Kuva muri Mutarama kugeza muri Nyakanga habaye inkongi 201 – RNP

Polisi yâu Rwanda iributsa abaturarwanda, buri wese kugira uruhare mu kwirinda ko aho atuye cyangwa akorera, hafatwa nâinkongi no guteganya bimwe mu bikoresho byâibanze byafasha mu guhangana nayo mu gihe yaba ibaye bitunguranye. Inkongi ni zimwe mu bidindiza iterambere zigasubiza inyuma ubukungu bwâigihugu, ingaruka zazo ntizigarukire ku bahuye nazo gusa ahubwo zikagera no ku miryango […]
Ukraine yanenze icyemezo cya Mali cyo gucana umubano
Leta ya Ukraine yanenze icyemezo cya Mali cyo gucana umubano wa dipolomasi na yo ivuga ko “gihutiyeho kandi kirimo kutareba kure” . Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Ukraine mu itangazo ryayo yavuze ko Leta ya Mali itakoze iperereza ndetse ko yananiwe kugaragaza ibimenyetso by’ibivugwa ko Ukraine yagize uruhare mu bitero ku basirikare ba Mali bari barimo […]
Nigeria: Polisi yafashe abadoze amabendera yâu Burusiya akoreshwa mu myigaragambyo
Polisi yâibanga rya Leta muri Nigeria yafunze abadozi bamwe kubera gukora amabendera yâu Burusiya yakoreshejwe mu myigaragambyo yo kwamagana leta muri iki cyumweru gishize mu ntara zâamajyaruguru, mu gikorwa gishimangira impungenge zâuko ibikorwa byâu Burusiya byiyongera muri Afurika yâiburengerazuba. Urwego rushinzwe umutekano rwâibanga ruzwi nka Department of State Services (DSS) rwavuze mu butumwa rwanyujije kuri […]
Ikibazo cyâibura ryâamazi rya hato na hato gikomeje kugaragara kizakemuka gute?
Nyuma yâigihe mu gihugu hirya no hino abaturage binubira ikibazo cyâibura ryâamazi rikomeje kugaragara, hakomeje kwibazwa uko iki kibazo kizabonerwa umuti urambye mu gihe Ikigo cyâIgihugu gishinzwe isuku nâisukura, WASAC, cyakomeje kwizeza Abanyarwanda ko kiri mu nzira yo gukemuka ariko kikaba gikomeje kugaragara . Ikibazo cyâamazi ni kimwe mu bibangamiye imibereho myiza yâabatuye mu Mijyi […]
Niger: Amerika iremeza ko nta musirikare cyangwa ibikoresho bisigaye mu birindiro bya Agadez
Igisirikare cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika cyatangaje ko nta musirikare cyangwa ibikoresho bisigaye ku birindiro byayo muri Agadez mu gihugu cya Niger. Nkâuko ibitangazamakuru byaho bibitangaza ngo umuhango wo kwimura ibyo bikoresho wabaye kuri uyu wa Mbere, itariki ya 5 Kanama, imbere yâabayobozi bâibihugu byombi. Abasirikare 200 ni bo bari basigaye kuri ibi birindiro, […]
Urukiko rwasanze Google yarakoze ibyaha ngo ikomeze kwiharira isoko
Icyemezo cy’urukiko cy’amateka cyagaragaje ko Ikigo cya mbere cy’ishakiro mu gushakisha ibyo ukeneye byose kuri internet (Google) cyagiye gikoresha ubuhangange bwacyo mu buryo butemewe kugirango gikomeze kwiharira isoko cyangwa guhagarika abashaka guhangana nacyo. Umucamanza wâurukiko rwâintara rwo muri Amerika, Amit Mehta yanditse mu cyemezo cye ati: “Nyuma yo gusuzuma no gupima neza uburemere bw’ubuhamya nâibimenyetso […]
USA: Kamala Harris aratangaza uzamubera visi perezida natsinda amatora

Bitarenze mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, biteganijwe ko Visi-Perezida Kamala Harris atangaza uwo baziyamamazanya bikarangiza ibyumweru bibiri byo guhwihwisa mu gihe Leta Zunze Ubumwe za Amerika zitegura amatora ya perezida yo mu Gushyingo . Madamu Harris yabajije bamwe mu bo ateganya ko havamo uzamubera Visi Perezida bagomba kwiyamamazanya, i Washington DC, mu mpera […]
Kisangani: Imiti ifite agaciro ka miliyari n’igice yahiye irakongoka
Depot nini y’ikigo gishinzwe gukwirakwiza imiti cya Kisangani (CAMEKIS) yasenywe burundu nâinkongi y’umuriro, mu ijoro ryo ku Cyumweru, itariki ya 4 Kanama 2024 rishyira kuri uyu wa Mbere, itariki 5 Kanama Nkâuko byatangajwe na Dr. AimĂ© Eyane, Umuyobozi wa CAMEKIS, ngo imiti ifite agaciro ka miliyoni irenga y’amadorari y’Abanyamerika yahiye irakongoka. Ikamyo ishinzwe kuzimya umuriro […]
Uganda: Polisi yataye muri yombi Umuyobozi Wungirije wâUmujyi wa Kampala
Igipolisi cya Uganda cyataye muri yombi abarimo Umuyobozi wâUmujyi wa Kampala wungirije, Doreen Nyanjura, Ingrid Turinawe nâabandi bayobozi bo mu ishyaka rya FDC ubwo bageragezaga kwigaragambiriza kuri Ambasade ya Kenya . Daily Monitor iravuga ko imyigaragambyo yari igamije kwamagana ifatwa nabi rya bagenzi babo 36 bafatiwe i Kisumu, muri Kenya mu kwezi gushize bagasubizwa muri […]
Byarangiye Minisitiri w’Intebe wa Bangladesh yeguye anahunga igihugu
Kuri uyu wa Mbere, Minisitiri wâIntebe wa Bangladesh, Sheikh Hasina yeguye ku mirimo ye kandi ava mu gihugu, nk’uko ibitangazamakuru byabitangaje, mu gihe abantu benshi baguye mu myigaragambyo yaranzwemo urugomo rukabije rutigeze rubaho kuva iki gihugu cyo muri Aziya yâamajyepfo cyabaho mu myaka irenga mirongo itanu ishize. BBC Bangla yatangaje ko Sheikh Hasina yerekeje mu […]
Bangui: Abasirikare 634 batojwe na RDF basoje amasomo ku mugaragaro
Abasirikare ba Centrafrica bari bamaze amezi batozwa n’Igisirikare cy’u Rwanda, barasoza amasomo kumugaragaro kuri uyu wa Mbere . Ni umuhango biteganyijwe ko uza kubera mu Kigo cya Gisirikare cya Camp KassaĂŻ, kiri mu murwa Mukuru wa Centrafrica, Bangui. Ibi birori byo gusoza amasomo no kwinjizwa kumugaragaro mu Ngabo za Centrafrica, witabiriwe n’abanyeshuri 634 bari bamaze […]
Gen Nyakarundi yasuye Ingabo z’ Rwanda ziri muri Centrafrica

Umugaba mukuru wa RDF wâingabo zirwanira ku butaka, Maj Gen Vincent Nyakarundi, kuri iki Cyumweru yasuye Ingabo zâu Rwanda zishinzwe kubungabunga amahoro muri Repubulika ya Centrafrica . Maj Gen Vincent Nyakarundi yagiranye ibiganiro n’abapolisi n’abasirikare b’u Rwanda bakorera mu butumwa bwa MINUSCA n’ingabo zikorera mu bufatanye bwâibihugu byombi hagati yâu Rwanda na CAR ku cyicaro […]
Igisirikare cya Ukraine cyatangiye gukoresha indege z’indwanyi za F-16 z’Abanyamerika
Kuri iki Cyumweru, abapilote ba Ukraine batangiye kugurutsa indege z’indwanyi z’Abanyamerika za F-16 mu bikorwa byabo mu gihugu, nk’uko Perezida Volodymyr Zelenskiy yabitangaje, yemeza ko hari hashize igihe kirekire hategerejwe izi ndege zâintambara nyuma yâamezi arenga 29 batewe n’u Burusiya. Umuyobozi wa Ukraine yatangaje ikoreshwa rya F-16, Kyiv imaze igihe kinini isaba guhabwa, ubwo yahuraga […]
Gisagara: Bahangayikishijwe n’ibisambo bibatega bikanabasanga mu nzu
Umuvugizi wa Polisi yâu Rwanda mu Ntara yâAmajyepfo, SP Emmanuel Habiyaremye, avuga ko hari icyakozwe ku makuru bagiye bahabwa nâabaturage ku kibazo cyâabajura bo muri Gishubi babazengereje kandi bazakomeza kubarwanya . Ni nyuma y’uko abaturage bo mu Murenge wa Gishubi bakomeje kugaragaza ikibazo cyâubujura bukorwa nâitsinda ryâinsoresore zitwaza intwaro gakondo nkâimihoro, ibisongo, amacumu nâibindi bavuga […]
Mali yacanye umubano na Ukraine
Mali iravuga ko yahagaritse umubano wâububanyi nâamahanga na Ukraine, nyuma yâuko umuyobozi wa gisirikare avuze ko Kyiv yagize uruhare mu mirwano iherutse kuba hafi yâumupaka na Algeria mu kwezi gushize . Abasirikare ba Mali nâabacanshuro benshi bo mu mutwe wa Wagner wo mu Burusiya biciwe mu mirwano yamaze iminsi yabahuje nâabigometse ku butegetsi b’Aba-Tuareg nâabarwanyi […]
Senegal: Ambasaderi wa Ukraine i Dakar yahamagajwe n’ubuyobozi kubera video
Minisiteri yâububanyi nâamahanga ya Senegal kuri uyu wa Gatandatu, itariki ya 3 Kanama 2024, yahamagaje ambasaderi wa Ukraine i Dakar kubera amashusho yashyize ahagaragara ashyigikira ibitero byagabwe mu mpera za Nyakanga byibasiye ingabo za Mali nâabacanshuro bo mu Burusiya ba Wagner mu majyaruguru y’igihugu. Abategetsi bashya ba Senegal, kuva Perezida Bassirou Diomaye Faye yatorwa muri […]
U Bushinwa, Tanzania na Mozambique byahuriye mu myitozo ya gisirikare
Muri iki gihe ingabo zâAbashinwa, Mozambike na Tanzaniya zirimo gukora imyitozo ihuriweho yitiriwe amahoro n’ubumwe ya 2024 muri Tanzaniya, yibanda ku bikorwa bya gisirikare byo kurwanya iterabwoba . Umuvugizi wa Minisiteri yâingabo yâu Bushinwa, Colonel Zhang Xiaogang, yavuze ko iyi myitozo yakorewe ku butaka no mu nyanja igamije kongerera ubushobozi ingabo zayitabiriye mu bikorwa bihuriweho […]
Igisirikare cya Sudani kiravuga ko cyasubije inyuma igitero cya RSF muri Blue Nile
Igisirikare cya Sudani cyatangaje ko cyahagaritse igitero cyagabwe nâabarwanyi ba Rapid Support Force (RSF) kuri Leta ya Blue Nile mu majyepfo yâuburasirazuba bw’igihugu . Igisirikare cyavuze ko ingabo zo muri Division ya 4 y’Ingabo zirwanira ku butaka zasubije inyuma igitero cyagabwe kuri Guli nk’uko tubikesha Anadolu Agency. Cyongeyeho ko bafashe ibikoresho bya RSF kandi bica […]
Lubero: Abasivili 500 bamaze kwicwa mu mezi abiri
Abasivili barenga magana atanu bishwe mu gihe cy’amezi abiri mu bitero bitandukanye by’imitwe yitwaje intwaro mu majyaruguru ya Teritwari ya Lubero (Kivu y’Amajyaruguru). Iri suzuma ryagaragaye mu nama yabaye ku wa Gatandatu, itariki ya 3 Kanama 2024 i Butembo, yitabiriwe n’abayobozi gakondo, abakorera sosiyete sivile ndetse nâabavuga rikijyana bo mu gace ka Butembo-Mangurejipa. “Twamaganye n’imbaraga […]
Burundi: Abagabo bane bishwe n’inzoga y’inkorano bita Dodo
Abagabo bane mu Ntara ya Kayanza mu gihugu cy’u Burundi barapfuye mu ijoro ryo ku wa Kane rishyira ku wa Gatanu nyuma yo kunywa inzoga y’inkorano. Aba bari kumwe nâabandi bantu batatu . Ibi byabereye mu murwa mukuru w’intara ya Kayanza (mu majyaruguru y’Uburundi). Inzoga nyirabayazana w’izi mpfu enye yitwa “Dodo vino” nk’uko iyi nkuru […]
Polisi yafashe abarenga 20 bakurikiranyweho gukura utugabanyamuvuduko mu modoka
Abantu 22 bafatiwe mu bikorwa bya Polisi yâu Rwanda mu mihanda itandukanye yo mu Mujyi wa Kigali byo kurwanya abahungabanya umutekano wo mu mu muhanda, byâumwihariko abadakoresha utugabanyamuvuduko (Speed Governors) . Muri bo harimo abashoferi 18 bafashwe batwaye imodoka zitwara abagenzi zakuwemo utugabanyamuvuduko cyangwa tudakora nâabatekinisiye 4 bacyekwaho kubafasha mu kudukuramo no kutubuza gukora neza. […]
Nyamasheke: Yarohamye mu Kivu nyuma y’akanya gato amaze kubatizwa
Kuri uyu wa Gatandatu, itariki 3 Kanama 2024, umusore wâimyaka 21 yarohamye mu kiyaga cya Kivu arapfa nyuma yo kubatizwa mu mubatizo wâitorero EMLR Paruwasi ya Bushenge hamwe na bagenzi be 28 . Uyu musore witwa Iradukunda yabatirizwaga mu mubatizo waberega mu Kagari ka Burimba, Umurenge wa Shangi mu Karere ka Nyamasheke, arohama mu gice […]
Amerika yasabye abaturage bayo kuva muri Liban vuba bishoboka
Ambasade ya Amerika i Beirut yasabye abaturage bayo kuva muri Liban âku itike iyo ari yo yose ibonekaâ, mu gihe amakimbirane akomeje kwiyongera mu Burasirazuba bwo Hagati Iyi nama ikurikira umuburo nk’uwo wâumunyamabanga ushinzwe ububanyi nâamahanga wâu Bwongereza, David Lammy, wavuze ko ikibazo cyâakarere âgishobora kurushaho kubaho kibi vubaâ. Ku wa Gatatu, Iran yemeje ko […]
Ukraine irigamba kurohamisha Sous-marin y’u Burusiya muri Crimea
Igisirikare cya Ukraine kivuga ko cyagabye igitero kandi kigasenya ubwato bwâu Burusiya bugendera munsi y’amazi mu gihe bwari buparitse ku cyambu kiri mu gace ka Crimea kigaruriwe . Ku wa Gatanu, abakozi bakuru ba Ukraine bavuze ko Rostov-on-Don, ubwato bwo kugaba igitero bugendera munsi y’amazi (Sous-marin) Batangiye gukoreshwa mu 2014, bwarohamye nyuma yo kugaba igitero […]
Moscow: Abana bâintasi zarekuwe mu guhererekanya imbohe ntibari bazi ko ari Abarusiya
Kuri uyu wa Gatanu, Perezidansi yâu Burusiya (Kremlin) yavuze ko umuryango wâintasi zâu Burusiya werekeje i Moscou mu ihererekanya ryâimfungwa rya mbere rikomeye ribaye hagati yâu Burusiya nâuburengerazuba kuva Intambara yâUbutita yarangira, aho abana babo bavuze ko bamenye ko ari Abarusiya indege imaze guhaguruka . Umuvugizi wa Kremlin, Dmitry Peskov, yabwiye abanyamakuru ati: “Mbere y’ibyo, […]
CHUK yabonye ikoranabuhanga rigezweho ryihutisha gusuzuma indwara zo mu nda

Ibitaro bya Kaminuza bya Kigali (CHUK) byabonye ikoranabuhanga riteye imbere rya endoscopy rihuza endoscopy na ultrasound, bigatuma bidashoboka gusa gusuzuma indwara zo mu gifu ahubwo rikanakora biopsies icyarimwe. Endoscopy ni iki? Endoscopy ni uburyo bukoreshwa mu gusuzuma imiterere yâumubiri wawe imbere mu buryo bwa hafi. Mu gihe cya endoskopy, umuganga ashyira umuheha muremure, unanutse (endoscope) […]
Nigeria: Nibura abantu 13 bamaze kwicirwa mu myigaragambyo yamagana imibereho mibi
Umuryango uharanira uburenganzira bwa muntu wavuze ko byibuze abigaragambyaga 13 bishwe mu myigaragambyo yabereye muri Nigeria yamagana ikibazo cyâubukungu muri iki gihugu yahindutsemo urugomo muri leta nyinshi. Abayobozi bemeje ko abantu bane bishwe na bombe ndetse nâifatwa ryâabantu babarirwa mu magana mu myigaragambyo yatumye hashyirwaho amasaha yo gutaha muri leta nyinshi. Umuyobozi wa Amnesty International […]
Umunyamakuru Gershkovich mu mbohe nyinshi zahererekanyijwe hagati ya USA nâu Burusiya
Abanyamerika batatu barimo umunyamakuru wa Wall Street Journal, Evan Gershkovich, babohowe mu masezerano yo guhinduranya imfungwa nâu Burusiya, basubiye ku butaka bwa Amerika kuri uyu wa Kane ushize. Gershkovich, w’imyaka 32, wari wakatiwe imyaka 16 y’igifungo ku byaha by’ubutasi, ni umwe mu mfungwa 16 zahinduranyijwe nâimfungwa umunani zâAbarusiya mu byavuzwe ko ari ihererekanya rikomeye kuva […]
U Bushinwa bwiyemeje gukomeza ubufatanye n’u Rwanda mu guteza imbere igisirikare

U Bushinwa bwiteguye gukomeza gukorana nâu Rwanda, mu guteza imbere igisirikare cyâibihugu byombi no gusigasira ubutwererane ibihugu byombi bifitanye mu nzego zinyuranye nk’uko byemejwe na Ambasaderi wâu Bushinwa mu Rwanda, Wang Xuekun, kuri uyu wa Gatatu ushize. Ibi yabitangaje ubwo bizihizaga imyaka 97 ishize igisirikare cyâu Bushinwa (PLA) kimaze gishinzwe mu birori byabereye ku cyicaro […]
U Bubiligi bwahagaritse gusaba u Rwanda kwemera ambasaderi wabwo mushya
U Bubiligi bwafashe icyemezo cyo kureka ubusabe bwabwo bwo kwemererwa n’u Rwanda Ambasaderi mushya wabwo i Kigali, kubera ko abayobozi b’u Rwanda batabahaye igisubizo . Umubano wâububanyi nâamahanga hagati ya Kigali na Bruxelles ukomeje kwangirika nyuma y’aho Ambasaderi wâu Bubiligi ucyuye igihe, Bert Vermessen, atagisimbuwe kuri ubu, kubera ko igihugu cye cyaretse ubusabe bwo kwemera […]
Nigeria: Ibihumbi by’abaturage byigabije imihanda bamagana imibereho ihenze
Polisi yarashe ibyuka biryana mu maso kugira ngo itatanye imbaga yâabigaragambya mu murwa mukuru wa Nigeria, Abuja, kuri uyu wa Kane tariki ya 01 Kanama 2024, mu gihe ibihumbi nâibihumbi byahagurukiye kwamagana ibiciro bihanitse nâimiyoborere mu gihugu gituwe kurusha ibindi bya Afurika, nk’uko bivugwa n’ababyiboneye . Abigaragambyaga bigaragambirije i Abuja, umurwa mukuru wâubucuruzi, Lagos, no […]
Liverpool: Uheruka kwica abana bivugwa ko akomoka mu Rwanda yagejejwe mu rukiko
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane, umuhungu w’imyaka 17 yashinjwe mu rukiko na polisi ya Merseyside ibyaha bitatu by’ubwicanyi, ibyaha icumi byo gushaka kwica no gutunga ibikoresho bityaye . Kuri uyu wa Kane, uyu musore udashobora gutangazwa amazina ye kubera impamvu zemewe nâamategeko, yitabye urukiko rwâibanze rwo mu Mujyi wa Liverpool ruzwi nka Liverpool […]
U Rwanda rugiye kwakira indi Nama Mpuzamahanga ikomeye
Kuva ku itariki ya 2 kugeza ku ya 6 Nzeri 2024, u Rwanda ruzakira ihuriro ngarukamwaka ryita ku biribwa muri Afurika (AFSF), rihuza abayobozi b’Isi, ba rwiyemezamirimu, abashakashatsi, ibigo by’iterambere, n’imiryango y’abahinzi . Aba bose bazahurira mu Rwanda bagamije guharura inzira iganisha ku guhindura gahunda y’ibiribwa muri Afurika. Inama y’uyu mwaka, ifite insanganyamatsiko igira iti: […]
Umuryango w’Abibumbye urashima agahenge kemeranyijwe mu biganiro bya Luanda
Kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 31 Nyakanga, Umuryango wâAbibumbye, wishimiye itangazo rya Angola ryo ku wa Kabiri ko Guverinoma ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo n’u Rwanda byemeye agahenge kagomba gukurikizwa kuva ku itariki ya 4 Kanama. Intambara ihuza ingabo za Congo n’inyeshyamba za M23, Loni ivuga ko zishyigikiwe n’u Rwanda, mu ntara ya […]
Korea ya Ruguru yiteguye kongera kuganira na USA iby’intwaro kirimbuzi Trump natsinda
Koreya ya Ruguru irashaka gufungura ibiganiro ku ntwaro za kirimbuzi na Amerika mu gihe Donald Trump yakongera gutorerwa kuba perezida kandi akaba arimo gukora ku ngamba nshya zo kuganira, nk’uko umudipolomate mukuru wa Koreya ya Ruguru uherutse guhungira muri Koreya y’Epfo yabitangarije Reuters. Guhunga kwa Ri Il Gyu aturutse muri Cuba byatangajwe mu makuru ku […]
Maroc: Umwami yahaye imbabazi abasaga 2400 barimo abanyamakuru bamwibasiraga
Umwami Mohammed VI wa Maroc yababariye abarimo abanyamakuru Taoufik Bouachrine, Omar Radi and Soulaimane Raisouni, muri gahunda yo gutanga imbabazi ku mfungwa 2,476 zari zarakatiwe nkuko byemezwa nâubutegetsi. Ibi byabaye mu gihe umwami Muhammed VI wa Maroc yizihizaga imyaka 25 amaze ku ngoma. Itegeko nshinga rya Maroc riha umwami uburenganzira bwo kubabarira cyangwa kuvanaho ibihano. […]
Twagirayezu wari wagizwe umwere ku byaha bya Jenoside yakatiwe imyaka 20 mu bujurire
Kuri uyu wa Gatatu, Urukiko rwâUbujurire rwa Kigali rwatangaje ko Wenceslas Twagirayezu wari wagizwe umwere ahamwa nâibyaha bya jenoside rumukatira imyaka 20 y’igifungo. Twagirayezu wâimyaka 56, yari yagizwe umwere muri Mutarama uyu mwaka ku byaha yaregwaga, mu mwanzuro w’urubanza rwamaze imyaka rucibwa nâUrukiko Rukuru. Uyu munsi ku rukiko hagaragaye abahagarariye igihugu cya Denamark cyohereje Twagirayezu […]
RDC: Abaregwa mu rubanza rwitiriwe Corneille Nangaa basabye kugirwa abere
Nyuma yo gusaba ibihano byâurupfu kuri 25 byasabwe ejobundi nâubushinjacyaha, ubwunganizi bwâabashinjwa batanu bari bitabiriye urubanza i Kinshasa rwitiriwe Corneille Nangaa, Perezida wa AFC (ihuriro rya politiki na gisirikare ririmo M23), bwasabye ko bagirwa abere kuri uyu wa Kabiri, itariki 30 Nyakanga 2024. Urukiko rwa gisirikare rwavuze ko ruzafata icyemezo mu gihe cy’iminsi umunani . […]
UK: Umunyarwanda w’imyaka 17 niwe ushinjwa kwica abana abateye icyuma
Umwana w’ingimbi wafashwe akurikiranweho kugaba igitero cy’icyuma ku bana mu gace ka Southport wabaga mu mudugudu uri hafi aho nâumuryango we mwiza, biravugwa ko ari umwimukira wimukiye mu Bwongereza avuye mu Rwanda. Uyu mwana w’imyaka 17 yavukiye i Cardiff nyuma y’uko umuryango we uvuye muri Afurika, nyuma ukimukira mu majyaruguru i Merseyside mu myaka icumi […]
Algeria yahamagaje ambasaderi wayo mu Bufaransa nyuma yo gushyigikira Maroc
Nyuma y’uko u Bufaransa bwongeye gushimangira ko bushyigikiye gahunda ya Maroc kuri Sahara y’Uburengerazuba, Algeria yahisemo guhita ihamagaza ambasaderi wayo i Paris . Iki gihugu kiranenga u Bufaransa kuba bwarateye intambwe itigeze ibaho mu gushyigikira Maroc butitaye ku muhate wa Loni wo gushaka igisubizo kirambye. Ubu Paris igomba kwirengera uruhare rwayo mu buryo bwose nk’uko […]
Libya: Abimukira basaga 350 bakomoka muri Nigeria na Mali basubijwe iwabo
Kuri uyu wa Kabiri, itariki 30 Nyakanga, Libya yasubije mu bihugu byabo abimukira 369, baturuka muri Nigeria no muri Mali barimo abagore barenga ijana nâabana . Umuyobozi w’ishami rishinzwe guhagarika abimukira badakurikije amategeko, muri Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu ya Libya, Mohammed Baredaa, yavuze ko indege ebyiri zatahanye Abanyanijeriya 204 n’Abanyamali 165. Mohammed Bareeda yavuze ko impinja […]
Polisi y’Igihugu nayo yamurikiye abitabiriye Expo 2024 zimwe muri serivisi zayo

Polisi yâu Rwanda yegereje zimwe muri serivisi zayo abitabira Imurikagurisha Mpuzamahanga (Expo 2024) ribera i Gikondo mu Karere ka Kicukiro, zitangwa nâamashami abiri ariyo; Ishami rishinzwe ibizamini nâimpushya zo gutwara ibinyabiziga (T&L) nâIshami rishinzwe ubutabazi no kurwanya inkongi (FRB) . Iri murikagurisha ririmo kuba ku nshuro ya 27, kuva ku wa Kane tariki 25 Nyakanga […]
Israel iravuga ko yivuganye Komanda wa Hezbollah i Beirut
Israel iravuga ko yishe Komanda mukuru muri Hezbollah nyuma yo kugaba igitero ku nkengero zâamajyepfo yâumurwa mukuru wa Liban. Nibura umuntu umwe yapfuye abandi benshi barakomereka mu iturika ry’igisasu ryabereye i Dahiyeh, ahari indiri ikomeye yâuyu mutwe witwaje intwaro wo muri Liban ugendera ku matwara akakaye ya kisilamu. Igisirikare cya Israel kivuga ko Fuad Shukr […]
Tanzania: Impunzi yâUmurundi yasanzwe mu murima wâibijumba yishwe
Kuri iki cyumweru nyuma ya saa sita, impunzi yâUmurundi witwa Joseph Minani w’imyaka 38 basanze yapfuye mu murima w’ibijumba n’imyumbati. Polisi ivuga ko imiterere y’urupfu rwe ikomeje kutamenyekana. Ariko umugore we avuga ko yishwe n’Abanyatanzaniya. Umurambo wa Joseph Minani wavumbuwe ahagana mu ma saa yine z’ijoro hanze y’inkambi y’impunzi y’Abarundi ya Nduta muri Tanzaniya. Abenegihugu […]
RDC: Umutungo wa Corneille Nangaa na Jean-Jacques Muamba wamaze gufatirwa
Muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC), urubanza rwa Corneille Nangaa, umuhuzabikorwa wa Alliance Fleuve Congo(AFC), umutwe witwaje intwaro wa politiki urimo na M23, ruri hafi kurangira mu gihe umutungo we utimukanwa n’uw’umugore we wamaze gufatirwa. Kuri uyu wa Mbere, itariki 29 Nyakanga, iburanisha ryibanze ku kwiregura no kuregwa. Umushinjacyaha yasabiye ibihano biremereye cyane abaregwa […]
RDC: Inkongi y’umuriro yibasiye station ya lisansi hafi y’Ibitaro Bikuru bya Bukavu

Indi nkongi yâumuriro mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, itariki 30 Nyakanga 2024 yibasiye station ya lisansi mu Mujyi wa Bukavu mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo . Iyi Station ya Spasco iherereye muri metero nkeya uvuye ku Bitaro Bikuru byâIcyitegererezo bya Bukavu yafashwe nâinkongi mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri. […]
Uganda: Umunyarwanda akurikiranweho gufata ku ngufu umwana we
Polisi mu Karere ka Rukiga, mu gihugu cya Uganda, yataye muri yombi umunyagihugu wâu Rwanda, Fosta Twizerimana, akekwaho gusambanya umukobwa we wâimyaka 6 yâamavuko . Twizerimana, bivugwa ko ari umushumba wo mu Kagari ka Kayebe, Paruwasi ya Kigara mu Murenge wa Kamwezi, arashinjwa kuba yarakoze iki cyaha ku wa Gatanu ushize agikorera mu isambu yari […]
UK: Abana 2 bishwe batewe icyuma abandi barakomereka
Abana babiri bapfuye abandi icyenda barakomereka, batandatu bikabije, mu gihugu cy’u Bwongereza, mu gitero cyâicyuma “gikaze” ku ishuri ryigisha kubyina ahaberaga amahugurwa yitiriwe Taylor Swift . Polisi ya Merseyside yavuze ko abantu bakuru babiri na bo bamerewe nabi nyuma yo guterwa icyuma ubwo bageragezaga kurinda abana mu birori byitiriwe Taylor Swift ku muhanda wa Hart […]
Huye: Baratabaza nyuma yo guhabwa imirasire y’izuba nyuma bakayamburwa
Bamwe mu batuye mu Murenge wa Rusatira, mu Karere ka Huye baravuga ko bari mu gihirahiro nyuma yâaho ubuyobozi bubahereye imirasire yâizuba, nyuma bakaza kuyamburwa babwirwa ko bibeshyweho. Bivugwa ko icyateye urujijo abaturage bari bahawe imirasire yâizuba nâubuyobozi bwo mu nzego z’ibanze, ari uburyo bayihawe babasoma kuri lisiti y’abagombaga kuyifata, bo bumva ko ayo malisiti […]
Umunsi w’Umuganura uzizihirizwa mu Karere ka Kayonza ku rwego rw’igihugu
Umunsi wâumuganura wâuyu mwaka biteganyijwe ko uzizihizwa ku itariki 02 Kanama 2024, ku rwego rwâIgihugu ukazizihirizwa mu Karere ka Kayonza, uzabanzirizwa nâigikorwa cyo gusura ahantu ndangamurage hafitanye amateka nâumuganura mu Karere ka Rwamagana hagamijwe gusigasira ubukerarugendo bushingiye ku muco . Ibi byatangajwe n’Umuyobozi w’Intebe yâInteko y’umuco, Amb Robert Masozera mu kiganiro yagiranye na RTV cyagarukaga […]
Afurika yâEpfo: Jacob Zuma wabaye perezida yirukanwe mu ishyaka ANC
Uwahoze ari Perezida wa Afurika y’Epfo, Jacob Zuma, yirukanwe mu ishyaka African National Congress (ANC), ishyaka yigeze kuyobora, nyuma yo kwiyamaza ku iturufu yâishyaka byari bihanganye mu matora rusange yo ku ya 29 Gicurasi. Komite ishinzwe imyitwarire ya ANC yasanze ahamwa n’icyaha cyo “kubangamira ubusugire” bw’ishyaka yinjira muri uMkhonto we Sizwe (MK), kandi imuha ibyumweru […]
Louise Mushikiwabo yapfushije musaza we, Kayiranga Wellars
Umunyamabanga Mukuru wâUmuryango wa La Francophonie uhuza ibihugu bikoresha ururimi rwâIgifaransa (OIF), Louise Mushikiwabo, kuri uyu wa Mbere, yapfushije musaza we, witwa Kayiranga Wellars. Mu butumwa yanyujije kuri X, yavuze ko musaza we Kayiranga bakundaga kwita “Karateka” yapfuye mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere, itariki 29 Nyakanga. Yagize ati: âMur’iki gitondo twabuze musaza wacu […]
Wagner yemeye ko abarwanyi bayo baherutse kwicirwa muri Mali
Ikigo cyâabacanshuro bâAbarusiya, Wagner, kuri uyu wa Mbere cyemeje ko bamwe mu barwanyi bacyo biciwe hamwe nâabasirikare bo mu Ngabo za Mali ubwo barwanaga nâinyeshyamba mu minsi ishize. Uyu mutwe wâinyeshyamba zâAba-Tuareg, Permanent Strategic Framework for Peace, Security and Development (CSP-PSD), mu itangazo washyize ahagaragara ku wa Gatandatu tariki ya 27 Nyakanga 2024, wavuze ko […]
Umuherwe Elon Musk aravuga ko Abakirisitu nibadahaguruka idini ryabo riri mu nzira yo kuzima

Elon Musk bigaragara ko agikomeje kubabazwa nâibyakorewe mu birori byo gutangiza Imikino Olempike yâi Paris bakina ikinamico rya Da Vinci rikomoza ku ifunguro rya nyuma Yesu yasangiye nâabigishwa be, wakinnwe nâabarimo abagabo biyambitse nkâabagore, ubu aravuga ko Abakirisitu nibadahaguruka idini ryabo riri mu nzira yo kuzima . Uyu muherwe Musk, uri mu icumi bakize cyane […]
RBC iremeza ko indwara ya Hepatite mu Rwanda yagabanutse cyane mu myaka 7 ishize
Ku Munsi Mpuzamahanga wahariwe kurwanya Hepatite wizihizwa buri tariki 28 Nyakanga, Ikigo cy’igihugi gishinzwe Ubuzima, RBC, cyagaragaje ko abasaga miliyoni 5 basuzumwe virusi ya Hepatite B mu myaka 10 ishize, mu gihe abasaga 8.000 bashyizwe ku buvuzi buhoraho nyuma yo kuyisanganwa. RBC yahamije ko u Rwanda rwashyize imbaraga zikomeye mu guhashya indwara ya Hepatite B […]
Perezida Kagame yaganiriye n’umuyobozi wa UAE, Sheikh Mohamed bin Zayed
Perezida Paul Kagame, yahamagawe kuri telefoni na Perezida wa UAE Sheikh Mohamed Bin Zayed wamwifurije ishya nâihirwe nyuma yo kwegukana intsinzi yo kuyobora u Rwanda . Mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga, Perezida Kagame yavuze ko ari ibyâagaciro kuvugana nâinshuti akaba nâumuvandimwe we, Sheikh Mohamed Bin Zayed. Yagize ati: âNamushimiye ko yanyifurije ibyiza. U Rwanda […]
Mali: Inyeshyamba z’Aba-Tuareg zirigamba kwica abasirikare ba leta n’Abacanshuro ba Wagner
Inyeshyamba z’Aba-Tuareg mu majyaruguru ya Mali zavuze ko ku wa Gatandatu zishe kandi zikomeretsa abasirikare benshi bakorana n’igisirikare cy’igihugu . Inyeshyamba zivuga ko zishe kandi abacanshuro b’Abarusiya bo mu mutwe wa Wagner, mu mirwano yabereye mu majyaruguru y’igihugu, hafi y’umupaka wa Algeria nk’uko iyi nkuru dukesha Reuters ivuga. Itsinda rya Wagner ryagiye muri Mali nyuma […]
RDC: Umunyamakuru Magloire Paluku uherutse kwinjira muri AFC yagaragaye yambariye urugamba

Mu gihe Perezida Tshisekedi atekereza ko yateye ubwoba Abanyekongo binyuze mu manza zishingiye kuri politiki, gufatira imitungo yabo no kugarura igihano cy’urupfu, benshi bakomeje kwifatanya n’Ihuriro rirwanya ubutegetsi, Alliance Fleuve Congo (AFC), barimo Umunyamakuru n’umwanditsi, Magloire Paluku Kavunga, kuri iyi nshuro wagaragaye mu bice bagenzura yambariye urugamba afite n’imbunda . Uyu munyamakuru unakurikiranira hafi politiki […]
Paris: Korea y’Epfo ntiyishimiye kwitiranywa n’iya ruguru ubwo yakirwaga mu mikino olempike

Abategura imikino Olempike basabye “imbabazi zimbitse” nyuma y’uko abakinnyi ba Koreya y’Epfo ku bwo kwibeshya bakiriwe nk’aba Koreya ya Ruguru mu birori byo gutangiza Imikino Olempike ibera i Paris ku wa Gatanu ushize. Igihe itsinda rihagarariye iki gihugu ryari ryishimye, ryazamuye ibendera ryambukiranya uruzi rwa Seine, abatangazaga ibihugu byaserutse haba mu Gifaransa n’Icyongereza bose babamenyesheje […]
Hashyizweho sisitemu ibuza gusaba code yo gukora ikizamini cyo gutwara inshuro ebyiri
Umuvugizi wa Polisi, ACP Boniface Rutikanga, kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 27 Nyakanga 2024, yatangaje ko Polisi yâu Rwanda yakuyeho uburyo bwo gufata imyanya irenze umwe, ku biyandikisha bashaka âcodeâ yo kuzakoreraho ibizamini byâimpushya zo gutwara ibinyabiziga zâagateganyo nâiza burundu . Ibi yabitangaje mu kiganiro yagiranye na RBA, aho yagize ati: âBuriya hari igihe […]