abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda, barangajwe imbere na Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wabo (The shadow Minister), Haruna Nkunyingi Muwada, barasaba ko hakorwa iperereza ku birego bivuga ko abadipolomate bakorera muri iki gihugu bafite casino bakiniramo urusimbi muri Ambasade ya Dubai. Mu itangazo ryo ku wa 24 Nyakanga 2024, Muwanda yagaragaje impungenge z’imyitwarire mibi y’abadipolomate, ngo inyuranyije […]
Amasezerano y’isoko rusange rya COMESA, SADC na EAC yatangiye gushyirwa mu bikorwa
Amasezerano yo gufungura isoko ry’ubucuruzi hagati y’ibihugu bigize imiryango ya COMESA, SADC na EAC yatangiye gushyirwa mu bikorwa kuri uyu wa Kane, itariki 25 Nyakanga 2024 nk’uko byatangajwe nuyu Muryango. Iyi miryango itatu isanzwe ihuza ibihugu byo muri Afurika y’iburasirazuba n’amajyepfo ikubiyemo ibihugu 26 n’abaturage bose hamwe basaga miliyoni 800, ariko ibihugu bimwe ntibiremeza ariya […]
Ibigo 700 byitabiriye Expo Rwanda 2024 ibaye ku nshuro ya 27
Imurikagurisha Mpuzamahanga mu Rwanda, ku nshuro ya 27 ryatangiye kuri uyu wa Kane, itariki ya 25 Nyakanga 2024, i Gikondo ahazwi nka Expo Ground ryitabiriwe n’ibigo 700 byo mu bihugu 19. Biteganyijwe ko iri murikagurisha rizamara ibyumweru bitatu, rizasozwa ku itariki ya 15 Kanama 2024. Muri icyo gihe, abamurika ibyo bakora baturuka mu Rwanda no […]
Intego ya AFC ntabwo ari ukuguma muri Kivu y’Amajyaruguru, ni ugufata igihugu – Eric Nkuba

Kuri uyu wa Kane, Urukiko rwa gisirikare rwa Kinshasa / Gombe muri gereza ya gisirikare ya Ndolo rwasubukuye urubanza ruregwamo uwahoze ari perezida wa komisiyo yigenga y’amatora (CENI), akaba Umuhuzabikorwa w’ihuriro rirwanya ubutegetsi, Alliance Fleuve Congo, Corneille Nangaa, hamwe n’abandi 24 bareganwa bakurikiranyweho ibyaha by’intambara, kugira uruhare mu bikorwa byo kwigomeka ku buyobozi no kugambanira […]
RDC: Abanyarwandakazi mu bafashwe nyuma y’urupfu rw’umusirikare wa SANDF
Igisirikare cya Afurika y’Epfo (SANDF) cyemeje urupfu rw’umusirikare wacyo warashwe akicirwa muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC) mu cyumweru gishize, bigatuma umubare w’abasirikare bamaze gupfira muri iki gihugu ugera ku icumi muri uyu mwaka. Biravugwa ko hari abakekwa barimo Abanyarwandakazi batatu bamaze gufatwa. Mu gusubiza ikibazo cy’urubuga defenceWeb, Umuyobozi w’agateganyo ushinzwe itumanaho, Colonel Selinah […]
Twiyemeje kuzana amahoro ku kiguzi icyo ari cyo cyose – Tshisekedi
Kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 24 Nyakanga 2024, Perezida wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo yatangaje ko icyemezo cye ndetse n’icyemezo cya guverinoma ari ukuzana amahoro ku “kiguzi icyo ari cyo cyose” mu burasirazuba bw’igihugu, nk’uko byatangajwe n’itumanaho rya perezidansi. Ibi yabitangarije mu kiganiro cyateguwe n’Ikigo cy’ubushakashatsi cyigenga cy’Abanyamerika gifite icyicaro i Washington kitwa […]
Nepal: Umupilote yarokotse impanuka yishe 18 nyuma y’uko ikizuru kitandukanyije n’ahasigaye

Umupilote warokotse impanuka y’indege yahitanye abantu muri Nepal yarokotse nyuma y’uko ikizuru cy’indege (cockpit) kitandukanyije n’igice gisigaye cy’indege amasegonda macye mbere y’uko indege isigaye ifatwa n’inkongi y’umuriro . Captain Manish Ratna Shakya, wenyine warokotse iyi mpanuka yahitanye abantu 18 ku kibuga cy’indege cya Kathmandu, ari kuvurirwa mu bitaro ariko ishami rya BBC muri Nepal ryemeje […]
Impamvu ushobora gutakaza ubutaka bwawe n’icyo iteka rishya rya minisitiri riteganya
Ubutaka bugenewe ubuhinzi, ubworozi, n’amashyamba, bungana na hegitari eshanu kandi bukaba budakoreshwa, bushobora gufatirwa na leta by’agateganyo, nk’uko biteganywa mu iteka rya minisitiri n° 002/moe/24 ryo ku wa 10/07/2024 ryerekeye gufatira ubutaka by’agateganyo no gusesa amasezerano yo gutunga ubutaka. Iri teka ryashyizweho umukono na Minisitiri w’ibidukikije, Valentine Uwamariya, rigamije kubahiriza itegeko rya 2021 ryerekeye ubutaka. […]
U Burusiya buravuga ko indege z’intambara z’ u Bwongereza zabujijwe kuvogera ikirere cyabwo
Moscow yavuze ko kuri uyu wa Gatatu, itariki 24 Nyakanga, babujije indege eshatu za gisirikare z’Abongereza kurenga imipaka y’u Burusiya hejuru y’Inyanja Yirabura. Minisiteri y’Ingabo mu itangazo ryayo yavuze ko sisitemu zo kugenzura ikirere zabonye indege nyinshi hejuru y’Inyanja Yirabura zisatora imipaka. Indege y’indwanyi ya Su-27 yoherejwe kugira ngo ibuze indege kurenga imipaka y’u Burusiya […]
Urubyiruko rwo muri Diaspora rwasuye Polisi y’u Rwanda

Itsinda ry’urubyiruko rw’abanyarwanda bagera kuri 43 baba hanze y’u Rwanda (Diaspora), kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 23 Nyakanga, basuye Polisi y’u Rwanda, muri gahunda bagira buri mwaka yo gusura u Rwanda kugira ngo bige umuco n’amateka y’igihugu. Bakiriwe ku cyicaro gikuru cya Polisi ku Kacyiru n’umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, Assistant Commissioner of Police […]
Isuzuma rya NATO ryasanze ubwirinzi bw’u Burayi bujegajega
Muri uku kwezi, intambara yo muri Ukraine ndetse n’amatora y’umukuru w’igihugu muri Amerika ni byo byihariye inama ya NATO yabereye i Washington, muri uku kwezi ariko inyuma y’amarido, abapanga mu bijyanye n’igisirikare cy’uyu muryango bibanze ku gusuzuma ikiguzi kinini cyo gukemura ibibazo by’ubwirinzi bw’u Burayi bujegajega. Abayobozi ba NATO bemeje gahunda mu mwaka ushize yo […]
Ibigo bito by’imari ubu byemerewe kuguriza abantu batakira amafaranga abitswa
Kuri ubu mu Rwanda ibigo by’imari byatangiye guhabwa uburenganzira bwo gutanga inguzanyo ku baturage batakira amafaranga abitswa nk’uko byemezwa na Banki Nkuru y’Igihugu, BNR. Kuva muri Mata umwaka ushize, BNR yashyizeho amabwiriza agenga abatanga serivisi z’imari batakira amafaranga abitswa. aho abantu ku giti cyabo n’ibigo bashobora kuguriza amafaranga abaturage ariko bahawe uburenganzira na BNR ndetse […]
Ethiopia: Abishwe n’inkangu bamaze kuba 229
Umukozi wa leta yavuze ko umubare w’abahitanwe n’inkangu ebyiri mu majyepfo ya Ethiopia wazamutse ugera ku bantu 229 kandi ushobora kwiyongera kurushaho mu gihe gushakisha abarokotse ndetse n’abapfuye byakomeje ku munsi wa gatatu. Ku Cyumweru nijoro, inkangu yashyinguye abantu muri zone ya Gofa yo mu majyepfo ya Ethiopia, hanyuma iya kabiri ifata abandi bari bateraniye […]
Umunsi rukumbi umurwa mukuru wa Amerika ufatwa n’ingabo z’amahanga Capitol igatwikwa
Intambara yo mu 1812 yarwanwe na Amerika hamwe n’abafatanyabikorwa bayo barwanya u Bwongereza n’abafatanyabikorwa babwo muri Amerika ya Ruguru. Yatangiye igihe Amerika yatangizaga intambara ku Bwongereza ku itariki ya 18 Kamena 1812. Nubwo amasezerano y’amahoro yemeranijweho mu Kuboza 1814, intambara ntiyarangiye ku mugaragaro kugeza igihe amasezerano y’amahoro yemezwaga na Kongere ya Amerika ku itariki ya […]
Abasirikare ba Afurika y’Epfo birukanwe muri RDC kubera ubusambanyi n’ihohotera bagizwe abere
Abasirikare icyenda bo muri Afurika y’Epfo birukanywe muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC) mu Kwakira umwaka ushize bakurikiranyweho icyaha cyo gusambanya no guhohotera (SEA) bahanaguweho icyaha ariko bahamwa n’icyaha cyo kurenga ku mabwiriza yagengaga ibirindiro (BSOs). Ibi ni ibyavuye mu cyo ubuyobozi bushinzwe itumanaho (DCC) mu Gisirikare cya Afurika y’Epfo (SANDF) bwavuze ko ari […]
USA: Polisi yataye muri yombi abagera kuri 200 bamagana uruzinduko rwa Netanyahu

Polisi yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yataye muri yombi abantu bagera kuri 200 kubera imyigaragambyo yo kwamagana Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, uri mu ruzinduko muri iki gihugu. Kuri uyu wa Kabiri, itariki 23 Nyakanga, abantu batari bake bafatiwe ku nyubako ya Kongere ya Amerika bazira imyigaragambyo yo kwamagana ijambo Minisitiri w’intebe […]
Uganda: Abagera muri 60 ni bo batawe muri yombi bagerageza kwigaragambya
Igipolisi cya Uganda kuri uyu wa Kabiri cyataye muri yombi abantu barenga 60 biganjemo urubyiruko bari mu myigaragambyo yo kwamagana ruswa mu nteko ishinga amategeko na leta, basaba ko perezidante wayo, Anita Among yegura. Ku mbuga nkoranyambaga amashusho yerekanye abapolisi bakoresha imbagara mu guta muri yombi abigaragambya bagerageje kwegera ku ngoro y’inteko ishinga amategeko mu […]
Kinshasa: Hakomeje urubanza rw’abashinjwa gushaka guhirika ubutegetsi
Urukiko rwa Gisirikare rwa Kinshasa / Gombe rwumvise ku nshuro ya 11, kuri uyu wa Mbere, itariki ya 29 Nyakanga 2024, muri gereza ya gisirikare ya Ndolo, mu rubanza rw’abashinjwa gushaka guhirika ubutegetsi ku itariki ya 19 Gicurasi muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo. Abantu batatu baregwa babajijwe muri uru rubanza, barimo Albert Malanda Vangila, […]
Ethiopia: Inkangu yatewe n’imvura ikabije yahitanye byibuze abantu 157

Kuri uyu wa Kabiri, abayobozi bo muri Ethiopia bavuze ko byibuze abantu 157 ari bob amaze kumenyekana bapfuye bazize inkangu muri iki gihugu. Kuri uyu wa Mbere, inkangu yatewe n’imvura nyinshi yaguye muri Zone ya Gofa mu majyepfo y’igihugu. Abantu bamwe ntibarabarurwa nyuma y’uko itsinda ry’abantu batwikiriwe n’ibyondo mu gihe bageragezaga gutabara abandi. Umuyobozi w’ikigo […]
Uganda: Urunturuntu hagati y’impunzi z’Abarundi n’Abanyarwanda mu Nkambi ya Nakivale
Impunzi z’Abarundi n’Abanyarwanda mu Nkambi ya Nakivale y’Abarundi n’u Rwanda muri Uganda zirarebana ay’ingwe. Amakimbirane yiyongereye kubera ifatwa ry’impunzi y’Umurundi bisabwe n’umuyobozi w’impunzi z’Abanyarwanda. Uyu Murundi witwa Étienne Ntakarutimana yatawe muri yombi na polisi. Umuryango we ushinja umuyobozi w’umudugudu w’Abanyarwanda kuba yaramugambaniye. Yatawe muri yombi ku itariki ya 16 Nyakanga nk’uko tubikesha SOS Media Burundi. […]
Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Ukraine yasuye inshuti magara y’u Burusiya
Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Ukraine, Dmytro Kuleba, kuri uyu wa Kabiri yatangiye urugendo rwe rwa mbere mu Bushinwa kuva inshuti yabwo, u Burusiya, bwatera igihugu cye mu 2022. Hagati aho, abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu Muryango w’Ubumwe bw’ibihugu by’u Burayi bamaganye umubano wa Hongria n’u Burusiya. Iyi nkuru dukesha Deutsche Welle ivuga ko Minisitiri w’ububanyi […]
UK yari yateganyije miliyari 12.9$ ya gahunda yo kohereza abimukira mu Rwanda
Minisitiri mushya ushinzwe ibibazo by’imbere mu gihugu, Yvette Cooper, aravuga ko Guverinoma y’u Bwongereza yari yarateguye gukoresha miliyari 10 z’amapound ($12.9bn) muri gahunda yavanyweho ubu yo kohereza abasaba ubuhungiro mu Rwanda, kandi yari imaze gutwara abasoreshwa miliyoni 700 z’amapound ($ 830.7m) . Guverinoma nshya y’ishyaka ry’Abakozi ya Minisitiri w’Intebe, Keir Starmer, yavanyeho gahunda yo gutwara […]
USA: Haribazwa niba n’intumwa zizajya muri Convention y’Abademokarate zizashyigikira Kamala
Perezida Joe Biden yasezeye mu matora y’umukuru w’igihugu yo muri uyu mwaka. We n’abandi bakomeye mw’ishyaka rye bashyigikiye ko Visi-Perezida Kamala Harris amusimbura nka kandida nimero ya mbere ariko haracyibazwa niba azemezwa burundu n’iri shyaka muri convention yo muri Kanama nk’uko biteganywa. Abanyapolitiki, abanyamategeko, abahanga mu by’amateka bemeza ko icyemezo cya Perezida Biden ari ubwa […]
Afurika y’Epfo: Uwishe Abirabura 39 mu gihe cya Apartheid yavuze ko polisi yamushyigikiraga

Umwicanyi ukomoka muri Afurika y’Epfo wahamwe n’icyaha cyo kwica arashe abirabura benshi mu gihe cya apartheid yabwiye BBC ko abapolisi bamushyigikiraga. Louis van Schoor avuga ko abandi bagomba gusangira amakosa ku bwicanyi yakoze nk’umusekirite. Ariko avugana na BBC Africa Eye mu myaka ine ishize, yemeye kandi guhishura amakuru ateye ubwoba atera kwibaza ibibazo bikomeye bijyanye […]
M23 yatanze umucyo ku bibazo byinshi yibazwaho mu kiganiro na Al Jazeera

Mu kiganiro yagiranye na Al Jazeera ubwo yasuraga aho bagenzura, Umuvugizi wa M23, Laurence Kanyuka, yatanze umucyo ku bibazo bakomeje kwibazwaho nko kumenya niba ari abanyekongo koko, icyo barwanira, aho bakura inkunga n’ibindi. Kimwe mu bibazo yabajijwe ni ukumenya impamvu M23 yongeye kubura intwaro mu Gushyingo 2021 nyuma y’imyaka 10 ihagaritse urugamba. Kuki mwubuye imirwano […]
Tanzania: Perezida Suluhu yakuye January Makamba ku mwanya wa minisitiri w’ububanyi n’amahanga
Nk’uko byatangajwe n’umuyobozi w’agateganyo ushinzwe itumanaho muri perezidansi, Sharifa Nyanga, Perezida wa Tanzania, Samia Suluhu Hassan, yakuyeho abaminisitiri babiri bakomeye ku Cyumweru mu mavugurura yakoze muri guverinoma. Kwirukanwa kwa Minisitiri w’ububanyi n’amahanga, January Makamba na Minisitiri w’itangazamakuru, itumanaho n’ikoranabuhanga, Nape Nnauye byaje mu gihe hari ibihuha bivuga ko bateguraga rwihishwa kurwanya gushaka kongera gutorwa kwa […]
U Burundi buravuga ko bwavumbuye amabuye y’agaciro azabutunga kugeza ku mperuka

U Burundi bumaze amezi buhura n’ikibazo gikomeye cy’ubukungu n’imibereho, cyaranzwe cyane cyane n’ibura rya lisansi, isukari n’imiti, ariko buravuga ko bwavumbuye ibirombe bya gasegereti na coltan bitezeho gukura igihugu mu bukene. Abayobozi ba sosiyete icukura amabuye y’agaciro, Bumeco (Burundi metal company) ikorera mu Ntara ya Kirundo, mu majyaruguru y’uburasirazuba bw’igihugu, babimenyesheje kuwa Gatatu Perezida Évariste […]
Muhanga: Babangamiwe n’ikiraro cya Mpanda cyahezemo imodoka

Abarimo abamotari, abatwara imodoka n’abatuye mu Murenge wa Nyamabuye mu Karere ka Muhanga hamwe n’abo mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bifuza ko iteme rya Mpanda rihuza iyi Mirenge ryakorwa kuko kuba ryarangiritse bituma batoroherwa n’imihahiranire. Icyo kibazo cyakomeye kurushaho nyuma y’aho imodoka iguye muri iryo teme ryari rimaze igihe ryarangiritse none uyu […]
Zelenskyy asanga Ukraine ikwiriye gusanga ibisasu mu Burusiya akaba ari ho ibishwanyuriza
Kuri iki Cyumweru, Perezida wa Ukraine yatangaje ko igihugu cye gikeneye ibisasu byo mu bwoko bwa misile ziraswa kure kugirango kirinde imijyi yacyo n’ingabo ziri ku rugamba anasaba Uburenganzira bwo kuzikoresha imbere mu Burusiya. Volodymyr Zelenskyy avuga ko byafasha gukumira ibitero zigabwaho n’ingabo z’u Burusiya zikoresheje ibisasu bya bombe n’indege za gisirikare zitagira abapilote. Perezida […]
Biden yemeye guharira Kamala Harris ku mwanya w’umukandida w’Abademokarate
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Joe Biden, yavuye mu marushanwa yo guharanira kuba perezida utaha, nyuma y’ibyumweru byinshi by’igitutu cy’abademokarate cyari kimaze kwiyongera. Yavuze ko “ari inyungu z’ishyaka ryanjye ndetse n’igihugu” – ariko ko azagumaho amezi atandatu ya nyuma ya manda ye. Biden yemeje Kamala Harris, visi-perezida, nk’umukandida mushya w’Abademokarate; avuga ko azakora […]
Korea ya Ruguru yongeye kohereza umwanda mu y’epfo nayo yubuye indangururamajwi

Koreya y’Epfo irimo kongera ingufu muri propaganda inyuza mu ndangururamajwi ziri ku mupaka mu rwego rwo kwamagana Korea ya Ruguru yasubukuye kohereza ibipurizo bitwaye umwanda mu majyepfo. Kimwe mu bipurizo amagana bitwaye imyanda byoherejwe na Koreya ya Ruguru ijoro ryose byabonetse mu murima w’umuceri mu ntara y’amajyaruguru y’uburengerazuba ya Ganghwa ku ya itariki ya 10 […]
Intego ya guverinoma ntabwo ari uko agahenge kubahirizwa ni ukugera ku mahoro – Muyaya
Iminsi ibiri mbere y’uko agahenge katangiye guhera ku itariki ya 5 Nyakanga karangira, White House yatangaje ku wa Gatatu, itariki ya 17 Nyakanga ko impande zihanganye, Ingabo z’igihugu cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo na M23 “zemeranije” kongeraho ibyumweru bibiri kugirango abahunze bashaka gutaha ku bushake batahe Kandi imfashanyo zigezwe ku batishoboye. Ku ruhande rwa […]
Turkiya igiye kohereza muri Somaliya igisirikare gufasha gushaka peteroli na gaz
Turkiya igiye kohereza inkunga y’igisirikare cyo mu mazi muri Somaliya nyuma y’uko ibihugu byombi byemeranije ko Ankara izohereza ubwato bw’ubushakashatsi ku nkombe za Somaliya kugira ngo bufashe gushakisha peteroli na gaz. Ibiro Ntaramakuru bya leta, Anadolu, byatangaje ko Perezida Tayyip Erdogan yagejeje icyifuzo ku nteko ishinga amategeko ya Turkiya ku wa Gatanu, asaba uruhushya rwo […]
France: Gen Nyakarundi yabonanye n’Umunyarwanda wiga muri Saint-Cyr CoĂ«tquidan Military Academy

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda zirwanira ku butaka (ACOS), Maj Gen Vincent Nyakarundi kuri uyu wa Gatandatu yabonanye n’Umunyarwanda wiga mu ishuri rya gisirikare ryo mu Bufaransa, Aho yitabiriye inama yabayobozi bakuru b’ingabo. Ni inama nyunguranabitekerezo y’abayobozi bakuru b’ingabo yabereye mu Mujyi wa Rennes mu Bufaransa, yibanze ku mahoro, umutekano, ndetse n’Urubyiruko. Nyuma, yagiranye ibiganiro […]
RDF yahaye inkunga y’ibikoresho abanyeshuri basanga 800 i Juba

Ingabo zishinzwe kubungabinga amahoro z’u Rwanda (Batayo ya 89 Mechanised Inf Battalion) zibarizwa mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye muri Sudani y’Epfo (UNMISS) zatanze ibikoresho bitandukanye by’ishuri ku banyeshuri barenga 800 bo mu ishuri rya gikirisitu rya Jebel i Ruri Payam muri Leta ya Central Equatorial i Juba. Inkunga ikubiyemo ibitabo, amakaye, amakaramu n’amakereyo n’ibindi. Ingabo z’u […]
NCHR iremeza ko hakiri ibibazo mu kwiyimura kuri lisiti y’itora bikeneye gukosorwa

Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu ivuga ko yagenzuye ibikorwa by’amatora mu Turere twose tw’Igihugu kuva ku wa 22 Kamena kugeza ku wa 16 Nyakanga 2024, aho yemeza ko yagenzuye imyiteguro y’amatora, ibikorwa byo kwiyamamaza n’amatora nyirizina ya Perezida wa Repubulika n’ay’Abadepite yo mu mwaka wa 2024. Perezida w’iyi Komisiyo, Umuringi Providence, yavuze ko Abanyarwanda bamaze gusobanukirwa […]
Igitero cyo kwihorera cya Israel muri Yemen kibasiye Umujyi wa Hodeidah
Igitero gikomeye cy’indege cyahungabanyije umujyi wa Hodeidah ku cyambu cyo ku Nyanja Itukura nyuma y’umunsi umwe abayobozi ba Israel bahize ko bazihorera igitero cya drone kibasiye Tel Aviv. Ibitero by’indege byibasiye ibikorwa remezo byo gutunganya peteroli n’amashanyarazi, bituma umuriro mwinshi ugurumana. Nibwo bwa mbere Yemeni yibasiwe ku mugaragaro kuva inyeshyamba z’Aba-Houthi zaho zatangira kurasa muri […]
USA: Uwaharaniye ko umunsi wo kwibohora kw’abacakara uba ikiruhuko mu gihugu yapfuye
Umudepite wari umaze igihe kinini muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Sheila Jackson Lee wo muri Texas, wafashije kuyobora ingamba za leta zo kurinda abagore ihohoterwa rikorerwa mu ngo no guharanira ko umunsi uzwi nka Juneteenth wizihizwa ku wa 19 Kamena mu rwego rwo kwibuka kwibohora kw’abacakara muri Amerika Uba umunsi w’ikiruhuko mu gihugu, yapfuye. […]
Afurika y’Epfo: Umudepite yasabye ko ingabo zabo zoherejwe muri RDC zitaha byihuse
Umudepite wo muri Afurika y’Epfo, Chris Hattingh aherutse gusaba ko Ingabo z’igihugu cye zoherejwe muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo zava muri iki gihugu byihuse. Avuga ko impamvu ari nyinshi zirimo kutagira ingengo y’imari ihagije, imyiteguro idahagije y’abasirikare ba Afurika y’Epfo ku mirwanire igezweho yo mu rwego rwa elegitoronike, ndetse no kuba ibibera muri Congo […]
RDC: Mu Ntara ya Tshopo haravugwa umutwe w’inyeshyamba waba wifatanyije na M23
Mu majyaruguru y’uburasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, abagize ubwoko bwa Lombi boherereje inyandiko Guverineri w’Intara ya Tshopo aho bavuga ko umutwe w’inyeshyamba waho wifatanije n’umutwe wa M23. Abashyize umukono kuri iyi nyandiko barasaba Ingabo za Congo kugira ngo zirinde teritwari yabo, ihana imbibi na Lubero muri Kivu y’Amajyaruguru, aho M23 yamaze kugera. Mu […]
Ibibazo by’ikoranabuhanga byahagaritse ingendo z’indege zisaga 1000 mu Burayi
Ikibazo gikomeye kuri sisitemu y’Ikoranabuhanga mu itumanaho ku Isi yose cyateje ibibazo byinshi ku bagenzi mu benshi muri iki gihe cy’izuba ryinshi. Indege, ibibuga by’indege, amasosiyete y’itangazamakuru kimwe n’ubundi bwoko bw’ubucuruzi byagizweho ingaruka. Dore ibizwi kugeza ubu kubyerekeye ingaruka zabyo mu ngendo z’i Burayi nk’uko tubikesha Euronews. Ikibazo gikomeye bingana iki? Ikigo cy’isesengura ku bijyanye […]
Uko imitwe ya politiki izasaranganya imyanya mu nteko nyuma y’amatora
Nyuma yo gutangaza ibyavuye mu matora y’abadepite yo ku ya 14-16 Nyakanga by’agateganyo, Komisiyo y’igihugu ishinzwe amatora (NEC) yanagaragaje uburyo imyanya yo mu mutwe w’abadepite, w’inteko ishinga amategeko y’u Rwanda, izasaranganwa . Hari imyanya 80 mu nteko ishinga amategeko umutwe w’abadepite, 27 muri yo igenewe amatsinda atatu yihariye, imyanya 24 ku bagore, ibiri ku rubyiruko, […]
Ibiciro bya lisansi byakomeje kugwa ku isoko rya Amerika
Kuri uyu wa Gatanu, ibiciro bya peteroli byakomeje kugabanyuka muri Amerika, bibishyira mu nzira nziza yo kugabanuka kwa kabiri mu cyumweru, kubera gukomera kw’amadolari hamwe n’ibimenyetso by’ubukungu bivanze byagize uruhare ku myumvire y’abashoramari. Ibiciro bya Brent Crude cyangwa petelori icukurwa mu Nyanja y’Amajyaruguru hafi yu Burayi, byagabanutseho 38, ni ukuvuga 0.5%, kugeza kuri $ 84.73 […]
Ambasaderi Rosemary Mbabazi yatangiye ku mugaragaro inshingano ze muri Liberia
Kuri uyu wa Kane, itariki ya 18 Nyakanga 2024, Ambasaderi mushya w’u Rwanda muri Liberia, Rosemary Mbabazi, yakiriwe na Perezida Joseph Boakai, amushyikiriza impapuro zimwemerera gukora izi nshingano. Abinyujije kuri X, Ambasaderi Mbabazi yagize ati: “Ni iby’agaciro, gushyikiriza Nyakubahwa Joseph Nyuma-Boakai, Perezida wa Repubulika ya Liberia, nkaba nazitanze nk’intumwa idasanzwe ihagarariye inyungu z’u Rwanda muri […]
Kenya: Urukiko rwatesheje agaciro icyemezo kibuza imyigaragambyo muri Nairobi
Kuri uyu wa Kane, Igipolisi cya Kenya cyagerageje guhagarika imyigaragambyo rwagati mu murwa mukuru wa Nairobi gusa urukiko rwitambitse iki cyemezo. Polisi yashyizeho iryo tegeko ivuga ko imyigaragambyo yahitanye nibura abantu 50 kuva yatangira hashize ukwezi, yacengewemo n’udutsiko tw’abagizi ba nabi. Ariko kuri uyu wa Kane urukiko rwahagaritse iryo tegeko mu gihe ikirego kirirwanya kirimo […]
Princess Sheikha w’ i Dubai yatandukanye n’umugabo we abinyujije kuri instagram

Umukobwa w’Umuyobozi wa Dubai, Sheikh Mohammed bin Rashid Al Maktoum, bisa nk’aho yatangaje gatanya ye ku mbuga nkoranyambaga. Ubutumwa bwavuye kuri account iri verified ya Instagram y’Igikomangomakazi Sheikha Mahra bint Mohammed bin Rashid Al Maktoum bwavuze ko ashyize iherezo ku mubano we n’umugabo we, agira ati: “Ndatangaza ko twatandukanye.” BBC yageraje kumva icyo abayobozi bo […]
Ikibuga cy’ingede cya Bugesera: Imirimo y’ibanze nk’aho indege zigwa igeze kuri 85%
Imirimo yo kubaka ibikorwa remezo bitandukanye ku kibuga cy’indege gishya mu Karere ka Bugesera mu Ntara y’Iburasirazuba igeze ku rugero rwa 85%, nk’uko byatangajwe na Aviation Travel and Logistics (ATL). Nk’uko byatangajwe na ATL, isosiyete ifitwe na leta ishinzwe ibikorwa bijyanye n’indege no kugenzura imirimo y’ubwubatsi bw’ikibuga cy’indege gishya, icyiciro kiriho kubaka aho taxi ziparika, […]
Kenya: Polisi yaciye imyigaragambyo mu murwa mukuru kugeza ku mabwiriza mashya
Igipolisi cya Kenya cyahagaritse imyigaragambyo rwagati mu murwa mukuru wa Nairobi kugeza igihe hazatangazwa andi mabwiriza nyuma y’ibyumweru byinshi by’imyigaragambyo leta ivuga ko yacengewemo n’udutsiko tw’abagizi ba nabi. Zimwe mu mpirimbanyi zahamagariye abantu guterana kuri uyu wa Kane bafite ibikoresho byo gukambika cyangwa “kwigarurira” Parike ya Uhuru yegeranye n’umujyi rwagati, mu gihe abapolisi benshi buzuye […]
RDC: Abagize Sena icyuye igihe baravugwaho kunyereza asaga miliyari 3 Frw
Iperereza ryatangiye ku gukekwaho icyaha cyo kunyereza umutungo wa Sena, nk’uko byatangajwe kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 17 Nyakanga, na Minisitiri w’ubutabera wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, Constant Mutamba. Ibiro ntaramakuru by’Abanyekongo bitangaza ko Minisitiri w’Ubutabera yabigaragarije perezida w’ibiro by’imyaka by’umutwe w’Inteko Ishinga Amategeko, Pascal Kindwelo, mu nama yabereye mu ngoro y’abaturage nk’uko […]
Polisi irashimira abanyarwanda uko bitwaye mu bihe by’amatora
Polisi y’u Rwanda irashimira abanyarwanda bose uko bitwaye mu bihe byo kwiyamamaza kw’abakandida n’amatora ku mwanya w’Umukuru w’igihugu n’uw’abagize inteko ishinga amategeko. Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, Assistant Commissioner of Police (ACP) Boniface Rutikanga yavuze ko ibikorwa byo kwiyamamaza ndetse n’amatora byagenze neza birangira mu mutekano usesuye. Yagize ati: “Polisi y’u Rwanda irashimira abanyarwanda ubufatanye […]
Bubanza: Ingoro y’ishyaka FRODEBU yibasiwe n’abavugwaho kuba Imbonerakure
Abayoboke b’ishyaka rya Sahwanya FRODEBU muri zone ya Mitakataka muri komini ya Bubanza n’intara ya Bubanza (mu burengerazuba bw’u Burundi) baramagana ibikorwa byo kutoroherana muri politiki nyuma y’uko ingoro y’iri shyaka yibasiwe n’abantu ku giti cyabo abaturage n’abayoboke b’iri shyaka bavuga ko ari Imbonerakure (urubyiruko rwa CNDD-FDD). Mu ijoro ryo ku wa 6 Nyakanga, amarangi […]
Centrafrica: Ingabo z’u Rwanda zambitswe umudari w’ishimwe na Perezida Touadera

Kuri uyu wa Kabiri, itariki 16 Nyakanga, Ingabo z’u Rwanda (RWABATT12), zikorera mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye muri Repubulika ya Centrafrica (MINUSCA) zambitswe umudari wa Perezida w’ishimwe na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika ya Centrafrica, Faustin Archange Touadera. Uyu muhango wabereye mu ngoro ya perezida mu Mujyi wa Bangui. Umudari watanzwe mu rwego rwo gushimira ubwitange bwazo, […]
Ese koko Iran yaba ifite uruhare mu gushaka kwica Trump?
Tehran yanze icyo yise ibirego “bidafite ishingiro kandi bibi” biyihuza n’umugambi wo kwica Trump nk’uko byatangajwe n’ibinyamakuru byo muri Amerika . Kuri uyu wa Gatatu, Iran yahakanye yivuye inyuma amakuru yatangajwe mu bitangazamakuru byo muri Amerika avuga Tehran mu mugambi wo gushaka guhitana uwahoze ari Perezida wa Amerika, Donald Trump. Ku wa Kabiri, abanyamakuru ba […]
Abayobozi batandukanye bakomeje koherereza Kagame ubutumwa bwo kumushimira
Abakuru b’ibihugu bitandukanye nka Perezida wa Mozambique, Filipe Nyusi, uwa Guinea Bissau, Umaro Sissoco EmbalĂł, uwa Tanzania, Samia Suluhu, ni bamwe mu bakuru b’ibihugu bamaze koherereza Perezida wa Repubulika, Paul Kagame ubutumwa bwo kumwifuriza intsinzi nziza nyuma yo gutangaza ibyavuye mu matora yo kuwa 15 Nyakanga 2024, by’agateganyo . Abinyujije kuri X, Perezida Filipe Nyusi […]
Somalia: Abasivili basahuye intwaro ziremereye nyuma yo gutega imodoka za gisirikare
Nibura abantu batanu bishwe ubwo abantu bitwaje intwaro bategaga uruhererekane rw’imodoka muri Somaliya rwagati bakiba intwaro ziremereye, nk’uko abayobozi ndetse n’abaturage babitangaje kuri uyu wa Kabiri ushize, nyuma y’amezi arindwi embargo yari yarafatiwe iki gihugu ivanweho. Kuwa Mbere, izi modoka zari mu rugendo ziherekejwe n’abashinzwe umutekano zigeze hafi y’Umujyi wa Abudwaq ubwo abantu bitwaje intwaro […]