Nyamirambo: Yagonze umumotari ahita asohoka mu modoka ariruka afatwa atarenze umutaru

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu mu ma saa kumi n’ebyiri n’igice z’igitondo, i Nyamirambo, imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Lexus ifite purake RAC 611 M, yakoze impanuka igonga umumotari, uwari uyitwaye bigaragara ko yari yasinze ahita asohokamo ariruka ariko afatwa atararenga umutaru. Iyi mpanuka yabereye mu Murenge wa Nyamirambo, Akarere ka Nyarugenge […]
RDC: Umunyapolonye uherutse gukatirwa igifungo cya burundu kubera ubutasi ubu aridegembya
Abategetsi ba Repubulika ya Demokarasi ya Congo barekuye Umunyapolonye wari wakatiwe igifungo cya burundu ashinjwa ibikorwa by’ ubutasi nk’uko byemejwe na minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Pologne. Mariusz Majewski yasubiye mu Burayi, nk’uko Minisitiri w’ububanyi n’amahanga Radek Sikorski yabitangaje kuri X kuwa Kabiri. Bwana Sikorski yashyize ahagaragara amashusho magufi kuri interineti aho bigaragara ko yavuganaga na […]
Donald Trump yahamijwe ibyaha 34 yari akurikiranweho i New York yandika amateka
Donald Trump wahoze ari Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yahamijwe ibyaha 34 byose byo guhimba inyandiko z’ubucuruzi mu rubanza rwe rw’amateka i New York. Ni ku nshuro ya mbere Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, uriho cyangwa wahozeho, ahamijwe icyaha mu butabera. Uyu mugabo usanzwe ari umuherwe wahoze ari perezida azakatirwa ku […]
Nyanza: Urubanza rwa Venant Rutunga rwapfundikiwe
Urukiko Rukuru rukorera i Nyanza mu majyepfo y’u Rwanda rwapfundikiye urubanza rwa Venant Rutunga ukurikiranyweho ibyaha bya jenoside nyuma yo gusabirwa igifungo cya burundu. Kuri uyu wa Kane, impande ziburana zagize icyo zivuga ku rugendo zakoreye mu kigo cya ISAR Venant Rutunga yayoboraga mu gihe cya jenoside mu 1994, urugendo rwari rugamije kumenya neza aho […]
Amatora: Mu byangombwa Diane Rwigara yatanze habuzemo bimwe

Kuri uyu wa Kane, itariki 30 Gicurasi 2024, Shima Diane Rwigara yashyikirije Komisiyo y’Igihugu y’Amatora NEC kandidatire ye nk’umukandida wigenga mu matora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe muri Nyakanga uyu mwaka, aho mu byangombwa yatanze hari bimwe biburamo. Diane Rwigara yabaye umukandida wa karindwi utanze kandidatire kuri uyu mwanya. Mu kiganiro yahaye itangazamakuru yavuze ko kubona imikono […]
Imisanzu itarimo gutangwa n’ibihugu bimwe igiye kudindiza ibikorwa by’Umuryango wa EAC
Ibikorwa by’ingenzi by’Inteko ishinga amategeko y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EALA), bigiye guhura n’ubukererwe biturutse ku mbogamizi z’amafaranga zituruka mu bihugu by’abafatanyabikorwa bitubahiriza inshingano zo gutanga umusanzu mu muryango. Nk’uko byatangajwe na EALA ku itariki ya 29 Gicurasi, inama ya 17 y’ibiro by’umuyobozi w’inteko ya EAC yarangiye ihamagarira ibihugu by’abafatanyabikorwa kuzuza inshingano zo gutanga umusanzu. Iyi […]
U Budage bwemerewe kugumisha ibirindiro bya gisirikare muri Niger
Amerika n’u Bufaransa byombi byasabwe n’abayobozi bashya ba Niger guhagarika kuba kw’ingabo zabo muri iki gihugu. Ku rundi ruhande ariko, u Budage, bumaze kugirana amasezerano na Niamey yo kuhagumisha by’agateganyo ibirindiro by’indege, icyemezo bivugwa ko kitavuzweho rumwe i Berlin . Amasezerano yari yashyizweho umukono yo kugira ibirindiro bya gisirikare muri Niger, hafi ya Niamey, byari […]
U Rwanda rwisobanuye ku rupfu rw’umuhungu wa Ngeze Hassan na Pieter-Jan Staelens

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, aremeza ko Ambasaderi Vincent Karega ntaho ahuriye n’impfu za bamwe mu Banyarwanda zabereye muri Afurika y’Epfo, avuga ko ibivugwa ari ibihuha kuko nta shingiro bifite. Yolande Makolo yasubizaga Radio na Televiziyo by’u Bubiligi, RTBF, yashyize ahagaragara filimi mbarankuru yise « Rwanda Classified » kuri uyu wa Gatatu ushize, […]
Ingingo z’ingenzi zikubiye mu itegeko rigenga umuryango zigiye guhindura byinshi

Kuri uyu wa Gatatu, itariki 29 Gicurasi 2024, Inteko Rusange y’Umutwe w’Abadepite yatoye itegeko rigenga abantu n’umuryango rigaragaramo impinduka zitandukanye z’ingenzi nk’aho urukiko rushobora guha agaciro imirimo yo kwita ku rugo idahemberwa yakozwe n’umwe mu bashyingiranywe. Zimwe mu mpinduka zigaragara muri iri tegeko: Umuntu ufite nibura imyaka 18 y’amavuko ariko utaragira imyaka yo gushyingirwa (21) […]
Sudani yateye utwatsi umuhamagaro wa Amerika wo gusubira ku meza y’ibiganiro i Jeddah
Kuri uyu wa Gatatu, itariki 29 Gicurasi, Guverinoma ya Sudani yatangaje ko yateye utwatsi umuhamagaro wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika wo gusubira ku meza y’ibiganiro hagati y’Igisirikare cya Sudani (SAF) n’umutwe wa Rapid Support Force (RSF) i Jeddah. Malik Agar, umuyobozi wungirije w’inama nkuru y’ubutegetsi bw’inzibacyuho ya Sudani, yagize ati: “Ubutumire bw’umunyamabanga wa Leta […]
Rubavu: Yafatanywe amabalo 40 y’imyenda ya caguwa ya magendu
Polisi y’u Rwanda, Ishami rishinzwe kurwanya magendu n’ibindi byaha (ASOC), ku bufatanye n’inzego z’ibanze n’abaturage mu Karere ka Rubavu, yafashe umugore w’imyaka 25 y’amavuko, ucyekwaho kwinjiza mu gihugu mu buryo bwa magendu, amabalo 40 y’imyenda ya caguwa. Yafatiwe aho atuye mu mudugudu wa Gahojo, akagari ka Rubavu mu murenge wa Gisenyi, kuri uyu wa Kabiri […]
Juba: Hibutswe Sgt Major Ngoga na bagenzi be baguye mu butumwa bwa UNMISS

Kuri uyu wa Gatatu, Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye muri Sudani y’Epfo zifatanyije na bagenzi bazo, abakozi mpuzamahanga ba UNMISS hamwe n’abayobozi muri Guverinoma ya Sudani y’Epfo mu kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Ingabo z’Umuryango w’Abibumbye ku cyicaro cya UNMISS i Juba. Muri iki gikorwa hahawe icyubahiro Umunyarwanda Sgt Major Francis Ngoga n’abandi basirikare […]
RDC: Minisitiri w’ingabo mushya azabifatanya no kuba umudepite n’umusenateri
Repubulika ya Demokarasi ya Congo ifite minisitiri w’ingabo mushya, Guy Mwadiamvita Kabombo, muri iki gihugu bafata nka minisitiri w’intebe wungirije ndetse ushinzwe ingabo z’igihugu, wasimbuye Jean-Pierre Bemba ubu wagizwe minisitiri w’intebe wungirije ushinzwe gutwara abantu n’ibintu. Gusa Kabombo izi nshingano azazikomatanya n’izindi yatorewe mu matora aheruka. Umukuru w’igihugu cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo, FĂ©lix […]
Ntimukice amategeko. Ntimukagende mukubita Kyagulanyi…Besigye, bari muri opozisiyo – Gen Otafiire
Minisitiri w’umutekano wa Uganda, Maj. Gen. Kahinda Otafiire, yategetse abayobozi bashya b’igipolisi kurekeraho guhonyora uburenganzira bwa politiki bw’abatavuga rumwe n’ubutegetsi. Maj. Gen. Otafiire, usanzwe ari na Chairman w’ubuyobozi bwa polisi, by’umwihariko yakomoje kuri Perezida w’ishyaka NUP, Robert Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine, ndetse n’uwahoze ari umuyobozi w’ishyaka Forum for Democratic Change, Dr Kizza Besigye. “Ntimukice […]
Ni gute ushishikajwe no kwimakaza imibereho myiza y’abatuye Isi yashyira ku ruhande umugabane wacu? – Kagame

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, asanga amavugurura akenewe mu Muryango wa Afurika Yunze Ubumwe akwiye kujyana no kubakira ku nyungu z’Umugabane wa Afurika kandi uwifuriza imibereho myiza abatuye Isi adakwiye kwirengagiza umugabane wa Afurika. Ibi umukuru w’igihugu yabitangarije i Nairobi muri Kenya kuri uyu wa Gatatu, itariki 29 Gicurasi, aho yitabiriye inama ngarukamwaka ya Banki […]
Ingabo za Uganda ziyobowe na Brig. Gen. Muhanguzi ziri mu ruzinduko rw’iminsi 3 mu Rwanda

Kuri uyu wa Kabiri, mu Karere ka Nyagatare, Ingabo z’u Rwanda (Diviziyo ya 2 n’iya 5) zakiriye intumwa z’ingabo z’igihugu cya Uganda (UPDF) ziyobowe na Brig. Gen. Paul Muhanguzi, umuyobozi wa Diviziyo ya 2 ya UPDF mu nama y’iminsi itatu y’umutekano ku mupaka. Iyi nama yahuje ingabo za RDF na UPDF zikorera ku mupaka w’u […]
Afurika y’Epfo: Hatangiye amatora y’abadepite azagena umukuru w’igihugu utaha
Kuri uyu wa Gatatu, Abanyafurika y’Epfo batangiye amatora y’abadepite ku rwego rw’igihugu n’intara mu matora bikekwa ko ari yo akomeye kuva amatora ya mbere ya demokarasi nyuma ya apartheid yaba mu 1994. Ibiro by’itora byafunguwe saa moya za mugitondo ku isaha yaho (0600GMT) mu gihe biza gufunga saa tatu z’ijoro. Abatora barenga miliyoni 27 ni […]
Zambia: Umubyeyi yakuye umwana we w’imyaka 2 mu rwasaya rw’Ingwe
Umubyeyi yakuye umwana we w’imyaka ibiri mu rwasaya rw’ingwe mu majyaruguru ya Zambia mu gihe muri iki gihugu, kimwe mu bikungahaye ku nyamanswa hakomeje kuvugwa amakimbirane mashya hagati ya zo n’abaturage. Ibi byabaye ku cyumweru ahantu hitaruye hitwa Nabwalya, umudugudu ukikije Parike y’Igihugu ya Luangwa y’Amajyaruguru, ibamo nyinshi mu nyamanswa 5 z’agasozi muri Afurika. Uyu […]
Intara y’Uburengerazuba: Batewe isoni n’igwingira rikabije bakungahaye ku biribwa
Biteye isoni kuba tumwe mu Turere tw’iyi Ntara tuza imbere mu kugira ikibazo cy’igwingira ry’abana, mu gihe ikungahaye ku biribwa nk’uko byatangajwe na Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Dushimimana Lambert. Ni nyuma y’uko imibare y’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imikurire no Kurengera Umwana, NCDA, ya 2023, igaragaje Akarere ka Nyamasheke nk’agafite igwingira ryazamutse. Guverineri Dushimimana Lambert avuga ko iyi […]
Umunsi Museveni yari agiye kurasa Gen Sejusa azira umugore
Mu gihe cy’intambara y’ishyamba ya NRA, Gen David Sejusa (bitaga Tinyefunza) yamaze amezi 7 afunzwe (mu ndaki) ahanini kubera ukuntu atagiraga ubwoba bwo kuvuga icyo atekereza igihe cyose yumvaga Umuyobozi mukuru, Gen. YK Museveni yakoze nabi. Ahagana mu mpera z’umwaka wa 1983, abayobozi b’ingabo za Obote, UNLA, bitwaye neza ku rugamba maze batsinda inyeshyamba za […]
Asaga miliyari 2 Frw ya Leta yishyuwe mu buryo bunyuranyije n’amategeko
Mu mwaka warangiye ku wa 30 Kamena 2023, hagaragaye amafaranga angana na Miliyari zirenga 2 Frw yishyuwe hadakurikijwe amategeko nk’uko bigaragara muri raporo y’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta yo mu mwaka ishize. Iyi raporo, igaragaza ko urwego rw’imikoreshereze y’imari ya leta rwazamutse ku gipimo cyiza kuko rwavuye kuri 68% mu 2022 rugera kuri 92% muri […]
Ukraine: Abagabo bari hagati y’imyaka 18 na 60 ubu ntibemerewe kubona passports
Ukraine yategetse ambasade zayo mu mahanga guhagarika gukomeza gutanga pasiporo ku basore n’abagabo bageze mu myaka yo gukora igisirikali, baba mu mahanga. Ibi bikubiye mu itegeko rishya ryasohotse mu gihugu mu rwego rwo kugerageza kubagarura gufatanya n’abandi mu rugamba igihugu kirimo n’Uburusiya. Leta ivuga ko muri iyi munsi bugarijwe n’ikibazo cy’abasirikari bake ku rugamba. Muri […]
Tariki 25 Mata 1994: Kuri Stade ya Byiza haguye Abatutsi barenga ibihumbi 7,800.
Kumunsi nk’uyu w’itariki ya 25 Mata mu 1994, Leta y’abicanyi yari ikomeje umugambi wayo mubisha wo gutsemba Abatutsi. Iyi nyandiko iragaragaza hamwe mu hantu hiciwe Abatutsi tariki ya 25 Mata mu 1994. 1. Leta y’abicanyi yakomeje gushyigikirwa n’Abafaransa mu Kanama ka Loni gashinzwe Amahoro ku isi, burwanya ko ijambo “Jenoside” ryakoreshwa Kuva tariki 7/4/1994 jenoside […]
Abatunze ibinyabiziga basabwe kubirinda gusohora ibyotsi bihumanya ikirere
Polisi y’u Rwanda ifatanyije n’Ikigo cy’igihugu gishinzwe kurengera ibidukikije (REMA) n’abandi bafatanyabikorwa batangije ubukangurambaga bugamije gushishikariza abatunze ibinyabiziga n’abashoferi kubikurikirana babirinda kuvubura ibyotsi bihumanya ikirere. Ni ubukangurambaga bukorerwa mu gihugu hose ku mihanda itandukanye, mu bigo abagenzi bategeramo imodoka, mu itangazamakuru no mu bigo bisuzumirwamo ubuziranenge bw’imodoka. Raporo y’Ikigo cy’igihugu gishinzwe kurengera ibidukikije (REMA) igaragaza […]
Perezida Ramaphosa yongereye igihe Ingabo za SANDF zizamara muri Mozambike
Perezida Cyril Ramaphosa yongereye igihe Ingabo za Afurika y’Epfo zigomba kumara muri Mozambike andi mezi make. Ingabo z’igihugu cya Afurika y’Epfo (SANDF) ziri mu itsinda ry’abasirikare baturutse mu karere ka SADC boherejwe mu majyaruguru ya Mozambike gufasha kurwanya inyeshyamba zari zigiye gushyira igihugu ku mavi. Amajyaruguru ya Mozambike yibasiwe n’inyeshyamba mu myaka mike ishize kandi […]
Banki y’Isi yahagaritse igice cy’inkunga yagenewe Tanzaniya kubera guhohotera rubanda
Banki y’Isi yahagaritse igice cy’inkunga ya miliyoni 150 z’amadolari yagenewe kwagura parike y’igihugu mu majyepfo ya Tanzaniya, nk’uko byatangajwe n’umuvugizi kuri uyu wa Gatatu, nyuma yuko uwatanze inguzanyo yakiriye ibirego by’ubwicanyi no kwirukanwa kw’abantu mu byabo n’abarinzi ba pariki mu mwaka ushize. Abatanze ibirego babiri batatangajwe bashinje abashinzwe umutekano muri parike y’igihugu ya Ruaha ubwicanyi […]
Abacamanza ba gisirikare, abashinjacyaha, n’abanditsi bateraniye mu nama yo kunoza imikorere

Kuri uyu wa Kabiri, itariki 23 Mata, abacamanza, abashinjacyaha, abashinzwe iperereza, n’abanditsi b’inkiko bo mu nkiko za gisirikare bahuriye mu mahugurwa y’iminsi ibiri y’ibanze ku kuzamura ireme rya serivisi no guteza imbere ubufatanye mu rwego rw’ubutabera bwa gisirikare. Amahugurwa yabereye i Kigali. Muri ayo mahugurwa, Perezida w’urukiko rw’ubujurire, Francois Regis Rukundakuvuga, yashimye imbaraga z’ubufatanye hagati […]
U Bugereki: Ikirere cya Athens cyahindutse nk’icyo ku mubumbe wa Mars

Igicu kidasanzwe cya orange cyamanukiye mu kirere cya Athens mu Bugereki mu gihe ibicu by’umukungugu byavaga mu butayu bwa Sahara. U Bugereki bwari buherutse kwibasirwa n’ibicu bisa nk’ibi mu mpera za Werurwe no mu ntangiriro za Mata, na byo byapfukiranye uduce two mu Busuwisi no mu majyepfo y’u Bufaransa. Ikigo gishinzwe iteganyagihe cy’u Bugereki kivuga […]
Nyanza: Humviswe abatangabuhamya bashinja Micomyiza wavanwe muri Sweden
Kuri uyu wa Kabiri, itariki 23 Mata, urubanza rwa Micomyiza Jean Paul ukurikiranyweho ibyaha bya jenoside rwakomeje mu rugereko rwihariye rukurikirana ibyaha byambukiranya imbibi i Nyanza, ahumviswe abatangabuhamya 2 bamushinja. Umwe mu batangabuhamya yabwiye urukiko ko yabonye Micomyiza mu gitero cyishe abatutsi mu mujyi wa Butare, ubu ni umujyi wa Huye. Uwa mbere yatanze ubuhamya […]
Amerika yafatiye ibihano abayobozi b’imitwe y’iterabwoba ikorera muri Afurika
Abayobozi b’imitwe y’iterabwoba ikorera muri Afurika y’uburengerazuba bafashe bunyago abantu barimo n’Abanyamerika bafatiwe ibihano na Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Abafatiwe ibihano ni abayobozi b’ishami ry’umutwe al Qaeda ryitwa Jama’at Nusrat al-Islam wal Muslimeen (JNIM), n’intagondwa z’Abayisilamu zo mu mutwe wa Al-Mourabitoun. Ibyo bihano ngo bigamije guca intege no guhana abafungira Abanyamerika mu bihugu byabo, […]
Tariki 24 Mata 1994: Abatutsi barenga 30 bahungiye ku rusengero rwa ADEPR Mbuye Bose barahiciwe
Tariki ya 24 Mata 1994 ubwicanyi bwakorerwaga Abatutsi bwarakomeje hirya no hino mu gihugu, hicwa Abatutsi benshi. Abasirikari bagize uruhare rukomeye mu kwihutisha Jenoside mu majyepfo, ku isonga hari abasirikari abarindaga uwahoze ari perezida, Habyarimana Juvenal, bafatanije n’abandi basirikari ndetse n’abajandarume. Iyi nyandiko iragaragaza hamwe mu hantu hiciwe Abatutsi barenza ibihumbi ijana na mirongo itanu […]
Djibuti: Abimukira 16 bapfuye abasaga 25 baburirwa irengero mu mpanuka y’ubwato
Kuri uyu wa Kabiri, ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku bimukira ryatangaje ko abantu 16 bashakaga kwimukira mu Burayi bapfuye abandi 28 baburirwa irengero nyuma y’uko ubwato bwari butwaye abantu 77 burohamye ku nkombe za Djibouti. Umuryango mpuzamahanga ushinzwe abinjira n’abasohoka (IOM) mu nyandiko yanditse ku rubuga nkoranyambaga X, yatangaje ko mu bari mu bwato hari […]
Mu Rwanda hateraniye inama ya nyuma itegura imyitozo ya USHIRIKIANO IMARA 2024

Kuri uyu wa Mbere, intumwa z’ingabo z’ibihugu bigize Umuryango w’Afurika y’iburasirazuba (EAC), zigizwe n’abasirikare, abapolisi, abacungagereza, abashinzwe abinjira n’abasohoka n’abakozi b’abasivili, bateraniye mu Rwanda mu nama y’iminsi itatu ya nyuma yo gutegura igenamigambi (IPC) mu rwego rwo kwitegura imyitozo ya 13 ya USHIRIKIANO IMARA 2024. Mu izina ry’Umugaba Mukuru w’ingabo za RDF, umuyobozi wungirije w’inkeragutabara, […]
Uko Abanyarwanda bakwifata mu gihe barumwe na scorpions zikomeje kuboneka mu ngo
Nyuma y’uko bamwe mu baturage bamenyesheje ikigo cy’igihugu cy’ubuvuzi (RBC) ibijyanye no kuba hari udukoko twa scorpion mu ngo zabo no mu nkengero zazo byatumye RBC ikangurira abaturage kumenya ibijyanye no kurumwa na scorpion, ikwirakwira ry’ubumara bwazo mu mubiri, ubutabazi bw’ibanze wakora, ndetse n’ingamba zo gukumira, nubwo kugeza ubu nta nta kibazo cyazo kirandikwa. Nk’uko […]
RDC nicyo gihugu cyongereye ingengo y’imari ya gisirikare kurusha ibindi byose mu 2023
Ikigo cy’ubushakashatsi mpuzamahanga cy’amahoro cya Stockholm (SIPRI) cyavuguruye raporo ku ngengo y’imari yagiye ku gisirikare ku Isi mu mwaka ushize wa 2023, aho abakoresha amafaranga menshi nka Amerika, u Bushinwa n’u Burusiya byakomeje kongera ingengo y’imari ya gisirikare. Amafaranga yakoreshejwe ku gisirikare kandi ariyongera muri Afurika, Uburasirazuba bwo hagati, u Burayi, Aziya, Oceania na Amerika […]
Ishyamba si ryeru hagati ya Minisitiri w’Intebe wa Australia n’umuherwe Elon Musk
Umuyobozi wa Australia yise Elon Musk “umuherwe wishyira hejuru” mu makimbirane akomeje kubera ko X yanze gukuraho amashusho y’abantu baterewe icyuma ku kiliziya kuwa 15 Mata. Kuri uyu wa Mbere ushize, urukiko rwo muri Australia rwategetse urubuga nkoranyambaga X rw’umuherwe Elon Musk, rwahoze ari Twitter, guhisha amashusho y’igitero cyo mu cyumweru gishize cyabereye i Sydney. […]
Intsinzi kuri Rishi Sunak nyuma yo kwemeza itegeko ryo kohereza abimukira mu Rwanda
Inteko ishinga amategeko y’u Bwongereza yemeje iri tegeko, mu ijoro ryo ku wa Mbere rishyira kuri wa Kabiri, umushinga w’itegeko wateje impaka werekeye kohereza mu Rwanda abasaba ubuhungiro binjiye mu Bwongereza mu buryo butemewe n’amategeko. Ni intsinzi ikomeye kuri Minisitiri w’intebe, Rishi Sunak, mu gihe mu Bwongereza berekeza mu matora y’umuyobozi w’ishyaka ry’Aba-conservateurs riri ku […]
Muhanga: Yatawe muri yombi amaze kwiba ibifite agaciro ka miliyoni hafi 2
Polisi y’u Rwanda ku bufatanye n’ubuyobozi bw’inzego z’ibanze n’abaturage mu karere ka Muhanga, yafatiye mu cyuho umugabo w’imyaka 48, ucyekwaho gutobora iduka ry’umucuruzi anyuze mu gisenge, akibamo ibicuruzwa bitandukanye bifite agaciro k’amafaranga y’u Rwanda 1,934,550. Yafatiwe mu iduka riherereye mu mudugudu wa Kamugina, akagari ka Gahogo mu murenge wa Nyamabuye, ahagana saa tatu zo mu […]
Tariki 23 Mata 1994: Uko Jenoside yakorewe Abatutsi yakomeje gufata intera mu gihigu
Tariki ya 23 Mata mu 1994, Leta y’abicanyi yakomeje umugambi wayo mubisha wo gutsemba Abatutsi hirya no hino mu gihugu. Iyi nyandiko iragaragaza hamwe mu hantu hashoboye kumenyekana hiciwe Abatutsi tariki ya 23 Mata 1994. Kugeza kuri iyi tariki mu gihugu cyose hari hashyizwe za bariyeri zicirwagaho Abatutsi, bikaba byari bitangiye kugaragara ko ahicirwaga Abatutsi […]
Goma: Umusirikare wa FARDC yari yishwe n’abaturage nyuma yo kwica 1 agakomeretsa 5
Kuri iki Cyumweru, itariki ya 21 Mata, i Goma, mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, umusirikare mu Ngabo za Repubulika ya Demokarasi ya Kongo (FARDC) yarashe, ahitana umusivili ndetse abandi batanu barakomereka. Abatangabuhamya bavuze ko uyu muntu wambaye imyenda ye ya gisirikare, yasaga nk’uwanyweye inzoga ubwo yarasaga abahisi hafi ya Papyrus, hafi y’umuhanda wa Tshukudu, mu […]
Braverman yahishuye ko azashyigikira iyeguzwa rya Sunak gahunda y’u Rwanda nimunanira
Suella Braverman ntiyatinye kwemeza ko azashyigikira umugambi wo kwirukana Rishi Sunak ku buyobozi gahunda ye n’u Rwanda ntitanyuramo. Uyu wahoze ari minisitiri ushinzwe ibibazo by’imbere mu gihugu yavuze ko “yiteze byimazeyo ko ” Sunak azayobora ishyaka ry’aba conservateurs mu matora rusange ataha ariko atazi niba atazashyigikira icyemezo kimurwanya. Abajijwe niba azashyigikira iki cyemezo mbere y’amatora […]
Koreya ya Ruguru yarashe misile nyinshi hafi y’u Buyapani
Igisirikare cya Koreya y’Epfo cyavuze ko Koreya ya Ruguru yarashe misile “ballistique” nyinshi kuri uyu wa Mbere yerekeza ku nyanja ku nkombe za yo z’iburasirazuba. Guverinoma y’u Buyapani n’abashinzwe umutekano ku nkombe na bo bavuze ko Koreya ya Ruguru yarashe ibisa na misile ya ballistique. Televiziyo ya NHK yavuze ko icyo gisasu gisa nk’icyaguye hanze […]
Meteo Rwanda yateguje imvura idasanzwe muri iki cyumweru
Hagati y’itariki 21-30 Mata 2024, hateganyijwe imvura iri hejuru y’iyari isanzwe igwa mu gihugu cyane cyane mu bice by’Amajyaruguru, Iburasirazuba n’Amajyepfo nk’uko byatangajwe n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubumenyi bw’Ikirere (Meteo Rwanda). Iyi mvura biteganyijwe ko izaba iri ku gipimo kiri hagati ya milimetero 40 na 180. Ubusanzwe mu bice birimo Amajyaruguru n’Amajyepfo, hagwaga imvura iri hagati ya […]
Gaza: Abaganga barokoye uruhinja rwari mu nda ya nyina wari umaze kwicwa
Umwana w’umukobwa yatabawe n’abaganga bamuteruye mu nda ya nyina. Uwo munyepalestinakazi yari amaze kwicwa na bombe hamwe n’umugabo we n’umukobwa we mu gitero cya Isiraheli mu mujyi wa Rafah mu ntara ya Gaza. Aha, abantu 19 bahatakarije ubuzima mw’ijoro ryakeye, mu bitero byungikanyaga, nk’uko byavuzwe n’abayobozi bo mu rwego rw’ubuvuzi b’abanyepalestina. Bavuze ko abapfuye, bahitanywe […]
Berlin: Bigabije imihanda baratumagura nyuma yo kwemeza itegeko ribemerera kunywa urumogi
Kuri uyu wa Gatandatu ushize, Igipolisi cyo muri Berlin kivuga ko abantu bagera ku 4000 bateraniye ku irembo ry’ikirangantego cy’umurwa mukuru w’u Budage, Brandenburg Gate, bahatumurira umwotsi mu rwego rwo kwizihiza uburenganzira buherutse gutangwa bwo kunywa urumogi mu gihugu. Umunsi wagaragayemo ibitaramo na disikuru z’impirimbanyi nk’uko iyi nkuru dukesha Deutsche Welle ikomeza ivuga. Mu kwishimira […]
Ituri: Imitwe 5 yitwaje intwaro yagiranye na leta amasezerano mashya imbere ya JP Bemba
Imitwe itanu yitwaje intwaro yashyize umukono ku masezerano yo “guhagarika ako kanya” imirwano. Aya masezerano yasinyiwe muri Bunia, imbere ya Minisitiri w’intebe wungirije akaba na Minisitiri w’ingabo wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, Jean-Pierre Bemba kuwa Gatanu ushize. Iyo mitwe yitwaje intwaro, irimo CODECO, FRPI, FPIC, AUTODà ‰FENSE, na MAPI, imbere ya Jean-Pierre Bemba “Twiyemeje guhita […]
U Bubiligi bwirukanye Gicanda bumwohereza mu Rwanda buzi ko hategurwa jenoside
Gicanda yishwe ku itariki ya 20 Mata 1994 mu cyahoze ari Perefegitura ya Butare bitegetswe na Capt. Ildephonse Nizeyimana, wari umuyobozi mu Ngabo z’u Rwanda icyo gihe. Gicanda yishwe umunsi umwe nyuma y’uko perefe rukumbi wari Umututsi, Jean Baptise Habyarimana wayoboraga Butare asimbuwe n’intagondwa, Sylvain Nsabimana washinzwe kwihutisha Jenoside yakorewe Abatutsi na Perezida wa guverinoma […]
RDC: Umunyapolitiki Geurchom Kahebe yiyongereye ku bandi bagiye kwifatanya na M23
Umunyapolitiki Geurchom Kahebe yiyongereye ku bandi bagiye kwifatanya n’Ihuriro ribarizwamo umutwe wa M23 umaze imyaka itatu uhanganye na Guverinoma ya Kinshasa muri Kivu y’Amajyaruguru. Muri videwo yagiye ahagaragara kuri uyu wa Gatandatu, itariki ya 20 Mata 2024, uwahoze ari umukandida ku mwanya wa depite ku rwego rw’igihugu mu Mujyi wa Beni, yemeje ko yagiye kwifatanya […]
Bujumbura: Nyuma ya lisansi ubu amazi n’amashanyarazi nabyo byabaye imbonekarimwe
Ubuzima mu murwa mukuru w’ubukungu w’u Burundi, Bujumbura buragenda burushaho kunanirana, aho kuri ubu abaturage bisanze mu mibereho igoye kwihanganira yo kubura amazi n’umuriro kuva mu gihe runaka gishize, aho ngo iki kibazo kiri mu duce twose. Amazi yo kunywa nayo ni ibibazo kuko uduce dushobora kumara icyumweru cyangwa kirenga nta gitonyanga na kimwe cy’amazi […]
Byibuze abagera kuri 58 baguye mu mpanuka y’ubwato muri Centrafrica
Kuri uyu wa Gatandatu, itariki 20 Mata, umuyobozi yavuze ko byibuze abantu 58 bapfuye nyuma y’uko ubwato bari barimo burohamye muri Repubulika ya Centrafrica. Umuyobozi mukuru ushinzwe kurengera abaturage, Thomas Djimasse, avuga ko iyi mpanuka yabaye ku wa Gatanu nyuma ya saa sita ku mugezi wa Mpoko mu nkengero z’umurwa mukuru Bangui. Djimasse yabwiye abanyamakuru […]
Centrafrica: Abapolisi 180 bari bamaze umwaka mu butumwa bw’amahoro basimbuwe
Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 20 Mata 2024, Polisi y’u Rwanda yasimbuje itsinda ry’abapolisi RWAFPUII-8 ryari mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kubungabunga amahoro muri Repubulika ya Centrafrique (MINUSCA). Ku mugoroba nibwo iri itsinda ryageze ku kibuga cy’indege Mpuzamahanga cya Kigali i Kanombe riyobowe na Superintendent of Police (SP) Fulgence Furaha wari wungirije Umuyobozi w’iri […]
USA: Abadepite bemeje inkunga y’asaga miliyari 60$ igenewe Ukraine
Inteko ishinga amategeko umutwe w’abadepite yarangije kwemeza amamiliyaridi y’amadolari y’imfashanyo nshya ya gisirikare ya Amerika muri Ukraine yo gufasha guhangana n’ibitero by’u Burusiya. Iki cyemezo cyatinze cyane cyari gifite abatagishyigikiye mu nteko ishinga amategeko kandi byasabye amasezerano y’ibice bibiri kugira ngo babone akayabo ka miliyari 61 z’amadorari. Abarepubulikani bavuze ko hejuru ya kimwe cya gatatu […]
Tariki 21 Mata 1994: Niwo munsi wishweho Abatutsi benshi mu gihugu cyose muri jenoside
Itariki 21 Mata 1994 niwo munsi wishweho Abatutsi benshi icyarimwe mu gihugu kuko hishwe abarenga ibihumbi Magana abiri (200,000) umunsi umwe. Kuri uyu wa Kane Tariki ya 21 Mata 2022, Abayobozi n’abakozi ba Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu bifatanyije n’abatuye Murambi ya Nyamagabe Kwibuka ku nshuro ya 28 Jenoside yakorewe Abatutsi no kunamira inzirakarengane zishyinguye […]
Iran yahakanye amakuru yo kugabwaho igitero na Israel
Kuri uyu wa Gatanu, ibisasu byaturikiye mu mujyi wa Iran aho amakuru avuga ko ari igitero cya Israel, ariko Tehran yahakanye ayo makuru ndetse igaragaza ko idafite gahunda yo kwihorera, igisubizo cyasaga n’aho gishingiye ku gukumira intambara mu karere kose. Igitero gito hamwe n’igisubizo cya Iran byasaga nkaho byagaragaje akamaro k’imbaraga z’abadipolomate barimo gukora ibishoboka […]
DIGP Vincent Sano yahaye impanuro abapolisi bagiye koherezwa muri Centrafrica

U Rwanda rugiye kohereza Abapolisi muri Repubulika ya Centrafrica mu butumwa bwo kubungabunga amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye, MINUSCA. Mbere yo guhaguruka i Kigali bahawe impanuro n’Umuyobozi Mukuru Wungirije wa Polisi ushinzwe Ibikorwa, DIGP Vincent Sano, wabasabye gusohoza neza ubutumwa no kurangwa n’indangagaciro. DIGP Vincent Sano yasabye abapolisi 460 bagiye kujya mu butumwa bwo kubungabunga amahoro kuzakomeza […]
Burundi: Umugaba Mukuru wa FDNB, Gen. Prime Niyongabo, yahawe izindi nshingano
Umugaba Mukuru w’Igisirikare cy’u Burundi, Gen. Prime Niyongabo, yagizwe umuyobozi w’urwego rw’igihugu rushinzwe impeta n’imidari. Uyu muyobozi mukuru w’Ingabo z’u Burundi kuri ubu, asimbuye kuri uyu mwanya Lt. General Godefroid Bizimana, uherutse gupfa, wari uri kuri uwo mwanya kuva muri Werurwe 2023. Uyu bita “Chancelier des Ordres Nationaux” ayobora uru rwego munsi ya Perezida wa […]
Kinshasa: Umukinnyi ukiri muto yishwe n’inkuba imusanze mu kibuga
Umukinnyi w’umupira w’amaguru yapfiriye mu kibuga kuri uyu wa Kane, itariki ya 18 Mata 2024, nyuma yo gukubitwa n’inkuba. Mike Tshitenge, yapfiriye mu mukino wa shampionat ya Eufkin-Tshangu wahuje ikipe ye, AF Privaty na Unisport ku kibuga cya N’djili. Uyu myugariro, w’imyaka 19, yakinaga muri iyi kipe ya AF Privaty muri Entente provinciale de football […]
Huye: Uvugwaho kuba yari umujura yasanzwe mu muhanda yishwe
Umugabo uvugwaho kuba yari umujura, abaturage barakeka ko ashobora kuba yishwe n’inkoni yakubiswe n’abantu batazwi nyuma yo gusanga umurambo we mu muhanda mu Murenge wa Mukura mu Karere ka Huye. Kuri uyu wa Kane, itariki 18 Mata 2024, nibwo mu Mudugudu wa Kabahona, mu Kagari ka Rango A, mu Murenge wa Mukura, abaturage babyutse mu […]
Burundi: Umunyamakuru Sandra Muhoza yimuriwe muri Gereza ya Mpimba
Umunyamakuru Sandra Muhoza, wari ufungiye muri kasho y’ikigo cy’igihugu gishinzwe iperereza (SNR) mu mujyi w’ubucuruzi Bujumbura kuva ku wa Mbere ushize, yimuriwe kuri uyu wa Kane nimugoroba muri Gereza Nkuru y’umurwa mukuru w’ubukungu w’u Burundi. Amashyirahamwe y’abanyamakuru mu Burundi arasaba ko yarekurwa. SOS MĂ©dias Burundi dukesha iyi nkuru ivuga ko yamenye ko umuryango w’uyu munyamakuru […]
Kwibuka30: Uko Jenoside yakorewe Abatutsi yakozwe hirya no hino mu gihugu kuwa 19 mata 1994
Ku munsi nk’uyu w’itariki ya 19 Mata mu 1994, Leta y’abicanyi yari ikomeje umugambi wayo mubisha wo gutsemba Abatutsi hirya no hino mu gihugu. Iyi nyandiko iragaragaza hamwe mu hantu hashoboye kumenyekana hiciwe Abatutsi kuri iyi tariki mu 1994. 1. Disikuru rutwitsi ya Perezida Sindikubwabo i Butare, isaba Abanyabutare “gukora” n’ishyirwaho rwa Perefe wo gushyira […]