Amafoto: First Lady yifatanyije n’Abanyakigali muri Car Free Day idasanzwe

gpel2u0woaex8j0.jpg

Muri iki gitondo cyo ku Cyumweru, Madamu wa Perezida wa Repubulika, Jeannette Kagame yifatanyije n’abaturage b’Umujyi wa Kigali, muri CarFreeDay idasanzwe, yateguwe na Minisiteri y’uburinganire n’Umujyi wa Kigali, mu rwego rwo guteza imbere imibereho myiza y’abaturage n’umuryango. Amafoto: Photos:@FirstLadyRwanda

MONUSCO yohereje ingabo i Kanyabayonga gufasha FARDC guhagarika M23

MONUSCO kuri uyu wa Gatandatu, itariki ya 1 Kamena, yongereye ingufu i Kanyabayonga muri Kivu y’Amajyaruguru kugira ngo ifashe ingabo z’igihugu cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) guhangana n’inyeshyamba za M23 zerekeza muri kariya gace ko muri Teritwari ya Lubero. Ingabo za MONUSCO zo muri Brigade y’ingabo zishinzwe gutabara byihuse zoherejwe rwego rwo kurinda […]

MINICOM yasabwe gucyemura ikibazo cy’ibikoresho byahawe koperative bimaze imyaka 5 bidakoreshwa

Abadepite basabye Minisitiri w’ubucuruzi kugaragaza ingengabihe yo gukemurwa ikibazo cy’ibikoresho byahawe koperative zitandukanye zikorera mu dukiriro muri gahunda y’ikodeshagurisha bikaba bimaze imyaka 5 bidakoreshwa. Ni nyuma yo kugezwaho kuwa Gatanu raporo ya Komisiyo y’Ubukungu n’Ubucuruzi ku isesengura rya raporo y’igenzura ricukumbuye yakozwe n’Urwego rw’Ubugenzuzi Bukuru bw’Imari ya Leta ku mikorere y’udukiriro. Inteko Rusange y’Umutwe w’Abadepite […]

RDC: Urukiko ntirufite ububasha bwo kuburanisha umujenerali n’umusenateri bakekwaho ibyaha bikomeye

Mu rubanza rwaciwe mu iburanisha ryo ku wa Gatandatu, itariki ya 1 Kamena 2024, Urukiko rwa Gisirikare rw’icyahoze ari KasaĂŻ-Occidental muri Tshikapa, rwatangaje ko rudafite ubushobozi bwo gucira urubanza komiseri wungirije w’igipolisi cy’igihugu cya Kongo (PNC) mu karere, General Polydore Omokoko na Senateri Hubert Mbingho, bavuzwe mu bantu 10 bakekwaho kuba barakoze ibyaha bikomeye mu […]

Abaminisitiri ba Israel barakangisha kwegura kubera gahunda yo guhagarika imirwano

Abaminisitiri babiri bo muri Israel bavuze ko bazegura kandi bagasenya ihuriro riri ku butegetsi niba Minisitiri w’Intebe, Benjamin Netanyahu, yemeye icyifuzo cyo guhagarika imirwano muri Gaza cyashyizwe ahagaragara na Perezida wa Amerika, Joe Biden, ku wa Gatanu. Minisitiri w’imari, Bezalel Smotrich na Minisitiri w’umutekano w’igihugu, Itamar Ben-Gvir, bavuze ko batazemera isinywa ry’amasezerano ayo ari yo […]

RDF yungutse abandi ba ofisiye basoje amasomo ya gisirikare muri Amerika

gpaykwzweaezhzk.jpg

Ku itariki ya 25 na 30 Gicurasi 2024, abanyeshuri b’abasirikari bakuru ba RDF barangije amasomo mu mashuri ya gisirikare muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (West Point na Airforce Academy Colorado). Iyi mihango yitabiriwe na Col R. Bazatoha, Defense AttachĂ© muri Ambasade y’u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, imiryango y’abasirikare basoje amasomo ndetse […]

Mozambike: RDF/RNP bafatanyije n’abaturage gusana umuhanda wangiritse

gpaffc3xqaayete.jpg

Abashinzwe umutekano b’u Rwanda (RSF) boherejwe mu karere ka Ancuabe, intara ya Cabo Delgado, muri Mozambike, ku wa Gatanu, itariki ya 31 Gicurasi 2024 bitabiriye umuganda ” basana umuhanda wangiritse ” mu mudugudu wa Nacololo, hafi y’inkambi ya RSF mu Karere ka Ancuabe. Umuhanda wo mu kigo cya Nacololo washenywe n’imvura kandi muri gahunda yo […]

Perezida Zelensky yatunguranye mu nama y’umutekano muri Singapore

ap24153363575205-copy.webp

Perezida wa Ukraine, Volodomyr Zelenskiy, yatangiye kureshya ibihugu byo muri Aziya, aho yageze kuri uyu wa Gatandatu muri Singapore akitabira bitunguranye inama mpuzamahanga ku by’umutekano ya Shangri-La. Kuba Zelensky bitunguranye yitabiriye iyi nama ni ikimenyetso cyerekana icyemezo cya Kyiv cyo gukomeza gushishikariza Umuryango Mpuzamahanga kugira uruhare mu kurinda Ukraine ndetse no gushyigikira icyerekezo cyayo cy’amahoro […]

Burundi: Abahembwe amafaranga ya leta badakora bahawe igihe cyo kwishyikiriza ubuyobozi

Minisitiri w’abakozi mu Burundi, Venuste Muyabaga, yasabye abakozi bahembwa na leta batari ku kazi kwishyikiriza ubuyobozi mu gihe kitarenze ukwezi. Yabitangarije mu nama yagiranye n’abo muri minisiteri zitandukanye kuwa 29 Gicurasi. Minisitiri Muyabaga yakoresheje iyi nama na minisiteri zitandukanye hagamijwe kurebera hamwe uko akazi kifashe n’uko kagenda neza. Muri iyo nama minisitiri yamenyesheje ko miliyari […]

Centrafrica: Umubiligi ufite ubwenegihugu bwa Portugal afunzwe ashinjwa ubutasi

Umugabo ukorera umuryango utegamiye kuri leta w’Abanyamerika akaba afite pasiporo z’u Bubiligi na Portugal yafatiwe mu majyepfo y’uburasirazuba bwa Repubulika ya Centrafrica kandi ari gukorwaho iperereza ku cyaha akekwaho cy’ “umugambi mubisha” kuri Leta ufitanye isano n’ “imitwe yitwaje intwaro” nk’uko byatangajwe n’ubushinjacyaha bwa Bangui kuri uyu wa Gatanu, itariki 31 Gicurasi 2024. Yafatiwe i […]

Nta muntu wahatiwe cyangwa uzahatirwa gutanga umusanzu w’umuryango – Gasamagera

screenshot_2024-05-31_114527.jpg

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango wa FPR Inkotanyi, Gasamagera Wellars aravuga ko nta muntu wahatiwe cyangwa uzahatirwa gutanga umusanzu w’umuryango kuko ngo byaba binagayitse. Gasamagera yavugaga ku bimaze iminsi bivugwa ko hari abayobozi b’ibanze bahatira abaturage gutanga umusanzu wa FPR ndetse rimwe na rimwe bagaterwa ubwoba bwo gufungwa mu gihe batawutanze. Yagize ati « Amahame tugenderaho nk’umuryango […]

Nyamirambo: Yagonze umumotari ahita asohoka mu modoka ariruka afatwa atarenze umutaru

img_20240531_065821_814.jpg

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu mu ma saa kumi n’ebyiri n’igice z’igitondo, i Nyamirambo, imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Lexus ifite purake RAC 611 M, yakoze impanuka igonga umumotari, uwari uyitwaye bigaragara ko yari yasinze ahita asohokamo ariruka ariko afatwa atararenga umutaru. Iyi mpanuka yabereye mu Murenge wa Nyamirambo, Akarere ka Nyarugenge […]

RDC: Umunyapolonye uherutse gukatirwa igifungo cya burundu kubera ubutasi ubu aridegembya

Abategetsi ba Repubulika ya Demokarasi ya Congo barekuye Umunyapolonye wari wakatiwe igifungo cya burundu ashinjwa ibikorwa by’ ubutasi nk’uko byemejwe na minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Pologne. Mariusz Majewski yasubiye mu Burayi, nk’uko Minisitiri w’ububanyi n’amahanga Radek Sikorski yabitangaje kuri X kuwa Kabiri. Bwana Sikorski yashyize ahagaragara amashusho magufi kuri interineti aho bigaragara ko yavuganaga na […]

Donald Trump yahamijwe ibyaha 34 yari akurikiranweho i New York yandika amateka

Donald Trump wahoze ari Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yahamijwe ibyaha 34 byose byo guhimba inyandiko z’ubucuruzi mu rubanza rwe rw’amateka i New York. Ni ku nshuro ya mbere Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, uriho cyangwa wahozeho, ahamijwe icyaha mu butabera. Uyu mugabo usanzwe ari umuherwe wahoze ari perezida azakatirwa ku […]

Nyanza: Urubanza rwa Venant Rutunga rwapfundikiwe

Urukiko Rukuru rukorera i Nyanza mu majyepfo y’u Rwanda rwapfundikiye urubanza rwa Venant Rutunga ukurikiranyweho ibyaha bya jenoside nyuma yo gusabirwa igifungo cya burundu. Kuri uyu wa Kane, impande ziburana zagize icyo zivuga ku rugendo zakoreye mu kigo cya ISAR Venant Rutunga yayoboraga mu gihe cya jenoside mu 1994, urugendo rwari rugamije kumenya neza aho […]

Amatora: Mu byangombwa Diane Rwigara yatanze habuzemo bimwe

6eeeb7e6-7749-4fdd-9cce-4e8fff723891.jpg

Kuri uyu wa Kane, itariki 30 Gicurasi 2024, Shima Diane Rwigara yashyikirije Komisiyo y’Igihugu y’Amatora NEC kandidatire ye nk’umukandida wigenga mu matora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe muri Nyakanga uyu mwaka, aho mu byangombwa yatanze hari bimwe biburamo. Diane Rwigara yabaye umukandida wa karindwi utanze kandidatire kuri uyu mwanya. Mu kiganiro yahaye itangazamakuru yavuze ko kubona imikono […]

Imisanzu itarimo gutangwa n’ibihugu bimwe igiye kudindiza ibikorwa by’Umuryango wa EAC

Ibikorwa by’ingenzi by’Inteko ishinga amategeko y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EALA), bigiye guhura n’ubukererwe biturutse ku mbogamizi z’amafaranga zituruka mu bihugu by’abafatanyabikorwa bitubahiriza inshingano zo gutanga umusanzu mu muryango. Nk’uko byatangajwe na EALA ku itariki ya 29 Gicurasi, inama ya 17 y’ibiro by’umuyobozi w’inteko ya EAC yarangiye ihamagarira ibihugu by’abafatanyabikorwa kuzuza inshingano zo gutanga umusanzu. Iyi […]

U Budage bwemerewe kugumisha ibirindiro bya gisirikare muri Niger

Amerika n’u Bufaransa byombi byasabwe n’abayobozi bashya ba Niger guhagarika kuba kw’ingabo zabo muri iki gihugu. Ku rundi ruhande ariko, u Budage, bumaze kugirana amasezerano na Niamey yo kuhagumisha by’agateganyo ibirindiro by’indege, icyemezo bivugwa ko kitavuzweho rumwe i Berlin . Amasezerano yari yashyizweho umukono yo kugira ibirindiro bya gisirikare muri Niger, hafi ya Niamey, byari […]

U Rwanda rwisobanuye ku rupfu rw’umuhungu wa Ngeze Hassan na Pieter-Jan Staelens

vlcsnap-2024-05-30-10h52m53s450.png

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, aremeza ko Ambasaderi Vincent Karega ntaho ahuriye n’impfu za bamwe mu Banyarwanda zabereye muri Afurika y’Epfo, avuga ko ibivugwa ari ibihuha kuko nta shingiro bifite. Yolande Makolo yasubizaga Radio na Televiziyo by’u Bubiligi, RTBF, yashyize ahagaragara filimi mbarankuru yise « Rwanda Classified » kuri uyu wa Gatatu ushize, […]

Ingingo z’ingenzi zikubiye mu itegeko rigenga umuryango zigiye guhindura byinshi

gowjp0iwgaa_jjk.jpg

Kuri uyu wa Gatatu, itariki 29 Gicurasi 2024, Inteko Rusange y’Umutwe w’Abadepite yatoye itegeko rigenga abantu n’umuryango rigaragaramo impinduka zitandukanye z’ingenzi nk’aho urukiko rushobora guha agaciro imirimo yo kwita ku rugo idahemberwa yakozwe n’umwe mu bashyingiranywe. Zimwe mu mpinduka zigaragara muri iri tegeko: Umuntu ufite nibura imyaka 18 y’amavuko ariko utaragira imyaka yo gushyingirwa (21) […]

Sudani yateye utwatsi umuhamagaro wa Amerika wo gusubira ku meza y’ibiganiro i Jeddah

Kuri uyu wa Gatatu, itariki 29 Gicurasi, Guverinoma ya Sudani yatangaje ko yateye utwatsi umuhamagaro wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika wo gusubira ku meza y’ibiganiro hagati y’Igisirikare cya Sudani (SAF) n’umutwe wa Rapid Support Force (RSF) i Jeddah. Malik Agar, umuyobozi wungirije w’inama nkuru y’ubutegetsi bw’inzibacyuho ya Sudani, yagize ati: “Ubutumire bw’umunyamabanga wa Leta […]

Rubavu: Yafatanywe amabalo 40 y’imyenda ya caguwa ya magendu

Polisi y’u Rwanda, Ishami rishinzwe kurwanya magendu n’ibindi byaha (ASOC), ku bufatanye n’inzego z’ibanze n’abaturage mu Karere ka Rubavu, yafashe umugore w’imyaka 25 y’amavuko, ucyekwaho kwinjiza mu gihugu mu buryo bwa magendu, amabalo 40 y’imyenda ya caguwa. Yafatiwe aho atuye mu mudugudu wa Gahojo, akagari ka Rubavu mu murenge wa Gisenyi, kuri uyu wa Kabiri […]

Juba: Hibutswe Sgt Major Ngoga na bagenzi be baguye mu butumwa bwa UNMISS

gow7n9bwoaafdpb.jpg

Kuri uyu wa Gatatu, Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye muri Sudani y’Epfo zifatanyije na bagenzi bazo, abakozi mpuzamahanga ba UNMISS hamwe n’abayobozi muri Guverinoma ya Sudani y’Epfo mu kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Ingabo z’Umuryango w’Abibumbye ku cyicaro cya UNMISS i Juba. Muri iki gikorwa hahawe icyubahiro Umunyarwanda Sgt Major Francis Ngoga n’abandi basirikare […]

RDC: Minisitiri w’ingabo mushya azabifatanya no kuba umudepite n’umusenateri

Repubulika ya Demokarasi ya Congo ifite minisitiri w’ingabo mushya, Guy Mwadiamvita Kabombo, muri iki gihugu bafata nka minisitiri w’intebe wungirije ndetse ushinzwe ingabo z’igihugu, wasimbuye Jean-Pierre Bemba ubu wagizwe minisitiri w’intebe wungirije ushinzwe gutwara abantu n’ibintu. Gusa Kabombo izi nshingano azazikomatanya n’izindi yatorewe mu matora aheruka. Umukuru w’igihugu cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo, FĂ©lix […]

Ntimukice amategeko. Ntimukagende mukubita Kyagulanyi…Besigye, bari muri opozisiyo – Gen Otafiire

Minisitiri w’umutekano wa Uganda, Maj. Gen. Kahinda Otafiire, yategetse abayobozi bashya b’igipolisi kurekeraho guhonyora uburenganzira bwa politiki bw’abatavuga rumwe n’ubutegetsi. Maj. Gen. Otafiire, usanzwe ari na Chairman w’ubuyobozi bwa polisi, by’umwihariko yakomoje kuri Perezida w’ishyaka NUP, Robert Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine, ndetse n’uwahoze ari umuyobozi w’ishyaka Forum for Democratic Change, Dr Kizza Besigye. “Ntimukice […]

Ni gute ushishikajwe no kwimakaza imibereho myiza y’abatuye Isi yashyira ku ruhande umugabane wacu? – Kagame

govdtopxyaaxkug.jpg

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, asanga amavugurura akenewe mu Muryango wa Afurika Yunze Ubumwe akwiye kujyana no kubakira ku nyungu z’Umugabane wa Afurika kandi uwifuriza imibereho myiza abatuye Isi adakwiye kwirengagiza umugabane wa Afurika. Ibi umukuru w’igihugu yabitangarije i Nairobi muri Kenya kuri uyu wa Gatatu, itariki 29 Gicurasi, aho yitabiriye inama ngarukamwaka ya Banki […]

Ingabo za Uganda ziyobowe na Brig. Gen. Muhanguzi ziri mu ruzinduko rw’iminsi 3 mu Rwanda

gosrmp1x0aeqpco.jpg

Kuri uyu wa Kabiri, mu Karere ka Nyagatare, Ingabo z’u Rwanda (Diviziyo ya 2 n’iya 5) zakiriye intumwa z’ingabo z’igihugu cya Uganda (UPDF) ziyobowe na Brig. Gen. Paul Muhanguzi, umuyobozi wa Diviziyo ya 2 ya UPDF mu nama y’iminsi itatu y’umutekano ku mupaka. Iyi nama yahuje ingabo za RDF na UPDF zikorera ku mupaka w’u […]

Zambia: Umubyeyi yakuye umwana we w’imyaka 2 mu rwasaya rw’Ingwe

Umubyeyi yakuye umwana we w’imyaka ibiri mu rwasaya rw’ingwe mu majyaruguru ya Zambia mu gihe muri iki gihugu, kimwe mu bikungahaye ku nyamanswa hakomeje kuvugwa amakimbirane mashya hagati ya zo n’abaturage. Ibi byabaye ku cyumweru ahantu hitaruye hitwa Nabwalya, umudugudu ukikije Parike y’Igihugu ya Luangwa y’Amajyaruguru, ibamo nyinshi mu nyamanswa 5 z’agasozi muri Afurika. Uyu […]

Intara y’Uburengerazuba: Batewe isoni n’igwingira rikabije bakungahaye ku biribwa

Biteye isoni kuba tumwe mu Turere tw’iyi Ntara tuza imbere mu kugira ikibazo cy’igwingira ry’abana, mu gihe ikungahaye ku biribwa nk’uko byatangajwe na Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Dushimimana Lambert. Ni nyuma y’uko imibare y’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imikurire no Kurengera Umwana, NCDA, ya 2023, igaragaje Akarere ka Nyamasheke nk’agafite igwingira ryazamutse. Guverineri Dushimimana Lambert avuga ko iyi […]

Umunsi Museveni yari agiye kurasa Gen Sejusa azira umugore

Mu gihe cy’intambara y’ishyamba ya NRA, Gen David Sejusa (bitaga Tinyefunza) yamaze amezi 7 afunzwe (mu ndaki) ahanini kubera ukuntu atagiraga ubwoba bwo kuvuga icyo atekereza igihe cyose yumvaga Umuyobozi mukuru, Gen. YK Museveni yakoze nabi. Ahagana mu mpera z’umwaka wa 1983, abayobozi b’ingabo za Obote, UNLA, bitwaye neza ku rugamba maze batsinda inyeshyamba za […]

Asaga miliyari 2 Frw ya Leta yishyuwe mu buryo bunyuranyije n’amategeko

Mu mwaka warangiye ku wa 30 Kamena 2023, hagaragaye amafaranga angana na Miliyari zirenga 2 Frw yishyuwe hadakurikijwe amategeko nk’uko bigaragara muri raporo y’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta yo mu mwaka ishize. Iyi raporo, igaragaza ko urwego rw’imikoreshereze y’imari ya leta rwazamutse ku gipimo cyiza kuko rwavuye kuri 68% mu 2022 rugera kuri 92% muri […]

Ukraine: Abagabo bari hagati y’imyaka 18 na 60 ubu ntibemerewe kubona passports

Ukraine yategetse ambasade zayo mu mahanga guhagarika gukomeza gutanga pasiporo ku basore n’abagabo bageze mu myaka yo gukora igisirikali, baba mu mahanga. Ibi bikubiye mu itegeko rishya ryasohotse mu gihugu mu rwego rwo kugerageza kubagarura gufatanya n’abandi mu rugamba igihugu kirimo n’Uburusiya. Leta ivuga ko muri iyi munsi bugarijwe n’ikibazo cy’abasirikari bake ku rugamba. Muri […]

Tariki 25 Mata 1994: Kuri Stade ya Byiza haguye Abatutsi barenga ibihumbi 7,800.

Kumunsi nk’uyu w’itariki ya 25 Mata mu 1994, Leta y’abicanyi yari ikomeje umugambi wayo mubisha wo gutsemba Abatutsi. Iyi nyandiko iragaragaza hamwe mu hantu hiciwe Abatutsi tariki ya 25 Mata mu 1994. 1. Leta y’abicanyi yakomeje gushyigikirwa n’Abafaransa mu Kanama ka Loni gashinzwe Amahoro ku isi, burwanya ko ijambo “Jenoside” ryakoreshwa Kuva tariki 7/4/1994 jenoside […]

Abatunze ibinyabiziga basabwe kubirinda gusohora ibyotsi bihumanya ikirere

Polisi y’u Rwanda ifatanyije n’Ikigo cy’igihugu gishinzwe kurengera ibidukikije (REMA) n’abandi bafatanyabikorwa batangije ubukangurambaga bugamije gushishikariza abatunze ibinyabiziga n’abashoferi kubikurikirana babirinda kuvubura ibyotsi bihumanya ikirere. Ni ubukangurambaga bukorerwa mu gihugu hose ku mihanda itandukanye, mu bigo abagenzi bategeramo imodoka, mu itangazamakuru no mu bigo bisuzumirwamo ubuziranenge bw’imodoka. Raporo y’Ikigo cy’igihugu gishinzwe kurengera ibidukikije (REMA) igaragaza […]

Perezida Ramaphosa yongereye igihe Ingabo za SANDF zizamara muri Mozambike

Perezida Cyril Ramaphosa yongereye igihe Ingabo za Afurika y’Epfo zigomba kumara muri Mozambike andi mezi make. Ingabo z’igihugu cya Afurika y’Epfo (SANDF) ziri mu itsinda ry’abasirikare baturutse mu karere ka SADC boherejwe mu majyaruguru ya Mozambike gufasha kurwanya inyeshyamba zari zigiye gushyira igihugu ku mavi. Amajyaruguru ya Mozambike yibasiwe n’inyeshyamba mu myaka mike ishize kandi […]

Banki y’Isi yahagaritse igice cy’inkunga yagenewe Tanzaniya kubera guhohotera rubanda

Banki y’Isi yahagaritse igice cy’inkunga ya miliyoni 150 z’amadolari yagenewe kwagura parike y’igihugu mu majyepfo ya Tanzaniya, nk’uko byatangajwe n’umuvugizi kuri uyu wa Gatatu, nyuma yuko uwatanze inguzanyo yakiriye ibirego by’ubwicanyi no kwirukanwa kw’abantu mu byabo n’abarinzi ba pariki mu mwaka ushize. Abatanze ibirego babiri batatangajwe bashinje abashinzwe umutekano muri parike y’igihugu ya Ruaha ubwicanyi […]

Abacamanza ba gisirikare, abashinjacyaha, n’abanditsi bateraniye mu nama yo kunoza imikorere

gl4p40ixeaanjie.jpg

Kuri uyu wa Kabiri, itariki 23 Mata, abacamanza, abashinjacyaha, abashinzwe iperereza, n’abanditsi b’inkiko bo mu nkiko za gisirikare bahuriye mu mahugurwa y’iminsi ibiri y’ibanze ku kuzamura ireme rya serivisi no guteza imbere ubufatanye mu rwego rw’ubutabera bwa gisirikare. Amahugurwa yabereye i Kigali. Muri ayo mahugurwa, Perezida w’urukiko rw’ubujurire, Francois Regis Rukundakuvuga, yashimye imbaraga z’ubufatanye hagati […]

U Bugereki: Ikirere cya Athens cyahindutse nk’icyo ku mubumbe wa Mars

1845eff0d0c9fd9c795dd5fcb3692d93.jpg

Igicu kidasanzwe cya orange cyamanukiye mu kirere cya Athens mu Bugereki mu gihe ibicu by’umukungugu byavaga mu butayu bwa Sahara. U Bugereki bwari buherutse kwibasirwa n’ibicu bisa nk’ibi mu mpera za Werurwe no mu ntangiriro za Mata, na byo byapfukiranye uduce two mu Busuwisi no mu majyepfo y’u Bufaransa. Ikigo gishinzwe iteganyagihe cy’u Bugereki kivuga […]

Nyanza: Humviswe abatangabuhamya bashinja Micomyiza wavanwe muri Sweden

Kuri uyu wa Kabiri, itariki 23 Mata, urubanza rwa Micomyiza Jean Paul ukurikiranyweho ibyaha bya jenoside rwakomeje mu rugereko rwihariye rukurikirana ibyaha byambukiranya imbibi i Nyanza, ahumviswe abatangabuhamya 2 bamushinja. Umwe mu batangabuhamya yabwiye urukiko ko yabonye Micomyiza mu gitero cyishe abatutsi mu mujyi wa Butare, ubu ni umujyi wa Huye. Uwa mbere yatanze ubuhamya […]

Amerika yafatiye ibihano abayobozi b’imitwe y’iterabwoba ikorera muri Afurika

Abayobozi b’imitwe y’iterabwoba ikorera muri Afurika y’uburengerazuba bafashe bunyago abantu barimo n’Abanyamerika bafatiwe ibihano na Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Abafatiwe ibihano ni abayobozi b’ishami ry’umutwe al Qaeda ryitwa Jama’at Nusrat al-Islam wal Muslimeen (JNIM), n’intagondwa z’Abayisilamu zo mu mutwe wa Al-Mourabitoun. Ibyo bihano ngo bigamije guca intege no guhana abafungira Abanyamerika mu bihugu byabo, […]

Tariki 24 Mata 1994: Abatutsi barenga 30 bahungiye ku rusengero rwa ADEPR Mbuye Bose barahiciwe

Tariki ya 24 Mata 1994 ubwicanyi bwakorerwaga Abatutsi bwarakomeje hirya no hino mu gihugu, hicwa Abatutsi benshi. Abasirikari bagize uruhare rukomeye mu kwihutisha Jenoside mu majyepfo, ku isonga hari abasirikari abarindaga uwahoze ari perezida, Habyarimana Juvenal, bafatanije n’abandi basirikari ndetse n’abajandarume. Iyi nyandiko iragaragaza hamwe mu hantu hiciwe Abatutsi barenza ibihumbi ijana na mirongo itanu […]

Djibuti: Abimukira 16 bapfuye abasaga 25 baburirwa irengero mu mpanuka y’ubwato

Kuri uyu wa Kabiri, ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku bimukira ryatangaje ko abantu 16 bashakaga kwimukira mu Burayi bapfuye abandi 28 baburirwa irengero nyuma y’uko ubwato bwari butwaye abantu 77 burohamye ku nkombe za Djibouti. Umuryango mpuzamahanga ushinzwe abinjira n’abasohoka (IOM) mu nyandiko yanditse ku rubuga nkoranyambaga X, yatangaje ko mu bari mu bwato hari […]

Mu Rwanda hateraniye inama ya nyuma itegura imyitozo ya USHIRIKIANO IMARA 2024

glx5uzzwoaa2feq.jpg

Kuri uyu wa Mbere, intumwa z’ingabo z’ibihugu bigize Umuryango w’Afurika y’iburasirazuba (EAC), zigizwe n’abasirikare, abapolisi, abacungagereza, abashinzwe abinjira n’abasohoka n’abakozi b’abasivili, bateraniye mu Rwanda mu nama y’iminsi itatu ya nyuma yo gutegura igenamigambi (IPC) mu rwego rwo kwitegura imyitozo ya 13 ya USHIRIKIANO IMARA 2024. Mu izina ry’Umugaba Mukuru w’ingabo za RDF, umuyobozi wungirije w’inkeragutabara, […]

Uko Abanyarwanda bakwifata mu gihe barumwe na scorpions zikomeje kuboneka mu ngo

Nyuma y’uko bamwe mu baturage bamenyesheje ikigo cy’igihugu cy’ubuvuzi (RBC) ibijyanye no kuba hari udukoko twa scorpion mu ngo zabo no mu nkengero zazo byatumye RBC ikangurira abaturage kumenya ibijyanye no kurumwa na scorpion, ikwirakwira ry’ubumara bwazo mu mubiri, ubutabazi bw’ibanze wakora, ndetse n’ingamba zo gukumira, nubwo kugeza ubu nta nta kibazo cyazo kirandikwa. Nk’uko […]

RDC nicyo gihugu cyongereye ingengo y’imari ya gisirikare kurusha ibindi byose mu 2023

Ikigo cy’ubushakashatsi mpuzamahanga cy’amahoro cya Stockholm (SIPRI) cyavuguruye raporo ku ngengo y’imari yagiye ku gisirikare ku Isi mu mwaka ushize wa 2023, aho abakoresha amafaranga menshi nka Amerika, u Bushinwa n’u Burusiya byakomeje kongera ingengo y’imari ya gisirikare. Amafaranga yakoreshejwe ku gisirikare kandi ariyongera muri Afurika, Uburasirazuba bwo hagati, u Burayi, Aziya, Oceania na Amerika […]

Ishyamba si ryeru hagati ya Minisitiri w’Intebe wa Australia n’umuherwe Elon Musk

Umuyobozi wa Australia yise Elon Musk “umuherwe wishyira hejuru” mu makimbirane akomeje kubera ko X yanze gukuraho amashusho y’abantu baterewe icyuma ku kiliziya kuwa 15 Mata. Kuri uyu wa Mbere ushize, urukiko rwo muri Australia rwategetse urubuga nkoranyambaga X rw’umuherwe Elon Musk, rwahoze ari Twitter, guhisha amashusho y’igitero cyo mu cyumweru gishize cyabereye i Sydney. […]

Intsinzi kuri Rishi Sunak nyuma yo kwemeza itegeko ryo kohereza abimukira mu Rwanda

Inteko ishinga amategeko y’u Bwongereza yemeje iri tegeko, mu ijoro ryo ku wa Mbere rishyira kuri wa Kabiri, umushinga w’itegeko wateje impaka werekeye kohereza mu Rwanda abasaba ubuhungiro binjiye mu Bwongereza mu buryo butemewe n’amategeko. Ni intsinzi ikomeye kuri Minisitiri w’intebe, Rishi Sunak, mu gihe mu Bwongereza berekeza mu matora y’umuyobozi w’ishyaka ry’Aba-conservateurs riri ku […]

Muhanga: Yatawe muri yombi amaze kwiba ibifite agaciro ka miliyoni hafi 2

Polisi y’u Rwanda ku bufatanye n’ubuyobozi bw’inzego z’ibanze n’abaturage mu karere ka Muhanga, yafatiye mu cyuho umugabo w’imyaka 48, ucyekwaho gutobora iduka ry’umucuruzi anyuze mu gisenge, akibamo ibicuruzwa bitandukanye bifite agaciro k’amafaranga y’u Rwanda 1,934,550. Yafatiwe mu iduka riherereye mu mudugudu wa Kamugina, akagari ka Gahogo mu murenge wa Nyamabuye, ahagana saa tatu zo mu […]

Tariki 23 Mata 1994: Uko Jenoside yakorewe Abatutsi yakomeje gufata intera mu gihigu

Tariki ya 23 Mata mu 1994, Leta y’abicanyi yakomeje umugambi wayo mubisha wo gutsemba Abatutsi hirya no hino mu gihugu. Iyi nyandiko iragaragaza hamwe mu hantu hashoboye kumenyekana hiciwe Abatutsi tariki ya 23 Mata 1994. Kugeza kuri iyi tariki mu gihugu cyose hari hashyizwe za bariyeri zicirwagaho Abatutsi, bikaba byari bitangiye kugaragara ko ahicirwaga Abatutsi […]

Goma: Umusirikare wa FARDC yari yishwe n’abaturage nyuma yo kwica 1 agakomeretsa 5

Kuri iki Cyumweru, itariki ya 21 Mata, i Goma, mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, umusirikare mu Ngabo za Repubulika ya Demokarasi ya Kongo (FARDC) yarashe, ahitana umusivili ndetse abandi batanu barakomereka. Abatangabuhamya bavuze ko uyu muntu wambaye imyenda ye ya gisirikare, yasaga nk’uwanyweye inzoga ubwo yarasaga abahisi hafi ya Papyrus, hafi y’umuhanda wa Tshukudu, mu […]

Braverman yahishuye ko azashyigikira iyeguzwa rya Sunak gahunda y’u Rwanda nimunanira

Suella Braverman ntiyatinye kwemeza ko azashyigikira umugambi wo kwirukana Rishi Sunak ku buyobozi gahunda ye n’u Rwanda ntitanyuramo. Uyu wahoze ari minisitiri ushinzwe ibibazo by’imbere mu gihugu yavuze ko “yiteze byimazeyo ko ” Sunak azayobora ishyaka ry’aba conservateurs mu matora rusange ataha ariko atazi niba atazashyigikira icyemezo kimurwanya. Abajijwe niba azashyigikira iki cyemezo mbere y’amatora […]

Koreya ya Ruguru yarashe misile nyinshi hafi y’u Buyapani

Igisirikare cya Koreya y’Epfo cyavuze ko Koreya ya Ruguru yarashe misile “ballistique” nyinshi kuri uyu wa Mbere yerekeza ku nyanja ku nkombe za yo z’iburasirazuba. Guverinoma y’u Buyapani n’abashinzwe umutekano ku nkombe na bo bavuze ko Koreya ya Ruguru yarashe ibisa na misile ya ballistique. Televiziyo ya NHK yavuze ko icyo gisasu gisa nk’icyaguye hanze […]

Meteo Rwanda yateguje imvura idasanzwe muri iki cyumweru

Hagati y’itariki 21-30 Mata 2024, hateganyijwe imvura iri hejuru y’iyari isanzwe igwa mu gihugu cyane cyane mu bice by’Amajyaruguru, Iburasirazuba n’Amajyepfo nk’uko byatangajwe n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubumenyi bw’Ikirere (Meteo Rwanda). Iyi mvura biteganyijwe ko izaba iri ku gipimo kiri hagati ya milimetero 40 na 180. Ubusanzwe mu bice birimo Amajyaruguru n’Amajyepfo, hagwaga imvura iri hagati ya […]

Gaza: Abaganga barokoye uruhinja rwari mu nda ya nyina wari umaze kwicwa

Umwana w’umukobwa yatabawe n’abaganga bamuteruye mu nda ya nyina. Uwo munyepalestinakazi yari amaze kwicwa na bombe hamwe n’umugabo we n’umukobwa we mu gitero cya Isiraheli mu mujyi wa Rafah mu ntara ya Gaza. Aha, abantu 19 bahatakarije ubuzima mw’ijoro ryakeye, mu bitero byungikanyaga, nk’uko byavuzwe n’abayobozi bo mu rwego rw’ubuvuzi b’abanyepalestina. Bavuze ko abapfuye, bahitanywe […]

Berlin: Bigabije imihanda baratumagura nyuma yo kwemeza itegeko ribemerera kunywa urumogi

Kuri uyu wa Gatandatu ushize, Igipolisi cyo muri Berlin kivuga ko abantu bagera ku 4000 bateraniye ku irembo ry’ikirangantego cy’umurwa mukuru w’u Budage, Brandenburg Gate, bahatumurira umwotsi mu rwego rwo kwizihiza uburenganzira buherutse gutangwa bwo kunywa urumogi mu gihugu. Umunsi wagaragayemo ibitaramo na disikuru z’impirimbanyi nk’uko iyi nkuru dukesha Deutsche Welle ikomeza ivuga. Mu kwishimira […]

Ituri: Imitwe 5 yitwaje intwaro yagiranye na leta amasezerano mashya imbere ya JP Bemba

Imitwe itanu yitwaje intwaro yashyize umukono ku masezerano yo “guhagarika ako kanya” imirwano. Aya masezerano yasinyiwe muri Bunia, imbere ya Minisitiri w’intebe wungirije akaba na Minisitiri w’ingabo wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, Jean-Pierre Bemba kuwa Gatanu ushize. Iyo mitwe yitwaje intwaro, irimo CODECO, FRPI, FPIC, AUTODà‰FENSE, na MAPI, imbere ya Jean-Pierre Bemba “Twiyemeje guhita […]

U Bubiligi bwirukanye Gicanda bumwohereza mu Rwanda buzi ko hategurwa jenoside

Gicanda yishwe ku itariki ya 20 Mata 1994 mu cyahoze ari Perefegitura ya Butare bitegetswe na Capt. Ildephonse Nizeyimana, wari umuyobozi mu Ngabo z’u Rwanda icyo gihe. Gicanda yishwe umunsi umwe nyuma y’uko perefe rukumbi wari Umututsi, Jean Baptise Habyarimana wayoboraga Butare asimbuwe n’intagondwa, Sylvain Nsabimana washinzwe kwihutisha Jenoside yakorewe Abatutsi na Perezida wa guverinoma […]

RDC: Umunyapolitiki Geurchom Kahebe yiyongereye ku bandi bagiye kwifatanya na M23

Umunyapolitiki Geurchom Kahebe yiyongereye ku bandi bagiye kwifatanya n’Ihuriro ribarizwamo umutwe wa M23 umaze imyaka itatu uhanganye na Guverinoma ya Kinshasa muri Kivu y’Amajyaruguru. Muri videwo yagiye ahagaragara kuri uyu wa Gatandatu, itariki ya 20 Mata 2024, uwahoze ari umukandida ku mwanya wa depite ku rwego rw’igihugu mu Mujyi wa Beni, yemeje ko yagiye kwifatanya […]

Bujumbura: Nyuma ya lisansi ubu amazi n’amashanyarazi nabyo byabaye imbonekarimwe

Ubuzima mu murwa mukuru w’ubukungu w’u Burundi, Bujumbura buragenda burushaho kunanirana, aho kuri ubu abaturage bisanze mu mibereho igoye kwihanganira yo kubura amazi n’umuriro kuva mu gihe runaka gishize, aho ngo iki kibazo kiri mu duce twose. Amazi yo kunywa nayo ni ibibazo kuko uduce dushobora kumara icyumweru cyangwa kirenga nta gitonyanga na kimwe cy’amazi […]