Byibuze abagera kuri 58 baguye mu mpanuka y’ubwato muri Centrafrica

Kuri uyu wa Gatandatu, itariki 20 Mata, umuyobozi yavuze ko byibuze abantu 58 bapfuye nyuma y’uko ubwato bari barimo burohamye muri Repubulika ya Centrafrica. Umuyobozi mukuru ushinzwe kurengera abaturage, Thomas Djimasse, avuga ko iyi mpanuka yabaye ku wa Gatanu nyuma ya saa sita ku mugezi wa Mpoko mu nkengero z’umurwa mukuru Bangui. Djimasse yabwiye abanyamakuru […]

Centrafrica: Abapolisi 180 bari bamaze umwaka mu butumwa bw’amahoro basimbuwe

Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 20 Mata 2024, Polisi y’u Rwanda yasimbuje itsinda ry’abapolisi RWAFPUII-8 ryari mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kubungabunga amahoro muri Repubulika ya Centrafrique (MINUSCA). Ku mugoroba nibwo iri itsinda ryageze ku kibuga cy’indege Mpuzamahanga cya Kigali i Kanombe riyobowe na Superintendent of Police (SP) Fulgence Furaha wari wungirije Umuyobozi w’iri […]

USA: Abadepite bemeje inkunga y’asaga miliyari 60$ igenewe Ukraine

Inteko ishinga amategeko umutwe w’abadepite yarangije kwemeza amamiliyaridi y’amadolari y’imfashanyo nshya ya gisirikare ya Amerika muri Ukraine yo gufasha guhangana n’ibitero by’u Burusiya. Iki cyemezo cyatinze cyane cyari gifite abatagishyigikiye mu nteko ishinga amategeko kandi byasabye amasezerano y’ibice bibiri kugira ngo babone akayabo ka miliyari 61 z’amadorari. Abarepubulikani bavuze ko hejuru ya kimwe cya gatatu […]

Tariki 21 Mata 1994: Niwo munsi wishweho Abatutsi benshi mu gihugu cyose muri jenoside

Itariki 21 Mata 1994 niwo munsi wishweho Abatutsi benshi icyarimwe mu gihugu kuko hishwe abarenga ibihumbi Magana abiri (200,000) umunsi umwe. Kuri uyu wa Kane Tariki ya 21 Mata 2022, Abayobozi n’abakozi ba Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu bifatanyije n’abatuye Murambi ya Nyamagabe Kwibuka ku nshuro ya 28 Jenoside yakorewe Abatutsi no kunamira inzirakarengane zishyinguye […]

Iran yahakanye amakuru yo kugabwaho igitero na Israel

Kuri uyu wa Gatanu, ibisasu byaturikiye mu mujyi wa Iran aho amakuru avuga ko ari igitero cya Israel, ariko Tehran yahakanye ayo makuru ndetse igaragaza ko idafite gahunda yo kwihorera, igisubizo cyasaga n’aho gishingiye ku gukumira intambara mu karere kose. Igitero gito hamwe n’igisubizo cya Iran byasaga nkaho byagaragaje akamaro k’imbaraga z’abadipolomate barimo gukora ibishoboka […]

DIGP Vincent Sano yahaye impanuro abapolisi bagiye koherezwa muri Centrafrica

glhleviwqaaheez.jpg

U Rwanda rugiye kohereza Abapolisi muri Repubulika ya Centrafrica mu butumwa bwo kubungabunga amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye, MINUSCA. Mbere yo guhaguruka i Kigali bahawe impanuro n’Umuyobozi Mukuru Wungirije wa Polisi ushinzwe Ibikorwa, DIGP Vincent Sano, wabasabye gusohoza neza ubutumwa no kurangwa n’indangagaciro. DIGP Vincent Sano yasabye abapolisi 460 bagiye kujya mu butumwa bwo kubungabunga amahoro kuzakomeza […]

Burundi: Umugaba Mukuru wa FDNB, Gen. Prime Niyongabo, yahawe izindi nshingano

Umugaba Mukuru w’Igisirikare cy’u Burundi, Gen. Prime Niyongabo, yagizwe umuyobozi w’urwego rw’igihugu rushinzwe impeta n’imidari. Uyu muyobozi mukuru w’Ingabo z’u Burundi kuri ubu, asimbuye kuri uyu mwanya Lt. General Godefroid Bizimana, uherutse gupfa, wari uri kuri uwo mwanya kuva muri Werurwe 2023. Uyu bita “Chancelier des Ordres Nationaux” ayobora uru rwego munsi ya Perezida wa […]

Kinshasa: Umukinnyi ukiri muto yishwe n’inkuba imusanze mu kibuga

Umukinnyi w’umupira w’amaguru yapfiriye mu kibuga kuri uyu wa Kane, itariki ya 18 Mata 2024, nyuma yo gukubitwa n’inkuba. Mike Tshitenge, yapfiriye mu mukino wa shampionat ya Eufkin-Tshangu wahuje ikipe ye, AF Privaty na Unisport ku kibuga cya N’djili. Uyu myugariro, w’imyaka 19, yakinaga muri iyi kipe ya AF Privaty muri Entente provinciale de football […]

Huye: Uvugwaho kuba yari umujura yasanzwe mu muhanda yishwe

Umugabo uvugwaho kuba yari umujura, abaturage barakeka ko ashobora kuba yishwe n’inkoni yakubiswe n’abantu batazwi nyuma yo gusanga umurambo we mu muhanda mu Murenge wa Mukura mu Karere ka Huye. Kuri uyu wa Kane, itariki 18 Mata 2024, nibwo mu Mudugudu wa Kabahona, mu Kagari ka Rango A, mu Murenge wa Mukura, abaturage babyutse mu […]

Burundi: Umunyamakuru Sandra Muhoza yimuriwe muri Gereza ya Mpimba

Umunyamakuru Sandra Muhoza, wari ufungiye muri kasho y’ikigo cy’igihugu gishinzwe iperereza (SNR) mu mujyi w’ubucuruzi Bujumbura kuva ku wa Mbere ushize, yimuriwe kuri uyu wa Kane nimugoroba muri Gereza Nkuru y’umurwa mukuru w’ubukungu w’u Burundi. Amashyirahamwe y’abanyamakuru mu Burundi arasaba ko yarekurwa. SOS Médias Burundi dukesha iyi nkuru ivuga ko yamenye ko umuryango w’uyu munyamakuru […]

Kwibuka30: Uko Jenoside yakorewe Abatutsi yakozwe hirya no hino mu gihugu kuwa 19 mata 1994

Ku munsi nk’uyu w’itariki ya 19 Mata mu 1994, Leta y’abicanyi yari ikomeje umugambi wayo mubisha wo gutsemba Abatutsi hirya no hino mu gihugu. Iyi nyandiko iragaragaza hamwe mu hantu hashoboye kumenyekana hiciwe Abatutsi kuri iyi tariki mu 1994. 1. Disikuru rutwitsi ya Perezida Sindikubwabo i Butare, isaba Abanyabutare “gukora” n’ishyirwaho rwa Perefe wo gushyira […]

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Kenya arakekwa mu mpanuka ya kajugujugu yahitanye benshi

Umuvugizi wa Guverinoma, Isaac Mwaura, yihanangirije Abanyakenya abasaba kudakwiza impuha ku mpanuka ya kajugujugu y’Igisirikare cya Kenya (KDF) yabaye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane. Mu magambo ye yagize ati: “Bakundwa bagenzi bacu b’Abanyakenya. Itumanaho ryemewe ryerekeye impanuka y’indege ya Gisirikare riratangwa vuba. Reka twirinde impuha zose muri iki gihe gikomeye.” Abantu batanu bemejwe […]

Uko wakwireba kuri lisiti y’itora ukoresheje telephone cyangwa ukiyimura

Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, NEC, yatangaje uburyo umuntu ashobora kwireba kuri lisiti y’itora hakoreshejwe telephone. Ubu buryo bushobora no gufasha umuntu kuba yakwiyimura bigendeye ku hantu yari yarahisemo kuzatorera ariko akaba ashaka guhindura ku mpamvu zitandukanye. Itangazo NEC yashyize ahagaragara ku itariki ya 16 Mata 2024, rigira riti ‘‘By’umwihariko abantu bimutse aho batoreraga barasabwa kwihutira kwiyandikisha […]

Burkina Faso yahambirije abadipolomate 3 b’Abafaransa

Abadipolomate batatu b’Abafaransa basabwe kuva muri Burkina Faso, kubera ibikorwa byo gushaka guhungabanya ubutegetsi nk’uko bigaragara mu nyandiko yo ku wa Kabiri yandikiwe Ambasade y’u Bufaransa. Umubano hagati ya Paris na Ouagadougou wifashe nabi cyane kuva Captain Ibrahim Traoré yagera ku butegetsi muri coup d’Etat yo muri Nzeri 2022. Nk’uko Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Burkina […]

Ubukungu bw’u Burusiya buzazamuka kurusha ibindi bihugu bikize – IMF

Ikigega mpuzamahanga cy’imari (IMF) kirateganya ko muri uyu mwaka ubukungu bw’u Burusiya buziyongera vuba kurusha ubukungu bwose bw’ibihugu byateye imbere ku Isi, harimo na Amerika. Ku wa Kabiri, BBC yatangaje ko IMF iteganya ko u Burusiya buziyongera ku gipimo cya 3,2%, hejuru cyane ugereranyije n’u Bwongereza, u Bufaransa n’u Budage. IMF yavuze ko ibyoherezwa mu […]

Ibitaro byitiriwe Umwami Faisal bigeye gushyirwa ku rundi rwego

Ibitaro byitiriwe Umwami Faisal, kimwe mu bitaro binini byo mu Rwanda bigiye kwagurwa by’igihe kirekire kizagera mu 2050, cyane cyane mu gushimangira ibikorwa remezo n’ubushobozi byabyo ku bijyanye n’ubushobozi bw’ibitanda bizava ku 167 bikagera kuri 600, ndetse no kuzana ubuvuzi bushya bwo kubaga n’ubuvuzi bwihariye. Mu bintu by’ingenzi bigize umushinga harimo kwagura ishami rya oncology […]

RDC yongereye ingabo ku mupaka isangiye na Sudani y’Epfo na Uganda

FARDC imaze iminsi itatu ikaza ibirindiro byayo i Kengezi muri Teritwari ya Aru (Ituri), ku mupaka na Sudani y’Epfo na Uganda. Guverineri w’intara ni we watanze aya mabwiriza nyuma yo gukorera uruzinduko mu mpera z’icyumweru gishize muri kariya gace. Ingabo zongereye umubare muri kariya karere ngo mu rwego rwo gukumira abantu bitwaje intwaro baturuka muri […]

Uganda: Urukiko rwarekuye abasirikare n’abapolisi bashinjwaga kuba intasi z’u Rwanda

Urukiko rwa gisirikare rwa Makindye muri Uganda rwahagaritse ibirego ku basirikare batanu ba UPDF n’abapolisi babiri bashinjwaga kuba intasi z’u Rwanda. Umushinjacyaha wa gisirikare, Capt Ambrose Guma yabwiye urukiko ruyobowe na Brig Mugabe Freeman ko afite amabwiriza y’umuyobozi w’ubushinjacyaha yo guhagarika ibirego biregwa abo batanu barimo Lt Alex Kasamula ubarizwa muri Military Police i Makindye, […]

Karongi: Impuguke z’abaganga bo muri RDF ziri kuvura abaturage ku buntu

46f54c28e12a79d816d74d646d098955.jpg

Ku Bitaro Bikuru bya Kibuye i Karongi, abaturage baturutse mu bice bitandukanye bagiye kwivuza uburwayi butandukanye bashima amahirwe babonye yo kubonana n’inzobere z’abaganga mu bikorwa by’ubuvuzi bwegerejwe abaturage bizamara ibyumweru bibiri, byatangiye gutangwa kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 16 Mata 2024. Inzobere z’abaganga bo mu Ngabo z’u Rwanda zaturutse mu Bitaro bya Gisirikare i […]

Abasirikare ba Uganda bagiye kuba bamwe mu bahembwa neza mu karere

Abasoreshwa bo muri Uganda bazakoresha hafi Tiliyari y’Amashilingi mu kongera imishahara y’abakozi bo hasi b’ingabo z’igihugu (UPDF), ndetse no gushaka abasirikare bashya mu mwaka w’imari utaha (FY2024-2025). Raporo yatanzwe na komite ishinzwe ingengo y’imari y’Inteko Ishinga Amategeko yerekana ko Minisiteri y’Ingabo n’ibikorwa by’abasirikare (MoDVA) izakomezanya no kongerera umushahara icyiciro cy’abasirikare bo ku rwego rwo hasi […]

RDC: Minisitiri w’Intebe mushya arashaka kugabanya umubare w’abaminisitiri muri guverinoma ye

Minisitiri w’Intebe mushya wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, Judith Suminwa, yashyize ahagaragara igitekerezo cya guverinoma igizwe n’abaminisitiri 45 mu biganiro kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 16 Mata 2024 n’urubuga rwa politiki rwa PEP-AAAP, ruyobowe n’umuyobozi warwo, Tony Kanku Shiku, usanzwe ari na mubyara wa Perezida Felix Tshisekedi Laurent Batumona umwe mu bagize uru […]

Tariki 17 Mata 1994: Mu bitaro bya CHUK hiciwe Abatutsi benshi barimo abarwayi

Ku munsi nk’uyu w’itariki ya 17 Mata mu 1994, Leta y’abicanyi yari ikomeje umugambi wayo mubisha wo gutsemba Abatutsi hirya no hino mu gihugu. Iyi nyandiko iragaragaza hamwe mu hantu hiciwe Abatutsi tariki ya 17 Mata mu 1994. 1. Leta y’abicanyi yashyizeho ba perefe bashya bagombaga kwihutisha Jenoside muri za Perefegitura Tariki ya 17/4/1994, Leta […]

Igisirikare cya Nigeria kiremeza ko kishe abayobozi 3 b’umutwe wa ISWAP

Kuri uyu wa Kabiri, ingabo zirwanira mu kirere za Nigeria zavuze ko ibitero by’indege byahitanye abayobozi batatu b’iterabwoba n’abarwanyi babo 30 muri Leta ya Borno mu majyaruguru y’uburasirazuba bwa Nigeria. Umuvugizi Edward Gabkwet mu itangazo rye, ko Ali Dawud, Mallam Ari na Bakurah Fallujah biciwe hamwe n’abarwanyi babo ku itariki ya 13 Mata aho bari […]

London: Abadepite banze ubugororangingo bw’abasenateri mu mushinga w’itegeko rireba u Rwanda

Abadepite bo mu Bwongereza bateye utwatsi ubugororangingo bwose mu mushinga w’itegeko rirebana no kohereza abimukira mu Rwanda bwakozwe n’abasenateri mu gisa nko guhangana gikomeje hagati y’imitwe yombi y’inteko ishinga amategeko kuri iri tegeko ritavugwaho rumwe . Umushinga w’itegeko, ryagiweho impaka cyane, kuri uyu wa Kabiri ugomba gusubira muri Sena kugira ngo wongere usuzumwe neza. Bije […]

Burundi: Umunyamakurukazi Sandra Muhoza yagejejwe mu maboko y’iperereza

Kuri uyu wa Mbere, Umunyamakurukazi Sandra Muhoza yimuriwe muri kasho k’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iperereza (SNR) i Bujumbura, umurwa mukuru w’ubucuruzi w’u Burundi. Nk’uko amakuru agera kuri SOS Media Burundi abitangaza, uyu munyamakuru ngo urwaye indwara idakira yakorewe iyicarubozo mu mpera z’icyumweru gishize i Ngozi mu majyaruguru y’u Burundi. Kugeza ku wa Mbere nijoro, umuryango wa […]

Mu kwezi kwa Werurwe 2024, ibiciro mu mijyi byiyongereyeho 4,2% – NISR

Ikigo cy’igihugu gishinzwe ibarurishamibare mu Rwanda kinejejwe no kubagezaho igipimo cy’ihindagurika ry’ibiciro mu kwezi kwa Werurwe 2024. Igipimo ngenderwaho cyifashishwa mu bukungu bw’u Rwanda kiboneka hifashishijwe gusa ibiciro byakusanyijwe mu mijyi. A. Ibiciro mu mijyi Mu kwezi kwa Werurwe 2024, ibiciro mu mijyi byiyongereyeho 4,2% ugereranyije na Werurwe 2023. Ibiciro mu kwezi kwa Gashyantare 2024 […]

Nta burenganzira ufite bwo guhemukira igihugu cyawe, uzabikora azabyishyura — Gen. Tshiwewe

“Nta burenganzira ufite bwo guhemukira igihugu cyawe. Uzabikora azabyishyura mu buryo bumwe cyangwa ubundi. Nta nyungu mufite mu gufatanya n’umwanzi ”, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Congo (FARDC), General Christian Tshiwewe, yabitangaje kuri uyu wa Mbere, itariki ya 15 Mata, i Kinshasa ubwo habaga akarasisi gahuriweho n’abasirikare n’abapolisi. Mu gihe yahamagariye igisirikare n’abapolisi kwamagana abashaka kubashishikariza […]

Polisi yafashe amabalo 60 y’imyenda ya caguwa yinjijwe mu buryo bwa magendu

Polisi y’u Rwanda, Ishami rishinzwe kurwanya abanyereza imisoro (RPU), Ku cyumweru tariki ya 15 Mata, yafatiye mu bikorwa bitandukanye mu turere twa Nyabihu na Gicumbi, amabalo 60 y’imyenda ya caguwa yinjijwe mu gihugu mu buryo bwa magendu. Mu Karere ka Nyabihu hafatiwe imodoka yo mu bwoko bwa Fuso yari ipakiye amabalo 52 y’imyenda ya caguwa […]

RDC: Uwahoze ari minisitiri arashinjwa kwica umugore we ukomoka muri Madagascar

Kuri iki Cyumweru, itariki ya 14 Mata 2024, ubutabera bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo bwataye muri yombi uwahoze ari Minisitiri wungirije wa Hydrocarbures ku butegetsi bwa Joseph Kabila, Moussa Mondo, ukurikiranweho kwica umugore we ukomoka muri Madagascar. Nk’uko amakuru menshi abishimangira, uyu muyobozi ukiri muto mu ishyaka ry’Abaturage riharanira Kwiyubaka na Demokarasi (PPRD) yakubise […]

London: Itegeko ryo kohereza abimukira mu Rwanda rigiye kongera guhanganisha abasenateri n’abadepite

Kuri uyu wa Mbere, abadepite mu Bwongereza bari biteguye kujugunya ku bwinshi ubugororangingo burindwi bwakozwe n’abasenateri ku mushinga w’itegeko rya Minisitiri w’Intebe Sunak ushaka ko wemezwa mu Nteko mu mpera z’iki cyumweru. Abadepite bavuye mu kiruhuko cya pasika kandi ikintu cya mbere cy’ingenzi kuri gahunda y’umunsi ni umushinga w’itegeko utavugwaho rumwe cyane minisitiri w’intebe yashimangiye […]

Burundi: Umunyamakuru Sandra Umuhoza wahoze akorera Bonesha Fm akomeje kubura

Sandra Muhoza, umunyamakuru w’ikinyamakuru “La Nova-Burundi” mu majyaruguru y’uburasirazuba bw’igihugu, yaburiwe irengero kuva ku wa Gatandatu nyuma ya saa sita. Yabuze nyuma yo kwitabira rendez-vous yari afitanye n’umunyemari wegereye CNDD-FDD wamuhamagaye ngo amuhe amakuru. Abapolisi baho ngo baba barabwiye umugabo we ko bamufunze ariko ntibamuha ibisobanuro birambuye. Ikiganiro cyagombaga kubera mu Mujyi wa Ngozi, aho […]

Amerika yavuze ko ititeguye kwifatanya na Israel mu kwihorera kuri Iran

Abayobozi muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika bavuze ko ibiro bya Perezida Joe Biden, byaburiye ko iki gihugu kitazajya mu gitero na kimwe cya Israel cyo kwihorera kuri Iran, nyuma y’aho iki kigabye kuri Israel igitero cya mbere giturutse ku butaka bwacyo nyuma y’imyaka myinshi ishize. Indege za drones na za misile byose hamwe birenga […]

Uganda: CMI yahahamuye Abanyarwanda mu myaka ishize yahindutse DIS

Ubuyobozi bukuru bw’ubutasi bwa gisirikare muri Uganda (CMI) buherutse guhindura izina bwitwa Defence Intelligence and Security (DIS) mu mpinduka ziheruka gukorwa muri UPDF. Mu itangazo ryashyize ahagaragara, Minisiteri y’Ingabo n’ibikorwa by’abavuye ku rugerero yerekanye ko bitewe n’ishyirwaho rya UPDF ryatangijwe na Perezida Museveni muri Gashyantare, amazina y’ibiro bimwe na bimwe muri UPDF yahindutse, guhera ku […]

Tariki 15 Mata 1994: Abatutsi bahungiye mu yari Komini Muhazi babanje kwirwanaho

Ku munsi nk’uyu w’itariki ya 15 Mata mu 1994, Leta y’abicanyi yari ikomeje umugambi wayo mubisha wo gutsemba Abatutsi hirya no hino mu gihugu. Iyi nyandiko iragaragaza hamwe mu hantu hashoboye kumenyekana hiciwe Abatutsi kuri iyi tariki mu 1994. Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi 1994 mu cyahoze ari Komini Muhazi, ubu ni mu Karere ka Rwamagana, […]

Masisi: Rukomeje kwambikana hagati ya M23 na FARDC/Wazalendo

Kuri uyu wa Mbere mu gitondo, imirwano yongeye kuba hagati y’Ingabo za Congo (FARDC) zishyigikiwe n’abarwanyi ba wazalendo na M23 muri Teritwari ya Masisi mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru. Nk’uko amakuru aturuka aha agararagara kuri X avuga, iyi mirwano iravugwa i Nyamubingwa, muri Gurupoma ya Mupfunyi Shanga, muri Teritwari ya Masisi. Ku Cyumweru, hari habaye […]

Abaforomo bo ku Kigo Nderabuzima cya Karwasa barashinjwa kurangarana abarwayi

Abivuriza ku Kigo Nderabuzima cya Karwasa barashinja abaforomo bahakorera kutabitaho bigatuma bamwe barambirwa bagakora ingendo ndende bajya kwivuriza ku Bitaro Bikuru bya Ruhengeri, bakaba bifuza ko serivisi zihatangirwa zahinduka ntibazongere kurangaranwa. Ikigo Nderabuzima cya Karwasa giherereye mu Murenge wa Cyuve, Akarere ka Musanze; abakigana bavuga ko nta serivisi nziza bahabonera hakiyongeraho no kuba kitazitiriye bibangamira […]

RDC: Imirwano ikaze hagati ya M23 na FARDC yabyukiye mu misozi ikikije Sake

Imirwano hagati y’inyeshyamba za M23 n’ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo zifatanyije na Wazalendo kuva mu mu masaha ya mbere ya saa sita kuri iki Cyumweru, itariki 14 Mata, yabyukiye mu misozi ikikije Sake. Mu mudugudu wa Shasha, muri Gurupoma ya Mupfunyi Shanga muri Teritwari ya Masisi, FARDC yarashe amabombe ku birindiro by’inyeshyamba za […]

Bujumbura: Abavunjayi barimo guhigwa bukware n’urwego rw’iperereza

Abavunjayi bakorera mu murwa mukuru w’ubucuruzi w’ubukungu w’u Burundi barimo gutabwa muri yombi ku bwinshi n’urwego rw’iperereza kuva aho bakorera kugeza n’aho batuye bashinjwa guhungabanya ubukungu bw’igihugu. “Ntidushobora gukorera abantu tutazi, kubera gutinya kugwa mu mutego. Benshi ni abaza biyita abakiriya”, ibi bikaba byavuzwe n’umuvunjayi wabajijwe uburyo bakora uyu munsi. Ibi ngo bigiye kumara ibyumweru […]

Kwibuka30: Uruhare rwa Habyarimana mu itegurwa n’ishyirwa mu bikorwa rya Jenoside yakorewe Abatutsi

Jenoside yakorewe Abatutsi mu myaka 30 ishize, kuva muri Mata kugera muri Nyakanga 1994, yabaye umusaruro w’imbuto mbi yabibwe n’abayobozi mu nzego za politiki n’iza gisirikari, ku isonga hakaba Perezida wa Repubulika, Jenerali Majoro Habyarimana Juvénal n’abambari be ba hafi ndetse n’umugore we Agathe Kanziga. Ubwo FPR yatangizaga urugamba rwo kubohora Igihugu mu maboko y’ubutegetsi […]

Ubwato MV Abdullah bwari bwashimutiwe muri Somalia bwarekuwe hatanzwe miliyoni 5$

Ba rushimusi bo muri Somalia baravuga ko barekuye ubwato bwashimuswe, MV Abdullah, kuri iki Cyumweru kare nyuma yo kwishyura ingurane ya miliyoni 5 z’amadolari ya Amerika nk’uko byatangajwe na ba rushimusi babiri. Abdirashiid Yusuf, umwe muri ba rushimusi, yabwiye Reuters ati: “Amafaranga yatuzaniwe mu ijoro ryakeye nk’uko bisanzwe … twagenzuye niba amafaranga ari amahimbano cyangwa […]

Miliyoni 25 z’Abanyasudani bakeneye ubufasha bwihutirwa – Loni

Umuryango w’Abibumbye watangaje kuwa Gatanu ko miliyoni 25 z’abaturage muri Sudani bakeneye ubufasha bwihuse, kandi miliyoni 8,6 bakuwe mu byabo. Umuyobozi wa OCHA muri Sudani, Justin Brady yagize ati: “Uyu munsi, Sudani ni hamwe mu hantu hateye ibyago ku butabazi ku Isi. Kimwe cya kabiri cy’abatuye Sudani, miliyoni 25, bakeneye ubufasha bw’ubutabazi”. Avuga ko “abantu […]

Israel iravuga ko yahanuye drones 300 mu gitero cya mbere cyo kwihorera cya Iran

Israel iravuga ko ifatanyije n’abafatanyabikorwa bayo bahagaritse igitero kinini cya drones zigera kuri 300 na misile byarashwe na Irani. Ivuga ko ku butaka bwayo haguye ibisasu bike, harimo ibyaguye mu birindiro by’Igisirikare cya Israel ( IDF) mu majyepfo y’igihugu, mu gihe umwana umwe yakomeretse. Igitero cya Iran kidasanzwe cyo kwihorera ni ubwa mbere kigabwe ku […]

Tariki 14 Mata 1994: Abatutsi barenga 25,000 biciwe i Kibeho

Tariki ya 14 Mata mu 1994, Leta y’abicanyi yari ikomeje umugambi wayo mubisha wo gutsemba Abatutsi hirya no hino mu gihugu. Iyi nyandiko iragaragaza hamwe mu hantu hashoboye kumenyekana hiciwe Abatutsi kuri iyi tariki mu 1994. Iyicwa ry’abatutsi ku Muhima/Nyarugenge Tariki ya 14/04/1994 mu gitondo abantu b’igice kimwe cya Muhima munsi y’ahahoze gereza ya Nyarugenge […]

Burkina Faso yakiriye drones zikataje igiye kwifashisha mu kurwanya iterabwoba

burkina-faso-akinci-combat-ucav-1024x689.jpg

Igisirikare cya Burkina Faso cyabonye indege zitagira abaderevu zisaga icumi, zigizwe ahanini n’izo mu bwoko bwa Bayraktar TB2 na Bayraktar Akinci zikorwa n’uruganda rwa Baykar. “Igeragezwa ryose ryagenze neza; Ni ishema rero kwemeza ko izo ndege zinjiye mu zikoreshwa n’ingabo za Burkina Faso, ” uyu ni Perezida Captain Traoré ubwe ubwo yashyikirizaga ibi bikoresho ingabo […]

Ni Jenoside yashoboraga gukomwa imbere – Senateri Evode Uwizeyimana

gk87yvow4aa1lsf.jpg

Umuryango Mpuzamahanga ndetse n’Isi muri rusange bikomeje gushyirwa mu majwi mu gutererana Abatutsi muri Jenoside yabakorewe mu Rwanda muri Mata 1994, nk’uko byagarutsweho na Ambasaderi Nsengimana Joseph na Senateri Evode Uwizeyimana mu kiganiro na RBA ku ruhare rw’Umuryango mpuzamahanga muri Jenoside yakorewe Abatutsi. Ambasaderi Nsengimana yasobanuye ko muri rusange Umuryango Mpuzamahanga w’Isi yose ari Loni, […]

Amazina y’abandi banyapolitiki 9 bazize kurwanya Jenoside agiye kongerwa ku Rwibutso rwa Rebero

Minisiteri y’Ubumwe bw’igihugu iratangaza ko Icyumweru cy’Icyunamo kizasozwa n’Umuhango wo Kwibuka abanyepolitiki bazize kurwanya Jenoside yakorewe Abatutsi. Ku rwego rw’Igihugu, icyumweru cy’icyunamo kizasorezwa ku Urwibutso rwa Jenoside rwa Rebero ku wa Gatandatu, itariki 13 /4/ 2024. Minisiteri ivuga ko hazabera igikorwa cyo kunamira abanyapolitiki bishwe bazizwa kurwanya umugambi wa Jenoside. Hazamurikwa kandi igikorwa cyo gushyira […]

Amerika yagabanyije ingendo z’abakozi bayo muri Israel mu gihe hikangwa igitero cya Iran

Amerika yagabanyije ingendo z’abakozi bayo muri Israel mu gihe hikangwa igitero cyo kwihorera cya Irani. Ambasade ya Amerika yavuze ko abakozi basabwe kutajya hanze ya Yeruzalemu nini, Tel Aviv cyangwa ibice bya Be’er Sheva “mu rwego rwo kurushaho kwirinda “. Iran yiyemeje kwihorera nyuma y’aho Israel iteye ambasade ya Irani muri Syria, mu minsi 11 […]

Gicumbi: Imibiri isaga 40 y’abazize Jenoside yashyinguwe mu cyubahiro

gk4dykpx0aapwlh.jpg

Kuri uyu wa Kane, itariki ya 11 Mata, Mu Karere ka Gicumbi, imibiri 46 y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi yashyinguwe mu cyubahiro mu Rwibutso rwa Jenoside rwa Mutete rwavuguruwe. Abafite ababo bashyinguye muri uru rwibutso bavuze ko imitima yabo iruhutse nyuma y’igihe basaba ko ruvugururwa. Imibiri iyari isanzwe irushyinguyemo rutaravugururwa ni 1049, muri yo 33 yavanywe […]

Moderna yahagaritse gahunda yo kubaka uruganda rw’inkingo muri Kenya

Kuri uyu wa Kane ushize, Moderna yavuze ko yahagaritse gahunda zayo zo kubaka uruganda rukora inkingo muri Kenya, nyuma yuko gukenera inkingo za COVID-19 bigenda birushaho kugabanyuka. Iyi ntambwe ijyanye n’ingamba za Moderna zo guhindura imiyoboro y’inganda zikora kugira ngo igabanye ibiciro, nubwo igamije gukoresha hafi miliyari 4.5 z’amadolari ya Amerika muri uyu mwaka mu […]

Tariki 12 Mata 1994: Umunsi Abatutsi basaga 6,000 biciwe kuri Paruwasi ya Musha

Ku itariki nk’iyi ya 12 Mata 1994, ni imwe mu yandi matariki menshi atazibagirana yaranzwe n’ubwicanyi bukabije mu gihugu mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi ubwo Abatutsi basaga 6,000 bari bahungiye kuri Paruwasi ya Musha bicwaga n’Interahamwe zifatanyije n’abasirikare ba Leta . Usibye muri Paruwasi ya Musha, Abatutsi bari bahungiye no muri za Kiliziya nk’iya […]

Maniema: Miliyoni zisaga 70 zibwe mu Ishuri Rikuru ry’Ubuvuzi

Amafaranga arenga miliyoni 70 y’Abanyekongo yibwe mu Ishuri Rikuru ry’Ubuvuzi (ISTM) i Kasongo (Maniema) mu ijoro ryo ku wa Gatatu rishyira kuri uyu wa Kane, itariki ya 11 Mata. Colonel Madjaliwa Benoit ukuriye abapolisi bo mu karere ka Kasongo bashinzwe iperereza, yatangaje ko ibyavuye mu iperereza rya mbere bigaragaza uruhare rw’abakozi bamwe n’abakozi b’iki kigo […]

Rwandair yaba yaranze gukoreshwa mu kuvana abimukira mu Bwongereza

Isosiyete y’indege ya Leta y’u Rwanda ngo yanze icyifuzo cya Guverinoma y’u Bwongereza cyo gutwara abasaba ubuhungiro i Kigali muri gahunda ya Minisitiri w’intebe Rishi Sunak yo kwimurira abimukira kubera kwanga kwangiza isura yayo. Ikinyamakuru Financial Times kivuga ko RwandAir yegerewe na Guverinoma y’u Bwongereza mu mpera z’umwaka ushize ku bijyanye n’indege zo gutwara abimukira […]

Koreya yEpfo: Minisitiri w’Intebe n’abajyanama bakuru ba perezida beguye

Ibiro Ntaramakuru Yonhap biratangaza ko kuri uyu wa Kane, Minisitiri w’Intebe wa Koreya yEpfo, Han Duck-soo n’abajyanama bakuru ba perezida bashyikirije Perezida Yoon Suk Yeol ubwegure bwabo nyuma yo gutsindwa mu matora y’abadepite. Mu kiganiro n’abanyamakuru, umuyobozi w’ishyaka riharanira ubutegetsi bw’abaturage (PPP) riri ku butegetsi, Han Dong-hoon, yavuze ko na we azava ku mirimo ye […]

Umuyobozi w’umujyi yanenze abagifite amakuru y’ahiciwe Abatutsi batayatanga

gkzo2cywgaaxu1u-2.jpg

Ku Rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 rwa Gahanga mu Karere ka Kicukiro kuri uyu wa Gatatu habereye igikorwa cyo kwibuka abazize Jenoside yakorewe Abatutsi. Haranashyingurwa mu cyubahiro imibiri y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi yabonetse mu Murenge wa Gahanga. Iki gikorwa kitabiriwe n’Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali Samuel Dusengiyumva, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwaremezo Eng […]

Umuhanda Nyungwe-Nyamasheke ubu ntabwo ari nyabagendwa

gk1abihw0aavmp1.jpg

Kubera imvura nyinshi yateye inkangu ahitwa Kitabi, polisi yatangaje ko umuhanda Nyungwe- Nyamasheke ubu utari nyabagendwa. Polisi mu itangazo ryayo yagiriye abantu inama yo gukoresha umuhanda Kigali- Muhanga- Karongi-Nyamasheke. Yongeyeho ko hari abapolisi bahari kugira ngo babayobore.

Mali: Hasohowe iteka rihagarika ibikorwa by’imitwe ya politiki

Umuvugizi wa guverinoma, Abdoulaye Maiga, mu itangazo ryasomwe kuri televiziyo ya Leta mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu, yatangaje ko abahiritse ubutegetsi muri Mali basohoye iteka rihagarika ibikorwa by’imitwe ya politiki. Maiga yagize ati: “Kugeza igihe hazatangirwa andi mabwiriza, kubera impamvu z’umutekano rusange, ibikorwa by’imitwe ya politiki n’ibikorwa biteye nk’ibya politiki by’amashyirahamwe birahagaritswe mu […]